Blog

  • iPhone 17 Pro izazana impinduka zirimo amashu… – #rwanda #RwOT

    Nk’uko byatangajwe na Fixed Focus Digital ibinyujije kuri MacRumors, iPhone 17 Pro izaba ishoboye gufata amashusho mu buryo bwa 8K. Ibi ni intambwe ikomeye kuko kugira ngo igikoresho kibashe gufata amashusho ya 8K, bisaba camera ifite ubushobozi bwo gufata amashusho ya megapixels 33 cyangwa zirenga.

    Uyu mukoro uzagerwaho kubera ko amakuru yemeza ko iPhone 17 Pro izaba ifite camera eshatu zose za 48-megapixel: Fusion, Telephoto, na Ultra Wide. Ubu bushobozi buzafasha cyane abakunzi b'amashusho bifite ubuziranenge buhanitse.

    8K ni ubwoko bw’ubuziranenge (resolution) bw'amashusho bufite pixels miliyoni 33, bivuze ko amashusho afatwa aba arambuye cyane kandi afite ibisobanuro bihanitse kurusha 4K na Full HD. 8K ifite resolution ya 7680 x 4320 pixels, bivuze ko ifite inshuro nne ubuziranenge bwa 4K (3840 x 2160 pixels) kandi inshuro cumir'ine ubwa Full HD (1920 x 1080 pixels).

    Amashusho ya 8K asobanutse cyane, afite ibara n'imibare irambuye. Ibyifashishwa mu gufata amashusho bya 8K bitanga amahitamo menshi yo gukata amashusho no kuyatunganya nta gutakaza ubuziranenge. Ikoreshwa cyane mu gufata amashusho ya sinema no mu bikoresho by'ikoranabuhanga bigezweho.

    Nubwo 8K itarakoreshwa cyane na bose, ibikoresho nka iPhone 17 Pro birimo kugenda biyishyiramo kugira ngo abakunda gufata amashusho babone ibisubizo byiza kurushaho.

    Kwinjiza ubushobozi bwo gufata amashusho ya 8K bizaha abakoresha uburyo bwo kubona amashusho arambuye cyane kandi asobanutse neza. Nubwo 8K itaraba ibisanzwe muri video nyinshi, abakora filime, abahanga mu gufata amashusho ndetse n’abakora vlog bazungukira cyane muri iyi mpinduka nshya.

    Nk’uko MacRumors ibitangaza, 8K izaha abakoresha iPhone 17 Pro ubushobozi bwo gukata amashusho bakabona 4K itarimo igabanuka ry'ubuziranenge. Ibi bivuze ko Apple ishaka gukomeza gutanga igikoresho gikomeye ku bakunzi ba videography n'abakora ibijyanye na content creation.

    Apple iteganya kumurika iPhone 17 Pro muri Nzeri 2025, nk’uko bisanzwe ku bijyanye no kumurika ibikoresho bishya byayo. Ni igihe abakunzi b'iyi sosiyete bakwiye kwitegura kuko iyi telefoni izazana impinduka zikomeye mu gufata amashusho n’uburyo bwo gukoresha camera.

    iPhone 17 Pro izaba telefoni yihariye kubera ubushobozi bw'amashusho ya 8K n'amacamera atatu ya 48MP. Iyi mpinduka yitezweho kongera uburambe bw'abakunda gufata amashusho no guhangana n'ibindi bikoresho bikomeye byo ku isoko.

    MacRumors ikomeza ivuga ko iyi telefoni izaba ifite n'andi mavugurura mashya, ariko amakuru y'ukuri yose azamenyekana mu gihe cya Nzeri 2025, igihe Apple izaba iyimurika ku mugaragaro.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/153972/iphone-17-pro-izazana-impinduka-zirimo-amashusho-ya-8k-na-camera-eshatu-za-48mp-153972.html

  • TECNO Rwanda yashyize ku isoko telefoni Camo… – #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, utambuka imbona nkubone kuri Televiziyo Rwanda. Witabiriwe na Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben usanzwe ari Ambasaderi wa Tecno mu kwamamaza telefoni za 'Camon', Umukozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Tecno Rwanda, Mucyo Eddie, ndetse na Umuyobozi ushinzwe ibya telefone zigezweho muri MTN Rwanda, Edwin Vita. 

    Wanitabiriwe kandi Nemeyimana Fiacre usanzwe uzwi mu gutegura ibitaramo by'abahanzi banyuranye, Muyoboke Alex wabaye umujyanama w'abahanzi batandukanye, Dj Sonia wamamaye mu kuvanga imiziki, Umukundwa Cadette witabiriye Miss Rwanda 2019 ndetse na gafotozi Rocky- Aba bose bazagira uruhare mu kwamamaza iyi telefoni binyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo.

    Ndetse hari gutegurwa urugendo rwa Tembera u Rwanda, aho hazafatwa amafoto, hagakorwa n'ibindi bikorwa binyuranye bigamije kugaragaza umwihariko w'iyi telefoni.

    Izi telefoni zose zifite ubushobozi buhanitse mu gufotora, aho zifite camera ya megapixel 50 ifite Optical Image Stabilization (OIS) ituma amafoto afatwa neza kandi atajegajega.

