Blog

  • Muri Uganda umugabo yahohoteye umukobwa we asunikisha igiti inyundo mu gitsina cye #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yakoreye ibi umukobwa we yashinjaga ko aryamana n'umusore utuye mu cyaro cyitwa Kiryanga akoresheje amayeri yo gutoroka iwabo nk'uko Jonathan Akweteireho, umuyobozi wungirije w'Akarere ka Amolatar yabwiye Daily Monitor dukesha iyi nkuru.

    Apio ngo yavuye iwabo kuwa 23 Ukuboza nyuma agarutse mu rugo se wari warakaye bikomeye aramwirukana, amubwira gusubira iyo yahoze.

    Umukuru wa Polisi mu Karere ka Amolatar, Jacob Chepskol, avuga ko ubwo uyu mukobwa yagarukaga yakubiswe na Se bikomeye, amujyana mu nzu, polisi itabaza abaturage ariko basanga umukobwa yashizemo umwuka.

    DPC Jacob Chepskol ati 'Twasanze Apio aryamye mu kidendezi cy'amaraso. Se yari yamupfuritse igiti mu gitsina, yabikoresheje inyundo.'

    Uyu mugabo n'umuhungu we wamuherezaga igiti, ari nako bakoresha inyundo mu cyinjiza kure kugeza ubwo uwo mukobwa ashizemo umwuka, bafungiwe kuri sitasiyo ya Amolatar. Ubuyobozi bwamaganye ubu bwicanyi.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/muri-uganda-umugabo-yahohoteye-umukobwa-we-asunikisha-igiti-inyundo-mu-gitsina

  • WhatsApp yaciye agahigo katarakorwa n’urundi rubuga nkoranyambaga kuri Bonane. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp rwatangaje ko ku bunani ,tariki 1 Mutarama 2021 rwakiriye abahamagara bakoresheje amajwi n'amashusho barenga miliyari 1.4 umunsi umwe ibintu babona nk'ibitangaje dore ko ngo ari bwo bwa mbere bibaye.

    WhatsApp ivuga ko urubuga rwabonye guhamagarwa cyane ku munsi umwe. Ugereranije n'umwaka ushize.
    Facebook nayo ikorana na WhatsApp nayo ngo yiboneye ubwiyongere bwo guhamagara kuri videwo (VIDEO calls)ndetse no guhamagara mu matsinda(group calls).

    Nk'uko byatangajwe n'uru rubuga, kuri bonane yuyu mwaka ngo wari umunsi ukomeye kuruta iyindi yose yo guhamagara hifashishijwe amashusho ya Messenger (abantu 3+) muri Amerika, hamwe n'abandi bagera kuri 2X bakoresha video call.

    Byongeye kandi,ngo habayeho ibiganiro(chats) birenga miliyoni 55 kuri Facebook na Instagram ku isi yose mu ijoro ry'ubunani.

    Source : https://yegob.rw/whatsapp-yaciye-agahigo-katarakorwa-nurundi-rubuga-nkoranyambaga-kuri-bonane/

  • BREAKING NEWS: Miss Uwase Vanessa amaze gutangaza ko yatandukanye na fiancé we – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize twababwiye inkuru zitandukanye za  Uwase Vanessa na fiancé we tugenda tubabwira ibihe byiza bitandukanye aba bombi bagiye bagirana n'ibindi bitandukanye gusa mu masaha atatu ashize Miss Uwase Vanessa amaze gutangaza ko kuri ubu nta mukunzi afite. Ibi Miss Uwase Vanessa yabitangaje abinyujije kuri story ya instagram ye aho yagize ati: ” Single again “.

    Ibi nibyo Miss Uwase Vanessa amaze gutangaza

    Nkuko bigaragara mubyo Miss Uwase Vanessa yatangaje biragaragara ko yatandukanye n'umukunzi we. Miss Uwase Vanessa atandukanye n'umukunzi we mu gihe hari hashize umwaka hafi n'igice uyu mukunzi we amwambitse impeta.

