Blog

  • Amajyepfo: Litiro 2,300 za Muriture zafatiwe mu ngo z'abaturage zamenywe ku mugaragaro #rwanda #RwOT

    Muri icyo gikorwa hafashwe litiro 2,305 z'ikinyobwa kitujuje ubuziranenge cyitwa Muriture. Iki kinyobwa gikorwa mu ruvange rw'ibintu bitazwi neza ariko usanga gifite isuku nkeya ndetse n'abakinyoye iyo bamaze kugisinda bakora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, gukora ihohotera ritandukanye, ubujura n'ibindi byaha.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko igikorwa cyo kurwanya izi nzoga cyabereye mu Karere ka Kamonyi, Akarere ka Gisagara, Akarere ka Huye n'Akarere ka Nyanza. Avuga ko mu Karere ka Nyanza ariho hagaragaye cyane iriya nzoga ya Muriture hagakurikiraho Akarere ka Huye.

    Yagize ati 'Mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kigoma mu ngo z'abaturage 9 hafatiwe litiro 1,120 naho mu Murenge wa Busoro mu ngo z'abaturage 4 hafatiwe litiro 135. Mu Karere Huye mu Mirenge ya Rwaniro, Rusatira na Mukura hafatiwe litiro 545 nazo z'ikinyobwa cya Muriture.'

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Kibirizi mu ngo 3 z'abaturage hafatiwe litiro 385, mu Karere ka Kamonyi mu ngo z'abaturage 3 hafatiwe litiro 120. Yavuze ko n'ubusanzwe muri utu turere hari hakunze kugaragara kiriya kinyobwa kitujuje ubuziranenge ariko kuri uyu munsi w'ubunani byari byabaye byinshi cyane.

    Ati 'Dusanzwe dukora ibikorwa byo kurwanya ziriya nzoga mu Ntara y'Amajyepfo ariko kuri iyi nshuro nibwo twahafatiye inzoga nyinshi cyane. Ku bufatanye n'abaturage ndetse n'abayobozi mu nzego z'ibanze twagendaga tujya ku rugo dufiteho amakuru kandi koko tukazihasanga, abazifatanwe babihaniwe hakurikijwe amategeko, izo nzoga nazo ziramenwa.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo yongeye gushimira abaturage cyane cyane urubyiruko rw'abakorerabushake mu bufatanye bakomeje kugaragaza mu kurwanya ikintu cyose cyahungabanya ubuzima n'umutekano w'abaturage. Yibukije abaturage ko ziriya nzoga zigira ingaruka mbi ku buzima bwabo kuko ziba zitujuje ubuziranenge kandi zigatuma bakora ibyaha, yasabye abazinywa n'abazikora kubicikaho kuko ntacyo zibagezaho uretse ibihombo no gufatwa bagafungwa.

    Yanabibukije ko muri ibi bihe byo kurwanya COVID-19 nta tubari twemewe gukora mu rwego rwo kwirinda ko hagira uwanduriramo icyorezo. Yabasabye kujya batanga amakuru igihe cyose hari aho babonye utubari turimo gucuruza inzoga.

    Ingingo ya 5 y'Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw'ibiyobyabwenge n'ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n'amabwiriza y'ubuziranenge n'andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n'amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/amajyepfo-litiro-2-300-za-muriture-zafatiwe-mu-ngo-z-abaturage-zamenywe-ku

  • Rev Karangwa John wari Umuvugizi wungirije wa ADEPR yagizwe umwere, aburira abarimiraho abandi itaka – #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kugirwa umwere, Rev Karangwa yasabye abakiristo kwirinda kwicisha bagenzi babo bakurikiye imyanya cyangwa kurimiraho abandi itaka.

    Rev. Karangwa yatawe muri yombi mu Ukwakira 2019. Yashinjwaga icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, igihe yiyamamarizaga umwanya w'Umuvugizi wungirije muri ADEPR mu 2017, kuko byasabaga ko uwiyamamariza uwo mwanya agomba kuba afite Impamyabumenyi yo ku rwego rwa (Bachelor's).

