Blog

  • Santarafurika: Abaturage barishimira amazi meza abapolisi b’u Rwanda babahaye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Baravuga ko usibye kubacungira umutekano nk’imwe mu nshingano nyamukuru Umuryango w’Abibumbye waboherejemo, abapolisi b’u Rwanda bongeraho no kubagezaho ibikorwa by’indashyikirwa bijyanye no kubazamurira imibereho myiza, nko kubagezaho amazi meza.

    Mu Kuboza 2019 itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari muri iki gihugu mu butumwa bwo kubungabunga amahoro batangiye umushinga wo gukemura ikibazo cy’amazi cyari mu murwa mukuru wa Bangui. Ni umushinga watwaye Amadolari ya Amerika abarirwa mu bihumbi 50. Aya mazi yahawe abaturage bo mu duce twari dufite ikibazo cy’amazi meza nka Ngongonon 2, Ngongonon 4 na Galabadja 4, izi nsisiro zose ziherereye mu murwa mukuru wa Santarafurika, Bangui.

    Uyu mushinga w’amazi meza uri mu nshingano zo kurinda abasivili. Kuri ubu abaturage bo muri Santarafurika barimo kwishimira aya mazi meza abapolisi b’u Rwanda babagejejeho.

    Umwe muri abo baturage yagize ati “Ndashimira Polisi y’u Rwanda ku byo igenda idukorera, mbere y’uko iduha amazi meza twari dufite ibibazo bitandukanye ariko ubu imibereho iragenda iba myiza. Ndishimira amazi meza abapolisi b’u Rwanda baduhaye kuko yatuzamuriye imibereho myiza.”

    Undi yagize ati “Ndashimira cyane Polisi y’u Rwanda kuko baje hano mu gihugu cyacu, usibye amahoro batuzaniye hari n’ibindi byinshi bagenda batugezaho, urugero mbere y’uko bagera ino aha twari dufite ikibazo cy’amazi adasukuye ariko ubu barayaduhaye asukuye turabashimira.”

    Assitant Commissioner of Police (ACP) Safari Uwimana, umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari muri iki gihugu, avuga ko iyo bari muri iki gihugu baba ari intumwa cyangwa abambasaderi b’Igihugu cyabohereje kabone n’ubwo baba bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

    ACP Safari yagize ati “Mbere ya byose twaje hano nk’intumwa z’u Rwanda kandi turi abambasaderi b’Igihugu cyacu kabone n’ubwo tugendera ku mabwiriza y’Umuryango w’Abibumbye ari nabwo butumwa tuba dufite bwo kugarura amahoro muri iki guhugu cya Repubulika ya Santarafurika.”

    30% by’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ni abagore, abenshi bari mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Abapolisikazi b’u Rwanda bari muri iki gihugu cya Santarafurika barashimangira akamaro k’ihame ry’uburinganire. Chief Sergeant (C/SGT) Uwimana Clarisse na Sergeant (SGT) Christine SIFA ni bamwe mu bapolisikazi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro mu gihugu cya Santarafurika.

    C/SGT Uwimana avuga ko aterwa ishema n’uruhare Igihugu cye cy’u Rwanda cyagize mu guteza imbere ihamwe ry’uburinganire.

    Yagize ati “Ikintu kinyongerera imbaraga ni uruhare Igihugu cyacu cy’u Rwanda cyagize mu kuzamura icyizere ku bagore n’abakobwa, ibi bintera ishema bikananyongerera imbaraga mu gusoza inshingano zanjye kandi n’Igihugu cyanjye ndizera ko cyishimira ibyo ngenda nkora.”

    SGT Christine Safi ni umuforomokazi, avuga ko iyo ari mu butumwa akora inshingano ze neza kugira ngo aheshe ishema u Rwanda n’Abanyarwanda.

    Abapolisi b’u Rwanda batangiye ubutumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika kuva mu mwaka wa 2014. Kuri ubu u Rwanda rufiteyo amatsinda abiri, buri tsinda rigizwe n’abapolisi 140. Aba bapolisi bashinzwe guhosha imyigaragambyo, gukora amarondo, kurinda abaturage bakuwe mu byabo n’intambara ndetse no kurinda abayobozi.

    Abapolisi b’u Rwanda kandi bafite inshingano zo kurinda Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, kurinda abahagarariye Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu ndetse n’abandi bayobozi bakuru muri iki gihugu.

    Tariki ya 27 Ukuboza 2020 mu gihugu cya Santarafurika bari mu matora y’umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’abagize Intekao ishinga amategeko, abapolisi b’u Rwanda bakaba bari bashinzwe kurinda ahabera amatora ndetse n’ibikoresho byari bihari.

