Blog

  • Muhanga: Abakekwaho kwicira umugabo iruhande rw'urugo rwe bafunzwe by'agateganyo iminsi 30 – #rwanda #RwOT

    Nyakwigendera Tumusifu, yari afite imyaka 52 y'amavuko, yiciwe mu Mudugudu wa Samuduha, Akagali ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, Intara y'Amajyepfo, akaba yaricishijwe ikintu yakubiswe mu mutwe, hakekwa ko ari umwase, kuko mu mutwe we no ku myenda yari yambaye ndetse no hasi aho yari aryamye hari hari amabango y'igiti.

    Abakekwaho kumwica bakurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu biturutse ku bushake.

    Ingingo ya 107 mu gitabo cy'amategeko ahana ibyaha ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igihano cy'igifungo cya burundu.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-abakekwaho-kwicira-umugabo-iruhande-rw-urugo-rwe-bafunzwe-by-agateganyo

  • Umutwe udasanzwe wa RDF n’izindi ngabo zagiye gutabara Centrafrique zishe abarwanyi “benshi” bitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Aba barwanyi biciwe mu Gace ka Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Bivugwa ko igitero nyir’izina cyagabwe mu bilometero 76 uvuye mu Murwa Mukuru i Bangui ndetse ko hari abarwanyi b’uyu mutwe “benshi bishwe abandi bagakomereka”.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n’Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z’u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Montéiro, yatangaje ko “muri iki gitondo hari igitero cyabaye” ndetse ko abo barwanyi bakigabye bahunze.

    Ati “Abasirikare bo mu mitwe yitwaje intwaro bahunze umujyi”.

    Umunyamakuru wa IGIHE uri muri Centrafrique, yatangaje ko inkuru y’iki gitero yatangiye kuvugwa mu masaha ya saa Sita, ko usibye abapfuye abandi benshi bakwiriye imishwaro mu mashyamba yo mu Majyaruguru y’Umurwa Mukuru.

    Umuturage wo muri ako gace witwa Gervais Boudji yatangaje ko iki gitero cyagabwe ahagana saa Kumi z’igitondo ubwo “hatangiraga kumvikana amasasu”.

    Yakomeje ati “Amasasu y’imbunda nini n’into yari menshi ugana i Damara”.

    Umutwe w’Ingabo zidasanzwe z’u Rwanda ziri muri Centrafrique kuva ku wa 20 Ukuboza 2020, zoherejwe binyuze mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi zihawe inshingano zo kubungabunga umutekano n’ibikorwa by’amatora yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Perezida Kagame aherutse gutangaza ko mu gihe imitwe yagerageza guhungabanya umutekano, Ingabo z’u Rwanda zoherejwe “kugira ngo zikore akazi zigomba gukora”.

    Agace ka Damara ni ko Perezida Faustin-Archange Touadéra avukamo kandi anahafite urugo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umutwe-udasanzwe-wa-rdf-n-izindi-ngabo-zagiye-gutabara-centrafrique-zishe

  • Reba uburanga bw'umukunzi wa Kylian Mbappe wabaye Miss France 2017 n'akazi yifuza gukora [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa yatumye benshi bacika ururondogoro ubwo yajyaga gushyigikira umukunzi we mu gikombe cy'isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya ndetse yamuteye amahirwe kuko bacyegukanye.

    Alicia Aylies yakundanye na Mbappe ari mu bihe byiza kuko yitwaye neza mu gikombe cy'isi aba umukinnyi ukiri wahize abandi ndetse muri uwo mwaka yaje mu bakinnyi beza ku isi.

    Uyu mufaransakazi afite umubano wihariye n'ibyamamare muri Hollywood birimo na Tom Cruise uzwi muri Filimi Mission: Impossible.

    Uyu mukobwa kandi yitabiriye Miss Universe ya 2017 ahagarariye Ubufaransa gusa ntiyegukanye ikamba.

    Uyu mukobwa usanzwe ari n'umunyamideli yitabiriye ibirori bitandukanye byo kuyimurika birimo na Paris Fashion Week 2018 aho yanacanye umucyo.

