Blog

  • Yampano uherutse kwandika amateka muri BK Are… – #rwanda #RwOT

    Yampano umaze iminsi itandatu ashyize hanze indirimo “Meteresi” yakoranye na Bushali, iby’uko atazi Bruce Melodie yabigarutseho mu kiganiro cya Televiziyo Rwanda, Versus, aho yari ari kugaruka ku buryo yatanze iby’ingenzi muri BK Arena mu gitaramo cya The Ben.

    Umunyamakuru Luckman Nizeyimana ukora iki kiganiro yabajije Yampano icyo yavuga kuri Bruce Melodie, abanza kuvuga ko nta cyo amuvugaho, gusa nyuma avuga ko atanamuzi dore ko bataranahura.

    Yagize ati: “Bruce ikintu namuvugaho, ese buriya hari ikintu mfite cyo kumuvugaho! Melode nta cyo pee. Abo bagabo ba 1:55 AM tubihorere none se ndabavugabo iki?. Ntabwo muzi Melodie peeh kuko tutari twanahura nyine nta kintu muvugaho na Element nta kintu muvugaho”.

    Muri iki kiganiro kandi Yampano yashimiye The Ben wamuhaye amahirwe yo kuririmba muri BK Arena bwa mbere, avuga ko ari mukuru we ndetse ko agaciro yahaye ubuhanzi bwe nawe azagaha barumuna be mu muziki.

    Yanavuze ko bwari bwa mbere yinjiye muri BK Arena dore ko yari yarihaye isezerano ko azayinjiramo ari uko agiye kuririmba, atazajyayo bwa mbere ari uko agiye kureba abandi.

    Yampano yigeze gutangaza ko yanyuze mu buzima bushaririye aho yanakoze ikiyede. Yavuze ko ubuzima ari urugendo bityo ko umuntu adakwiye gukangwa n’ibyo ari gucamo.

    Yagize ati “Ubuzima ni urugendo, ikintu cya mbere ni ukuba ufite aho ugiye rero ntugakangwe n’ibyo uri gucamo, kandi uri kujya aho ushaka kujya. Ibyo uri gucamo ni byo bigutegura neza, biguha imbaraga, biguha kuba uri umuntu udakangwa na buri kimwe no kuba warabonye byinshi”.

    Yakomeje agira ati: “Rero sinumva ko umuntu yatinya kunyura mu bintu kandi afite aho ari kujya, ugomba kubicamo kugira ngo utambuke”.

    Yampano ufite gahunda yo gukorana indirimbo na The Ben muri uyu mwaka wa 2025, ni umwe mu bagezweho muri iyi minsi. Afite indirimbo zikunzwe zirimo “Ngo” yakoranye na Papa Cyangwe na “Sibyange”, “Meteresi” yakoranye na Bushali n’izindi.

    Yampano wo guhangwa amaso mu muziki nyarwanda yavuze ko atazi Bruce Melodie 

    REBA UKO “YAMPANO” YITWAYE MU GITARAMO CYA THE BEN

    REBA INDIRIMBO “NGO” YA YAMPANO FT PAPA CYANGWE

    REBA INDIRIMBO “METERESI” YA YAMPANO FT BUSHALI

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150522/yampano-uherutse-kwandika-amateka-muri-bk-arena-yatunguranye-avuga-ko-atazi-bruce-melodie-150522.html

  • Kazungu Claver wari umaze ukwezi 1 kuri Fine FM mu kiganiro Urukiko ry’Ubujurire bwa siporo yahise asezera – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'ukwezi kumwe gusa akorera Fine FM, umunyamakuru w'imikino Kazungu Claver yasezeye bagenzi be mu kiganiro Urukiko rw'Ubujurire rwa Siporo, atangaza ko agiye kwerekeza mu mirimo mishya guhera ku wa Mbere.

    Kazungu yari yageze kuri Fine FM nyuma yo kuva kuri RadioTV10, aho yari amaze imyaka ine n'igice. Gusa, urugendo rwe kuri Fine FM rugarutsemo igufi, ibintu byatunguye benshi mu bakunzi b'itangazamakuru ry'imikino.