    Utu duce twari tubangamiwe no kutagira amazi meza. Abahatuye bashimira Polisi y
    Utu duce twari tubangamiwe no kutagira amazi meza. Abahatuye bashimira Polisi y’u Rwanda yabakemuriye ikibazo

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/santarafurika-abaturage-barishimira-amazi-meza-abapolisi-b-u-rwanda-babahaye

  • Gutunganya ibishanga byatumye umusaruro w’umuceri wikuba hafi gatatu: Ishusho y’ubuhinzi muri Gisagara – #rwanda #RwOT

    Imibare yerekana ko mu 2015 muri Gisagara heraga toni ibihumbi bine z’umuceri ariko kuri ubu hasigaye hera toni hafi ibihumbi 10. Kuri hegitari imwe hera toni 5,5.

    Hagamijwe guteza imbere ubuhinzi mu Karere ka Gisagara hatoranyijwe ibihingwa bine byibandwaho kugira ngo abahinzi babashe kwihaza no gusagurira inganda n’amasoko. Ibi bihingwa ni ibigori, umuceri, urutoki n’ibishyimbo.

    Mu guteza imbere ubuhinzi kuko butunze benshi mu bahatuye, Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara bwashyize ingufu mu gutunganya ibishanga bituma umusaruro w’umuceri wiyongera.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa 30 Ukuboza 2020, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Gérôme, yavuze ko kongera umusaruro w’ubuhinzi byaturutse ku gutunganya ibishanga, kwigisha abahinzi no gukoresha inyongeramusaruro.

    Ati “Kwigisha abahinzi guhinga kijyambere, gukoresha ifumbire mvaruganda n’imborera no gutera imbuto y’indobanure ndetse no gutunganya ibishanga ni byo byatumye umusaruro mu buhinzi wiyongera.”

    Ikindi avuga cyatumye umusaruro wiyongera harimo gukoresha neza amazi cyane cyane mu bishanga ndetse no kuhira imusozi.

    Ati “Gutunganya ibishanga ni uburyo bwo gufata neza amazi, aho amazi ari make dukora uburyo bwo kuyongera, aho ari menshi tukayayoborera ahandi.”

    Muri rusange mu Karere ka Gisagara haboneka ibishanga bifite ubuso bugera kuri hegitali 5000. Muri byo hamaze gutunganywa hegitali 2500 harimo izigera ku 1500 zatunganyijwe mu myaka itanu ishize.

    Rutaburingoga yakomeje ati “Niyo mpamvu umusaruro wagiye uzamuka, mu 2015 twezaga toni 4000 z’umuceri ariko ubu tugeze kuri toni hafi ibihumbi 10. Icyo twifuza ni uko twageze kuri toni ibihumbi 20 kandi tuzabigeraho nitumara gutunganya ibishanga bisigaye.”

    Mu bishanga biteganyijwe ko bizatunganywa harimo icyitwa Nyiramageni gihuza Imirenge ya Gikonko, Mamba na Ntyazo gifite ubuso bwa hegitari 600. Ikindi ni icya Ngiryi nacyo kiri gushakirwa ubushobozi kugira ngo gitunganywe.

    Gutunganya ibyo bishanga bizajyana no gushyiraho uburyo bwo kuhira imyaka ku misozi ibikikije.

    Mu bigori naho umusaruro wariyongereye kuko kuri ubu abahinzi beza toni enye kuri hegitari imwe; naho ku bishyimbo bakeza toni 1,48.

    Mu bijyanye no kuhira imusozi hegitali 625 zuhiwe hakoreshejwe imashini muri iyi myaka itanu ishize, naho hegitali hafi 2800 zishyirwaho amaterasi y’indinganire.

    Mu kwita ku musaruro hubatswe inganda zirimo urw’umuceri ruri mu Murenge wa Gikonko rutunganya toni zigera ku 7800; hubakwa n’urutunganya ibigori mo ifu.

    Hubatswe n’uruganda rutunganya urwagwa n’umutobe mu bitoki rufite ubushobozi bwo kwakira toni zisaga 900 mu kwezi kumwe. Rugemura inzoga mu Turere twa Gisagara, Huye, Nyaruguru na Nyamagabe ku buryo ku kwezi rwinjiza amafaranga agera kuri miliyoni 90Frw ajya mu baturage baruha ibitoki.

    Hubatswe ubwanikiro bw’ibigori 42, ubw’umuceri 28, ubuhunikiro butatu burimo bubiri bw’umuceri n’ubw’ibindi bihingwa bumwe.