    CAMON 40: Iyi telefoni ifite ekarani ya inch 6.78 ya AMOLED ifite 'refresh rate ya 120Hz', processor ya MediaTek Helio G100 Ultimate, RAM ya 8GB, na storage ya 256GB. Ifite camera y'imbere ya megapixel 32, naho battery yayo ifite ubushobozi bwa 5200mAh ishobora kwinjira umuriro mu gihe cya vuba, kuko ifite 'charge' ya 45W.

    CAMON 40 Pro: Iyi modeli ifite ibirango bisa n'ibya CAMON 40, ariko ikarusha kuba ifite camera y'imbere ya megapixel 50 ifite 'autofocus', ndetse ikaba inafite ubushobozi bwo gufata amashusho meza kurushaho.

    Ubushobozi bwa Software: Izi telefoni zose zikoresha Android 15 hamwe na HiOS 15, kandi TECNO yasezeranyije kuzigeza ku mavugurura y'imikorere kugeza kuri Android 18, ndetse no kuzihabwa 'updates' z'umutekano mu gihe cy'imyaka itanu.

    Ibindi biziranga: Izi telefoni zifite ubushobozi bwa AI butuma gufotora biba byiza kurushaho, harimo na FlashSnap mode ifasha gufata amafoto yihuse kandi meza. Zifite kandi ubudahangarwa ku mazi n'umukungugu (IP68/IP69), hamwe na 'Gorilla Glass' 7i irinda ekarani kwangirika.

    Telefoni za TECNO CAMON 40 Series zizananye udushya twinshi mu ikoranabuhanga, cyane cyane mu bijyanye no gufotora no gukoresha ubwenge bw'ubukorano (AI), bikaba bizifasha guhaza ibyifuzo by'abakunzi ba telefoni zigezweho.

    Umukozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Tecno Rwanda, Mucyo Eddie yabwiye itangazamakuru ko bagendeye ku byifuzo by'abakiriya mu ikorwa ry'iyi telefoni, kandi bajyanisha n'aho Isi igeze.

    Ati 'Mu magambo macye ni Telefoni twazanye bigendanye n'aho isi igeze, ndetse n'aho tekilonijii igeze. Hari ubwenge buhangano bwaje buzwi nka 'AI' ndetse ifite n'ubushobozi bwo kujya mu mazi ntigire icyo iba ibizwi nka 'Water Proof' aho ifite ubushobozi bwo kuba itakwinjira mu mazi, murumva ko twatekereje ku bakiriya.'

    Akomeza agira ati 'Camon 40 yo ntabwo ari 'Water Proof'. Camon 40 iragura 329,000 Frw, ni mu gihe Camon 40 Pro yo igura 359,000, ariko hari uburyo twashyizeho dukoranye na MTN ku buryo ushobora kwishyura iyi telefoni mu byiciro, wakwishyura amafaranga yose, cyangwa ukishyura mu byiciro. Zose ifite ububiko bwa 256GB na RAM 8 ishobora kongerwa.'

    Umuyobozi ushinzwe ibya telefone zigezweho muri MTN Rwanda, Edwin Vita, yumvikanishije ko bishimira imikoranire bafitanye na Tecno mu kugeza 'Smart Phones' ku baturage, avuga ko bagiye kubafasha kuzitunga.

    Yavuze ati 'Tumaze igihe dukora na Tecno, umuntu wese ukoresha TECNO hari byinshi dukorana kandi turabashimira. Rero, navuga ko kuri Camon 40 twashyizeho internet y'ubuntu ya 15GB, azahabwa n'iminota 300 yo guhamagara, ndetse kugura ama-inite ukoresheje iyi telefoni uhabwa 20% y'inyongera.'

    Umuririmbyi The Ben usanzwe ari Ambasaderi wa Tecno, we avuga ko anyurwa n'imikoranire bafitanye, kandi ashishikariza abafana be gutunga telefoni za Tecno.

    Mu kiganiro na InyaRwanda ati 'Tecno kuri njyewe ni umuryango, hanyuma ku banyarwanda ni abantu baje guhindura ibintu bijyanye na telefoni zigendanwa mu buryo buri hejuru, kandi buri munyarwanda wese ashobora kugeraho.'

    Akomeza ati 'Amasezerano yaranzwe n'urugendo rwiza, n'iyo mpamvu dukomeza gukorana, yaranzwe n'urugendo rwiza twagiranye ngirango guhera muri Covid-19, nyarukira ho hanze ndagaruka, mbese dufitanye inkuru y'intsinzi.'

    Iyi telefoni ya Camon yashyizwe ku isoko ipima amagarama 160, ifite Screen yerekana amashusho neza. Camera yayo ya Kabiri ifite ubushobozi bwo gufotora ibintu biri kure. Iyi Telefoni ifite ubushobozi bw'aho ushobora gukandaho inshuro ebyiri, hanyuma hagafunguka Camera.

