Blog

  • Bakize ku mubiri no ku mutima! Abaherwe 10 ba… – #rwanda #RwOT

    Nubwo ibihugu n'imiryango mpuzamahanga bikora uko bishoboye ngo bikemure ibibazo byugarije isi, ubushobozi bw'abaherwe n’inkunga batanga umunsi ku wundi bigira uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bwa benshi.

    Raporo nshya y'ikinyamakuru Forbes igaragaza ko abagiraneza 25 ba mbere muri Amerika bamaze gutanga inkunga igera kuri miliyari 241 z'amadoral, amafaranga bigaragara ko yazamutseho miliyari 30 ugereranyije n'umwaka ushize wa 2024. 

    Aba baherwe bose hamwe bafite umutungo wose ubarirwa muri tiliyari 1.6 z'amadorali, naho ayo bamaze gutanga angana na 15% by'ubutunzi bwabo bwose.

    Warren Buffett ni we uyoboye uru rutonde, aho amaze gutanga miliyari 67.3 z'amadorali, bingana na 30% by'ubukungu bwe. Kuva mu mwaka wa 2006, yagiye agenera miliyari nyinshi ikigega Gates Foundation ndetse n'imiryango itandukanye. 

    Bill Gates na Melinda French Gates nabo ni bamwe mu bamaze gutanga inkunga nyinshi, aho bamaze gutanga miliyari 52.9$, bingana na 26% by'ubukungu bwabo. George Soros we yatanze miliyari 25$, bingana na 76% by'ubukire bwe, bivuze ko hafi umutungo we wose yawufashishije abandi. 

    Michael Bloomberg, ufite umutungo wa miliyari 104.7$, amaze gutanga miliyari 24.8$, naho MacKenzie Scott, wahoze ari umugore wa Jeff Bezos, amaze gutanga miliyari 21.85$, bingana na 36% by'ubutunzi bwe.

    Marilyn Simons n'umuryango we bamaze gutanga miliyari 12.8$, naho Mark Zuckerberg n'umugore we Priscilla Chan batanze miliyari 5.7$. 

    Steve Ballmer n'umugore we Connie bamaze gutanga miliyari 6.23$, naho Jeff Bezos, umukire wa mbere kuri uru rutonde, yatanze miliyari 4.7$. Phil Knight, washinze uruganda rw'imyenda n'inkweto bya siporo, we amaze gutanga miliyari 4.3 z’Amadolari.

    Uru rutonde rugaragaza ko aba baherwe badashishikajwe gusa no gukomeza kwagura ubutunzi bwabo, ahubwo banashyira imbere inyungu rusange, bagatanga inkunga zifasha abatishoboye, zifashishwa mu guteza imbere uburezi, ubuvuzi n'ibindi bikorwa bifitiye Isi akamaro.

    Urutonde rw'abaherwe 10 bo muri Amerika bamaze gutanga inkunga nyinshi mu 2025:

    Rank

    Name

    Lifetime giving

    Giving as percent of net worth

    Net worth

    1.

    Warren Buffett & family

    $67.3 billion

    30%

    $146.7 billion

    2.

    Bill Gates & Melinda French Gates

    $52.9 billion

    26%

    $108.6 billion, $30.3 billion

    3.

    George Soros

    $25 billion

    76%

    $7.2 billion

    4.

    Micheal Bloomberg

    $24.8 billion

    17%

    $104.7 billion

    5.

    MacKenzie Scott

    $21.85 billion

    36%

    $33.6 billion

    6.

    Marilyn Simons & family

    $12.8 billion

    23%

    $31 billion

    7.

    Mark Zuckerberg & Priscilla Chan

    $5.7 billion

    2.1%

    $232.8 billion

    8.

    Steve & Connie Ballmer

    $6.23 billion

    2.7%

    $130.1 billion

    9.

    Jeff Bezos

    $4.7 billion

    1.6%

    $251 billion

    10.

