Blog

  • UTB yashyizeho uburyo bwo guha 'bourse' abanyeshuri b'abahanga, itangirana n'abagera kuri 46 – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda iyo kaminuza yatangije ku wa 5 Gashyantare 2025, ubwo abagera kuri 46 batoranyijwe basinyaga amasezerano yo kwishyurirwa amafaranga y'ishuri mu byiciro bitandukanye.

    Abazishyurirwa ishuri bagabanyijemo ibyiciro bitatu bishingiye ku manota bagize mu bizamini by'amajonjora bakoreshejwe. Abagize ari hejuru ya 85% bazarihirwa imyaka itatu y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mashami atandukanye.

    Ni mu gihe abagize amanota ari hagati ya 70% na 85% bazarihirwa imyaka ibiri, naho abagize ari hagati ya 60% na 70% bazarihirwa umwaka umwe.

    Umuyobozi Mukuru wa UTB, Ntahemuka John yavuze ko igitekerezo cyo gutanga 'bourse' ku banyeshuri bayo cyatanzwe na Mukarubega Zulfat washinze iyo kaminuza, nyuma yo kubona ko imaze kwiyubaka bigaragara.

    Ati 'Igitekerezo cyaje nyiri kaminuza amaze kubona ko twimukiye mu nyubako yacu. Asanzwe aharanira gufasha urubyiruko haba mu kurushakira amahirwe harimo n'ay'akazi no kwimenyereza umwuga hanze y'u Rwanda.'

    'Yaje gusanga rero ibyo bidahagije ahubwo areba n'abana bafite ubushobozi buke ariko batsinze neza ikizamini gisoza amashuri yisumbuye ariko batabasha kwiyishyurira kaminuza. Yagize igitekerezo cy'uko bafashwa kwiga kaminuza habaho ipiganwa abatsinze baremererwa'.

    Ntahemuka yongeyeho ko iyo kaminuza yashyize hanze itangazo, abagera kuri 300 batanga ubusabe bwabo bahabwa ikizamini cyanditse n'icyo kuvuga noneho abagize amanota asabwa baratoranywa.

    Iyo gahunda biteganyijwe ko izajya iba buri mwaka kandi izagenda irushaho gufata abanyeshuri benshi.

    Asiimwe Angel uri mu bahawe 'bourse' yavuze ko yishimiye cyane ayo mahirwe yahawe yo kwiga arihirwa, ndetse ashishikariza urubyiruko rufite imbogamizi y'ubushobozi gutanga ubusabe muri UTB rukagerageza amahirwe.

    Ati 'Ni amahirwe akomeye cyane ndashimira UTB n'Igihugu byaduhaye amahirwe yo kwiga. Abandi baciye muri iyi kaminuza mbona bahagaze neza nanjye nziga nshyizeho umwete kuko iyi kaminuza ni nziza.'

    Kwizera Ignace nawe ugiye kwiga kuri 'bourse' ya UTB yavuze ko yiteze kunguka ubumenyi bugezweho ku isoko ry'umurimo by'umwihariko ibijyanye n'imyuga.

    Ati 'Byari bigoranye kwiyishyurira kaminuza kuko nari maze umwaka nsoje amashuri yisumbuye nicaye kuko mu rugo nta bushobozi bafite. Nsanzwe ngerageza kwikorera kandi niteze ko ibyo ngiye kwiga bijyanye n'ubucuruzi n'ikoranabuhanga bizamfasha cyane. Nasaba urubyiruko bagenzi banjye kureba kure bagaha agaciro kwiga imyuga kuko igezweho ku isoko ry'umurimo.'

    Kayigire Célestin ufite umwana wemerewe kurihirwa amasomo umwaka wose yavuze ko ari amahirwe akomeye cyane ku mwana we kubona agiye kurihirwa ishuri, by'umwihariko muri kaminuza ahamya ko UTB ihuje n'icyerekezo cy'Igihugu.

    Umubyeyi witwa Kayigire Célestin yavuze ko UTB itanga uburezi bujyanye n’icyerekezo cy’Igihugu

    Kwizera Ignace yavuze ko yiteze kunguka ubumenyi bugezweho ku isoko ry'umurimo by'umwihariko ibijyanye n'imyuga

    Asiimwe Angel uri mu bahawe 'bourse' yavuze ko yishimiye cyane ayo mahirwe yahawe yo kwiga arihirwa

    Umuyobozi Mukuru wa UTB, Ntahemuka John yavuze ko igitekerezo cyo gutanga 'bourse' ku banyeshuri bayo cyatanzwe na Mukarubega Zulfat washinze iyo kaminuza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/utb-yashyizeho-uburyo-bwo-guha-bourse-abanyeshuri-b-abahanga-itangirana-n

  • AC Milan yiringiye ko ishobora kugumana João Félix nyuma y'inguzanyo y'igihe gito! #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Milan, Geoffrey Moncada, yagaragaje icyizere ku hazaza ha João Félix muri AC Milan nyuma y'igihe gito cy'inguzanyo avuye muri Chelsea. Yagize ati: 'Dufitanye umubano mwiza na Chelsea, ndetse nta ngingo yo kugura iri mu masezerano, ariko dufite amahirwe yo kubikora muri Kamena.'

