Blog

  • Kigali: Abana 25 bavukiye mu bitaro bitandatu ku Bunani bwa 2021 – #rwanda #RwOT

    Abana 25 bavukiye mu bitaro bitandatu byo mu Mujyi wa Kigali ku Bunani, nyuma y’uko kuri Noheli ya 2020 havutse abana 42.

    Mu bitaro byavukiyemo abana ku munsi utangira umwaka harimo ibya Gisirikare bya Kanombe [havukiye umwe], ibya La Croix du Sud [havukiye batatu]. Umubare munini wagaragaye mu Bitaro bya Muhima n’ibya Polisi ku Kacyiru n’ibindi.

    Uwamahoro Joselyn w’imyaka 36 y’amavuko ni umwe mu babyeyi bibarukiye mu Bitaro bya Gisirikare biri i Kanombe yatangaje ko ari ibyishimo bikomeye kuri we kubyara ku munsi udasanzwe.

    Mu ijwi ryoroheje yabwiye The New Times ati “Sinatekerezaga ko ndi burokoke, ariko ndashima Imana ko byabaye, bikanaba ku munsi nk’uyu udasanzwe.”

    Uwimbabazi Mathilde umwe mu baganga bakora akazi k’ububyaza mu Bitaro bya Muhima, yatangaje ko yashimishijwe n’umubare w’abana bavutse ku munsi wa mbere w’umwaka.

    Yavuze ko imirimo y’ububyaza kuri we awufata nk’inshingano cyane cyane ko yumva ari umuhamagaro we.

    Abana 25 baboneye izuba mu bitaro bitandatu byo mu Mujyi wa Kigali ku wa 1 Mutarama 2021

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-abana-25-bavukiye-mu-bitaro-bitandatu-ku-bunani-bwa-2021

  • Rwamagana: Umugore ufite abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk’ibidasanzwe mu matwi y’abumva cyangwa amaso y’abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w’imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by’ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n’umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y’umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w’uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n’umusore utwara moto.

    Ati “Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.”

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n’umugore usa n’ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry’umwuga anamenyesha inzego z’umutekano n’iz’ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y’umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati “Mu nyandiko mvugo y’uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n’umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.”

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n’umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati “Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy’abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.”

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b’uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by’ijambo ry’Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati “Uriya mugore n’ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z’umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b’imbere.”
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by’ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n’umugabo.

    Ati “Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.”

    Ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw’ingo. Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n’inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w’imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n’umumotari bafatanywe.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-ufite-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa

  • Batangiye bitwa Orchestre ‘Madebe’ birangira babaye aba Stars #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Orchestre Les 8 Anges
    Orchestre Les 8 Anges

    Iyo Orchestre mu gihe cyayo yaramamaye cyane, ku buryo bakiri n’abana bajyaga gucuranga mu tubari abantu bakaza kubareba bishimye cyane kubera ukuntu bacurangishaga ibikoresho babaga barikoreye.

    Hari ibyabaga bikoze mu mbaho, mu madebe, ibikombe by’amata ya Nido n’ibindi, hanyuma bamaze kwigira hejuru baza guhura n’umuterankunga abagurira ibikoresho bigezweho.

    Kurikira ikiganiro cyose kuri KT TV:

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/batangiye-bitwa-orchestre-madebe-birangira-babaye-aba-stars

  • Rwamagana: Umugore ufite abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk'ibidasanzwe mu matwi y'abumva cyangwa amaso y'abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w'imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by'ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n'umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z'iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y'umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w'uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n'umusore utwara moto.

    Ati 'Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.'

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n'umugore usa n'ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry'umwuga anamenyesha inzego z'umutekano n'iz'ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y'umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati 'Mu nyandiko mvugo y'uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n'umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.'

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n'umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati 'Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy'abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.'

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b'uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by'ijambo ry'Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati 'Uriya mugore n'ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z'umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b'imbere.'
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by'ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n'umugabo.

    Ati 'Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.'