    Phil & Penny Knight

    $4.3 billion

    10%

    $34.1 billion



    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151944/bakize-ku-mubiri-no-ku-mutima-abaherwe-10-bamaze-gutanga-inkunga-nyinshi-mu-2025-151944.html

  • Lesotho mu nzira zo gukorera Afurika y’epfo ibyo M23 ikorera Congo #Rwanda #RwoT

    Umu depute wa Lesotho, yerekeje muri Amerika mu muryango w’ abibumbye aho yagiye gusaba ko Icyo gihugu cyasubizwa ubutaka cy’ambuwe na Afurika Y’ epfo mu gihe hakatwaga imipaka y’ ibihugu byo kuri uyu mugabane, mu gihe cy’ubukoroni

    Inkuru irambuye :

    https://altnews.ea.rw/video.php?vid_id=625674

  • Ambasade y'u Rwanda muri Afurika y'Epfo yamaganye Kayumba Nyamwasa uherutse kwiyambika uruhu rw'intama – #rwanda #RwOT

    Ni impungenge iyi Ambasade yagaragaje ku wa 06 Gashyantare 2025, ibinyujije kuri X.

    Ni mu butumwa bwasubizaga ubw'Ikinyamakuru cyo muri Afurika y'Epfo cyitwa Newzroom Afrika, giherutse guha Kayumba umwanya agatanga icyo bise 'ukuri' kwe ku bijyanye n'umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

    Byaturutse ku mwuka mubi wazamutse hagati y'u Rwanda na Afurika y'Epfo, bitewe n'amagambo ya Perezida Cyril Ramaphosa, wavuze ko Ingabo z'u Rwanda (RDF) ari 'inyeshyamba', ndetse agahakana byinshi mu byo yaganiriye na Perezida Kagame ku kibazo cy'intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ni ibiganiro byabaye bijyanye n'uko Afurika y'Epfo ifite ingabo ziri kurwanira ihuriro ry'ingabo za RDC, mu guhangana na M23, ndetse abasirikare b'ubutegetsi bw'i Pretoria baherutse kugwa muri iyo mirwano.

    Newzroom Afrika yahise yihutira guhamagara Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, asobanura uruhare rw'Ingabo za Afurika y'Epfo mu ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC, hafi y'umupaka w'u Rwanda ariko mu gihe gito icyo kiganiro kirasibwa, ahubwo bashyiraho icyo bagiranye na Kanyumba Nyamwasa aharabika ubuyobozi bw'u Rwanda.

    Mu kiganiro cy'iminota 33 n'amasegonda 30, Kayumba Nyamwasa yariniguye avuga ibiri ku mutima we byose bihindanya isura y'u Rwanda, bigera n'aho aha ishingiro FDLR yasize ikoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ari na ko atesha agaciro M23 iri kurwanira uburenganzira bwayo n'ubw'Abanye-Congo bahora bicwa bigizwemo uruhare na Leta ya Kinshasa.

    Ambasade y'u Rwanda muri Afurika y'Epfo yibukije ko uyu Kayumba wigira umwere, yagiye agira uruhare mu bikorwa bitandukanye bigamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda, yifashishije 'umutwe wa politiki' wa RNC n'umutwe w'inyeshyamba wa P5 ayobora.

    Mu itangazo yakomeje iti 'Kuva mu 2012, RNC ya Kayumba n'ihuriro rya P5 ayobora, byakunze kwinjiza inyeshyamba ndetse bakaziha amahugurwa bafite ibirindiro mu Burasirazuba bwa RDC. Mu gihe hari hagamijwe gukuraho ubuyobozi bw'u Rwanda nubwo Kayumba n'abambari be batabigezeho, uyu mutwe w'inyeshyamba we wifatanyije n'indi, byakunze kugira uruhare mu bikorwa by'iterabwoba no kugirira nabi Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi, batewe inkunga na Guverinoma ya Kinshasa.'

    Ambasade y'u Rwanda muri Afurika y'Epfo kandi yatangaje ko gutera inkunga no gufatanya n'abajenosideri ba FDLR bikozwe na Kayumba bitari bishya, kuko byakomeje kugira ingaruka ku baturage, abatishwe bakaba impunzi mu bihugu bitandukanye byo mu Karere RDC iherereyemo.

    Iti 'U Rwanda ruragira inama itangazamakuru kugira amakenga no kwitonda, hirindwa ko ryaha umwanya imitwe yitwaje intwaro ihora igambiriye guhungabanya amahoro n'umutekano by'akarere kacu.'

    Uretse Ambasade y'u Rwanda muri Afurika y'Epfo yagaragaje isura ya Kayumba wiyambitse uruhu rw'intama aka cya kirura, Ku wa 02 Gashyantare 2025 na Yolande Makolo abinyujije kuri X yagaragaje ukuri kuri uyu mugabo.

