Blog

  • Ibyuma bya Studio ya Jay Polly biragera i Kigali kuri iki cyumweru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Jay Polly avuga ko agiye kugira studio y
    Jay Polly avuga ko agiye kugira studio y’icyitegererezo mu Rwanda

    Yagize ati “Ndashaka gukora ikosora hano mu Rwanda, studio idafite amashusho izaba ikomeye ariko iy’amashusho yo abantu bazabona ibitangaza i Kigali”.

    Jay Polly yavuze ko biriya byuma bigomba kugera i Kigali kuri iki cyumweru tariki ya 01 Ugushyingo 2020, bigahita bijyanwa ku cyicaro cyayo ku Kimihurura.

    Amasezerano yo kugura ibyuma akaba aherutse gusinyirwa i Dubai aho Jay Polly aheruka kugirira igitaramo. Akaba ateganya gusubirayo mu gihe cya vuba.

    Yagize ati “kubera Covid-19 nta bitaramo biri gukorwa mu Rwanda ariko ndateganya gusubira muri Dubai ngashimisha abantu baho mu gihe cya vuba”.

    Biravugwa ko iyi studio ya Jay Polly izuzura itwaye amafaranga arenga ibihumbi 10 by’amadorari ya Amerika, ni hafi miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ibyuma-bya-studio-ya-jay-polly-biragera-i-kigali-kuri-iki-cyumweru

  • Gusubira ku ishuri: Ababyeyi bishimiye uburyo bushya bwo gutwara abanyeshuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuva ku wa Kane tariki 29 Ukwakira 2020, bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye acumbikira abanyeshuri batangiye gusubira ku mashuri, nyuma y’amezi arindwi bari mu ngo kubera icyorezo cya Covid-19.

    Abanyeshuri bagomba gutangira amashuri kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Ugushyingo 2020, ni abiga mu mwaka wa gatatu, uwa gatanu n’uwa gatandatu y’amashuri yisumbuye, hamwe n’abiga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu mu mashuri abanza.

    Ababyeyi baganiriye na KIgali Today bagaragaje ko bishimiye uburyo Leta yafashije abanyeshuri gusubira ku mashuri.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/gusubira-ku-ishuri-ababyeyi-bishimiye-uburyo-bushya-bwo-gutwara-abanyeshuri

  • IMIHIGO: Nyaruguru tops, Rusizi tails #rwanda #RwOT

    The announcement of the succession of districts was highlighted by the Head of State at the ceremony held at the Epic Hotel in Nyagatare on Friday; this is after the 2019 Imihigo were suspended to allow proper mainstreaming of the methodology used to measure performance, making sure that the scores attained by districts reflect what is on the ground and actual impact on people’s lives and service delivery.

    Prime Minister Dr. Edouard Ngirente read out the names of the best and worst performing districts with the Southern Province district of Nyaruguru pipping 29 others to the top slot while Rusizi emerged last.

    The first three districts this year were Nyaruguru with 84%, Huye with 82.8% and Rwamagana with 82.4%. Rusizi finished last with a score of 50%.

    The Prime Minister said that the 2019/20 Pledge was based on the principle that the results would be reviewed annually, and that the results would be reviewed every three years.

    Under the new format of Imihigo, the Prime Minister said they will be doing an assessment every year and another review to check the impact on citizens every three years.

    He also mentioned that each target will be considered if it has been achieved 100 %, otherwise it will score 0 %, except in a few exceptions such as the uptake of the community health insurance scheme Mutuelle de Sante. Infrastructure projects will only be considered if complete.

    In terms of sector performance, the Economic Cluster outperformed other clusters, garnering 71.9 percent while Governance and Justice and law and order scored 69.1 percent while the Social Affairs sector scored 66.3 percent.

    Dr. Ngirente said that they put into consideration the fact that the New Coronavirus outbreak affected the performance of districts, which could explain why Rusizi emerged last. The Western Province district was hard hit by COVID-19.

    He pointed out that focus for 2020/21 will be put on recovery from the COVID-19 impact and job creation, to ensure that the unemployment gap, which was increased by the pandemic, is narrowed.

    Unemployment in Rwanda currently stands at 22.1 percent, from 13.1 percent in February this year.