    Icyo gihe yatanze impamyabumenyi yo muri Philippines n'iyo muri Uganda, biza gukekwa ko ari impimbano atigeze ahiga, bituma atabwa muri yombi ngo hakorwe iperereza.

    Rev Karangwa yahakanye ibyo aregwa avuga ko yize muri Philippines, agaragaza ibimenyetso birimo amazina n'ifoto y'abo biganye yakuye kuri Google.

    Ubushinjacyaha bwasabye ko ibyo bimenyetso bitakwemerwa kuko nta rwego rubifitiye ububasha bwabitanze.

    Mu iburanisha ryo ku wa 10 Kamena 2020, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko Rev Karangwa yafungwa imyaka irindwi agatanga n'ihazabu ya miliyoni 5 Frw.

    Tariki 30 Kamena 2020, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwemeje ko Rev Karangwa ari 'umwere'. Ubwo umucamanza mu Rukiko Rwisumbuye yasomaga imyanzuro yavuze ko urukiko 'Rwemeje ko nta bimenyetso simusiga bihamya Karangwa John icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano. Rukijije ko Karangwa John atsinze.''

    Uyu mwanzuro ukimara gutangazwa, Ubushinjacyaha bwahise buwujururira buvuga ko butanyuzwe nawo.

    Icyo gihe Rev Karangwa wari umaze amezi umunani afungiye muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, yarafunguwe ndetse akomeza inshingano ze muri ADEPR.

    Ku wa 31 Ukuboza 2020 nibwo Urukiko Rukuru ruri Nyamirambo rwashimangiye umwanzuro w'Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko Rev Karangwa ari umwere.

    Rev. Karangwa ntiyitabiriye isomwa ry'uru rubanza ariko bamwe mu bagize umuryango we bari mu rukiko utangazwa.

    Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, Rev Karangwa yashimye ko ubutabera bwamurenganuye.

    Yagize ati 'Uko wabibonye ni ko kuri, turashimira ubutabera bw'igihugu cyacu ko buca imanza zitabera kandi rwose bwakoze ibyo bwagombaga gukora.''

    Yavuze ko 'Urukiko rwasanze ibimenyetso byatanzwe n'abareze n'abajuriye nta shingiro bifite.'

    Yagize ati 'Kari akagambane bari barakoze, nta bimenyetso bari bafite bigaragaza ukuri kw'ibyo barega.''

    Rev Karangwa yasabye Abanyarwanda n'abakirisitu ba ADEPR by'umwihariko kugira urukundo no kugendera kure ibinyoma n'inzangano.

    Ati 'Ntibikwiye ko abantu bashaka kwicisha abandi bakurikiye gushaka imyanya cyangwa uko barimiraho abandi ubutaka. Ndamenyesha abakirisitu bo mu Itorero ryacu rya ADEPR ko inkuru zatanzwe atari ukuri kuko ukuri kwagiye ahagaragara.''

    Rev Karangwa kimwe na Biro Nyobozi yose yabarizwagamo yari iyobowe na Rev. Karuranga Euphrem nk'Umuvugizi baheruka gukurwa ku buyobozi mu mpinduka zakozwe n'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere zigamije guha itorero icyerekezo gishya.

    Rev Karangwa John wabaye Umuvugizi wungirije wa ADEPR yagizwe umwere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rev-karangwa-john-wari-umuvugizi-wungirije-wa-adepr-yagizwe-umwere

  • Abacungagereza 35 birukanywe, abasaga 600 bazamurwa mu ntera – #rwanda #RwOT

    Abofisiye bato n'Abawada birukamywe n'Iteka rya Minisiitiri ryemejwe n'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa 14 Ukuboza 2020 iyobowe na Perezida wa Repuburika Paul kagame .

    Hirukanywe burundu abofisiye bato 22 n'abawada bagera kuri 13 bo mu rwego rw'Igihugu rw'Imfungwa n'Abagororwa kubera amakosa yo mu kazi .