    Makolo yatangaje ko gusiba ibyo yavuze ku Ngabo za Afurika y'Epfo, bagaha urubuga uyu mugabo wakatiwe n'Urukiko rwa Gisirikare adahari igihano cy'igifungo cy'imyaka 24, ari uguhamya umugambi mubisha wa Afurika y'Epfo.

    Kayumba Nyamwasa yahamijwe ibyaha n'Urukiko rwa Gisirikare adahari ku wa 14 Mutarama 2011.

    Ibyaha yakoze birimo gushinga umutwe w'iterabwoba, kugerageza guhungabanya umutekano w'igihugu, kutubahiriza amategeko n'ibindi.

    Ni ibyaha yakoze nyuma y'uko mu 2010 hagabwe ibitero bya grenade mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye byahitanye ubuzima bwa benshi.

    Raporo zitandukanye mu myaka ishize zagaragaje ko Kayumba Nyamwasa yari yaratangiye kwegeranya abarwanyi mu Burasirazuba bwa RDC, mu mugambi wo kuzatera u Rwanda.

    Kayumba Nyamwasa aherutse guhabwa urubuga n’itangazamakuru rya Afurika y’Epfo maze si uguhindanya isura y’u Rwanda, avuna umuheha yongezwa undi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ambasade-y-u-rwanda-muri-afurika-y-epfo-yagaragaje-ububi-bwa-kayumba-nyamwasa

  • Bitunguranye Bizimana Djihad yatandukanye n’… – #rwanda #RwOT

    Uyu mukinnyi ni we wabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Gashyantare 2025. 

    Yavuze ko azakumbura buri umwe wo muri iyi kipe, abashimira ku bw’ubafasha bwabo n’ibihe byiza bitazibagirana ndetse anifuriza FC Kryvbas Kryvyi Rih gukomeza kugera ku ntsinzi.

    Bizimana Djihad atandukanye n’iyi kipe mu buryo butunguranye dore ko kuva yayigeramo mu mpeshyi ya 2023 yari mu bakinnyi bayifatiye runini ndetse yagiye anegukana ibihembo by’umukinnyi mwiza w’ukwezi mu bihe bitandukanye.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 26 ukina mu kibuga hagati yazamukiye muri Etincelles FC yakinnyemo kugeza mu 2014 mbere yo kujya muri Rayon Sports yamazemo umwaka umwe, ahita ajya muri APR FC yakiniye imyaka itatu mbere yo kujya i Burayi.

    I Burayi Bizimana yakiniye amakipe yo mu Bubiligi arimo Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri KMSK Deinze yamazemo imyaka ibiri.

    Asize FC Kryvbas Kryvyi Rih  iri ku mwanya wa 4 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 31 aho irushwa na Dynamo Kyiv iri ku mwanya wa mbere amanota 12 mbere y’uko batangira gukina imikino yo kwishyura.

    Bizimana Djihad yatandukanye na FC Kryvbas Kryvyi nyuma y’umwaka umwe n’igice ayigezemo

    Bizimana Djihad yatangaje ko yatandukanye na FC Kryvbas Kryvyi 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151956/bitunguranye-bizimana-djihad-yatandukanye-nikipe-yo-muri-ukraine-yakiniraga-151956.html

  • Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane nibwo hamenyekanye amakuru yo guhidura amakipe ku bakinnyi b'Abanyarwanda bahinduye amakipe bakiniraga.

    Ku isonga Kapiteni w'Amavubi, Bizimana Djihad yatandukanye na Kyrvbas FC nu kiciro cya mbere muri Ukraine yerekeza muri Al Ahly Tripoli yo muri Libya.

    Ibyo gutandukana na Kryvbas, Djihad yabihamije anyuze kuri Instagram ye aho yagize ati'Nzabakumbura mwese.'

    Ati 'Ndabashimira cyane ubufasha bwanyu n'ibihe byiza twagiranye. Mbifurije gukomeza gutsinda … byari iby'agaciro gakomeye gukorana namwe, Murakoze cyane.'

    Djihad atandukanye n'iyi kipe yagezemo mu mpeshyi za 2023 aho yageze avuye mu ikipe ya Koninklijke Maatschappij Sportkring Deinze (KMSK Deinze) yo mu Bubiligi.

    Nyuma y'igihe kitari kinini nibwo ikipe ga Al Ahly Tripoli yo mu gihugu cya Libya ihise itangaza ko Bizima w'imyaka 28 ari umukinnyi wayo.