    Uyu muyobozi yongeyeho ko Milan izabanza kureba uko Félix azitwara mu gihe gito cy'inguzanyo azamara muri Ac Milan, ndetse n'uburyo azumva abyifuza. 'Bizaterwa natwe no kuri João, ariko birashoboka.' Ibi bivuze ko ibiganiro bishobora gukomeza hagati y'amakipe yombi kugira ngo Félix abe umukinnyi wa Milan burundu.

    Nubwo nta ngingo yo kugura iri mu masezerano y'inguzanyo, AC Milan ishobora kwinjira mu biganiro bishya na Chelsea mu mpeshyi, hashingiwe ku myitwarire ya Félix no ku bushake bw'impande zombi.

    Ku rundi ruhande, João Félix yamaze kwigaragaza neza muri Milan, aho yatsinze igitego cye cya mbere muri San Siro, igitego cyashimishije abakunzi ba Rossoneri.

    Iki gitego cyongeye gutuma abafana ba Milan bamwiyumvamo cyane, bakaba bifuza ko yagumana n'iyi kipe nyuma y'iyi nguzanyo.

    Bitewe n'imikinire ye n'ubuhanga bwe, Félix ashobora kuba umwe mu bakinnyi Milan izashyiramo imbaraga kugira ngo bamugumeho igihe kirekire. Gusa icyemezo cya nyuma kizaterwa n'uko azitwara muri iyi minsi iri imbere ndetse n'uko Chelsea izabyakira igihe ibiganiro bizaba bitangiye mu mpeshyi.

    Bitewe n'imikinire ye n'ubuhanga bwe, Félix ashobora kuba umwe mu bakinnyi Milan izashyiramo imbaraga kugira ngo bamugumeho igihe kirekire.
    Ku rundi ruhande, João Félix yamaze kwigaragaza neza muri Milan, aho yatsinze igitego cye cya mbere muri San Siro, igitego cyashimishije abakunzi ba Rossoneri.
    Umuyobozi wa Milan, Geoffrey Moncada, yagaragaje icyizere ku hazaza ha João Félix muri AC Milan nyuma y'igihe gito cy'inguzanyo avuye muri Chelsea.

    Source : https://kasukumedia.com/ac-milan-yiringiye-ko-ishobora-kugumana-joao-felix-nyuma-yinguzanyo-yigihe-gito/

  • Ansu Fati: Umuraza mwiza wabuze ubwugamo mu rugo rwa FC Barcelona #rwanda #RwOT

    Ansu Fati, umwe mu bakinnyi bari bitezweho byinshi muri FC Barcelona, yamaze gukurwa ku rutonde rw'iyi kipe y'i Catalonia. Nyuma yo kumara igihe kinini arwana n'imvune, uyu mukinnyi w'umunya-Esipanye afite inkomoko muri Guinée-Bissau ntiyigeze agira umusaruro ufatika muri uyu mwaka w'imikino wa 2024/2025.

    Nyuma yo kugerageza kugaruka mu kibuga, Ansu Fati yagarutse mu mukino wa Copa del Rey aho yakinnye iminota 28 gusa ubwo Barcelona yakinaga na Barbastro.

    Nyamara, muri shampiyona ya La Liga ndetse no mu mikino ya UEFA Champions League, ntabwo yigeze abona umwanya n'umwe wo gukina.

    Ibi byatewe ahanini n'ibibazo by'imvune zimaze imyaka zimubangamira, ndetse n'uruhare ruto agaragaza mu ikipe nyuma yo gukira.

    Kuva Ansu Fati yagira imvune ikomeye mu 2020, ntabwo yigeze agaruka ku rwego rwo hejuru nk'uko byari byitezwe. FC Barcelona yari yamuhaye nimero 10 nyuma y'uko Lionel Messi ayivuyemo, igaragaza ko bamufataga nk'umukinnyi uzavamo icyamamare gikomeye.

    Ariko imvune zagiye zimubera inzitizi, bituma adashobora gukomeza kuzamura urwego rwe nk'uko byari byitezwe.

    Mu mpeshyi ya 2023, Barcelona yamuhaye amahirwe yo kugenda nk'intizanyo muri Brighton & Hove Albion yo mu Bwongereza, ariko ntibyagenze neza kuko na ho yagize imvune ikomeye. Ibi byatumye agaruka muri Barcelona, ariko ntiyabasha kwigarurira umwanya mu ikipe ya Xavi Hernández.

    Kuri ubu, kuba Ansu Fati yakuwe ku rutonde rwa FC Barcelona bishobora gusobanura ko iyi kipe ishaka kumugurisha burundu cyangwa kumutiza indi kipe kugira ngo abone umwanya wo gukina. Ibi bivuze ko ahazaza he muri FC Barcelona hadasobanutse neza, ndetse bishobora kurangira agiye gushaka indi kipe yamuha umwanya uhagije wo gukina no kugaruka ku rwego rwe rwiza.

    Mu mpeshyi ya 2023, Barcelona yamuhaye amahirwe yo kugenda nk'intizanyo muri Brighton & Hove Albion yo mu Bwongereza, ariko ntibyagenze neza kuko na ho yagize imvune ikomeye.

