Blog

  • Amashuri amaze kubakwa muri Kicukiro yagabanyije ubucucike #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Akarere ka Kicukiro katashye ibyumba by
    Akarere ka Kicukiro katashye ibyumba by’amashuri bishya bizafasha kugabanya ubucucike

    Uturere twose mu gihugu dukomeje gusiganwa n’ibihe kugira ngo turangize kubaka ibyumba by’amashuri birenga 22,500 harimo 442 bigomba kubakwa muri Kicukiro.

    Icyiciro cya mbere cy’ibyumba by’amashuri byamaze kubakwa n’Akarere ka Kicukiro mu kwezi kwa Kanama 2020, cyari kigizwe n’ibyumba 104, none hiyongereyeho ibyumba 115 byatashwe ku wa Kabiri tariki 15 Ukuboza 2020.

    Ubuyobozi bw’amashuri yahawe ibyumba by’inyongera hamwe n’ababyeyi bayarereraho, bavuga ko batangiye kubona nta bucucike mu mashuri bugihari, kubera iyo mpamvu bakaba biteze imitsindire y’abana n’uburere bitandukanye n’ibyo mu myaka yashize.

    Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Kagarama, ryahawe ibyumba umunani bishya, Samuel Nkurunziza, avuga ko umubare batagomba kurenza muri buri cyumba (nk’uko Minisiteri y’Uburezi ibiteganya) ari abanyeshuri 46.

    Uwimana Jacqueline wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Kicukiro avuga ko atajyaga akurikirana neza imyigire y’abana bose bitewe n’igihe gito amara kuri buri somo kandi akigisha abana benshi.

    Uwimana yagize ati “Ibyumba n’ubwo hatubatswe byinshi cyane, byatugabanyirije umutwaro kuko mu cyumba hari hasanzwemo abana 50 ariko ubu bakaba babagabanyirije mu kindi cyumba, biramfasha kubagenzura byihuse no kureba ko basobanukiwe n’isomo nabahaye”.

    Mugenzi we witwa Mukangoga Justine wigisha muri EFOTEC-Nyarugunga mu Murenge wa Kanombe, avuga ko yatangiye kubona abana batsinda ibizamini ku rugero rwa 100% kuko badacucikiranye kandi kubakurikirana byoroshye.

    Umunyeshuri witwa Niyongira Eric wiga imibare, ubugenge n’ubumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga (computer science) aho muri EFOTEC-Nyarugunga, yemeza ko umusaruro buri wese azabona uzaba umukwiriye bitewe no kutegerana ngo bitange icyuho cyo gukopera.

    Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Kicukiro, Munyantore Jean Claude, avuga ko ibyumba by’amashuri 115 ako Karere kubatse ku nkunga ya Leta nibimara gutahwa byose mu kwezi gutaha kwa Mutarama 2021, ubucucike mu mashuri buzaba bugeze ku mpuzandengo y’abana 50 muri buri cyumba cy’ishuri buvuye kuri 75.

    Munyantore avuga ko ibyumba by’amashuri byubatswe mu ngengo y’imari ya Leta bitararangira kubakwa neza ari 16 mu 115, kandi ko ibyubakwa ku nkunga ya Banki y’Isi na byo bigeze ku rugero rwa 85%.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buvuga ko kubaka ibyumba by’amashuri biterwa inkunga na Banki y’isi byadindijwe n’uko Umujyi wa Kigali wabanje gutanga isoko ryo kugura inzugi n’amadirishya.

    Aka Karere kavuga ko karimo gukoresha ingengo y’imari ya Banki y’isi irenga miliyari imwe na miliyoni 400 mu kubaka ibyumba by’amashuri 151.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/amashuri-amaze-kubakwa-muri-kicukiro-yagabanyije-ubucucike

  • Ibitaravuzwe ku buzima bwa Rukara rwa Bishingwe #rwanda #RwOT

    Rukara rwa Bishingwe ni mwene Bishingwe na Nyirakavumbi, yavukiye I Gahunga mu Ngoma y’u Burera kuri ubu ni mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera aho bakunze kwita 'Gahunga k’Abarashi'.