    Iri teka kandi ryazamuye mu ntera abofisiye barimo 110 bari bafite ipeti rya senior Sergeant bashyizwe ku ipeti rya Chief Sergeant .

    Hazamuwe kandi abari ku ipeti rya Sergeant bagera ku 392 bahawe ipeti rya Senior Sergeant , abo ku ipeti rya Corporal bazamuwe mu ntera bahabwa ipeti rya Sergeant bagera 75 , abawada bazamuwe ku peti rya Corporal bagera ku 100.

    Ingingo ya 15 y'Iteka rya Perezida nº 04/01 ryo ku wa 03/05/2012 rishyiraho sitati yihariye igenga abacungagereza, iteganya ko Abofisiye Komiseri n'abo ku rwego rwisumbuye bahabwa amapeti hakoreshejwe iteka rya Perezida.

    Abofisiye bato bahabwa amapeti hakoreshejwe iteka rya Minisitiri w'Intebe, naho Abasuzofisiye kimwe n'Abawada bahabwa amapeti bisabwe n'Inama Nkuru ya RCS bikemezwa na Minisitiri.

    Ni mu gihe Iteka rya Perezida rigena Sitati yihariye y'Abacungagereza, iteganya ko umucungagereza wese yirukanwa burundu n'umuyobozi ufite ububasha bwo kumuha akazi iyo bigaragaye ko yabeshye igihe cyo kwinjizwa mu murimo; yasohoye muri gereza umuntu ufunzwe kugira ngo akore igikorwa kinyuranyije n'amategeko abigenga.

    Yirukanwa burundu kandi iyo yinjije muri gereza cyangwa mu mbago zayo ibintu bitemerewe kwinjizwa; yataye umurimo we nta mpamvu igaragara mu gihe cy'iminsi 15 ikurikiranye; yataye akazi k'uburinzi; yafashije umuntu ufunzwe gutoroka; yacitswe n'umuntu ufunzwe biturutse ku burangare cyangwa ubushishozi bucye.

    Umucungagereza yirukanwa burundu kandi iyo afatiwe mu cyuho cya ruswa n'ibindi byaha bifitanye isano; yahannye mu buryo bunyuranyije n'amategeko umuntu ufunzwe; yasabye guhagarika akazi ku mpamvu ze bwite akanga gusubira ku murimo nta mpamvu igaragara igihe ahamagawe, mu gihe cy'iminsi cumi n'itanu.

    Yirukanwa kandi iyo yakoze irindi kosa riremereye ryemejwe n'inama nkuru y'Urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa. Kwirukanwa burundu bigira agaciro guhera umunsi umucungagereza yamenyesherejweho icyemezo kimwirukana.

    Abacungagereza basaga 600 bazamuwe mu ntera mu gihe 35 birukanywe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abacungagereza-35-birukanywe-abasaga-600-bazamurwa-mu-ntera

  • Amarira n’agahinda mu gushyingura Rubaduka Frank watangije Miss Career Africa (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Iri rushanwa yasize atangije rya Miss Career Africa rihuza abakobwa bo muri Afurika, ntabwo rigendera ku bwiza ahubwo rireba umushinga w’umukobwa, kuko icyo rigamije ni uguteza imbere igitsinagore kurusha ibindi byose.

    Iri rushanwa riba nyuma y’imyaka ibiri, muri uyu mwaka ryabereye mu Rwanda ryegukanwa n’Umunya-Zimbabwe Natasha Dlamini mu Ugushyingo 2020.

    Frank Rubaduka wari ufite imyaka 28 yashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 2 Ukuboza 2021, ku ivuko ry’iwabo i Kabarore mu karere ka Gatsibo mu Ntara y’Uburasirazuba. Ni umuhango wakozwe hakurikizwa ingamba zo kwirinda COVID-19, cyane ko witabiriwe n’abantu bake abandi bakawukurikira kuri Youtube.

