Blog

  • Imbogo ebyiri zari zatorotse Pariki y'Igihugu y'Ibirunga zarashwe nyuma yo kugerageza kuzikura mu baturage bikanga #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa Pariki y'Igihugu y'Ibirunga bwatangaje ko imbogo ebyiri zari zatorotse iyi Pariki zarashwe zikicwa nyuma yo kugerageza kuzisubiza muri Pariki bikanga. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko izi nyamaswa zari zamaze gusohoka mu mbibi za Pariki zigana mu baturage, aho zatangiye kwangiza imyaka ndetse zikaba zashoboraga guteza umutekano muke mu baturage.

    Nk'uko bivugwa n'ubuyobozi bwa Pariki, izi mbogo zari zatorotse ahantu hakunze kugaragara ibibazo byo gutoroka kw'inyamaswa kubera ibidukikije byihariye by'ako gace.

    Nyuma yo kubona izi nyamaswa ziri mu baturage, itsinda ry'abashinzwe umutekano wa Pariki n'inyamaswa ryihutiye kugerageza kuzisubiza mu mbibi ariko ntibyashoboka, kubera uburyo zari zatangiye kugaragaza imyitwarire y'ubukana ishobora gushyira mu kaga ubuzima bw'abaturage n'abakozi bageragezaga kuzitahura.

    Izi mbogo zagaragaye ziri mu mirima y'abaturage, aho zari zatangiye kurisha imyaka, cyane cyane ibigori byari bimaze igihe gito byera.

    Hari impungenge ko iyo ntambwe iyo itihutirwa yari guteza igihombo gikomeye ku baturage batuye hafi ya Pariki.

    Kubera iyo mpamvu, hafashwe icyemezo cyo kuzirasa hagamijwe gukumira ibindi byago byashoboraga kuba, haba ku buzima bw'abaturage cyangwa ku mutungo wabo.

    Umwe mu baturage utuye hafi y'aho ibi byabereye yatangaje ko izi mbogo zari zatangiye kugaragara nk'izo zishobora kugirira nabi abantu, bitewe n'uburyo zari zisohotse muri Pariki ziteye ubwoba.

    Yagize ati: 'Twabonye imbogo zitinyitse, turahunga kuko twari turikumva ko zishobora kudukomeretsa. Twashimiye ubuyobozi bwa Pariki kuba bwihutiye gukemura ikibazo kuko bitari byoroshye guhagarara imbere y'izo nyamaswa.'

    Ubuyobozi bwa Pariki bwavuze ko iki kibazo kigomba kwigwaho byimbitse, hagashyirwaho ingamba zo gukumira ko inyamaswa zisohoka muri Pariki.

    Muri izo ngamba, harimo gushimangira imipaka y'imbibi za Pariki, kongera umubare w'abashinzwe umutekano w'inyamaswa, ndetse no gukomeza ubukangurambaga ku baturage baturiye Pariki kugira ngo bahorane amakuru ku buryo bwo kwitwara igihe babonye inyamaswa nk'izi zasohotse.

    Pariki y'Igihugu y'Ibirunga ni imwe mu hantu hihariye ku Isi hakorerwa ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, ariko kandi hagaherwa isoko y'ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga. Kugira ngo ibyo bigerweho, ubuyobozi bwasabye abaturage gushyigikira ingamba zo kurinda inyamaswa, kuko zifite uruhare rukomeye mu mibereho y'Akarere no mu bukungu bw'Igihugu muri rusange.

    Source : https://kasukumedia.com/imbogo-ebyiri-zari-zatorotse-pariki-yigihugu-yibirunga-zarashwe-nyuma-yo-kugerageza-kuzikura-mu-baturage-bikanga/

  • Agahinda k'abakoresha TikTok nyuma yo guhagarika ibikorwa byayo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko urubuga rwa TikTok rwahagaritse ibikorwa byarwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa 19 Mutarama 2025, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje akababaro batewe n'ifungwa ryarwo. Ibi babigaragaje mu buryo butandukanye, burimo kwifata amafoto no kwandika ubutumwa bwuzuyemo agahinda, bavuga ko bari 'ku kiriyo' cy'urwo rubuga.

    Ibikorwa bya TikTok byahagaritswe nyuma y'uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishinjije uru rubuga kuba rwifashishwa mu gutwara amakuru y'abakoresha bayo, bikozwe na kompanyi ya ByteDance y'Abashinwa.

    Ibi byatumye hashyirwa mu bikorwa itegeko ryo kurengera umutekano w'Igihugu, bikurikirwa n'igikorwa cyo guhagarika uru rubuga burundu ku butaka bwa Amerika.