    Uyu mukobwa yize ibijyanye n'amategeko muri kaminuza ya Guiana gusa kubera kumurika imideli yabaye ahagaritse amasomo.







    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/reba-uburanga-bw-umukunzi-wa-kylian-mbappe-wabaye-miss-france-2017-n-akazi

  • Lionel Messi yaciye ibintu kubera ifoto yashyize hanze ari gusoma umugore we ku bunani [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.




    Messi yasangije abafana be ifoto ari gusomana n'umugore we mu rwego rwo kubifuriza 2021 nziza

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/lionel-messi-yaciye-ibintu-kubera-ifoto-yashyize-hanze-ari-gusoma-umugore-we-ku

  • Umutwe udasanzwe wa RDF n'izindi ngabo zagiye gutabara Centrafrique zishe abarwanyi 'benshi' bitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Aba barwanyi biciwe mu Gace ka Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Bivugwa ko igitero nyir'izina cyagabwe mu bilometero 76 uvuye mu Murwa Mukuru i Bangui ndetse ko hari abarwanyi b'uyu mutwe 'benshi bishwe abandi bagakomereka'.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n'Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z'u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Umuvugizi wa Minusca, Vladimir Montéiro, yatangaje ko 'muri iki gitondo hari igitero cyabaye' ndetse ko abo barwanyi bakigabye bahunze.

    Ati 'Abasirikare bo mu mitwe yitwaje intwaro bahunze umujyi'.

    Umunyamakuru wa IGIHE uri muri Centrafrique, yatangaje ko inkuru y'iki gitero yatangiye kuvugwa mu masaha ya saa Sita, ko usibye abapfuye abandi benshi bakwiriye imishwaro mu mashyamba yo mu Majyaruguru y'Umurwa Mukuru.

    Umuturage wo muri ako gace witwa Gervais Boudji yatangaje ko iki gitero cyagabwe ahagana saa Kumi z'igitondo ubwo 'hatangiraga kumvikana amasasu'.

    Yakomeje ati 'Amasasu y'imbunda nini n'into yari menshi ugana i Damara'.

    Umutwe w'Ingabo zidasanzwe z'u Rwanda ziri muri Centrafrique kuva ku wa 20 Ukuboza 2020, zoherejwe binyuze mu mikoranire isanzwe hagati y'ibihugu byombi zihawe inshingano zo kubungabunga umutekano n'ibikorwa by'amatora yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Perezida Kagame aherutse gutangaza ko mu gihe imitwe yagerageza guhungabanya umutekano, Ingabo z'u Rwanda zoherejwe 'kugira ngo zikore akazi zigomba gukora'.

    Agace ka Damara ni ko Perezida Faustin-Archange Touadéra avukamo kandi anahafite urugo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umutwe-udasanzwe-wa-rdf-n-izindi-ngabo-zagiye-gutabara-centrafrique-zishe

  • Lionel Messi yagaragaye asomana byimbitse n’umugore we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Messi yahaye ikaze umwaka mushya mu buryo budasanzwe,aho yafotowe ari gusomana byimbitse n'umugore we Antonela Roccuzzo ndetse iyi foto yayishyize ku rubuga rwe rwa Instagram aho akurikirwa na Miliyoni 13.

    Messi asomana n'umugore we

    Uyu mukinnyi w'imyaka 33 yakoresheje iyi foto ari mu rukundo na madamu we mu kwifuriza abafana be umwaka mushya muhire.

    Yagize ati 'Tubifurije umwaka mushya muhire wuzuye ubuzima bwiza n'urukundo rwinshi.'

    Madamu Roccuzzo we yashyize hanze ifoto ari kumwe n'uyu mugabo we w'icyamamare n'abana babo Thiago,w'imyaka 8, Mateo, 5, na Ciro,2.

    Kuri Noheli,umuryango wa Messi wari Rosario muri Argentina aho uyu mukinnyi yavukiye we n'uyu mugore we gusa bahise bagaruka Ubunani babwizihiriza I Barcelona.

