Blog

  • Ikipe y'Amagaju FC yagaragayemwo umubare w'Abakinnyi 11 banduye Coronavirus #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikipe y'umupira w'amaguru ya Amagaju FC bwatangaje ko Abakinnyi b'iyi kipe 11 bari mu banduye icyorezo cya Coronavirus mu mibare yaraye itangajwe na Minisiteri y'Ubuzima yiganjemwo abo mu karere ka Nyamagabe.

    Ku mugoroba wo ku Itariki ya 05 ugushyingo 2020 nibwo Minisiteri y'Ubuzima yatangaje imibare yabantu banduye icyorezo cya Coronavirus, iyi Minisiteri yavuze ko mu Rwanda habonetse ubwandu bushya 18 ndetse hakanakira abantu bagera 10, mugihe umwe yitabye imana. Mu banduye harimo 12 bo mu karere ka Nyamagabe aha hakaba harimo 11 bakinira Amagaju FC, hagaragaye kandi umwe w' i Kigali, babiri b'i Gatsibo na batatu b'i Nyagatare.

    Itangazo rya Minisiteri y'ubuzima Tariki 05 ugushyingo 2020 Ku mibare y' abanduye Coronavirus

    Aba bakinnyi banduye mu gihe habura igihe gito ndetse kitanageze Ku cyumweru ngo habe imikino ya playoff y' icyiciro cya kabiri ikaba ariyo izemeza amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere. Amagaju nayo akaba ari mu makipe umunani ahatanira kujya mu cyiciro cya mbere. Iyi mikino ya playoff izatangira tariki 13 kugeza 21 ugushingo 2020.

    Abakinnyi b' Amagaju FC banduye mu gihe hari hashize igihe gito bipimishije coronavirus ndetse bagahita bajya mu mwiherero batangiye Tariki 30 ukwakira 2020. Umuyobozi w' iyi kipe , Mukiza Emile yatangarije Radio Rwanda mu rubuga rw'imikino ko ayo makuru ariyo, kandi abo bakinnyi Bose bashyizwe mu kato

    Abakinnyi b'Amagaju FC bataramanuka mu cyiciro cya kabiri

    Bakaba bari kwitabwaho, ndetse yakomeje avuga ko ntawe urembye, kandi ntanurwaye izindi ndwara.

    The post Ikipe y'Amagaju FC yagaragayemwo umubare w'Abakinnyi 11 banduye Coronavirus appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/06/ikipe-yamagaju-fc-yagaragayemwo-umubare-wabakinnyi-11-banduye-coronavirus/

  • Musanze: Babangamiwe n’uducurama tumaze imyaka 9 mu Buvumo bwa Susa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uducurama tuva muri uwo mwobo tubangamiye abaturage bahaturiye
    Uducurama tuva muri uwo mwobo tubangamiye abaturage bahaturiye

    Abo baturage ni abimuwe mu manegeka, aho bemeza ko bimuriwe mu manegeka aruta ayo barimo, kuko ngo utwo ducurama uretse kuba tubasanga mu buriri tukanduza n’ibyo dusanze mu nzu, ngo duteza n’umunuko ukabije aho bahumeka umwuka wanduye.

    Ni ubuvumo buri muri metero imwe ujya mu ngo z’abo baturage, ku buryo bafite impungenge z’uko abana babo bagwa muri icyo cyobo gifite uburebure bureshya na metero zisaga icumi z’ubujyakuzimu.

    Ngurinzira Laurent umwe mu baturiye ubwo buvumo, ubwo yari mu nama Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine aherutse kugirana n’abatuye uwo mudugudu, yabajije icyo kibazo amaranye imyaka icyenda cy’uducurama tuva muri ubwo buvumo dusanga abaturage mu ngo tukababuza amahoro.

    Yagize ati “Nakuwe mu manegeka, ariko noneho nshyirwa mu manegeka akabije aho hano mpamaze imyaka icyenda mbaza icyo kibazo cy’ubuvumo bakoze kubw’ubukerarugendo nyuma y’uko dutujwe hano. Uducurama two muri ubu buvumo twose twibera iwanjye, tunsanga mu nzu buri munsi, sinkigoheka n’umuryango wanjye ndetse n’abaturanyi”.