    Rukara yabayeho ku ngoma ya Yuhi V Musinga, umwami wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1895 na 1931 hakurikijwe igenekereza ry’urutonde rw’Abami bategetse u Rwanda

    Amateka ya Rukara rwa Bishingwe abenshi bakunze kuyafata nk’umugani cyangwa igitekerezo kandi yarabayeho. Uretse bamwe mu bakirigitananga-nyarwanda nka Sebatunzi bacuranze amateka ye, bamwe mu banditsi b’amateka nabo bamwanditseho mu bitabo byabo kuko yabaye ikirangirire mu Rwanda.

    Ikiganiro n’Umwuzukuru wa Rukara

    Rukara afite benshi bamukomokaho bari bafite igisingizo cy’Ubutwari cy’Umuryango w’Abarashi', mu nzu y’ Abarashi, benshi muri aba bakaba batuye mu Karere ka Burera mu murenge wa Gahunga ho mu ntara y’amajyaruguru, aho bakunze kwita mu mu Gahunga k’Abarashi.

    Inzu y’Abarashi ibarizwa mu bwoko bw’Ababacyaba b’Abarashi, bakomoka kuri Karashi ari we mukurambere wabo.

    Kwitwa Karashi byaba byaratewe n’uko ngo uyu sekuruza yari umukogoto w’umuheto (umuhanga mu kurashisha umuheto.)

    Karashi yavaga inda imwe n’abandi bahungu barimo Kanaga ndetse na Karandura, imiryango yabo ikaba ifite inkomoko muri Ankole.

    Benshi mu Barashi babaye ibyamamare mu ngabo z’i bwami ariko uwamamaye cyane ari Rukara rwa Bishingwe na Nyirakavumbi, wari ufite igisingizo kivuga ngo 'Nyirakavumbi nyina w’Amavubi' wari umutware w’Abakemba, Uruyenzi, Abemeranzige n’Urukandagira.

    Iyi mitwe yose uko ari ine, ikaba yari imitwe y’ingabo yariho ku ngoma ya Yuhi Musinga. Kubera ko yari Intwari y’Icyamamare ,ingabo ze zari zaramuhaye izina rya 'Rukara rw’Igikundiro, urwa Semukanya intahanabatatu ya Rutamu'

    Intebe y’ubutware bw’ ingabo Rukara rw’igikundiro, urwa Semukanya intahanabatatu ya Rutamu mu nteruro y’icyivugo cye, ngo yayizunguyeho (yayirazwe) se Bishingwe kuko ngo nawe yatwariraga Kigeli IV Rwabugili izo ngabo.

    Rukara rwa Bishingwe ngo yari umugabo w’igihagararo, ibigango n’igitinyiro nk’uko bamwe mu banditsi b’amateka y’u Rwanda bamubonye babyanditse. Amateka agaragaza ko yari afite nka metero imwe na santimetero 90 mu gihagararo.

    Usibye n’ibyo, kuri ubu hari umwe mu buzukuru be witwa Ndagijimana Yuvenali, iyo umwitegereje, wahita utekereza ibigango bya Rukara, dore ko ari umugabo wirabura w’ibigango n’ubwanwa bwinshi upima nka metero imwe na santimetero 90 z’igihagararo. Igihagararo n’ibigango akaba ari umwihariko w’abarashi ,kuko mu miryango yose yo kwa Rukara nta muntu uri munsi ya metero na santimetero 70 z’uburebure'.

    Rukara yagiraga ihinyu cyane

    Mu buzima bwe Rukara rwa Bishingwe yakunze guhinyura abantu bakomeye ariko ngo byagera ku mugabekazi Nyirayuhi Kanjogera wategekeraga umuhungu we Musinga wari akiri igihenga (umwana muto) muri icyo gihe bikaba akarusho.

    Umunsi umwe Rukara yasanze uyu mugabekazi wakundaga guca imanza yikinze inyuma y’inyegamo, maze ngo aramuhinyura avuga ko urubanza rwo mu nyegamo na nyina Nyirakavumbi yaruca !Usibye nibyo, Rukara yubahukaga cyane umugabekazi Kanjogera kuko ngo hari n’igihe yamunyariye ku ntebe undi ayihagurutseho.