    Ibibazo by'amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw'ingo. Raporo y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n'inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w'imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n'umumotari bafatanywe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-ufite-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa

  • Birangiye Neymar avuze ukuri ku birori byendaga kumushyira mu mazi abira. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize nibwo Rutahizamu wa Paris Saint-Germain, Neymar yavuzweho gutegura ibirori mu buryo butemewe n'amategeko ndetse ubushinjacyaha bwo muri Brezil bumutumaho ngo yitabe asobanure uburyo yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya koronavirusi, kuri ubu uyu mukinnyi akaba yatangaje ko ntabirori byabantu 500 yateguye uretse ko ngo yari kumwe n'umuryango we n'abandi bantu bake bizihiza iminsi mikuru.

    Neymar Jr w'imyaka 28 yahakanye iby'iki kirori bivugwa ko yakoze ku bunani kikitabirwa n'abanyamideli bo muri Amerika no muri Brazil.
    Byavugwaga ko mu bacyitabiriye harimo abakobwa bazwi nka Kiki Passo, Michelle Nevius na Jessica Bartlett bavuye i Miami batumiwe na Neymar n'inshuti ze binyuze ku butumwa bohererezanyije kuri Instagram.

    Neymar ntiyigeze ashyira hanze amafoto y'ibi birori kuri Instagram,nkuko asanzwe abigenza,ari nayo mpamvu yamaganye abamushinje kugitegura.Neymar Jr abinyujije kuri Instagram aho akurikirwa n'abantu miliyoni 144 yamaganye abavuze ko yakoze iki kirori aho yagaragaje ko we n'umuhungu we Davi Lucca bipimishije ku bunani.

    Neymar yatangaje ko ibirori yari afitemo abantu bake banahana intera

    Yanashyize hanze ifoto igaragaza aho abashyitsi be bagombaga kwicara aho buri ntebe n'indi harimo intera nkuko bigaragara ku mafoto yashyize hanze.

    Neymar ngo yari yapimwe koronavirusi.

    Source : https://yegob.rw/birangiye-neymar-avuze-ukuri-ku-birori-byendaga-kumushyira-mu-mazi-abira/

  • Umunyarwenya Clapton Kibonke yifurije umugore we isabukuru nziza anashimangira urukundo amukunda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya Clapton Kibonke wamamaye cyane hano mu Rwanda ndetse no hanze y'U Rwanda kubera umwuga wo gusetsa unaherutse no kumuhesha igihembo mu minsi ishize, yifurije isabukuru nziza umugore we anashimangira urukundo amukunda. Ibi Clapton Kibonke yabikoze abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aho yari amaze no gushyira hanze ifoto ye ari kumwe n'umugore we.

    Clapton Kibonke n'umugore we

    Nyuma yuko Clapton Kibonke ashyize hanze iyi foto ye ari kumwe n'umugore we yayiherekesheje amagambo agira ati: 'Mumfashe Kwifuriza isabukuru Nziza Mama Nellah , Wambereye Umugisha , wambereye Byose , Ndagukunda cyane. Baca umugani mugipolice ngo Gahunda niyayindi @ntambarajacky #Tuzarambana'.

     

    Source : https://yegob.rw/umunyarwenya-clapton-kibonke-yifurije-umugore-we-isabukuru-nziza-anashimangira-urukundo-amukunda/

  • Wari uzi ko hari ibyo kurya bituma usaza vuba? #rwanda #RwOT

    Abantu benshi bakunda kurya ibiryo bakunda cyangwa biryoshye nyamara ntibite ku ngaruka ibyo bariye byabatera, akenshi bizwi ko ibiryo bimwe na bimwe bitera indwara gusa hari n’ibindi bituma umuntu asaza imburagihe.

    Amafunguro ashobora gutuma usaza vuba, ukaba wagaragara nk’ushaje nyamara imyaka yo ikiri mike. Mu gihe urya cyane ibiryo byongera ububyimbirwe mu mubiri (High inflammatory foods) kenshi, bishobora kwangiza imikorere myiza y’umubiri. Uturemangingo tugenda tugabanuka ubushobozi bwo kwiyuburura, indwara zitandukanye, gusaza k’uruhu ndetse n’iminkanyari bikakwibasira.

