Blog

  • Muhanga: Urukiko rwanze ko Urayeneza Gerard aburanishirizwa ahakorewe icyaha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urayeneza Gerard
    Urayeneza Gerard

    Urayeneza Gerard na bagenzi be bakurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside, n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

    Ni urubanza rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, abaregwa bari muri gereza ya Muhanga, inteko iburanisha iri mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, kandi abakurikiranye urubanza bari benshi mu cyumba cy’iburanisha.

    Urubanza rwa Urayeneza Gerard na bagenzi be 10 rwatangiye kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa 30 Ukwakira 2020 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, aho abunganira abaregwa batangiye bagaragaza inzitizi zibangamiye abakiriya babo zikaza guteshwa agaciro n’urukiko nyuma yo gusanga nta shingiro zifite.

    Muri uru rubanza byagoranaga kumva abaregwa kubera ko amajwi yakoreshwaga yumvwaga gusa n’abacamanza kubera ko nta ndangururamajwi ryari mu rukiko, abakurikiye urubanza banyuzagamo bagasa n’abagaragaza ko batishimiye imiburanishirize, bahuma cyangwa bakavugira mu matamatama.

    Ibyo byabaye aho Urayeneza yasabaga kuba yaburanishirizwa ahakorewe icyaha kuko ari ho yabona abatangabuhamya bamushinjura ku byaha akurikiranyweho, maze urukiko rukabyanga rushingiye ko byaba binyuranije n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Urukiko rwasobanuye ko nibiba ngombwa kumva abo batangabuhamya bashinjura uregwa bazikorera ubucukumbuzi bigerera kuri abo bavugwa ko bafite andi makuru kuri Urayeneza.

    Urubanza rutangiye, abunganira Urayeneza Gerard bagaragarije urukiko ko umukiriya wabo ataburana ku cyaha cya Jenoside no kuba icyitso muri Jenoside kuko icyo cyaha atigeze agikora nk’uko ubushinjacyaha bubigaragaza.

    Abunganira Urayeneza Gerard bagaragaje ko icyo cyaha atagikurikiranwaho kuko mu ikusanyamakuru ry’Inkiko Gacaca muri 2005 yigeze kugikurikiranwaho ariko aza kuba umwere ntiyakorerwa dosiye.

    Urayeneza n’abamwunganira mu mategeko bagaragaje ko Jenoside yabaye Urayeneza atakiba i Gitwe kuko yari yarahavuye agahungira i Mbuye mu Karere ka Ruhango, kubera ko interahamwe zashakaga kumwica we n’umugore n’abana.

    Urukiko rwanzuye ko ibyo uregwa n’abamwunganira bavuga nta shingiro bifite, kuko nta hantu bigaragara ko Urayeneza yaburanye muri Gacaca ngo agirwe umwere cyangwa ahanwe kuri icyo cyaha, maze rwanzura ko urubanza ruburanwa mu mizi.

    Urukiko rwavuze ko ahubwo ibyo bisobanuro n’inyandiko bigaragaza ko Urayeneza atigeze akora Jenoside byakwifashishwa nk’ibimenyetso mu kwiregura, kuko atari imyanzuro y’urukiko ahubwo ari inyandiko z’amakuru kuri we.

    Urayeneza na bagenzi be bose baburana bahakana ibyaha baregwa ntibabashije kumvwa uko bakabaye, kuko urubanza rutangiye kuburanishwa mu mizi humviswe gusa ubwiregure bwa Urayeneza ku cyaha Jenoside no kuba icyisto.

    Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko ku cyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside Urayeneza yakoze, gishingiye ku kuba yaritabiraga inama zigamije gutegura no gukora Jenoside zaberaga mu Bitaro bya Gitwe.

    Bwanagaragaje kandi ko Urayeneza wayoboraga Ibitaro bya Gitwe, Kaminuza ya Gitwe n’ishuri rya ESAPAG, yatanze imodoka yatwaye abapasiteri 25 n’imiryango yabo 80 bakajya kwicirwa i Nyanza ahitwa Nyarutovu.