    Akaba asanze muri iyi kipe kandi undi mu nyarwanda, Manzi Thierry basanzwe bakinana mu ikipe y'igihuhu Amavubi.

    Aba bakinnyi kandi bakaba bazatozwa na Didier Gomes Darosa wigeze gutoza muri Rayon Sport ubwo Djihad yayikiniraga.

    Undi mukinnyi nawe umaze gutangazwa nk'umukinnyi mushya w'umunyarwanda ni Rafael York wari uherutse gutandukana na Gefle IF you muri Suwede.

    Rafael York we yatangajwe n'ikipe ya ZED FC yo mu kiciro cya mbere mu gihugu cya Misiri.

    Iyi kipe ikaba iri ku mwanya wa 11 n'amanota 14 aho imaze gukina imikino 11 muri shampiyona y'ikiciro cya mbere mu gihugu cya Misiri.

    The post Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bizimana-djihad-yavuye-mu-ikipe-ya-kryvbas-yo-muri-ukraine-ajya-muri-al-ahly-yo-muri-libya-rafael-york-we-yerekeje-muri-zed-fc-yo-mu-misiri/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bizimana-djihad-yavuye-mu-ikipe-ya-kryvbas-yo-muri-ukraine-ajya-muri-al-ahly-yo-muri-libya-rafael-york-we-yerekeje-muri-zed-fc-yo-mu-misiri

  • Ubalijoro Eugene yagizwe Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Banki ya Kigali – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 5 Gashyantare 2025, Banki ya Kigali yashimiye imiyoborere ya Reynolds n'ibyo yakoze byagize uruhare rukomeye mu mikorere n'iterambere ryayo mu myaka yashize.

    Ubalijoro yashyizwe muri uyu mwanya n'icyemezo cy'Inama y'Ubutegetsi ya BK Group Plc, ibarizwamo Banki ya Kigali Plc. Uyu mugabo kandi yari asanzwe mu Nama y'Ubutegetsi ya Banki ya Kigali

    Ubalijoro afite uburambe bw'imyaka irenga 30 mu bijyanye n'inganda z'ibinyobwa aho yabaye umuyobozi mu bijyanye n'ubucuruzi muri Afurika, Uburasirazuba bwo Hagati, Amerika n'u Burayi.

    Yamaze igihe kinini mu buyobozi bw'uruganda rwa Heineken, aho yabaye mu nama z'ubutegetsi z'ibigo by'ubucuruzi bitandukanye mu bihugu nka Sierra Leone, Panama, Bahamas, St. Lucia, Costa Rica, Jamaica na Suriname.

    Mu 2020 muri Kanama, Ubalijoro yagiye gukora mu ruganda rw'ibinyobya rwa Molson Coors Bevarage muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Chicago, aba Visi Perezida ushinzwe Akarere ko Hagati wari ufite icyicaro muri Leta ya Texas.

    Ubalijoro yanabaye Umuyobozi w'Inama y'ubutegetsi muri Revolver Brewery ishami rya Molson Coors Bevarage riherereye i Granbury muri Texas.

    Kuva ku wa 1 Mata 2024, Ubalijoro yagiye mu myanya y'inzego zitari nshingwabikorwa ndetse no mu bikorwa bya siporo mu Rwanda no mu Bufaransa.

    Ubalijoro afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n'ubucuruzi yakuye muri kaminuza ya Georgetown iri i Washington D.C mu 1986, afite kandi impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n'ubucuruzi yakuye muri Canada muri Kaminuza ya Sherbrooke mu 1989.

    Eugene Ubalijoro yagizwe Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Banki ya Kigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubalijoro-eugene-yagizwe-umuyobozi-w-inama-y-ubutegetsi-ya-banki-ya-kigali

  • Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n'Intumwa ya Loni ku birimo ibitero biherutse kugabwa i Rubavu – #rwanda #RwOT

    Ni amakuru yashyizwe hanze na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga kuri uyu 06 Gashyantare 2025, ibinyujije kuri X.

    Iyi Minisiteri kandi yavuze ko bombi baganiriye ku bisubizo birambye byafasha mu kugarura amahoro mu Karere k'Ibiyaga Bigari.

    Ibitero byibasiye Akarere ka Rubavu byagabwe ku wa 27 Mutarama 2025 ubwo umutwe wa M23 wigaruriraga Umujyi wa Goma, Ihuriro ry'ingabo za RDC rihitamo kurasa ku butaka bw'u Rwanda, ibyo bisasu bihitana abantu 16 abandi babarirwa mu magana barakomereka.