    Rutaburingoga yasobanuye ko kera Akarere ka Gisagara kakoraga ubuhinzi bwa gakondo gusa ariko kuri ubu basigaye bahinga kijyambere kandi bari kwiga uko amakoperative yagira imikorere myiza kugira ngo abanyamuryango bayo bose abateze imbere.

    Ati “Nko ku muceri umwaka ushize heze ungana na toni 7800, amafaranga yinjira mu baturage uruganda rwatanze ni miliyari 2,2 Frw.”

    Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Gisagara baganiriye na IGIHE bishimira ko gutunganya ibishanga byabafashije kuko byatyumye umusaruro wiyongera.

    Nziyonizeye Mark uhinga mu Gishanga cya Duwani kiri mu Murenge wa Kibilizi yemeza ko umusaruro babona ushimishije.

    Ati “Mbere twihingiraga ibyo dushaka, ugasanga hariya hahinze amateke undi agahinga ibijumba undi ibirayi nti tubone umusaruro ushimishije ariko aho igishanga gitunganyirijwe umuceri uraboneka, cyaba ari igihe cyo guhinga ibigori cyangwa ibindi ukabona umusaruro ushimishije.”

    Rutaburingoga avuga ko mu guteza imbere ubuhinzi no kurwanya imirire mibi, mu mwaka wa 2019 hatewe ibiti by’imbuto ziribwa ibihumbi 275.

    Mu Karere ka Gisagara hamaze gutunganywa hegitari zigera ku 2500 z’ibishanga

    Mu gishanga Rumira cyo mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara hera umuceri ku bwinshi

    Mu bigori naho umusaruro wariyongereye kuko kuri ubu beza toni enye kuri hegitali imwe

    Ibigori bahinga iyo byeze babanza kubikusanyiriza hamwe mbere yo kubijyana mu ruganda rubitunganyamo ifu

    Mu bituma umusaruro wiyongera harimo ifumbire y’imborera ikomoka ku kororera mu biraro

    Bahinga n’ibishyimbo bakeza toni 1.48 kuri hegitari

    Mu Karere ka Gisagara hera ibitoki abahinzi bakabigemura ku ruganda kugira ngo bizengwemo inzoga n’umutobe byujuje ubuziranenge

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Gérôme, yavuze ko kwiyongera k’umusaruro w’ubuhinzi babikesha gutunganya ibishanga

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gutunganya-ibishanga-byatumye-umusaruro-w-umuceri-wikuba-hafi-gatatu-ishusho-y

  • Abacuruzi basanga abantu barizihije Noheli cyane kurusha Ubunani #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu isoko rya Nyagatare mu masaha y’umugoroba ku itariki ya 31 Ukuboza 2020, umucuruzi w’ubuconsho twamusanze arimo kwibutsa abakiriya be kwambara neza agapfukamunwa no guhana intera mu gihe baje bamugana.

    Avuga ko abahahira Ubunani babaye bake ugereranyije n’abo yabonye hitegurwa Noheli. Kuri we ngo Noheli irizihizwa cyane kurusha Ubunani.

    Ati “Kuri Noheli na mbere yayo naracuruje koko, gusa abahahira Ubunani babuze ariko n’ubusanzwe Noheli icura Ubunani.”

    Kuba Noheli icura Ubunani kandi byemezwa n’uwitwa Kazungu ucuruza inyanya wemeza ko buri bucye ari Noheli yacuruje ibiro 100 ariko ku bunani ngo yari amaze gucuruza ibiro 40 gusa.

    Mvukiyehe Jean Baptiste ucuruza inyama na we avuga ko kuva mu gitondo yacuruje inka imwe gusa nabwo ikaba yari itarashira nyamara buri buke Noheli ikaba ngo yaracuruje inka ebyiri kandi zirashira.

    By’umwihariko we asanga abantu bakunda kwizihiza ivuka rya Yesu kubera ubukirisitu ariko bakirengagiza ko no kurangiza umwaka winjira mu wundi ari ikintu gikomeye.

    Agira ati “Nkubwije ukuri abakiriya bahahira Ubunani babuze kandi buri bucye Noheli ikaba byageze aya masaha maze gucuruza inka ebyiri none n’imwe yanze gushira. Abantu bizihiza Noheli kubera ubukirisitu ariko ntibahe agaciro gusoza umwaka ujya mu wundi.”

    Nyamara abaguzi si ko babibona kuko ngo bagerageje ariko na none bitavuze ko kwishima bijyana no gusesagura.