    How the 30 districts performed in Imihigo

    1. Nyaruguru -84%
    2. Huye -82.8%
    3. Rwamagana 82.4%
    4. Gisagara 78.3%
    5. Nyanza 77.9%
    6. Nyamasheke 77.4%
    7. Ngoma 77.3%
    8. Kicukiro 77.1%
    9. Gasabo 76.4%
    10. Kirehe 76.2%
    11. Kayonza 73.9%
    12. Kamonyi 73.6%
    13. Nyagatare 69.3%
    14. Gicumbi 68.7%
    15. Bugesera 68.5%
    16. Gatsibo 68.4%
    17. Ruhango 67.9%
    18. Rubavu 67.8%
    19. Burera 66%
    20. Nyamagabe 65%
    21. Rutsiro 64.6%
    22. Nyarugenge 64.6%
    23. Rulindo 62.3%
    24. Ngororero 61.5%
    25. Muhanga 58.7%
    26. Gakenke 55.9%
    27. Musanze 53.2%
    28. Nyabihu 52.9%
    29. Karongi 51.2%
    30. Rusizi 50%

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/imihigo-nyaruguru-tops-rusizi-tails

  • Algerians Start To Vote In Referendum To Amended Constitution #rwanda #RwOT

    Algerians started to vote in a referendum on the amended constitution on Sunday, as what had been pledged by President Abdelmadjid Tebboune during his electoral campaign in late 2019.

    The proposed constitution, if passed, will be the eighth one in Algeria since the North African country won independence from France in 1962.

    'If approved by the Algerian people, the amended constitution would pave the way for the new Algeria that everyone is hoping for,' said Prime Minister Abdelaziz Djerad in a brief press statement issued after he had cast his vote.

    This referendum, in which 24 million out of the 44 million population are eligible to vote, coincides with the celebrations of the War of November 1, the day when the Algerian War of Independence broke out in 1954 and ran until 1962.

    To counter the increasing number of infections with COVID-19 in Algeria, the Independent National Elections Authority has developed a special health protocol to ensure a well-organized referendum, including the social distancing and wearing masks in the polling stations.

    The vote comes as Tebboune has been under treatment in Germany since Wednesday for contracting COVID-19, according to a statement of the Presidency.

    Late on Saturday, the Algerian President sent a message to his people, urging the voters to actively participate in this constitutional referendum 'to meet their aspirations for a new, strong Algeria.' 

    The post Algerians Start To Vote In Referendum To Amended Constitution appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/algerians-start-to-vote-in-referendum-to-amended-constitution/

  • Ababyeyi baratunga agatoki abayobozi b’inzego z’ibanze guhishira abatera inda abangavu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bayobozi bavugwaho guhishira abatera abana inda
    Bamwe mu bayobozi bavugwaho guhishira abatera abana inda

    Babitangarije mu mahugurwa bamazemo iminsi ine abera mu Karere ka Burera, aho basobanuriwe gahunda y’umushinga ‘Baho neza’ w’Ikigo giteza imbere ubuzima n’uburenganzira bwa muntu Health Development Initiative (HDI), ku bufatanye na Imbuto Foundation na Minisiteri y’Ubuzima, mu bukangurambaga bwo gusobanurira abaturage ibiteganywa n’amategeko y’u Rwanda mu gukuramo inda.

    Ni amahugurwa yasojwe ku itariki 30 Ukwakira 2020 yitabiriwe n’abagera muri 400 bo mu byiciro binyuranye by’abaturage, ahahuguwe abangavu babyaye imburagihe, ababyeyi babo, abakora uburaya n’abayobozi b’inzego z’ibanze banyuranye bafite ubuzima mu nshingano.

    Mu kiganiro bahawe ku ihohoterwa rikorerwa abangavu, abenshi mu bana babyaye batujuje imyaka y’ubukure ndetse n’ababyeyi babo, bagaragaje impungenge zikomeje kudindiza ifatwa ry’abagabo basambanya abana bamara kubatera inda bagakomeza kwidegembya.

    Abenshi bagaragaje uburyo inzego z’ibanze zikomeje gukingira ikibaba abo bagabo, aho ngo iyo babagaragaje ba Mudugudu no mu tugari bakomeza kubakingira ikibaba, aho banavuga ko abo bayobozi baba bahabwa ruswa bikabatera kwima amatwi ibibazo by’abo bangavu.