    Inafitemo 'Application' ushobora kubwira ikintu cyose ikagukorera nk'ikibazo cy'imibare n'ibindi. Muri rusange inafite ubushobozi bwo gufata amashusho mu masegonda 15'. Iyi Telefoni kandi inafite ubushobozi bwo gusiba ikintu runaka udashaka mu ifoto waba wafashe.


    Kuri uyu wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, Sosiyete icuruza Telefoni ya Tecno yashyize ku isoko telefoni ya Camon 40 Series zifite ikoranabuhanga rya AI

     Umukozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Tecno Rwanda, Mucyo Eddie yavuze ko bagendeye ku byifuzo by'abakiriya babo mu ikorwa ry'iyi telefoni ya Camon 40 Series, kandi bajyanisha n'aho Isi igeze
    Umuyobozi ushinzwe ibya telefone zigezweho muri MTN Rwanda, Edwin Vita, yatangaje ko bashyizeho Internet ya 15GB n'iminota 300 yo guhamagara ku bantu bazagura telefoni ya Camon 40 Series ya Tecno    

    Umuririmbyi The Ben usanzwe ari Ambasaderi wa Tecno, we avuga ko anyurwa n'imikoranire bafitanye, kandi ashishikariza abafana be gutunga telefoni za Tecno

      

    Izi telefoni za 'Camon 40 Series' za Tecno, zifite ubushobozi bwo kutinjirwamo n'amazi (Water Proof)

        

    'Camon 40 Series' ifite camera y'imbere ya megapixel 32, n'aho 'Battery' yayo ifite ubushobozi bwa 5200mAh ishobora kwinjiza umuriro vuba, kuko ifite 'Charge' ya 45W 


    Uhereye ibumoso: Umukundwa Cadette, Nemeyimana Fiacre, Muyoboke Alex, Dj Sonia ndetse na Rocky bagiye gukorana na Tecno mu kwamamaza telefoni ya Camon 40 na Camon 40 Pro


     AMAFOTO: Dox Visual- InyaRwanda.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/153967/tecno-rwanda-yashyize-ku-isoko-telefoni-camon-40-series-zikoresha-ai-amafoto-153967.html

  • Paris ntiryavuyemo! The Ben yashyize umucyo… – #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kubyara, umugabo agira ibyiyumviro bitandukanye bitewe n'imiterere ye, uko abyakira, ndetse n'imibanire afitanye n'umugore we. Hari byinshi bigaragazwa bijyana n'uburyo umugabo yiyumva nyuma y'uko yibarutse imfura ye birimo nk’ibi bikurikira; 

    Akenshi abagabo bumva bishimye kuba babonye umwana wabo, bakumva ko ari intambwe ikomeye mu buzima.

    Benshi bumva ko bagize uruhare mu kurema ubuzima bushya, bityo bakumva ko bagiye kuba ababyeyi bashoboye.

    Kuba umubyeyi bijyana n'ibitekerezo byinshi by'uko azitaho umwana, akamuha urukundo, ndetse akanamufasha kuzagira ejo heza.

    Abagabo bamwe bumva ko ubuzima bwabo bugiye guhinduka cyane, bigatera ubwoba cyangwa impungenge ku buryo bazitwara nk'ababyeyi.

    Buri mubyeyi aba ashaka ko umwana we azagira ubuzima bwiza, bikamutera gutekereza ku burere azamuha no ku buzima bw'imibereho.

    Abagabo benshi bagira impuhwe no kwiyumvamo kurushaho kuba hafi y'umugore wabo nyuma yo kubona uburibwe yanyuzemo.

    Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, The Ben yavuze ko kwibaruka 'Ni ibintu bitagira uko bisa'. Ati 'Kubyara ni umugisha! Iyo ugize Imana bikaba bitagize ikindi kibazo kibamo, ni n'umugisha urenzeho. Ndashima Imana ko yangize umubyeyi.'

    Yavuze ko atigeze ahindura amazina y'umwana we kuko na 'Paris' ryavuzwe mbere ririho. Ati 'Amazina yose ariho, naryo ririho rwose [Umwana yitwa 'Luna Ora Paris Icyeza Mugisha']' 

    Abajijwe niba yiteguye gufasha umwana we gukora umuziki, yasubije ko 'Umwana yihitiramo, ukamwereka inzira nziza, nibaza ko ari rwo ruhare tuzakora nk'ababyeyi, ndetse n'ibindi Imana izagena. Hanyuma, umwana uramureka akihitiramo, ahubwo ukamufasha mu cyo yihitiyemo. Nibaza ko ariko bizagenda.'

    Atangaje ibi mu gihe umuririmbyi mugenzi we Diamond wo mu gihugu cya Tanzania yamuhaye impundu, nyuma yo kumenya ko yibarutse imfura ye.

    Aba bombi basanzwe bafitanye ubushuti bwihariye, ndetse bakoranye indirimbo 'Why'. The Ben aherutse kubwira InyaRwanda ko afite indirimbo ya Kabiri yakoranye na Diamond izasohoka mu mpeshyi y'uyu mwaka.