    Si umugabekazi gusa utaravugaga rumwe na Rukara kuko atanacanaga uwaka n’abazungu cyane cyane abapadiri kuko baje bacengeza inyigisho z’ubukirisitu, mu gihe abatuye aka gace k’U Burera bari bakomeye ku idini gakondo ya Nyabingi w’Icyamamre muri ako gace.

    Ikiganiro n’Umwuzukuru wa Rukara

    Ikindi kandi ubwo abazungu bageraga muri kariya gace bigabije amwe mu masambu y’Abarashi bayashingamo imbago bashaka kuhubaka amazu nk’uko amateka abigaragaza.

    Indunduro y’ubuzima bwa Rukara rwa Bishingwe

    Intandaro yo gusezera ku isi kwa Rukara rwa Bishingwe, yabaye gufata iya mbere mu kurandura izo mbago maze Padiri Paulin Lupiyasi bahimbaga Rugigana akamutumaho inshuro nyinshi ngo yisobanure ariko ngo Rukara akamuninira ntamwitabe, usibye ko byageze aho Rukara akemera kwitaba Padiri Lupiyasi bagahurira ahitwa kuri Nyabyungo ubu hubatse kiriziya y’Abagatolika.

    Bahuriye kuri Nyabyungo Lupiyasi ngo yaramukije Rukara agira ati : ” Yambu ” kandi ngo iyo ndamukanyo Rukara yarayifataga nk’igitutsi cyo kwamburwa abana, Rukara yamwihanangirije kutazongera kumubwira iryo jambo, Lupiyasi we abibonamo agasuzuguro amukubita urushyi maze Rukara nawe amuterera ku munigo kugeza anogotse.

    Urupfu rwa Padiri Rupiyasi rwateye Rukara guhungira mu Ndorwa ndetse na benshi mu Barashi bahungira i Congo, mu Bufumbira (Uganda), n’ahandi, bose batinya ko abazungu bazaza guhorera mwene wabo.

    Kwerekeza mu Ndorwa Rukara yashakaga kwisunga Ndungutse wari warahigaruriye n’ubwo nawe atari yorohewe na busa n’ubutegetsi bwa Musinga bwamuregaga kubwigumuraho.

    Abazungu bamenye ko Rukara yahungiye kuri Ndungutse bamusabye kubaha Rukara arabyemera yibwira ko nabo bazamukiza Musinga wari warahagurukiye kurwanya abigometse ku bwami bwe bose, nubwo bitabaye kuko bitabujije umudage Liyetona Goduwiyusi kumutera ku ya 13 mata 1912 abo yayoboraga bakegukira Umwami Musinga.

    Ikiganiro n’Umwuzukuru wa Rukara

    Ubwo Rukara yabuguzaga na Ndungutse mu rugo, abasilikali b’abazungu bari ku mugambi na Ndungutse baje rwihishwa bamugwa gitumo baramuboha ariko muri uko kumuboha ngo hagwa umwe mu basilikali ahitanwe na Rukara ndetse ngo Rukara yiyambura impuzu ahenera Ndungutse amuvuma ngo ntakime ingoma mu Rwanda.

    Nyuma yo gufatwa akabohwa Rukara yajyanywe kunyongerwa mu Ruhengeri aho yarashwe urufaya rw’amasasu.

    Ibikorwa bya Rukara byakoze kuri bamwe mu Barashi

    Mbere y’uko Rukara anyongwa yasize ashinganishije abamukomokaho kuko ngo yasabye abazungu bari bagiye kumwica kutazamukorera ku bana n’ubwo ibyo bitabujije ko abakomoka mu nzu y’Abarashi ndetse n’ abari batuye U Burera muri rusange bahura n’ingaruka zitandukanye .

    Icyo gihe bumwe mu butaka bw’abarashi bari barahunze nyuma y’uko Rukara yivugana umuzungu , bwigaruriwe n’abandi baturage ntibanabusubizwe mu gihe bahungukaga. Uretse n’ibyo bamwe mu batuye kano gace bahejwe mu mashuri n’abapadiri bari bayoboye uburezi bw’icyo gihe.

