Blog

  • KASUKU yongeye kwihanangiriza TAIFA BRUNO nyuma yo guterana amagambo kwabo. #rwanda #RwOT

    JAY SQUEEZER WAMIPANGO usanzwe umenyerewe muri SHOWBIZ NYARWANDA yaje gutungura abantu ubwo yerekanaga ifoto ye agikora muri company ya AMAZON umugabo witwa TAIFA BRUNO wahoze mu myidagaduro ya SPORT hano mu RWANDA yigeze kwihenura avuga ko we atandukanye n'abandi kubera gukora amasuku muri iyo company.KASUKU dukesha amakuru ko TAIFA akora amasuku mu ruganda rutunganya ibitunguru yavuze ko we iyo COMPANY yayikozemo kera kandi ntabirenze ari ibisanzwe kuko ntagitangaje mu gukora muri AMAZON buri wese yakoramo. nubwo TAIFA atagikora muri amazon gusa KASUKU yemeje ko bitewe na badge yabonanye TAIFA ntiyahakana ko uyu mugabo atakoze muri AMAZON.Gusa yasoje avuga ko TAIFA yivuga cyane batazi ukuri neza.

    iyi ni ifoto ya KASUKU agikora muri AMAZON COMPANY 2017

    Source : https://kasukumedia.com/kasuku-yongeye-kwihanangiriza-taifa-bruno-nyuma-yo-guterana-amagambo-kwabo/

  • Trump ararahira ku mugaragaro nk'Umukuru wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika #rwanda #RwOT

    Tariki 20 Mutarama 2025, Donald Trump ararahira kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, asimbuye umukambwe Joe Biden w'imyaka 82. Uyu muhango w'irahira uratangira ku isaha y'isaa 17h00 ku Isaha ngengamasaha ya GMT, mu Ngoro y'Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Capitol, i Washington DC.

    Ni umuhango w'irahira wari usanzwe ubera hanze ya Capitol, ariko kubera ubukonje bw'intangarugero, aho igipimo cy'ubushyuhe kiri ku dogere 11, ibikorwa bizabera imbere mu Nteko.

    Abahanzi barimo Carrie Underwood, Nelly n'abandi bazasusurutsa abarenga ibihumbi 200 bategerejwe mu muhango, nk'uko ibinyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika bibitangaza .

    Abakuru b'Ibihugu n'abayobozi ba za Guverinoma bo hirya no hino ku Isi bitabiriye iki gikorwa cy'ingenzi, cyateguwe nk'ikirori kizwi ku rwego rw'Isi.

    Trump, nyuma yo gutangira manda ye ya kabiri, azasubira muri White House ahereye ku kugaragaza politiki zigamije guhagarika intambara muri Ukraine, ibintu yijeje gukora mu masaha 24 gusa.

    Uko bizagenda bizwi mu bihe biri imbere, ariko Igihugu n'Isi muri rusange bizakurikira ibyemezo Trump azafatiraho, kuko aragaruka ku nshuro ya kabiri muri White House, aho ibikorwa bye bishobora kuba bihindura byinshi mu rwego mpuzamahanga. Tugumane ijisho, turebe niba yagera ku ntego ze.

    Source : https://kasukumedia.com/trump-ararahira-ku-mugaragaro-nkumukuru-wa-leta-zunze-ubumwe-zamerika/

  • Florentino Perez yongeye gutorerwa kuyobora Real Madrid kugeza mu 2029 #rwanda #RwOT

    Florentino Perez, Perezida wa Real Madrid, yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora iyi kipe izwi cyane ku Isi mu mupira w'amaguru, aho yatorewe manda izarangira mu 2029. Ni umwe mu bayobozi bafite agatubutse kandi ari muri bamwe mu bakire bagezweho iki gihe bayoboye kandi bakinayoboye iyi kipe.

    Perez yatangiye kuyobora Real Madrid bwa mbere mu 2000, akora ayobora manda y'imyaka itandatu kugeza mu 2006.

    Yagarutse mu 2009, maze yongera kubaka izina rye nk'umuyobozi w'inkingi ya mwamba, wubakiye ku mishinga ikomeye yahinduye isura y'iyi kipe.

    Mu gihe cye, yatanze umusanzu ukomeye mu gutuma Real Madrid iba ikipe ihatanira ibikombe bikomeye nka UEFA Champions League, aho yayitwaye inshuro nyinshi.

    Ubushobozi bwe bwo kubona abakinnyi bakomeye nka Cristiano Ronaldo, Luka Modrić, na Karim Benzema, kimwe n'abandi bakinnyi b'icyitegererezo, bwatumye Real Madrid ihorana ku isonga mu mupira w'amaguru ku Isi.

