Blog

  • Iyo Akarere kabaye aka nyuma mu mihigo umuturage akwiye kumva ko yabigizemo uruhare – Guverineri Mufulukye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mufulukye Fred
    Mufulukye Fred

    Yabitangaje kuri uyu wa 03 Mutarama 2021, mu kiganiro Kubaza Bitera Kumenya cya RBA cyibanze ku bikubiye mu mihigo ya 2020-2021 uturere tugize Intara y’Iburasirazuba twasinyanye n’Umukuru w’Igihugu.

    Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021, uturere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba twasinyanye na Perezida wa Repubulika imihigo 689 ikubiye mu nkingi eshatu. Ni imihigo izatwara ingego y’imari ya miliyari 109 na miliyoni zisaga 800 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko iyi mihigo imwe yamaze gusozwa ndetse n’indi igeze hagati.

    Avuga ko imyinshi isaba uruhare rw’abaturage bityo bakaba bagomba kuyigiramo uruhare kugira ngo uturere twabo tuze mu myanya ya mbere.

    Avuga ko iyo Akarere kabaye aka nyuma mu mihigo, abaturage ari bo baba babaye aba nyuma, kaza ku mwanya wa mbere abaturage bako bakaba ari bo baba babaye aba mbere.

    Ati “Buriya iyo Akarere kabaye aka nyuma umuturage akwiye kumva ko yabigizemo uruhare. Iyo umuturage yayigizemo uruhare afasha Akarere ke kuza ku isonga. Iyo umuturage atabigizemo uruhare, ubwo abayobozi birumvikana ariko iyo Akarere kabaye aka nyuma buriya abaturage baba babaye aba nyuma.”

    Asaba abaturage bagize Intara y’Iburasirazuba kugira uruhare mu mihigo buri wese ashyira mu bikorwa umuhigo afitemo uruhare.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko kuba Akarere kamaze imyaka itatu yikurikiranya mu myanya ya mbere itatu babikesha ubufatanye n’inzego zose ariko by’umwihariko abaturage.

    Avuga ko kugira ngo babashe kuyesa habamo uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere, abagize inama njyanama ariko abakomeye cyane bakaba ari abaturage.

    Agira ati “Kuyesa ni uruhurirane rw’inzego zose ariko abakomeye ni abaturage kuko ibyinshi ni bo babikora. Hari imihigo bikorera nko kujya muri Ejo Heza, kwishyura mituweli, ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi navuga rero ko ku isonga haza abaturage bumva ubuyobozi bumva n’icyerekezo.”

    Mu bibazo bamwe mu baturage babajije ahanini byibanze ku bikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi ndetse n’imihanda cyane mu turere twa Kirehe, Ngoma, Bugesera, Rwamagana na Kayonza.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba akaba yabijeje ko uko amikoro azagenda aboneka byose bazabigeraho cyane icy’amazi n’amashanyarazi kuko icyerekezo cy’igihugu ari uko umwaka wa 2024 uzarangira abaturage bose bagerwaho n’ibyo bikorwa.

    Undi mwihariko ni uw’abatuye mu mirenge ya Ndego na Kabare bavuga ko bafite ikibazo cy’izuba na bo bakaba basubijwe ko harimo gushakishwa uko bahinga buhira bityo ntibahinge bategereje imvura gusa, cyane cyane mu Murenge wa Ndego.

    Naho ku borozi begereye Pariki y’Akagera ndetse n’ikigo cya gisirikare cya Gabiro bavuga ko babangamiwe n’isazi ya Tsetse, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yabasabye gukorera inzuri zabo no kwifashisha udutimba bufata iyo sazi.

    Ati “Hari byinshi byakozwe ku buryo udutimba tuzifata kamwe kavuye ku mafaranga ibihumbi bitanu kagera ku gihumbi ku buryo byoroheye buri wese kukagura. Bakoreye inzuri zabo kuko izi sazi zikunda kwihisha mu bihuru, bakanakoresha utwo dutimba nta kibazo bagira.”

    Yabasabye kandi kwegera abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu gihe babonye itungo ryarwaye kugira ngo haramirwe ubuzima bwaryo.