    Kuri ubu umuryango w’abacyaba b’Abarashi wagutse ku buryo ubasanga henshi mu gihugu, cyane cyane mu duce tw’amajyaruguru nka Ruhengeri na Gisenyi.

    Benshi mu bakomoka mu nzu y’Abarashi bafata Rukara rwa Bishingwe nk’intwari.

    Ikiganiro n’Umwuzukuru wa Rukara

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ibitaravuzwe-ku-buzima-bwa-Rukara-rwa-Bishingwe

  • Nyanza : Umurambo w’umukecuru wasanzwe mu murima #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rutunguranye rw’umukecuru yamenyekanye kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020 ahagana saa yine za mugitondo.

    Abaturage bamusanze mu murima we w’ibishyimbo yapfuye, yari yagiye gusarura imyaka shyimbo).

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo mu Murenge wa Rwabicuma, Ngirinama David yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru abaturage batabaje ubuyobozi bavuga ko hari umukecuru basanze yapfuye.

    Ngirinama avuga ko kugeza ubu bataramenya icyo nyakwigendera yazize, ariko hakekwa ko ari uburwayi.

    Abaturage bababwiye ko yari asanganywe uburwayi bw’isereri amaranye iminsi, bagakeka ko bushobora kuba bwaturutseho urwo rupfu kuko, nta muntu ukekwa bari bafitanye ikibazo.

    Inzego z’umutekano zirimo Polisi y’Igihugu ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza zahise zimenyeshwa amakuru nyuma umurambo ujyanwa ku Bitaro bya Nyanza gukorerwa isuzuma.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Nyanza-Umurambo-w-umukecuru-wasanzwe-mu-murima

  • Over 2000 women coffee growers empowered to implement good agriculture practices #rwanda #RwOT

    These are beneficiaries from Nestlé-Zoégas and Sucafina’s second phase of the Nescafé Plan-Coffee by women program which was launched last year and is implemented by the Kahawatu Foundation. The Foundation is an agribusiness nonprofit organization, that supports small-scale coffee growers in Rwanda and neighboring countries with the objective to improve the livelihoods and strengthen the resilience of the households and this in a sustainable way.

    Uwimbabazi Dorothe a coffee farmer from Nyamyumba, is one of the 2,828 women coffee farmers, who have benefited from Nestlé- Zoégas program. She explained that my coffee production has increased exponentially in the last two consecutive years, that is 2018 and 2019.

    Among others, her farm productivity improved with about 17% in 2019 vs 2018 production.

    'This is a result of the adoption of the training on good agricultural practices and the technical assistance that Kahawatu has provided as part of the Nescafé Plan — Coffee By Women program,' said Uwimbabazi.

    The program which seeks to empower more than 3,000 women within three years since 2019, has seen Nestlé and its partners deploy Agronomists to the 5 western CWS of Rwacof namely Musasa, Mushonyi, Nyamyumba, Rwinyoni, and Ngororero, to offer agricultural extension services, establish coffee demonstration plots for teaching purposes, and teach the farmers how to undertake coffee farming as a family business.

    The farmers have also received trainings on Group Dynamics and leadership, nutrition and food security, primary healthcare and hygiene and sanitation.

    'As a result of the trainings we have undertaken, we have seen an increase in the representation of women and youth in the producer organizations formed in the five coffee washing stations,' said Hans Nilsson, Marketing Manager Zoégas (Nestlé).

    'Currently the leadership structure of the producer organizations has changed to include a lead farmer, women representative and youth representative. We are also seeing an increasing number of women owning their own coffee farms and vying for leadership positions in the coffee washing stations,' he added.

    Women play a significant role in coffee farming activities, as well as their critical contribution to families and communities, but they frequently do not have the same opportunities to receive training or to take on leading organizational roles.

    The project supports gender equality and women empowerment with a tailored program to increase the household incomes, strengthen financial management, and develop communication and influencing skills, helping some of them to assume leading community roles.

    Coffee is still a major source of livelihood for thousands of Rwandese smallholder farmers and this partnership aims to have a higher inclusion of women and youth, improved economics of coffee farming, improved livelihood and living standards and thus improved household resilience.