    Arongera ati “RDB narayandikiye hashize imyaka umunani, hari ubwo nari ngiye kubibwira Perezida Paul Kagame yagiye muri Mukingo barampumuriza bambwira ko ibaruwa yanjye bayibonye ko bazansubiza, ndategereza kugeza na n’ubu ntibaransubiza kandi uducurama dukomeje kuduhombya byinshi, mfite inka ndayikama tukaza tukirohamo amata nkabogora, none muyobozi ndakwinginze nkemurira iki kibazo ndebe ko natora agatotsi”.

    Meya Nuwumuremyi Jennine asubiza uwo muturage, yagize ati “Icyo kibazo ntabwo twari tukizi, nubwo cyamenyekanye ariko turakomeza tugikurikirane turebe ko gikemuka vuba, kuko ufite uburenganzira bwo gutura mu mutuzo kandi utekanye nk’Umunyarwanda wese”.

    Si Ngurinzira gusa ufite icyo kibazo, abatuye Umudugudu wa Susa bose baremeza ko babangamiwe n’utwo ducurama tubatera mu ngo zabo tukababuza amahoro.

    Bavuga ko ibibazo by’ingutu dukomeje kubatera ari umunuko ukabije, kwanduza ibiribwa n’ibiri munzu byose, kubabuza umutekano cyane cyane mu masaha y’ijoro tuguruka mu nzu, urusaku, kwangiza uturima tw’igikoni n’ibindi.

    Akimanizanye Christine ati “Utu ducurama ni ikigeragezo dufite, nta mahoro turagira kuva batwimurira hano, abana bacu barinzwe n’Imana yonyine kuba ntawe uragirira impanuka muri uyu mukoke, reba nawe ntitukigira uturima tw’igikoni turahinga imboga tukaza tukanduza, nta bashyitsi tukigira kuko umunuko uba hano urenze uwa toilette, mudufashe mutwimure hano tutarahaburira ubuzima”.

    Mugenzi we ati “Uducurama dusaga miliyoni eshatu ni two turi muri ubu buvumo, ibaze iyo dusohokeye rimwe tuza mu ngo zacu tubura aho duhungira, ntabwo tukirya, uraba uhishije tukagutanga ku isahani. Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri baherutse kudusura bari mu bushakashatsi, batubwira ko uducurama ari tubi cyane kuko dushobora kwanduza indwara z’ibyorezo zirimo ebola n’izindi, ubu aha turi ntidutekanye”.

    Mu kumenya ibyo Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rufite mu nshingano utwo ducurama n’izindi nyamaswa, buvuga kuri icyo kibazo, Kigali Today yagerageje kuvugana na bo ku murongo wa telefoni ariko ntibyakunda, icyo ubwo buyobozi buzatangaza kuri icyo kibazo kizatangazwa.

    Ingaruka z’uducurama ku buzima bw’abantu

    Mu kumenya ingaruka zaterwa n’uducurama ku buzima bw’abaturage, Kigali Today yegereye impuguke mu by’ubuvuzi Dr Muhire Philbert Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri, agira icyo avuga ku ngaruka z’uducurama ku buzima bw’abaturage.

    Yagize ati “Hari indwara nyinshi uducurama dutera zirimo nk’izo z’ubuhumekero, cyane nk’indwara z’ibyorezo zikomeye cyane zirimo n’izo za COVID-19 iza Ebola n’ibindi, hari igihe uducurama tuba tuzifite cyane n’izindi nyamaswa zo mu ishyamba, cyane cyane n’indwara z’ubuhumekero n’ama virus, ariko inyinshi zikaba ari izi ndwara zifata imyanya y’ubuhumekero”.

    Dr Muhire yagarutse ku mpungenge z’abo baturage, agira ati “Umuturage biragoye ahubwo ni ukureba aho hantu batuye, niba hataba uburyo bwo kwirukana utwo ducurama niba batuye ahantu batwegereye wenda bakitabaza ubuyobozi bakareba ko batwirukana, ariko umuturage we biragoranye ko yatwirinda niba baduturiye cyane byaba ari ikibazo gikomeye”.