    Source : https://yegob.rw/lionel-messi-yagaragaye-asomana-byimbitse-numugore-we/

  • Frank Rubaduka watangije Miss Career Africa y… – #rwanda #RwOT

    Frank Rubaduka yitabye Imana ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020 arohomye mu kiyaga cya Cyohoha giherereye mu Karere ka Bugesera mu Ntara y'Iburasirazuba. Ni ikiyaga kigabanya u Rwanda n'u Burundi.

    Yarohamye mu mazi ari kumwe na Ndamukunda Alexander wari wamuherekeje gushakisha ubutaka bwo kugura, n'ibindi. Frank Rubaduka yashyinguwe uyu munsi tariki 02 Mutarama 2021, mu muhango wabereye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore mu Ntara y'Iburasirazuba.

    Soma: Agahinda kuri benshi! Umurage Frank Rubaduka asize

    Muri uyu Murenge ni ho ababyeyi be batuye. Umurambo we wavanywe mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe mu gitondo cy'uyu wa Gatandatu ugezwa i Gatsibo ahagana saa yine n'igice za mu gitondo.

    Musenyeri wa Diyoseze ya Gahini mu Itorero Angilikani, Gahima Mannasseh wayoboye umuhango wo guherekeza Frank Rubaduka, yagarutse ku mateka n'ubwitange byaranze uyu musore witabye Imana afite imyaka 27 y'amavuko. Yavuze byinshi birimo n'uburyo Frank Rubaduka yahinduye ubuzima bw'ikigo cy'amashuri yisumbuye cya Gahini yizeho.

    Inshuti, abavandimwe n'abandi bagiye bafata ijambo baranzwe n'amarira n'agahinda ko kubura umuvandimwe bahuriza ku kuvuga ko babuze inshuti y'ingenzi itazigera yibagirana mu mitima yabo. Rubaduka Frank yashyinguwe mu Irimbi rya Kabarore.

    Incamake ku buzima bwa Frank Rubaduka

    Rubaduka Frank yamenyekanye cyane mu kiganiro ‘Decide X Show’ cyatambukaga kuri TV1. Yatsindiye amadorali ibihumbi 150 kuri Grant & Investment muri Australia ahita ashinga Miss Career Africa, HireHerApp, All Trust, Tarama, Guza capital, Tanga na DecideX group.

    Kuva mu 2013 kugeza mu 2020, imyigishirize n'amahugurwa yatanzwe na Rubaduka Frank yageze ku bantu barenga miliyoni 2 binyuze mu biganiro yakoraga kuri television n'inama yagiraga ibigo by'amashuri yisumbuye na Kaminuza birenga 120.

    Frank Rubaduka yavukiye muri Uganda; umuryango we utahuka mu Rwanda nyuma y'uko Ingabo zari iza RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Yakuriye mu cyaro arerwa na Se nyuma y'uko nyina umubyara yitabye Imana mu gihe yari afite imyaka 3 y'amavuko. Yakuze kandi arerwa na bashiki be, bakuru be na Mukase. Ibi abigarukaho cyane mu nyigisho n’amahugurwa yatangaga.

    Frank yavugaga ko inkuru yakubiye mu gitabo cye yagufasha gutegura, gutangiza, kwagura no gukomeza kubungabunga ubushabitsi byose biganisha mu cyerekezo cyo kwiteza imbere bikaba mu kanya nk’ako guhumbya.

    Ubuhanga bwe mu byo guhanga imirimo; gushaka amikoro no gutanga ubutumwa byatumye yemererwa gukorera mu bihugu 12 kandi yifuzaga kuba akorera mu bihugu 40 mu 2048.

    Ubunararibonye mu by'imiyoborere n'umwihariko mu guhanga imirimo byabaye ikimenyetso ko no mu bihe bikomeye nk'ibi bya Covid-19 ibintu biba bigishoboka, ukiga uko wabigenza mu bihe bitandukanye. Niko yavugaga!.