    Uyu mwana wa The Ben na Uwicyeza yavutse afite ibiro 8Pounds (LBS), bivuze ko apima 3.62874 Kilograms (Kg). Mu Rwanda, kimwe no mu bindi bihugu byinshi ubusanzwe umwana uvuka afite hagati ya 2.5Kg na 4Kg.

    Ibi bivuze ko umwana uvukanye 3.62874 Kg aba ari mu rugero rusanzwe bw’abana bavuka. Ariko, ni ngombwa ko abaganga bakurikirana ubuzima bw’umwana kugira ngo barebe niba akura neza kandi afite ubuzima bwiza.

    Uyu mwana wa Mugisha na Uwicyeza kandi afite uburebure bwa 21 inches (In), arareshya na 53.34 centimetres (CM).

    Mu Rwanda, kimwe no mu bindi bihugu uburebure busanzwe bw’umwana uvuka buba hagati ya 45Cm na 55 Cm. Ibi bivuze ko umwana ufite 53.34 Cm aba ari mu rugero rusanzwe rw’uburebure bw’abana avuka.

    Mu mazina yahawe uyu mwana wa The Ben, hagaragaramo irye ‘Mugisha’, ni mu gihe Uwicyeza, yahisemo kumwita ‘Icyeza’ rikomoka ku izina rye Uwicyeza.

    Inyandiko zivuga ku izina Luna ryiswe uyu mwana, zigaragaza ko rikomoka ku ijambo ry’Ikilatini risobanura Ukwezi. Mu mico myinshi Luna ifatwa nk’imana y’Ukwezi, cyane cyane mu myemerere ya Kera y’Abaroma.

    Izina Luna rikunze gukoreshwa ku bakobwa, rikaba rifitanye isano n’ijambo ‘Lunar’ rikoreshwa mu ndimi z’amahanga risobanura ibijyanye n’Ukwezi. 

    Izina ‘Ora’ ryahawe uyu mwana ryo rifite ibisobanura byinshi. Icya mbere risobanura Umucyo cyangwa urumuri- Mu rurimi rw’Igiheburayo ‘Hebrew’, rinasobanura umwigisha cyangwa umwarimu

    Mu cyongereza ho risobanura umwuka cya The Ben na Pamella baganira ku kuzita izina 'Paris' umwana wabo bashakaga kumvikanisha ko ari umuntu ukunzwe, kuko mu bisobanuro bya Paris birimo.

    Abantu benshi bazi Paris nk'umujyi w'abakundana cyangwa se umujyi w'urukundo, ariko igisobanuro cya nyacyo cy'uyu mujyi ni umuntu urinda ikiremwamuntu, cyangwa se ukibungabunga.

    The Ben yatangaje ko umwana we w'umukobwa aherutse kwibaruka yamwise 'cyeza Luna Ora Paris Mugisha' 

    The Ben yavuze ko kwibaruka ari umugisha, kandi ashima Imana yabanye n'umugore we mu gihe cyo kwibaruka 

    Uyu mwana w'umukobwa yavukiye mu Mujyi wa Brussels mu gihugu cy'u Bubiligi 

    KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA THE BEN

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/153970/paris-ntiryavuyemo-the-ben-yashyize-umucyo-ku-mazina-yise-imfura-ye-video-153970.html

  • InyaRwanda Art Studio yadabagije abanyeshuri… – #rwanda #RwOT

    InyaRwanda Art Studio ni ishami rya InyaRwanda.com rikora ibijyanye no gufata amafoto amashusho ndetse n'ibindi bifitanye isano na byo, ikaba imaze gutyaza ubumenyi bwa benshi mu bikorwa bitandukanye harimo Photography na Videography.

    Nyuma y'ubusabe bwa benshi, InyaRwanda Art Studio ku bufatanye na InyaRwanda.com, bateguye amahugurwa ku banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na za Kaminuza bashaka gutyaza ubumenyi bafashijwe n’inzobere.

    Muri iyi gahunda izafata igihe kingana n’ukwezi, abazabona aya mahirwe bamwe bazibanda kuri Photography, Videography ndetse Graphic design.

    Umwihariko wa InyaRwanda Art Studio ni uko uje wese ahabwa umwanya uhagije wo kwerekana icyo ashoboye ndetse akanatozwa n'intiti uburyo bwo kunoza icyo amarangamutima ye yamwerekejemo.

    Ikirenze ku kubona ubumenyi utasanga ahandi hose ubonye, ni uko uwahimenyereje muri iyi myuga yose ahakura n'ubundi bumenyi bwo gukorana n'itangazamakuru rigezweho.

    Kuri ubu, abanyeshuri bagiye kuza mu biruhuko bashyizwe igorora by’umwihariko abifuza kwimenyereza mu gihe gito (Academic Internship).

    Umuyobozi wa InyaRwanda yavuze ko bashyizeho iyi gahunda y’igihe gito nyuma y’ubusabe bwa bamwe mu banyeshuri ndetse n’ababyeyi.

    Kugira ngo ubashe kubona aya mahirwe, usabwa gutanga ibaruwa ibisaba, ikarita y'ishuri ikora na nimero z'indangamuntu byoherezwa kuri email: [email protected], waba wemerewe ugahabwa ubutumwa bukumenyeshya igihe cyo gutangira.