    Miss Vanessa yambitswe impeta na fiancé we mu mwaka wa 2019

    Miss Vanessa yakorewe ibirori by'isabukuru y'amavuko  na fiancé we mu mwaka ushize wa 2020

    Miss Vanessa na fiancé we

    Source : https://yegob.rw/breaking-news-miss-uwase-vanessa-amaze-gutangaza-ko-yatandukanye-na-fiance-we/

  • Umwaka wa 2021 ni uwo kuzamura Gakondo – Umuhanzi R. Tuty uri mu Bubiligi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today tariki ya 01 Mutarama 2021, uyu musore yavuze ko ashyize imbere kuzamura Gakondo ku rwego rwisumbuyeho. Yagize ati ” Uyu mwaka wa 2021 Gakondo iratumbagira haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w’i Burayi cyane cyane mu Bubiligi. Ndashaka gukora indirimbo nyinshi za Gakondo kandi nkazimenyekanisha ku rwego rwisumbuyeho, hamwe n’abandi bahanzi ndizera ko tuzabigeraho.”

    Yakomeje avuga ko azanye imbaraga zirenze izo yakoresheje mu mwaka ushize.

    Mu mwaka wa 2020 R. Tuty yakoze indirimbo eshatu ari zo : Idini y’ifaranga, Urufunguzo n’Igitonyanga.

    Uyu musore umaze imyaka irenga 10 mu muziki amaze gukora imizingo eshanu (Albums) , muri uku kwezi kwa Mutarama akaba ateganya gushyira ahagaragara indirimbo iri mu njyana gakondo yitwa “Iyizire” ari gukorerwa na Producer MadeBeats by’umwihariko ireba abitegura ku rushinga.

    Yasoje asaba abakunzi be kwishimira ibyiza bagezeho ariko bakibuka kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umwaka-wa-2021-ni-uwo-kuzamura-gakondo-umuhanzi-r-tuty-uri-mu-bubiligi

  • Muhanga: Abakekwaho kwicira umugabo iruhande rw’urugo rwe bafunzwe by’agateganyo iminsi 30 – #rwanda #RwOT

    Nyakwigendera Tumusifu, yari afite imyaka 52 y’amavuko, yiciwe mu Mudugudu wa Samuduha, Akagali ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, Intara y’Amajyepfo, akaba yaricishijwe ikintu yakubiswe mu mutwe, hakekwa ko ari umwase, kuko mu mutwe we no ku myenda yari yambaye ndetse no hasi aho yari aryamye hari hari amabango y’igiti.

    Abakekwaho kumwica bakurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu biturutse ku bushake.

    Ingingo ya 107 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-abakekwaho-kwicira-umugabo-iruhande-rw-urugo-rwe-bafunzwe-by-agateganyo

  • Umuryango Rich Heart wasangiye Ubunani n'abatuye mu Mudugudu w'ubumwe n'ubwiyunge mu Bugesera – #rwanda #RwOT

    Iyi miryango igizwe n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n'abayigizemo uruhare ariko bahawe imbabazi n'abo bahemukiye, bakaba batuye mu mudugudu umwe aho bibumbiye muri Association yitwa 'Twuzuzanye'.

    Kubera ingaruka icyorezo cya Coronavirus cyagize ku bukungu bw'imiryango itandukanye muri rusange, Rich Heart, yagize igitekerezo cyo kwegera abanyamuryango ba Association Twuzuzanye kugira ngo basangire iminsi mikuru.

    Uyu muryango washyikirije abatuye muri uwo mudugudu ibiribwa, ibikoresho by'isuku, imfashanyigisho ndetse n'ibikoresho bifasha abana mu masomo no kwidagadura byashyikirijwe imiryango 110.

    Usibye gusangira n'iyo miryango, Rich Heart isanzwe inafite ibikorwa by'iterambere mu 'Mudugudu w'Ubumwe n'Ubwiyunge' birimo ishuri ry'ubudozi ryubatse muri uwo mudugudu, rikaba ryigiramo ababyeyi bari mu kigero cy'imyaka 38 na 45.

    Aba bagore bafashwa kwiga umwuga wo kudoda ku buryo bashobora kuwubyaza umusaruro bakiteza imbere banagira uruhare muri gahunda yo gushyigikira ibikorerwa imbere mu gihugu ya 'Made in Rwanda'.

