Blog

  • Umuherwekazi wa mbere muri Afurika yapfushije umugabo!! INKURU>> #rwanda #RwOT

    Sindika Dokolo, umugabo w'umugore ukize cyane muri Afurika, Isabel Dos Santos, yapfiriye i Dubai aho yari amaze igihe yibera, yapfuye ubwo yari ari muri siporo yo kwibira (diving), akaba yari afite imyaka 48.

    Ni nyuma gato yuko yari amaze iminsi mike yitaba urukiko rw'ikirenga rwa Angola rwamushinjaga kugira uruhare mu nyerezwa ry'umutungo wa Leta bifitanye isano n'umugore we Isabella dos Santos, nibwo uyu muryango wahisemo kwerekeza i Dubai.

    Amakuru y'urupfu yatangajwe mbere na Africa Insight. Nk'uko amakuru amwe abivuga, Dokolo yarimo akora sport yo kwibira ubwo yarohamaga. Ubu akaba ari bwo buryo abanyamakuru bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo batangajemo iyi nkuru, ariko, amakuru yo muri Angola yerekanye ko icyateye urupfu rw'uyu mugabo ari embolism (kubuza cg kubangamira imiyoboro y'amaraso bitewe n'amaraso yavuze cyangwa utubumbe tw'umwuka).

    Sindika Dokolo umushakashatsi n'umubitsi w'ibinyabugeni ndetse akaba n'umucuruzi ukomoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yashakanye na Maria Isabella dos Santos, imfura w'uwahoze ayobora Angola, Jose Edourdo dos Satos mu mwaka 2002.

    Sindika Dokolo w'imyaka 48 y'amavuko na Isabella w'imyaka 47 bafitenya abana 3.

    Kugeza ubu Isabella dos Santos abarwa nk'umugore ukize kurusha abandi muri Afurika, aho ikinyamakuru Forbes kibara ko atunze arenga miliyari 2 z'amadorai ya Amerika.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     4 total views,  4 views today

    The post Umuherwekazi wa mbere muri Afurika yapfushije umugabo!! INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/10/30/umuherwekazi-wa-mbere-muri-afurika-yapfushije-umugabo-inkuru/

  • Imbogamizi kuri rwiyemezamirimo wahombejwe na COVID-19 #rwanda #RwOT

    Niyongira Felecite ni umugore watinyutse kwikorera mu karere ka Ngororero mu bikorwa byo gupiganira amasoko yo kugaburira amashuri. Ni umwe mubagore bakeya babikora mu karere ka Ngororero kuko benshi bakitinya kubera igishoro bakeka gihenze, kudasobanukirwa imisoro no kuyimenyekanisha bigatuma badafungura ibigo by’ubucuruzi. Niyongira avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyageze mu Rwanda yarabonye amasoko yo gutanga ibiryo ku mashuri ariko bataramwishyura, ibintu avuga ko byamuteje igihombo kuko (…)

    Ubuhamya

    Source : http://agasaro.com/spip.php?article4364

  • Abanyarwanda bizera Perezida Kagame ku kigero cya 99,2% (Ubushakashatsi) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bakaba babihera ku iterambere amaze kugeza ku gihugu mu myaka amaze akiyobora hamwe n’umwete agira mu gukemura ibibazo.

    Perezida Kagame kuva muri 2019 yari yarahagaritse kongera gusinyana imihigo n’abayobozi b’Uturere na za Minisiteri kubera ko uburyo yakorwagamo butakemuraga ibibazo by’abaturage, ntibunateze imbere imibereho yabo uko byifuzwa. Icyo gihe yasabye ko hanozwa uburyo bwo gukemura ibibazo by’abaturage no kubakura mu bukene.