    Guverineri Mufulukye kandi yishimiye ko uyu mwaka w’ingengo y’imari ugiye gusoza mu Ntara y’Iburasirazuba huzuye ibyumba by’amashuri 7,058 byitezweho kugabanya ubucucike ndetse n’ingendo ndende ku banyeshuri.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/iyo-akarere-kabaye-aka-nyuma-mu-mihigo-umuturage-akwiye-kumva-ko-yabigizemo-uruhare-guverineri-mufulukye

  • Karangwa avuga ko yazinutswe gucuranga gitari kubera ibyo yahuriye na byo muri Orchestre Pakita #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Karangwa avuga ko yazinutswe umurya wa gitari
    Karangwa avuga ko yazinutswe umurya wa gitari

    Karangwa avuga ko yakundaga gucuranga cyane agacuranga gitari iherekeza izindi (accompagnement) akaba yaratangiye gucuranga muri Orchestre Pakita mu 1982 akaza gusoza mu mwaka wa 1987 ndetse akaba atarongera gukora ku murya wa gitari kubera ibyo yabonye.

    Yagize ati “Twararirimbaga tugatahira iraha tukanywa byeri gusa n’ibindi. Ntabwo amafaranga baduhaga yashoboraga kugira icyo yamarira umuryango kwari ukwinezeza gusa, watahanaga nk’igihumbi gusa, twari tugeze ahantu habi mu bintu bimeze nk’ubuhemu”.

    Karangwa avuga ko hari ahantu henshi bacuranze bagafatira ibyuma byabo cyangwa se na bo ubwabo bakabafata bugwate ibintu byamubabaza cyane akibaza icyo amara mu muziki akayoberwa.

    Yagize ati “Hari ubwo twagiye i Rwamagana tugiye gucuranga turahomba bafatira ibyuma byacu kandi twari twabikodesheje kwa Mwitenawe ndetse tutanamwishyuye, uwari udukuriye yarakomeje ashyikirana n’aho twakoreye baradohora ariko byari ibintu bibi”.

    Karangwa avuga ko ibibazo byinshi ari byo byatumye Orchestre Pakita isenyuka mu 1987 bakaba bari bararirimbye indirimbo zakunzwe nka “Icyampa umuranga”, ”Leonica”, “Mutimukeye “ n’izindi nyinshi.

    Nubwo yazinutswe gucuranga, Karangwa yemeza ko muri icyo gihe Orchestre Impala yari ikunzwe cyane, Nyampinga, Les fellows n’izindi zabicaga bigacika muri icyo gihe.

    Karangwa asaba abakiri bato gukunda umuziki kandi bakawukora kinyamwuga baharanira gukora ibintu bw’umwimerere bakareka kwiringira ikoranabuhanga cyane.

    Karangwa asaba abakiri bato kutishinga ikoranabuhanga cyane
    Karangwa asaba abakiri bato kutishinga ikoranabuhanga cyane


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/karangwa-avuga-ko-yazinutswe-gucuranga-gitari-kubera-ibyo-yahuriye-na-byo-muri-orchestre-pakita

  • Ni intsinzi ku ngabo z’u Rwanda – Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique avuga uko RDF yarashe imitwe yitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa kumi z’igitondo zo kuri uyu wa Gatandatu, mu Majyaruguru y’Umurwa Mukuru, Bangui habereye igitero cyagabwe n’Umutwe w’abarwanyi mu gace ka Damara kari mu bilometero 76 uvuye i Bangui.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n’Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z’u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Nta mibare y’abishwe iratangazwa gusa Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique yatangaje ko ari benshi mu binyacumi. Hari amakuru IGIHE yabonye ko abahise bapfa barenga 30, mu gihe abasirikare babiri ba Centrafrique bakiguyemo.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yashimiye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kuba yarumvise ko ashobora kurokora ubuzima bw’abaturage ba Centrafrique, bari bagiye kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro yashakaga guhungabanya amatora ubundi ikabavutsa ubuzima.

    Ati “Nk’uko mubizi, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, hanyuma mu buryo bwihuse, iki gihugu cy’inshuti [u Rwanda] binyuze mu masezerano dufitanye, cyemeye kwitanga mu gufasha bagenzi babo b’abasirikare kurinda umutekano w’ikiremwamuntu. Ntabwo nabona ikintu cy’ingenzi navuga usibye kuvuga ngo mwarakoze, gushimira Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda ku bw’icyo gikorwa cy’ubumuntu gikwiye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.”

    Minisitiri Koyara yabajijwe niba ingabo za Minusca ziri muri iki gihugu zitari zihagije mbere yo gusaba iz’ibindi bihugu birimo n’u Rwanda gutanga ubufasha, asubiza ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bari bake ugereranyije n’ubuso bw’igihugu ubwacyo.