    Uramutse ushaka amakuru arambuye wakwandikira inyaRwanda Art Studio kuri Email ikurikira: [email protected] cyangwa ukaboherereza ubutumwa kuri WhatsApp cyangwa ukabahamagara kuri telefone igendanwa ikurikira: 0788244702.

    KANDA HANO WIYANDIKISHE UDACIKWA N’AYA MAHIRWE YA INYARWANDA ART STUDIO

    Abanyeshuri bifuza kwimenyereza by’igihe gito bashyizwe igorora na InyaRwanda Art Studio

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/153896/inyarwanda-art-studio-yadabagije-abanyeshuri-bifuza-kwimenyereza-umwuga-wa-photography-vid-153896.html

  • Equity Bank Rwanda Plc yinjiye mu bufatanye na Spiro bugamije kurengera ibidukikije – #rwanda #RwOT

    Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 26 Werurwe 2025, aho ibigo byombi byiyemeje gukomeza kubungabunga ibidukikije binyuze mu gushora imari mu mishinga ibirengera.

    Impande zombi ziyemeje gukangurira abagore n'urubyiruko kwitabira ubucuruzi burengera ibidukikije no gufatanya kugera ku ntego y'igihugu yo kubungabunga ibidukikije.

    Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank, Hannington Namara, yavuze ko ubu bufatanye bugamije guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo hagabanywe ibyago biterwa n'ihindagurika ry'ikirere.

    Yagize ati 'Twiyemeje kurengera ibidukikije no gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga mu kugabanya ibyago biterwa n'imihandagurikire y'ikirere. Ni yo mpamvu twasinye aya masezerano kugira ngo duhurize hamwe imbaraga, cyane ko intego yacu ari guha abaturage uburyo bwiza bw'ikoranabuhanga buteye imbere kandi, buri ku giciro cyiza, bwo gutwara abantu n'ibintu.'

    Namara yashimangiye ko bashyize imbaraga mu gufasha abaturage kunoza ubwikorezi bw'ibintu cyane cyane abageza umusaruro w'ibikomoka ku buhinzi bitabahenze byarushaho kubafasha mu iterambere.

    Yagize ati 'Abantu benshi batwara ibicuruzwa babikura ku mirima babijyana ku masoko cyangwa babivana ku masoko babijyana mu ngo zabo, twizera ko bakoresheje uburyo bwiza bwo kubitwara kandi bwigonderwa, bizabafasha kwizigamira amafaranga, binafashe igihugu kugera ku ntego z'iterambere rirambye. Ibyo rero bihura n'intego ndetse n'indangagaciro zacu.'

    Umuyobozi Mukuru wa Spiro, Kaushik Burman, yavuze ko nka sosiyete isanzwe ikora ubucuruzi bushingiye ku kurengera ibidukikije, intego yabo muri aya masezerano ari gushimangira ihame ry'uburanganire ndetse no kugera ku ntego z'igihugu z'iterambere rirambye.

    Yagize ati 'Mu buryo bwinshi tuzafatanyamo na Equity Bank Rwanda Plc, intego nyamukuru ni ukugera ku ntego z'igihugu z'iterambere rirambye (SDG), gushyigikira ihame ry'uburinganire ndetse no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.'

    Aya masezerano arimo no gukangurira abaturage gukoresha ibikoresho bidahumanya ikirere, nka moto z'amashanyarazi n'ibindi.

    Ubuyobozi bwa Spiro bwatangaje ko imikoranire y’impande zombi izateza imbere uburinganire

    Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda Plc, Hannington Namara, yavuze ko biteguye gufasha abantu gutwara abantu n’ibyabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/equity-bank-rwanda-plc-yinjiye-mu-bufatanye-na-spiro-bugamije-kurengera

  • U Rwanda rwabujije imiryango itari iya leta gukorana n'u Bubiligi – #rwanda #RwOT

    Ni itangazo ryatangajwe kuri uyu wa 27 Werurwe 2025, aho urwo rwego rwatangaje ko hashingiwe ku cyemezo cy'u Rwanda cyo gucana umubano n'u Bubiligi cyo ku wa 17 Werurwe 2025, bibujijwe ku miryango itari iya leta, imiryango ishingiye ku myemerere n'imiryango igamije inyungu yanditswe kandi ikorera mu Rwanda kugirana imikoranire iyo ari yo yose na Guverinoma y'u Bubiligi cyangwa ibigo biyishamikiyeho.

    Iryo tangazo ryakomeje ritangaza ko imikoranire yose, ubufatanye n'uburyo iyo miryango yakoranaga n'u Bubiligi n'ibigo biyishamikiyeho, imikoranire n'imiryango itari iya leta, ibigo na porogaramu zinyuranye bitemewe.

    Ryakomeje riti 'Umushinga uwo ari wo wose cyangwa amasezerano arimo bimwe muri ibyo bigo cyangwa ibifitanye isano na byo bigomba guhagarikwa byihuse kandi bikamenyeshwa.'