    Amakuru ataremezwa ku mugaragaro aravuga ko Kazungu ashobora kwerekeza kuri radiyo nshya ya Sam Karenzi, umwe mu banyamakuru bazwi cyane mu Rwanda kandi bakoranye igihe kinini. Biravugwa ko Karenzi ari mu myiteguro yo gutangiza radiyo ye, ikaba ishobora kuba impamvu yatumye Kazungu afata icyemezo cyo kuva kuri Fine FM.

    Mu butumwa bwe, Kazungu yashimiye bagenzi be ku bufatanye bagiranye ndetse ashimangira ko atazibagirwa uburyo yakiriwe neza n'ikipe ya Fine FM. Yagize ati, 'Ndabashimira uburyo twabanye mu gihe gito, kandi nizeye ko aho ngiye nzakomeza gukorana namwe mu buryo butandukanye.'

    Kuva kuri Fine FM kwa Kazungu gukurikiye impinduka nyinshi zagiye zigaragara mu itangazamakuru ry'imikino mu minsi ishize, aho bamwe mu banyamakuru bakomeye bakomeje kwimuka bava mu kigo bajya mu kindi. Abakunzi b'itangazamakuru ry'imikino bategereje kureba aho Kazungu azerekeza, bamwifuriza amahirwe mu mirimo mishya.

     

    Source : https://yegob.rw/kazungu-claver-wari-umaze-ukwezi-1-kuri-fine-fm-mu-kiganiro-urukiko-ryubujurire-bwa-siporo-yahise-asezera/

  • Leta imaze gutanga inguzanyo ya miliyari 392 Frw ku banyeshuri – #rwanda #RwOT

    Muri ayo mafaranga yose, hamaze kugaruzwa gusa miliyari 44,9 Frw.

    Iby'aya mafaranga byagarutseho n'ubuyobozi bwa Banki y'u Rwanda y'Amajyambere, BRD, mu busabane hagati y'Abanyarwanda baba mu mahanga bwabaye mu mpera z'icyumweru gishize, ku wa 03 Mutarama 2025.

    Ubu busabane bwari bwitabiriwe n'Abanyarwanda barenga 130 baba mu bihugu birenga 40 byo ku migabane yose y'Isi, bakiriwe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe.

    Icyo gihe yababwiye ko 'Kugera ku ntego za NST2 bizasaba imbaraga no gukomeza ubufatanye n'inzego bireba harimo na mwe bagize umuryango w'Abanyarwanda baba mu mahanga.'

    Kuva inguzanyo yo kwiga yatangira gutangwa mu 1980, yatangwaga na Minisiteri y'Uburezi, bigenda bihinduka kugeza ubwo mu 2008 izo nshingano zimuriwe mu Kigo cy'Igihugu cyari gishinzwe gutanga inguzanyo [SFAR].

    Mu 2013 hamaze guhuzwa ibigo byari biri muri Minisiteri hagasigara Urwego rw'Igihugu Rushinzwe Uburezi bw'Ibanze [REB], SFAR yinjijwemo nk'ishami rishinzwe gutanga inguzanyo ku banyeshuri.

    Mu 2016, BRD yahawe inshingano zo gukomeza gutanga inguzanyo no kwishyuza abari bakirimo umwenda wa miliyari 70,9 Frw bazihawe mbere.

    Ubwo yagezaga ubutumwa ku Banyarwanda baba mu mahanga, Umuyobozi w'Ishami rishinzwe inguzanyo na buruse zihabwa abanyeshuri bo mu mashuri makuru na Kaminuza muri BRD, Wilson Rurangwa, yasabye abigiye kuri iyi nguzanyo gutangira gutekereza kuyishyura.

    Ati 'Minisitiri yabivuze, muri gahunda y'iterambere ya NST2, intumbero ni ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ibyo rero ntabwo twabigeraho hatarimo kwiga. Abenshi muri hano twagize amahirwe yo kwigira ku nguzanyo, n'ubwo twayigiyeho tugomba no kwishyura kugira ngo n'abandi bana bashobore kugira ayo mahirwe.'

    Yakomeje agira ati 'Murumva ko tugifite urugendo rurerure. Diaspora, igihe kirageze kugira ngo muri mwe abazi ko mwabonye ayo mahirwe Leta ikabaha inguzanyo mukajya kwiga ubu mukaba mufite uko mubayeho kuko mwagize ayo mahirwe, turabasaba ko namwe mwagira icyo mukora kugira ngo umwana w'Umunyarwanda ashobore kugira ayo mahirwe nk'ayo twagize twese.'

