Blog

  • Amerika yongeye gutera icyuhagiro Rusesabagina, ifungurwa rye rishyirwa mu bikomeye Biden yakoze – #rwanda #RwOT

    Ni imvugo ikubiye mu butumwa White House yashyize hanze, nyuma y'ikiganiro Joe Biden yagiranye n'abagize imiryango y'Abanyamerika batatu bafunzwe n'ubutegetsi bw'Aba-Taliban muri Afghanistan.

    Ku Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025 ni bwo Joe Biden yaganiriye n'iyi miryango kuri telefone.

    Aba Banyamerika bafungiye muri Afghanistan ni Ryan Corbett, watawe muri yombi muri Kanama 2022, ubwo yari yagiye muri Afghanistan mu rugendo yavugaga ko ari urw'ubucuruzi.

    Undi ni George Glezmann nawe wafatiwe i Kaboul mu 2022, aho yari yagiyeyo nka mukerarugendo, ndetse na Mahmood Habibi wakoreraga ikigo kimwe cyo muri Afghanistan.

    Aba bose batawe muri yombi nyuma y'uko Aba-Taliban bisubije Afganistan, ingabo za Amerika zari muri iki gihugu zirataha.

    Kugeza ubu ubutegetsi bwa Joe Biden bwatangiye ibiganiro bigamije gufunguza aba bagabo, nubwo amakuru yizewe ahamya ko Aba-Taliban bahisemo gutegereza ubutegetsi bwa Donald Trump kuko aribwo bashobora kumvikana bitagoranye.

    Yateye icyuhagiro ibyaha bya Rusesabagina?

    Mu itangazo White House yashyize hanze nyuma y'ibi biganiro, yagaragaje ko ubutegetsi bwa Joe Biden bwabashije gufunguza Abanyamerika 75 bari bafungiye mu bihugu birimo n'u Rwanda mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

    Iri tangazo ntiryerura nyirizina ngo rivuge Rusesabagina mu izina, gusa usesenguye amakuru y'ifungwa rye n'imbaraga iki gihugu cyashyize mu kumufunguza ubona ko ariwe cyashakaga kuvuga.

    Rikomeza rivuga ko 'Perezida Biden n'itsinda rye bakoze bivuye inyuma, kenshi bafatanyije n'ibihugu by'inshuti mu biganiro bigamije gufunguza Abanyamerika bafashwe nk'imbohe, cyangwa bafungiye mu mahanga, kugira ngo bongere guhura n'imiryango yabo, kandi tuzakomeza kubikora mu gihe manda isigaje.'

    Ibyatangajwe na Amerika bihabanye n'ukuri kuko Rusesabagina atigeze afungwa binyuranyije n'amategeko.

    Rusesabagina washinze ndetse akayobora Umutwe wa MRCD/FLN, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 mu Rwanda ahamijwe ibyaha by'iterabwoba bishingiye ku bitero wagabye ku Rwanda mu 2018 na 2019. Byaguyemo abagera ku icyenda, imitungo irasahurwa, ibindi birangizwa.

    Ni nyuma y'uko uyu mugabo yari yatawe muri yombi muri Kanama mu 2020.

    Kuva uyu mugabo yatabwa muri yombi, ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n'indi miryango byakomeje gushyira u Rwanda ku gitutu kugira ngo arekurwe.

    Mu 2022 mbere gato y'uko Anthony Blinken ushinzwe ububanyi n'amahanga muri Amerika agirira uruzinduko mu Rwanda, yavuze ko mu bimugenza harimo no kuganira n'u Rwanda ku kibazo cya Rusesabagina.

    Ati “Yego, mu buryo bwose, mu bihugu birimo abaturage ba Amerika bafunzwe bidakurikije amategeko, ni ngombwa, uko byagenda kose, kugerageza uko basubira iwacu muri Leta zunze ubumwe za Amerika.”

    Ni imvugo zakomeje gushimangirwa na benshi mu banyapolitiki ba Amerika ndetse n'imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

    Ni mu gihe mu kumuhamya ibyaha, inkiko zo mu Rwanda zashingiye ku bimenyetso birimo ibyatanzwe n'inzego zibishinzwe zo mu Bubiligi na Leta zunze ubumwe za Amerika, cyane cyane ku bimenyetso by'amafaranga yohererezaga FLN.

    Ku wa 24 Werurwe 2023, Guverinoma y'u Rwanda yafunguye Rusesabagina na bagenzi be 19, nyuma y'imbabazi bahawe na Perezida.

    Rusesabagina w'imyaka 68 yandikiye Perezida Kagame asaba imbabazi z'ibyaha yakoze ari na byo byatumye akatirwa igifungo cy'imyaka 25, yiyemeza kutazagisubira naramuka ababariwe, gusa nyuma y'igihe gito afunguwe yatangiye kunyuranya n'iyi mvugo.