    Mukangiruwonsanga Chantal avuga ko yagerageje guhaha ariko na none azirikana ko abana bagiye gutangira ishuri kandi bikenera amafaranga.

    Ati “Nyamara twahashye ariko bijyanye n’ubushobozi, ejo bundi abana bazajya ku ishuri, ubwo waba utabateganyirije bikagenda gute? Kwishima si ugusesagura. Naho ubundi jye iminsi yose nyifata kimwe.”

    Hari bamwe mu baturage ariko na none bavuga ko uyu mwaka wababereye mubi ku buryo batabasha kwinezeza nk’uko byagendaga mu yindi myaka. Bavuga ko umunsi COVID-19 yarangiye bazishimisha birushijeho kuko ubu bizihije iminsi mikuru badasabana nk’uko byahoze.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abacuruzi-basanga-abantu-barizihije-noheli-cyane-kurusha-ubunani

  • Byinshi utari uzi kuri orchestre Ingeli: Aho bavanye izina, amateka y’indirimbo ‘Umulisa’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umucuranzi Issa Heri aganira na KT TV
    Umucuranzi Issa Heri aganira na KT TV

    Iyi orchestre yabonye izuba mu 1986 ahahoze ari muri perefegitura ya Gisenyi itangijwe n’abahanzi batandukanye baturutse mu zindi orchestre.

    Umwe muri abo bahanzi ni uwitwa Issa Heri wamamaye cyane kubera indirimbo “Umulisa” yahimbiye umwana wigaga mu mwaka wa gatanu (5) w’amashuri abanza mu gihe Heri we yarafite imyaka 20.

    Mu kiganiro kirambuye kuri KT TV kurikira amateka arambuye ya orchestre Ingeli umenye n’imvano y’indirimbo “Umulisa” ya Issa Heri, n’aho izina Ingeri ryaturutse.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/byinshi-utari-uzi-kuri-orchestre-ingeli-aho-bavanye-izina-amateka-y-indirimbo-umulisa

  • Rwamagana: Umugore w’abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk’ibidasanzwe mu matwi y’abumva cyangwa amaso y’abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w’imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by’ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n’umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y’umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w’uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n’umusore utwara moto.

    Ati “Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.”

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n’umugore usa n’ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry’umwuga anamenyesha inzego z’umutekano n’iz’ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y’umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati “Mu nyandiko mvugo y’uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n’umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.”

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n’umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati “Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy’abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.”

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b’uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by’ijambo ry’Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati “Uriya mugore n’ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z’umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b’imbere.”
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by’ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n’umugabo.

    Ati “Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.”

    Ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw’ingo. Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n’inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w’imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n’umumotari bafatanywe.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-w-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa-ngo

  • Ne-Yo yasabye umugore we Crystal Smith ko bas… – #rwanda #RwOT

    Shaffer Chimere Smith wamenyekanye mu muziki ku izina rya Ne-yo ni umunyamerika w'umuririmbyi w’injyana ya R&B, Umwanditsi w'indirimbo ndetse akaba n'umubyinnyi kabuhariwe. Yatangiye umuziki mu mwaka wa 2003, amenyekana cyane mu ndirimbo nka So Sick, Miss Independent, Let Me Love You ndetse n'izindi nyinshi.

    Mu mwaka wa 2016 ni bwo Ne-Yo yakoze ubukwe n'umukunzi we Crystal Smith bari bamaranye imyaka 4 bakundana, aba bombi babanye neza mu munyenga w'urukundo ndetse banibaruka abana babiri.

    Mu mpera z'umwaka wa 2019 ni bwo urukundo rwabo rwatangiye kuzamo agatotsi. Ntibyatinze umugore wa Ne-Yo, Crystal Smith abinyujije ku rubuga rwa Instagram ye yatangaje ko umubano we n'umugabo utameze neza ariko yirinda kuvuga impamvu yabiteye.

    Ne-Yo ari kumwe n’umugore we Crystal Smith

    Mu kwezi kwa 12 ku mwaka wa 2019 hatangiye kugaragara amafoto ya Crystal Smith ari kumwe n’undi musore bivugwa ko ariwe yaba ari gukundana nawe, ntibyari ibanga ko we na Ne-Yo ibyabo bisa nk’ibyarangiye dore ko icyo gihe batanabanaga mu nzu imwe.

    Mu ntangiriro z'umwaka wa 2020, Ne-Yo yatangarije ikinyamakuru Essence Magazine ko we n'umugore we ibyabo byarangiye ndetse ko bagiye guhana gatanya buri umwe akanyura inzira ye. Mu kwezi kwa 6 kwa 2020 aba bombi bongeye gusubirana batangaza ko nta gatanya bazahana kandi ko biyunze ubu bameranye neza.