     

    Ansu Fati, umwe mu bakinnyi bari bitezweho byinshi muri FC Barcelona, yamaze gukurwa ku rutonde rw'iyi kipe y'i Catalonia

     

    Kuva Ansu Fati yagira imvune ikomeye mu 2020, ntabwo yigeze agaruka ku rwego rwo hejuru nk'uko byari byitezwe.

     

    Source : https://kasukumedia.com/ansu-fati-umuraza-mwiza-wabuze-ubwugamo-mu-rugo-rwa-fc-barcelona/

  • Lisandro Martínez wa Manchester United yagize imvune ikomeye ya ACL #rwanda #RwOT

    Manchester United yatangaje ko myugariro wabo, Lisandro Martínez, yagize imvune ikomeye aho yangije ACL (Anterior Cruciate Ligament), imvune ikunze kuba ikibazo gikomeye ku bakinnyi b'umupira w'amaguru.

    Mu itangazo ryasohowe n'ikipe, bavuze bati: 'Isuzuma ry'imvune rirakomeje kugira ngo hamenyekane uburyo bukwiye bwo kwivuza ndetse n'igihe ntarengwa cyo kumusubiza mu buzima busanzwe.'

    Iyi mvune ni igihombo gikomeye ku ikipe ya Manchester United, cyane ko Martínez yari umwe mu bakinnyi bafatiye runini iyi kipe, cyane cyane mu mutima w'ubwugarizi.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 26 amaze igihe agorwa n'imvune zitandukanye, aho no mu mwaka wa 2023 yagize ikibazo cy'imvune cyatumye amara igihe kinini hanze y'ikibuga.

    Lisandro Martínez yagarutse vuba mu kibuga nyuma yo gukira imvune yari yaramuzengereje, ariko n'ubu amahirwe yo kongera gukina muri uyu mwaka w'imikino ashobora kuba macye cyane bitewe n'ukuntu iyi mvune ya ACL isaba igihe kirekire cyo gukira.

    Abenshi mu bakinnyi bahuye n'iyi mvune basaba amezi hagati y'atandatu n'icyenda kugira ngo bongere gusubira mu kibuga.

    Abafana ba Manchester United bagaragaje akababaro kabo nyuma yo kumva aya makuru, bakaba bari gutanga ubutumwa bwo kumuha imbaraga no kumwifuriza gukira vuba. Ni inkuru ibabaje kuri we ndetse no ku ikipe ye, ariko abafana bizeye ko azagaruka ari umukinnyi ukomeye kurusha uko yari ameze mbere.

    Manchester United yatangaje ko myugariro wabo, Lisandro Martínez, yagize imvune ikomeye aho yangije ACL (Anterior Cruciate Ligament), imvune ikunze kuba ikibazo gikomeye ku bakinnyi b'umupira w'amaguru.
    Iyi mvune ni igihombo gikomeye ku ikipe ya Manchester United, cyane ko Martínez yari umwe mu bakinnyi bafatiye runini iyi kipe, cyane cyane mu mutima w'ubwugarizi.
    Uyu mukinnyi w'imyaka 26 amaze igihe agorwa n'imvune zitandukanye, aho no mu mwaka wa 2023 yagize ikibazo cy'imvune cyatumye amara igihe kinini hanze y'ikibuga.

     

    Source : https://kasukumedia.com/lisandro-martinez-wa-manchester-united-yagize-imvune-ikomeye-ya-acl/

  • Polisi yafashe abantu barandwi bacyekwaho kwiba no kwangiza ibikorwaremezo by'amashanyarazi #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatatu, tariki ya 5 Gashyantare, Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubugenzuzi bw'Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA) ndetse n'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ingufu (REG), berekanye abantu barindwi bacyekwaho ubujura n'iyangizwa ry'ibikorwaremezo by'amashanyarazi. Aba bafashwe bari hagati y'imyaka 40 na 53 y'amavuko, bafite ibikoresho bikekwa ko byibwe ku miyoboro y'amashanyarazi.

    Ibikoresho bifatanywe aba bantu birimo fusibles 445 n'insinga z'amashanyarazi zifite uburebure bwa metero 295. Bafatiwe mu bikorwa bitandukanye byabereye mu turere twa Kicukiro, Gasabo na Rulindo. Muri bo, babiri bafatiwe ahitwa Zinia mu Karere ka Kicukiro, bane bafatiwe ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, mu gihe undi umwe yafatiwe mu Karere ka Rulindo.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yatangaje ko ubujura n'iyangizwa ry'ibikorwaremezo by'amashanyarazi ari icyaha gikomeye kidashobora kwihanganirwa. Yagize ati: 'Abantu nk'aba batinyuka guteza ikizima, bagateza umutekano muke, ntabwo tuzabihanganira. Aho biriya bikoresho byavuye, ingaruka zakurikiyeho ni nyinshi cyane.

    Bafashwe mu cyumweru kimwe gusa, kandi ibikorwa nk'ibi bizakomeza.'

    Yakomeje agira ati: 'Nk'uko twagiye tubisobanura, gukurikirana abajura gusa ntibihagije, ahubwo n'ababibagurira bagomba gukurikiranwa.

    Bose uko ari barindwi bafatanywe ibikoresho batabasha gusobanura inkomoko yabyo, nyuma y'amakuru twari dufite ko hari ibikoresho by'amashanyarazi byagiye bikurwa ku miyoboro migari mu bice bitandukanye.'