    Uwitwa Kamanzi Donatille wo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, avuga ko umugabo yacagaho inshuro amuhingira yafashe umwana we w’imyaka 17 aramusambanya amutera inda birangira ubuyobozi bumufashije gutoroka, umwana amaze kubyara aragaruka bamupimye basanga umwana ni uwe baramufunga, nyuma y’amezi atanu baramufungura none ngo ubu aridegembya.

    Kamanzi Donatille avuga ko umwana we yatewe inda, yaregera ubuyobozi bukamwima amatwi
    Kamanzi Donatille avuga ko umwana we yatewe inda, yaregera ubuyobozi bukamwima amatwi

    Ati “Umugabo duturanye nacagaho inshuro muhingira, yasambanyije umwana wanjye w’imyaka 17 amutera inda, yamusambanyije ubwo twari tumutwaje ibirayi byo guhinga tugeze mu murima nsigara ntera ibirayi, uwo mugabo asaba umwana ko basubira mu rugo akajya kumutwaza ibindi, bageze mu rugo aramufungirana aramusambanya”.

    Arongera ati “Hashize iminsi mbona umwana aragenda aba munini ngira amakenga, mubajije ambwira ko uwo mugabo yamusambanyije, nagiye kurega mu buyobozi baranshuragiza kugeza ubwo uwo mugabo atorotse, akimara kumva ko umwana yabyaye yahise agaruka nongeye gutanga ikirego bamupimye DNA basanga umwana ni uwe baramufunga amezi atanu ashize baramufungura”.

    Ngo impamvu yafunguwe, umuyobozi w’umudugudu yafashe icyemezo cy’amavuko cy’uwo mwana ahindura itariki, yongera imyaka mu rwego rwo gushaka impamvu z’uko ngo yasambanyije umwana ukuze, ushinzwe umutekano mu mudugudu ngo yatangiye kumutera ubwoba amaze imyaka itatu yiruka kuri icyo kibazo ahitamo kurekera iyo.

    Sembagare Sylvestre, na we ni umubyeyi umaze igihe kinini asiragizwa ku kibazo cy’umwana we wasambanyijwe afite imyaka 16 agaterwa inda.

    Ati “Umwana wanjye amaze imyaka itatu avuye mu ishuri, yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye nyuma y’uko umugabo duturanye ufite umugore n’abana batatu amusambanyije, umwana aterwa ubwoba abuzwa kubimbwira mbimenya hashize amezi umunani umwana ari hafi kubyara”.

    Sembagare na we umwana we yatewe inda ntiyabona ubutabera
    Sembagare na we umwana we yatewe inda ntiyabona ubutabera

    Arongera ati “Nagiye kurega umuyobozi w’umudugudu akandingana aho nitabaje ubuyobozi bw’akagari butumaho uwo mugabo, abanza kwanga yumvise ko ngiye kuri RIB araza aramwandikisha. Umwana amaze imyaka itatu nta cyo amufasha, nta mituweri amutangira aridegembya gusa, ndifuza ko uyu mugabo ufite umugore n’abana wansambanyirije umwana bagira igihano bamugenera”.

    Uwo mugabo aravuga ko abayobozi bose yagezeho bagiye bamwirukana, ati “Nageze mu mudugudu no mu kagari mbabwiye icyo kibazo, bati ntacyo ubaza kuko umugabo aremera umwana yaramwandikishije, nageze no mu murenge Gitifu na Etat Civil na bo bati ko umugabo wateye umwana inda se yamwiyandikishijeho uraza hano kubaza iki? Bakampoza muri ibyo kugeza n’ubu hashize imyaka itatu. Twe abaturage dutera intabwe tukagaragaza amakuru y’abahohotera abana ariko ubuyobozi bukatwamagana”.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burihanangiriza abayobozi nk’abo bakomeje guhishira ibyaha, busaba n’abaturage kujya batanga amakuru mu nzego z’akarere mu kurushaho kubona ubutabera nk’uko Manirafasha Jean de la Paix, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Burera ushinzwe imibereho y’abaturage yabitangarije Kigali Today.