    Ne-Yo wambitse impeta y’urukundo umugore we

    Mu ijoro ryacyeye ubwo umuryango wa Ne-Yo wari wateranye n'inshuti zawo bari kwizihiza umwaka mushya wa 2021, Ne-Yo ni bwo yafashe ijambo maze ashimira umuryango we wamubaye hafi mu mwaka wa 2020 utari umworoheye na gato.

    Muri uko kuvuga ijambo Ne-Yo yapfukamye imbere y'umugore we maze amwambika impeta y'urukundo amusaba ko bakongera gushyingiranwa bwa kabiri. Crystal Smith mu marira menshi yabyemeye.

    Uko bari bameze mu bukwe bwabo bakoze muri 2016

    Abicishije kuri Instagram, Crystal Smith yavuze ko yishimiye kuzongera gusubiramo indahiro y'urukundo imbere y'Imana kuko iyo barahiye bwa mbere bayishe. Ne-Yo nawe ntiyatanzwe mu kwerekana ibyishimo bye abicishije kuri Twitter aho yerekanye amashusho ari kwambika impeta umugore we.

    Src:www.theshaderoom.com,www.hollywoodunlocked.com

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102035/ne-yo-yasabye-umugore-we-crystal-smith-ko-bashyingiranwa-bwa-kabiri-102035.html

  • AS Kigali irajyana abakinnyi benshi Kampala kugira ngo itazaba nka KCCA bazahura #rwanda #RwOT

    Umukino ubanza ntiwabaye kubera ko KCCA yabuze abakinnyi 14 bategekwa na CAF ngo ikipe ikine cyane ko abakinnyi bayo benshi barimo n'abanyezamu bose banduye Covid-19.

    Uku kubura abakinnyi kwa KCCA kwatumye iterwa mpaga y'ibitego 2-0 ndetse ikaba isabwa gutsinda AS Kigali 3-0 kugira ngo ikomeze.

    Mu rwego rwo kwirinda ibibazo,AS Kigali yiyemeje kuajyana abakinnyi 23 kugira ngo yirinde ko hari abashobora guhura n'ibibazo bitandukanye birimo n'ibya COVID-19 bigatuma badakina.

    Myugariro Bishira Latif utarakinnye imikino yose iheruka kubera uburwayi, yagarutse mu ikipe kimwe n'abandi barimo Ndekwe Félix na Sudi Abdallah.

    AS Kigali izakina umukino wayo ku wa Gatatu idafite myugariro w'iburyo, Rusheshangoga Michel uheruka gusezera ku mupira w'amaguru akajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Ahoyikuye Jean Paul 'Mukonya' ufite imvune.

    AS Kigali irahaguruka ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali i Kanombe saa Saba z'amanywa.

    Urutonde rw'abakinnyi 23 umutoza Nshimiyimana Eric yitabaje:

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/as-kigali-irajyana-abakinnyi-benshi-kampala-kugira-ngo-itazaba-nka-kcca

  • Meddy n'umukunzi we batangiye 2021 bakorana siporo [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Meddy na Mimi barangije 2020 bateye intambwe ikomeye mu rukundo rwabo kuko biyemeje kuva mu rukundo rusanzwe biyemeza kurushinga.

    Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2020 nibwo Meddy yasabye uyu mukobwa ukomoka muri Ethiopia ko yazamubera umugore. Hari mu birori by'isabukuru y'amavuko ya Mimi Mehfira.

    Ku mbuga nkoranyambaga hakwiriye amashusho Meddy aca bugufi ashyira ivi hasi agasaba uyu mukobwa ko yazamubera umugore, undi nawe nta kuzuyaza yahise yikiriza ati “Yego” atega urutoki Meddy arushyiramo impeta.

    Nyuma yo kwambikwa impeta na Meddy,Mimi yakoresheje amagambo yiganjemo imitoma ashimira uyu muhanzi umukunda kurusha umugabo yahoraga arota mu nzozi ze.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Mimi yagize ati' Warengeje buri kimwe nifuzaga ku mugabo. Sinigeze ndota kugira umugabo ufite urukundo, wita kuri buri kimwe, udasanzwe nkawe. Ndi umunyamugisha kuba ngufite ubuziraherezo. Ndabizi uri impano yihariye Imana yampaye.