    Ati “Murabizi Minusca ifite intumwa zirenga ibihumbi 10, igihugu gifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 627, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, kandi ngira ngo uyu ni n’umwanya mwiza wo kubabwira ko ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique bitarakurwaho byose. Igisirikare kidafite ibikoresho bihagije ntigishobora kurinda mu buryo bwizewe abaturage bacyo.”

    Yavuze kandi ko bigoye ko Ingabo za Loni zabasha gucunga umutekano w’igihugu zo ubwazo kuko igihugu ari kinini, kandi n’ibihugu bigikigije biri mu mvururu cyangwa se bimaze iminsi mike bizisohotsemo, bigakubitana n’uko imitwe yitwaje intwaro imaze igihe ikwiriye mu nkengero zacyo aho byari ngombwa ko hitabazwa amasezerano ahuriweho hagati y’ibihugu.

    Ati “ Ni muri urwo rwego byari ngombwa ko twungukira muri ayo masezerano y’ubufatanye, ari nayo mpamvu twasabye Umuryango w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC) ubufasha, icyiza ni uko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere cyahise cyihutira gutanga ubufasha. Kandi namwe ubwanyu mwabibonye ko nubwo Minusca ihari hakenewe ubufasha bw’inshuti zacu z’u Rwanda kugira ngo dusubize inyuma bimwe mu bitero by’iyo mitwe yitwaje intwaro, by’abo bajura.”

    Yatanze urugero ku gitero cyagabwe i Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, avuga ko kitari guhashywa iyo hataba ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Damara ni umujyi ufite igisobanuro gikomeye kuri twe, kubera ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’izindi ngabo zaduhaye ubufasha ziri hano hamwe n’Ingabo z’igihugu twabashije gusubiza inyuma umwanzi.”

    Minisitiri Koyara yakomeje avuga ko mu bagabye icyo gitero harimo n’abantu baturutse mu mahanga, baba bashaka kwinjira mu gihugu bagatwara imitungo yabo, abasaba guhaguruka bakitegura kurengera igihugu cyabo.

    Yavuze ko kuba Ingabo zirimo iz’u Rwanda zasubije inyuma iki gitero, ari intsinzi ikomeye ku gihugu. Ati “Ni intsinzi ku ngabo zacu hamwe n’iz’igihugu cy’inshuti mu Rwanda zihutiye gutabara mu gufasha igisirikare cyacu kikiri mu bihano mu guhangana n’izi nshingano zikomeye zo kurinda igihugu n’abaturage.”

    Minisitiri Koyara yavuze kubera ibibazo by’umutekano muke muri Centrafrique, basabye Minusca ko yongera ingabo, ndetse ko ashima “Imana ko Ingabo z’u Rwanda arizo zongeye koherezwa mu gutera inkunga iziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni”.

    Ati “Murabibona ko yaba ku bijyanye n’umubano w’ibihugu, cyangwa se ku birenze igihugu, ni inshuti zacu z’u Rwanda zituri iruhande buri gihe.”

    Muri iki gitero yavuze ko hari abasirikare babiri b’igihugu cye bapfuye gusa ko hari benshi bo mu mitwe yitwaje intwaro babuze ubuzima.

    Ati “Ku ruhande rw’umwanzi, twabonye amashusho akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, hari igihombo gikomeye, barenga ibinyacumi by’ababuze ubuzima, turatekereza ko iyo mitwe ikwiye kubibonamo isomo ikumva ko itagomba guteza intambara mu gihugu gishaka amahoro. Niba igihugu gishaka amahoro, jya mu nzira y’amahoro.”

    Yavuze ko abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro babonye isomo, bityo ko idakwiriye gukomeza guhungabanya umutekano.

    Mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, hariyo abashinzwe umutekano 12.870 barimo abasirikare 11.650.

    Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yashimiye u Rwanda rwafashe iya mbere rukemeza kubungabunga amahoro muri Centrafrique

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-intsinzi-ku-ngabo-z-u-rwanda-minisitiri-w-ingabo-wa-centrafrique-avuga-uko

  • Karangwa yazinutswe gucuranga gitari kubera ibyo yahuriye na byo muri Orchestre Pakita #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Karangwa avuga ko yazinutswe umurya wa gitari
    Karangwa avuga ko yazinutswe umurya wa gitari

    Karangwa avuga ko yakundaga gucuranga cyane agacuranga gitari iherekeza izindi (accompagnement) akaba yaratangiye gucuranga muri Orchestre Pakita mu 1982 akaza gusoza mu mwaka wa 1987 ndetse akaba atarongera gukora ku murya wa gitari kubera ibyo yabonye.