    Minisitiri Nduhungire kandi ku wa 05 Gashyantare 2024 yagiranye ikiganiro kuri telefoni na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wungirije w'u Burusiya ushinzwe Uburasirazuba bwo Hagati na Afurika, Bogdanov Mikhail Leonidovich.

    Ni ikiganiro cyagarutse ku kibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC no ku gushimangira ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Olivier Nduhungirehe (iburyo) yakiriye Intumwa Yihariye y'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye mu Karere k'Ibiyaga Bigari, Huang Xia baganira ku birimo n’umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-nduhungirehe-yaganiriye-n-intumwa-ya-loni-ku-birimo-n-ibitero

  • I&M Bank yerekanye amahirwe ya 'Kataza', arimo guhabwa miliyoni 130 Frw nta ngwate – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 05 Gashyantare 2025, aho I&M Bank Rwanda Plc.

    'Kataza' ifasha abagore n'urubyiruko bafite imishinga mito n'iciriritse, bagahabwa inguzanyo igera kuri miliyoni 130 Frw nta ngwate, ikishyurwa ku nyungu ya 9%.

    Ni mu gihe inguzanyo zisanzwe zitangirwa ku nyungu iri hagati 17% na 19% ariko I&M Bank Rwanda Plc ikavuga ko ishaka guteza imbere urwego rw'ababyaza umusaruro impu rugashorwamo imari ifatika.

    Iyi nguzanyo ya Kataza itangwa na I&M Bank Rwanda Plc ku bufatanye na Mastercard Foundation na Banki y'Amajyambere y'u Rwanda (BRD).

    Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank (Rwanda) Plc, Benjamin Mutimura, yavuze ko iyi nguzanyo igamije guteza imbere ubucuruzi bukorera imbere mu gihugu ndetse buhanga imirimo mishya, bugahabwa inguzanyo byihuse.

    Yagize ati 'Ni imishinga yunguka mukava mu cyiciro kimwe mukajya mu kindi. Dukeneye abantu bafite ubushake bwo gukora nta manyanga arimo, niba mutwemereye icyo kintu mukazana imishinga myiza na twe nka I&M Bank turabizeza ko tuzabaha ibikenewe byose kugira ngo mutere imbere.'

    Umuyobozi wa Porogaramu ishinzwe gutera inkunga imishinga mito n'iciriritse muri MasterCard Foundation, Livingstone Nkusi, yavuze ko abantu bajyaga bahura n'imbogamizi zo kutagira igishoro, agahamya ko iyi nguzanyo izaba igisubizo.

    Ati 'Bagabanyije inyungu yabo kugira ngo nibura biriya bibazo byose munyuramo mushaka inguzanyo, gushaka ingwate, n'ibindi bikemurwe, baravuga bati 'reka tugabanye inyungu kugira ngo namwe mwiteze imbere.''

    Umuyobozi w'Ishami ry'Abacuruzi bato muri I&M Bank Rwanda, Abijuru Christian, yasobanuye ko uyu mushinga wibanda ku bari mu buhinzi, amahoteli n'ubukerarugendo harimo ubushingiye ku madini no ku mikino, n'abahanga udushya.

    Abo barimo nk'abahanzi, abakora ubugeni n'ibindi, Abijuru akavuga ko ari ho hakunda kugaragara ikibazo cyo kubura ubushobozi bw'amafaranga, bakagira n'ubumenyi buke mu byo bakora.

    Yasobanuye ko muri uru rugendo, 'African Management Institute' izajya ifasha guhugura ndetse no kunoza imishinga y'abashaka inguzanyo.

    Inguzanyo ya 'Kataza' itangwa ku mishinga isanzwe ikora kugira ngo bayongerere igishoro izamuke ari na ko itanga akazi ku bandi.

    Umuyobozi w'Ihuriro ry'abakora ibikomoka ku mpu, Kamayirese Jean d'Amour, yavuze ko ubucuruzi bw'ibikomoka ku mpu butari busanzwe bukorana n'ibigo bikomeye kuko bisaba ingwate abagize ihuriro badafite.

    Ati “Ba bandi bafite inganda ziciriritse, baburaga ahantu bakura amafaranga, yajyaga kwaka amafaranga bakamwaka ingwate, kandi abakora ibikomoka ku mpu abenshi nta bushobozi bafite, babaka ingwate bakabura aho bayikura.'