    Women play a significant role in coffee farming activities: Net photo

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/over-2000-women-coffee-growers-empowered-to-implement-good-agriculture

  • Musanze: Kubahiriza saa moya byananiye abasaga 150 barara muri stade #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasaga 150 baraye muri Stade Ubworoherane nyuma yo kurenga ku mabwirizwa yo kwirinda COVID-19
    Abasaga 150 baraye muri Stade Ubworoherane nyuma yo kurenga ku mabwirizwa yo kwirinda COVID-19

    Abenshi mu bafashwe ni urubyiruko aho bamwe bagaragaweho ubusinzi nyuma yo gufatirwa mu tubare, hagaragara n’umubare munini w’urubyiruko rwafatiwe mu byumba bareba filime.

    Ikindi cyagaragaye kuri abo bafashwe ni umwanda aho bari bambaye imyambaro yanduye cyane barimo n’abatambaye udupfukamunwa.

    Umwe mu rubyiruko rwafatiwe mu businzi aganira na Kigali Today, yagize ati “Njye ndakangutse nisanga muri sitade ntambaye inkweto nta n’agapfukamunwa numva ndikanze, ndashimira Polisi kunzana hano ni nko kuntabara kuko sinari nzi aho ndi nari nasinze mu buryo bukabije”.

    Arongera ati “Twari mu rugo rw’umugabo tunywa inzoga, amacupa nibuka nanyweye ni atanu y’urwagwa, gusa sinzi uburyo nafashwe mbabajwe n’icyaha nakoze cyo gukinisha icyorezo, ngomba kwihana gusa n’abafungura utubare babicikeho turwanye COVID-19 ikomeje kwica benshi”.

    Hari n’abafatiwe mu mujyi wa Musanze batashye mu turere batuyemo tutarebwa na gahunda yo gufunga ingendo saa tanu, bisobanura bavuga ko batari bazi ko kunyura mu Mujyi wa Musanze utashye mu Karere bibujijwe.

    Uwari avuye i Kigali ajya muri Nyabihu ati “Navaga CHUK ntashye muri Nyabihu, ngeze mu mujyi wa Musanze saa moya n’iminota itanu baramfata, icyantindije nari mfite umurwayi bari bari kubagira muri CHUK, icyo nazize ni uko nageze i Musanze amasaha yarenze. Amabwiriza yo guhagarika ingendo i Musanze nari nayumvise ariko ntabwo nari nzi ko kuhanyura wigendera ujya mu kandi karere bibujijwe, ibintu byakaze Covid-19 imeze nabi, ntabwo ari ibintu byo kujenjekera gusa ndasaba imbabazi”.

    Bamwe bafashwe nta dupfukamunwa bambaye
    Bamwe bafashwe nta dupfukamunwa bambaye

    Umwe mu bakecuru baraye muri sitade ati “Bamfashe saa moya irengaho iminota icumi, nari hafi yo mu rugo neza neza, nafashwe ubwo nari nsohotse gato ngiye guhahira abana, ubu abana banjye baraye batariye nta n’amafaranga ibihumbi 10 y’ibihano mfite”.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze, yavuze ko muri abo bantu baraye muri sitade harimo abafatiwe mu tubari abandi bafatirwa mu mafilime.

    Ati “Twasanze abantu batsindagiriye mu cyumba bareba filime, bari biganjemo abana bari biyambuye imyambaro y’ishuri bayifashe mu kwaha bambaye indi myenda. Bareberaga iyo filime ahantu hateye ubwoba hasa nabi cyane na bo basa nabi cyane. 27 muri bo bari hano twabafashe abana batoya bo munsi y’imyaka 15 turabareka, nyiri iyo nzu watorotse dukomeje kumushakisha kuko arangiriza abana agatuma bata ishuri, ubu n’ibyuma bye twabifashe biri hano”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yavuze ko bihaye gahunda yo gukosora abakomeje kurenga ku mabwiriza, babahana mu rwego rwo gutanga ubutumwa bugamije kwirinda COVID-19.