    Uretse kuba yizerwa n’abaturarwanda bamugezaho ibibazo, ni umwe mu bayobozi ku mugabane wa Afurika bakunzwe kandi bizewe kuba bashobora gukemura ibibazo uyu mugabane uhura na byo, ibi bikagaragarira mu nshingano ahabwa ku rwego mpuzamahanga, urugero nko mu kuvugurura imikorere y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, hamwe no guteza imbere ibikorwa by’ikoranabuhanga.

    Dr Usta Kaitesi
    Dr Usta Kaitesi

    Ubushakashatsi bwatangajwe na Dr Usta Kaitesi, Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bugaragaza ko Abanyarwanda bafitiye icyizere ubuyobozi bukuru bw’igihugu kurusha izindi nzego mu Rwanda. Ubwo bushakashatsi bugaragaza ko abaturage bizera Inteko Ishinga Amategeko nk’intumwa bitoreye kubahagararira ku kigero cya 92.8%, naho inkiko zibakiranura mu manza bakazizera ku kigero cya 88.7%.

    Ubu bushakashatsi bugaragaza ko abaturage bizera inzego z’umutekano mu Rwanda zirimo igisirikare n’igipolisi hejuru ya 90%.

    Bukomeza bugaragaza ko abaturage bari kuri 71.3% bishimira serivisi bahabwa mu nzego z’ibanze naho 77.17% bishimira uruhare bagira mu bibakorerwa.

    Iki cyegeranyo cyamuritswe kuri uyu 30 Ukwakira 2020 kigaragaza ko n’ubwo abaturage bagaragaza ibyo bishimira, hari n’ibyo batishimira birimo uburyo bamwe mu baturage basiragizwa bitewe n’abayobozi batanga serivisi batitaye ku wo bayiha.

    Icyegeranyo cya 2019 cyakozwe na RGB kigaragaza ko abaturage bishimiraga uburyo batekanye ku kigero cya 94.29%, bizeraga ubuyobozi bwabo n’ubwisanzure ku kigero cya 85.17%, naho gushora imari mu bikorwa by’imibereho myiza byari kuri 68.53%.

    Perezida Kagame akunze gutega amatwi abaturage bagasabana bakamugezaho n
    Perezida Kagame akunze gutega amatwi abaturage bagasabana bakamugezaho n’ibibazo

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/abanyarwanda-bizera-perezida-kagame-ku-kigero-cya-99-2-ubushakashatsi

  • Umupolisikazi wo muri Ghana ufite imiterere idasanzwe yavugishije benshi barimo n'abifuza gufungwa nawe:INKURU>> #rwanda #RwOT

    Umupolisikazi witwa Ama Serwaa akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga kubera imiterere ye aho bamwe mu bagabo bamwandikira bamusaba ko yaza kubafunga.

    Uyu mupolisikazi yatowe na benshi ko ariwe mwiza kurusha bagenzi be bakorana uyu mwuga muri Ghana kubera imiterere ye by'umwihariko ikibuno.

    Uyu mugore akurikirwa n'abasaga ibihumbi 200 kuri Instagram ndetse benshi biganjemo abagabo bamukundira ko ateye neza ndetse ko abakurura.

    Mu minsi ishize amafoto ye yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga hirya no hino ku isi bituma benshi bacika ururondogoro.

    Nubwo abapolisi batinywa na benshi,ariko uyu Ama Serwaa yakira ubutumwa bwinshi bw'abagabo bamutereta n'abashimagiza ubwiza bwe.

    Ikibuno cya Ama Serwaa gikurura abagabo benshi, cyane ko n'imyenda ya Polisi iba imufashe cyane.

    Mu gutebya,bamwe mu bagabo bandikiye uyu mupolisi bamusaba ko yaza kubafata akabafunga kubera ubwiza bwe.