    Mbere yo kumushyingura hari hamaze iminsi haba ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ikiriyo cye ndetse icya nyuma cyabaye ku wa 1 Mutarama 2021.

    Uko Frank Rubaduka yahoramye

    Frank Rubaduka yari yagiye mu Bugesera ku kiyaga cya Cyohoha mu kiruhuko no gusura ubutaka yari ahafite ndetse n’amatungo ye yari ahorororewe.
    Nyuma yaje guhamagara inshuti ye yitwa Alexander Ndamukunda ayibwira ko ayishaka, iyi nshuti yabanje kubura ariko ku wundi munsi[ku wa Gatandatu] imusangayo, ku kiyaga cya Cyohoha.

    Icyo gihe, Alexander Ndamukunda avuga ko ku mugoroba Frank Rubaduka yamubwiye amabanga y’ubuzima bwe akomeye harimo imishinga yagezeho n’iyo atekereza gukora, ahazaza h’ubuzima bwe mu bijyanye no kwagura umuryango, kugura ubwato bwo kugendamo mu mazi, kubaka inzu n’indi mishinga migari yari afite.

    Uyu musore avuga ko we na Rubaduka ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020, babyutse bajya gushakisha ubutaka kuri Cyohoha, bigeze ku gicamunsi Frank amusaba ko bajya koga mu mazi ariko Alexander amubwira ko bose batazi koga bityo ko batakagiye mu mazi kandi bose batazi koga.

    Ngo Frank yabonye abana bato bari hafi aho ku kiyaga barimo boga abasaba kumwigisha we na Alexander, bituma nawe yinjira mu mazi. Frank yabwiraga Alexander ko adakwiye gutinya, kuko hari byinshi bagiye bakora bagerageza none bakaba barabigezeho kandi neza.

    Ndamukunda avuga ko yibukije mugenzi we ko hari igihe nawe amazi yari agiye kumutwara ariko Frank akomeza kumusaba ko bagerageza bakamenya koga. Yavuze ko babanje kogera ku nkombe z’amazi, bagenda bicuma imbere kugeza ubwo Frank ageze ahantu harehare atangira gucubira ntiyongera kumubona.

    Yavuze ko we n’abana babiri bari bari kumwe bagerageje kumutabara ariko biranga. Avuga ko yahise ava mu mazi n’abana bajya gutabaza abari ku gasozi binjira mu mazi, umwe muri bo avuga ko yamukandagiye bamukuramo ariko yamaze gupfa.

    Rubaduka yakunze umukobwa ananirwa kubimubwira

    Umwe mu nshuti za Frank Rubaduka yabwiye IGIHE ko mugenzi we yari afite umukobwa yakunze, ariko akaba ababajwe no kuba apfuye atabimubwiye.

    Ati “Nta mukunzi yagiraga ariko hari umukobwa yari yarakunze tubizi, ariko yarananiwe kubimubwira. Ni kimwe mu bintu byambabaje nkimara kumenya iby’urupfu rwe.”

    N’ubwo byari bimeze gutyo ariko, mu mugoroba wo kumusezera bwa nyuma, Alexander Ndamukunda yavuze ko Frank yari yamaze kwemeza igihe azakorera ubukwe.

    Ati “Yambwiye iby’urushako rwe uburyo abiteganyagamo. Ambwira itariki yumva azakoreraho ubukwe bwe yari amaze kuyihitamo. We n’inshuti yacu bari barabiganiriyeho bati twemeze itariki tuyisengere. Tariki 27 yumvaga ari bwo azakora ubukwe, ku wa 27 Ukuboza aba ari bwo apfa.”

    Rubaduka Frank yamenyekanye cyane mu kiganiro ’Decide X Show’ cyatambukaga kuri TV1. Yatsindiye amadorali ibihumbi 150 kuri Grant & Investment muri Australia ahita akora imishinga irimo Miss Career Africa, HireHerApp, All Trust, Tarama, Guza capital, Tanga na DecideX group.