    Ati “Mu ijoro ryakeye twafashe abagera ku 150, murabona ibinyabiziga, moto amagare aba bose bagiye barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, hari abarengeje isaha yagenwe abo twafashe bahoberana mu muhanda, abatambaye udupfukamunwa, abari mu tubari, bose twabazanye naho utubari twadufunze”.

    Arongera ati “Ntawe bishimisha kubona imbaga y’abantu hano bafatiwe mu makosa, twizere ko ubutumwa bugera ku bantu bose bakamenya ko kurenga ku mabwiriza ari amakosa, ni ngombwa kubivuga kugira ngo dufashe abandi kwirinda, ni yo mpamvu tubazana hano muri sitade tukabigisha tubaca n’amande kugira ngo n’abandi babyumvireho”.

    Uwo muyobozi kandi yanenze abafashwe basinze aho baraye muri sitade batazi aho bari kubera inzoga, aho basabwe kugaragaza utwo tubari banywereyemo kugira ngo ba nyiratwo bahanwe, asaba n’umuntu wese wibonaho ibimenyetso bya COVID-19 gutanga amakuru byihuse kugira ngo bafashwe.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/musanze-kubahiriza-saa-moya-byananiye-abasaga-150-barara-muri-stade

  • Amavubi yaguye miswi na Djibouti, imibare muri 1/2 isubira irudubi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Mu irushanwa rya CECAFA U17 ririmo kubera mu Rwanda i Rubavu, Amavubi yanganyije na Djibouti 0-0, imabare yo kugera muri 1/2 cy’iri rushanwa isubira irudubi.

    Wari umukino wa nyuma w’itsinda B rya CECAFA U17, nyuma yo gutsindwa na Tanzania 3-1 Amavubi yakinnye na Djibouti.

    Mu gice cya mbere cy’umukino Amavubi yarushuje cyane Djibouti ndetse igenda ibona amahirwe menshi ariko kuyibyaza umusarura biranga.

    Abasore barimo Siradji Iradukunda wari kapiteni kuri uyu mukino yafashije Amavubi mu kibuga hagati ba Bobo Sultan ariko abasore barimo Eric Irahamye wari mu busatirizi ntiyabasha kubona igitego mu izamu rya Djibouti.

    U Rwanda kandi rwagiye rubona imipira myinshi y’imiterekano nko ku makosa yakorewe abakinnyi barimo Salim Saleh gusa nayo nta musaruro yatanze.

    Djibouti yacungiraga ku mipira miremire cyane nka ‘Contre attaque’, nta mahirwe menshi yabonye uretse ku munota wa 35 ku ishoti rikomeye rutahizamu wabo Sultan Sultan yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina umunyezamu Yves akawushyira muri koruneri. Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

    Mu gice cya kabiri Yves Rwasamanzi yakoze impinduka zitandukanye hinjiramo abarimo kapiteni Hoziyana Kennedy, barasatira babona amahirwe ariko kureba mu izamu biranga. Umukino warangiye ari 0-0.

    Kurangiza uyu mukino ari 0-0, byagabanyije amahirwe y’u Rwanda yo kugera muri 1/2 kuko ubu ruri ku mwanya wa nyuma n’inota 1 inganya na Djibouti ariko u Rwanda rukagira umwenda w’ibitego 2.

    Kugira ngo u Rwanda rujye muri 1/2 birasaba ko Tanzania yazatsinda Djibouti ku wa 5 ku kinyuranyo cy’ibitego 3.

    Mu mukino wo itsinda A wabaye mbere, Uganda yatsinze Ethiopia 5-0.

    Abakinnyi 11 ba Djibouti babanjemo

    Abakinnyi 11 b’Amavubi babanjemo

    Ba kapiteni mbere y’umukino

    Ni umukino Amavubi yarushije Djibouti ariko kubona igitego biranga

    Rutahizamu Eric Irahamye w’Amavubi yagerageje biranga

    Ubwugarizi bwa Djibouti bwari buhagaze neza

    Umunyezamu wa Djibouti yahuye n’akazi gakomeye

    Amavubi yagerageje amahirwe ariko biranga

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amavubi-yaguye-miswi-na-djibouti-imibare-muri-1-2-isubira-irudubi-amafoto

  • Gen Mupenzi calls for resource mobilization to bridge gaps in EASF #rwanda #RwOT

    The aim of the five-day meeting is to draft a Concept on Countering Asymmetric Threats, a global phenomenon that poses a regional and international security threat.