    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     8 total views,  8 views today

    The post Umupolisikazi wo muri Ghana ufite imiterere idasanzwe yavugishije benshi barimo n'abifuza gufungwa nawe:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/10/30/umupolisikazi-wo-muri-ghana-ufite-imiterere-idasanzwe-yavugishije-benshi-barimo-nabifuza-gufungwa-naweinkuru/

  • Rutahizamu wari witezwe muri Rayon Sports ntakije, ibya Sugira Ernest #rwanda #RwOT

    Mu muhango w’ihererekanya bubasha kuri komite icyuye igihe ya Rayon Sports na komite nshya, Murenzi Abdallah yemeje ko rutahizamu wa TP Mazembe, Robert Mbelu bari batijwe atakije.

    Uyu munsi nibwo habaye ihererekanya bubasha muri Rayon Sports hagati yakomite nshya na komite y’inzibacyuho yari iyobowe na Murenzi Abdallah.

    Muri bimwe Murenzi Abdallah yashyikirije ubuyobozi bushya, harimo abakinnyi bashya baguzwe ndetse n’abo batijwe.

    Yavuze ko mu bakinnyi babiri ikipe ya TP Mazembe yabatije hazaza Vital Aurega naho Robert Mbelu atakije bitewe n’ikibazo cy’abanyamahanga.

    Yagize ati“TP Mazembe yadutije abakinnyi babiri ariko umwe twaramuretse. Dufite ikibazo cy’abanyamahanga, umutoza ni we wamurambagije yatubwiye ko ukenewe cyane ari Vital kuruta Robert Mbelu turamureka.”

    Vital akaba yarageze mu Rwanda ndetse bakaba baranumvikanye hasigaye kumwishyura.

    Kuri rutahizamu Ernest Sugira yavuze ko n’ubwo APR FC yamubatije ariko hari ibyo bagombaga kumvikana ubu bakaba barumvikanye ndetse 50% by’ibyo bumvikanye barabishyize mu bikorwa.

    Yagize ati “Sugira Ernest ni umukinnyi twatijwe na APR FC, n’ubwo twamutijwe hari amasezerano twagombaga kumvikana byaranarangiye. Hari ibyo twumvikanye ndetse 50% twarabimuhaye hasigaye 50% twumvikanye igihe tuzayamuhera.”

    Avuze ibi mu gihe byavugwaga ko uyu rutahizamu ashobora kudakinira iyi kipe kuko itarubahiriza amasezerano bagiranye.

    Mu bandi bakinnyi biteganyijwe ko Moussa Camara agera mu Rwanda uyu munsi gusinyira iyi kipe.

    Umunyezamu Bashunga Abouba baguze we ntabwo arishyurwa akaba yasabye ubuyobozi ko bazamwishyura.

    Sugira yishyuwe 50% by’ibyo bumvikanye

    Mbelu ntakije muri Rayon Sports

    Uyu munsi habaye umuhango w’ihererekanya bubasha

    Murenzi Abdallah yavuze yamurikiye komite nshya abakinnyi bashya n’abo batijwe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-wari-witezwe-muri-rayon-sports-ntakije-ibya-sugira-ernest

  • Umukinnyi wa Filimi z'urukozasoni yifurije James Rodriguez uherutse kwangirika udusabo tw'intanga gukira vuba:INKURU #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Filimi z'urukozasoni yifurije James Rodriguez uherutse kwangirika udusabo tw'intanga gukira vuba,

    Abakunzi ba Eberton yatangiye neza Premier League bababajwe nuko umukinnyi wayoboraga umukino wabo James Rodriguez yangiritse ku dusabo tw'intanga [amabya] ubu akaba ari kwivura akoresheje imashini yabigenewe.

    Uyu mukinnyi uyobora umukino wa Everton,yakiniye ku buribwe mu mukino iyi kipe iherutse gutsindwa na Southampton ibitego 2-0 ariko muri iyi weekend ntabwo azakina.

    Ubwo ikinyamakuru Talksport cyashyiraga kuri Twitter inkuru ivuga ko uyu mukinnyi yagize ikibazo ku mabya,umukinnyi wa filimi z'urukozasoni witwa Kendra Lust yamwifurije gukira vuba.Yagize ati 'Ooh niezere ko ameze neza.'