    Umuyobozi Mukuru wa 'Rich Heart', Nagiriwubuntu Dieudonné, yavuze ko nyuma y'umwaka bakorana na 'Association Twuzuzanye' bifuje no gusangira na bo iminsi mikuru mu kurushaho kubereka urukundo.

    Yagize ati 'Nyuma y'amahugurwa tubaha yo kudoda, turashaka no gusangira nabo ifunguro kuri uyu munsi mukuru, na cyane ko muri ibi bihe bya Coronavirus hari abatakaje imirimo. Turashaka rero kubabwira ko batari bonyine, bakomeze bahatane kandi ibyiza biri imbere.''

    Yavuze ko bafite intego yo gukomeza guteza abagore imbere binyuze mu kubigisha imyuga itandukanye.

    Yagize ati 'Twigisha abagore ubudozi kandi tubahugura kugira ngo bavemo ba rwiyemezamirimo kuko intego igihugu gifite ni ukuzamura umugore. Rero iyo Umunyarwanda avuze ngo umugore ni umutima w'urugo, bivuze ko yaba na mutima w'igihugu. Guteza imbere umugore rero ni uguteza imbere igihugu muri rusange.''

    Musanabera Christine yavuze ko gahunda y'amahugurwa mu budozi yamuhinduriye ubuzima.

    Yagize ati 'Banshyira muri iri shuri sinumvaga ko nabimenya kuko kwiga kw'abantu bakuru biragorana. Ariko bakomeje kunyereka ko nabishobora, baduha ibikoresho byose dukeneye kugira ngo twige neza. Kugeza ubu maze kumenya kudoda imyenda, ibikapu, amakanzu n'ibindi byinshi.'

    Yongeyeho ko kumenya kudoda byamuhaye imbaraga zo gutekereza uburyo yatangira kwikorera, ku buryo ari kubiteganya mu minsi ya vuba.

    Ati 'Ubu bumenyi buzamfasha mu mugambi wanjye wo gushaka imashini ubundi nkashinga ibikorwa by'ubudozi. Ibyo bizamfasha kwiteza imbere nk'umugore kandi bizatuma nteza imbere umuryango wanjye, nishyurire abana amashuri na mituweli ndetse nkomeze kuwitaho mu buryo bworoshye.'

    Umuyobozi w'Akagari ka Batima, Ihorabusa Rozarie, yavuze ko ibikorwa bya Rich Heart byahinduye imibereho y'abaturage ayoboye kuko byafashije abagatuye kugira ubumenyi bushobora gutuma bihangira imirimo kandi ibikorwa bizarushaho kugera kuri benshi mu minsi iri imbere kuko uyu mushinga ugikomeje.

    Ati 'Uyu mushinga wahinduye ubuzima mu kagari kacu. Aba bagore benshi bigishijwe kudoda nta mirimo bagiraga mbere y'uyu mushinga. Rero aba bagore bamaze gutinyuka ndetse urebeye mu byo bamaze gukora, ubona ko hari intambwe bateye.'

    Yavuze ko nk'ubuyobozi bw'akagari, bishimiye iki gikorwa kuko kizagabanya umubare w'abantu bari mu cyiciro cy'ubukene.

    Ati 'Twizeye ko iki gikorwa kizagabanya umubare w'abari mu cyiciro cy'abakene mu kagari kacu kuko aba bagore bazakivamo ubwo bazaba batangiye kwikorera.'

    Ku ruhande rwa Imahkus Okofu, Umunyamerika w'imyaka 79 uri mu bifuza gutura mu Rwanda, akaba n'umwe mu bafatanyabikorwa b'imena ba Rich Heart, yasobanuye ko abanyamuryango ba 'Twuzuzanye' bageze kuri byinshi mu nzira y'ubumwe n'ubwiyunge, ku buryo byamuteye imbaraga zo gutekereza uburyo yagira uruhare mu kubafasha kugera ku bindi byifuzo bafite.

    Yagize ati 'Natangajwe cyane n'ibyo nabonye igihe nageraga hano ndetse ngira amatsiko yo kumenya ibyo aba babyeyi bakora. Bafite ishyaka ryo kwikorera, ibyo rero byatumye nanjye ngira ishyaka ryo kugira uruhare mu iterambere ryabo'.