    Dr Muhire Philbert yagize ubutumwa agenera abaturage muri rusange, aho yabasabye kwirinda inyamaswa zose zo mu ishyamba kuko inyinshi ziba zifite indwara zinyuranye zirimo iz’ibyorezo.

    Ati “Icyo nabwira Abanyarwanda ni ukwirinda inyamaswa nk’izo kuko uducurama turi mu nyamaswa zitwara indwara cyane, ariko uretse natwo, abantu ntibagomba kuduhugiraho twonyine, inyamaswa zo mu ishyamba baba abarigendamo, abazihiga baba abazibona zipfushije kuzikoraho, kuzirya batabisobanukiwe bakarya n’izitaribwa cyangwa se izo batazi uburyo zapfuye, abantu bagomba kuzirinda cyane cyane uducurama two ni umwihariko kuko dutwara indwara nyinshi cyane”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-babangamiwe-n-uducurama-tumaze-imyaka-9-mu-buvumo-bwa-susa

  • President Ndayishimiye Flown To President Mbasogo's Birth Village #rwanda #RwOT

    President Evariste Ndayishimiye of Burundi currently on a 5-day state visit to Equatorial Guinea has flown to Mongomo the birth place of his host.

    Major Equatorial Guinea media outlets are silent on Ndayishimiye's visit

    Mongomo is a town in the province of Wele-Nzas on mainland Equatorial Guinea, on the eastern border, roughly 1 km west of Gabon's Woleu-Ntem Province. This town of 7,000 in the middle of Africa's densest jungle, Mongomo boasts an impressive list of attractions.

    Mongomo futuristic town is carved out of Equatorial Guinea's virgin rainforest is a private airport, a football stadium that hosted games for the 2015 Africa Cup of Nations. This place has a new international-standard golf course named in honor of Teodoro Obiang Nguema the head of state also considered in his country as 'Guarantor of Peace and Propeller of Development.'

    Equatorial Guinea is not a signatory to the statutes of the International Criminal Court and this is the reason it hosts the ousted x-Gambian dictator Yahya Jammeh.

    French publication Jeune Afrique previously reported that Jammeh had requested land to farm in Equatorial Guinea, something he had planned to do in retirement in Gambia, where he owned a large farm in his hometown of Kanilai.

    According to Alicante, land has been set aside for him in the Moka Valley, a picturesque tract of mountains and waterfalls which, like Mongomo, is away from Equatorial Guinea's oppressive coastal humidity.

    Mongomo has been an attractive destination for Uganda's President Yoweri Museveni. He visited this area in August 2017 accompanied by First Lady Janet Museveni.

    In 2016, Museveni had sent in UPDF troops handpicked from different army units — Logistics, Special Forces, Intelligence, Medical and Motorised Infantry. This was a covert mission of reinforcing security for that country's president Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, and officially to strengthen capacity of the Guinean armed forces, according to highly placed military sources.

    Equatorial Guinea has a small army of about 1,500 troops. It has 400 policemen, 200 navy service members, and about 120 in the air force.

    President Mbasogo assumed power in August 1979 after mounting a coup that toppled his uncle, Francisco Macías Nguema, who was also the country's first president.

     

    Source : https://taarifa.rw/president-ndayishimiye-flown-to-president-mbasogos-birth-village/

  • Imirwano muri Ethiopia ingabo nyinshi ziri kujya muri Tigray #rwanda #RwOT

    Leta ya Ethiopia iri kwegeranya ingabo nyinshi mu gihugu hose mugihe ikomeje ibitero ku karere kayo ka Tigray mu majyaruguru.

    Umugaba w'ingabo wungirije, Jenerali Berhanu Jula, yavuze ko ingabo ziri kujya mu majyaruguru gufasha ikicaro cy'ingabo cyaho kigaruriwe n'abasirikare ba leta y'akarere ka Tigray.

    Ethiopia ni igihugu kigizwe na leta zitandukanye z'uturere, zihuzwa kandi zigategekwa na leta y'igihugu yo mu murwa mukuru Addis Ababa.