    Abakunzi ba TikTok basanzwe bazwiho gukoresha uru rubuga mu buryo bw'imyidagaduro, ubucuruzi, ndetse no kwamamaza ibitekerezo byabo ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko bibatunguye cyane kuba badashobora kongera kurukoresha.

    Abasanzwe bakorera amafaranga ku rubuga, barimo abahanzi, abanyamideli, n'abandi bafite ibikorwa byo kwamamaza, bavuga ko babuze isoko rinini ry'ibyo bakoraga, kuko Amerika ari kimwe mu bihugu bikoresha cyane TikTok.

    Mu buryo budasanzwe, abenshi mu bakoresha uru rubuga basigaye bifata amafoto bambaye imyenda y'irabura, bashyira ubutumwa kuri izindi mbuga nkoranyambaga nka Instagram na Twitter, bavuga ko bababajwe cyane n'ifungwa rya TikTok.

    Bamwe bagaragaza ko uru rubuga rwari rwabafashije mu gusakaza ibikorwa byabo cyangwa mu kubaka umubano n'abandi bantu bafite inyungu zihuriyeho.

    Iki gikorwa cyo gufunga TikTok cyateje impaka nyinshi mu baturage ba Amerika, aho bamwe bashyigikiye icyemezo cya guverinoma, bavuga ko ari ingenzi mu kurengera umutekano w'Igihugu, mu gihe abandi bakomeje gutanga ibitekerezo binenga iki cyemezo, bavuga ko cyabangamiye uburenganzira bwabo ku ikoranabuhanga no kwisanzura ku mbuga nkoranyambaga.

    Source : https://kasukumedia.com/agahinda-kabakoresha-tiktok-nyuma-yo-guhagarika-ibikorwa-byayo-muri-leta-zunze-ubumwe-za-amerika/

  • Perezida Kagame yitabiriye amasengesho yo gus… – #rwanda #RwOT

    Muri Serena Hotel habereye amasengesho ngarukamwaka yo gushima Imana no gusabira Igihugu. Aya masengesho azwi nka National Prayer Breakfast ategurwa n’Umuryango Rwanda Leaders Fellowship.

    Yitabiriwe n'Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye barimo abayobozi mu nzego nkuru z'Igihugu, abahagarariye abikorera, urubyiruko, imiryango itari iya Leta ndetse n'abahagarariye ibihugu n'imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda.

    Ni umwanya mwiza, abayobozi mu ngeri zitandukanye bahurira hamwe bagashima Imana ku byiza iba yarakoreye Igihugu.

    Abitabiriye aya masengesho afite insanganyamatsiko igira iti 'Kwinjiza indangagaciro z'Ubumana mu miyoborere,' bari gushima Imana ku byiza yakoreye u Rwanda n’Abanyarwanda mu mwaka wa 2024 ndetse no kuyiragiza uwa 2025.

    Atangiza iki gikorwa, Umuyobozi w'Umuryango Rwanda Leaders Fellowship, utegura amasengesho yo gushima Imana no gusabira Igihugu, Moses Ndahiro yagize ati: “Nitwe duherutse kugusaba ngo uduhe amahoro, uturindire ubuzima, warabiduhaye urabyuzuza none natwe twaje kugushima.”

    Umuyobozi w'Ishuri Africa College of Theology (ACT), Dr. Nathan Chiroma, wigishije ijambo ry'Imana mu masengesho yo gushima Imana no gusabira Igihugu, yagarutse ku kuziba icyuho hagati y'ubumenyi abayobozi bafite ndetse n'ibyo bakora.

    Ati: 'Ni byiza kwibaza ngo ni gute tumenya ko tuzi? Ibyo bizadufasha nk'abayobozi kuvuga ngo ntabwo ari ibyo tuvuga ahubwo uburyo dushyira mu bikorwa ibyo tuvuga.'

    Ijwi ry'Impanda Choir yo mu Itorero Angilikani ry’u Rwanda (EAR), yafashije abitabiriye aya masengesho guhimbaza Imana binyuze mu ndirimbo zirimo 'Niba uhoraho, Ni wowe mugenga' n'izindi zitandukanye.

    Umusizi Viviane Uwababyeyi yifashishije inganzo ye agaruka ku byiza Imana yakoreye u Rwanda n'Abanyarwanda mu mwaka ushize wa 2024, birimo amatora y'Umukuru w'Igihugu n'ay'Abadepite yagenze neza, Icyorezo cya Marburg cyatsinzwe n'ibindi byinshi.

    Ni igisigo cyafashije abitabiriye amasengesho yo gushima Imana no gusabira Igihugu gusubiza amaso inyuma bakibuka impamvu bagomba gusenga Imana.

    Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko kuba abantu bariho, hari impamvu, bityo bagomba gukora ibikwiye.