    Ibyo byanashimangiwe n’uwunganira abaregera indishyi muri uru rubanza aho yagaragaje ko Urayeneza, abana be, n’abazamu be bari batunze imbunda mu gihe cya Jenoside bakajya bazifashisha kuri bariyeri bica Abatutsi.

    Nyuma yo kumva ibyo ubushinjacyaha n’uhagarariye abaregera indishyi muri uru rubanza bagaragaza ku ruhare rwa Urayeneza mu kwica abapasiteri bari barahungiye i Gitwe no kwica Abatutsi ahitwa kuri Duwane, Urayeneza yahawe umwanya atangira kwisobanura akantu kamwe ku kandi.

    Urayeneza yatangarije urukiko ko ibivugwa n’abatangahubamya byose ari ibinyoma byambaye ubusa, kuko ngo ubwo abo bapasiteri bicwaga atari agituye i Gitwe ahubwo yabaga i Mbuye kandi ko Inkiko Gacaca zo muri ako gace zasuzumye amakuru ye zigasanga nta cyaha yakoze.

    Avuga ko ibijyanye no gutanga imodoka itwara abagiye kwicwa na byo nta ruhare yabigizemo kuko iyo modoka yatwawe ku ngufu n’abajandarume, naho ku kuba yaratwawe na murumuna we wo kwa se wabo bikitwa ko ari we wari uyimuhaye, yisobanura ko icyaha ari gatozi iyo modoka yashoboraga no guhabwa undi akayitwara kubera itegeko ry’abo bajandarume.

    Urayeneza asobanura ko atigeze atunga imbuda, yemwe ngo nta n’uwo mu muryango we wayitunze mu gihe cya Jenoside, ibyo akanabivuga ku bazamu b’ibitaro bivugwa ko na bo bari bafite imbunda bakoreshaga muri Jenoside bica Abatutsi.

    Urayeneza yasabye urukiko ko mu bushishozi bwarwo n’ubwitonzi rusanganywe, rwatesha agaciro ubuhamya bw’abamushinja kuko hari n’ubwari bwaratanzwe mu Nkiko Gacaca muri 2005, ubu bwanyuranyijwe n’ubutangwa bamurega.

    Nyuma y’amasaha arindwi urubanza rwamaze humvwa gusa Urayeneza yiregura ku cyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside, iburanisha ryasubitswe ryimurirwa ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2020, aho Urayeneza azaba yiregura ku cyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/muhanga-urukiko-rwanze-ko-urayeneza-gerard-aburanishirizwa-ahakorewe-icyaha

  • Tanzaniya: Perezida Magufuli yatsindiye manda ya kabiri n’amajwi 84% #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    BBC yavuze ko Magufuli yakurikiwe na Tundu Lissu wo mu ishyaka rya Chadema, wagize amajwi 13%.

    Perezida Magufuli w’imyaka 61, yari ahanganye n’abandi bakandida 14, mu matora yabaye ku wa gatatu w’iki cyumweru.

    Perezida Magufuli atsindiye kuyobora Tanzaniya kuri manda ya kabiri y’imyaka itanu ari nayo ya nyuma iteganywa n’Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu.

    Ishyaka rye Chama Cha Mapinduzi (CCM) ryari risanzwe riri ku butegetsi, ryanatsinze n’ubwiganze bw’amajwi mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ritsindira imyanya 227 ku myanya 229 yatangajwe.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/tanzaniya-perezida-magufuli-yatsindiye-manda-ya-kabiri-n-amajwi-84

  • Amakipe ya APR VC na UTB VC arahurira ku mikino ya nyuma ya shampiyona #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    APR VC ifite akazi gakomeye ko guhigika UTB Ku gikombe
    APR VC ifite akazi gakomeye ko guhigika UTB Ku gikombe

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukwakira 2020 muri Sitade nto i Remera hararabera imikino ya nyuma ndetse no guhatanira umwanya wa gatatu muri shampiyona ya Volleyball.