    Perez kandi yibukirwa cyane ku mishinga yo kubaka no kuvugurura stade Santiago Bernabéu, ubu iri mu zikomeye cyane ku Isi, ikagira uburyo bugezweho bwakira abafana mu buryo buhebuje.

    Perez yavuze ko iyi manda nshya igamije gukomeza kunoza ibikorwa remezo by'ikipe no gushaka impano nshya z'abakinnyi bashya. Yagarutse ku gushimira abafana ba Real Madrid ku bwo kumuba hafi, avuga ko umusanzu wabo ariwo utuma iyi kipe ikomeza kuba ubukombe mu mupira w'amaguru.

    Kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid ni ikimenyetso cy'uko abafana n'abagize iyi kipe bemera icyerekezo Perez yahaye ikipe. Ni manda izibanda ku mishinga yo gutsinda ibikombe byinshi, guha amahirwe abakinnyi bato, no kuzamura icyubahiro cy'ikipe mu ruhando mpuzamahanga.

    Florentino Perez yongeye gutorerwa kuyobora Real Madrid kugeza mu 2029.

    Source : https://kasukumedia.com/florentino-perez-yongeye-gutorerwa-kuyobora-real-madrid-kugeza-mu-2029/

  • Umugore w'Umunya-Turkiya Azra Ay Vandan yatawe muri yombi agerageza igikorwa cyo kuryamana n'abagabo 100 mu masaha 24 #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Turkiya, umugore witwa Azra Ay Vandan, uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka 'Süt' cyangwa 'Acnoctem', yatawe muri yombi ku byaha byo gutegura igikorwa cy'urukozasoni no guhamagarira abandi kugikora.

    Uyu mugore yashinjwe gutegura kuryamana n'abagabo 100 mu masaha 24 no gutangaza ko ibyo bikorwa azabyerekana ku mbuga nkoranyambaga, bikaba byarateye uburakari muri rubanda no ku rwego rw'abayobozi b'iki gihugu.

    Amakuru atangazwa na polisi y'igihugu cya Turkiya agaragaza ko uyu mugore yafashwe mu rwego rwo gukumira ibikorwa bishobora guteza ikibazo ku mico n'indangagaciro za sosiyete.

    Azra Ay Vandan yari asanzwe azwi ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho n'amafoto asanzwe ashyiraho, ariko iki gikorwa cyagaragaye nk'ikirenze imbibi z'ibikorwa bisanzwe byemerwa n'amategeko.

    Abaturage benshi bagaragaje impungenge ko ibikorerwa ku mbuga nkoranyambaga byakomeje kuba ikibazo ku burere n'uburenganzira bw'abana n'urubyiruko.

    Ibi byaha bikekwa kuri Azra Ay Vandan ngo bishobora kuba bifitanye isano n'ingamba z'ubushake bwo gushakisha izina rikomeye, ariko abayobozi ba polisi basobanuye ko iki gikorwa kitemewe gishobora kugira ingaruka ku mutekano rusange n'umuco w'Igihugu.

    Ubushinjacyaha bwatangaje ko buzashyira imbere ibimenyetso byose byafashwe mu bugenzuzi bwakozwe ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro uyu mugore yagiranye n'abandi bantu kugira ngo hamenyekane ukuri ku byo aregwa.

    Biteganyijwe ko Azra Ay Vandan azagezwa imbere y'ubutabera mu minsi iri imbere kugira ngo atangire kuburanishwa ku byaha ashinjwa. Iyo dosiye ikomeje gukurikirwa n'abantu benshi, cyane cyane mu gihe habayeho ubwiyongere bw'imikoreshereze y'imbuga nkoranyambaga nk'uburyo bwo kugera ku bandi mu buryo bworoshye.

    Source : https://kasukumedia.com/umugore-wumunya-turkiya-azra-ay-vandan-yatawe-muri-yombi-agerageza-igikorwa-cyo-kuryamana-nabagabo-100-mu-masaha-24/

  • Abaturage 60 bahitanywe n'impanuka ya Lisansi mu Gihugu cya Nigeria #rwanda #RwOT

    Abaturage bagera kuri 60 baguye mu mpanuka ikomeye ubwo bageragezaga kuvoma lisansi nyuma y'impanuka y'imodoka yari iyitwaye mu gitondo cyo ku wa 18 Mutarama 2025. Iyi mpanuka yabereye ku muhanda wa Dikko, uhuza Umurwa Mukuru wa Nigeria, Abuja, n'umujyi wa Kaduna.