    Muri byatangajwe na White House, nta na hamwe yigeze igaragaza ibyaha uyu mugabo yakoze, ahubwo yashyizwe mu bandi iki gihugu kivuga ko bari bafunze binyuranyije n'amategeko.

    Amerika itangaje ibi mu gihe u Rwanda ruherutse kugaragaza ko rufite amakuru yizewe ashimangira ko Rusesabagina yasubiye mu bikorwa byo gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda.

    Rusesabagina washinze ndetse akayobora Umutwe wa MRCD/FLN, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 mu Rwanda ahamijwe ibyaha by'iterabwoba bishingiye ku bitero wagabye ku Rwanda mu 2018 na 2019


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amerika-yongeye-gutera-icyuhagiro-rusesabagina-ifungurwa-rye-rishyirwa-mu

  • Umuhanzi wa Gospel yivuganye umukunzi we amus… – #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Timileyin Ajayi, inkuru ye iri gucicikana ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwemeza ko yishe umukunzi we Salome Adaidu, kubera ko yamuciye inyuma kenshi kandi akaba aticuza na busa icyo cyaha k’imdengakamere yakoze.

    Ajayi wujuje imyaka 30 muri uyu mwaka wa 2025, yatangaje ibi mu kiganiro n’ikinyamakuru Channels TV aho yatangaje ko nta kwicuza afitiye icyemezo cyo kwica umukunzi we, asobanura ko ubuzima ari ugukora ibyiza kugira ngo ubone ibyiza.

    Ku wa Mbere, tariki ya 13 Mutarama 2025, amakuru yavuzwe ko Timileyin Ajayi yafatiwe mu gace ka Agwan Sarki, Orozo, kari ku mupaka wa Leta ya Nasarawa mu mujyi wa Abuja nyuma yo gufatwa atwaye umutwe w'umukunzi we yari yamaze kwica.

    Mu kiganiro giheruka, Timileyin Ajayi yashyize ahagaragara ibindi bisobanuro, avuga ko atari afite umugambi wo kwica umukunzi we, ahubwo ko intego ye yari ukureka umubano wabo.

    Mu mashusho yasakaye kuri X, uyu muramyi avuga ko umukunzi we yamuciye inyuma cyane, ibyo akaba ari byo byatumye afata icyemezo cyo kumwica. Avuga ko ibi byatangiye ubwo umukunzi we yamusabaga ama-Naira 3,000, maze avuga ko ntayo afite.

    Uyu muhanzi wari umenyerewe mu bijyanye no kuramya Imana, yatunguye abantu benshi ku bwo gutakaza ubumuntu agakora iki cyaha cy’indengakamere, ubu akaba yaratawe muri yombi.

    Salome Adaidu wishwe n’umuhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Timileyin Ajayi

    Umuhanzi Timileyin Ajayi, uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza muri Nigeria yafashwe amaze kwica umukunzi we Salome Adaidu

    Timileyin Ajayi yavuze ko aticuza kuba yarishe umukunzi we Salome Adaidu

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150906/umuhanzi-wa-gospel-yivuganye-umukunzi-we-amushinja-kumuca-inyuma-150906.html

  • Yitabaje abanya-Misiri amashusho yabuze! Inzi… – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yashyize hanze iyi ndirimbo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025. Mu guteguza iyi ndirimbo yifashishije umugore we, ndetse amashusho yakozwe na Fayzo Pro bamaze igihe kinini bakorana, ni mu gihe mu buryo bw'amajwi (Audio) yakozwe na Producer Element.

    Iyi ndirimbo ntisanzwe mu rugendo rw’umuziki we kuko ari nayo yitiriye ibitaramo yakoreye mu gihugu cya Canada mu mpera z’umwaka. Kiriya gihe, yabwiye InyaRwanda ko yahisemo kwitirira biriya bitaramo iyi ndirimbo “kugirango abafana banjye yitegure.”

    Amashusho y’iyi ndirimbo yakorewe mu Rwanda ndetse no muri Canada igihe yari mu bitaramo. Fayzo Pro wakoze amashusho y’iyi ndirimbo, yabwiye InyaRwanda ko hari amashusho bafatiye Kimuhurura ariko aza kubura ku munota wa nyuma.

    Ati “Hari amashusho twafatiye Kimihuhura yagombaga kugaragara muri iyi ndirimbo ariko nyuma twaje kuyabura dushaka uko tuyagurura.”

    Uyu mugabo yavuze ko hari abarabu bo mu gihugu cya Misiri bakoreraga mu Rwanda basanzwe bakorana aziho ubuhanga mu kugaragara amashusho yabuze n’ibindi bifashishije ‘Software’ yegereye.