    Yongeyeho ko 'Association Twuzuzanye' yamwigishije ikintu cy'ingenzi kijyanye n'umuco wo kubabarira.

    Ati “Urebye ibyo banyuzemo, n'uburyo bashoboye kubirenga bakabana mu mahoro ndetse bakababarirana, ni ikintu gikomeye nabigiyeho. Ubundi nagiraga uburakari bwnshi ariko aba babyeyi banyigishije ko ari byiza kugira umuco wo kubabarira muri wowe. Ndabibashimira cyane'.

    Nagiriwubuntu uyobora 'Rich Heart avuga ko batewe ishema n'ibyo bamaze kugeraho kandi ko bitewe n'umusaruro uhambaye umaze kugaragara, bafite gahunda yo kwagura ibikorwa byabo muri uyu mwaka.

    Ati 'Twifuza ko ibikorwa byacu bizagera kuri benshi bashoboka kugira ngo duteze imbere gahunda y'ibikorerwa mu gihugu cyacu ariko tunateza imbere ubushobozi bw'umugore w'Umunyarwandakazi''.

    Rich Heart ni umuryango utegamiye kuri leta, ufite intumbero yo guteza imbere imibereho myiza y'urubyiruko n'abagore. Ibikorwa byawo byibanda ku kwimakaza umuco w'amahoro n'ubumuntu binyuze mu mahugurwa utanga. Uyu muryango ugizwe n'abanyamuryango ba AERG bize mu Groupe Scolaire St Joseph Kabgayi mu Karere ka Muhanga mu Ntara y'Amajyepfo.

    Nagiriwubuntu Dieudonné uyobora Rich Heart yavuze ko biteguye kwagura ibikorwa byabo

    Abaturage bitabiriye iki gikorwa bari bicaye mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Iki gikorwa cyabereye hanze y’Ishuri ry’Ubudozi rya Rich Heart, riri mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Rweru

    Hatanzwe ibikoresho byinshhi birimo n’ibizafasha abana kwiga no kwidagadura

    Abaturage bitabiriye iki gikorwa bubahirije amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Batima, Ihorabusa Rozarie, yavuze ko ibikorwa bya Rich Heart byateje imbere abaturage ayobora

    Bamwe mu babyeyi bari mu Ishuri ryo kudoda bagenewe na Rich Heart

    Imahkus Okofu yatanze impano mu bana, avuga ko yigishijwe n’ibikorwa bya Association Twuzuzanye

    Hatanzwe ibiribwa bitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuryango-rich-heart-wasangiye-ubunani-n-abatuye-mu-mudugudu-w-ubumwe-n

  • Gutunganya ibishanga byatumye umusaruro w'umuceri wikuba hafi gatatu: Ishusho y'ubuhinzi muri Gisagara – #rwanda #RwOT

    Imibare yerekana ko mu 2015 muri Gisagara heraga toni ibihumbi bine z'umuceri ariko kuri ubu hasigaye hera toni hafi ibihumbi 10. Kuri hegitari imwe hera toni 5,5.

    Hagamijwe guteza imbere ubuhinzi mu Karere ka Gisagara hatoranyijwe ibihingwa bine byibandwaho kugira ngo abahinzi babashe kwihaza no gusagurira inganda n'amasoko. Ibi bihingwa ni ibigori, umuceri, urutoki n'ibishyimbo.

    Mu guteza imbere ubuhinzi kuko butunze benshi mu bahatuye, Ubuyobozi bw'Akarere ka Gisagara bwashyize ingufu mu gutunganya ibishanga bituma umusaruro w'umuceri wiyongera.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyo ku wa 30 Ukuboza 2020, Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Gérôme, yavuze ko kongera umusaruro w'ubuhinzi byaturutse ku gutunganya ibishanga, kwigisha abahinzi no gukoresha inyongeramusaruro.

    Ati 'Kwigisha abahinzi guhinga kijyambere, gukoresha ifumbire mvaruganda n'imborera no gutera imbuto y'indobanure ndetse no gutunganya ibishanga ni byo byatumye umusaruro mu buhinzi wiyongera.'

    Ikindi avuga cyatumye umusaruro wiyongera harimo gukoresha neza amazi cyane cyane mu bishanga ndetse no kuhira imusozi.