    Ijoro ryakeye ryari rirenze, umutima wanjye wuzuye ibyishimo, wankoreye umunsi bityo ndabigushimira. Isabukuru yanjye ntabwo izigera imera kimwe.'

    Urukundo rwa Meddy na Mimi Mehfira rwatangiye kuvugwa cyane mu mpera z'umwaka wa 2017. Mu ntangiro za 2018 nabwo bizihizanyije iminsi mikuru ya Noheri n'ubunani.

    Kuwa 24 Ukuboza 2018 nibwo Meddy yaje mu Rwanda gutegura ikirori cya The East African Party azana n'uyu mukunzi we.

    Akigera ku kibuga cy'indege i Kanombe, Meddy yabwiye itangazamakuru ko impamvu yazanye n'umukunzi we Mimi Mehfira mu Rwanda ari ukugira ngo amwereke ababyeyi n'inshuti ariko ko iby'ubukwe batari babipanga.

    Nyuma y'igihe ibi bibaye,Meddy yateye intambwe ikomeye yambika uyu mukobwa “yita umwamikazi we” impeta yo kumusaba ko babana nk'umugabo n'umugore.





    Urukundo ruraryoshye hagati ya Meddy n'umukunzi we

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/meddy-n-umukunzi-we-batangiye-2021-bakorana-siporo-amafoto

  • MU MAFOTO 30: Kayirebwa, Masamba, Makanyaga n… – #rwanda #RwOT

    Ni mu gitaramo East African Party 2021 cyabereye kuri Televiziyo Rwanda mu ijoro ry'uyu wa Gatanu tariki 01 Mutarama 2021, cyafashije Abanyarwanda gutangira umwaka mushya muhire bizihiza umuco wabo binyuze mu njyana ya Gakondo.

    Cyaririmbyemo Cecile Kayirebwa, Masamba Intore, Makanyaga Abdul na Cyusa Ibrahim. Ni ku nshuro ya 13 igitaramo cyiswe East African Party kiba kuri Bonne Annee. Kuri iyi nshuro cyabaye mu isura nshya kuko cyabereye kuri Televiziyo bitewe n'icyorezo cya Covid-19.

    Buri muhanzi wese waririmbye muri iki gitaramo yafataga iminota micye yo kwibutsa buri wese kugira uruhare mu kwirinda Covid-19, by'umwihariko urubyiruko.

    Cyusa Ibrahim ni we wabimburiye abandi ku rubyiniro! Yahereye ku ndirimbo ye yise ‘Migabo’ iri mu zakomeje umuziki we. Ni indirimbo ivuga byihariye ku butwari bwa Perezida Paul Kagame. Yanayituye Abanyarwanda bose ‘batumye u Rwanda rumera uku”

    Yakurikijeho indirimbo yise ‘Rwanda Nkunda” ashishikariza Abanyarwanda bose guhora bakunda u Rwanda. Ati “Aho uri hose ujye ukunda u Rwanda”.

    Uyu muhanzi ageze hagati yakangurire urubyiruko kubahiriza amabwiriza ya Leta yo kwirinda Covid-19, avuga ko ‘Ubuyobozi bugamije ko Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza’.

    Yaririmbaga anyuzamo akaganiriza abari bakurikiye iki gitaramo akabasa kwizihirwa aho bari bari hose.

    Cyusa Ibrahim kandi yaririmbye indirimbo ‘Muhoza Rwanjye’ yasubiyemo iherutse kuzuza Miliyoni 1 Frw y’abayirebye kuri Youtube. Yanaririmbye indirimbo ‘Imparamba’ imaze kurebwa n’abantu barenga ibihumbi 390.

    Uyu muhanzi kandi yaririmbye indirimbo ‘Marebe’, igisigo cy’umuhanzi ufatwa nk’Imana y’abahanzi Rugamba Sipiriyani cyashyizwe mu majwi na Cecile Kayirebwa.

    Yanaririmbye indirimbo ‘Nyaruguru’ iri mu zo hambere zakunzwe mu buryo bukomeye, asoreza kuri 'Mpore' yinzija abo yataramiye mu mwaka mushya.

    Cecile Kayirebwa umuhanzi wubakiye Inganzo ye ku munezero, yaririmbye muri iki gitaramo yitegura kwizihiza imyaka 40 ishize asohoye Album ye ya mbere.

    Yaririmbye ashagawe n’abakiri bato Angel&Pamella. Bamufashije kwikiriza mu majwi meza. Yahereye ku ndirimbo yise ‘Inyange Muhorakeye’ iri mu ndirimbo ze eshatu akunda mu muziki we.