    Manirafasha yihanangirije abayobozi bahishira abatera abana inda
    Manirafasha yihanangirije abayobozi bahishira abatera abana inda

    Yagize ati “Aho bimeze gutyo turabigaya umuyobozi agomba guhagararira abo ayobora. Ndabwira n’ababyeyi niba ugiye ku muyobozi wa mbere ntakwakire ni ngombwa kujya ku buyobozi bwisumbuye, nta munsi Meya adatanga nimero za telefoni, umuyobozi tuzasangaho amakosa nk’ayo yo guhishira abasambanya abana ntabwo twamwihanganira, tugomba kumufatira ibyemezo”.

    Umuyobozi w’ibiro bishinzwe gutanga ubufasha muby’amategeko (MAJ) mu Karere ka Burera Nyirabuheta Beathe, arakangurira abana bahohoterwa kugana ibyo biro bikabafasha kurenganurwa.

    Ati “Muri rusange, ikibazo cyose cyatugezeho kijyanye n’ihohoterwa ryakorewe umwana turagikurukirana kugeza kigeze mu maboko ya RIB, ni yo mpamvu tujya kubaganiriza no mu mirenge aho batuye, ubundi umuyobozi nk’uwo wahishe amakuru na we itegeko rimuhana nk’umunyabyaha”.

    Mu kurushaho gukemura ibyo bibazo by’ihohoterwa, Umuryango HDA mu mushinga wawo ‘Baho Neza’ uterwa inkunga na Imbuto Foundation na MINISANTE, ukomeje ubukangurambaga hirya no hino mu gihugu, usonanurira abaturage itegeko ryo gukuramo inda ryamaze gushyirwa mu Igazeti ya Leta.

    Mbembe Aaron Clovis Umukozi wa HDA ushinzwe ubuvugizi no gukurikirana amategeko, yagarutse ku biganiro bamaze iminsi bagirana n’abana babyaye imburagihe, ababyeyi babo, abakora uburaya n’abayobozi banyuranye, aho muri ibyo biganiro basobanuriwe itegeko rimaze umwaka ritowe ryo gukuramo inda mu kubarinda kuba bagana magendu bikaba byabagiraho ingaruka.

    Impamvu zemerera umuntu kuba yakuramo inda ni ukuba utwite ari umwana, utwite yafashwe ku ngufu, utwite yarashyingiwe ku gahato, kuba yayitewe n’uwo bafitanye isano kugeza ku gisanira cya kabiri no mu gihe bigaragaye ko inda yashyira mu kaga ubuzima bw’umwana n’ubw’umubyeyi, ibyo bigakorwa n’umuganga ubifitiye ububasha.

    Mbembe Aaron, ati “Ikigamijwe ni ukumenyekanisha itegeko kuko abagore nibamara kurimenya, bizagabanya cyane umubare w’abagore bajya kwa magendu, binagabanye umubare w’abagore bapfa bagiye gukuramo inda mu buryo bunyuranyije n’amategeko”.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ababyeyi-baratunga-agatoki-abayobozi-b-inzego-z-ibanze-guhishira-abatera-inda-abangavu

  • Report Says COVID-19 Pandemic Boosts Cloud Consumption By 33% In Q3 2020 #rwanda #RwOT

    Cloud infrastructure services continued to benefit from the fallout of the COVID-19 pandemic in the third quarter of 2020, according to a report by technology market research firm Canalys.

    The worldwide cloud market grew 33 percent to 36.5 billion U.S. dollars in Q3, which was 2 billion dollars higher than Q2 and up 9 billion dollars from the same period last year, Canalys data showed.

    The dependence on cloud-based tools and services remained high across all sectors of the economy, including governments, businesses and consumers, as social-distancing measures persisted, the report noted.

    The return of stricter lockdown measures in certain regions over the coming months means cloud services will remain vital for sustaining business operations, remote working and learning, as well as customer engagement, according to Canalys.

    Amazon Web Services was the leading cloud service provider in Q3, increasing its share of total consumption to 32 percent. Technology spending remains robust despite the global economic downturn, primarily for products and services enabling business continuity, including notebook PCs and peripherals, cloud-based services and cybersecurity, said the report.