    Abatangabuhamya bavuga ko iyi mpanuka yatewe n'imodoka itwara lisansi yari ihagaze nabi mu muhanda, bigatuma imodoka nyinshi zigurumana.

    Umwe mu baturage wageze ahabereye iyi mpanuka yavuze ati: 'Abantu batangiye kwirukankira kuri iyo modoka ngo bavome lisansi batitaye ku ngaruka z'ibyo bakoraga.'

    Nyuma y'igihe gito, lisansi yaje kwibasirwa n'ikibatsi cy'umuriro, bigateza inkongi ikomeye.

    Abashinzwe ubutabazi bagerageje guhagarika ikwirakwizwa ry'umuriro, ariko umubare munini w'abaturage bari bamaze gushya ndetse no gukomereka bikomeye.

    Mu bantu 60 bapfuye, harimo abagabo, abagore, ndetse n'abana, bikaba byarateye agahinda mu muryango mugari wa Nigeria.

    Umuyobozi wa Polisi muri ako Karere yatangaje ko ibikorwa byo gutabara byakomeje mu buryo bw'ubufatanye hagati ya Polisi, abashinzwe kuzimya umuriro, ndetse n'abaturage. Yagize ati: 'Turakomeza kugerageza gukora ibishoboka byose ngo twirinde ko impanuka nk'izi zakongera kuba mu bihe biri imbere.'

    Iyi mpanuka yashyize ku mugaragaro ikibazo cy'umutekano mucye ku mihanda ya Nigeria, aho imodoka zikunze gukorera ingendo zifite imizigo y'ibintu by'ibyuka bihanitse.

    Benshi basabye ko hashyirwaho ingamba zihamye zo kugenzura ibinyabiziga bitwara ibintu by'ibyuka biremereye ndetse n'imicungire y'abashoferi.

    Iyi mpanuka yanateye igihombo gikomeye ku rwego rw'ubukungu, harimo n'umutungo wangirikiye muri iryo sanganya.

    Abaturage bo mu bice bya Dikko bavuga ko bakeneye ubutabazi bwihuse, ndetse bakongeraho ko impanuka nk'izi ziteza ibibazo bikomeye ku muryango w'abantu n'iterambere rusange.

    Ubuyobozi bwa Leta ya Nigeria burasabwa kongera imbaraga mu kwigisha abaturage uburyo bwo kwitwara mu gihe habaye impanuka. Kugira ubumenyi bw'ibanze ku micungire y'ibyago by'ubutabazi ni ingenzi mu kugabanya umubare w'impfu z'abatari bake bahitanywe n'iyi mpanuka.

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/abaturage-60-bahitanywe-nimpanuka-ya-lisansi-mu-gihugu-cya-nigeria/

  • Barack Obama yatorewe kuyobora Amerika: Ibyar… – #rwanda #RwOT

    Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by'ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y'isi.

    Dore bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

    1531: Hashinzwe Umujyi wa Rio de Janeiro.

    1831: Ubwigenge bw'u Bubiligi byemewe n'ibihugu by'ibihangange ku Isi.

    1841: Hong Kong yashyizwe mu maboko y'Abongereza mu gihe cy'imyaka 150.

    1921: Muri Turukiya hemejwe Itegeko Nshinga bwa mbere mu mateka.

    1934: Mu Buyapani hashinzwe Fujifilm, kompanyi ikora ibijyanye no gufotora ndetse n'ibikoresho bya Electronique.

    1946: Gen De Gaulle yeguye ku buyobozi bwa Guverinoma y'Agateganyo mu Bufaransa.

    1948: Hatangajwe umwanzuro wa 39 w'Akanama ka Loni kagamije Amahoro n'Umutekano ku Isi, uvuga ku kibazo cy'u Buhinde na Pakistan.

    1949: Kayibanda Grégoire wabaye Perezida w'u Rwanda yatangiye umwuga w'ubwarimu muri “Institut Léon Classe” kugeza mu 1952.

    1961: John F. Kennedy yabaye Perezida wa 25 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    1972: Pakistan yatangije gahunda y'icurwa ry'ibisasu bya kirimbuzi.

    1977: Jimmy Carter yabaye Perezida wa 39 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    1981: Ronald Reagan yabaye Perezida wa 40 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    1989: George Bush yabaye Perezida wa 41 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    1991: Guverinoma ya Sudani yanze icyifuzo cyo kugendera ku mahame y'idini ya Islam.

    1993: Bill Clinton yabaye Perezida wa 42 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    1996: Yasser Arafat yatorewe kuyobora Palestina.

    1998: Václav Havel yongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Tchèque.