    James wageze muri Everton muri iyi mpeshyi ishize,akomeje kurema uburyo bwinshi bubyara ibitego muri iyi kipe gusa kubera iki kibazo ntabwo azagaragara ku mukino wa Newcastle ku cyumweru.

    James amaze gutsinda ibitego 3 muri Premier League atanga n'imipira myinshi yavuyemo ibitego ariyo mpamvu Everton iyoboye shampiyona n'amanota 13 inganya na Liverpool.

    James aherutse gushyira hanze ifoto ari mu rugo rwe yambaye imashini imufasha gukira vuba.

    Umutoza wa Everton Carlo Ancelotti yasabye abakinnyi be basigaye gukora cyane kugira ngo bazibe icyuho cya bagenzi babo bavunitse n'abahawe amakarita muri iyi weekend.

    Yagize ati 'Twagaruye Jonjoe Kenny na Jarrad Branthwaite. James na (Seamus) Coleman ntabwo bazaboneka.Richarlison na Lucas Digne barahagaritswe.

    Kuba dufite abakinnyi benshi hanze,biraza kutwereka ubuhanga bw'abakinnyi bose dufite mu ikipe.'

    Richarlison yahagaritswe imikino 3 kubera gukinira nabi Thiago wa Liverpool mu gihe Digne nawe yahawe umutuku ku mukino wa Southampton.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPATRAZZI.RW/TV

     4 total views,  4 views today

    The post Umukinnyi wa Filimi z'urukozasoni yifurije James Rodriguez uherutse kwangirika udusabo tw'intanga gukira vuba:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/10/30/umukinnyi-wa-filimi-zurukozasoni-yifurije-james-rodriguez-uherutse-kwangirika-udusabo-twintanga-gukira-vubainkuru/

  • Uko uturere twesheje imihigo kuva kuri Nyaruguru ya mbere kugera kuri Rusizi yaherutse utundi #rwanda #RwOT

    Uturere tw'u Rwanda twose kuri uyu wa 30 ukwakira 2020 twasinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Kagame Paul. Nyaruguru niyo yaserutse ku mwanya wa mbere mu mihigo ya 2019-2020, mu gihe Akarere ka Karongi kaherekeje utundi.

    Perezida Kagame, yavuze ko ubushize yanze ihigurwa n'isinywa ry'imihigo bitewe nuko itatangaga ibisubizo nyabyo bibangamiye imibereho y'abaturage. Yasabye abayobozi gutera intambwe bagakora kurushaho ku buryo bazahigura bagasinya n'indi hari intambwe isumbye kuya none. Yasabye kandi buri wese kwita ku muturage, by'umwihariko serivise ahabwa.

    Umukuru w'Igihugu, yibukije ko amategeko atabereyeho kuyica ariko kandi ko atanabereyeho gutuma abantu badakora ibyo bakwiye gukora batazaririye, batihuta kubera kuyitwaza. Yabwiye aba bayobozi ko ushobora kwihuta ugakora neza kandi utanyuranije n'amategeko, ko kandi atabona urwitwazo mu bananirwa ibyo bakora kuko Igihugu kiba cyabahaye byose, ko nutabona umwanya yakwishyura umukorera ariko ibigomba gukorwa bigakorwa neza nta kudindira.

    Uhereye iburyo ni; Mayor wa Nyaruguru wahize abandi, hakurikiraho Perezida Kagame, hagakurikiraho Mayor wa Huye yabaye iya kabiri hanyuma Mayor wa Rwamagana yabaye iya Gatatu.