    Ati: 'Kuba turiho hari impamvu n'aho duturuka, ahenshi hadasobanuka kuri buri wese ngo amenye ngo abantu babaho bate, bavuye he, Isi yaremwe ite cyangwa yabayeho ite? Ibyo ni ibibazo bya buri munsi bihora bishaka ibisubizo, ariko igihe ibyo byose bitaratungana, abantu bo bariho, turiho. Tugomba gukomeza kubaho tukagira ibyo dukora n'iyo abantu baba batarasobanukirwa buri kintu cyose kijyanye n'uburyo.'

    Yabwiye abashimira ibyiza bahawe n'Imana cyangwa ibyo yabakoreye ko na bo bakwiye kugira ibyo batanga. Ati 'Binagaragazwa n'uko ibyigishwa ndetse ibyavuzwe kandi byumvikana bizima, abantu duhora tuvuga ibyiza biriho dukwiye kuba dukora ndetse ari na byo bivamo gushimira. Gushimira bivuze ngo warahawe icyo ushimira, ushimira icyo wahawe, ariko wowe utanga ryari? Urahabwa gusa bikarangirira aho, nawe ugomba kugira icyo utanga.'

    Yakomeje abwira abitabiriye aya masengesho ko abishimira ibyo bahawe, bo ntibagire icyo batanga baba berekana intege nke.

    Ati: 'Igihe ushimira ibyo uhawe, wowe ntugire icyo utanga, ubwo ni ho abantu bakwiriye kuba bisuzuma. Ni na ho rero haturuka muri ya nyigisho twumvise, ni ho hagaragarira intege nke z'umuntu, ku ruhande rumwe, ugashimira kubera ko wabonye, ufite ibyo wakiriye ku rundi ruhande ntihagire ikikuvamo ngo kigere ku bantu, byagenze bite? Ni ho intege z'abantu zikomeza kugaragarira.'

    Umukuru w'Igihugu yakomeje avuga ko ahari abantu bafite ibyo bakora hazamo n'amakosa ariko icy'ingenzi ari ukuyakosora no guharanira ko atongera kubaho ukundi.

    Ati: 'Hari byinshi bihora bigomba gusubirwamo buri munsi, buri gihe ntiturambirwe kubera ko nk'abantu ntabwo ibintu bifata umurongo uko byifuzwa ako kanya ngo birangirire aho. Niba no gukora amakosa, abantu barayakora, ugakosora, ejo ukagerageza ugakora ibindi ndetse ukaza gusanga amakosa yongeye yabaye.'

    Yasabye Abanyarwanda guhora baharanira kugera ku cyo bashaka, ati: “Tugomba kwibaza rero, twebwe nk’abantu, mu byo dushinzwe, mu bushobozi butandukanye dufite ariko bufite aho bugarukira, ugomba gusubira inyuma uti ariko mbikoresha iki?”

    Perezida Paul Kagame yashimye abashyitsi baturutse mu bihugu birimo Togo, Ghana n'ahandi, baje kwifatanya n'Abanyarwanda mu masengesho yo gushima Imana no gusabira Igihugu.


    Habaye amasengesho ngarukamwaka yo gushima Imana no gusabira igihugu

    Perezida Paul Kagame na Madamu Jeanette Kagame bifatanyije n’abayobozi batandukanye muri aya masengesho

    Perezida Kagame yashimiye inshuti z’u Rwanda zifatanije n’Abanyarwanda gusengera Igihugu no gushima Imana

    Yavuze ko abantu bakwiye kurangwa no gukora ibyiza aho guharanira kwikuza

    Umuyobozi w’Ishuri rya ACT, Nathan Chiroma ni we wigishije ijambo ry’Imana

    Abanyamahanga bitabiriye aya masengesho ku bwinshi

    Abayobozi bo mu nzego za Leta ntibacikanwe

    Umusizi Uwababyeyi Viviane yifashishije inganzo ye ashima ibyiza Imana yakoreye u Rwanda

    Apostle Mignonne Kabera uyobora Itorero rya Women Foundation Ministries ari mu bitabiriye amasengesho yo gusabira u Rwanda

    Abayobozi b’amadini n’amatorero bitabiriye ku kigero cyo hejuru

    Chorale Ijwi ry’Impanda yo muri EAR niyo yafashije abitabiriye kurushaho gushimira Imana

    Si Abakristo gusa n’abo mu idini ya Islam baje gushima Imana ikomeje kurinda u Rwanda n’Abanyarwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151088/perezida-kagame-yitabiriye-amasengesho-yo-gushima-imana-no-gusabira-igihugu-amafoto-151088.html

  • Ruhango: Inkomezabigwi zahize kubakira abaturage isoko – #rwanda #RwOT

    Uru rubyiruko rwatangaje ko abaturage bo muri aka gace batagira isoko bacuririzamo bituma badashobora kwiteza imbere.