    Avuga ko yagerageje kubavugisha ariko asanga basubiye iwabo mu Misiri. Ati “Abanya-Misiri nibo bamfashije kugarura ariya mashusho y’indirimbo, nari nakoze uko nshoboye ariko biranga. Gusa, twifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga ariya mashusho babashije kuyagarura.”

    Fayzo yavuze ko nyuma y’uko ariya mashusho bayagaruye, basanze aho bafatiye ku Kimihurura harakorewe indirimbo nyinshi bahitamo kutayakoresha yose mu ndirimbo, ahubwo banzura ko Kenny Sol afatira andi muri Canada.

    Ati “Twahisemo ko Kenny Sol afatira amashusho muri Canada, kubera ko twabonaga ko aho twakorera Kimihurura ari ahantu hasanzwe hakoreshwa cyane.”

    Uyu mugabo yavuze ko iyi ndirimbo yagiyeho amafaranga menshi, ashingiye ku bikorwa bayikozeho. Ni indirimbo bigaragara ko yatwaye amafaranga ari hafati ya Miliyoni 10 Frw na Miliyoni 15 Frw.

    Kenny Sol wavutse mu mwaka wa 1997, uvuka mu muryango w'abana batatu, ni ubuheta. Yize amashuri abanza ahitwa ka Gasunzu, ayisumbuye yayize muri Ecose Musambira.

    Kenny Sol avuga ko ubusanzwe kwinjira mu muziki atari ibintu yari yaratekerejeho kuko yabanje guconga ruhago, aho yari umukinnyi w’umupira w’amaguru.

    Mu mwaka wa 2015 yakiniye mu ikipe y’abana ya Esprance ndetse no muri Kiyovu FC yakiniye mu  2016. Icyo gihe yakinaga kuri 11 mu cyibuga yahuriyemo na Lague wa APR FC, na Savior n’abandi benshi. 

    Kenny Sol yasohoye amashusho y'indirimbo ye nshya yise 'Phenomena' 

    Kenny Sol yagaragaje ko iyi ndirimbo yayikoreye amashusho mu gihugu cya Canada ndetse no mu Mujyi wa Kigali 

    Fayzo Pro watunganyije amashusho y'iyi ndirimbo, yavuze ko yiyambaje abanya-Misiri kugira ngo agarure amashusho yari yabuze 

    Mu guteguza iyi ndirimbo, Kenny Sol yifashishije umugore we wamwibarukiye imfura

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'PHENOMENA' YA KENNY SOL


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150909/yitabaje-abanya-misiri-amashusho-yabuze-inzira-igoye-yagejeje-kenny-sol-ku-ndirimbo-phenom-150909.html

  • Abantu umunani bamaze kwicwa na Marburg muri Tanzania #rwanda #RwOT

    Abantu umunani bamaze kwicwa na Marburg muri Tanzania, nk'uko byatangajwe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. Ubu bwandure bwagaragaye mu ntara ya Kagera, ku wa 10 Mutarama 2025, aho hagaragaye ubwandu bwa mbere bikekwa ko ari ubwa Marburg.

    Iyi ndwara yihariye ibimenyetso bishobora gufata igihe kinini kugira ngo igaragare, ikaba ifitanye isano n'indwara ya Ebola, ikaba ikwirakwira mu bantu binyuze mu mwuka cyyangwa se amaraso.

    Ishami ry'OMS rikomeza gukurikirana ikibazo, rikaba ryaratanze inama ku buryo bwo guhangana n'iki cyorezo ndetse no gukumira ikwirakwira ryacyo.

    Mu gihe iki cyorezo gikomeje gukwirakwira, ubuyobozi bw'Igihugu bwa Tanzania bukomeza gukaza ingamba zo gufata abantu bose bahuye n'abanduye no kubimenyekanisha vuba kugira ngo hatagira abandi bakomeza kwandura.

    Abamaze guhitanwa n'iyi ndwara ni umunani, bingana na 89% by'abantu bose banduye. Ibi byerekana ko iyi ndwara ifite ubukana, kandi ikenewe gufatirwa ingamba z'ihuse. Kugeza ubu, abamaze gupimwa basanganywe ibimenyetso bya Marburg ni icyenda, ariko ubuyobozi burizeza ko hakomeje gukorwa ibishoboka byose ngo hagabanywe ikwirakwira ry'iyi ndwara.

    Ikibazo gikomeye ni uko abakora mu nzego z'ubuzima n'abaturage muri rusange bagomba kongera ubushobozi mu byerekeye imiyoborere y'indwara no gushyira mu bikorwa inama z'abahanga kugira ngo bakumire ibindi byorezo byakwiyongera. Abaturage barasabwa kuba maso, ndetse no kwirinda gukorana n'abarwayi cyangwa ahantu hatera imbaraga mu guhura n'amaraso, cyangwa imyenda yanduye.