    Inzego zifite aho zihuriye n'iki kibazo ziraburira abacuruzi n'abaturage

    Geoffrey Zawadi, ukuriye Ishami rishinzwe abafatanyabikorwa muri REG, yavuze ko kwangiza ibikorwaremezo by'amashanyarazi bigira ingaruka zikomeye ku iterambere ry'igihugu. Yagize ati: 'Aba ni abagizi ba nabi, bangiza ibikorwaremezo by'amashanyarazi batambamira gahunda y'igihugu yo kugeza amashanyarazi ku baturarwanda bose.

    Tugomba gufatanya nk'abaturage tukarwanya ibi bikorwa kuko bituma igihugu gisubira inyuma.'

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Ubugenzuzi muri RICA, Joseph Mutabazi, yashishikarije abacuruza ibikoresho by'amashanyarazi byakoreshejwe gukurikiza amabwiriza agenga ubwo bucuruzi.

    Yagize ati: 'Ubugenzuzi burakomeje kandi umucuruzi wese ucuruza ibikoresho bidafitiwe ubusobanuro bw'inkomoko azafatwa nk'uwiba cyangwa usenya ibikorwaremezo.'

    Yakomeje agira inama abaturage yo kwitondera ibyo bagura. Yagize ati: 'Abaguzi basabwa gusaba inyemezabwishyu no gukurikirana inkomoko y'ibikoresho bagura kugira ngo birinde kugura ibyibwe.'

    Amategeko ahana ibyaha byo kwiba no kwangiza ibikorwaremezo

    Amabwiriza Nº DGO/REG/005 yo ku wa 07/07/2022 agenga ubucuruzi bw'ibikoresho by'amashanyarazi n'iby'ikoranabuhanga byakoreshejwe, asaba umucuruzi kwemeza ko ubigurisha ari nyirabyo wemewe n'amategeko.

    Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange. Ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe icyaha cyo kwiba ahanishwa igifungo kiri hagati y'umwaka umwe n'imyaka ibiri, cyangwa ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe n'ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda, cyangwa imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu.

    Ingingo ya 182 y'iri tegeko ivuga ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw'inabi ibikorwaremezo by'amashanyarazi, ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'imyaka itatu n'itanu, ndetse n'ihazabu iri hagati ya miliyoni eshatu n'eshanu z'amafaranga y'u Rwanda.

    Polisi y'u Rwanda irihanangiriza abacuruza ibikoresho by'amashanyarazi badakurikije amategeko ndetse n'abafatwa bagira uruhare mu kwiba no kwangiza ibikorwaremezo. Inzego z'umutekano zatangaje ko ibikorwa byo gukumira ubu bujura bizakomeza, kandi abagaragaye muri ibi bikorwa bazakurikiranwa n'amategeko.

    Source : https://kasukumedia.com/polisi-yafashe-abantu-barandwi-bacyekwaho-kwiba-no-kwangiza-ibikorwaremezo-byamashanyarazi/

  • Arsenal yacitse intege ubwo yakurwaga muri League Cup. #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yavuze ko ikipe ye itagize ituze risanzwe, ubwo yasezererwaga muri ½ cy'irangiza cy'Igikombe cy'Igihugu (League Cup) itsinzwe na Newcastle United ku kinyuranyo cy'ibitego 4-0 ku giteranyo cy'imikino yombi, ku wa Gatatu.

     

    Arteta yavuze ko ikipe ye yageze kuri uyu mukino ifite icyizere cyo kugaruka mu mukino nyuma yo gutsindwa ibitego 2-0 mu mukino ubanza, ariko nyuma y'uko Martin Odegaard ananiwe gutsinda igitego cyari cyabazwe, ikipe igatangira kugenda icika intege.

    Nyuma y'iminota ibiri gusa Odegaard ahushije, Jacob Murphy yahise ashyira Arsenal mu kaga atsinda igitego cya mbere, nyuma yo kubyaza umusaruro umupira wari uvuye kuri Alexander Isak wakubise igiti cy'izamu.

    'Twagombaga kugira icyizere cyo guhindura umukino, bityo tugomba kuba twarashakaga uburyo bwo kubona igitego, cyane cyane mu gice cya mbere,' Arteta yabwiye itangazamakuru. 'Twagize amahirwe abiri akomeye kuri Martin ariko ntiyabasha kuyabyaza umusaruro. Nyuma y'iminota mike, badutsinze igitego maze umukino uhindura isura.

    'Nyuma y'aho, twagombaga gukomeza gutuza no gushaka igitego hakiri kare, ariko ntibyadukundiye, nubwo twongeye kubona andi mahirwe akomeye. Mu gice cya kabiri twatangiye kugorwa, umukino utangira kuducika.'

     

    Arsenal yamaze gusezererwa no muri FA Cup, bityo igiye gukoresha icyumweru cy'akaruhuko kihariye igana i Dubai mu mwiherero w'imyitozo, aho Arteta yizeye ko bizatuma bitegura neza igice cya nyuma cy'ishoramari ry'Igikombe cya Premier League.

    'Ubu ngubu ni ibihe bigoye kuri twe, ariko tuzagenda i Dubai twongere imbaraga, kuko dufite byinshi tugomba guhatanira,' Arteta yavuze.