    RGB yakomeje itangaza ko nta nkunga, ubufasha, impano n'umusanzu mu by'amafaranga bigomba kwakirwa biturutse kuri Guverinoma y'u Bubiligi n'ibigo byabwo, ibibishamikiyeho na gahunda zabwo zinyuranye.

    Kuri byo harimo inkunga ku ngengo y'imari, gushyigikira imishinga, ubufasha mu bya tekinike byatangwaga n'amafaranga yishyurwaga anyujijwe ku bindi bigo n'ibindi bitandukanye.

    Uru rwego rufite imiyoborere mu nshingano, rwakomeje rutangaza ko uzanyuranya n'ayo mabwiriza azahanwa bikomeye.

    Mu bihano biteganyijwe harimo kuba umuryango ushobora guhagarikwa cyangwa kwamburwa uburegangiza hakurikijwe amategeko agenga imiryango itari iya Leta, imiryango ishingiye ku myemerere n'ibigo.

    Hari n'ibindi byemezo bishobora gufatwa ku bigo bizagaragara ko byatesheje agaciro iri tegeko kandi ko ryashyizweho hakurikijwe amategeko abigenga.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwabujije-imiryango-itari-iya-leta-gukorana-n-u-bubiligi

  • Kigali-Bumbogo: RIB yasabye Ababyeyi kutanduza abakiri bato Umwanda w'Ingengabitekerezo ya Jenoside #rwanda #RwOT

    Ntirenganya Jean Claude, umukozi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB mu ishami ryo gukumira ibyaha, aganira n'abaturage b'Umurenge wa Bumbogo, Akarere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 26 Werurwe 2025, yasabye Ababyeyi n'abantu bakuru kureka kwikoreza imitwaro y'Ingengabitekerezo ya Jenoside abakiri bato. Ati' Umubyeyi wese, Umuntu mukuru w'Umunyarwanda turamusaba kudakoreza umuzigo w'Ingengabitekerezo abana bacu babyiruka.

    Ntirenganya, avuga ko abantu bakuru babaye muri izo Ngengabitekerezo, ko ndetse bazigishijwe igihe kirekire bityo hakaba hakiboneka bake batarahinduka. Abo kimwe n'abameze nk'abo, yababwiye ati' Ntabwo uwo muzigo w'Ingengabitekerezo ya Jenoside abakuru bikoreye kuko abenshi bayigishijwe igihe kirekire, uyu munsi tugomba kuba tuwikoreza abana bacu'.

    Akomeza avuga ko abana bavuka uyu munsi bahura n'izo ngaruka za Jenoside ndetse zikabageraho bataranayibayemo. Yibutsa ko badakwiriye kwikorezwa urwo ruhererekane rw'amacakubiri n'izindi ngeso mbi. Ati' Ibyo tugomba kubica burundu bikaba amateka mu Gihugu cyacu'.

    Ntirenganya, avuga ko nubwo RIB yasuye Abanyabumbogo muri Gahunda yo kubegereza Serivise itanga, isaba ko buri wese agira uruhare mu gukumira ibyaha ariko by'umwihariko; Iby'ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubujura, Ibyifashisha ikoranabuhanga n'ibindi byiganje. Yabasabye kandi kujya batangira amakuru ku gihe.

    Abanyabumbogo, basabwe guhumuka bagaha agaciro ibibafitiye akamaro, ibitabafitiye akamaro bakabisiga inyuma. Bibukijwe ko Jenoside yakorewe Abatutsi nta n'umwe mu banyarwanda itagizeho ingaruka, ko bityo buri wese akwiye gusubiza amaso inyuma akava mu kwijandika mu byaha.

    Kuba hari bamwe bagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside cyane mu gihe Abanyarwanda begera ibihe by'Iminsi ijana yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Ntirenganya Jean Claude avuga ati' Abo ng'abo ni babandi bakiyifite muri bo, badashaka guhinduka ngo ibavemo burundu, batarumva neza icyiza cyo kuba umwe icyo bitugejejeho'.

    Ntirenganya, akomeza abwira buri wese kwibuka no kuzirikana ko Jenoside yakozwe n'Abanyarwanda, igakorerwa Abanyarwanda, ko kandi ingaruka zayo ntawe zitagezeho. Asaba ko uwayigizemo uruhare wese kimwe n'abayihakana bakanayipfobya badakwiye guhishirwa, ko ufite amakuru akwiye kuyatanga hagamijwe gukumira ikibi.

    Uwimana Louise, atuye mu Kagari ka Nyagasozi Umurenge wa Bumbogo. Ashima kuba RIB yabegereye nk'abaturage ikaza kubaganiriza, ibabwira imikorere yayo ndetse n'imikoranire ikwiye kuranga uru rwego rw'Ubugenzacyaha-RIB n'Abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha.

    Avuga ku cyo yungukiye mu biganiro RIB yabahaye, yagize ati' Icyo nkuyemo ni uko twese nk'Abanyarwanda tugomba kumenya ko turi Abanyarwanda, icyatumye habaho Jenoside tukakirinda hanyuma buri wese akamenya ngo ni gute nabana neza na mugenzi wanjye tukirinda n'ubundi ibyatujyanye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994'.