    Dore amafunguro ukwiye kugabanya mu byo kurya byawe niba utifuza gusaza vuba:

    1.Ibiryo bikaranze cyane kimwe n’ibyokeje

    Guteka ibiryo ukoresheje ubushyuhe bwinshi nk’ubukoreshwa mu gihe botsa cyangwa bakaranga mu mavuta, byongera cyane ibitera kubyimbirwa mu mubiri bizwi nka AGE (Advanced Glycation End products). Ibi bintu bitandukanye ni byo bituma usaza, bikongera ububyimbirwe no kugabanuka k’uturemangingo.

    Iyo urugero rwa AGE ruri hejuru, ubushobozi bw’uturemangingo bwo kwiyuburura buragabanuka, uko dupfa ntitubashe gusimburwa, amagufa atangira kuvunguka ukibasirwa n’indwara ya osteoporosis, indwara zindi nka stroke, indwara z’umutima n’izindi ziterwa n’imyaka zikakwibasira cyane.

    Nubwo izi AGE zibaho mu mubiri bisanzwe, ibiryo bitekeshejwe igipimo cy’ubushyuhe kiri hejuru byongera ubukana byazo. Uburyo ushobora kubyirinda ni ugutekera ku gipimo cy’ubushyuhe kiri hasi, ukirinda ibyo kurya bicishwa mu mavuta cg byotswa cyane, ukabirya mu rugero.

    2.Ibiryohera cyane

    Isukari nyinshi ishobora gutera kubaho icyitwa glycation. Glycation ibaho mu gihe ufashe isukari nyinshi, iruta iyo umubiri wawe ukeneye, isukari irengaho yivanga na proteyine, nuko bigakora Advanced Glycation End products (ariyo izwi nka AGE). AGE yangiza bikomeye proteyine yo ku ruhu izwi nka collagen, ituma ruhorana itoto ndetse rugahora rukeye.

    3.Ibinyamasukari byahinduwe

    Ibinyamasukari byakuwemo bimwe mu bibigize nk’amafufu, bikora nk’isukari yahinduwe mu mubiri. Iyo bitarimo izo fibres, zirinda ko isukari nyinshi yinjira mu maraso, ibi binyamasukari bijya kwangiza insulin, ndetse bikaba byatera umusemburo wa insulin kwinangira cg kunanirwa gukora neza uko bigenda biba byinshi.

    Urugero rw’ibinyamasukari bihindurwa harimo umuceri wera n’umugati. Ushobora guhitamo kurya ibinyamasukari bitahinduwe nk’imbuto, imboga n’utubuto twuzuye nk’umuceri w’ikigina n’ibindi.

    4.Inyama zatunganyijwe ukundi

    Muri ubu bwoko bw’inyama harimo sausage (saucisson), jambon na bacon, izi nyama ziba zongewemo ibinyabutabire bizirinda kwangirika bya sulfites n’ibindi, ibi akenshi bitera ububyimbirwe bw’uruhu, ndetse bikongerera cyane uruhu gusaza. Kubera kandi ko biba birimo umunyu mwinshi bituma ugaragara nk’ubyimbye.

    5.Ibiryo birimo umunyu mwinshi

    Umunyu mwinshi tuvuga aha akenshi si wa wundi wo gutekesha, nubwo nawo ugomba kuwugabanya mu byo kurya. Akenshi umunyu w’inyongera uboneka mu biryo biza bifunze, kuko hongerwamo umunyu kugira ngo bibashe kubikika neza, ibi bishobora gutera umubiri kubika amazi menshi, nuko ukagaragara nk’ubyimbye.

    Ngibyo ibyo kurya by’ingenzi bishobora gutera gusaza imburagihe. Niba ukunda ku birya, ni ngombwa kubigabanya (bitari kubihagarika), ukibanda ku mafunguro arinda gusaza ndetse atuma umubiri ukomeza gukora neza.