    BRD igira inama abasabye n'abasaba inguzanyo muri BRD gufunguza konti muri BRD Minuza, kugira ngo babashe kujya bakurikirana amakuru yerekeye amafaranga bishyura cyangwa abakoresha babo babakata ku mushahara niba agera muri BRD, kuko bagenda babona impinduka hakurikijwe igikorwa cyakozwe.

    Iyo basanze umuntu wigiye ku nguzanyo ya leta yarishyuye amafaranga menshi, arayasubizwa. Urugero muri Nyakanga 2024, miliyoni 300 Frw zari zimaze gusubizwa abishyujwe amafaranga menshi.

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe inguzanyo na buruse zihabwa abanyeshuri bo mu mashuri makuru na Kaminuza muri BRD, Wilson Rurangwa, yasabye abigiye kuri inguzanyo gutangira gutekereza kuyishyura, mu rwego rwo gufasha abakiri kwiga nabo bakeneye iyi nguzanyo

    Abanyarwanda baba mu mahanga basabwe kwishyura inguzanyo bigiyeho no gukurikirana bakamenya amakuru y’ubwo bwishyu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/leta-imaze-gutanga-inguzanyo-ya-miliyari-392-frw-ku-banyeshuri

  • Minisitiri Nsanzimana yibukije abantu ko kwic… – #rwanda #RwOT

    Muganga Robert ni umusaza w’imyaka 76 y’amavuko utuye i Gacuriro mu Murenge wa Kinyinya Akarere ka Gasabo, avuga ko yiyemeje kugira umuco wo gukora siporo, aho ayikora mu gihe cy’amasaha 2 agenda n’amaguru.

    Muganga avuga ko nta gahunda afite yo guhagarika gukora siporo, ibintu ajyanisha no kwita ku mirire ye kugira ngo arusheho kugira ubuzima bwiza.

    Ku rundi ruhande, abakiri bato nabo bavuga ko muri uyu mwaka wa 2025, biyemeje kurushaho gukora siporo kuko ibafasha kugira ubuzima bwiza.

    Abakora mu bijyanye n’ubuzima bavuga ko gukora siporo ari kimwe mu bifasha abantu kwirinda indwara zirimo nk’indwara zitandura, zirimo umuvuduko w’amaraso, diyabete ndetse na kanseri.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana avuga ko abantu bakwiye kumenya ibyo bakora ngo birinde indwara. Yagize ati “Nigeze gusaba abantu guhaguruka iminota mike, bitewe n’uko kwicara umwanya munini ari intandaro y’indwara zinyuranye. 

    Iyo urebye muri rusange, ku munsi hari abantu bamara amasaha 7 cyangwa 8 bicaye, iyo batwara imodoka baba bicaye, hari abicara umwanya munini bari mu kazi, iyo bagiye mu kiruhuko ku manywa nabwo aho bagiye baricara, abandi ugasanga bicaye mu nama, iyo ubaze ayo masaha yose hari igihe ashobora kugera no kuri 12.”

    “Hari abagera mu rugo bakicara bareba televisiyo, ubundi nyuma yaho bakajya kuryama. Icyo ni ikibazo gihangayikishije kandi niyo mpamvu iza ku isonga mu gutera indwara zitandura. 

    Ibyo rero bigomba guhinduka kugira ngo twirinde, ibibazo by’indwara tubona ku bana, abantu bakuru ndetse no ku baganga, aho tubona ibibazo bikomeye tutabonaga mu myaka 20 ishize. Nitutagira icyo duhindura bizatuma igice kinini cy’ubuvuzi kizajya kibanda mu gusana cyangwa kuvura ibyo twakabaye twarakumiriye.”

    Minisante ivuga ko mu kwita ku buzima bw’abaturage harimo no kongera umubare w’abaganga b’inzobere aho nk’ikigo cya IRCAD, umwaka ushize warangiye kimaze kwigisha abaganga babaga hatabayeho kubabaza umubiri cyane barenga 300.

    Src: RBA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150508/minisitiri-nsanzimana-yibukije-abantu-ko-kwicara-umwanya-munini-byongera-indwara-zitandura-150508.html

  • Harimo Haaland na Vinicius! Urutonde rwabaki… – #rwanda #RwOT

    Kuva cyatangizwa mu 1956, abakinnyi nka Alfredo Di Stefano, Johan Cruyff, Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bagiye bagaragaza ubuhanga budasanzwe, bakaba ab’imbere mu kwegukana iki gihembo. 