    Uwimana Liliane wo mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ntongwe, yatangaje ko bahisemo kubakira abaturage isoko ngo batange umusanzu wabo mu guteza imbere abaturage n'igihugu.

    Ati “Turumva ari igikorwa kiduteye ishema kubakira abaturage bacu, ni ababyeyi bacu ni abaturanyi bacu. Kubafasha mu kwiteza imbere natwe tuba twifashije burya. Ni ko kamaro Igihugu kidutegerejeho kuzamura abanyantege nkeya. Ndasaba Intore bagenzi banjye kuzitabira tukesa uyu muhigo.”

    Mugenzi we witwa Karegeya Hussein, wo Murenge wa Ntongwe yavuze ko ubufatanye ari bwo buzatuma bahuza imbaraga bakagera ku gikorwa cyiza kandi vuba.

    Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, yatangaje ko abaturage bari basabye kubakirwa iryo soko, none rigiye kubakwa n'imbaraga z'abana babo bityo ntihagire uwongera gucuririza mu ivumbi.

    Yagize ati” Hano harimo urubyiruko rwize kubaka, hari n'abandi mufite izo mbaraga, tuzafatanya n'indi mitwe y'intore itandukanye, kugira ngo mubashe kubona ibikenewe tutazahusha uyu muhigo.”

    Meya Habarurema yavuze ko Akarere kazababa hafi ibikenewe byose ngo imirimo yo kuryubaka itangire.

    Umuyobozi ushinzwe Itorero no guteza imbere umuco muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwacu Julienne, ubwo yari mu munsi mpuzamahanga w'ubukorerabushake ku wa 5 Ukuboza 2024 yatangaje ko 'mu myaka itatu ishize, guhera mu 2022 duteranyije ibikorwa byakozwe mu gihe cy'urugerero byitabirwa n'abana barangije amashuri yisumbuye bigera hafi kuri miliyari 6 Frw birimo kubakira abatishoboye, gukora uturima tw'igikoni, gukora imihanda, n'ibindi.'

    Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 12, ruzajya rukorwa buri munsi kuva ku wa mbere kugera ku wa kane, aho ruzajya ruhurira hafi y'aho rutuye, rukitabira ibikorwa byemeranyijweho, birimo no kubaka ibikorwaremezo, ibikorwa by'isuku, iby'ubukangurambaga n'ibindi.

    Kuri ubu, mu Karere ka Ruhango habarurwa intore zirenga 1600, mu gihe intore zo mu Murenge wa Ntongwe zizubaka iri soko zikabakaba 200.

    Meya w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yahamagariye uru rubyiruko kuzashyira umutima kuri iki gikorwa kuko na bo inyungu zizabageraho cyane ko rizacurizamo abavandimwe n’abaturanyi

    Urubyiruko rwo mu Murenge wa Ntongwe rwiyemeje kubakira isoko riciriritse iwabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-inkomezabigwi-zahize-kubakira-abaturage-isoko

  • Rutsiro: Babangamiwe n'abajura badatinya n'amanywa – #rwanda #RwOT

    Ni ikibazo bavuga kibarembeje kuko bahora bahanganye na cyo, bagahorana ubwoba ndetse no kuva mu rugo ku manywa ngo bajye ku murimo bikababera ihurizo.

    Mukamana Jeannette wo mu Mudugudu wa Muhingo, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Ruhango, muri Rutsiro, yabwiye IGIHE ko amaze ukwezi kurenga ahanganye n'ibisambo bidatinya no kuza kwiba ku manywa kandi atuye mu mudugudu.

    Ati 'Mu kwezi kwa 12 k'umwaka ushize wa 2024 banteyemo gatatu gatandukanye. Ubwa mbere baraje baca idirishya baranyiba, barongera baraza kabiri baca ingufuri z'inzugi bariba nanone imyenda, imyaka n'ibindi byinshi.''

    Mukamana yakomeza avuga ko no muri uku kwezi kwa Mutarama 2025, abajura bagarutse ku manywa batobora inzu noneho bamwimba imashini idoda yari aherutse guhabwamo inkunga n'abagiraneza ngo izamufashe kwiteza imbere, dore ko aherutse gupfusha umugabo.

    Ni ikibazo asangiye n'abandi benshi muri uyu murenge wa Ruhango ndetse n'indi nka Kivumu, abaturage bagasaba ko harebwa igikorwa kugira ngo basubirane umudendezo.