    Debretsion Gebremicheal utegeka leta ya Tigray — n'ishyaka rihategeka TPLF — yavuze ko ingabo z'aka karere zafashe 'intwaro hafi ya zose' z'ibirindiro by'ingabo za leta y'igihugu muri Tigray.

    Yavuze kandi ko ingabo zabo ziri 'mu ntambara' ku mupaka wa Tigray n'indi leta bituranye ya Amhara.

    Abategetsi muri Amhara bemeje ko hari imirwano iri kubera mu karere k'umupaka ihana na Tigray nk'uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga.

    Biragoye kumenya ubukana bw'imirwano iri kuhabera kuko internet na telephone byakuweho mu karere ka Tigray.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/06/imirwano-muri-ethiopia-ingabo-nyinshi-ziri-kujya-muri-tigray/

  • Ni irihe jwi ukwiye kuvuga igihe uruhijwe n’umusaraba wawe? #rwanda #RwOT

    Nuko isaha zibaye nk’esheshatu, haza ubwirakabiri mu gihugu cyose kugeza ku isaa cyenda, izuba ntiryava, umwenda ukingiriza Ahera cyane h’urusengero utabukamo kabiri. Yesu avuga ijwi rirenga ati 'Data, mu maboko yawe ni ho nshyize ubugingo bwanjye.' Amaze kuvuga atyo umwuka urahera. Luka 23: 44-46

    Mu maboko y’Imana niho washyira ubugingo bwawe ukizera umutekano, mu maboko y’Imana niho washyira ubugingo bwawe ukizera ko ejo hazaza ariho heza, mu maboko y’Imana niho washyira ubugingo bwawe ukizera ko izaburinda neza. Warirwaniriye ukora ibishoboka ariko hasigaye ko ubwira Imana ngo ' Mu maboko yawe niho nshyize ubugingo bwanjye’.

    Turimo kwiga inyigisho zijyanye n’amwe mu majwi akomeye(adasanzwe) yagiye agaragara mu isezerano rishya, aho twabonye ijwi ry’urangururira mu butayu, ijwi rya Yohana Umubatiza ( ijwi ryo kwihana), Twabonye nanone ijwi ryahamirije Yesu avuye muri Yolodani Umwuka amuzaho afite ishusho nk’iy’inuma, Imana ikavuga ngo 'Nguyu umwana wanjye nkunda kandi nkamwishimira (ijwi ritangira umuntu ubuhamya).'

    Twabonye kandi ijwi ryo ku musozi wo kurabagirana, aho Imana igera igaha umuntu ubwiza. Twagarutse no ku ijwi rya 4, ijwi ribeshaho( ijwi ritanga Ubugingo). Ijwi ryakurikiyeho ni iryo 'kurwana intambara'(ijwi umuntu ashobora kuvuga igihe arwana intambara)

    Nkuko tubigezwaho na Pasiteri Habyarimana Desire, mu kiganiro 'Ubutumwa bukiza’ gitambuka kuri Agakiza Tv, by’umwihariko mu rukurikirane rw’ibiganiro bizibanda kuri amwe mu majwi akomeye (adasanzwe) yabayeho mu isezerano rishya, tugiye noneho kugaruka ku ijwi rya 6, 'ijwi ryo kuvuga igihe umuntu aruhijwe n’umusaraba wawe’.

    'Data, mu maboko yawe ni ho nshyize ubugingo bwanjye'

    Iri ni ijwi ryabayeho rikomeye ryabayeho ku musara, mwibuke ko Yesu yari yababaye mu buryo bukomeye. Yafashwe ari ku wa kane nimugoroba, arara akubitwa ijoro ryose, bamujyana mu nkiko nyinshi: Yagiye kwa Ana, yagiye kwa Pilato, bamujyana kwa Herode, bamugarura kwa Pilato, izi nkiko zose yazigiyemo ijoro rimwe, yarababaye pe! Yagiye no mu rukiko rwa kiyuda.