    Source : https://kasukumedia.com/abantu-umunani-bamaze-kwicwa-na-marburg-muri-tanzania/

  • Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n'imfube Murwanashyaka Thégogène' Gatwa' #rwanda #RwOT

    Umuntu wese waba yaragize amahirwe yo kumenya umusaza w'inyangamugayo Mukurira wari utuye ku Muhima wa Kigali, akumva umwanda uva mu kanwa k'umuhungu we Murwanashyaka Théogène abenshi bazi ku izina rya 'Gatwa', ntiyakwemera ko hari icyo abo bantu bombi bapfana.

    Abumvise ubuvunderi uyu Gatwa Théogène yavundereje kuri ya ngirwa radio 'Iteme' ya Tabitha Gwiza, murumuna wa Adeline Rwigara Mukangemanyi, akaba mushiki wa Ben Rutabana na nyinawabo wa Diane Rwigara, bibajije niba Gatwa nawe asigaye asangira urumogi n'aba bavandimwe bataye umutwe.

    Abumvise Gatwa bibajije niba ari inda yasumbye indagu gusa, yatumye atinyuka gutamikwa ubusabusa ngo yandagaze FPR yamukuye ahakomeye we n'abo mu muryango we, cyangwa niba yararozwe akaba ageze aho atakigenzura ibyo avuga.

    Muri ayo mahomvu ye, Gatwa Théogène avuga uburyo ngo hari abana basanze FPR ku rugamba, ngo abayobizi bayo bakabicira ko baturutse mu Rwanda gusa!

    Biratangaje kumva ko FPR yaba yaricaga abantu baje kuyifasha urugamba rwo kubohora Abanyarwanda, barimo n'imiryango y'abo Gatwa avuga bicwaga. Wasobanura ute ukuntu ku ruhande rumwe waba wica abakugana, ku rundi ruhande ukiyahura ujya gutabara abakiri imbohe mu gihugu?

    Ese iyo FPR ubundi yari ifite abarwanyi bayisagutse ku buryo ibona n'abo kwicira ubusa?

    Murwanashyaka Théogène alias Gatwa, ko nawe yagiye muri FPR avuye iwabo ku Muhima, we yatubwira ubudahangarwa yakoresheje kugirango aticwa?

    Ibiramambu, ababanye na Gatwa kuva ku mafunzo, bavuga uburyo yari agoranye cyane, doreko we na Patrick Benerugaba( ubu nawe ni ikigarasha cya RNC) bahoraga babaza niba nabo bazoherezwa ku rugamba, kandi bafite dipolome zagombye kubahesha akandi kazi mu biro!!

    Ikindi, ababanye na Gatwa ku rugamba, batanze ubuhamya bw'ukuntu uyu Gatwa hamwe na Jean Paul Kazungu nawe waje kuba ikigarasha muri RNC, bashyasharizaga bagenzi babo( cyane cyane ab'Abahutu)babita intasi za Habyarimana. Abo bana, barimo Kanywabahizi ' Rochereau' uherutse kwitaba Imana, batwibwiriye ko bakijijwe n'ubuhanga mu iperereza ryaranze kuva kera igisirikari cya FPR, cyane cyane ariko kuba FPR yararwanyaga ikintu kitwa ivangura aho riva rikagera.

    Ese ubundi, ubu uwabaza imiryango y'abo Gatwa avuga bishwe, yasanga yarayibwiye uko abana babo bakubuswe agafuni bazira gusa ko bavuye mu Rwanda?

    Igisubuzo ni' oya', kuko maze kumva aya magambo ya Gatwa, hari abo nashoboye kuvugisha, nk'abo mu miryango ya Yaramba na Kalori, bansobanura ko Gatwa yababwiye ko abo bana baguye ku rugamba kimwe n'abandi benshi. Uko ahinduye imvugo rero niwe uzi impamvu yabyo.

    Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi rurangiye, muw'1996, Murwanashyaka Théogène 'Gatwa' yahawe ipeti rya Liyetona mu gisirikari gishya cy'uRwanda, avuye ku ipeti rito cyane. Uku kuzamurwa mu ntera ntiyabikeshaga ubuhanga cyangwa kwitanga bihambaye ku kazi, yewe ntiyanabihawe kubera gukina umupira muri APR FC. Iki cyari ikimenyetso cy'uko Igihugu cyashakaga kwiyubakira ku mbaraga z'urubyiruko.

    Ubwo ni naho hari hatangiye intambara y'abacengezi, yasabaga ubwitange, ubushishozi no kwitwararika cyane, kuko ahenshi byari bigoye gutandukanya umucengezi n'umuturage usanzwe. Gatwa wari waribereye nk'umusivili ukina umupira gusa yarabirebye asanga atazarusyaho.