    Umwe mu baturage batifuje kwivuga ati 'Urabyuka ugiye gushabika, nk'ubu njyewe ncuruza avoka nkabyuka ngiye kuzirangura mu isoko rya Boneza, abana nabo bagiye ku ishuri kuko utabasibya kwiga, wagaruka ugasa ibyo mu nzu byose babitwaye. Hari abantu usanga basigaranye imyenda baba bambaye gusa indi barayitwaye.''

    Yakomeje avuga ko 'Turasaba ubuyobozi ko bwagira icyo budukorera tugasubirana ituze.''

    Bongeraho ko banababazwa n'uko iyo hari uwo bashinje ubujura ubuyobozi bumufata none, ariko bugacya bwamurekuye, noneho akaza atoteza abamuvuze bose, ibisigaye bituma binumira ntibongere no gutanga amakuru y'abajura.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe imibereho myiza, Umuganwa Marie Chantal, yabwiye IGIHE ko koko iki kibazo bakizi, ndetse bakomeje ubukangurambaga bwo gusaba abaturage gukaza umutekano.

    Ati 'Hari abantu baba bari aho batagira icyo bakora cyane cyane za Kivumu na Ruhango kuko hegereye Umujyi wa Rubavu, bumva ko ibyo bibye bajya kubigurishiza i Rubavu; urebye ni ho biba bishingiye.''

    Visi Meya Umuganwa yavuze ko mu kugabanya ubu bujura, bashyizeho amarondo yihariye muri buri santere, bakora amanywa n'ijoro bagahembwa n'abakorera muri izo santere z'ubucuruzi, noneho abo mu cyaro bagashyiraho amarondo, utariraye akabibazwa.

    Ku kibazo cy'abafatwa bibye bakongera bakarekurwa, Visi Meya Umuganwa yavuze ko abafashwe bajyanwa mu bigo bibagorora, bakigishwa, bakongera bakagaruka, ariko ngo iyo hari ufatiwe mu cyaha kenshi bwo akorerwa idosiye akaburanishwa akabihanirwa.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-babangamiwe-n-abajura-badatinya-n-amanywa

  • Loni ihangayikiye FDLR! Inenge ni zose muri raporo y'inzobere yimye ijambo M23 (Video) – #rwanda #RwOT

    Izi mpuguke ntizigaragaza uburyo FDLR ari ikibazo ku mutekano w'u Rwanda n'akarere, ahubwo zivugira ko abarwanyi bawo bamaze kwinjizwa mu yindi mitwe ifatanyije na Leta nk'amayeri yo kuzagaragaza ko FDLR itakibaho.

    Ku rundi ruhande impuguke za Loni zitesha agaciro ibikubiye muri raporo y'impuguke zishinzwe umutekano iri ku meza y'ibihaniro i Luanda, zikagaragaza ko kurandura umutwe wa FDLR byaba ari uguhonyora uburenganzira bwa muntu.

    Zirengagiza nkana ko FDLR ari ikibazo ku Rwanda muri rusange no ku banye-Congo bahunze, abishwe n'abiciwe ababo kubera intambara imaze imyaka 30 iteza mu karere.

    Reba iki kiganiro umenye byinshi ku nenge ziri muri iyi raporo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/loni-ihangayikiye-fdlr-inenge-ni-zose-muri-raporo-y-inzobere-yimye-ijambo-m23

  • Bite by'abanyeshuri ba UR bavuga ko bahagarikiwe buruse kandi bagikomeje amasomo? – #rwanda #RwOT

    Abo banyeshuri bavuga ko mu 2023 ubwo gahunda yo kubaha mudasobwa zo kwigiraho ku nguzanyo yasubukurwaga na bo bazihawe nk'abandi ariko ngo bo baje kuzibwa n'abajura kandi barabimenyesha.

    Umwe yagize ati 'Nabaga mu macumbi yo mu kigo haza kwinjira umuntu w'umugabo anyiba mudasobwa'.

    Undi ati 'Nari ngiye muri siporo nyisigira umuntu wari untiye 'multisocket' yo gucomekaho ngarutse nsanga yagiye. Ibyo twabimenyeshieje mu kigo batwemerera ko bagiye kudufasha ariko nta cyo byatanze'.

    Bavuga ko bakoze ibyo basabwaga byose haba mu buyobozi bwa kaminuza no mu Rwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, ariko birangira kaminuza ibashyize mu cyiciro kimwe n'abagurishije mudasobwa bahawe.

    Ibyo ngo byaje gutuma bahagarikirwa inguzanyo ya buruse uhereye mu mwaka wa 2024, ndetse magingo aya bari gukora ibizamini bihishahisha kuko batahawe amakarita abibemerera.