    Nyamara, mu mateka yacyo hari abakinnyi benshi bahamya ko bakorewe akarengane ntibagihabwe mu gihe bari bararushije abandi bose mu kibuga. Muri iyi nkuru, turagaruka ku bakinnyi 9 bamenyekanye bivugwa ko bibwe Ballon d'Or nk’uko tubicyesha ikinyamakuru Goal.

    9. Virgil van Dijk (2019)

    Mu mwaka wa 2019, Virgil van Dijk yari umutima wa Liverpool ubwo yegukanaga UEFA Champions League. Uyu myugariro yakoze amateka mu bwugarizi, atanga n’umusaruro w’ibitego 10 mu mikino 50 ya Liverpool. 

    Nyamara, yatsinzwe na Lionel Messi ku majwi arindwi gusa, n’ubwo Van Dijk yari amaze gutsinda Messi mu mikino ya Champions League ubwo Liverpool yasezereraga Barcelona mu buryo butazibagirana.

    Jurgen Klopp, umutoza watozaga Liverpool, icyo gihe yagize ati: “Sinigeze mbona undi myugariro wagize umwaka mwiza nk’uwo Van Dijk yagize.”

    8. Wesley Sneijder (2010)

    Wesley Sneijder yafashije Inter Milan gutsinda Barcelona no kwegukana UEFA Champions League mu mwaka wa 2010. Yanagejeje u Buholandi ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi, anaba umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi muri iryo rushanwa. 

    Nyamara, ntiyabashije no kujya mu bakinnyi batatu ba mbere mu gihe Lionel Messi yahabwaga Ballon d’Or, nubwo atari yarigaragaje ku rwego rwiza muri uwo mwaka.

    7. Erling Haaland (2023)

    Haaland yatsinze ibitego 52 mu mikino 53, afasha Manchester City gutwara igikombe cya UEFA Champions League, Premier League, na FA Cup mu mwaka wa 2023.

    Nyamara, Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or bitewe cyane n'intsinzi ya Argentina mu gikombe cy'Isi cya 2022. Umutoza w'u Budage, Lothar Matthaus, yavuze ko byari “ukubogama gukomeye” kwanga guha Haaland iki gihembo.

    6. Cristiano Ronaldo (2018)

    Luka Modric yegukanye Ballon d’Or mu 2018 nyuma yo gufasha Croatia kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi. Nyamara, Cristiano yari yatsinze ibitego 44 muri uwo mwaka, harimo 15 muri Champions League. Ibi byatumye abafana ba Ronaldo bemeza ko yarenganyijwe.

    5. Deco (2004)

    Deco yegukanye ibikombe bitatu muri 2004 hamwe na FC Porto ya Jose Mourinho, harimo UEFA Champions League. Yatsinze ibitego icyenda, atanga imipira 25 yavuyemo ibitego, kandi yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w'umwaka muri UEFA. Nyamara, Andriy Shevchenko ni we wahawe Ballon d’Or, nubwo atari yaratanze umusaruro nk'uwa Deco.

    4. Franck Ribery (2013)

    Franck Ribery yari ku rwego rwo hejuru ubwo Bayern Munich yegukanaga igikombe cya Champions League, Bundesliga, na DFB-Pokal mu mwaka wa 2013. Yagize uruhare mu bitego 34 muri uwo mwaka, ariko Ballon d’Or yahawe Cristiano Ronaldo n’ubwo Real Madrid itigeze yegukana igikombe na kimwe.

    3. Vinicius Jr (2024)

    Vinicius Jr yari amaze kuba icyamamare mu mwaka wa 2024, atsinda ibitego by'ingenzi, birimo hat-trick yatsinze Barcelona mu mukino wa nyuma wa Super Cup. Yafashije Real Madrid gutwara La Liga na Champions League, ariko Ballon d’Or yahawe Rodri wa Manchester City, bituma abafana ba Vinicius bavuga ko iki gihembo cyibwe.