    Ikipe ya APR VC mu bagabo yabigezeho nyuma yo gutsinda imikino ibiri yayo yabaye kuri uyu wa Gatanu. Mu mukino w’umunsi wa kabiri, APR VC yatsinze REG VC amaseti atatu ku busa. 3-0 (25-22, 26-24, 25-21). Nyum y’uyu mukino, UTB VC yakurikiyeho mu mukino w’umunsi wa kabiri itsinda Gisagara VC amaseti atatu kuri imwe 3-1 (27-29, 25-19, 26-24, 25-16).

    Nyuma y’iyi mikino hakinwe imikino y’umunsi wa gatatu, APR VC yatsinze Gisagara VC amaseti atatu kuri abiri 3-2 (22-25, 25-20, 19-25, 25-23 na 15-12). UTB VC mu buryo bworoshye yatsinze REG VC amaseti atatu ku busa 3-0 (25-17, 25-21, 26-24).

    UTB VC irashaka kwihimura nyuma yo gutsindwa na APR mu mikino y
    UTB VC irashaka kwihimura nyuma yo gutsindwa na APR mu mikino y’ijonjora

    Uko imikino yose yagenze

    Abagabo

    - APR VC 3-0 REG VC

    - Gisagara VC 1-3 UTB VC

    - APR VC 3-2 Gisagara VC

    - UTB VC 3-0 REG VC

    Uko amakipe yakurikiranye

    1. APR VC amanota 8

    2. UTB VC amanota 5

    3. Gisagara VC amanota 4

    4. REG VC amanota 0

    Mu mwaka wayo wa kabiri, UTB VC y
    Mu mwaka wayo wa kabiri, UTB VC y’abagore irashaka kwisubiza shampiyona

    Abagore

    UTB VC 3-0 APR VC

    RRA VC 3-0 KVC

    Urutonde

    1. UTB VC amanota 9

    2. APR VC amanota 4

    3. RRA VC amanota 4

    4. KVC inota 1

    Gahunda yo kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020

    Abagore

    Umwanya wa Gatatu 09:00: RRA VC vs KVC

    Umukino wa nyuma 15:00-17:00: UTB VC vs APR VC

    Abagabo

    Umwanya wa Gatatu: 11:00-13:00: Gisagara VC vs REG VC

    Umukino wa nyuma : 18:00-20:00: APR VC vs UTB

    APR VC iracakirana na UTB VC ku mukino wa nyuma
    APR VC iracakirana na UTB VC ku mukino wa nyuma

    Ikipe yegukana igikombe cya shampiyona irahabwa 1,000,000 ikazahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika, iya kabiri irahabwa ibihumbi 800, naho iya gatatu ihabwe ibihumbi 500 mu mafaranga y’u Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/amakipe-ya-apr-vc-na-utb-vc-arahurira-ku-mikino-ya-nyuma-ya-shampiyona

  • Umuhungu wa Bushombe na Kankwanzi, Obama yavuze agashya yabakoreye #rwanda #RwOT

    Obama ukina ari umuhungu wa Bushombe na Kankwanzi mu Runana, avuga ko atazibagirwa umunsi bari bagiye gukina agace kagombaga gutwara iminota 15 bigatwara isaha irenga bitewe n’uko yavugaga ibintu bitandukanye n’ibyo yahawe(kurasa imbogo). Yarishimye amenye ko agiye gukina ari umwana wabo.

    Amazina yitwa Gihana Bruce, ubu afite imyaka 14. Ni bucura mu muryango w’abana 4 akaba yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye kuri Kigali Christian School.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko mu buzima busanzwe abantu bajya bibeshya ko ari umwana wa Bushombe na Kankwanzi, ndetse abenshi bakunda kumubaza amakuru yabo bazi ko ari bo babyeyi be.

    Ngo iyo abibajijwe kubisobanura biramugora cyane kuko ngo abantu bo baba bumva ari byo atari ikinamico.

    Yakomeje avuga ko ku munsi wa mbere ari nabwo yahise aba umwana wa Bushombe na Kankwanzi byamugoye ndetse yari afite ubwoba bwinshi.