    Umwe mu biga muri UR Ishami rya Nyarugenge yavuze ko nyuma yo kwibwa izo mudasobwa basinyishijwe andi masezerano, avuga ko ubuze mudasobwa akurwa ku nguzanyo nyamara batabimenyeshejwe.

    Ati 'Ntabwo bigeze batumenyesha mbere twagiye kumva ngo nidusinye andi masezerano hashyizwemo ibintu bishyashya kandi babishyizemo nyuma izo mashini twaramaze kuzibwa'.

    Undi ati 'Amasezerano ntabwo yubahirijwe kuko tujya guhabwa mudasobwa ntabwo batubwiye ko uzayibura yaba yibwe cyangwa mu bundi azahita akurwa kuri buruse. Uyu mwaka bavuze ko tutagomba kwiga tutiyishyuriye amafaranga y'ishuri kandi imiryango yacu irakennye ntiyashobora kwishyura niyo mpamvu twasabye kwiga ku nguzanyo. Ubu nirirwa nguza amafaranga inshuti n'abavandimwe'.

    Imananishimwe Justine ushinzwe guhuza ibikorwa muri UR Ishami rya Nyarugenge, yabwiye RBA ko habaye igenzura basanga hari banyeshuri babuze mudasobwa mu buryo bunyuranye ndetse babwirwa ibyo bagomba gukora, ariko bamwe banga kwitabira igenzurwa ryakozwe, bafatirwa ibyemezo.

    Ati 'Twakoze igenzura abanyeshuri baza kutwereka mudasobwa bahawe dukora urutonde rw'abadafite mudasobwa ku mpamvu zitandukanye. Ariko hari bamwe batitabiriye iryo genzura tubaha n'amahirwe ya kabiri ntibaza. Nyuma twakoze urutonde rw'abanze kuza kwitabira iryo genzura. Ni ho havuye abo banyeshuri bahagarikiwe buruse kubera ko icyo kibazo kitakemutse'.

    Imananishimwe yongeyeho ko bamenyesheje abo banyeshuri bakuwe kuri buruse ko uzaza akishyura amafaranga y'agaciro ka mudasobwa yari yarahawe azongera guhabwa inguzanyo yo kwiga.

    Ibyo kandi binashimangirwa n'Inama y'Amashuri Makuru na Kaminuza igaragaza ko abo banyeshuri bigiza nkana kuko bamenyeshejwe ko batazasubizwa kuri buruse batishyuye izo mudasobwa, kandi ko ubu hari bagenzi babo bagera kuri 400 bamaze kuzishyura basubizwa kuri buruse.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bite-by-abanyeshuri-ba-ur-bavuga-ko-bahagarikiwe-buruse-kandi-bagikomeje

  • Umushinga wa hoteli ihuriweho na Muhanga, Ruhango na Kamonyi umaze imyaka 22 mu nyandiko – #rwanda #RwOT

    Mu 2003 havutse igitekerezo cy'uko mu Murenge wa Shyogwe, hakubakwa sitade mpuzamahanga y'umupira w'amaguru.

    Muri metero nka 300 uvuye ahazubakwa iyi sitade, hari ubutaka bungana na hegitari zisaga 17 bugomba kubakwaho hoteli y'inyenyeri enye ihuriweho n'Uturere twa Ruhango, Muhanga na Kamonyi.

    Kuva ubwo abaturage batuye ahagenewe ibyo bikorwa batangiye kwimurwa, abasigaye hafi aho bategereza imirimo yo kubaka amaso ahera mu kirere.

    Mu 2022 kandi ubwo Perezida Kagame yaganiraga n'abavuga rikumvikana bo mu Ntara y'Amajyepfo yakomoje kuri uyu mushinga, asaba ko abazubaka hoteli byaba byiza bijyanishijwe no kubaka sitade, anabizeza ko inkunga yabemereye azayibaha.

    Umuyobozi ukuriye uyu mushinga, Twagiramutara Khalfan yabwiye RBA ko wadindijwe n'uko sosiyete yo muri Türkiye yari yatsindiye isoko yabatengushye ntiyuzuza ibyo yari yiyemeje.

    Ati 'Nyuma y'aho bimaze kugaragarira ko iriya sosiyete itavugishije ukuri mu byo yari yemeje ko ishoboye, dufashijwe na RDB nanone twahamagaye tuvuga ko uwo mushinga ukiri ku isoko, twitabirwa na sosiyete 13, ndetse eshatu ari zo z'imbere mu gihugu izindi 10 zose zaturukaga hanze y'igihugu, ari za sosiyete zifite ibikorwa bifatika zakoze n'ahandi n'amafaranga, ziraza ziza kurushanwa dutoranyamo zirindwi zishobora kuzavamo imwe ishobora kuzakora icyo gikorwa.'