    Uwimana Louise/Umuturage Bumbogo.

    Uwimana, avuga ko ababaswe n'ibikorwa bibi by'ingengabitekerezo ya Jenoside n'abayihakana badakunze kwigaragaza ariko ngo bahari nubwo atari benshi. Kuri we, avuga ko nubwo yaba umwe akwiye kugaragazwa kuko ikibi kitagombera kuba mu bwinshi ngo kitwe cyo cyangwa cyanduze ibyiza.

    Kugikwiriye gukorwa mu kurwanya abahakana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, by'Umwihariko mu gihe Abanyarwanda tugiye kwinjira mu minsi ijana yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, agira ati' Mbere ya byose ni uko buri Munyarwanda agomba kumva y'uko kurwanya Jenoside ari uruhare rwa buri wese'.

    Akomeza agira ati' Numva igikwiye gukorwa ari ukuzirikana, ukubumbatira ubumwe bwacu nk'Abanyarwanda, tukaba hafi y'Abarokotse ariko kandi tukibanda k'Urubyiruko n'abana bacu bakiri batoya kugira ngo bya bitekerezo by'ivangura be kubikurana kandi na none uwagize ingorane agakurira muri uwo muryango na none tukamuba hafi kugira ngo tumwereke ko ari Umunyarwanda kandi byanze bikunze iyo umuntu yigishizwe ibyiza akurana icyiza'.

    Ntirenganya Jean Claude, umukozi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB ushinzwe gukumira ibyaha, asaba buri wese guca ukubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n'ibindi bisa nayo birimo; Ivangura n'amacakubiri ayo ariyo yose, Ibyaha byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Asaba kandi abakuru bagifite muri bo ingengabitekerezo ya Jenoside kurwana nayo ubwabo ariko batabisohoye ngo babishyire mu rubyiruko cyangwa ngo bagire undi w'undi bajya gutura uwo mutwaro mubi, umusaraba wabo w'ibibi byabananiye.

    Ati' Uwo musaraba bafite biwikoreza abana bacu kuko ntabwo aribo bakoze Jenoside nubwo bagihura n'ingaruka zayo. Iyo karande twabayemo yo kwigishwa amateka mabi y'uruhererekane, uyu munsi ihinduke tubwire abana bacu amateka y'ukuri nyayo ya Jenoside, tubabwire ko Abanyarwanda turi Umwe, tubereke icyo kuba Umwe bitumariye nk'Abanyarwanda n'icyo bizabagezaho no mu gihe gitana ndetse n'abo bazabyara'.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB, mu korohereza abaturage n'abarugana bose kuyigezaho amakuru agamije gufasha mu gukumira no kurwanya ibyaha rwashyizeho imirongo itishyurwa iyo uhamagaye. Iyo ni; 166 uhamagara utanga amakuru ku byaha. 3512 ya Isange One Stop Centre. 116 yo gutabariza Umwana wahohotewe. Wanifashisha kandi imbuga nkoranyambaga arizo; X @RIB_Rw cyangwa ukanyura kuri www.rib.gov.rw
    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/03/27/kigali-bumbogo-rib-yasabye-ababyeyi-kutanduza-abakiri-bato-umwanda-wingengabitekerezo-ya-jenoside/

  • U Bubiligi bwavuze ku basirikare bufite mu Burasirazuba bwa Congo – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Prévot yasobanuye ko aba basirikare bari mu kigo cya gisirikare cya Kindu mu Ntara ya Maniema ihana imbibi na Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo, mu butumwa bw'umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU) bwo gufasha ingabo za RDC.

    Mu gihe bivugwa ko u Bubiligi bwohereje ingabo zo gufasha iza RDC kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, Minisitiri Prévot yasobanuye ko ubufasha abasirikare b'Ababiligi batanga atari ubwo kujya ku rugamba.

    Umubano w'u Rwanda na RDC ntumeze neza kuva mu ntangiriro za 2022, aho kugira ngo hashakwe igisubizo, u Bubiligi bwakomeje kwiyegereza RDC, byifatanya mu kurushinja gufasha abarwanyi ba M23 ndetse birusabira ibihano.

    Nubwo Minisitiri Prévot agaragaza ko ubufasha ingabo z'u Bubiligi ziha iza RDC ari buto, bisa n'aho hari umugambi w'igisirikare utarahishurwa igihugu cyabo gifite muri RDC no mu karere muri rusange.

    Tariki ya 17 Werurwe 2025, indege y'Ingabo z'u Bubiligi yavuye i Bruxelles, yerekeza i Kinshasa, ikomereza muri Kindu ku munsi wakurikiyeho. Yasubiye i Kinshasa, ihava tariki ya 20 Werurwe.

    Tariki ya 21 Werurwe, iyi ndege itwara abantu 16 yagarutse mu karere ka Afurika y'Ibiyaga Bigari, igwa i Bujumbura mu Burundi, isubira i Bruxelles ku munsi wakurikiyeho.