    The Chiefs of Defence and Security meeting was officially opened by Rwanda Defence Force Army Chief of Staff, Lt Gen Jean Jacques Mupenzi.

    In his opening remarks, he noted that the region continues to face challenges of conflict that impact peace and stability in some of member states and proposed possible solutions.

    'Acts of violence, terrorism and violent extremism, particularly in the Horn of Africa and Eastern DRC, continue impacting the region and call for concerted effort,' he said.

    'For EASF to realise its goals, we need to match our stated commitment of promoting African solutions to African problems, with an equal commitment to mobilize more resources from within the continent than we do today, in order to give a concrete meaning to the leadership and ownership of the organization,' added Lt Gen Mupenzi.

    The EASF Director, Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa emphasized the EASF Organisation after achieving full operational capability (FOC) since 2014.
    'One of our key activities for the next five years strategic plan will be to maintain the force readiness and focus on preventing conflicts in the region' he said.

    The EASF CDS meeting will be followed by the Council of Ministers of Defence and Security meeting which is the last of the 28th Ordinary Session of Policy Organs Meetings.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/gen-mupenzi-calls-for-resource-mobilization-to-bridge-gaps-in-easf

  • CP Kabera: Abantu bihishe COVID-19 aho kwihisha Polisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera avuga ko mu mezi icyenda indwara ya COVID-19 imaze igeze mu Rwanda, mu byumweru 3 bishize aribwo hagaragaye umubare munini w’abantu barenga ku mabwiriza.

    Avuga ko impamvu zituma barenga ku mabwiriza harimo kuba abantu barabonye ko serivisi nyinshi zifunguwe bakeka ko icyorezo cyarangiye.

    Hari kandi n’abarambiwe ku buryo bavuga ko bazabana na yo ariko na none ngo hakaba n’ikindi kiciro cy’abumva nabi bakarenga ku mabwiriza nkana.

    Agira ati “Hari abantu barambirwa ndetse bamwe bakanabivuga ngo icyorezo cya COVID-19 tuzabana na cyo ariko ntiwabana na cyo nk’uko byavuzwe nk’uko imibare ibigaragaza kuko kiragufata kikakuzahaza cyangwa kikakwica, kuvuga ko uzabana na cyo utarakirwara cyangwa utazi n’ukirwaye uko aba ameze kwaba ari ugukabya.”

    Asaba Abanyarwanda kujya basoma amabwiriza aba yatanzwe uko yakabaye aho kureba ingingo imwe ihuye n’icyo wifuzaga cyangwa ukora.

    Agira ati “Icyatugaragariye ni uko iyo asohotse (amabwiriza) umuntu acishamo ijisho urugero niba acuruza Resitora ati munshakiremo ijambo resitora niba ataribonye akigendera akumva ko bitamureba yajya gukora ubucuruzi bwe akarenga ku mabwiriza.”

    CP John Bosco Kabera avuga ko abantu bacuruza amafunguro ariko ugasanga bafitemo utubari ari bo barimo gufatwa ku bwinshi barenze ku mabwiriza.

    Avuga ko hari abantu usanga resitora barazihinduye utubari ku buryo abantu babeshya ko bagiye gufungura nyamara barimo kunywa inzoga kandi utubari twarahagaritswe.

    Ati “Urugero nabaha ni uko mu minsi itandatu cyangwa itanu ishize isaa yine z’ijoro n’izirenga tumaze gufata abantu batwaye ibinyabiziga basinze 55. Abo bantu nta handi baba bavuye ni muri ayo maresitora kuko utubari ntabwo twemerewe gukora.”

    Asaba abacuruzi ba resitora kwirinda gucuruza inzoga kuko bishobora guha icyuho abantu bakandura.

    CP Kabera avuga ko hagiye kuzagenzurwa za resitora kugira ngo harebwe ko amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19 yubahirizwa.