    2. Robert Lewandowski (2020 & 2021)

    Lewandowski yagize imyaka ibiri idasanzwe, atsinda ibitego 55 mu mwaka wa 2020, ariko Ballon d’Or ntiyatanzwe uwo mwaka kubera Covid-19. Nubwo yatsinze ibitego 62 mu 2021, Ballon d’Or yahawe Lionel Messi, bitera uburakari bwinshi mu bakunzi ba Lewandowski.

    1. Thierry Henry (2003)

    Henry yagize umwaka mwiza cyane mu 2003, atsinda ibitego 24 muri Premier League, anatanga imipira yavuyemo ibitego 25. Ni we mukinnyi wenyine wigeze gutsinda ibitego 20 no gutanga imipira 20 mu mwaka umwe muri Premier League. Nyamara, Pavel Nedved ni we wahawe Ballon d’Or, n’ubwo Henry yari ku rwego rwo hejuru.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150506/haaland-na-vini-junior-urutonde-rwabakinnyi-9-bivugwa-ko-bibwe-ballon-dor-mu-buryo-bugarag-150506.html

  • Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw #rwanda #RwOT

    Ubwo hakinwaga umukino wa shampiyona y'u Rwanda utarabereye igihe wahuje Rayon Sports igatsinda Police FC bamwe mu bakinnyi na Gikundiro batahanye agahimbazamusyi gatubutse.

    Kuri uyu wa Gatandatu ubwo Rayon Sports yari yakiriye Police FC, Rayon yatsinze ibitego 2 ku busa byatsinzwe na Youssou Diagne na Adama Bagayogo.

    Nyuma y'uyu mukino abakinnyi bahawe agambazamusyi kubera iyo ntsinzi bamwe bahawe amafaranga agera ku bigumbi 283 abandi batahana ibihumbi 230.

    Aka gahimbazamusyi kazamuwe n'uko Fan Club ebyiri, Dream Unity na Gikundiro Forever batanze miliyoni ebyiri zo guha abakinnyi kubwi kwitwara neza.

    Hari kandi ibihumbi 150FRW bisanzwe bihabwa iyi kipe kubwo kwitwara neza, hakaba kandi andi ibihumbi 20 bahawe kubw'ikinyuranyo cy'igitego iba yatsinze.

    Aha hiyongeraho kandi amadorari 80$ bahawe abanyezamu kubwo kutinjizwa igitego, aha akaba yahawe Umunyezamu Khadime Ndiaye.

    Usibye aya mafaranga bahawe hari andi nayo bazahabwa na Forzza baheruka gusinyana amasezerano.

    Aha niho ikipe ya Rayon Sports izajya ihabwa miliyoni Eshanu kuri buri mukino batsinze bakayahabwa n'umuterankunga mushya wayo Forzza.

    Usibye uyu mukino utarabereye igihe wa shampiyona wakinwe, Gasogi United yatsinzwe na AS Kigali 2-1 naho Musanze FC yo yatsinzwe na APR FC 1-0.

    The post Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ubwo-batsindaga-police-fc-khadime-wa-rayon-sports-yatahanye-asaga-ibihumbi-280-frw-abandi-babona-ibihumbi-230-frw/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ubwo-batsindaga-police-fc-khadime-wa-rayon-sports-yatahanye-asaga-ibihumbi-280-frw-abandi-babona-ibihumbi-230-frw

  • Zoe Saldaña yakiriye neza umuhamagaro we wo guhabwa igikombe cya Golden Globes #rwanda #RwOT

    Zoe Saldaña yakiriye umuhamagaro we wo guhaba bimwe mu bikombe bikomeye bihabwa abitwaye neza muri sinema (Golden Globes), uyu mukinnyi ahagarariye neza abakinnyi b'ibyamamare muri Hollywood. Umuhango wo guhemba abakinnyi, abahanga, n'abashushanya filime, wabaye mu munezero no gushyigikira imirimo y'ubuhanzi.

    Zoe yagaragaje umunezero mwinshi ubwo yashyikirizwaga igihembo cya Golden Globes, ni mu gihe yari yongeye kugaragaza ubuhanga bwe bwo gukina no gushyira ubuzima gatozi muri filime zitandukanye.

    Igihembo cya Golden Globes gitegurwa na Hollywood Foreign Press Association (HFPA), kikaba ari kimwe mu bihembo bikomeye mu ruganda rwa sinema. Zoe, nkumwe mu byamamare byabashije gutsindira iki gihembo, yagaragaje ishimwe no guha agaciro abafatanyabikorwa be mu buzima bwa sinema.