    Yagize ati “Twararirimbaga tugatahira iraha tukanywa byeri gusa n’ibindi. Ntabwo amafaranga baduhaga yashoboraga kugira icyo yamarira umuryango kwari ukwinezeza gusa, watahanaga nk’igihumbi gusa, twari tugeze ahantu habi mu bintu bimeze nk’ubuhemu”.

    Karangwa avuga ko hari ahantu henshi bacuranze bagafatira ibyuma byabo cyangwa se na bo ubwabo bakabafata bugwate ibintu byamubabaza cyane akibaza icyo amara mu muziki akayoberwa.

    Yagize ati “Hari ubwo twagiye i Rwamagana tugiye gucuranga turahomba bafatira ibyuma byacu kandi twari twabikodesheje kwa Mwitenawe ndetse tutanamwishyuye, uwari udukuriye yarakomeje ashyikirana n’aho twakoreye baradohora ariko byari ibintu bibi”.

    Karangwa avuga ko ibibazo byinshi ari byo byatumye Orchestre Pakita isenyuka mu 1987 bakaba bari bararirimbye indirimbo zakunzwe nka “Icyampa umuranga”, ”Leonica”, “Mutimukeye “ n’izindi nyinshi.

    Nubwo yazinutswe gucuranga, Karangwa yemeza ko muri icyo gihe Orchestre Impala yari ikunzwe cyane, Nyampinga, Les fellows n’izindi zabicaga bigacika muri icyo gihe.

    Karangwa asaba abakiri bato gukunda umuziki kandi bakawukora kinyamwuga baharanira gukora ibintu bw’umwimerere bakareka kwiringira ikoranabuhanga cyane.

    Karangwa asaba abakiri bato kutishinga ikoranabuhanga cyane
    Karangwa asaba abakiri bato kutishinga ikoranabuhanga cyane


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Karangwa-yazinutswe-gucuranga-gitari-kubera-ibyo-yahuriye-na-byo-muri-Orchestre-Pakita

  • Bruce Melodie yiyamye abashaka ko asobanura indirimbo ye “ikinyafu”(VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi mike umuhanzi Bruce Melodie ashyize hanze indirimbo ye nshya yise 'ikinyafu' yakoranye na Kenny Sol , iyi ndirimbo yagiye igarukwaho n'abatari bake bibaza icyo yaba isobanura.Gusa kuri ubu uyu muhanzi amaze gutangaza ko nta bisobanuro yayitangaho kuko isobanutse.

    Ubusanzwe iyo umuhanzi akoze indirimbo ,aba afite ubutumwa ashaka guha abafana be ndetse byaba ngombwa akaba yayisobanura mu ruhame kugira ngo abantu bamenye byinshi biyerekeyeho.Ni muri urwo rwego Radio salus mu kiganiro cyabo 'weekend y'ibyamamare 'cyo kuri iki cyumweru bifuje kubaza Bruce Melodie igisobanuro cy'iyi ndirimbo ye gusa yanze kugira icyo abivugaho ndetse yiyama abashaka kumenya ibirenze ibyo yaririmbye.

    Mu kiganiro Bruce Melodie yagiranye na Radio Salus muri 'weekend y'ibyamamare' yabajijwe icyihishe inyuma y'iyi ndirimbo ye benshi bagiye bavuga ko ijimije, maze Bruce Melodie asubiza agira ati:'nta bindi bisobanuro birenze navuga ,kuko indirimbo irasobanutse.Iririmbye mu Kinyarwanda cyereka utumva Ikinyarwanda ni we wabimbaza.Iyo uririmye uti 'twanyoye twasinze' ,singomba gusobanura ibyo wanyoye.Ikinyafu nacyo ngirango ni ijambo ry'ikinyarwanda ,ntakindi nabivugaho'

    Kanda kuri video hano hasi urebe indirimbo 'Ikinyafu' ya Bruce Melodie na Kenny Sol:

     

    Source : https://yegob.rw/bruce-melodie-yiyamye-abashaka-ko-asobanura-indirimbo-ye-ikinyafuvideo/

  • Umugore wicuruza amagambo yavuze ubwo yerekanaga inzu y'igitangaza yujuje yakoze benshi ku mutima #rwanda #RwOT

    Uyu mugore mukumurika iyi nzu yasutse amarira menshi ashima Imana yamufashije muri kano kazi kabi ko gucuruza umubiri, mu magambo ye make akaba yasabye ababonye inzu yujuje ko batamwishinga kuko bihira bake dore ko anashima ko mu myaka irenga 10 akora ubu buraya atigeze yanduriramo Sida nizindi ndwara.