    Ingabo z’u Bubiligi zikorana n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zitabara aho rukomeye muri RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-bubiligi-bwemeje-ko-bufite-abasirikare-batandatu-mu-burasirazuba-bwa-rdc

  • Sudani y'Epfo: Ingabo z'u Rwanda zambwitswe imidali y'ishimwe – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro cy'Ingabo z'u Rwanda, RWANBATT-2, mu Kigo cya Gisirikare cy'Ingabo za Loni i Malakal ku wa 26 Werurwe 2025.

    Umuyobozi w'Ingabo ziri mu butumwa bwa Loni muri Sudani y'Epfo, Lt. Gen. Mohan Subramanian, yashimye uruhare rwa Leta y'u Rwanda mu bikorwa byo kugarura amahoro, ikinyabupfura n'umuhate w'abasirikare b'u Rwanda n'uruhare ntagereranywa mu kugarura amahoro.

    Yanashimye uruhare rukomeye batayo ya RWANBATT-2 yagize mu bikorwa byo gutabara abakozi ba Loni bendaga kwicwa n'inyeshyamba zitwa White Army mu gace ka Nassir.

    Umuyobozi Mukuru uhagarariye u Rwanda muri Sudani y'Epfo akaba n'Uwungirije wa UNMISS ushinzwe ibikorwa bya gisirikare, Brig. Gen Louis Kanobayire, yavuze ko ingabo z'u Rwanda zigira uruhare mu gucunga umutekabo zifatanyije n'ingabo z'igihugu, kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu no gufasha mu butasi hagamijwe kurinda umutekano w'abaturage.

    Umuyobozi wa RWANBATT-2, Lt. Col. Charles Rutagisha, yavuze ko imidali bambitswe igaragaza ishema ryo kuba barangije amezi icyenda mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y'Epfo, ahamya ko byongerera imbaraga ababirimo.

    Yashimiye abayobozi bose ba UNMISS, Guverinoma ya Sudani y'Epfo n'izindi ngabo ziri muri ubu butumwa ku ruhare rukomeye bagira mu gufasha kuzuza inshingano.

    Magingo aya u Rwanda ni urwa gatatu mu kugira abasirikare n'abapolisi benshi mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro.

    Ingabo z’u Rwanda zashimiwe uruhare zigira mu gutabara abakozi ba Loni n’abasivile

    Ingabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS zavuze ko imidali y’ishimwe izongerera umuhate mu byo zikora


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sudani-y-epfo-ingabo-z-u-rwanda-zambwitswe-imidali-y-ishimwe

  • Birashoboka ko ari ikimwaro cy'ingabo ze zatsinzwe na M23 – Dr. Mulefu ku magambo ya Perezida w'u Burundi – #rwanda #RwOT

    Dr. Mulefu yabwiye RBA ko asanga Perezida Ndayishimiye adafitte ibisobanuro byo guha abaturage ku bwo gutsindwa kw'ingabo z'u Burundi zari zifatanyije n'iza RDC kurwanya M23.

    Ibyo bituma akomeza gushakira impamvu ku Rwanda, avuga ko rufite gahunda yo gushoza intambara ku gihugu cye kugira ngo abenegihugu be bahugire kuri ibyo binyoma.

    Ati 'Ese byibuze ntibyaba bishobora kuba bituruka ku kimwaro cy'ibyababayeho bageze muri RDC [Ndayishimiye] akavuga ati 'ibi bintu turabisobanurira dute abaturage bacu nitutavuga ko ibirimo biba ari u Rwanda'?'

    Dr. Mulefu yavuze ko ayo magambo ya Perezida Ndayishimiye ashobora guteza umwuka mubi cyangwa umutekano muke mu Karere k'Ibiyaga Bigari.

    Ibyo kandi abihurizaho na Amb.Fatuma Ndangiza uri mu badepite bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y'Umuryango wa Afurika y'Ibirasirazuba (EALA).

    Yavuze ko amagambo y'Umukuru w'Igihugu cy'u Burundi azasubiza inyuma bikomeye intambwe mu bya dipolomasi iri guterwa n'ibihugu byombi mu guhosha umwuka mubi umaze iminsi ututumba.

    Ati 'Njye numvishe ari ijambo rintangaje kandi ukabona bitari bikwiye cyane cyane ko ubuyobozi bw'ibihugu byombi tuzi ko bumaze igihe buri mu biganiro mu rwego rwa dipolomasi byo gushakisha umuti w'ikibazo.'

    'Biratangaje kuba Perezida w'ikindi gihugu avuga u Rwanda ariko akaruvuga mu buryo bwo gushakisha intambara n'ubushotoranyi bidafite ishingiro.'

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Nduhungirehe Olivier, abinyujije ku rububa rwa X yavuze ko amagambo ya Perezida Ndayishimiye ababaje kuko hari intambwe yari imaze guterwa mu mubano w'ibihugu byombi harimo no guhosha intambara y'amagambo.

    Dr. Mulefu Alphonse yatangaje ko amagambo ya Perezida w’u Burundi ashobora kuba aterwa n’ikimwaro cy’uko Ingabo ze zatsinzwe na M23


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/birashoboka-ko-ari-ikimwaro-cy-ingabo-ze-zatsinzwe-na-m23-dr-mulefu-ku-magambo