    Avuga ko amasaha yagenwe kuba abantu bageze mu rugo akwiye kubahirizwa uko yakabaye kuko nta gikomeye kirimo ahubwo byose ari ukumva ububi bw’icyorezo.

    Asaba Abanyarwanda kubahiriza imibare y’abantu bagenwe mu gihe cy’ikiriyo, mu nsengero no mu nama zitandukanye.

    Umuvugizi wa Polisi yaboneyeho gusaba abantu kwitwararika cyane mu minsi mikuru ntibakore ibikorwa binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Yagize ati “Turasaba Abanyarwanda bose ko badakwiye gukora ibikorwa mu ngo zabo bituma Polisi iza kureba uko bubahiriza Noheli n’Ubunani. Itariki 25 z’uyu mwaka 2020 izaba ari Noheli, 25 za 2021 izaba ari Noheli.”

    Akomeza agira ati “Itariki ya mbere z’ukwa mbere 2021 hazaba ari Ubunani, itariki ya mbere z’ukwa mbere 2022 izaba ari Ubunani. Noheli ntiza ngo ishire, Ubunani ntibuza ngo bushire. Twitwaye neza COVID-19 twayitsinda, izo Noheli tuzazizihiza neza dusabana n’imiryango yacu.”

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP John Bosco Kabera ashimira abaturage bakora ibishoboka kugira ngo birinde kandi barinde abandi COVID-19 ariko akabasaba gutanga amakuru ku batubahiriza amabwiriza yo kuyirinda.

    Ati “Ku bantu bubahiriza amabwiriza uko yakabaye turabashimira cyane ariko na none n’abantu barenga ku mabwiriza bakora ibidakorwa, bakora ibibashyira mu kaga cyangwa bakora ibishyira bagenzi babo mu kaga bazi ko bihishe Polisi nyamuneka turabasaba nibishe Coronavirus.”


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/cp-kabera-abantu-bihishe-covid-19-aho-kwihisha-polisi

  • Abahanzi 6 bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa The Next Popstar bahataniye miliyoni 50 bamenyekanye #rwanda #RwOT

    Irushanwa The next Popstar rigeze mu cyiciro cya nyuma(final) aho abahanzi batandatu barimo Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin ari bo basigayemo bahataniye igihembo nyamukuru kingana na miliyoni 50.

    The Next Popstar, ni irushanwa rigamije kuzamura abahanzi Nyarwanda bakagera ku rwego mpuzamahanga, abahanzi batandatu basigayemo barimo abakobwa babiri n’abahungu bane.

    Abo bahanzi ni Cyiza Jackson, Gisa Cy’Inganzo, Yannick Gashiramanga, Ish Kevin, Hirwa Irakoze Honorine ndetse na Jasmine Kibatega. Bageze muri iki cyiciro cya nyuma batoranyijwe muri 20 bari bageze mu cyiciro cyabanjirije iki.

    Aba bahanzi uko ari batandatu bazahita bajya mu mwiherero (Boot camp) uzabera muri Hotel Portofino kuva tariki 18 kugera tariki 24 Ukuboza 2020.

    Biteganyijwe ko iri rushanwa rizasozwa tariki ya 26/12/2020 hahembwa abahanzi babiri bazaba bahize abandi. Ni igikorwa kizanitabirwa n’abahagarariye Kompanyi Network Show Biz (NSB) na SM1 Music Group/ Sony Music Group ari na bo bateguye iri rushanwa.

    The Next Popstar ni irushanwa ryateguwe na sosiyete mpuzamahanga zinyuranye zihagarariwe mu Rwanda na kompanyi itegura ibitaramo yitwa More Events.

    Uzaryegukana azahabwa ibihembo bifite agaciro ka Milioni 50 z’amafaranga y’u Rwanda (Rwf50M) mu gihe uwa Kabiri na we azasinyana amasezerano y’imikoranire (contract) na Kompanyi itunganya imiziki SM1 Music Group/ Sony Music Group.

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/abahanzi-6-bageze-mu-cyiciro-cya-nyuma-cy-irushanwa-the-next-popstar-bahataniye-miliyoni-50-bamenyekanye