    Kuva mu 2013 kugeza mu 2020, imyigishirize n’amahugurwa yatanzwe na Rubaduka Frank yageze ku bantu barenga miliyoni ebyiri, binyuze mu biganiro yakoraga kuri televiziyo n’inama yagiraga ibigo by’amashuri yisumbuye na Kaminuza birenga 120.
    Yavukiye muri Uganda umuryango we utahuka mu Rwanda nyuma y’uko Ingabo zari iza RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Yakuriye mu cyaro arerwa na Se nyuma y’uko nyina umubyara yitabye Imana mu gihe yari afite imyaka itatu y’amavuko.

    Ubuhanga bwe mu byo guhanga imirimo; gushaka amikoro no gutanga ubutumwa byatumye yemererwa gukorera mu bihugu 12.

    Muri uyu mwaka Rubaduka yanditse igitabo kigaragaza amakosa yakoze mu buzima ariko aticuza. Iki gitabo yacyise ‘100 mistakes I don’t regret’. Apfuye kandi nta kwezi gushize afatanyije na mugenzi we Niyitanga J. Eric bashyize hanze igitabo bise “The 4 Genius Windows’’ cyangwa se “Amadirishya 4 y’ubuhanga”.

    Abo bakoranaga muri Miss Career Africa ntabwo biyumvishaga ko mugenzi wabo yitabye Imana

    Buri wese wafataga ijambo yavugaga Frank nk’umuntu wakundaga Imana kandi akanakoresha imbaraga ze zose mu kazi gasanzwe yakoraga

    Byari amarira n’agahinda

    Dr Fidele Rubagumbya Mukuru wa Frank ubanza ibumuso hamwe n’umugore we mu muhango wo gushyingura Frank Rubaduka

    Dr Fidele Rubagumbya Mukuru wa Frank ubanza ibumuso avuga kuri murumuna we witabye Imana

    Frank Rubaduka yababaje benshi

    Frank Rubaduka yitabye Imana nyuma yo kurohama muri Cyohoha

    Imodoka yari irimo umurambo wa Frank Rubaduka

    Umurambo wa Frank Rubaduka ukurwa mu modoka

    Rubaduka yavugiwe amasengesho ya nyuma

    Rubaduka Frank yari aherutse kwandika ibitabo bitandukanye

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amarira-n-agahinda-mu-gushyingura-rubaduka-frank-watangije-miss-career-africa

  • Rev Karangwa John wari Umuvugizi wungirije wa ADEPR yagizwe umwere, aburira abarimiraho abandi itaka – #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kugirwa umwere, Rev Karangwa yasabye abakiristo kwirinda kwicisha bagenzi babo bakurikiye imyanya cyangwa kurimiraho abandi itaka.

    Rev. Karangwa yatawe muri yombi mu Ukwakira 2019. Yashinjwaga icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, igihe yiyamamarizaga umwanya w’Umuvugizi wungirije muri ADEPR mu 2017, kuko byasabaga ko uwiyamamariza uwo mwanya agomba kuba afite Impamyabumenyi yo ku rwego rwa (Bachelor’s).

    Icyo gihe yatanze impamyabumenyi yo muri Philippines n’iyo muri Uganda, biza gukekwa ko ari impimbano atigeze ahiga, bituma atabwa muri yombi ngo hakorwe iperereza.

    Rev Karangwa yahakanye ibyo aregwa avuga ko yize muri Philippines, agaragaza ibimenyetso birimo amazina n’ifoto y’abo biganye yakuye kuri Google.

    Ubushinjacyaha bwasabye ko ibyo bimenyetso bitakwemerwa kuko nta rwego rubifitiye ububasha bwabitanze.

    Mu iburanisha ryo ku wa 10 Kamena 2020, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko Rev Karangwa yafungwa imyaka irindwi agatanga n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.

    Tariki 30 Kamena 2020, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwemeje ko Rev Karangwa ari ‘umwere’. Ubwo umucamanza mu Rukiko Rwisumbuye yasomaga imyanzuro yavuze ko urukiko “Rwemeje ko nta bimenyetso simusiga bihamya Karangwa John icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano. Rukijije ko Karangwa John atsinze.’’