    2001: George Walker Bush yabaye Perezida wa 43 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    2009: Barack Obama yabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    2000: I Rennes, hongeye gufungurwa Inteko Ishinga Amategeko y'u Bwami bw'u Bwongereza yari yarasenywe n'inkongi y'umuriro muri Gashyantare 1994.

    2007: Ibicurane by'ibiguruka byahitanye umuntu wa 62 muri Indonésie, n'uwa 11 muri Misiri.

    2017: Donald Trump yatangiye inshingano nka Perezida wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Bimwe mu bihangange byavutse kuri iyi tariki:

    1950: Mahamane Ousmane, wabaye Perezida wa Niger.

    1981: Owen Hargreaves, Umwongereza wakinnye umupira w'amaguru.

    1987: Víctor Vázquez, Umunya-Espagne wakinnye umupira w'amaguru.

    1988: Jeffrén Suárez, umukinnyi w'umupira w'amaguru ukomoka muri Espagne.

    1995: Calum Chambers, umukinnyi wa ruhago wakinnye mu bugarira izamu muri Arsenal FC.

    Bimwe mu bihangange byitabye Imana kuri iyi tariki:

    1479: Jean II, umwami wa Aragon.

    1612: Rodolphe II, umwami w'abami w'Abaromani b'Abagerimanike
    (Empereur romain germanique).

    1666: Anne d'Autriche, Umwamikazi w'u Bufaransa.

    1848: Christian VIII, Umwami wa Danemark.

    1891: David Kalakaua, Umwami wa Hawaï.

    1983: Garrincha, umukinnyi w'umupira w'amaguru muri Brazil.

    2018: Paul Bocuse, umutetsi w'Umufaransa wabaye ikirangirire kubera uburyohe bw'amafunguro yateguraga.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151114/barack-obama-yatorewe-kuyobora-amerika-ibyaranze-iyi-tariki-mu-mateka-yisi-151114.html

  • Minisitiri Utumatwishima yagaragaje abarebwa… – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa Minisitiri Dr. Utumatwishima atanze nyuma y'uko Perezida Paul Kagame atangaje ko abayobozi mu nzego zitandukanye n'abagize umuryango Nyarwanda bakwiye kwita ku burere buhabwa abantu muri rusange kuko nta muryango cyangwa idini byigisha kwambara ubusa, ahamya ko ubikoze no mu mutwe we nta kintu kiba kirimo.

    Perezida Paul Kagame, ubwo yari mu masengesho yo gushimira Imana ibyiza yakoreye igihugu, ku wa 19 Mutarama 2025 muri Serena Hotel, yatangaje ko bidakwiriye kubona mu muryango habamo abantu bagenda ku muhanda biyambitse ubusa, kuko bihabanye n'umuco.

    Yagize ati: 'Nkurikira ibintu no ku mbuga nkoranyambaga, intambara zirirwaho z'abana bato bari aho bambara ubusa ku muhanda, bakambara ubusa. Uwambara ubusa se ararata iki undi adafite, twese tudafite? Nta dini ribaho ryo kwambara ubusa. Nta muryango ubaho wo kwambara ubusa. Ariko buriya kwambara ubusa ntabwo ari bwa busa, burya bambaye ubusa no mu mutwe, ni ubusa buri mu mutwe ni cyo kibazo, ni ho bishingira.'

    'Mbwira rero ukuntu wakwemerera umuryango nyarwanda kubaho gutyo, nubwo twicaye aha nk'abayobozi inshingano tuzaba twuzuza ni izihe? Tuzibaze. Ni izambika ubusa Abanyarwanda?'

    Minisitiri Dr. Utumatwishima ubwo yasubizaga ikibazo cy'umwe mu banyamakuru wifashishije urubuga rwa X abaza ikigiye gukurikiraho nyuma y'uko “Perezida Kagame yasabye abayobozi guhagurukira ikibazo cy’inkumi zirimo kugaragara zambaye ubusa. Avuga ko no mu mutwe haba hambaye ubusa”, yavuze ko “ku kibazo cy'uburere, twese turi abayobozi ku nzego zitandukanye. Aha ntitwumve za Minisiteri, ibigo, RIB, polisi,…Oya.”

    Yakomeje agaragaza ko kugira ngo iki kibazo kiranduke mu muryango Nyarwanda byasaba ko buri Munyarwanda wese akigira icye. Ati: 'Aha tubanze dufate inshingano twese Abanyarwanda.'

    Agaragaza abo iki kibazo kireba, yasabaye buri wese kubanza kwirebaho, ati: 'Ikintu cyose kitarimo uburere n'indagagaciro, tukireke, nitukibona tureke kucyamamaza kandi tugicyahe.'