    Uyu mutoza kandi afite impungenge ku mvune ya Gabriel Martinelli, wavunitse imitsi yo mu itako (hamstring) mu gice cya mbere.

    Arsenal isanzwe ibura Gabriel Jesus na Bukayo Saka kandi ntiyabashije kugura rutahizamu mu isoko riheruka.

    'Yagize ikibazo, yumva adafite ubwisanzure bwo gukomeza gukina, twizeye ko atavunitse cyane, ariko agomba gukorerwa isuzuma (MRI scan) ejo kugira ngo tumenye uburemere bw'iyo mvune,' Arteta yavuze.

    Source : https://kasukumedia.com/arsenal-yacitse-intege-ubwo-yakurwaga-muri-league-cup/

  • Hafashwe barindwi bakekwaho kwangiza no gucuruza ibikorwaremezo by'amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Bafatanywe ibikoresho by'amashanyarazi birimo fusibles 445 n'insinga zireshya na metero 295 z'uburebure, mu bikorwa bya Polisi bitandukanye byabereye aho bakorera ubucuruzi mu turere twa Kicukiro, Gasabo na Rulindo.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko ari abiba n'ababatiza umurindi bose barimo n'ababigura bagamije kubicuruza bose bahagurukiwe.

    Ati 'kubisobanura, gukurikirana abajura gusa ntibihagije, udakurikiranye n'ababibagurira, kandi ibi ni ibikorwa tuzakomeza gukora. Bose uko ari barindwi bafatanywe ibikoresho batabasha gusobanura inkomoko yabyo nyuma y'amakuru yari ahari ko hari ibikoresho by'amashanyarazi byagiye bikurwa ku miyoboro migari mu bice bitandukanye.'

    Yakomeje avuga ko 'Babiri muri bo bafatiwe ahitwa Zinia mu Karere ka Kicukiro, bane bafatirwa ku Gisozi mu Karere ka Gasabo mu gihe undi umwe yafatiwe mu Karere ka Rulindo. Abantu nk'aba batinyuka guteza ikizima, bagateza umutekano muke ntabwo tuzabihanganira kuko aho biriya bikoresho byavuye, ingaruka zakurikiyeho ni nyinshi cyane. Bafashwe mu cyumweru kimwe gusa, icyo twibutsa ni uko tugikomeza n'ubutaha n'abandi bakibirimo bazafatwa.'

    Yatanze umuburo ko uzafatirwa mu iduka acuruza ibidafitiwe ubusobanuro bw'inkomoko wese azafatwa nk'uwiba cyangwa usenya ibikorwaremezo.

    Geoffrey Zawadi, ukuriye Ishami riishinzwe abafatanyabikorwa mu kigo cy'igihugu gishinzwe ingufu (REG) mu butumwa yatanze, yavuze ko kwangiza ibikorwaremezo bifatwa nk'ubugizi bwa nabi kuko bibuza iterambere ry'abaturage n'igihugu muri rusange.

    Ati 'Aba ni abagizi ba nabi, bangiza ibikorwaremezo by'amashanyarazi batambamira gahunda y'igihugu yo kugeza amashanyarazi ku baturarwanda bose. Iyo dufite abantu nk'aba biba bimeze nko kuvomera mu rutete. Tugomba kuba benshi mu kubirwanya tukarusha imbaraga ababyonona, ntitwakwemera ko abantu bacye bahemukira benshi igihugu kigahora gisubiramo ibikorwa bimwe ntitubashe gutera imbere.'

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Ubugenzuzi muri RICA, Joseph Mutabazi yashishikarije abacuruza ibikoresho by'ikoranabuhanga n'iby'amashanyarazi byakoresheje kwihutira kureba ko bubahiriza amabwiriza kuko ubugenzuzi bukorwa ku bufatanye n'inzego z'umutekano bugikomeje umunsi ku munsi.

    Yasabye n'abaguzi mu gihe bagiye ku iduka cyangwa mu isoko bakeneye bene ibyo bikoresho; gusaba inyemezabwishyu no gukurukirana bakagira amakuru bamenya ku byo bagiye kugura kuko biri mu burenganzira bwabo kumenya inkomoko y'aho byavuye.

    Polisi yafashe abantu barindwi bakekwaho kwangiza no gucuruza ibikorwaremezo by'amashanyarazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hafashwe-barindwi-bakekwaho-kwangiza-no-gucuruza-ibikorwaremezo-by

  • Imibereho y'abasirikare ba RDC bahungiye mu Rwanda (Video) – #rwanda #RwOT

    Ntibari bazi ko bazakirwa nk'uko bakiriwe. Bakinjira ku mupaka, basabwe kurambika intwaro hasi, bagakura ububiko bw'amasasu ku mbunda zabo, barangiza bakamanika amaboko.

    Ni uko byagenze, hanyuma barasakwa, bamburwa ibyo bari bafite birimo n'ibiyobyabwenge by'urugomi, ubundi bajyanwa mu kigo batuyemo uyu munsi.

    Abo basirikare bose hamwe ubu bacumbikiwe mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu. Aho bari, bafite ibikoresho nkenerwa byose, kuva ku biryamirwa kugera ku byo kwa mbara n'ibiribwa.