    Uko uturere dukurikirana;
    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/uko-uturere-twesheje-imihigo-kuva-kuri-nyaruguru-ya-mbere-kugera-kuri-rusizi-yaherutse-utundi/

  • Uwo wita chr ni uko uba umwubaha – Perezida wa Rayon avuga ku mubano wabo na APR FC #rwanda #RwOT

    Umuyobozi mushya w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele avuga ko kuba Rayon Sports na APR FC Ari amakipe akomeye kandi ahanganira igikombe, kuba yatizanya abakinnyi nta kibazo kirimo.

    Tariki ya 24 Ukwakira 2020 nibwo Uwayezu Jean Fidele yatorewe kuyobora Rayon Sports mu gihe cy’imyaka 4.

    Uwayezu Jean Fidele akaba yarasimbuye komite y’inzibacyuho yari iyobowe na Murenzi Abdallah yari yasimbuye iya Munyakazi Sadate yahagaritswe muri Nzeri 2020.

    Nyuma y’umuhango w’ihererekanya bubasha wabaye uyu munsi ku cyicaro cya Rayon Sports kiri Kimihurura, mu kiganiro n’itangazamakuru, Uwayezu Jean Fidele abajijwe niba gutizanya abakinnyi kwa APR FC na Rayon Sports bitazica uburyohe bwa ruhago nyarwanda cyane ku bafana, yavuze ko nta kibazo kirimo.

    Yagize ati“Nibyo APR FC na Rayon Sports ni amakipe akomeye ahangana mu mupira w’amaguru, bakunze kwita abakeba n’ubwo ngewe ntabyemera kuko guhangana njye mbibona ukundi, rero kuba batizanya abakinnyi nta kibazo kibirimo.”

    Kuba aya makipe asigaye afatwa nk’abakunzi bitewe n’imibanire yayo, yavuze ko nabyo nta kibazo kibirimo.

    Ati“Kuba bakwitana Chr si ikibazo kuko uwo wita chr ni uko uba umwubaha.”

    Ibi abitangaje nyuma y’uko iyi kipe ya Rayon Sports yongeye gutizwa ku nshuro ya 2 rutahizamu Sugira Ernest. Uyu musore mu mpera za 2019 nibwo Sugira Ernest yatijwe Rayon Sports, intizanyo yarangiye muri Kamena uyu mwaka yongera gutizwa undi mwaka.

    Sugira Ernest yongeye gutizwa muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/uwo-wita-chr-ni-uko-uba-umwubaha-perezida-wa-rayon-avuga-ku-mubano-wabo-na-apr-fc

  • Tanzania: Umuhanzi Mwana FA wakoranye indirimbo na Active bo mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    umuhanzi Mwana FA ubu yinjiye muri politiki nk
    umuhanzi Mwana FA ubu yinjiye muri politiki nk’umudepite

    Mwana FA amazina ye ya nyayo ni Hamis Mwinjuma, akaba ari umudepite mushya uhagarariye agace ka Muheza.

    Igitangaje kuri uyu muhanzi ni uko ari umwe mu bantu ba mbere batangaje ku mugaragaro ko banduye icyorezo cya coronavirus kicyaduka muri Tanzania, nyuma akaza gukira.

    Icyakora Leta ya Tanzania iyobowe na Magufuli yaje kuvuga ko icyorezo cya COVID-19 kitakirangwa muri Tanzania, ndetse avuga ko icyorezo cyirukanywe n’imbaraga z’amashengesho, Leta ihita inahagarika kongera gutangaza ibirebana n’imibare mishya yaba iy’abapfuye n’abanduye.

    Mwana FA yamenyekanye cyane mu Rwanda ubwo yakoranaga indirimbo n’itsinda rya Active, indirimbo bise “Go Mama” yanakunzwe na benshi.

    Mwana FA yiyamamarizaga ku itike y’ishyaka rya CCM (chama cha mapinduzi) riri ku butegetsi aho yatowe n’abantu basaga gato ibihumbi mirongo ine na birindwi na magana atanu (47,578). Uwo bari bahanganye Yosepher Komba wo mu ishyaka rya Chadema na ryo rikomeye ariko ritavuga rumwe n’ubutegetsi yabonye amajwi ibihumbi cumi na bibiri (12.034).