    Yesu ubwo yajyaga kubambwa yahuye n’abagore baramuririra, ababwira ko badakwiye kumuririra ahubwo ko 'bikorera imisaraba yabo bakamukurikira. Byasobanuraga iki? , byavugaga ko Yesu we yari arangije kubambwa ariko ko twe dusabwa kuzakomeza kubamba ingeso zacu za kamere ku musaraba. Bivuze ko kubambwa kwacu ni ukwa buri munsi.

    Gukizwa ni ugutsindishirizwa, gukizwa ni ubuntu ariko uruhare rwacu ni ukubamba ingeso za kamere ku musaraba. Mu byaha niho twavukiye, twaremanywe gukiranirwa guhinduka ni urugendo. Kugira wa mutima wari muri Kristo Yesu bifata igihe uko ugenda uhinduka Imana igenda ibana nawe, kandi guhinduka birashoboka.

    Dufite abahamya bo guhinduka , ibikigutsinda hari abandi babitsinze, hari abantu bakize inyota y’inzoga , hari abantu bakize irari ry’ubusambanyi. Hari abantu bababariye n’abatabasabye imbabazi, hari abantu bakunda n’abatabakunda, hari abantu bagwa neza kandi barahoze ari abanyamujinya n’abanyamahane.

    Yesu adusaba kwikorera imisraba yacu

    Imana ishobora kuguhindura bigashoboka, ibyo bikigutsinda hari abandi babitsinze. Nugera n’imbere y’Imana ntabwo uzasobanura impamvu yo gutsindwa: Ntabwo uzavuga ngo 'Umugabo wanjye niwe wananije’ kandi hari abandi bshoboye kwihanganira abagabo babo. Ntabwo uzavuga ngo 'Umugore wanjye yari mubi’, hari abandi babanye n’abagore babi barihangana. Imbaraga zafashije abo nizo ukwiriye kugira ngo nawe ubashe kurwana intambara nziza yo kwizerwa kugira ngo ubashe gutsinda muri iyi ntambara.

    Yesu ari ku musaraba yaravuze ngo' Mu maboko yawe niho nshyize ubugingo bwanjye’. Ryari ijwi rikomeye kandi Imana yaramwumvise, ikibigaragaza ni uko ataheze mu mva yazutse. Ukwiye kuba umunyakuri ukabwiza Imana ukuri, erega Imana ikwitaho!, Imana izi ibyo ukeneye mu buzima bwawe bwa buri munsi izi buri kimwe cyose ukeneye.

    Imwe mu ntambara ikomeye ni ukubamba ingeso za kamere ku musaraba, waragerageje ugeze igihe uvuga ngo 'byarananiye’, warirwaniriye, ibyo byakunaniye bibwire Imana. Shyira ubugingo bwawe mu maboko y’imana. Mu maboko y’imana niho ukwiye gushyira ejo hawe hazaza, niho ukwiye gushyira ibikuremerera, niho ukwiye gushyira ibikunanije hanyuma ukizera ko Imana izagufasha kurangiza umugambi yakuremeye kubamo ku isi neza, ukazayivamo wararwanye intambara nziza.

    Umva inyigisho yose: Impamvu ukwiriye gushira ubugingo bwawe mu maboko y’Imana

    Source: Agakiza Tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ni-irihe-jwi-ukwiye-kuvuga-igihe-uruhijwe-n-umusaraba-wawe.html

  • RBC yatanze imodoka zizakwirakwiza inkingo harimo n’urwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr Nsanzimana atanga imfunguzo n
    Dr Nsanzimana atanga imfunguzo n’ikarita iranga imodoka ku muyobozi w’Ibitaro bya Ruhango

    RBC ivuga ko mu nkingo zigomba gutangirwa ku bitaro no ku bigo nderabuzima byose mu gihugu harimo n’urwa Covid-19, byitezwe ko ruzaboneka mu ntango z’umwaka utaha wa 2021.

    Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana, yagize ati “buri mwaka tugira inkingo nshya ziyongera muri gahunda y’ikingira, urukingo rwa Covid-19 turutegereje mu ntangiriro z’umwaka utaha, twatangiye kurwitegura, izi modoka ziri mu bikoresho bizadufasha gukwirakwiza irwo rukingo”.