    Yagarutse ku rugendo rwiza yanyuzemo mu mwuga, ndetse agaragaza ko kwitabira ibikorwa by'ubuhanzi no gushyigikira impano z'abandi ari iby'agaciro kanini.

    Zoe Saldaña ni umwe mu bakinnyi ba filime bazwi cyane, akaba yaragaragaye mu mafilime akomeye nka Avatar na Guardians of the Galaxy. Imirimo ye irakomeye kandi ikomeye mu ruganda rwa sinema, aho akomeje kuba igihangange mu gukina no gukorana n'abayobozi ba filime.

    Umwaka umwe nyuma yo gukina imirimo yihariye, Zoe yagaragaje uburyo sinema n'ubuhanzi birimo imbaraga zo guhindura Isi, ndetse yongeraho avuga ko sinema itanga ubuzima bwo guhindura amateka.

    Mu rwego rwo kugaragaza ibikorwa bye, yagaragaje impano idasanzwe, aho atanga umusanzu mu buryo butandukanye mu ruganda rwa sinema no mu gutanga ubufasha mu guhindura imyumvire ku byerekeye ibihe, amateka, n'imibereho.

    Source : https://kasukumedia.com/zoe-saldana-yakiriye-neza-umuhamagaro-we-wo-guhabwa-igikombe-cya-golden-globes/

  • Zelenskyy yasabye inama hagati ya Putin na Trump ku bibazo by'intamabara iri hagati ya Uburusiya na Ukraine #rwanda #RwOT

    Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yavuze ko yifuza ko Perezida Vladimir Putin w'u Burusiya, ndetse na Donald Trump witegura kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagirana ibiganiro byo kureba uburyo bashobora gushakira umuti intambara imaze imyaka irenga ibiri, iri guca ibintu hagati y'u Burusiya na Ukraine.

    Zelenskyy yashimangiye ko ibyo biganiro byaba byiza mu gihe ibintu byose byaba bigamije gushakira amahoro n'umutekano ku mugabane w'i Burayi ndetse no ku Isi yose.

    Yongeyeho ko hakenewe uburyo bwo guhagarika ibikorwa by'ubugizi bwa nabi byibasira abaturage, cyane cyane ibijyanye n'ibitero by'indege n'ibikoresho by'intambara biri kwangiza imijyi.

    Perezida wa Ukraine yavuze ko mu gihe ibintu byagerwaho, ibyo biganiro byaba bigamije gushyiraho uburyo bwo gukemura impaka mu buryo bw'amahoro, bityo hakabaho gusubiza ibintu mu buryo. Muri ubwo buryo, yakomeje avuga ko ari ngombwa ko habaho ubufatanye bw'ibihugu byinshi, harimo n'abari imbere muri dipolomasi ku rwego mpuzamahanga.

    Ibi biganiro, nubwo bitoroshye, bikaba byagaragaje icyifuzo cyo kumvikanisha inzira y'amahoro n'ituze.

    Perezida Zelenskyy yavuze ko Ukraine iharanira amahoro, ariko kandi ko itazemera kwinjira mu biganiro bitazatanga umusaruro cyangwa bikaba byatuma igihugu cyabo kibura ubwigenge.

    Kugeza ubu, nta gihamya cy'uko Putin na Trump bashobora gushyira mu bikorwa ayo magambo, ariko icyo Zelenskyy yifuza ni uko ibikorwa byose byashyirwamo ingufu, kugira ngo habeho amahoro arambye. Yongeyeho ko urugamba rw'u Burusiya na Ukraine rwagize ingaruka mbi ku bukungu bw'Isi ndetse no ku mibanire y'ibihugu, bityo ko hakenewe igikorwa kirambye cyo guhosha umwuka mubi no gusubiza ibintu mu buryo.

    4o mini

    Source : https://kasukumedia.com/zelenskyy-yasabye-inama-hagati-ya-putin-na-trump-ku-bibazo-byintamabara-iri-hagati-ya-uburusiya-na-ukraine/

  • Yampano yakebuye bamwe mu bahanzi batinya BK Arena bavuga ko ari nini, kandi we abona ari nto #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Yampano avuga ko ubwo yageraga muri BK Arena ku nshuro ya mbere, agiye kuririmba mu gitaramo cya The Ben, yatunguwe no kubona abantu benshi batekereza ko iyi nyubako ari nini, ariko we akabona ko ari nto.