    Kamayirese yavuze ko umushinga wa I&M Bank ugiye kubafasha kubona inguzanyo nta ngwate kandi ku nyungu nto, arakomeza ati 'urumva ko uwari ufite aho badodera inkweto hagiciriritse agiye kongeramo ubushobozi kugira ngo azamuke, yifashe afashe n'urubyiruko ruba rushaka akazi.'

    Kataza yatangijwe na I&M Bank muri Nzeri 2024 aho iyi Banki yiyemeje ko mu myaka itatu izaba yarafashije imishinga mito n'iciriritse 500 na yo ihange imirimo irenga ibihumbi 15.

    Abagenerwabikorwa ba ‘Kataza’ babajije ibibazo bitandukanye bijyanye n’uko inguzanyo itangwa

    Abakora ibikomoka ku mpu bagaragaje ko bishimiye umushinga wa ‘Kataza’ ushobora kubaha inguzanyo nta ngwate

    Umuyobozi w'Ishami ry'Abacuruzi bato muri I&M Bank Rwanda, Abijuru Christian, yasobanuye ko ‘Kataza’ yibanda ku bari mu buhinzi, amahoteli n'ubukerarugendo n’indi mishinga

    Abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu bijejwe ubufasha bwo kubona inguzanyo nta ngwate

    Umuyobozi w'Ihuriro ry'abakora ibikomoka ku mpu, Kamayirese Jean d'Amour aganiriza abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu

    Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank (Rwanda) Plc, Benjamin Mutimura mu bitabiriye igikorwa cyo gusobanurira abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu, ibyiza bya ‘Kataza’

    Umuyobozi wa Porogaramu ishinzwe gutera inkunga imishinga mito n'iciriritse muri MasterCard Foundation, Livingstone Nkusi, yagaragaje abakora ibicuruzwa bitandukanye mu mpu ko batazongera kugira impungenge ku bibazo by’ingwate

    Amafoto: Shumbusho Djasiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/i-m-bank-yerekanye-amahirwe-ya-kataza-arimo-guhabwa-miliyoni-130-frw-nta-ngwate

  • U Rwanda mu bihugu birenga 90 byitabiriye Imurikagurisha ry'imboga n'imbuto mu Budage – #rwanda #RwOT

    Iri murikagurisha rizamara iminsi itatu kugeza ku wa 07 Gashyantare 2025, u Rwanda rukunze kuryitabira cyane kuko rwatangiye kurigaragaramo mu 2012.

    Kuri iyi nshuro Abanyarwanda bari kumurika ibirimo avoka, urusenda, imiteja, amatunda ya maracuja n'ibindi.

    Ambasaderi w'u Rwanda mu Budage, Igor César, yashimiye cyane ibigo bigera 16 byaturutse mu Rwanda bije kumurika imbuto n'imboga mu Budage

    Ati 'Nubwo u Rwanda rudakora ku nyanja, rwishakamo imbaraga n'ubumenyi buhagije mu kugera ku masoko mpuzamahanga arimo 'Fruit Logistica' ribera i Berlin mu Budage.'

    Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w'Ishami ryo guteza imbere amasoko no guhanga udushya muri NAEB, Janet Basiima yavuze ko bishimiye kongera kwitabira iri murikagurisha kuko ari rimwe mu manini akomeye bavanamo amasoko na cyane ko bahahurira n'abandi baguzi benshi.

    Ati 'Tukaganira mu kwagura ubumenyi no guhanahana amakuru. Uyu mwaka iri murikagurisha ryitabiriwe n'ibihugu 91, harimo abaje kumurika bagera ku bihumbi 195. Harimo abaza kwerekana ibyo bahinga mu bihugu byabo, n'abaguzi baba baturutse hirya no hino ku Isi. Tunahura n'abandi batubanjirije, tukabigiraho ubumenyi butandukanye, haba mu gutwara imboga n'imbuto mu buryo bw'umwuga n'ibindi.'

    Uyu muyobozi yavuze ko bagize amahirwe akomeye kuko ibicururuzwa by'u Rwanda bitwarwa na RwandAir mu bihugu bitandukanye byo mu Burayi n'ahandi.