    Minisitiri Dr. Utumatwishima yakomereje ku bagize umuryango mugari barimo ababyeyi, abasaba kwibaza ku burere baha abana babo, ati: 'Twinenge, twinegure, twange umugayo.'

    Yasabye abanyamakuru n'abandi bavuga rikumvikana, gutanga umusanzu wabo mu kwimika ibyiza n'urukundo, no kwirinda kwamamaza ibibi bishobora kugira ingaruka mbi kuri sosiyete Nyarwanda.

    Ati: 'Abanyamakuru/inflencers: Micro zacu, ibyo tuvuga, ni he tugomba gutunga micro zacu? Twe turatanga musanzu ki? (Ntitukamamaze ibibi, twime umwanya ibibi, twimike ibyiza n'urukundo).'

    Minisitiri kandi yasabye abanyamadini n'amatorero, “kwerekeza umutima mu kugira uburere bwiza mu batugana kandi bifatika”. Ni mu gihe nk'Abayobozi ba Leta, bazarushaho gukora ubukangurambaga no guhana ibirimo kurengera no kwica amategeko.

    Ati: 'Twisuzume nka sosiyete, umuntu ku giti cye. Iki kibazo kibangamiye abo turi bo none n'ahazaza h'u Rwanda.'

    Ubu butumwa bushinzweho agati nyuma y'uko hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwira amashusho y'Abanyarwanda biyambitse ubusa, abari gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa abikinisha.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, kandi rwagiye rwihanangiriza abantu, rubasaba kwirinda ibi bikorwa kuko biri mu byaha bihanwa n'amategeko.

    Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, aherutse kuburira abantu bakoresha nabi imbuga nkoranyambaga, atangaza ko bashobora no gufungwa kuva ku myaka itanu kugeza ku myaka 10.

    Ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda ku wa 12 Nzeri 2024, Dr. Murangira yagize ati 'Abo bantu bose bakoresha imbuga nkoranyambaga nabi baba bazi neza 100% ko ibyo bakora ari icyaha. Iyo babikora bihisha inyuma y'utuzina biyita ariko barafatwa kandi bagahabwa ibihano bitewe n'ibyo bakoze.”

    Akomeza agira ati 'Niba ari ugutangaza ibihuha hari amategeko ahari abihana, niba ari ukwiyitirira umwirondoro w'undi, niba ari ugukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, niba ari uguhamagarira abantu kwanga abandi, niba ari ugukoresha imvugo zivangura abantu cyangwa gukwirakwiza ibikorwa by'urukozasoni, ibyo byose hari amategeko abihana kandi hazamo n'ibihano by'igifungo kuva ku myaka itanu kugeza ku myaka 10.'


    Minisitiri Dr. Utumatwishima yagaragaje ko ikibazo cy’urubyiruko ruri kwambara ubusa ku mbuga nkoranyambaga kireba Abanyarwanda bose 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151117/minisitiri-utumatwishima-yagaragaje-abarebwa-nikibazo-cyurubyiruko-rwambara-ubusa-cyagarut-151117.html

  • Perezida Kagame yakiriye Faure Gnassingbé wa Togo – #rwanda #RwOT

    Abakuru b'Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo nyuma baza no kuganira n'intumwa z'u Rwanda na Togo.

    Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abayobozi bombi bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira imikoranire y'impande zombi.

    Biti 'Kuri iki gicamunsi, Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Perezida Faure Essozimna Gnassingbé uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda. Abakuru b'Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo nyuma baza no kuganira n'intumwa z'u Rwanda na Togo ku biganiro byibanze ku mikoranire.'

    Abayobozi bombi baganiriye ku buryo bwo guteza imbere imikoranire mu ngeri zinyuranye zirimo ubuhinzi, ubucuruzi, ishoramari, imishinga ibungabunga ibidukikije ndetse n'ingufu.

    Perezida Kagame yavuze ko kwakira mugenzi we wa Togo ari ibyishimo, yongera kugaragaza ko ibihugu byombi byifuza kwagura umubano mwiza bisanzwe bifitanye.

    Ati 'Twishimiye kuba turi kumwe nawe, ndizera ko byinshi ari ukukugaragariza ko twishimiye kuba turi kumwe aha, ariko kandi no kongera gusaba ko imikoranire myiza dufitanye by'igihe kirekire hagati y'ibihugu byacu bibiri, twifuza ko yaguka kurushaho uko dukomeza gukorana.'

    Yavuze ko nubwo hari inzego zagaragajwe ibihugu byombi byemeranyijwe gukorana ariko imikoranire ishobora no kurenga izo mbibi.