    Biteganyijwe ko iyi hotel izuzura itwaye miliyari zisaga 30 Frw, izaba ifite n'ikibuga gishobora kugwaho indege zo mu bwoko bwa kajugujugu.

    Imbanzirizamushinga yayo yerekana ko iyi hoteli yagombaga kubakwa mu Murenge wa Nyamabuye mu mpinga y'agasozi ka Binunga maze abaturage barimurwa, kugeza nubwo ikibanza cyayo cyubatswemo ibigega by'amazi.

    Mu 2019 hanzuwe ko uyu mushinga wimurirwa mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Mubuga maze ibikorwa byo kwimura imiryango na byo biratangira.

    Iyi hoteli yitezweho kuba inyenyeri imurikira izindi muri aka gace


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umushinga-wa-hoteli-y-inyenyeri-enye-ihuriweho-na-muhanga-ruhango-na-kamonyi

  • Ibisobanuro byumugani Nyokorome akuruma aku… – #rwanda #RwOT

    Uyu musore ugezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo zirimo 'Ngo' yakoranye na Papa Cyangwe, yavuze ibi mu gihe Bruce Melodie aherutse kumvikana ku rubuga rwe rwa Instagram, avuga ko abana bose bavutse kuva mu 2000 bakwiye kujya bamufata nka 'Uncle' wabo.

    Ati 'Abantu muri kuri iyi 'Live' mwavutse mu 2000 kuzamura mujye munyita 'Uncle' Bruce. Ni ihame! Kubera ko nsigaye mbona abasore barakuze, tukaganira. Nkajya numva ari kuvuga inkuru zikagarukira mu nzira.'

    Mu butumwa yatambukije ku rubuga rwa Instagram rwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2025, Yampano yabwiye Bruce Melodie ko yamenye ko amubereye 'Uncle' kandi ko amukunda, ariko anazirikana igisobanuro kiri mu mugani 'Nyokorome akuruma akurora'.

    Ati 'My Uncle ndagukunda/ Marume wanjye ndagukunda. Gusa nyokorome akuruma akurora. #Ngo. Sinzi niba uri kumva icyo kintu.'

    Mu busanzwe, umugani “Nyokorome akuruma akurora” usobanura umuntu ukugirira nabi cyangwa aguhemukira akabikora akureba, nta kwiyumanganya cyangwa kugira impuhwe.

    Uyu mugani ukoreshwa mu kugaragaza ubugome, uburyarya, cyangwa urugomo rw’umuntu ugukorera ibintu bibi abizi neza kandi atanatinya ko ubibona.

    Wakoreshwa mu buryo bwo kwihanangiriza cyangwa gutunga agatoki abantu bakora ibyo bintu, mu rwego rwo kwerekana ko bidakwiriye.

    Uyu mugani nta muntu n’umwe uzwi wawuhimbye cyangwa wawuciye , ahubwo ni umwe mu migani yagiye ikura mu muco nyarwanda hashingiwe ku mibereho y’abanyarwanda n’ibyo babona mu buzima bwa buri munsi.

    Imigani nk’iyi ituruka ku bwenge bw’abanyarwanda bo hambere bagendaga bahimba amagambo y’ubwenge n’imfashanyigisho z’ubuzima, bigatuma bimera nk’umurage usigara mu muryango.

    Uyu mugani ushobora kuba waravutse ahantu mu Rwanda hashobora kuba hari abantu bazwiho kwitwara nabi muri ubwo buryo, hanyuma ukomeza gukoreshwa mu buryo bw’ikigereranyo mu bice bitandukanye by’igihugu.

    Iyo ugerageje gukurikirana inkomoko y’iyi migani, usanga ari igisobanuro gihabwa imyitwarire y’igihe runaka, aho ibyakozwe bigenda bisigira umurage uranga abantu bose muri rusange.

    Ukoreshwa mu bihe bishaka kugaragaza ubugome, kutagira impuhwe, cyangwa kwerekana ko umuntu yagukoreye ikibi abizi neza kandi atari afite impungenge zo kukubona ubabara. By’umwihariko, ukoreshwa mu buryo bukurikira:

    Mu gusobanura ubugome bw’umuntu: Iyo umuntu yagukoreye ibintu bibi bigaragara nk’uguhemukira cyangwa kugutera igihombo, ariko akabikora akureba nta kwihisha, umugani urakenerwa.

    Urugero: 'Yarampemukiye rwose, arambwira amagambo mabi mu maso yanjye nta kwikanga, burya ni nka nyokorome ukuruma akurora.'

    Mu kwihanangiriza abantu bafite imyitwarire nk’iyo: Umugani ushobora gukoreshwa nk’umugisha cyangwa umuburo, ukerekana ko gukora nabi nta kwitwikira ari ikintu kidakwiye.