    Dr Nsanzimana avuga ko urukingo rwa Covid-19 niruboneka ruzahabwa Abaturarwanda hafi miliyoni eshanu, ariko abazabanza kuruhabwa bakaba ari abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri nk’abageze mu zabukuru n’abafite uburwayi bukomeye, ndetse n’abantu bashinzwe kurwanya icyo cyorezo.

    Ati “Turarutegereje kandi turabyizeye”.

    Umuyobozi Mukuru wa RBC agerageza imodoka nshyashya mbere yo kuzitanga ku bitaro
    Umuyobozi Mukuru wa RBC agerageza imodoka nshyashya mbere yo kuzitanga ku bitaro

    Umuyobozi w’Ibitaro bya Butaro (Burera), bimwe mu byahawe imodoka, Maj Dr Kayitare Emmanuel, ashima ko babonye imodoka ishobora imisozi yo muri ako karere, kandi kubera kwihuta kwayo ikazabasha kugera ku bigo nderabuzima byose uko ari 19.

    Ati “Ni imodoka ikomeye izadufasha kumenya amakuru ajyanye n’ubuzima, yaba imibare y’abakingirwa, abana bavuka n’ababyeyi babyara, abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA n’ubindi”.

    RBC ivuga ko imodoka zatanzwe ari igihembo cy’umushinga mpuzamahanga witwa ‘Gavi’ usanzwe uteza imbere gahunda y’ikingira, ukaba ushima ko u Rwanda ruza mu bihugu bitanga neza inkingo, kuko mu myaka itatu ishize rwahaye inkingo abarenga 90% by’abazikeneye.

    Iki kigo cyakomeje gitangaza ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere ku Mugabane wa Afurika bizahabwa urukingo rwa Covid-19 rugisohoka mu ruganda.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/rbc-yatanze-imodoka-zizakwirakwiza-inkingo-harimo-n-urwa-covid-19

  • Nyagatare: Abarimu bari mu gihirahiro nyuma y’aho ibigo bigishagaho bihagaze gukora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igice cy
    Igice cy’amashuri abanza cyatejwe icyamunara hasigara icy’ayisumbuye ariko na yo ntakora

    Umwarimu utarashatse ko amazina ye atangazwa wigishaga mu ishuri ryigenga ‘Hillside Matimba’, avuga ko basubikiwe amasezerano y’akazi muri Mata 2020. Avuga ko kuva ubwo batongeye kuvugana n’umukoresha kugeza amashuri yongeye gufungura.

    Avuga ko bari bizeye ko bazasubira mu kazi kuko batigeze basesa amasezerano burundu, ariko ngo umunsi w’itangira ugeze bageze ku ishuri basanga harafunze.

    Ati “Duheruka badusubikira amasezerano na bwo ababonye ayo mabaruwa ni bake kuko yanyuzwaga kuri WattsApp, utayikoresha nta baruwa yahawe. Kubera ko ntacyo twongeye kuvugana n’umukoresha twaje tuzi ko dusubiye mu kazi amasezerano agasubukurwa kuko atigeze ahagarikwa burundu, tuhageze dukubitwa n’inkuba, inzugi zinjira imbere zose zirafunze”.

    Uyu mwarimu avuga ko batazi icyo bagomba gukora kuko ngo bamaze no kumenya ko igice cy’ishuri kimwe cyamaze kugurishwa muri cyamunara.

    Agira ati “Iyo batubwira nibura tukishakira ahandi akazi, ubu imiryango yacu ibayeho nabi, amezi umunani udakora ku mafaranga, twifuzaga ko umukoresha yatwishyura ibirarane byacu akaduha n’imperekeza kuko ubu bigaragara ko twirukanywe binyuranyije n’amategeko”.

    Hillside Matimba yakoreshaga abakozi 42, mbere y’ukwezi kwa Werurwe uyu mwaka aba bakozi bose bishyuzaga umukoresha miliyoni zisaga 16 ndetse ngo akaba yari yaremereye ubugenzuzi bw’umurimo mu Karere ka Nyagatare kwishyura aya mafaranga ariko n’ubu ntacyo barabona.