    Frank Rubaduka watangije irushanwa rya Miss Career Africa yasezeweho bwa nyuma uyu munsi

    Alexander wari kumwe na Frank ubwo yarohamaga mu kiyaga yatanze ubuhamya bw’agahinda

    Dr Fidele Rubagumbya [Mukuru wa Frank] ubanza ibumuso

    Rubaduka yashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu mu Karere ka Gatsibo

    Abantu batandukanye bavuze ku buzima bwa Frank, bavuga ko yabaye umuntu w’abantu

    Byari amarira n’agahinada mu muhango wo gusezera kuri Frank witabye Imana arohamye mu kiyaga

    Abantu batandukanye bafashe mu mugongo umuryango wa Frank

    UBUHAMYA BW’ABANTU BATANDUKANYE KURI FRANK RUBADUKA

    Source : http://inyarwanda.com/inkuru/102041/frank-rubaduka-watangije-miss-career-africa-yashyinguwe-102041.html

  • Abandi bantu 4 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda, 107 barayandura #rwanda #RwOT

    Amakuru yatangajwe na Minisiteri y'Ubuzima agaragaza ko abitabye Imana barimo abagabo 2 barimo uw'imyaka 78 na 42 bo mu mujyi wa Kigali.Uwa 73 wo mu karere ka Gicumbi n'undi w'imyaka 55 I Kirehe.

    Abarwayi bashya babonetse I Kigali: 85, Gicumbi: 14, Huye: 3, Rubavu: 2, Ruhango: 1, Nyanza: 1, Kirehe 1.

    Uyu munsi hakize abantu 87 mu masaha 24 ashize bituma umubare w'abamaze gukira bose uba 6,685 naho abakirwaye ni 1,784.

    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kwibasirwa bikomeye n'icyorezo cya COVID-19, aho kugeza ubu abaturage basaga miliyoni 20 bamaze kucyandura ndetse n'intego igihugu cyari cyihaye yo gukingira benshi bashoboka ikaba yaragoranye kuyigeraho.

    Ubwo inkingo za COVID-19 zari zitangiye kuboneka, Amerika yatangaje ko 2020 izarangira imaze gukingira abaturage miliyoni 20, gusa imibare igaragaza ko kugera ku wa 31 Ukuboza 2020 iki gihugu cyari kimaze gukingira gusa abagera kuri miliyoni 2.8.

    Uku kugenda biguru ntege kwa gahunda yo gukingira birakomeza gushyira ubuzima bw'Abanyamerika benshi mu kaga kuko umubare w'abo iki cyorezo gihitana udasiba kwiyongera.

    Imibare y'inzego z'ubuzima igaragaza ko kuva COVID-19 yagera muri Amerika, nibura mu baturage 950 b'iki gihugu bapfa, umwe aba yishwe n'iki cyorezo.

    Umubare w'abaturage ba Amerika bishwe n'iki cyorezo mu Ukuboza warengaga ibihumbi 78, kandi hari impungege z'uko nyuma y'iyi minsi mikuru umubare w'abandura iki cyorezo uzarushaho kwiyongera bikaba byaba n'intandaro y'ukwiyongera kw'abapfa.

    Umubare w'abandura COVID-19 muri Amerika wiyongereye cyane mu gihembwe cya kabiri cya 2020.

    Imibare ya Reuters igaragaza ko byafashe iminsi 200 kugira ngo umubare w'abanduye COVID-19 muri iki gihugu ugere kuri miliyoni eshanu, bifata iminsi 93 kugira ngo iyi mibare ive kuri miliyoni eshanu igere kuri miliyoni 10, iva kuri miliyoni 10 igera kuri miliyoni 15 mu minsi 25 gusa ndetse mu minsi 15 iva kuri miliyoni 15 igera kuri 20.

    Kugeza ubu hirya no hino muri iki gihugu habarirwa abarwayi ibihumbi 125 ba COVID-19 barembeye mu bitaro, uyu mubare wazamutseho 25% ugereranyije n'ukwezi gushize.