    Bose ni 131, umugore ubarimo ni umwe. Bateka ibyo bashaka, bishingiye ku byo bahawe n'u Rwanda. Abafite uburwayi, bafite umuganga uhoraho ubitaho, ibyo byarangira, bakidagadura, bagakina umupira w'amaguru ndetse bakiyibutsa n'akarasisi ka gisirikare.

    Nyuma y'aho kandi bagira umwanya wo gusabana, bakaririmba indirimbo bari basanzwe baririmba bari iwabo mu gisirikare, harimo nk'iyo kwiragiza Imana yitwa 'Nzambe' n'indi yitwa 'Soldat jusqu'à la mort'.

    Bagera mu Rwanda bwa mbere, bavuze ko intambara bashowemo n'ubuyobozi bukuru bwabo itari isobanutse, kuko bari bameze nk'aboherejwe gupfa.

    Umwe muri bo akigera i Rubavu, yabwiye IGIHE ko ubwo M23 yageraga i Goma, bo bari ku Kibuga cy'indege cy'uyu mujyi.

    Ati 'Ni gute twashoboraga koherezwa ku kibuga cy'indege mu gihe ingabo z'umwanzi zari zigose umujyi wose, ziri kurasa buri hantu hose? Ubwo buryo bw'imirwanire ntibwumvikana.'

    Yavuze ko ubwo yabonaga ibisasu biri kugana mu cyerekezo cy'aho bari bari yari yamaze kubona kare ko ibintu bitameze neza, ifata icyemezo cyo kujya muri MONUSCO ariko nayo iramwanga, afata inzira ahungira mu Rwanda.

    Uburyo aba basirikare bitaweho bigaragaza ubumuntu bw'Inzego z'Umutekano z'u Rwanda, ibintu ushobora kubona ahantu hake.

    Umwe mu basirikare bakuru ba RDC witwa Lt Kasereke Tshombe ati 'Turashimira u Rwanda ku buryo rwatwakiriye neza kandi mu mahoro. Icyo dusaba Guverinoma ya Congo ni ukudufasha gusubira iwacu, tugataha mu mahoro. Turasaba kandi guhabwa uburyo bwo kuvugana n'abo mu miryango yacu kugira ngo bamenye ko turi amahoro.'

    Kuva umutwe wa M23 wafata Umujyi wa Goma, abasirikare benshi ba FARDC bashyize intwaro hasi, bamanika amaboko, bemera ko batsinzwe.

    Nyuma M23 yatangaje ko igiye kubaha imyitozo ku buryo bazavamo abasirikare bafite indangagaciro bitandukanye n'uko bari basanzwe bakora.

    Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko yaba abasirikare bamanitse amaboko n'abafatiwe ku rugamba n'abo muri FARDC, bose ari abavandimwe babo.

    Ati 'Ni Abanye-Congo, nk'uko bimeze kuri twe. Bari bafite intego bagomba kugeraho, ariko boherejwe na perezida wabo, waje no kubatererana. Barwanaga mu kurinda ubutegetsi bwe. Yarabaretse kugira ngo bicwe n'inzara, ashyira abana mu gisirikare, abatoza huti huti maze abohereza ku rugamba banyweye ibiyobyabwenge.'

    Nangaa yavuze ko abo bafashe bafite amahitamo y'icyo bakora, cyane ko bari baratakaje ubushake bwo gukomeza kurwana, icyakora akagaragaza ko uko byagenda kose ari abaturage ba Congo, ko batazabatererana.

    Ati 'Bamwe baniteguye kutwiyungaho, bakifatanya natwe mu mpinduramatwara yacu. Turi kubohereza mu bigo bizabigisha uburyo bwo kwiyubaka, imyitwarire myiza n'uburyo impinduramatwara ikora.'

    Nubwo bimeze bityo, hari abandi basirikare barenga 3000 bahungiye mu maboko ya Loni, bafitwe n'Ingabo za MONUSCO. Ntabwo ibyabo birasobanuka kugeza ubu.

    Nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Goma, imirimo y'abaturage yarasubukuwe. Ubu ni umujyi utekanye, serivisi zose zongeye gutangwa.

    Yaba ubucuruzi, ubuvuzi, amashuri byose birakora nta nkomyi. Abaturage basobanura ko batekanye kurusha ikindi gihe kuko nta musirikare ukibahohotera nk'uko byabaga mbere y'uko M23 ifata Umujyi wa Goma.

    Uretse abasirikare bahungiye mu Rwanda, hari n'abaturage basanzwe bahunze ubwo imirwano yabaga, bakiriwe neza, bahabwa ibikoresho by'ibanze, amahoro amaze kugaruka iwabo, basubira i Goma.

    Mu gushimangira umutekano no kurinda abaturage, ubu M23 yamaze no gushyiraho abayobozi b'Intara ya Kivu y'Amajyaruguru aho Bahati Musanga Joseph yagizwe Guverineri w'iyo ntara.

    Yungirijwe na Manzi Ngarambe Willy wagizwe Visi-Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru ushinzwe ibijyanye na politiki, ubuyobozi, n'amategeko.

    Ni mu gihe Amani Bahati Shaddrak we yagizwe Visi Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru ushinzwe ubukungu, imari n'iterambere.