    Bijyanye n'uko imboga n'imbuto bisaba gutwarwa mu buryo bwihariye hirindwa ko byakwangirika mu buryo bworoshye, Basiima yavuze ko RwandAir ibafasha, ibicuruzwa bikagera aho byoherejwe neza.

    Ati 'Mu minsi ishize twagerageje no gucisha avoka mu nzira yo mu mazi zijyanwe i Dubai, nkeka ko ubwo byakunze kuri avoka bizanakunda no ku zindi mboga n'imbuto, na byo bikajya binyura mu mazi.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ishyirahamwe ry'Ibigo byohereza mu mahanga imboga n'imbuto, HEAR, Rukundo Robert yavuze iri murikagurisha ryabafashije kuganira na bagenzi babo bakorera hirya no hino ku Isi, muri gahunda yo kwagura amasoko basanganywe, ashimira ubuyobozi bw'Igihugu bubafasha kugeza ibyo bakora mu mahanga.

    Ati 'Kuza hano kandi bidufasha kwipima ngo tumenye aho tuvuye n'aho tugana muri aka kazi kacu, mu rwego rwo kongera umusaruro twohereza mu mahanga.'

    Angel Rugema Uwantege uhagarariye ikigo cyitwa BAHAGE Foods, unasanzwe yitabira iri murikagurisha, na we yagize ati 'Ni byiza ko twitabiriye kuri iyi nshuro kuko buri mwaka uba ufite umwihariko. Haba hari ibishya twunguka, navuga nk'ibijyanye n'ikoranabuhanga ry'imicururize ritandukanye, uburyo bugezweho bwo guhinga n'ibijyanye n'imihindagurikire y'ikirere.'

    U Rwanda rwohereza imboga n'imbuto mu bihugu bitandukanye, icyakora ibiza imbere ni u Bufaransa, u Bwongereza, u Buhorandi na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu.

    Mu 2024 u Rwanda rwohereje mu mahanga imboga n'imbuto zingana na toni, 97.165 zarwinjirije 75,122,956$ (arenga miliyari 104,5 Frw) bingana na 8,95% by'ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi byose.

    U Rwanda rukomeje kongera ibyoherezwa mahanga bikomoka ku buhinzi ari na ko rukuramo amafaranga, aho imibare ya Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi igaragaza ko mu 2023/2024 rwinjije arenga miliyoni 839,2$ (arenga miliyari 1.162 Frw) abikomotseho.

    Ibihingwa byoherezwa mu mahanga byiganjemo ikawa yinjirije u Rwanda miliyoni 78,71$, mu gihe icyayi cyinjije arenga miliyoni 114,88$ mu 2023/2024.

    Uretse icyiciro cy'imboga n'imbuto kiri kuzamuka ku rwego rwo hejuru cyahaye u Rwanda arenga miliyoni 75,12$, ibikomoka ku buhinzi byongerewe agaciro n'ibikomoka ku matungo byinjije miliyoni 56,243$ na ho ibireti byinjiza miliyoni 8$.

    Imibare ya NAEB igaragaza ko mu myaka itanu ishize, ni ukuvuga kuva mu 2020-2024, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibilo 261.636.526 by'imboga, imbuto n'indabyo.

    Muri ibyo harimo ibilo 170.842.040 by'imboga, ibilo 86.459.793 by'imbuto n'ibilo 4.334.692 by'indabyo.

    Byinjirije u Rwanda 233.632.762$ (arenga miliyari 317 Frw), zirimo miliyoni 128,5$ z'imboga, miliyoni 79,5$ z'imbuto na miliyoni zirenga 25,4$ z'indabyo.

    Umuyobozi w'Ishami ryo guteza imbere amasoko no guhanga udushya muri NAEB, Janet Basiima (iburyo) aganira na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor César

    Umunyamakuru wa IGIHE aganira n’abaje kumurika imboga n’imbuto biturutse mu Rwanda

    Avoka zituruka mu Rwanda ziri gukundwa ku isoko mpuzamahanga

    Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor César yasobanuriwe imboga n’imbuto u Rwanda rwamuritse

    Umuyobozi w'Ishami ryo guteza imbere amasoko no guhanga udushya muri NAEB, Janet Basiima aganira n’abitabiriye iri murikagurisha

    Ibigo biturutse mu Rwanda byagize umwanya wo gusobanura ibyo biri kumurika

    Byari ibyishimo ku Banyarwanda bagiye kumurika ibyo bahinga mu Budage

    Uyu ni umwanya mwiza wo gushaka amasoko ku bigo bituruka mu Rwanda

    Aho ibigo by’u Rwanda bimurikira imboga n’imbuto hari abantu batandukanye bifuza kumenya ibihingirwa mu Rwanda