    Urugero: 'Ntuzigere uba nka nyokorome ukuruma akurora, kuko bigaragaza kutagira umutima mwiza.'

    Mu nkuru cyangwa ibiganiro bisobanura ibyabaye: Iyo umuntu ashaka gusobanura inkuru irimo ubugome cyangwa kwigira nyoni nyinshi, ashobora kuwukoresha nk'ikimenyetso cy'ukuri ku myitwarire y'abavuzwe.

    Urugero: 'Nababwiye ko bariya bantu badashobotse! Birirwa bavuga neza ariko mu by'ukuri barasa na Nyokorome ukuruma akurora.'

    Mu nkuru z'imibereho y'abantu b'abagome cyangwa indyarya: Umugani ukoreshwa mu kwerekana ibikorwa bitagaragaramo ubupfura cyangwa impuhwe, cyane cyane iyo bikorwa ku bushake.

    Muri macye, umugani ukoreshwa mu kwerekana ibikorwa bigayitse, by'umwihariko igihe uwabikoze nta bwoba cyangwa isoni afite.

    Uku guhangana kwa Yampano na Bruce Melodie, guturuka ku magambo Yampano aherutse kuvuga ko atazi Bruce Melodie.

    Ati: 'Bruce nta kintu mfite cyo kumuvugaho. Abagabo ba 1:55 AM, ntacyo nabavugaho. Ntabwo muzi Melodie, ntabwo turahura. Nta kintu muvugaho.' 

    Yampano yongeye kugaragaza ko agifite byinshi ku mutima bituma atafata Bruce Melodie nka 'Marume' we 

    Bruce Melodie yari aherutse gutangaza ko abantu bavutse mu 2000 kuzamura, bakwiye kumufata nka 'Uncle wabo' 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151080/ibisobanuro-byumugani-nyokorome-akuruma-akurora-yampano-yaciriye-bruce-melodie-151080.html

  • Umugore ahondaguye umugabo we bikomeye hejuru y’amafoto abonye kuri instagram #RwOT #Kigali #Rwanda

    Muri Kigali haravugwa inkuru y’umugore wagiye muri telephone y’umugabo we, afungura app ya Instagram, ajya mu ishakiro y’iyo app asanga mo amashusho yabakobwa babanyamideri abasanzwe biyita aba slay queen. Bituma atuka umugabo we ngo niwe wabashize kuri instagram, amwita indaya (perver) Imbere y’abana be, Ibyo byababaje cyane uwo mugabo. 

    Umugabo agerageza kumusobanurira ko atari we uba wabishize muri iyo app yanga kubyumva; Amubwira ko ibiri murushakiro rwa Instagram nibyo asanzwe areba. 

    Igisekeje ni uko urebye muri telephone y’uwo mugore usangamo amavidewo aba areba ngo nigute waba “Inzobe  Amavuta wakwisiga, udakoresheje mukorogo” Bigargara ko ari we uyareba cyane kuri Youtube kurusha nuwo ari gushinja. 

    Ikibazo uwo mugore afite, yirirwa yigereranya n’abo bakobwa abona ku mbuga nkoranya mbaga akabona ko ari bo beza kumurusha bikamutera complex akumva ashaka gusa nabo. Yabona atari kubigeraho uko abyifuza akibasira umugabo we

    Muri ubwo bushyamirane bwabaye hagati y’aba bombi, Ikibazo cyaje gukomeza kiriyongera abwira umugabo we amagambo akomeye ati ; “Imyaku yose uhura nayo nikubera ibyo byiso byawe wirirwa ujandika kuri izo ndaya”

    Umugabo wari umaze iminsi yifitiye ibibazo byinshi mu kazi yumva , umutima umuriye cyane kubera ayo magambo yari amaze kubwirwa. Usibye n’ibibazo byo mu kazi yari afite, iwabo w’umugabo bari bamaze amasaha macye bamubwiye ko bapfushije umuntu. Aho kumwihanganisha nk’uko bisanzwe bigenda mu bihe bikomeye; Habe na “Condoleances” yigeze amubwira. Ahubwo akomeza kumwumvisha ko ibyago byose ari guhura nabyo ari kubera ibyiso byiwe yirirwa arebaguzwa hirya no hino yaba kuri internet no mu muhanda amabuno y’abakobwa.

    Amaze kumva ibyo birego byose, nakindi uwo mugabo yahise akora, afata inzira ajya gutabara iwabo bari bagize ibyago, asiga uwo mugore aho kuko yumvaga bimurenze. Atashye arasenga ajya kwiryamira na rindi jambo amubwiye.

    Inkuru ya :  Murekatete