    Ati'nari mfite ubwoba bwinshi, nta n’ubwo nari nziko aribo tugiye gukorana, numva ari ibintu by’ikinamico nta n’amafaranga arimo, ariko kuko bamazemo igihe bagenda bakumenyereza. Gusa narishimye menye ko ngiye gukina ari umwana wa Bushombe na Kankwanzi.”

    Bushombe na Kankwanzi ngo ni abantu beza bakunda kuganira kandi bagasetsa cyane ndetse bakagira abantu inama z’ubaka.

    Avuga ko ikintu yibuka cy’agashya yakoreye Bushombe na Kankwanzi bagitangira gukinana, ari ukurasa imbogo(kuvuga ibiterekeranye n’ibyo yahawe).

    Bwa mbere yinjira mu Runana akaba yari afite imyaka icumi, yajyanywe na Honorine ukina ari umukozi wa Shyaka na Muganga Devotha.

    Obama umuhungu wa Bushombe na Kankwanzi mu Runana

    Reba hano ikiganiro kirambuye na Obama wo mu runana

    Source : http://isimbi.rw/sinema/umuhungu-wa-bushombe-na-kankwanzi-obama-yavuze-agashya-yabakoreye

  • Muhanga: Urukiko rwanze ko Urayeneza Gerard aburanishirizwa ahakorewe icyaha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urayeneza Gerard
    Urayeneza Gerard

    Urayeneza Gerard na bagenzi be bakurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside, n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

    Ni urubanza rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, abaregwa bari muri gereza ya Muhanga, inteko iburanisha iri mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, kandi abakurikiranye urubanza bari benshi mu cyumba cy’iburanisha.

    Urubanza rwa Urayeneza Gerard na bagenzi be 10 rwatangiye kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa 30 Ukwakira 2020 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, aho abunganira abaregwa batangiye bagaragaza inzitizi zibangamiye abakiriya babo zikaza guteshwa agaciro n’urukiko nyuma yo gusanga nta shingiro zifite.

    Muri uru rubanza byagoranaga kumva abaregwa kubera ko amajwi yakoreshwaga yumvwaga gusa n’abacamanza kubera ko nta ndangururamajwi ryari mu rukiko, abakurikiye urubanza banyuzagamo bagasa n’abagaragaza ko batishimiye imiburanishirize, bahuma cyangwa bakavugira mu matamatama.

    Ibyo byabaye aho Urayeneza yasabaga kuba yaburanishirizwa ahakorewe icyaha kuko ari ho yabona abatangabuhamya bamushinjura ku byaha akurikiranyweho, maze urukiko rukabyanga rushingiye ko byaba binyuranije n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Urukiko rwasobanuye ko nibiba ngombwa kumva abo batangabuhamya bashinjura uregwa bazikorera ubucukumbuzi bigerera kuri abo bavugwa ko bafite andi makuru kuri Urayeneza.

    Urubanza rutangiye, abunganira Urayeneza Gerard bagaragarije urukiko ko umukiriya wabo ataburana ku cyaha cya Jenoside no kuba icyitso muri Jenoside kuko icyo cyaha atigeze agikora nk’uko ubushinjacyaha bubigaragaza.

    Abunganira Urayeneza Gerard bagaragaje ko icyo cyaha atagikurikiranwaho kuko mu ikusanyamakuru ry’Inkiko Gacaca muri 2005 yigeze kugikurikiranwaho ariko aza kuba umwere ntiyakorerwa dosiye.

    Urayeneza n’abamwunganira mu mategeko bagaragaje ko Jenoside yabaye Urayeneza atakiba i Gitwe kuko yari yarahavuye agahungira i Mbuye mu Karere ka Ruhango, kubera ko interahamwe zashakaga kumwica we n’umugore n’abana.

    Urukiko rwanzuye ko ibyo uregwa n’abamwunganira bavuga nta shingiro bifite, kuko nta hantu bigaragara ko Urayeneza yaburanye muri Gacaca ngo agirwe umwere cyangwa ahanwe kuri icyo cyaha, maze rwanzura ko urubanza ruburanwa mu mizi.