    Ati 'Hari inzego zagiye zivugwa ariko ubufatanye ntabwo bugarukira kuri izo nzego, dushobora kubigeza ku rundi rwego. Rero ndabashimiye ko mwabonye umwanya wo kuza kudusura n'itsinda mwazanye ryagiranye ibiganiro n'abantu bacu.'

    Yerekanye kandi ko nyuma yo gusurana, kugirana ibiganiro no kugira ibyo impande zombi zemeranya hagomba gukurikiraho kubishyira mu bikorwa nta guta igihe.

    Ati 'Icyo nkunda kwibutsa abantu ni uko iyo twasuranye, tukaganira, tukagira ibyo twemeranyaho ikiba gisigaye rero ni ukujya gukora. Tugakora ibyo tugomba gukora tudatakaje umwanya. Ibi ndabivuga ku mpande zombi haba ku ruhande rwacu no ku ruhande rwanyu.'

    Perezida Kagame yashimangiye ko ibiganiro yagiranye na mugenzi we yabyishimiye kandi bihagije mu gihe byaba bishyizwe mu bikorwa.

    Ku mugoroba wo ku wa 18 Mutarama 2025, ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali i Kanombe, aho yari aje mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi ibiri.

    Guverinoma y'u Rwanda n'iya Togo zisanzwe zifitanye amasezerano y'ubufatanye mu koroshya ingendo z'indege hagati y'impande zombi, aha u Rwanda uburenganzira busesuye bwo gukoresha ibibuga by'indege biri i Lomé.

    Ubwo aya masezerano yashyirwagaho umukono muri Gicurasi 2018, Minisiteri y'Ibikorwaremezo yavuze ko u Rwanda ruzajya rwohereza byoroshye umusaruro urimo uw'ibirayi n'indabo.

    Mu 2018, itsinda ry'abakozi b'urwego rushinzwe kurwanya ruswa muri Togo (Haplucia), ryashimiye politiki y'u Rwanda mu kuyikumira no kuyirwanya, cyane cyane iyo kwifashisha ikoranabuhanga rigamije gukumira ibihuza ushaka n'utanga serivisi.

    Mu 2023, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Togo, Robert Dussey, yanditse ubutumwa mu Kinyarwanda ashima ubuyobozi bwiza bw'intangarugero bwa Perezida Kagame, asaba Abanyarwanda gukomeza gukunda igihugu n'ubuyobozi bwacyo.

    Yaragize ati “Nyuma y'umwaka umwe, ubu ngarutse mu Rwanda. Ndashimira Abanyarwanda kubera kugaragaza kwitanga, cyane cyane uburyo baharanira ko Umujyi wa Kigali usa neza. Muri intangarugero muri Afurika, ndabanezerewe.”

    Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yaherukaga mu Rwanda muri Kanama, 2024, ubwo yari yitabiriye ibirori by'Irahira rya Perezida Kagame, byabereye kuri Stade Amahoro.

    Perezida Kagame ubwo yari ategereje mugenzi we wa Togo

    Nyuma y’ibiganiro by’abakuru b’ibihugu byabereye mu muhezo, bifatanyije n’amatsinda y’abayobozi bo muri ibyo bihugu mu biganiro bigamije kwagura imikoranire

    Perezida Faure Essozimna Gnassingbé, yishimiye kwakirwa na Perezida Kagame

    Perezida Kagame yagaragaje ko nyuma yo gusurana no kugira ibyo impande zombi zemeranya hakwiye gukurikiraho ibikorwa

    Perezida Kagame na Faure Essozimna Gnassingbé baganiriye ku gukomeza guteza imbere imikoranire n’umubano mwiza u Rwanda rufitanye na Togo

    Perezida Kagame yagaragaje ko umubano w’u Rwanda na Togo ugomba gukomeza gushyirwamo imbaraga

    Abakuru b’ibihugu bagiranye ibiganiro byibanze ku guteza imbere umubano

    Perezida Kagame yakira mugenzi we wa Togo muri Village Urugwiro

    Amafoto: Village Urugwiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-faure-gnassingbe-wa-togo-mu-biro-bye

  • Nduwayesu yanditse igitabo cyigisha abantu guhangana n'ibihe bigoye Isi icamo – #rwanda #RwOT

    Ni igitabo cy'amapaji 118 cyanditse mu Cyongereza, yacyise 'Am Able' cyangwa se 'Ndashoboye', mu Kinyarwanda.