    Umuhate Igihugu cyari kimukeneyemo, ndetse n'umuvuduko uRwanda rushya rwari rutangiye, Gatwa ntiyashoboye kujyana nabyo, maze ahitamo kuyabangira ingata, arahunga.

    Kumuvana mu mupira ahubwo akoherezwa muri 'unit' nk'abandi, Gatwa byaramubabaje kuko yumvaga umuteto n' ubusongarere bigeze ku iherezo. Nguko uko yipanze akazi, aho kujya muri brigade ya 305 yari yoherejwemo, yigira i Butare mu ikipe ya gisirikari yitwa INTARE FC.

    Nyuma y'amezi hafi 10 yaratorongeye, abayobozi ba brigade ya 305 bagiye kubona babona Gatwa arabungutse. Yageze i Gitarama kuri headquarters za brigade atakamba asaba imbabazi cyane, maze bamugirira impuhwe, ndetse imishahara y'amezi 10 yose bayimuha uko yakabaye.

    Burya ingeso mbi ishira nyirayo yapfuye koko. Aho gusubira ku kazi nk'uko yari amaze kubyemerera ubuyobozi, ayo mafaranga Gatwa niyo yagize impamba, ahita ahungira muri Uganda. Yasanzeyo izindi mburamumaro nka ba Ange, Sankara, n'abandi bari bariyise ngo'ingabo z'umwami'!

    Ageze i Kampala, ibyari inzozi zo gukomereza i Burayi byamuvuriyemo ubuzima bubi cyane, maze si ukwiyahuza inzoga ahinduka akazizi. Ababanye nawe bibuka uburyo yakubitwaga buri munsi azira ubujura n'ubushukanyi, doreko yari yarihaye gukora ibyangombwa bihimbano, nk'impushya zo gutwara ibinyabiziga, impapuro z'abajya mu mahanga, n'ibindi bita' imigeri' mu mvugo z'abesikoro.

    Nyuma y'imyaka myinshi, Gatwa yaje kujya i Burayi ariko atakigira amenyo y'imbere, nyuma yo gukubitirwa bikomeye ahitwa Kabaragara muri Kampala, azira ubwambuzi bushukana.

    Kujya i Burayi byasabye Murwanashyaka Théogène Gatwa ubundi buhemu bukabije. Muti byagenze bite rero:

    Wa mucamanza w'Umufaransa Jean Louis Bruguière,wagerekaga ihanurwa ry'indege ya Perezida Habyarimana ku bayobozi ba FPR, yashakishije abazamubera abashinjabinyoma, maze agwa ku nzererezi zahoze mu gisirikari cya RPA, zikaza kujya kubuyera mu mahanga. Ni uko Juji Bruguière yapakiye indege abarimo Murwanashyaka Théogène Gatwa, Capitain Rwakampara, uwitwa Mugisha, n'abandi bari bemeye kuba 'mpemukendamuke'.

    Umugambi wa Bruguière umaze gupfuba, abo bashinjabinyoma be byarabayobere, ubujyahabi burababona, cyane ko nta n'ikindi bari bazi gukora cyababeshaho mu muzima butoroshye bwo mu Burayi. Amakuru dudite n'uko nka Cpt Rwakampara we byamucanze, agahitamo gusubira muri Uganda.

    Gatwa we yarahanyanyaje, none ishyano ry'ishyanga riramuriye. Nguko uko yatangiye kwandavura, avuga nabi abo batabaranye. Arishinga ibigarasha byo kwa Rwigara bikamuvugusha amangambure, kandi byo byarakuye agahu ku nnyo.

    Twibutse ko uyu Murwanashyaka Théogène 'Gatwa' ari musaza wa Espérence Mukashema wapfiriye mu Buholandi ari ikigarasha gikuru. Ubwo uyu Mukashema yapfaga bitungiranye muw'2021, musaza we Gatwa n'ibindi bigarasha byakwije ibinyoma ngo yishwe na Leta y'uRwanda, nyamara abaganga baza kwemeza ko yazize Covid-19.

    The post Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n'imfube Murwanashyaka Thégogène' Gatwa' appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/uwamenye-imfura-mukurira-ntiyakwemera-ko-hari-icyo-apfana-nimfube-murwanashyaka-thegogene-gatwa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=uwamenye-imfura-mukurira-ntiyakwemera-ko-hari-icyo-apfana-nimfube-murwanashyaka-thegogene-gatwa

  • Kamonyi: Umuturage arakekwaho gutera grenade mu rugo rwa mugenzi we agahita atoroka – #rwanda #RwOT

    Nkurikiyingoma ukekwaho icyaha yateye grenade mu rugo rwa mugenzi we witwa Jean Marie Vianney Muganza mu ijoro ryo ku wa 13 Mutarama 2025, mu Murenge wa Mugina.