    Ni mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru w'imyidagaduro Lucky mu kiganiro Versusa gica kuri televiziyo y'Igihugu RTV, Yampano yagize ati: 'Nabonye BK Arena nk'ahantu hato, kandi sinumva impamvu abahanzi bakuru batinya kuharirimbira.

    Abahanzi bakwiye kuba bumva ko iyi nyubako ari nziza kandi itandukanye, ku buryo bitari ngombwa ko bayitinya. Ni ukuri, abahanzi bakeneye gushyigikirwa n'ubufasha kugira ngo bagere ku ntego zabo, kandi nta mpamvu yo gutinya.'

    Yampano yagaragaje ko BK Arena ari umwanya wuzuye amahirwe yo kuzamura umuziki Nyarwanda, by'umwihariko abahanzi bakizamuka bashobora kuyiririmbamo bagakora igitaramo gikomeye. Akomeza avuga ko atari byiza ko abahanzi batinya gukorera muri BK Arena, kandi ko abakunzi b'umuziki Nyarwanda bakomeje kwiyongera, ndetse bakaba basanga ibitaramo byose bibaye muri iyi nyubako bishobora kuba byuzuye abantu.

    Mu kiganiro, Yampano yagarutse ku buryo abantu bakwiye kumva ko BK Arena idakwiye gutera bamwe mu bahanzi ubwoba. Yagize ati: 'Iyo usuye BK Arena, ubona ko ahantu hose hahagije, ushobora kubona abantu benshi bitabira ibikorwa by'umuco, kandi nta na hamwe hameze nk'ahandi hasigaye, abantu bose bashaka kureba ibyiza by'umuziki Nyarwanda.

    Umuhanzi, ntakwiye kwitinya bitewe n'ubunini bw'iyi nyubako, ahubwo agomba kubyaza umusaruro amahirwe ahari.'

    Yampano yongereyeho ko BK Arena ari ahantu hatunganiye ibikorwa by'umuco, umuziki, ndetse n'ibindi bitaramo bitandukanye aho umuhanzi wese wifuza gukomeza guteza imbere umuziki we, ashobora guhangana n'ibibazo byose ahura nabyo, akagera ku ntego zo gukomeza gukundwa no gukorera ahantu hagezweho mu Rwanda.

    Umunyamakuru wa RBA Lucky Nzeyimana ubwo yagiraga ikiganiro n'umuhanzi Nyarwanda Yampano.

     

    Source : https://kasukumedia.com/yampano-yakebuye-bamwe-mu-bahanzi-batinya-bk-arena-bavuga-ko-ari-nini-kandi-we-abona-ari-nto/

  • Real Madrid mu bintu irikwifuza nukongera kwibikaho bimwe mu bikombe nka Copa del Rey #rwanda #RwOT

    Ku Cyumweru, Real Madrid yakoze imyitozo mu murwa mukuru wa Espagne ku mugoroba ubanziriza umukino wabo wa 1/32 cya Copa del Rey, aho bahura na CD Minera i Cartagena.

    Biteganyijwe ko ikipe ya Carlo Ancelotti izitwara neza mu guhangana n'iyi kipe yo mu cyiciro cya kane, ariko birakenewe ko bibuka ko Minera yatsinze Deportivo Alaves, ikipe yo muri La Liga, binyuze muri penaliti mu cyiciro kibanziriza iki.

    Ancelotti afite kandi mu bitekerezo igikombe cya Super Cup cya Espagne kizabera muri Saudi Arabia muri uyu mwaka. Iyi mikino ikomeye izaba iri mu ntego z'uyu mutoza muri iki gihe.

    Mu gihe abatsinze mu mikino ya La Liga na Copa del Rey bazakomeza guhatanira ibikombe, Barcelona izahura na Athletic Club Bilbao ku wa Gatatu, mu gihe Real Madrid izakina na Mallorca mu mikino ya kimwe cya kabiri ku wa Kane. Umukino wa nyuma wa Super Cup uteganyijwe ku Cyumweru, imikino yose ikazabera i Jeddah.

     

    Source : https://kasukumedia.com/real-madrid-mu-bintu-irikwifuza-nukongera-kwibikaho-bimwe-mu-bikombe-nka-copa-del-rey/