    Imiteja, urusenda na avoka ni bimwe mu byo u Rwanda rwamuritse

    Inanasi ziri mu byamuritswe n’u Rwanda

    Avoka zituruka mu Rwanda zirakunzwe ku isoko mpuzamahanga

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-mu-bihugu-birenga-90-byitabiriye-imurikagurisha-ry-imboga-n-imbuto-mu

  • Ese ubukungu bwu Rwanda ntibuzahungabanywa n… – #rwanda #RwOT

    Ku wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2020, Guverinoma y'u Rwanda na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ihagarariwe n'Ikigo cyayo gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID), basinye amasezerano y'inkunga ya Miliyoni 48.6 z'amadolari y'Amerika (angana na 67,845,600,000 Frw ni ukuvuga hafi Miliyari 68 z'amafaranga y'u Rwanda).

    Aya mafaranga ni igice cy'amasezerano y'imyaka itanu, aho USAID yiyemeje gutanga Miliyoni 643.8 z'amadolari y'Amerika, ni ukuvuga hafi Miliyari 900 z’amafaranga y’u Rwanda [898,744,800,000 Fw], kugira ngo ifashe u Rwanda mu bikorwa by'iterambere.

    Ayo masezerano yasinywe mu nyandiko yitwa Development Objective Grant Agreement (DOAG) akaba yarashyizweho umukono na Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana ndetse na Ms. Leslie Marbury, Umuyobozi wa USAID/Rwanda.

    Mu gihe aya masezerano yaganaga ku musozo, Donald Trump yatangaje umushinga wo guhagarika inkunga zatangwaga muri gahunda ya USAID akaba ari n'umushinga yari yatangiye mu mwaka wa 2017 ariko ntiwabasha kugerwaho.

    Nk'uko benshi bari bazi akamaro USAID ifite mu Rwanda, Minisitiri Murangwa Yusuf ubwo yasobanuriye Abadepite ko iki cyemezo cyo guhagarika USAID cyatekerejweho ndetse hakorwa ingengo y'imari idashingiye kuri izo nkunga kuko n'ubundi ziza zijya mu mishanga bityo zitashingirwaho mu gukora ingengo y'imari.

    Minisitiri yagize ati 'Icya mbere navuga ni uko nta amafaranga ya USAID anyura mu ngengo y'imari. Amafaranga ya USAID ni amafaranga y'imishinga USAID ikora mu buryo bw'ako kanya n'ibindi bigo byigenga cyangwa bitegamiye kuri leta.

    Ubu nibwo byatangajwe ko USAID ibaye ihagaritswe amezi atatu ariko nyuma y'amezi atatu bazongera batumenyeshe neza uko bazakorana n'ibihugu bitandukanye harimo n'u Rwanda. Navuga ko muri aya mezi atatu turi kubireba neza cyane ngo turebe icyuho byateza baramutse badakomeje.'

    Kuir uyu wa Gatatu kandi Minisitiri Murangwa Yusuf yabwiye abadepite ko ingengo y'imari y'umwaka wa 2024/2025 izava kuri Miliyari 5690,1 Frw, ikagera kuri Miliyari 5816,4 Frw, bivuze ko iziyongeraho Miliyari 126,3 Frw.

    Yashimangiye ko mu kuvugurura umushinga w'ingengo y'imari ya 2024/2025, hashingiwe ku ngamba zo gukomeza kuzahura ubukungu no kwita ku mibereho myiza y'Abanyarwanda.

    Ati 'Isaranganywa hagati y'ibikorwa n'imishinga ryakozwe hagendewe ku ishyirwa mu bikorwa ry'ingengo y'imari mu mezi atandatu abanza n'ibizakenerwa mu gice cya kabiri cy'ingengo y'imari kugeza mu mpera za Kamena 2024/2025.'

    Kugeza aka kanya, ingengo y'imari yateganyijwe ya 2024/2025 yashyizwe mu bikorwa ku rugero rwa 65%.


    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yasobanuye ko mu ngengo y’imari ikorwa buri mwaka hatagenderwa ku mfashanyo za USAID

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151942/ese-ubukungu-bwu-rwanda-ntibuzahungabanywa-nihagarikwa-rya-usaid-151942.html