    Uyu muhanzikazi wagwije ibigwi yanaririmbye indirimbo yakoze mu rwego rwo gukangurira buri wese kwirinda Covid-19. Yagezemo hagati afata umwanya wo kubwira urubyiruko kuba nyambere mu rugamba rwo guhangana n’iki cyorezo.

    Yahaye n’umwanya Angel&Pamella baririmba indirimbo ‘Rusengo’ basohoye mu mpera z’umwaka ushize. Basoje yagize ati ‘Ni uko n’uko rwo rwose.’

    Kayirebwa yaririmbye kandi indirimbo ye ‘Umunezero’ yamuhaye izina rukomeye, arakundwa karahava kugeza n’ubu. Iri mu ndirimbo zafungura Radio Rwanda.

    Yanaririmbye indirimbo 'Urubamby'ingwe' n’izindi. Yifurije Abanyarwanda mushya muhire, abifuriza kuzahirwa mu byo bazarekezaho byose amaboko.

    Masamba Intore ni we wari utahiwe. Yahereye ku ndirimbo ‘Nyundo’ imaze imyaka irenga umunani. Yakoze iki gitaramo afatanyije n’abarimo Ruti Joel, Bill Ruzima n’umukobwa umwe bafashije abantu kwishimira igitaramo.

    Uyu muhanzi yahereye ku ndirimbo ‘Dushengurusanye isheja’ akurikizaho indirimbo yitwa ‘Nzovu’ iri mu ze zakunzwe. Indirimbo kenshi z’uyu muhanzi zisaba kuzumva kabiri kuko zigizwe n’amagambo akomeye y’Ikinyarwanda.

    Masamba yifurije umwaka mushya muhire Abanyarwanda bose, by’umwihariko Perezida Paul Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame.

    Uyu muhanzi kandi yasabye buri wese kugira uruhare rukomeye mu rugamba rwo guhangana na Covid-19, avuga ko ntawe ukwiye gutererana undi.

    Mu gitaramo hagati Masamba yaciye akabogi acyebanura imirya y’inanga anyura benshi. Yakomereje ku ndirimbo yise ‘Umuhororo’, ‘Ikibugenge’ n’izindi.

    Uyu muhanzi yavuze ko akuze mu muziki ari nayo mpamvu yatangiye gutegura abakiri bato. Yahaye Bill Ruzima aririmba indirimbo Imwe ndetse na Ruti Joel biba uko waririmbye indirimbo 'Igikobwa'

    Mu gitaramo hagati Masamba Intore yavuze ko umwanya yahawe ari muto ‘nakabaye mbataramira bigatinda. Asoreza ku ndirimbo yise ‘Kanjongera’

    Makanyaga Abdoul umuhanzi umaze imyaka 50 agendana n’ibihe ni we washyize akadomo kuri iki gitaramo. Yahereye ku ndirimbo ye yise ‘Suzana’ akomereza kuri ‘Mporeza umutima’ yakunzwe cyane mu bitaramo bizwi nk’ibisope.

    Mu gitaramo hagati, uyu muhanzi yasomye ubutumwa yari yateguye asaba urubyiruko kwirinda Covid-19 no kudakora ibikorwa byakwirakwiza iki cyorezo.

    Uyu muhanzi utanga ibyishimo ku bisekuru byombyi yaririmbye indirimbo ivuga ku minsi mikuru yifuriza abantu kugira umwaka mushya muhire wa 2021.

    Yanaririmbye kandi indirimbo ‘Rubanda’, ‘Chu chu’, 'Nshake Inshuti' n'izindi. Yaririmbaga abakoresha urubuga rwa Twitter bavuga ko ari we wari ukwiriye gusoza iki gitaramo. Abandi bavuga ko ijwi rye ritajya risaza, kandi ko akorana n'ikipe y'abantu bakuze bakata umuziki bigatinda.

    Cyusa Ibrahim n’itorero rye binjije Abanyarwanda mu mwaka mushya muhire 2021

    Cyusa yabyinaga kinyarwanda aririmba indirimbo ze zakunzwe

    Cecile Kayirebwa, umuhanzi wagijwe ibigwi wasusurukije abayarwanda yisunze inganzo ye y’umunezero

    Angel&Pamella bakuze bafatira urugero kuri Kayirebwa bamufashishije kunyura benshi muri iki gitaramo

    Kayirebwa yashimye Angel&Pamella avuga ko inganzo yabo ‘igana heza’

    Umuhanzi Masamba Intore yaririmbye nyinshi mu ndirimbo zirimo na ‘Kanjogera’