    Urukiko rwavuze ko ahubwo ibyo bisobanuro n’inyandiko bigaragaza ko Urayeneza atigeze akora Jenoside byakwifashishwa nk’ibimenyetso mu kwiregura, kuko atari imyanzuro y’urukiko ahubwo ari inyandiko z’amakuru kuri we.

    Urayeneza na bagenzi be bose baburana bahakana ibyaha baregwa ntibabashije kumvwa uko bakabaye, kuko urubanza rutangiye kuburanishwa mu mizi humviswe gusa ubwiregure bwa Urayeneza ku cyaha Jenoside no kuba icyisto.

    Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko ku cyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside Urayeneza yakoze, gishingiye ku kuba yaritabiraga inama zigamije gutegura no gukora Jenoside zaberaga mu Bitaro bya Gitwe.

    Bwanagaragaje kandi ko Urayeneza wayoboraga Ibitaro bya Gitwe, Kaminuza ya Gitwe n’ishuri rya ESAPAG, yatanze imodoka yatwaye abapasiteri 25 n’imiryango yabo 80 bakajya kwicirwa i Nyanza ahitwa Nyarutovu.

    Ibyo byanashimangiwe n’uwunganira abaregera indishyi muri uru rubanza aho yagaragaje ko Urayeneza, abana be, n’abazamu be bari batunze imbunda mu gihe cya Jenoside bakajya bazifashisha kuri bariyeri bica Abatutsi.

    Nyuma yo kumva ibyo ubushinjacyaha n’uhagarariye abaregera indishyi muri uru rubanza bagaragaza ku ruhare rwa Urayeneza mu kwica abapasiteri bari barahungiye i Gitwe no kwica Abatutsi ahitwa kuri Duwane, Urayeneza yahawe umwanya atangira kwisobanura akantu kamwe ku kandi.

    Urayeneza yatangarije urukiko ko ibivugwa n’abatangahubamya byose ari ibinyoma byambaye ubusa, kuko ngo ubwo abo bapasiteri bicwaga atari agituye i Gitwe ahubwo yabaga i Mbuye kandi ko Inkiko Gacaca zo muri ako gace zasuzumye amakuru ye zigasanga nta cyaha yakoze.

    Avuga ko ibijyanye no gutanga imodoka itwara abagiye kwicwa na byo nta ruhare yabigizemo kuko iyo modoka yatwawe ku ngufu n’abajandarume, naho ku kuba yaratwawe na murumuna we wo kwa se wabo bikitwa ko ari we wari uyimuhaye, yisobanura ko icyaha ari gatozi iyo modoka yashoboraga no guhabwa undi akayitwara kubera itegeko ry’abo bajandarume.

    Urayeneza asobanura ko atigeze atunga imbuda, yemwe ngo nta n’uwo mu muryango we wayitunze mu gihe cya Jenoside, ibyo akanabivuga ku bazamu b’ibitaro bivugwa ko na bo bari bafite imbunda bakoreshaga muri Jenoside bica Abatutsi.

    Urayeneza yasabye urukiko ko mu bushishozi bwarwo n’ubwitonzi rusanganywe, rwatesha agaciro ubuhamya bw’abamushinja kuko hari n’ubwari bwaratanzwe mu Nkiko Gacaca muri 2005, ubu bwanyuranyijwe n’ubutangwa bamurega.

    Nyuma y’amasaha arindwi urubanza rwamaze humvwa gusa Urayeneza yiregura ku cyaha cyo kuba icyitso muri Jenoside, iburanisha ryasubitswe ryimurirwa ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2020, aho Urayeneza azaba yiregura ku cyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/muhanga-urukiko-rwanze-ko-urayeneza-gerard-aburanishirizwa-ahakorewe-icyaha

  • Muri USA habonetse imibare ya mbere myinshi ku munsi yabanduye Covid_19 #rwanda #RwOT

    Amerika yagize abanduye Covid-19 bashya batari munsi ya 94,000 mu masaha 24 ashize, hagaragara ukwiyongera cyane gukabije muri leta zimwe na zimwe.