    Bivugwa ko Nkurikiyingoma wigeze kuba umusirikare yari afitanye amakimbirane na mugenzi we Muganza, akeka ko uwo Muganza agirana umubano wihariye n'umugore we.

    Gusa nta muntu wakomerekejwe n'iyo grenade kuko bose bari mu nzu, ariko ngo yangije urugi rw'inzu.

    Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvere, yahamirije IGIHE ko kugeza kuri uyu wa 15 Mutarama, Nkurikiyingoma yari ataraboneka, bityo agishakishwa.

    Kugeza ubu ntiharamenyekana aho uyu muturage yakuye gerenade yifashishije ajya gutera urugo rw'umuturage mugenzi we.

    Minisiteri y'Umutekano Imbere mu gihugu iherutse gutanganza ko gutunga intwaro nto zirimo imbunda na grenade mu buryo bunyuranye n'amategeko mu Rwanda biri ku kigero cyo hasi cyane kuko nta n'ahantu bijya bipfa kugaragara byakoreshejwe mu rugomo cyangwa ubujura.

    Gerenade yatewe mu rugo rwa Muganza nta muntu yakomerekeje


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-umuturage-arakekwaho-gutera-gerenade-mu-rugo-rwa-mugenzi-we-agahita

  • Uganda: Inzuki zateje imvururu mu rukiko, aba… – #rwanda #RwOT

    Inkuru dukesha ikinyamakuru Spy Reports ivuga ko ku munsi w’ejo tariki 14 Mutarama 2025, ibyabereye muri Uganda ari agahomamunwa aho byateje urujijo n'umutekano mucye mu rukiko, ntetse abakekwaho ibyaha baburanishwaga n'abari mu rukiko bose bahungaga, bagerageza gukiza amagara yabo kuko izo nzuki zari zabateye mu buryo butunguranye.

    Izi nzuki zari zibasiye abantu bose bari mu rukiko, zidasize n’umwe, harimo abakozi b'urukiko, abapolisi, abashinzwe umutekano bo mu magereza, abakekwaho ibyaha baburanishwaga, ndetse n'abaturage bari bitabiriye urubanza. Uko inzuki zazaga, habaye impagarara zikomeye, abantu bose batangira guhunga ngo barokore ubuzima bwabo.

    Mu gihe bageragezaga guhunga, abakekwaho ibyaha 12 bari mu maboko y'ubuyobozi bw'urukiko ndetse n'abari mu rubanza 7, bashoboye gutoroka biturutse ku ihungabana ryatewe n'izo nzuki.

    Kubera ko ikibazo cyari kimaze gukomera, abashinzwe umutekano bagerageje gukumira abakekwaho ibyaha ngo badatoroka, maze batangira kurasa amasasu hejuru mu rwego rwo guhosha ikibazo, ariko biba iby’ubusa. Nyuma, ingabo za Uganda n'abapolisi baje gufatanya kugenzura icyo kibazo cyaje gitunguranye.

    N'ubwo bari bamaze gutoroka, abakekwaho ibyaha bose bagerageje gutoroka 12 hamwe n'abandi 7 bafashwe ndetse bagarurwa mu maboko y’abashinzwe umutekano ku buryo bwihuse. Basubijwe mu kigo cya Amita Government Prisons, aho bahise bakomeza gukurikiranwa.

    Kugeza ubu ntiharamenyekana icyatumye izo nzuki zibasira abari mu cyumba cy’urukiko ku buryo butunguranye, ndetse n’ubukana zazanye bwari buhambaye, aho bamwe bakeka ko yaba ari amarozi cyangwa, ari izo mfungwa zari zateguye uwo mugambi ngo zibashe gutoroka ariko ukazipfubana.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150892/uganda-inzuki-zateje-imvururu-mu-rukiko-abakekwaho-ibyaha-baratoroka-150892.html

  • Bushali mu gahinda gakomeye ko kubura Mama we – #rwanda #RwOT

    Umubyeyi wa Bushali yitabye Imana mu masaha asatira Saa Sita z’ijoro kubera uburwayi butaratangazwa. Yanditse ati “Oya, Mama nkunda winsiga”. Mu 2022 ubwo Bushali yari kuri Radio Rwanda yabajijwe ibijyanye n’imyizerere ye asubiza agira ati “IZUBA, UKWEZI na MAMA”. Ibi bikwereka uburyo yakundaga cyane Mama we.

    Bushali uri mu baraperi bubashywe mu muziki nyarwanda, yari amaze iminsi mu byishimo byo kwibaruka ubuheta ndetse yanasohoye Album mu mwaka ushize yise “Full Moon”. Bushali ni izina rimaze igihe mu matwi y’abanyarwanda ndetse no mu Karere.