    Bill Ruzima yizihiwe mu gitaramo yafashijemo Masamba wamuhaye umwanya akarirmba indirimbo ye

    Masamba yasabye urubyiriuko kuba nyambere mu kwirinda Covid-19

    Makanyaga, umuhanzi ujyana n’ibihe wishimirwa muri buri gitaramo aririmbyemo

    Abakuze bafasha Makanyaga muri buri gitaramo akoze bakuba urukweto bigatinda

    Makanyaga aritegura gukora cyo kwihiza imyaka 50 amaze mu muziki atanga ibyishimo


    Indirimbo ze zirimo ‘Nshatse Inshuti’ n’izindi zakunzwe yaziririmbye

    Makanyaga yishimiwe bikomeye n’abakoresha urubuga rwa Twitter

    Uwimana Basile wayoboye igitaramo cya East African Party cyabaye ku nshuro ya 13

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102033/mu-mafoto-30-kayirebwa-masamba-makanyaga-na-cyusa-basusurukije-abantu-mu-nganzo-yumwimerer-102033.html

  • Ntimuvuga byinshi, mukora byinshi-Abapolisi b'u Rwanda muri Sudani y'Epfo bashimwe imyitwarire ibaranga – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo aherutse guhura n'abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro mu Murwa Mukuru wa Sudani y'Epfo, Juba.

    Brig. Gen. Mutasem Aljadid yavuze ko gukorana n'amatsinda atandukanye y'abapolisi b'u Rwanda muri Sudani y'Epfo byamwongereye icyizere bitewe n'umuhate no kwitanga batizigama bibaranga mu kazi kabo.

    Yabasabye gukomeza guharanira gukorera hamwe nk'ikipe bakibanda ku nshingano z'ubutumwa barimo bwo kubungabunga amahoro.

    Yagize ati 'Mu guhura n'abapolisi b'u Rwanda icyo nahise mbabonamo ni ikinyabupfura, umuhate ndetse no kuba ari abantu bakora bafite intego. Ntimuvuga byinshi ahubwo mukora byinshi.'

    Yashimye uko bahora biteguye mu kazi kandi bishimye, anashimangira ko byose bituruka ku miyoborere myiza y'abayobozi b'amatsinda y'abapolisi b'u Rwanda.

    Mu minsi ishize, Brig. Gen. Mutasem Aljadid Almajali, yagiranye ibiganiro byihariye n'abayobozi ba rimwe mu matsinda y'abapolisi b'u Rwanda bari muri Sudani y'Epfo (RWANFPU-2).

    Muri ibyo biganiro umuyobozi w'itsinda ry'abapolisi yamugaragarije uko abapolisi ayoboye biteguye, uko bakora neza inshingano zabajyanye muri icyo gihugu ndetse anamugaragariza imbogamizi bahura nazo.

    Brig. Gen. Mutasem yasabye iri tsinda kujya ritegura neza ibikorwa byaryo kandi rigatekereza ko ibikorwa byaryo bishobora gukomwa mu nkokora n'ibihe by'icyorezo cya COVID-19.

    Yabasabye kwirinda kuba bakwandura cyangwa bakwirakwiza icyorezo ahubwo bagakomeza gushyira mu bikorwa amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19.

    Brig. Gen. Mutasem yaganirije abapolisi ibijyanye n'impinduka zabaye mu butumwa barimo byose bijyanye n'uko ibintu bimeze muri Politiki ya Sudani y'Epfo.

    Izo mpinduka nshya zo mu butumwa barimo zirebana n'uburyo bwo kurinda abasivili aho bari mu nkambi, aho kuri ubu bikorerwa mu zirimo abantu bakuwe mu byabo n'intambara.

    Mu Ukwakira 2020, hasinywe amasezerano hagati ya Polisi ya Sudani y'Epfo n'ubuyobozi bw'Intumwa z'Umuryango w'Abibumbye, aha ubushobozi Polisi yo muri iki gihugu n'inshingano z'ibanze mu kurinda abaturage bose.

    Bimwe mu byo Polisi ya Sudani y'Epfo izibandaho harimo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n'ibindi byaha. Izajya ifatanya n'abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bikorwa byo kurinda abasivili bavanywe mu byabo n'intambara bagafatanya n'abapolisi ba Loni mu gukora amarondo no guhanahana amakuru.

    Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo basabwe gukomeza imyitwarire myiza ibaranga

    Abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani y’Epfo bashimwe ubunyamwuga bagaragaza, basabwa gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntimuvuga-byinshi-mukora-byinshi-abapolisi-b-u-rwanda-muri-sudani-y-epfo