    Abantu benshi bashimiye uyu mugore kubera imbaraga nyinshi yakoresheje ndetse bamusaba ko yayoboka inzira y'amasengesho umuvumo yavanye mu buraya ngo utazakurikirana n'abazamukomokaho bose.

    Ikindi abantu bamushimiye nuko ntawe yigeze asaba ko nawe yakora akazi yakoze kugira ngo abe yakubaka iyi nzu,bitewe nuko nawe abizi neza ko ari akazi ko kurwana n'urupfu ndetse n'ubuzima,aho akenshi urupfu arirwo ruba rufite amahirwe menshi ku buzima bwe.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umugore-wicuruza-amagambo-yavuze-ubwo-yerekanaga-inzu-y-igitangaza-yujuje

  • Ni intsinzi ku ngabo z'u Rwanda – Minisitiri w'Ingabo wa Centrafrique avuga uko RDF yarashe imitwe yitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa kumi z'igitondo zo kuri uyu wa Gatandatu, mu Majyaruguru y'Umurwa Mukuru, Bangui habereye igitero cyagabwe n'Umutwe w'abarwanyi mu gace ka Damara kari mu bilometero 76 uvuye i Bangui.

    Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bitwikiriye igicuku bagashaka kwinjira mu Mujyi wa Damara ku ivuko rya Perezida Faustin-Archange Touadéra, bahageze bakubitana n'Ingabo za Centrafrique, zirabahashya ariko nyuma ziza gukuramo akazo karenge Ingabo z'u Rwanda zari hafi aba arizo zigoboka.

    Nta mibare y'abishwe iratangazwa gusa Minisitiri w'Ingabo wa Centrafrique yatangaje ko ari benshi mu binyacumi. Hari amakuru IGIHE yabonye ko abahise bapfa barenga 30, mu gihe abasirikare babiri ba Centrafrique bakiguyemo.

    Iyo mirwano yamaze igihe kigera ku isaha ariko nyuma yayo ibintu byasubiye mu buryo umutekano uragaruka nyuma yo guhashya abo barwanyi. Bivugwa kandi ko mu gihe igitero cyabaga, abaturage bo muri ako gace bavuye mu ngo zabo bakajya kwihisha mu bihuru.

    Minisitiri w'Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yashimiye Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kuba yarumvise ko ashobora kurokora ubuzima bw'abaturage ba Centrafrique, bari bagiye kwibasirwa n'imitwe yitwaje intwaro yashakaga guhungabanya amatora ubundi ikabavutsa ubuzima.

    Ati 'Nk'uko mubizi, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, hanyuma mu buryo bwihuse, iki gihugu cy'inshuti [u Rwanda] binyuze mu masezerano dufitanye, cyemeye kwitanga mu gufasha bagenzi babo b'abasirikare kurinda umutekano w'ikiremwamuntu. Ntabwo nabona ikintu cy'ingenzi navuga usibye kuvuga ngo mwarakoze, gushimira Perezida wa Repubulika n'Abanyarwanda ku bw'icyo gikorwa cy'ubumuntu gikwiye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.'

    Minisitiri Koyara yabajijwe niba ingabo za Minusca ziri muri iki gihugu zitari zihagije mbere yo gusaba iz'ibindi bihugu birimo n'u Rwanda gutanga ubufasha, asubiza ko abasirikare bari mu butumwa bw'amahoro bari bake ugereranyije n'ubuso bw'igihugu ubwacyo.

    Ati 'Murabizi Minusca ifite intumwa zirenga ibihumbi 10, igihugu gifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 627, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, kandi ngira ngo uyu ni n'umwanya mwiza wo kubabwira ko ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique bitarakurwaho byose. Igisirikare kidafite ibikoresho bihagije ntigishobora kurinda mu buryo bwizewe abaturage bacyo.'

    Yavuze kandi ko bigoye ko Ingabo za Loni zabasha gucunga umutekano w'igihugu zo ubwazo kuko igihugu ari kinini, kandi n'ibihugu bigikigije biri mu mvururu cyangwa se bimaze iminsi mike bizisohotsemo, bigakubitana n'uko imitwe yitwaje intwaro imaze igihe ikwiriye mu nkengero zacyo aho byari ngombwa ko hitabazwa amasezerano ahuriweho hagati y'ibihugu.