    Source:www.wikihow.com

    Inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Wari-uzi-ko-hari-ibyo-kurya-bituma-usaza-vuba.html

  • Ikipe ya AS Kigali y'abakinnyi 23 irerekeza muri Uganda gukina na KCCA #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Mutarama 2021, ikipe ya AS Kigali FC irahaguruka i Kigali yerekeza muri Uganda aho igiye gukina na KCCA mu mukino wo kwishyura w'imikino y'Afurika y'amakipe yitwaye neza iwayo 'Total CAF Confederation Cup 2020-2021', uzabera ku kibuga cya St. Mary's Stadium-Kitende tariki 06 Mutarama 2020.

    Iyi kipe ya AS Kigali FC itozwa na Nshimiyimana Eric, iterwa inkunga n'Umujyi wa Kigali, ikaba iza guhagukurana abakinnyi bagera kuri 23, izifashisha kuri uyu mukino wa KCCA.

    Mbere yo guhaguruka i Kigali, ikipe ya AS Kigali FC yakoze imyitozo ya nyuma itegura uyu mukino, yabereye kuri Sitade ya Kigali, ku wa Gatanu tariki 01 Mutarama 2021.

    AS Kigali FC ikaba igiye gukina uyu mukino ifite impamba y'ibitego 2-0, nyuma yo gutera mpaga ikipe ya KCCA mu mukino ubanza wagombaga kubera i Kigali tariki 23 Ukuboza 2020, kubera ko itari ifite abakinnyi bakenewe kugira ngo umukino ubashe gukinwa aho abenshi bari barwaye COVID-19.

    AS Kigali irimo gukina ku nshuro ya kabiri yikurikiranya imikino ya Total CAF Confederation Cup, ubwo yaherukaga kuyikina mu mwaka ushize yasezerewe mu ijonjora rya kabiri itsinzwe na Proline FC yo muri Uganda ku bitego 3-2 mu mikino ibiri.

    Abakinnyi 23 AS Kigali ijyana muri Uganda gukina na KCCA.

    Aba ni Ndayishimiye Eric 'Bakame', Bate Shamiru, Bayisenge Emery, Ntamuhanga Tumaine Tity, Karera Hassan, Nsabimana Eric, Kalisa Rachid, Hakizimana Muhadjiri, Abubakar Lawal, Shabani Hussein Tchabalala, Nkinzingabo Fiston, Benedata Janvier, Bshira Lafiff, Kwizera Pierrot, Biramahire Abeddy, Orotomal Alex, Rurangwa Mossi, Rugero Chris, Kayitaba Jean Bosco, Ndekwe Felix, Sudi Abdallah, Rugirayabo Hassan na Ishimwe Christian.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/02/ikipe-ya-as-kigali-yabakinnyi-23-irerekeza-muri-uganda-gukina-na-kcca/

  • Rwamagana: Umugore w'abana barindwi yaciye inyuma umugabo we ashaka gufatwa ngo abone gatanya – #rwanda #RwOT

    Ibi bamwe bashobora gufata nk'ibidasanzwe mu matwi y'abumva cyangwa amaso y'abasoma, byabaye inkuru isanzwe muri Rwamagana aho umugore w'imyaka 47 yafatiwe mu bikorwa by'ubusambanyi mu kwiregura akavuga ko yabikoze agamije kugira ngo abone gatanya yimwe n'umugabo we.

    Ni amahano yabaye mu ntangiriro z'iki cyumweru ubwo uyu mugore usengera muri ADEPR, utuye mu Kagari ka Bwinsanga yafatirwaga mu nzu y'umumotari bararanye nyamara asanzwe afite urugo rwe rurimo imbyaro zirindwi. Bafatiwe mu Kagari ka Ruhimbi.

    Umugabo w'uyu mugore yabwiye IGIHE ko yari yamubeshye ko agiye kwirirwa mu masengesho ngo yari afite ibyo ari gusengera. Ngo byageze ku mugoroba aramuhamagara ntiyitaba telefoni atangira gukeka ko yagiye kumuca inyuma kuko ngo hari ibimenyetso bimwe na bimwe yagendaga abona ko ashobora kuba agirana ibihe byiza byo mu gitanda n'umusore utwara moto.