    Ati 'Gutunganya ibishanga ni uburyo bwo gufata neza amazi, aho amazi ari make dukora uburyo bwo kuyongera, aho ari menshi tukayayoborera ahandi.'

    Muri rusange mu Karere ka Gisagara haboneka ibishanga bifite ubuso bugera kuri hegitali 5000. Muri byo hamaze gutunganywa hegitali 2500 harimo izigera ku 1500 zatunganyijwe mu myaka itanu ishize.

    Rutaburingoga yakomeje ati 'Niyo mpamvu umusaruro wagiye uzamuka, mu 2015 twezaga toni 4000 z'umuceri ariko ubu tugeze kuri toni hafi ibihumbi 10. Icyo twifuza ni uko twageze kuri toni ibihumbi 20 kandi tuzabigeraho nitumara gutunganya ibishanga bisigaye.'

    Mu bishanga biteganyijwe ko bizatunganywa harimo icyitwa Nyiramageni gihuza Imirenge ya Gikonko, Mamba na Ntyazo gifite ubuso bwa hegitari 600. Ikindi ni icya Ngiryi nacyo kiri gushakirwa ubushobozi kugira ngo gitunganywe.

    Gutunganya ibyo bishanga bizajyana no gushyiraho uburyo bwo kuhira imyaka ku misozi ibikikije.

    Mu bigori naho umusaruro wariyongereye kuko kuri ubu abahinzi beza toni enye kuri hegitari imwe; naho ku bishyimbo bakeza toni 1,48.

    Mu bijyanye no kuhira imusozi hegitali 625 zuhiwe hakoreshejwe imashini muri iyi myaka itanu ishize, naho hegitali hafi 2800 zishyirwaho amaterasi y'indinganire.

    Mu kwita ku musaruro hubatswe inganda zirimo urw'umuceri ruri mu Murenge wa Gikonko rutunganya toni zigera ku 7800; hubakwa n'urutunganya ibigori mo ifu.

    Hubatswe n'uruganda rutunganya urwagwa n'umutobe mu bitoki rufite ubushobozi bwo kwakira toni zisaga 900 mu kwezi kumwe. Rugemura inzoga mu Turere twa Gisagara, Huye, Nyaruguru na Nyamagabe ku buryo ku kwezi rwinjiza amafaranga agera kuri miliyoni 90Frw ajya mu baturage baruha ibitoki.

    Hubatswe ubwanikiro bw'ibigori 42, ubw'umuceri 28, ubuhunikiro butatu burimo bubiri bw'umuceri n'ubw'ibindi bihingwa bumwe.

    Rutaburingoga yasobanuye ko kera Akarere ka Gisagara kakoraga ubuhinzi bwa gakondo gusa ariko kuri ubu basigaye bahinga kijyambere kandi bari kwiga uko amakoperative yagira imikorere myiza kugira ngo abanyamuryango bayo bose abateze imbere.

    Ati 'Nko ku muceri umwaka ushize heze ungana na toni 7800, amafaranga yinjira mu baturage uruganda rwatanze ni miliyari 2,2 Frw.'

    Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Gisagara baganiriye na IGIHE bishimira ko gutunganya ibishanga byabafashije kuko byatyumye umusaruro wiyongera.

    Nziyonizeye Mark uhinga mu Gishanga cya Duwani kiri mu Murenge wa Kibilizi yemeza ko umusaruro babona ushimishije.

    Ati 'Mbere twihingiraga ibyo dushaka, ugasanga hariya hahinze amateke undi agahinga ibijumba undi ibirayi nti tubone umusaruro ushimishije ariko aho igishanga gitunganyirijwe umuceri uraboneka, cyaba ari igihe cyo guhinga ibigori cyangwa ibindi ukabona umusaruro ushimishije.'

    Rutaburingoga avuga ko mu guteza imbere ubuhinzi no kurwanya imirire mibi, mu mwaka wa 2019 hatewe ibiti by'imbuto ziribwa ibihumbi 275.