    Ubaye umunsi wa kabiri wikurikiranya iki gihugu gica umuhigo wari usanzweho ku munsi w'ubwandu bwinshi bushya.

    Ku wa kane, muri Amerika hatangajwe abarwayi bashya barenga 91,000 banduye Covid_19.

    Muri Amerika kandi hamaze gutangazwa abantu bose hamwe barenga miliyoni 9 banduye coronavirus, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza. Muri bo abarenga 229,000 imaze kubica.

    Amerika yagize ubwandu bwinshi bw' abanduye Coronavirus mu masaha 24 ashize

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/31/muri-usa-habonetse-imibare-ya-mbere-myinshi-ku-munsi-yabanduye-covid_19/

  • Tanzania: John Magufuli yatsindiye kuyobora manda ya kabiri #rwanda #RwOT

    Muri Tanzania Perezida John Magufuli yatorewe manda ya kabiri n'amajwi arenga 84%. Ibi byatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Ukwakira 2020.

    Uwamuguye mu ntege mu bo bahatanaga ni Tundu Lissu wagize amajwi 13%, nkuko byatangajwe n'akanama k'amatora.

    Ariko abatavuga rumwe n'ubutegetsi bari bamaze gutangaza ko batemera ibyavuye mu matora ya perezida yabaye ku wa gatatu, bavuga ko yabayemo uburiganya.

    Bwana Magufuli yatsindiye gutegeka Tanzania kuri manda ya kabiri — ari nayo ya nyuma iteganywa n'itegekonshinga — y'imyaka itanu, nyuma yo gutorwa na miliyoni 12,5 muri miliyoni 15,9 zatoye.

    Ishyaka rye 'Chama Cha Mapinduzi' (CCM) ryari risanzwe riri ku butegetsi, ryanatsinze n'ubwiganze bw'amajwi mu matora y'abagize inteko ishingamategeko, ritsindira imyanya 227 ku myanya 229 yatangajwe.

    Akanama k'amatora ka Tanzania kavuze ko hafi kimwe cya kabiri cy'abari biyandikishije ko bazatora batatoye.

    Ku wa kane, Tundu Lissu, ukomeye mu batavuga rumwe n'ubutegetsi, yavuze ko atazemera ibyavuye mu matora avuga ko aya 'atari amatora ugendeye ku mategeko ya Tanzania n'amategeko mpuzamahanga'.

    Yavuze ko udusanduku tw'amatora twakozwemo uburiganya. Bwana Lissu wari umukandida w'ishyaka CHADEMA, yanavuze ko indorererezi z'ishyaka rye zangiwe kwinjira mu biro by'amatora.

    Semistocles Kaijage ukuriye akanama k'amatora, yahakanye ibyo birego by'uburiganya. Yavuze ko ibirego by'impapuro mpimbano z'itora nta shingiro bifite.Nk' uko tubikesha BBC yanditse iyi nkuru.


    Perezida Magufuli w'imyaka 61, yari ahatanye n'abandi bakandida 14.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/31/tanzania-john-magufuli-yatsindiye-kuyobora-manda-ya-kabiri/

  • Rutsiro: Abakozi 7 bafunzwe bakekwaho kunyereza ibikoresho ku mashuri yubakwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bufite ibyumba biri mu kigero cya mbere 90 bigeze kuri 98% byubakwa, naho ibindi byumba 690 bigeze kuri 64%.

    Marie Chantal Musabyemariya, umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho y’abaturage, avuga ko ibikorwa byo kubaka ibyumba bikomeje kandi bimwe bizatangira kwigirwamo kuva tariki 2 Ugushyingo, ibindi bikigirwamo guhera tariki 23 Ugushyingo 2020.

    Agira ati “Dufite umuhate kugira ngo ibyumva byuzure kandi bizakorerwemo mu gihe abanyeshuri bazaba batangiye kuva tariki 2 Ugushyingo, ibindi bikoreshwe tariki 23 Ugushyingo”.