    Ati ' Ni muri urwo rwego byari ngombwa ko twungukira muri ayo masezerano y'ubufatanye, ari nayo mpamvu twasabye Umuryango w'Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC) ubufasha, icyiza ni uko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere cyahise cyihutira gutanga ubufasha. Kandi namwe ubwanyu mwabibonye ko nubwo Minusca ihari hakenewe ubufasha bw'inshuti zacu z'u Rwanda kugira ngo dusubize inyuma bimwe mu bitero by'iyo mitwe yitwaje intwaro, by'abo bajura.'

    Yatanze urugero ku gitero cyagabwe i Damara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, avuga ko kitari guhashywa iyo hataba ubufasha bw'Ingabo z'u Rwanda.

    Ati 'Damara ni umujyi ufite igisobanuro gikomeye kuri twe, kubera ubufasha bw'Ingabo z'u Rwanda hamwe n'izindi ngabo zaduhaye ubufasha ziri hano hamwe n'Ingabo z'igihugu twabashije gusubiza inyuma umwanzi.'

    Minisitiri Koyara yakomeje avuga ko mu bagabye icyo gitero harimo n'abantu baturutse mu mahanga, baba bashaka kwinjira mu gihugu bagatwara imitungo yabo, abasaba guhaguruka bakitegura kurengera igihugu cyabo.

    Yavuze ko kuba Ingabo zirimo iz'u Rwanda zasubije inyuma iki gitero, ari intsinzi ikomeye ku gihugu. Ati 'Ni intsinzi ku ngabo zacu hamwe n'iz'igihugu cy'inshuti mu Rwanda zihutiye gutabara mu gufasha igisirikare cyacu kikiri mu bihano mu guhangana n'izi nshingano zikomeye zo kurinda igihugu n'abaturage.'

    Minisitiri Koyara yavuze kubera ibibazo by'umutekano muke muri Centrafrique, basabye Minusca ko yongera ingabo, ndetse ko ashima 'Imana ko Ingabo z'u Rwanda arizo zongeye koherezwa mu gutera inkunga iziri mu butumwa bw'amahoro bwa Loni'.

    Ati 'Murabibona ko yaba ku bijyanye n'umubano w'ibihugu, cyangwa se ku birenze igihugu, ni inshuti zacu z'u Rwanda zituri iruhande buri gihe.'

    Muri iki gitero yavuze ko hari abasirikare babiri b'igihugu cye bapfuye gusa ko hari benshi bo mu mitwe yitwaje intwaro babuze ubuzima.

    Ati 'Ku ruhande rw'umwanzi, twabonye amashusho akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, hari igihombo gikomeye, barenga ibinyacumi by'ababuze ubuzima, turatekereza ko iyo mitwe ikwiye kubibonamo isomo ikumva ko itagomba guteza intambara mu gihugu gishaka amahoro. Niba igihugu gishaka amahoro, jya mu nzira y'amahoro.'

    Yavuze ko abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro babonye isomo, bityo ko idakwiriye gukomeza guhungabanya umutekano.

    Mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, hariyo abashinzwe umutekano 12.870 barimo abasirikare 11.650.

    Minisitiri w'Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yashimiye u Rwanda rwafashe iya mbere rukemeza kubungabunga amahoro muri Centrafrique


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-intsinzi-ku-ngabo-z-u-rwanda-minisitiri-w-ingabo-wa-centrafrique-avuga-uko

  • Niba uri umugore gendera kure izi ngeso zigayitse kuko nta mugabo uzikunda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore ushaka kurinda umugabo we agahinda n'ishavu yirinda ingeso mbi. Ushobora kwibaza ingeso mbi zaranga umugore zikaba zatuma umugabo we amuhurwa.

    Izi ni zimwe muri zo:

    1.KUGIRA INSHUTI MBI

    Mugore mwiza ubereye urugo shungura inshuti zawe umenye ikizigenza n'icyo muhuriyeho. Menya guhitamo inshuti ziguteza imbere,z'inyanagmugayo. Nubonamo abaza kukugira inama mbi gusa,fata umwanzuro vuba witandukanye nabo. Kugira inshuti si bibi ahubwo kugira inshuti mbi nicyo kibazo. Wikwakira ibyo ubwiwe byose, wikwishora mu byo runaka(mwuzura)yagiyemo ejo utazisenyera utabizi. Abagabo ntibakunda agakungu,kirinde. Shyikirana n'umugabo wawe kuruta uko uha umwanya rubanda. Nukomeza kugendera muri ibyo bigare ,uzasanga umugabo akwishisha yewe bibe byamutera no kureba ku ruhande(Kuguca inyuma).