    Senateri Mitt Romney ku wa 1 Mutarama 2021 yagaragaje ko kugira ngo Amerika ibashe guhangana na COVID-19 ari uko yakwihutisha gahunda yo gukingira. Yasabye ko hakwifashishwa abaganga bahoze mu gisirikare kugira ngo bafashe abandi mu kugeza urukingo hirya no hino muri Amerika kandi vuba.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abandi-bantu-4-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-107-barayandura

  • Mourinho yahishuye ikipe yakunze muri shampiyona y'uyu mwaka anavuga umukinnyi we wamubabaje bikomeye #rwanda #RwOT

    Jose Mourinho yavuze ko Aston Villa ariyo kipe akunda kureba kubera uko yatangiye shampiyona n'aho iri kugeza ubu.

    Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo yatsindaga Leeds United ibitego 3-0 agahagarika agahigo kabi k'imikino 4 yari amaze adatsinda.

    Mourinho yabwiye BT Sport ati 'Ubwo twarimo gukina hari abavuze ko imikino yoroshye ku makipe ari mu myanya 6 ya mbere igiye kuza ariko siko njye mbibona.

    Leeds irakomeye na Aston Villa niyo kipe nziza kuri njye muri Premier League muri uyu mwaka.Nkunda kubareba,bafite abakinnyi beza kandi batojwe neza.Nibo tuzakurikizaho'

    Umutoza Jose Mourinho yatangaje ko yababajwe n'ukuntu abakinnyi be 3 bishe amabwiriza yo kwirinda Coronavirus aho Sergio Reguilon, Giovani Lo Celso na Erik Lamela, bagiye mu kirori cyateguwe n'umukinnyi wa West Ham witwa Manuel Lanzini.

    Mourinho yavuze ko yaguriye inyama y'ingurube myugariro we Reguilon ngo ayirye kuri Noheli ariko yababajwe nuko ibyo yamutekerejeho atari byo kuko yahise yica amabwiriza.

    Yagize ati 'Namuhaye impano nziza.Ingurube yo muri Portugal,ikundwa n'abanya Portugal na Espagne.Nayimuhaye nziko agiye kwizihiza Noheli wenyine.Namutekerejeho.

    Ntabwo yari wenyine nkuko mwabibonye.Nk'ikipe twahaye abakinnyi amasomo n'amabwiriza.Ntabwo byadushimishije.'


    Mourinho yababajwe n'abakinnyi be bishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mourinho-yahishuye-ikipe-yakunze-muri-shampiyona-y-uyu-mwaka-anavuga-umukinnyi

  • RDC: Leta yigaruriye agace kari mu maboko y'inyeshyamba za ADF #rwanda #RwOT

    Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo iravuga ko abantu 14 bakekwaho kuba abarwanyi ba cy'isilamu baguye mu mirwano taliki ya mbere uyu umwaka bahanganye n'ingabo za leta zishyigikiwe n'iza ONU zishinzwe kurinda amahoro.

    Ingabo za leta ziravuga ko zongeye kwigarurira agace ka Loselose ko mu burasirazuba bw'igihugu.

    Umutwe w'inyeshyamba zitsimbaraye ku mahame ya Isilamu – Allied Democratic Forces (ADF), zikomoka muri Uganda, ni wo uvugwaho gukora ubwicanyi cyane mu bitero umaze iminsi ugaba mu burasirazuba bwa Kongo.

    Umwe mu bayobozi b'inzego z'ibanze ku wa gatanu yatangaje ko umutwe wa ADF wishe abantu 17 baguye muri teritwari ya Beni mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

    Imibare itangwa n'Umuryango w'Abibumbye yerekana ko basivili bagera ku 1000 baguye mu mirwano ivugwa kuba yarashojwe na ADF mu myaka ya 2019 na 2020.

    IJWI RY'AMERIKA

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/rdc-leta-yigaruriye-agace-kari-mu-maboko-y-inyeshyamba-za-adf