    Iyo urebye urwego rw'umuziki we n'ibihangano bye, hari abadatinya kuvuga ko urwego ari ho kuri ubu rugereranywa n’urwa bamwe mu bahanzi bafite amazina akomeye ku mugabane wa Afrika no mu Karere u Rwanda ku bw’ibikorwa bitandukanye by’umuziki agenda akora.

    Ubutumwa bw’akababaro Bushali yanyujije ahatambutswa ubutumwa bw’amasaha 24 (Story) ku rukuta rwe rwa Instagram

    Bushali ari mu gahinda ko kubura umubyeyi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150884/bushali-mu-gahinda-gakomeye-ko-kubura-mama-we-umubyara-150884.html

  • Bahavu yikuye mu bihembo Inganji Awards ny… – #rwanda #RwOT

    Uyu mugore agaragara ku rutonde rw'abakinnyi ba filime bahataniye igikombe cy'umukinnyi wa filime w'umwaka w'umugore (Best Actress of the year) mu bihembo 'Inganji Awards' bitegurwa na 'Rwanda Performing Arts'. 

    Ni ibihembo bihatanyemo abakinnyi barenga 180, ndetse bamaze iminsi batangiye guhatana mu matora yo kuri internet, kugira ngo amajwi azifashishwe mu guhitamo no kugena umukinnyi wa filime uzahiga abandi.

    Si abakinnyi ba filime gusa bazahabwa ibihembo, kuko harimo n'icyiciro cy'ikinamico, urwenya, ababyinnyi b'indirimbo zigezweho n'ibindi.

    Mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, Bahavu yamenyesheje abakunzi be ko adahatanye mu bihembo 'Inganji Awards 'mu byiciro byose.'

    Muri iri tangazo, umugabo we Ndayirukiye Fleury yavuzemo ko nk'umujyanama we 'Ntitwigeze tuganirizwa n'abategura ibi bihembo, bityo nta makuru ahagije dufite kuri iri rushanwa, bijyanye n'ibyo bagenderaho mu gutanga ibihembo, ndetse se n'ibindi bisabwa.' Yungamo ati 'Ku bw'izo mpamvu twafashe icyemezo cyo kutitabira.'

    Yanavuze ko iki cyemezo kiri mu murongo wa Bahavu binyuze mu kigo BahAfrica Entertainment, mu rwego rwo gukomeza gufasha abiyumvamo impano mu ruganda rwa Cinema, no kubafasha kubona amahirwe yo kugaragaza impano zabo, binyuze mu kubahugura, kubigisha no kubaha umwanya bakagaragaza ibyo bashoboye binyuze muri filime zirimo nka 'Impanga TV', 'ABA OTT' n'izindi.

    Bahavu wamamaye muri filime zirimo 'Impanga' yari ahataniye igikombe mu cyiciro cy'umukinnyikazi wa filime mwiza w'umwaka (Best Film Actress of the year), ahatanye na Igihozo Mireille Nshuti uzwi cyane muri filime 'Behind', Kayonga Gatesi Divine uzwi cyane muri filime 'Kaliza wa Kalisa';

    Joseline Niyonsenga ugezweho muri iki gihe binyuze muri filime 'Ibanga', Nyambo Jesca uzwi muri filime 'Ibanga' n'izindi, ndetse na Irakoze Sandrine Swallah uzwi cyane muri filime 'Inzira y'Umusaraba', Umunyana Analisa uzwi nka Mama Sava, Madederi wo muri Papa Sava, Nkusi Linda uzwi nka 'Keza' muri filime 'Bamenya' n'abandi.

    Abarimo Mugisha Emmanuel [Kibonge], Ishimwe Angelo uzwi nka Muhinde, umunyarwenya 'Pilate', Japhet Mazimpaka ndetse na Tuyishime Senegalais uzwi nka Mushumba, bahataniye igikombe mu cyiciro 'Best Stand Up Comedian of the year/Male) .

    Mu banyarwenya b'abakobwa bahataniye igikombe mu cyiciro 'Best Female Stand Up Comedian of the year) harimo Kaduhire, Benitha Mahrez ndetse na Izabayo Bonette.

    Ni mu gihe Benimana Ramadhan uzwi nka 'Bamenya', Nkundabose Emmanuel [Manu], Musengimana Eugene [Prof Mbata], Kazungu Emmanuel [Mitsutsu], Nsabimana Eric [Dr Nsabi], Nyaxo, Burikantu na Buringuni bahataniye igikombe mu cyiciro (Best Acting Comedian of the year/Male).