    2.KWIBAGIRWA ICYAKUZANYE

    Mugore mwiza rero ibuka kandi uzirikane inshingano za kigore n'uruhare ufite mu kubaka urugo. Witera umugabo wawe umugongo kirazira. Ikindi kitari cyiza ntukamutegere ku mibonano mpuzabitsina ngo umusabe ibyo ukeneye byose,ngo niba ugahakaniye ibyo umusaba umwicishe imbeho. Jya ushaka umwanya wabyo. Ntiwazanywe no kwitwaza akabariro ngo usabe n'ibya mirenge ku Ntenyo.

    3.GUFUHIRA UMUGABO BIKABIJE

    Ubundi umuntu wese ukunda uramufuhira ukumva ntawe mwamusangira. Gufuha bikabije abagabo ntibabikunda. Kumwigiraho maneko ukamugenzura bikabije biramubangamira.Kumufuhira ni byiza. Ariko gabanya cyangwa uhindure uburyo ubikoramo bwamubangamira. Iyo ukabije arushaho kubona ko nta cyizere umugirira aho kubibonamo igikorwa cy'urukundo rwinshi umufitiye. Nukomeza kumuhoza ku nkeke azabikorera icyo aguce inyuma ubigizemo uruhare.

    4.GUTONESHA AB'UMURYA NGO WAWE GUSA

    Nkuko wamukunze ,mukundire n'abe bizamushimisha. Ntiwasobanura ukuntu ukunda umugabo wawe byabuze urugero ariko ugaheza abe. Imiryango yose(uwo uturukamo n'uwakubyariye umutware) yihe agaciro kanagana.

    Izindi ngeso ziyongeraho ni:Kumuhoza ku nkeke y'inshyuro • Umwanda nyuma yo kwibaruka • Ubusinzi • Kutamenya kwakira abashyitsi • Kutamwubaha • Kuba ntamunoza,ntakintu na kimwe ushima

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/niba-uri-umugore-gendera-kure-izi-ngeso-zigayitse-kuko-nta-mugabo-uzikunda/

  • Bamwe mu basenateri batangije urugamba rwo kwanga kwemeza intsinzi ya Biden #rwanda #RwOT

    Aba basenateri 11 bayobowe na Ted Cruz, basaba ko iki gikorwa cyo kwemeza intsinzi ya Biden cyakongererwa iminsi icumi kugira ngo hasuzumwe ibivugwa by'ubujura ariko kugeza ubu nta byemezo bitangwa.

    Byitezwe ko ku wa 06 z'uku kwa mbere, hazaba ari ku wa gatatu,inteko ishinga amategeko imitwe yombi muri USA izaterana kugira ngo zemeze ibyavuye mu matora yo mu kwa cumi na rimwe k'umwaka ushize, abasenateri batari bake bakaba biteguye kwemeza intsinzi ya Biden.

    Kugeza ubu, Perezida Donald Trump ntaremera ko yatsinzwe, akaba akomeza kuvuga ko amatora yabayemo ubujura, ariko nta bimenyetso bigaragara atanga.

    Ibirego byo kugerageza guhindura ibyavuye muri ayo matora byateshejwe agaciro n'inkiko. Trump yabonye amajwi make mu buryo bw'iposita muri leta ya Pennsylvania, imwe mu maleta Biden yabonyemo intsinzi.

    Visi Perezida wa Trump,Mike Pence asa n'uwahagaritse kuvuga ibijyanye n'ubujura buvugwa na Perezida Trump, ariko mu ijoro ryo ku wa gatandatu, umukuru w'ibiro bye, Marc Short, yatangaje ko Pence “yakiranye ibyishimo” iyi ngingo y'aba basenateri yo “kwanga kwemeza ibyavuye muri aya matora” mu muhango wo ku wa 06 z'uku kwa mbere.

    Intumwa z'itora zemeje ko Biden yatsinze amatora ku majwi 306 kuri 232 ya Trump, ariko ibi bigomba kubanza kwemezwa n'inteko ishinga amategeko imitwe yombi muri Amerika.