    Mu kiganiro na IGIHE, Nduwayesu yavuze ko igitekerezo cyo kwandika icyo gitabo cyakomotse mu bibazo byiganje mu nguni zose z'imibereho y'abatuye Isi birimo indwara z'ibyorezo, intambara, guta agaciro kw'ifaranga n'ibindi.

    Yavuze ko ibyo muri iyi minsi bica abantu intege bigatuma bamwe batoroherwa n'ubuzima nyamara agahamya ko baba bafite ubushobozi bwo guhangana n'ibyo bizazane mu gihe bagifite ubuzima.

    Yagize ati 'Hari abantu ngenda mpura na bo wababaza amakuru bati 'nta kigenda ibintu byanze' bakumva ko ubushobozi buzava ahandi. Ariko burya n'iyo bakumva ko ibibazo by'amafaranga byakemukira mu kuyaguza muri banki ni uko aba bifitemo ubushobozi. Ikibigaragaza ni icyo gitekerezo baba yagize cy'uburyo bakemuramo icyo kibazo'.

    Yakomeje asobanura ko uko kwigiramo ibitekerezo by'uburyo bwiza bwo gukemura ikibazo aho kwemera ko bikurenga cyangwa ngo ufate undi mwazuro mubi bigaragaza ubushobozi bukomeye cyane abantu bafite.

    Nduwayesu kandi yongeyeho ko muri icyo gitabo agaragaza uburyo kugira gahunda mu buzima na byo biri mu bituma ubushobozi umuntu yifitemo bubasha kugira aho bumugeza.

    Ati 'Bitangirira ku kwimenya ukamenya uwo uri we mu bushobozi bw'icyo wabasha gukora byose ukabitondeka, noneho ukareba uburyo waba ingirakamaro mu muryango mugari hanyuma ukareba n'aho kubikorera. Ibyo ubikorera umupango ukavuga ngo mu myaka runaka nshaka kuba ngeze aha. Iyo haje ibibazo rero ntibiguhungabanya cyane kuko niyo ugiye gucika intege wibuka ko wifitiye umwenda w'ibyo ugomba kwigezaho'.

    Nduwayesu usanzwe ari umurezi ndetse ukiri urubyiruko, akaba agira inama bagenzi yo gutinyuka no kwiyumvisha ko na bo babishobora kuko abafite ibyo bagezeho bose nta cyo babarusha uretse kuba baratinyutse gukora.

    Avuga ko icyo ari cyo gitabo cya mbere yanditse ariko ko yatangiye kwandika ikindi cyuzuzanya n'icyo cya mbere ndetse ko ateganya kugishyira kuri murandasi ku buryo cyajya kiboneka byoroshye.

    Nduwayesu Aimé yasohoye igitabo yanditse gikubiyemo inama zabafasha abantu guhangana n'ibihe bigoye biranga Isi ya none


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nduwayesu-yanditse-igitabo-kigisha-abantu-guhangana-n-ibihe-bigoye-isi-icamo

  • Nyagatare: Abahinga ibigori bagiye guhabwa imashini zibihungura n'ibyumisha – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangarijwe i Kigali ku itariki 17 Mutarama 2025, mu nama yahuje abikorera mu bijyanye n'ubuhinzi, abafanyabikorwa bose kuri uwo mushinga wo gutanga imashini na bamwe mu bahinzi b'ibigori i Nyagatare ngo bagaragaze uruhande rwabo mu kunoza neza uwo mushinga.

    Ni umushinga w'Umuryango w'Abibubye mu Rwanda uzashyirwa mu bikorwa n'Ishami ryawo ryita ku Biribwa n'Ubuhinzi (FAO) mu Rwanda,Ikigega Mpuzamahanga Giteza Imbere Ubuhinzi (IFAD) hamwe n'Umuryango Mpuzamahanga wita ku Biribwa (WFP).

    Biteganyijwe ko uzatangira gushyirwa mu bikorwa ku mwero w'ibigori w'iki gihembwe cy'ihinga cya 2025 A muri Gashyantare cyangwa Werurwe uyu mwaka, ku buryo abo bahinzi batazongera kugira igihombo nko mu gihembwe gishize.

    Uwo umushinga uzatanga inkunga kuri koperative eshanu zigizwe n'abanyamuryango barenga 2500 aho buri imwe izahabwa imashini imwe ihungura ibigori noneho zihurire ku mashini ibyumisha.

    FAO Rwanda igaragaza ko muri uwo mushinga batangiye guhugura abahinzi b'intyoza gufata neza no gutunganya umusaruro w'ibigori bakaba na bo bazajya guhugura abandi.