    The post Report Says COVID-19 Pandemic Boosts Cloud Consumption By 33% In Q3 2020 appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/report-says-covid-19-pandemic-boosts-cloud-consumption-by-33-in-q3-2020/

  • Umunyamakuru Mutuyeyezu 'Oswakim’ yashyize hanze indirimbo yanditse mu 2003 #rwanda #RwOT

    Iyi ndirimbo yise 'Alleluia Vuga Turakumva’, Oswakim yayikoranye n’iyi korali isanzwe ibarizwa muri Kiliziya Gatolika, Paruwasi ya Kicukiro.

    Nk’uko indirimbo nyinshi zo muri Kiliziya Gatolika ziba zicurangitse mu buryo bw’amanota nddetse zumvikanamo ubuhanga bwinshi na nako bimeze kuri iyi ndirimbo Oswakim yahuriyemo na Chorale St Paul Kicukiro.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, yavuze ko yari asanzwe afite iyi ndirimbo ndetse yayanditse mu 2003, ariko akaba ahisemo kuyishyira hanze muri iki gihe.

    Yagize ati 'Indirimbo nasohoye ejo bundi buriya nari maze igihe kinini ntekereza kuyishyira hanze ariko nayihimbye mu 2003, abantu ni banyereka ko mbizi nzakora n’izindi.'

    Uyu mugabo kandi yanavuze ko asanzwe afite impano yo kuririmba nubwo atari asanzwe ashyira hanze indirimbo.

    Umva hano indirimbo ya mbere ya ‘Oswakim’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Umunyamakuru-Mutuyeyezu-Oswakim-yashyize-hanze-indirimbo-yanditse-mu-2003

  • Madamu Jeannette Kagame yavuze ku bashaka gusenya ubunyarwanda #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 31 Ukwakira 2020, mu ihuriro ry'Umuryango Unity Club Intwararumuri ryibanze ku gaciro k'Ubunyarwanda, Jeannette Kagame yavuze ku bashaka gusenya ubunyarwanda babitewe n'impamvu zitandukanye.

    Ihuriro ry'Umuryango Unity Club Intwararumuri ni ihuriro ngarukamwaka ryabaye ku nshuro ya 13, rikaba ryari rifite insanganyamatsiko igira iti: 'Ndi Umunyarwanda: Igitekerezo-ngenga cy'ukubaho kwacu.' 

    Madamu Jeannette Kagame muri ubu butumwa yageneye abitabiriye iri huriro, yagize ati: 'Ndi Umunyarwanda ikomeze ibe igitekerezo ngenga cyo kubaho kwacu n'urukingo rw'abato ndetse n'ingabo idukingira, tugatura u Rwanda rutekanye.'

    Yabwiye urubyiruko ati: 'Icyifuzo cyacu nk'ababyeyi, nk'abayobozi, ni ukugira abadukomokaho bazakomeza umurage w'Ubunyarwanda, kuko busumba ibindi byose duhuriyeho.'

    Yaje kuvuga ku bashaka gusenya uyu murage w'Ubunyarwanda, bakunze kumvikana mu gihe Abanyarwanda besa imihigo. Ati:

    'Bimaze kuba umuco ko buri igihe iyo tudadiye, iyo tweshe imihigo ni bwo amajwi nyangarwanda azamuka agamije kugoreka amateka yacu no gusenya ubunyarwanda.'

    Jeannette Kagame yakomeje ati:

    'Bishobora kuba biterwa rimwe na rimwe n'uruhare umuntu afite muri ayo mateka, cyangwa kunanirwa kwitandukanye nayo. Bishobora guturuka ku nyungu z'umuntu bwite cyangwa izo we yita inyungu rusange. Hari kandi uruhererekane rw'urwango no kutanyurwa n'ibyo u Rwanda rukora bigamije guteza imbere twese.'

    Nk'uko byashimangiwe na Bishop John Rucyahana uyoboye umuryango Unity Club Intwararumuri, gahunda ya Ndi Umunyarwanda iba umwanya wo kwibutsa Umunyarwanda uruhare rwe mu gushimangira no gusigasira ibagezweho, Abanyarwanda bakanarebera hamwe ahari inzitizi, bakahashakira umuti.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ku bashaka gusenya ubunyarwanda

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/01/madamu-jeannette-kagame-yavuze-ku-bashaka-gusenya-ubunyarwanda/