    Itangazo ry'umujyanama wa Bahavu Jannet, ryemeza ko yikuye muri ibi bihembo kubera ko atigeze amenyeshwa ibijyanye na 'Inganji Awards' 

    Bahavu yavuze ko yafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukomeza intego yihaye yo kugira uruhare mu kuzamura abakiri bato muri Cinema

     

    Bahavu agaragara ku rutonde rw'abakinnyi ba filime bari bahataniye igikombe mu cyiciro 'Best Film Actress of the year'

    Bahavu yamamaye binyuze muri filime zirimo 'City Maid', ariko muri iki gihe agezweho binyuze muri filime zirimo 'Impanga', 'Bad Choice' n'izindi 


    Mu 2023, Bahavu yatwaye igikombe cy’umukinnyi wa filime ukunzwe kurusha abandi mu bihembo ‘Rwanda International Movie Awards’ 


    REBA HANO IGICE CYA GATATU CYA FILIME ‘BAD CHOICE’ YA BAHAVU

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150887/bahavu-yikuye-mu-bihembo-inganji-awards-nyuma-yo-gutoranywa-atabimenyeshejwe-150887.html

  • Filime yo kwa Jol Karekezi niya Mutiganda w… – #rwanda #RwOT

    Iri serukuramuco Nyafurika rya sinema rizabera i Ouagadougou muri Burkina Faso, ku wa 22 Gashyantare 2025 kugeza kuya 1 Werurwe 2025. Kuri iyi nshuro Chad, ni cyo gihugu cy'Umushyitsi Mukuru muri iri serukiramuco. 

    Ni ku nshuro ya 29 bizaba bitanzwe. Ndetse, abahatanye bashyizwe mu byiciro 17 birimo igihembo nyamukuru cya l'Étalon de Yennenga. Harimo ibyiciro 15 bya filime mbarankuru (Feature Documentaries), ibyiciro 34 bya filime ngufi, filime zo kuri Televiziyo ndetse na filime zagenewe abanyeshuri.

    Mu 2019, umunyarwanda Joël Karekezi yakoze amateka yegukana ibihembo bibiri muri iri serukiramuco. Filime ye 'Mercy of The Jungle'yahawe igihembo cy'iyahize izindi mu cyiciro cy'iz'abagabo, inahabwa igihembo nyamukuru cya l'Étalon de Yennenga, yafatanyije na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame kucyakira.

    Kuri iyi nshuro, Filime zo mu Rwanda zashyizwe ku rutonde zirimo 'Phiona, umukobwa uvuye i Madrid/Phiona, a Girl from Madrid' ya Mutiganda wa Nkunda. Ibaye filime ndende ya Kabiri Mutiganda akoze nyuma ya 'Nameless' yatwaye igikombe mu cyiciro cya 'Best Script' muri Fespaco 2021.

    Izindi filime z'Abanyarwanda zihataniye ibihembo ni 'The Bride' ifite iminota 73' ya Myriam Birara, 'Murmures' ya Kivu Ruhorahoza na Christian Nyampeta.

    Hari kandi 'Minimals in Titanic World' ya Philbert Aimé Mbabazi, 'Didi' ifite iminota 83' ya Gaël Kamilindi ndetse na 'Imihanda/Quartier' ya Azam Ndahiro yatunganyirijwe mu kigo 'Karekezi Film Residency' cya Joel Karekezi ndetse na Mathew Leutwyler uhataniye ibihembo muri iri serukiramuco abicyesha filime ye ‘Fight Like a Girl’ iri mu cyiciro cya “Section Diversites’.

    Izi filime zose zihatanye mu byiciro binyuranye, birimo icyiciro cya filime mbarankuru, icyiciro cya filime zatunganyirijwe mu bigo by'abantu runaka, icyiciro cya filime ndende n'ibindi.

    Umunyarwanda Deus Dedit Sangwa we yatanze umushinga wa ‘Isano (Relative) ushyirwa mu isoko ry’imishinga ishobora kuzaterwa inkunga muri iri serukiramuco, aho azafatanya na Fistion Mudacumura mu kuwushyira mu bikorwa.

    U Rwanda rwabaye igihugu cy'umushyitsi w'icyubahiro, muri iri serukiramuco mu 2019.

    Icyo gihe, igihembo nyamukuru cya l'Étalon de Yennenga, gifite agaciro k'asaga miliyoni 15 z'amafaranga y'u Rwanda cyegukanywe n'Umunyarwanda Joël Karekezi, kubera filime ye yise 'Mercy of Jungle.'

    Muri iri serukiramuco herekanirwamo filime zitandukanye, hakanatangwa ibihembo ku babaye indashyikirwa mu byiciro bitandukanye biba byatangajwe.

    Fespaco ni iserukiramuco rikomeye kurenza andi abera ku Mugabane wa Afurika, ribera mu Mujyi wa Ouagadougou muri Burkina Faso buri myaka ibiri kuva mu 1972. Ibihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya 29.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/150890/filime-yo-kwa-joel-karekezi-niya-mutiganda-wa-nkunda-mu-zihataniye-ibihembo-muri-fespaco-150890.html