    Mu Karere ka Gisagara hamaze gutunganywa hegitari zigera ku 2500 z’ibishanga

    Mu gishanga Rumira cyo mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara hera umuceri ku bwinshi

    Mu bigori naho umusaruro wariyongereye kuko kuri ubu beza toni enye kuri hegitali imwe

    Ibigori bahinga iyo byeze babanza kubikusanyiriza hamwe mbere yo kubijyana mu ruganda rubitunganyamo ifu

    Mu bituma umusaruro wiyongera harimo ifumbire y’imborera ikomoka ku kororera mu biraro

    Bahinga n’ibishyimbo bakeza toni 1.48 kuri hegitari

    Mu Karere ka Gisagara hera ibitoki abahinzi bakabigemura ku ruganda kugira ngo bizengwemo inzoga n’umutobe byujuje ubuziranenge

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Gérôme, yavuze ko kwiyongera k’umusaruro w’ubuhinzi babikesha gutunganya ibishanga

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gutunganya-ibishanga-byatumye-umusaruro-w-umuceri-wikuba-hafi-gatatu-ishusho-y

  • Umugabo yatawe muri yombi azira kwiyambika nk'inyamaswa _ AMAFOTO #rwanda #RwOT

      Muri Pakistan haravugwa inkuru y' umugabo watangiriye ubunani muri Gereza nyuma yo kwiyambika nk'ibikoko bigaragara cyane mu mafilimi bya werewolf mu rwego rwo gutera ubwoba abaturanyi be.

      Uyu mugabo yatawe muri yombi na polisi nyuma yo kumvikana ari gusakuza yigana iki kinyamaswa bigatera ubwoba abana n'abagore baturanye bakeka ko ari iki kinyamaswa.

      Ibinyamakuru byo muri Pakistan bivuga ko uyu mugabo yagendaga avuza induru atwaye moto abamubonye bagakwira imishwaro.

      Ikinyamakuru Samaa News kivuga ko uyu mugabo yari mu mujyi wa Peshawar afatwa na polisi ya Shah Qabool ari guteza umutekano muke.

      Amafoto y'uyu mugaboyakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ndetse umunyamakuru witwa Omar R Quraishi yashyize hanze ifoto y' uyu mugabo yambaye amapingu ari hagati y'abapolisi 2.


      Indi yagaragaje uyu mugabo yambaye iyi myenda ikanganye ndetse ari no kuri moto.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/02/umugabo-yatawe-muri-yombi-azira-kwiyambika-nkinyamaswa-_-amafoto/

  • Mukunzi Yannick yateraniye imitoma ku mbuga nkoranyambaga na Joy[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Umufasha wa Mukunzi Yannick, Iribagiza Joy, ni umwe mu batari bake bizihiza isabukuru yabo y'amavuko tariki ya 1 Mutarama buri mwaka.

    Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Mukunzi Yannick, yifurije umugore we isabukuru nziza, agaragaza ko amufatiye runini mu buzima bwe.

    Yagize ati 'Nshimishijwe cyane n'uko nashoboye kubona inzira yanjye kuri wowe, kandi nkashobora kugukunda no kugukomeza ubuzima bwanjye bwose. Sinshobora kwiyumvisha uko ubuzima bwaba bumeze tutari kumwe, kandi nishimiye ko ntakeneye kubimenya. Isabukuru nziza kuri wowe rukundo rwanjye, ndagukunda cyane.'

    Iribagiza Joy na we yasubije Mukunzi Yannick ko amukunda cyane. Yagize ati 'Urakoze cyane rukundo. Nanjye ndagukunda cyane.'

    Mukunzi Yannick na Iribagiza Joy bafitanye umwana umwe w'umuhungu ari we Mukunzi Ethan w'imyaka ine.

    Muri Mutarama 2019 nibwo aba bombi basezeranye mu mategeko mbere y'uko Mukunzi Yannick wakiniraga Rayon Sports ajya gukina muri Suède.

    Mu byumweru bibiri bishize, Ikipe ya Sandvikens IF yatangaje ko yongereye Mukunzi Yannick amasezerano y'imyaka ibiri ndetse azasubira muri Suède muri uku kwezi kwa Mutarama kwitegura umwaka mushya w'imikino wa 2021.