    Muri iki gihe amashuri yari afunze, igice cy’amashuri abanza cya Hillside Matimba cyatejwe icyamunara kugira ngo hishyurwe umwenda wa banki nyir’ikigo yari ayibereyemo.

    Ikindi gice cy’ahigira amashuri yisumbuye ubu ni ho Akarere ka Nyagatare kifashisha ku bantu bashyirwa mu kato ku ndwara ya COVID-19.

    Umunyamabanga mukuru wa sendika y’abarimu bakora mu bigo by’amashuri yigenga n’abakozi babikoramo Abdon Faustin Nkotanyi, arasaba abafite ibigo by’amashuri byahagaze kubera impamvu zitandukanye kuganira n’abakozi kuko guceceka bishobora gutuma bikururira ibihano.

    Abarimu ba Hillside Matimba ntibamenyeshejwe ko akazi kahagaze burundu ngo bajye gushakira ahandi
    Abarimu ba Hillside Matimba ntibamenyeshejwe ko akazi kahagaze burundu ngo bajye gushakira ahandi

    Agira ati “Amategeko agomba kubahirizwa kuko niba yafunze ikigo agomba gusezerera abakozi ntaceceka, guceceka ntibikemura ikibazo. Umenyekanisha ko ikigo wagifunze, wasubika amasezera y’abakozi, wakigurisha ukishyura, ntabindi. Nk’ikibazo cya Hillside bivuze ko abakozi birukanywe binyuranyije n’amategeko aho rero ugomba kumuha integuza, imperekeza n’ibirarane”.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uretse Hillside Matimba yafunze imiryango hari ibindi bigo bitatu byahagaritswe gukora kubera kutubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19, ndetse ngo igenzura rikaba rikomeje ku buryo hashobora guhagarikwa umubare urenze uyu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko abanyeshuri bigaga mu bigo byahagaritswe boherejwe mu bindi byegeranye, byaba ibyigenga cyangwa ibya Leta.

    Kigali Today yagerageje guhamagara Gashumba Thadée nyir’ishuri Hillside Matimba, ariko ntiyitaba telefoni ye igendanwa, ndetse n’ubutumwa bugufi twamwandikiye ntiyabusubiza.

    Twagerageje kandi kuvugisha umukobwa we, Gashumba Hanriettee akaba ari na we wari ushinzwe abakozi muri Hillside Matimba, na we ntiyitaba telefone.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/nyagatare-abarimu-bari-mu-gihirahiro-nyuma-y-aho-ibigo-bigishagaho-bihagaze-gukora

  • South Africa's Tech Company Dimension Data Sued Over Racism #rwanda #RwOT

    South Africa's pioneer technology company Dimension Data (Didata) is struggling with a legal battle following a law suit filed by its former chair Andile Ngcaba accusing the company of racial discrimination and violation of an equal pay undertaking.

    Andile Ngcaba is seeking as much as R 430million (U$ 27,327,014).He alleges that for a period of 12 years, the company paid him less than his white counterparts and juniors.

    He was a Technology Company executive between 2004 and 2017 but his relationship with them soured in 2016 when he found out about the alleged pay gap during a board meeting.

    Ngcaba who served as director-general of the department of communications under Nelson Mandela and Thabo Mbeki, first took on Didata in 2017, dragging the company to a labour dispute resolution body after he learnt he was excluded from an incentive scheme that benefited other staff.

    In his submission Ngcaba has dragged the company to a Johannesburg court arguing that the company's global CEO at the time; Brett Dawson had made an oral commitment to him for Equal pay during annual performance reviews in 2004. However, this commitment was never respected.

    Dimension Data (Didata) was founded in 1983 and was aligned with Cisco as its Primary working partner. The company between 2000 and 2004 listed on the London Stock Exchange allowing them to later expand to UK, North America and Europe through key acquisitions. This company also has tentacles in the Middle East, and the African region.

    Basically Dimension Data has also invested massively in Automotive, Education, Healthcare, Finance Banking and Insurance, Mining, Retail, and manufacturing.

    Source : https://taarifa.rw/south-africas-tech-company-dimension-data-sued-over-racism/