Ibirori byo kumurika umuco (Intercultural Day) ku nshuro ya kane byabaye ku wa 21 Gashyantare 2025, muri INES-Ruhengeri, abanyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye, bamuritse imbyino, ibyo kurya no kunywa, imyambaro n'imyambarire n'amateka bihariyeho.
Umunyeshuri uhagarariye Abanyarwanda biga muri INES-Ruhengeri, Cyuzuzo Fidele, yavuze ko uyu munsi ubafasha mu guhuza n'abandi kuko baba berekana umuco w'u Rwanda ariko bakamenya n'uw'abandi, anavuga ko uyu munsi uba ari umwanya mwiza wo kugaragaza umwihariko w'u Rwanda.
Akram Hussein uturuka muri Sudani yavuze ko batiigishwa amasomo yo mu ishuri gusa, ahubwo inabafasha kubana nk'abavandimwe, bagakundana, bakanigishwa gusabana n'abandi.
Ati 'Iyo twerekanye umuco wacu kandi tukamenya n'uw'abandi, yaba uwa Gabon, uw'u Rwanda, cyangwa uwa Sudani y'Amajyepfo, nk'Abanyafurika turushaho kumenyana, tukiyemeza gufatanya muri byose. Ni iby'agaciro kanini kuri njye.'
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof. Charity Manyeruke, yashimiye ubuyobozi bwa INES-Ruhengeri kuba bwarateguye igikorwa nk'iki gituma umunyeshuri yisanga muri bagenzi be.
Ati 'Nishimiye imbyino zigaragagaza umuco w'u Rwanda nko gutega amaboko nk'inyambo, nishimye cyane kuko ndazikunda. Mukomeze mukure kandi mwizihize uyu munsi mukuru w'umuco wacu, ibyishimo byacu, ubumwe bwacu, n'imibereho myiza yacu'.'
Umuyobozi w'Ikirenga wa INES-Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana, yavuze ko ibyakozwe bigaragaza ko iyi kaminuza imaze kuba mpuzamahanga koko, avuga ko iyi gahunda igamije guha abanyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye ubwisanzure.
Ati 'Nyuma y'amasomo tubigisha, uyu uba ari umwanya mwiza wo kwidagadura no gusabana bishimangira ubumwe, kaminuza yacu usibye gutanga ubumenyi n'ubushobozi, ni no kubaka umuntu ariko tunubaka Afurika tuyiteza imbere.'
Ibi birori ngarukamwaka byashyizweho kugira ngo abanyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye barusheho kwiyumvanamo, no kuzamura ubumenyi bwabafasha mu guteza imbere ibihugu byabo, bashingiye ku mico bigiye ku bindi bihugu.
INES-Ruhengeri ifite abanyeshuri b'abanyamahanga baturuka mu bihugu by'Afurika birimo Gabon, Sudani y'Epfo, Sudani n'ibindi bihugu, bagera ku 1150.
![]()
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri INES-Ruhengeri bagaragaje umwihariko w’Intore z’u Rwanda
![]()
Itorero ry’abanyshuri b’Abanyarwanda bagaragaje imbyino ziranga Umuco Nyarwanda
![]()
Abo muri Sudani y’Epfo berekanye umuco wabo, dore ko ari na bo bihariye umubare munini w’abanyamahanga biga muri INES-Ruhengeri
![]()
Imbyino zakunzwe cyane n’abarimo Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda
![]()
Muri INES-Ruhengeri hamuritswe umuco w’ibihugu bitandukanye abiga muri iri shuri bakomokamo
![]()
Buri gihugu gihagarariwe muri INES Ruhengeri cyerekanye umwihariko wacyo mu bijyanye n’umuco
![]()
Abaturuka muri Repubulika ya Congo berekanye imbyino ziranga umuco w’igihugu cyabo
![]()
Abari b’u Rwanda baserutse mu mbyino zashimishije benshi
![]()
Abaturuka muri Tchad na bo berekanye ibiryo bikundwa cyane mu gihugu cyabo
![]()
Abo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagaragaje ibiryo biribwa cyane muri iki gihugu, birimo n’isambaza
![]()
Abo muri Sudani baserutse mu myambaro myiza iranga umuco wabo
![]()
Abanyeshuri baturuka muri Sudani ni uku bari baserutse
![]()
Abarundi na bo bagaragaje umuco w’igihugu cyabo
![]()
Abanyeshuri ba INES-Ruhengeri bitabiriye ibirori byo kumurika umuco w’ibihugu bitandukanye ari benshi
![]()
Ababyeyi b’Abanya-Sudani barerera muri INES-Ruhengeri bari baje gushyigikira abana babo
![]()
Abakaraza b’itororero ryahagaririye Abanyarwanda bashimishije cyane abari bitabiriye
![]()
Abanya-Tchad berekane imbyino ziranga umuco w’igihugu cyabo
![]()
Abanyeshuri baturuka mu Butaliyani bagaragaje inyandiko zaranze iki gihugu mu myaka ya kera cyane ko ari igihugu kizwiho ibijyanye no kubungabunga amateka n’ubugeni
![]()
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof Charity Manyeruke yavuze ko akunda inyambo cyane nka bimwe mu biranga Umuco w’u Rwanda
![]()
Umuyobozi w'Ikirenga wa INES-Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana, yavuze ko gahunda yo kumurika imico y’ibihugu bitandukanye abanyeshuri bakomokamo igamije kubaha ubwisanzure ari na ko bamenyana byisumbuye
Amafoto: Rusa Willy Prince