    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mukunzi-yannick-yateraniye-imitoma-ku-mbuga-nkoranyambaga-na-joy-amafoto

  • Umuryango Rich Heart wasangiye Ubunani n'abatuye mu Mudugudu w'ubumwe n'ubwiyunge mu Bugesera – #rwanda #RwOT

    Iyi miryango igizwe n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariko bagiriye imbabazi abayishyize mu bikorwa, ndetse bakaba batuye mu mudugudu umwe, aho bibumbiye muri Association yitwa 'Twuzuzanye'.

    Kubera ingaruka icyorezo cya Coronavirus cyagize ku bukungu bw'imiryango itandukanye muri rusange, Rich Heart, yagize igitekerezo cyo kwegera abanyamuryango ba Association Twuzuzanye kugira ngo basangire iminsi mikuru.

    Uyu muryango washyikirije abatuye muri uwo mudugudu ibiribwa, ibikoresho by'isuku, imfashanyigisho ndetse n'ibikoresho bifasha abana mu masomo no kwidagadura byashyikirijwe imiryango 110.

    Usibye gusangira n'iyo miryango, Rich Heart isanzwe inafite ibikorwa by'iterambere mu 'Mudugudu w'Ubumwe n'Ubwiyunge' birimo ishuri ry'ubudozi ryubatse muri uwo mudugudu, rikaba ryigiramo ababyeyi bari mu kigero cy'imyaka 38 na 45.

    Aba bagore bafashwa kwiga umwuga wo kudoda ku buryo bashobora kuwubyaza umusaruro bakiteza imbere banagira uruhare muri gahunda yo gushyigikira ibikorerwa imbere mu gihugu ya 'Made in Rwanda'.

    Umuyobozi Mukuru wa 'Rich Heart', Nagiriwubuntu Dieudonné, yavuze ko nyuma y'umwaka bakorana na 'Association Twuzuzanye' bifuje no gusangira na bo iminsi mikuru mu kurushaho kubereka urukundo.

    Yagize ati 'Nyuma y'amahugurwa tubaha yo kudoda, turashaka no gusangira nabo ifunguro kuri uyu munsi mukuru, na cyane ko muri ibi bihe bya Coronavirus hari abatakaje imirimo. Turashaka rero kubabwira ko batari bonyine, bakomeze bahatane kandi ibyiza biri imbere.''

    Yavuze ko bafite intego yo gukomeza guteza abagore imbere binyuze mu kubigisha imyuga itandukanye.

    Yagize ati 'Twigisha abagore ubudozi kandi tubahugura kugira ngo bavemo ba rwiyemezamirimo kuko intego igihugu gifite ni ukuzamura umugore. Rero iyo Umunyarwanda avuze ngo umugore ni umutima w'urugo, bivuze ko yaba na mutima w'igihugu. Guteza imbere umugore rero ni uguteza imbere igihugu muri rusange.''

    Musanabera Christine yavuze ko gahunda y'amahugurwa mu budozi yamuhinduriye ubuzima.

    Yagize ati 'Banshyira muri iri shuri sinumvaga ko nabimenya kuko kwiga kw'abantu bakuru biragorana. Ariko bakomeje kunyereka ko nabishobora, baduha ibikoresho byose dukeneye kugira ngo twige neza. Kugeza ubu maze kumenya kudoda imyenda, ibikapu, amakanzu n'ibindi byinshi.'

    Yongeyeho ko kumenya kudoda byamuhaye imbaraga zo gutekereza uburyo yatangira kwikorera, ku buryo ari kubiteganya mu minsi ya vuba.

    Ati 'Ubu bumenyi buzamfasha mu mugambi wanjye wo gushaka imashini ubundi nkashinga ibikorwa by'ubudozi. Ibyo bizamfasha kwiteza imbere nk'umugore kandi bizatuma nteza imbere umuryango wanjye, nishyurire abana amashuri na mituweli ndetse nkomeze kuwitaho mu buryo bworoshye.'

    Umuyobozi w'Akagari ka Batima, Ihorabusa Rozarie, yavuze ko ibikorwa bya Rich Heart byahinduye imibereho y'abaturage ayoboye kuko byafashije abagatuye kugira ubumenyi bushobora gutuma bihangira imirimo kandi ibikorwa bizarushaho kugera kuri benshi mu minsi iri imbere kuko uyu mushinga ugikomeje.