    Mwana FA abaye umuhanzi wa kabiri winjiye muri politiki nyuma y’undi muhanzi na we w’umuraperi Joseph Haule uzwi cyane ku izina rya “Professor Jay” na we wari usanzwe ari umudepite ariko akaba yaratakaje umwanya aho yatsinzwe nyuma yo kubura amajwi. Ubu na we yari yiyamamarije ku itike ya Chadema ariko abona amajwi 17.375.

    Amatora y’umukuru w’igihugu ndetse n’ay’abagize inteko ishinga amategeko muri Tanzania yabaye ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020. Icyakora ayo matora ntiyavuzweho rumwe, hakaba hari impungenge ko ibizayavamo bishobora kutazumvikanwaho n’impande zari zihanganye ndetse n’amahanga.

    Leta zunze ubumwe za Amerika zibinyujije muri Ambasade yazo muri Tanzania zavuze ko zifite impungenge z’imigendekere y’amatora n’ibizayavamo kuko ngo ibirego by’amashyaka atavuga rumwe na Leta n’imiryango mpuzamahanga bakomeje gushimangira ko yabayemo uburiganya bw’amajwi kandi ngo n’ibirego bifite ishingiro.

    Biteganyijwe ko ibyavuye muri ayo matora bizamenyekana nyuma y’icyumweru kimwe (bishobora gutangazwa ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha).
    Perezida John Magufuli wiyamamaje ahagarariye ishyaka Chama Cha Mapenduzi (CCM) arahabwa amahirwe yo gutsindira kuyobora icyo gihugu muri manda ye ya kabiri.

    Uvugwa cyane mu bo bahanganye ni Tundu Lissu, wagarutse mu gihugu aturutse mu Bubiligi aho yari yaragiye kwivuriza ibikomere yatewe n’amasasu menshi yarashwe mu myaka itatu ishize.

    Muri rusange abakandida 15 ni bo bahataniye kuyobora icyo gihugu mu matora aherutse gukorwa.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/tanzania-umuhanzi-mwana-fa-wakoranye-indirimbo-na-active-bo-mu-rwanda-yatorewe-kuba-umudepite

  • Amateka y’ibibazo muri Rayon Sports ararangiye, ibyishimo biratangiye-Perezida mushya wa Rayon Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu muhango wo guhererekanya ububasha wabaye kuri uyu wa Gatanu hagati ya Komite y’inzibacyuho ndetse na Komite nshya za Rayon Sports, Umuyobozi mushya wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele yavuze ko ibyabaye mu ikipe bigomba gusigara inyuma, ubu hatangiye amateka mashya.

    Yagize ati “Nta joro ridacya, nta mvura idahita, Rayon imaze iminsi mu icuraburindi, abakunzi barababaye bagira agahinda, ariko ahari abagabo beza n’abagore beza ntihagwa ibara”

    Perezida mushya wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele
    Perezida mushya wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele

    “Rayon igiye gutera umupira, igiye gutanga ibyishimo, igiye gutwara ibikombe haba mu Rwanda no hanze y’ikibuga”

    “Rayon yicajwe ku bibero by’abanyamuryango, ishyirwa mu gituza cy’abakunzi, ubu iri mu biganza by’abakunzi bayo, ngaho nimuhobere ikipe yanyu, nimukikire Rayon Sports yanyu, nimutatira icyo gihango amateka azabibabaza”

    Umuyobozi mushya wa Rayon Sports yatangaje kandi ko ikipe bitarenze ku wa Mbere, igomba kuba yatangiye imyitozo ndetse ikanapimisha abakinnyi mbere yo gutangira umwiherero


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/amateka-y-ibibazo-muri-rayon-sports-ararangiye-ibyishimo-biratangiye-perezida-mushya-wa-rayon-sports