    Iyo mashini bazahabwa yumisha ibigori ifite ubushobozi bwo kumisha toni ziri hagati ya 10 na 20 mu isaha; ibizatuma izo koperative zizayihabwa zizajya zifasha n'izindi kumisha ibigori ariko zishyuye ku buryo amafaranga avamo azajya afasha mu kubona ibisabwa ngo iyo mashini ikore cyangwa kuyisanisha.

    Izo koperative zatoranyijwe ahanini hagendwe ku ngano y'umusaruro zeza ndetse n'uwagiye wangirika bitewe no kubura uburyo bwo kuwitaho.

    Ubuyobozi bwa FAO mu Rwanda bugaragaza ko uwo mushinga ugiye gutangirira mu karere kamwe noneho byagaragara koko utanga ibisubio byifuzwa bakazakomereza n'ahandi.

    Umuyobozi wa FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga, yavuze ko iyo umusaruro witaweho biba ari intambwe ikomeye mu gufasha abatuye Isi kubona ibiribwa.

    Yagize ati 'Ikibazo cy'umusaruro wangirika wamaze kwera kirakomeye cyane kubera ko ari ibiryo biba bigabanutse kandi byari byamaze kuboneka ndetse bigatuma n'abahinzi badatera imbere uko bikwiye bitewe n'ibihombo baterwa n'uwo musaruro wangirika.Ni yo mpamvu uyu munsi twahuriye hamwe haba abikorera,abahinzi n'abafatanyabikorwa kuri uyu mushinga bose kugira ngo dushakire hamwe igisubizo cyakemura icyo kibazo mu Rwanda'.

    Yakomeje avuga ko bahisemo guhera ku bihingwa bikenerwa cyane mu Rwanda ku ikubitiro ibigori bakazakomereza no ku muceri n'ibishyimbo.

    Yongeyeho ko intego ari ugushaka ibisubizo by'ikoranabuhanga byahanganga no kwangirika k'umusaruro hibanzwe ku bagore kuko bakora ubuhinzi cyane ariko n'urubyiruko kuko rwisanga cyane mu ikoranabuhanga rukaba rwajya rufasha abahinzi mu kurikoresha rubikora nk'akazi.

    Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Rutikanga Alexandre, yavuze ko bafatanyije na FAO mu gukumira ko umusaruro wangirika ku buryo bufatika.

    Ati 'Dufatanyije na FAO n'abandi bafatanyabikorwa mu mushinga mugari uzadufasha gushyiraho ubuhunikiro binini bw'ibinyampeke tukava ku bubika toni 500 dufite uyu munsi tukagera nibura ku bubika toni 5000. Ibihunitsemo bizajya biba bifashwe neza kandi bwegereye abahinzi cyane cyane ahari amakoperative manini.'

    'FAO kandi izadufasha gukemura ikibazo cy'ubuhunikiro bwubatswe na Leta ariko ntibukoreshwe.Ni yo mpamvu FAO yatangiriye ku itangwa ry'imashini zita ku masaruro kugira ngo uzajye ujya muri bwa buhunikiro ufite ubuhehere bugenwe butuma wabasha kubikwa igihe kirekire.'

    Nsabamariya Devotha na Ntawuruhunga Faustin bakora ubuhinzi i Nyagatare bavuze ko mu gihembwe cy'ihinga gishize bejeje ibigori byinshi bimwe babura uko babyanika bizamo uruhumbu rutera uburozi bwa 'aflatoxine' birangirika.

    Bangeyeho ko ibigori byari bitarangirika byatumye babigurisha vuba n'abamamyi bitaruma neza ku giciro gito kuko amasoko baba bafite ari ayo kugurisha ibyumye neza. Ibyo byatumye bahura n'ibihombo bityo bakaba bumva uwo mushinga uje ari igisubizo kuri bo.

    Umuyobozi wa FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga, yavuze ko iyo umusaruro witaweho biba ari intambwe ikomeye mu gufasha abatuye Isi kubona ibiribwa

    Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Rutikanga Alexandre, yavuze ko bafatanyije na FAO kubaka ubwanikiro bubika umusaruro mwinshi kandi wumye neza.

    Iyi nama yitabiriwe n’abagenerwabikorwa b’umushinga, abafaranyabikorwa bwo n’abikorera mu by’ubuhinzi.

    Mukantwali Christine uri bakora ku itegurwa ry’uwo mushinga muri FAO Rwanda yerekana ibimaze gukorwa.

    Habayeho ibiganiro mu matsinda abahinzi bagaragaza ibikenewe ngo umusaruro wabo ureke kwangirika


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-abahinga-ibigori-bagiye-guhabwa-imashini-zibihungura-n-ibyumisha