    Abafite uburwayi, bafite umuganga ubitaho akabaha ubuvuzi bw’ibanze

    Amacumbi yabo ni uku ateye, ababashisha kubaho neza batekanye

    Mu ntangiriro z’iki Cyumweru, bahawe imyambaro itandukanye

    Bahawe gaz bifashisha mu guteka ibiryo bashaka

    Aba basirikare bishimira uko babayeho ndetse bagashima Guverinoma y’u Rwanda yabakiriye neza ititayeko bagenzi babo bayihekuye

    Bacumbikiwe mu nzu nziza zifite ibikoresho byose by’ibanze

    Ikigo babamo gihora kirinzwe ijoro n’amanywa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imibereho-y-abasirikare-ba-rdc-bahungiye-mu-rwanda-bamwe-babayeho-neza-kurusha

  • Rayon Sports yakiriye umukinnyi mushya ukomok… – #rwanda #RwOT

    Ni umukinnyi wageze ku kibuga cy’indege i Kanombe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 6 Gashyantare 2025. 

    Souleymane Daffe ukina mu kibuga hagati yugarira ndetse akaba akina no mu mutima w’ubwugarizi ariko akaba aho akunda cyane ari mu kibuga hagati, yavuze ko icyatumye ahitamo kwerekeza muri Rayon Sports ari ukubera ko ari ikipe nini ndetse n’abayobozi bayo bakaba baramuvugishije neza.

    Yagize ati: “Rayon Sports ni ikipe nini, narebye uko ikora ndeba uko ibayeho ndeba na buri kimwe, bimpa imbaraga zo kuba ndihano. Icyongeyeho ubuyobozi bwamvugishije neza, ibyo byose byampaye imbaraga zo kuba ndi hano”.

    Yavuze ko mbere yo kuza muri Rayon Sports atigeze avugisha abandi banya-Mali bakiniye Rayon Sports barimo Omar Sidibe, Diarra na Adama Bagayogo uyirimo kugeza uyu munsi.

    Yageneye ubutumwa abafana avuga ko azakora buri kimwe kugira ngo abashimishe. Yagize ati: “Ndabizi ko banyitezeho ibintu bihambaye ariko nababwira ko ndi hano kubera impamvu nziza zo gukina no kunyura abafana. Rero nzakora buri kimwe ngo mbashimishe ndabyizeye”. 

    Uyu mukinnyi yavuze ko Umujyi wa Kigali ari mwiza ugereranyije n’uwa Mali, Bamako ndetse ko umukino Rayon Sports ifite mu mpera z’icyumweru yiteguye gukina dore ko ari byo bimuzanye.

    Souleymane Daffe amasezerano y’umwaka n’igice mu ikipe ya Rayon Sports akaba yarakinags muri Provenance de Salitas yo muri Burkina Faso. Yanakinnye kandi muri AS Real de Bamako y’iwabo muri Mali. 

    Muri Mutarama Rayon Sports yasinyishije abakinnyi 4 ari bo Umunya-Cameroun, Assana Nah Innocent umaze igihe akorana n'abandi imyitozo, rutahizamu w'Amavubi, Biramahire Abeddy, Adulai Jaló wo muri Guineé-Bissau ndetse n’uyu munya-Mali ari nawe wari usigaye kuyigeramo.

    Murera iratangira imikino yo kwishyura ya shampiyona kuri iki Cyumweru yakira Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium.

    Souleymane Daffe ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe 

    Souleymane Daffe yakiriwe n’umuvugizi wa Rayon Sports, Roben Ngabo n’umuyobozi w’abafana, Claude Muhawenimana 

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151902/rayon-sports-yakiriye-umukinnyi-mushya-ukomoka-muri-mali-agira-ibyo-yizeza-abafana-amafoto-151902.html

  • Elon Musk yavuze ko azahura n'ingaruka zitazigera zishira niba OpenAI itahagaritswe. Umucamanza wa leta ushinzwe urubanza rwe yavuze ko ibyo ari 'ugukabya.' #rwanda #RwOT

    Umucamanza wa Leta Yvonne Gonzalez Rogers yavuze ko ari ibintu 'bitoroshye' kuri Musk kwemeza ko azahura n'ingaruka zikomeye igihe adafashijwe guhagarika icyemezo cya OpenAI cyo kuva mu rwego rw'ikigo kitari icy'ubucuruzi kikaba ikigo kigamije inyungu.

    Nyamara, uyu mucamanza yanagaragaje impungenge ku mubano wa OpenAI na Microsoft, ndetse yemeza ko atazabuza urubanza gukomeza kugeza rukemuwe n'akanama k'abacamanza umwaka utaha.

    'Birashoboka ko ibyo Bwana Musk avuga ari ukuri. Tuzabimenya. Azatangira ubuhamya mu rukiko,' yagize ati.

    Musk, umwe mu bashinze OpenAI ndetse akanayitangira inkunga, yajyanye uru rubanza mu nkiko umwaka ushize, abanje kurujyana mu rukiko rwa leta hanyuma arusubiza mu rukiko rwa federal. Yashinjaga OpenAI kwica amahame yayo nk'ikigo kigamije inyungu rusange. Avuga ko yatanze agera kuri miliyoni $45 kuva ishyirwaho kugeza mu 2018, nk'uko umunyamategeko we yabivuze ku wa kabiri.