    Ati 'Umutima wakomeje kumpata kumuhagamagara ku mugoroba akambwira ngo ntibarasoza gusenga, njya ku muhanda aho yacururizaga yari yahasize umwana, nyuma ampamagara mu ijoro arambwira ngo baraye mu masengesho, umutima ukomeza kundya mpamagara abamotari mbabaza ko wa mumotari njya nkeka ko basambana yakoze bambwira ko atakoze umunsi wose ntangira gukeka ko ariho ari.'

    Uyu mugabo akomeza avuga ko byarangiye agiye ku rugo uwo mu motari akodeshaho ahageze abaza umuzamu waho amubwira ko uwo mumotari yararanye n'umugore usa n'ukuzemo ahita amenya ko ari uwe, ngo yahise yitabaza abakora irondo ry'umwuga anamenyesha inzego z'umutekano n'iz'ibanze zirahagera maze mu gitondo barabafata.

    -  Umugore yaciye inyuma y'umugabo we ku bushake

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gishari, Rushimisha Mark, yabwiye IGIHE ko uwo mugore yiyemereye ko yaciye inyuma umugabo we ku bushake kugira ngo abone gatanya yashakaga.

    Yagize ati 'Mu nyandiko mvugo y'uriya mudamu agaragaza ko yabikoze abigambiriye ngo ashaka imbarutso yo gutandukana n'umugabo kuko yamusabye gatanya arayimwima. Yavuze ko adashaka kongera kubana na we, umugabo arabyanga ngo rero yabikoze yabigambiriye kugira ngo afatwe haboneke imbarutso yo gutandukana.'

    Rushimisha yavuze ko uyu mubyeyi atari yaregereye ubuyobozi ngo agaragaze ikibazo afitanye n'umugabo cyanatuma afata umwanzuro wo kumuca inyuma abishaka ngo abone gatanya.

    Ati 'Ubundi ubuyobozi iyo bwinjiye mu kibazo cy'abashakanye bakabona nta mpamvu yo gukomeza kubana kubera impamvu runaka zishobora no kuzatera urupfu, tubagira inama yo gutandukana ku neza. Icyo gihe na raporo tubakoreye ibafasha kujya mu rukiko kuba iyo gatanya bayihabwa kabone nubwo umwe yakwanga guha gatanya undi ubuyobozi buba bwabonye impungenge ku buryo raporo ishingirwaho.'

    Yakomeje asaba abaturage kujya begera ubuyobozi ngo kuko bubereyeho gukemura ibibazo byabo aho gukora amakosa batabwegereye.

    Amakuru IGIHE yakuye mu baturanyi b'uyu muryango ni uko uyu mugabo ngo na we ashobora kuba aca inyuma umugore we.

    Bamwe mu baturage bavuga ko amaze kubyara hanze abana babiri, abandi bakavuga ko yabyaye bane, bose bahuriza ko ngo umugabo na we yitwaza ibikorwa by'ijambo ry'Imana agaca umugore we inyuma.

    Hari uwagize ati 'Uriya mugore n'ubundi yari yaramuhunze yararaga mu iduka yacururizagamo urebye ntabwo bari bakibana kuko umugore yari yarananiwe kwihanganira ingeso z'umugabo. Wibaze abantu bafite abana barindwi ariko babanaga bacengana cyane nyamara bose ngo ni abarokore bo mu b'imbere.'
    Undi muturage ubazi neza yavuze ko ibikorwa by'ubusambanyi ngo bose basanzwe babikora ku buryo ngo nubwo hafashwe umugore gusa ngo bihaye igihe gito ngo banafata n'umugabo.

    Ati 'Nako umugabo we birigaragaza cyane kuko amaze kubyara hanze abana barenze babiri kandi ku bagore batandukanye, ubuyobozi bubigenzuye abo bana bwababona rwose.'

    Ibibazo by'amakimbirane yo mu miryango bikomeje kwiyongera ndetse bigira ingaruka ku gusenyuka kw'ingo. Raporo y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yatangaje ko imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n'inkiko gutandukana mu 2019. Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Kuri ubu uyu mugore w'imyaka 57 afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari mu gihe ategerejwe gushyikirizwa Ubushinjacyaha we n'umumotari bafatanywe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-umugore-w-abana-barindwi-yaciye-inyuma-umugabo-we-ashaka-gufatwa-ngo