    Akomeza avuga ko gukurikirana ibyumba bijyana no guhana abagira uruhare mu kubidindiza, muri uku kwezi k’Ukwakira hakaba haratawe muri yombi abakozi 7 bazira kugira uburangare mu kubaka ibyumba by’amashuri mu gihe bamwe muri bo bakurikiranyweho kunyereza ibikoresho bikadindiza inyubako.

    Tariki 16 Ukwakira 2020, ni bwo abakozi batatu batawe muri yombi nyuma y’uruzinduko rw’ubuyobozi bw’akarere na Gen Fred Ibingira Umugaba Mukuru w’Inkeragutaba, bagasanga mu Murenge wa Boneza hari ibikorwa by’amashuri byadindiye ndetse bigasaba ko agomba gusenywa akongera akubakwa.

    Tariki ya 21 Ukwakira 2020, ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko aba bakozi bagaragayeho amakosa yo kwangiza umutungo ufitiye rubanda akamaro bashyikirijwe ubushinjacyaha.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/rutsiro-abakozi-7-bafunzwe-bakekwaho-kunyereza-ibikoresho-ku-mashuri-yubakwa

  • Sobanukirwa zimwe mu ndwara n’ibyonnyi bikunze kwibasira ikawa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Indwara n
    Indwara n’ibyonnyi bya kawa bitubya umusaruro

    Ibyonnyi ni ibinyabuzima byangiza ikawa, ahanini bigizwe n’udusimba dutandukanye tugaragara, amatungo ndetse na bimwe mu byatsi nk’urwiri, inteja n’ibindi mu gihe indwara ahanini ziterwa n’utunyabuzima tutabasha kuboneshwa amaso nk’uduhumyo (champignons) cyangwa virusi, umuhinzi akabona ibimenyetso.

    Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), ushinzwe kurwanya indwara n’ibyonnyi muri kawa, Mukeshimana Rose, agaruka kuri zimwe mu ndwara zikunze kugaragara mu bipimo bya kawa mu Rwanda zikayangiza.

    Agira ati “Iya mbere ni iyitwa Umugese, iterwa n’uduhumyo twitwa ‘Hemileia Vastatrix’ ikarangwa n’utudomo tw’ifu y’umuhondo tugaragara munsi ku kibabi cy’ikawa. Iyo ndwara ikunze kugaragara mu gihe cy’ubushyuhe, iyo itavuwe ituma n’amababi ya kawa ahunguka bityo ntiyongere kubona ibiyitunga ari byo biba intandaro yo gutuba k’umusaruro”.

    Ati “Indi ndwara ni Akaribata, ikaba iterwa n’udukoko duto cyane twitwa ‘Colletotricum Coffeanum’, ikagaragara cyane cyane mu bihe by’imvura igafata amababi, indabo n’ibitumbwe. Iyo igeze ku bitumbwe bizana amabara y’umukara, bikabora bihombana”.

    Arongera ati “Indi ndwara ni iyitwa Gikongoro cyangwa ‘Die Back’ mu ndimi z’amahanga, ni indwara y’umukeno kuko idaterwa n’udukoko runaka. Iterwa n’uko ikawa ihinze ku butaka bubi, itarafumbiwe ntinakatwe. Igaragazwa n’uko ibitumbwe bihisha imburagihe, amashami akuma ahereye ku mitwe”.

    Uko izo ndwara zivurwa

    Kuvura indwara y’umugese ni ugutera umuti wa ‘Oxychlorure de cuivre’ uboneka ku isoko, umuntu agashyira garama 70 muri litiro 20 z’amazi, uwo muti ugaterwa ku biti 25 kandi bagatera rimwe buri kwezi. Ushobora no gutera umuti wa Cabrio, mililitiro 6 zivangwa muri litiro 15 z’amazi, ugaterwa ku biti 40.

    Kurwanya indwara y’akaribata ni ugutera umuti wa Oxychlirure de cuivre inshuro zirindwi kugeza ku nshuro 14, bitewe n’ubwinshi bw’imvura. Haterwa garama 140 zivanzwe na litiro 20 z’amazi, ugaterwa ku biti hafi 25, utera akirenza iminsi 15 kandi atangira gutera hashize ukwezi kumwe ikawa zirabije.