    Byitezwe ko barangije kubyemeza, Visi Perezida Mike Pence – mu bubasha bwe nk'umukuru wa sena — azahita atangaza ko Biden ari we watsinze ayo matora yo ku wa 03 Ugushyingo 2020.

    Biteganyijwe ko Joe Biden na Visi Perezida we, Kamala Harris, bazarahira ku wa 20 Mutarama 2021.

    Abarwanashyaka ba Trump bashaka iki?

    Mu itangazo basohoye, aba basenateri bayobowe n 'umusenateri wo muri Leta ya Texas, Ted Cruz, bavuze ko amatora aheruka “yabayemo ibirego bitigeze bibaho by'ubujura, iyicwa ry'amategeko agenga amatora, hamwe n'utundi tunenge”.

    Bafatiye ku byigeze kuba mu 1877 – igihe hashingwaga ikipe ihuriyemo amashyaka yombi kugira ngo bakore amaperereza nyuma y'uko buri ruhande rutangaje ko ari rwo rwatsinze mu maleta atatu,basabye abadepite n'abasenateri gushyiraho ikipe “yo gukora igenzura ryihutirwa ry'iminsi 10 ku byavuye mu matora muri ayo maleta arimo impaka”.

    Bati: “Ibyo birangiye, buri leta izasuzuma ibyagezweho n'iyo kipe hanyuma ishobore gutumaho inama idasanzwe y'abadepite yayo kugira ngo bibaye ngombwa bemeze ko amajwi ahindurwa”.

    Hagati aho, aba babona ko bafite amahirwe make yo kugira icyo bageraho. Bati: “Si ukuvuga ko tutabona ibintu. Turabizi neza ko aba Democrats hafi ya bose, niba atari bose, n'aba Repubulika batari bake batazadushyigikira”.

    Iyi nzira itandukanye n'iyafashwe n'umusenateri wa Missouri Josh Hawley, na we uvuga ko atazemeza ibyemejwe n'intumwa z'itora, avuga ko habayemo utunenge.

    Hari kandi n'ikipe y'abadepite k b'aba Repubulika bateganya kwanga ibyavuye mu matora.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/bamwe-mu-basenateri-batangije-urugamba-rwo-kwanga-kwemeza-intsinzi-ya-biden

  • Producer Knoxbeat wo muri Monster Records yatereye Ivi Akamikazi Bernice[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wihariye wabaye mu masaha y'umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu Mujyi wa Kigali. Amafoto yasohowe agaragaza Knoxbeat n'umukunzi we Akamikazi yamutereye ivi.

    Knoxbeat uri mu bakoze indirimbo nyinshi mu 2020, yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ko umukobwa yakunze yamwemereye ko bazabana ubuziraherezo ndetse ko urukundo rumwibutsa ko ntakiruruta.

    Ati 'Yavuze 'Yego'. Wakoze Akamikazi Bernice. Urukundo runyibutsa ko ntakindi kintu cy'ingenzi kiruruta.'

    Nta foto n'imwe afite kuri Instagram ari kumwe na Knoxbeat. Aherutse gushyiraho indirimbo y'umuhanzi witwa Yannick avugamo 'uburyo unkundamo mbona bidasanzwe'.

    Ni indirimbo bikekwa ko yifashishije mu kubwira Knoxbeat ko ari we yahariye umutima we kandi ko bazasangira ibyishimo n'umubabaro. Yannick aririmba agira ati '…Mukunzi urabizi ko urukundo rwawe rushyira mu ntege nke.'

    Knoxbeat akaba yambitse impeta y'urukundo Akamikazi Bernice nyuma y'uko hari umukobwa bari bamaranye imyaka itari mike bakundana,ndetse bakaba baranabyaranye umwana.

    Producer Knoxbeat ni we uri gutunganya indirimbo 'Iyo byanze' ya Dj Zizzou yafatanyije na Social Mula na Bruce Melodie,ni nawe wakoze indirimbo 'Tasiyana' y'umuhanzi Pride uri gufashwa na Zizou.

    Yakoze kandi indirimbo 'Kadance' ya Yvan Muzik na Uncle Austin, 'Ngirente' ya Amalon, 'Ibanga' ya Zizou na Christopher Muneza, 'Ngufite ku mutima' ya Bushali na The Ben, 'Nyibutsa' ya Adrien Misigaro na Miss Dusa.



    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/producer-knoxbeat-wo-muri-monster-records-yatereye-ivi-akamikazi-bernice