    Ati 'Uyu mushinga wahinduye ubuzima mu kagari kacu. Aba bagore benshi bigishijwe kudoda nta mirimo bagiraga mbere y'uyu mushinga. Rero aba bagore bamaze gutinyuka ndetse urebeye mu byo bamaze gukora, ubona ko hari intambwe bateye.'

    Yavuze ko nk'ubuyobozi bw'akagari, bishimiye iki gikorwa kuko kizagabanya umubare w'abantu bari mu cyiciro cy'ubukene.

    Ati 'Twizeye ko iki gikorwa kizagabanya umubare w'abari mu cyiciro cy'abakene mu kagari kacu kuko aba bagore bazakivamo ubwo bazaba batangiye kwikorera.'

    Ku ruhande rwa Imahkus Okofu, Umunyamerika w'imyaka 79 uri mu bifuza gutura mu Rwanda, akaba n'umwe mu bafatanyabikorwa b'imena ba Rich Heart, yasobanuye ko abanyamuryango ba 'Twuzuzanye' bageze kuri byinshi mu nzira y'ubumwe n'ubwiyunge, ku buryo byamuteye imbaraga zo gutekereza uburyo yagira uruhare mu kubafasha kugera ku bindi byifuzo bafite.

    Yagize ati 'Natangajwe cyane n'ibyo nabonye igihe nageraga hano ndetse ngira amatsiko yo kumenya ibyo aba babyeyi bakora. Bafite ishyaka ryo kwikorera, ibyo rero byatumye nanjye ngira ishyaka ryo kugira uruhare mu iterambere ryabo'.

    Yongeyeho ko 'Association Twuzuzanye' yamwigishije ikintu cy'ingenzi kijyanye n'umuco wo kubabarira.

    Ati “Urebye ibyo banyuzemo, n'uburyo bashoboye kubirenga bakabana mu mahoro ndetse bakababarirana, ni ikintu gikomeye nabigiyeho. Ubundi nagiraga uburakari bwnshi ariko aba babyeyi banyigishije ko ari byiza kugira umuco wo kubabarira muri wowe. Ndabibashimira cyane'.

    Nagiriwubuntu uyobora 'Rich Heart avuga ko batewe ishema n'ibyo bamaze kugeraho kandi ko bitewe n'umusaruro uhambaye umaze kugaragara, bafite gahunda yo kwagura ibikorwa byabo muri uyu mwaka.

    Ati 'Twifuza ko ibikorwa byacu bizagera kuri benshi bashoboka kugira ngo duteze imbere gahunda y'ibikorerwa mu gihugu cyacu ariko tunateza imbere ubushobozi bw'umugore w'Umunyarwandakazi''.

    Rich Heart ni umuryango utegamiye kuri leta, ufite intumbero yo guteza imbere imibereho myiza y'urubyiruko n'abagore. Ibikorwa byawo byibanda ku kwimakaza umuco w'amahoro n'ubumuntu binyuze mu mahugurwa utanga. Uyu muryango ugizwe n'abanyamuryango ba AERG bize mu Groupe Scolaire St Joseph Kabgayi mu Karere ka Muhanga mu Ntara y'Amajyepfo.

    Nagiriwubuntu Dieudonné uyobora Rich Heart yavuze ko biteguye kwagura ibikorwa byabo

    Abaturage bitabiriye iki gikorwa bari bicaye mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Iki gikorwa cyabereye hanze y’Ishuri ry’Ubudozi rya Rich Heart, riri mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Rweru

    Hatanzwe ibikoresho byinshhi birimo n’ibizafasha abana kwiga no kwidagadura

    Abaturage bitabiriye iki gikorwa bubahirije amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Batima, Ihorabusa Rozarie, yavuze ko ibikorwa bya Rich Heart byateje imbere abaturage ayobora

    Bamwe mu babyeyi bari mu Ishuri ryo kudoda bagenewe na Rich Heart

    Imahkus Okofu yatanze impano mu bana, avuga ko yigishijwe n’ibikorwa bya Association Twuzuzanye

    Hatanzwe ibiribwa bitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuryango-wa-rich-heart-wasangiye-iminsi-mikuru-n-abatuye-umudugudu-w-ubumwe-n