    Kurwanya indwara ya gikongoro cyangwa Die Back, indwara ikunze kuvugwa ko ari iy’umukeno, ni ugutera kawa ku butaka bwiza kandi ikawa zigasukurwa neza. Hari kandi kuzifumbira cyane buri gihe, kuzisasira buri gihe ndetse no kuzikata neza kandi ku gihe.

    Icyakora imiti ngo si yo buri gihe umuntu yagombye guhita atekereza iyo havuzwe indwara, nk’uko Mukeshimana abisobanura.

    Ati “Iyo tuvuze indwara n’ibyonnyi ntabwo twagombwe guhita dutekereza cyane imiti, kuko hari ibindi bintu byakoreshwa, imiti tukazayikoresha ari igihe bibaye ngombwa gusa. Ni ukuvuga ngo niba ikawa yanjye nayizasiye neza, nayifumbiye nkanayikata neza, mba nyongera ubudahangarwa kugira ngo ibashe kwirwanaho”.

    Indwara z’ikawa zirayangiza, zigatubya umusaruro ndetse na muke ubonetse ukaba mubi ntukundwe ku isoko bigahombya nyirayo, ari yo mpamvu abahinzi bagirwa inama yo gufata neza ikawa zabo kuko ari ko kuzirinda ibizangiza, birimo n’ibyonnyi ari byo bizagarukwaho mu nkuru y’ubutaha.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/Sobanukirwa-zimwe-mu-ndwara-n-ibyonnyi-bikunze-kwibasira-ikawa

  • Kera kabaye! Perezida Museveni na Bobi Wine bagiye guhurira mu biganiro mpaka.Ese abategura ibi biganiro basabye iki aba bakandida? #rwanda #RwOT

    Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Depite Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, Gen Mugisha Muntu n'abandi. Aba bakandida bose bazahurira mu biganiro mpaka Mbere y'uko biyamamaza kuyobora igihugu cya Uganda mu mwaka utaha wa 2021.

    Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020 , n'Inama Mpuzamatorero ya Uganda (IRCU) isanzwe itegura ibiganiro mpaka by'abakandida ba Perezida muri kiriya gihugu, bigatambuka kuri Televiziyo.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri IRCU, Sharon Akidi, yavuze ko biriya biganiro mpaka bizatambutswa imbonankubone mu bitangazamakuru byo muri Uganda.

    Uyu mugore yavuze ko bari kuganira n'Ishyirahamwe ry'Abafite Ibitangazamakuru ku bijyanye n'uko biriya biganiro mpaka bizatambutswa, ndetse n'aho bizabera kugira ngo hazubahirizwe ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

    Sharon Akidi yavuze ko Ikiganiro mpaka cya mbere cy'aba bakandida ba Perezida ba Uganda kizaba mu Ukuboza uyu mwaka, icya kabiri kikazaba muri Mutarama mu mwaka utaha.

    Ni ibiganiro mpaka bizategurwa na IRCU, ku bufatanye n'Ihuriro ry'Inararibonye za Uganda ndetse n'abandi bafatanyabikorwa bazabimenyeshwa.

    IRCU ivuga ko ikiri mu biganiro n'abagiraneza batandukanye kugira ngo bazatange amafaranga azakoreshwa mu biganiro mpaka by'abahatanira kuyobora Uganda, mu matora y'abayobozi b'uturere ndetse n'ayab'Amakomini.

    Inama Mpuzamatorero ya Uganda ivuga ko yateguye biriya biganiro mpaka mu rwego rwo guteza imbere ubworoherane, kugabanya amakimbirane ashingiye ku mashyaka, guteza imbere ibiganiro bishingiye ku bibazo (byugarije Abagande), kongera amajwi y'abaturage ndetse no kubaza abakandida ibyo basezeranyije abaturage.

    Museveni na Bobi wine bagiye guhurira mu biganiro mpaka

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/31/kera-kabaye-perezida-museveni-na-bobi-wine-bagiye-guhurira-mu-biganiro-mpaka-ese-abategura-ibi-biganiro-basabye-iki-aba-bakandida/