    Musk yagaruye uru rubanza nyuma y'uko OpenAI ikomeje gahunda yo guhinduka ikigo cy'ubucuruzi. Yashyizemo ibirego bishya ndetse anongera urutonde rw'abashinjwa, anasaba urukiko gutanga itegeko ribuza OpenAI gukomeza iyi gahunda. Yongeyeho kandi sosiyete ye y'ubwenge bw'ubukorano yitwa xAI nk'umwe mu barega.

    Muri uru rubanza, Musk yareze n'abandi barimo Microsoft na Reid Hoffman, umwe mu bashinze LinkedIn, wabaye muri komite nyobozi ya OpenAI ndetse akaba ari no muri komite ya Microsoft.

    Gonzalez Rogers yavuze ko asaba ibimenyetso bikomeye kugira ngo yemere icyemezo nka kiriya Musk yifuza, ariko ntiyatangaje umwanzuro. Yavuze ko afite 'impungenge zikomeye' ku bantu babiri bo muri Microsoft bari muri komite nyobozi ya OpenAI: Hoffman na Deanna Templeton, wari umujyanama utagira ijambo mu gutora.

    'None se mushaka kunyumvisha ko uwo muntu yari ahari yumva ibiganiro byose nta kintu na kimwe abwiye abandi? Ubundi icyari kumujyana hariya ni iki, niba atari ukumenya ibihabera akabigeza kuri Microsoft?' uyu mucamanza yibajije.

    Hoffman yinjiye muri komite ya Microsoft nyuma y'uko iyi sosiyete iguze LinkedIn. Yavuye muri OpenAI mu 2023 kugira ngo atagira imbogamizi zijyanye n'indi sosiyete ye y'ubwenge bw'ubukorano yitwa Inflection.

    Templeton, nawe warezwe na Musk, yari umunyamuryango utagira ijambo mu gutora muri OpenAI nyuma y'uko Satya Nadella wa Microsoft asabye kongeramo abantu bashya. Nyamara, yaje gukurwa muri iyo komite nyuma y'uko abashinzwe kurwanya ubucuruzi bw'akarengane muri Amerika bagaragaje impungenge.

    Uyu mucamanza yaciye imanza nyinshi zijyanye n'ikoranabuhanga, zirimo urubanza Apple yaregwagamo na Epic Games. Nyamara, yavuze ko urubanza rwa Musk 'rudasa na rumwe' n'urwa Apple na Epic.

    Gonzalez Rogers yahawe uyu mwanya n'uwahoze ari Perezida Barack Obama mu 2011.

    Iburanisha ry'uyu wa kabiri ryagombaga kuba muri Mutarama ariko ryarasubitswe nyuma y'uko umunyamategeko wa Musk, Marc Toberoff, atakaje inzu ye mu muriro wibasiye Pacific Palisades.

    Musk ntiyagaragaye mu rukiko. Yashinje OpenAI na Microsoft kumuca inyuma, bakarenga ku masezerano bari bafitanye. Nyamara, umucamanza yavuze ko ari 'inkuru y'abaherwe barwana hagati yabo,' abaza impamvu Musk yatanze akayabo k'amamiliyoni nta masezerano yanditse.

    Umunyamategeko wa Musk yasubije ati: 'Ni uko umubano wa Musk na Altman icyo gihe wari ushingiye ku bwizerane, kandi bari inshuti za hafi.'

    'Ariko ubwo ni amafaranga menshi cyane gutanga ku masezerano ashingiye ku bwizerane gusa,' umucamanza yabyibukije.

    OpenAI yavuze ko icyemezo Musk asaba cyabangamira ibikorwa byayo ndetse kikamufasha we n'ikigo cye xAI kurusha ibindi byose.

    Ikibazo nyamukuru muri uru rubanza ni amakimbirane yo mu 2017, aho Musk yifuzaga kuyobora OpenAI ariko abandi bashinze iyi sosiyete bakamwangira bavuga ko yaba afite imbaraga nyinshi cyane.

    Altman ni we waje gutsinda agirwa CEO wa OpenAI, umwanya yabayeho uretse igihe gito mu 2023 ubwo yirukanwaga hanyuma agasubizwa ku mwanya we nyuma y'icyumweru kimwe.

    OpenAI yashyize ahagaragara ubutumwa bw'ibanga bwerekana ko Musk ubwe yari ashyigikiye ko OpenAI iba ikigo cy'ubucuruzi kugira ngo ibone ubushobozi bwo gushora mu bikoresho bikenerwa mu kubaka ubwenge bw'ubukorano.

    Musk si we wenyine utishimiye iyi mpinduka ya OpenAI. Sosiyete ya Meta nayo yasabye Leta ya California guhagarika iyo mpinduka, mu gihe leta ya Delaware nayo iri gukora iperereza kuri yo.

    Ntabwo byari byamenyekana neza igihe uru rubanza ruzatangira. Abanyamategeko ba Musk bavuze ko biteguye kuburanira muri Kamena 2025, ariko umucamanza yagaragaje ko byashobora gutinda kugeza muri Kamena 2026 cyangwa 2027.

    Source : https://kasukumedia.com/elon-musk-yavuze-ko-azahura-ningaruka-zitazigera-zishira-niba-openai-itahagaritswe-umucamanza-wa-leta-ushinzwe-urubanza-rwe-yavuze-ko-ibyo-ari-ugukabya/