    Uyu mwanzuro ukimara gutangazwa, Ubushinjacyaha bwahise buwujururira buvuga ko butanyuzwe nawo.

    Icyo gihe Rev Karangwa wari umaze amezi umunani afungiye muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, yarafunguwe ndetse akomeza inshingano ze muri ADEPR.

    Ku wa 31 Ukuboza 2020 nibwo Urukiko Rukuru ruri Nyamirambo rwashimangiye umwanzuro w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko Rev Karangwa ari umwere.

    Rev. Karangwa ntiyitabiriye isomwa ry’uru rubanza ariko bamwe mu bagize umuryango we bari mu rukiko utangazwa.

    Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, Rev Karangwa yashimye ko ubutabera bwamurenganuye.

    Yagize ati “Uko wabibonye ni ko kuri, turashimira ubutabera bw’igihugu cyacu ko buca imanza zitabera kandi rwose bwakoze ibyo bwagombaga gukora.’’

    Yavuze ko ‘Urukiko rwasanze ibimenyetso byatanzwe n’abareze n’abajuriye nta shingiro bifite.’

    Yagize ati “Kari akagambane bari barakoze, nta bimenyetso bari bafite bigaragaza ukuri kw’ibyo barega.’’

    Rev Karangwa yasabye Abanyarwanda n’abakirisitu ba ADEPR by’umwihariko kugira urukundo no kugendera kure ibinyoma n’inzangano.

    Ati “Ntibikwiye ko abantu bashaka kwicisha abandi bakurikiye gushaka imyanya cyangwa uko barimiraho abandi ubutaka. Ndamenyesha abakirisitu bo mu Itorero ryacu rya ADEPR ko inkuru zatanzwe atari ukuri kuko ukuri kwagiye ahagaragara.’’

    Rev Karangwa kimwe na Biro Nyobozi yose yabarizwagamo yari iyobowe na Rev. Karuranga Euphrem nk’Umuvugizi baheruka gukurwa ku buyobozi mu mpinduka zakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere zigamije guha itorero icyerekezo gishya.

    Rev Karangwa John wabaye Umuvugizi wungirije wa ADEPR yagizwe umwere

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rev-karangwa-john-wari-umuvugizi-wungirije-wa-adepr-yagizwe-umwere

  • Abacungagereza 35 birukanywe, abasaga 600 bazamurwa mu ntera – #rwanda #RwOT

    Abofisiye bato n’Abawada birukamywe n’Iteka rya Minisiitiri ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 14 Ukuboza 2020 iyobowe na Perezida wa Repuburika Paul kagame .

    Hirukanywe burundu abofisiye bato 22 n’abawada bagera kuri 13 bo mu rwego rw’Igihugu rw’Imfungwa n’Abagororwa kubera amakosa yo mu kazi .

    Iri teka kandi ryazamuye mu ntera abofisiye barimo 110 bari bafite ipeti rya senior Sergeant bashyizwe ku ipeti rya Chief Sergeant .

    Hazamuwe kandi abari ku ipeti rya Sergeant bagera ku 392 bahawe ipeti rya Senior Sergeant , abo ku ipeti rya Corporal bazamuwe mu ntera bahabwa ipeti rya Sergeant bagera 75 , abawada bazamuwe ku peti rya Corporal bagera ku 100.

    Ingingo ya 15 y’Iteka rya Perezida nº 04/01 ryo ku wa 03/05/2012 rishyiraho sitati yihariye igenga abacungagereza, iteganya ko Abofisiye Komiseri n’abo ku rwego rwisumbuye bahabwa amapeti hakoreshejwe iteka rya Perezida.

    Abofisiye bato bahabwa amapeti hakoreshejwe iteka rya Minisitiri w’Intebe, naho Abasuzofisiye kimwe n’Abawada bahabwa amapeti bisabwe n’Inama Nkuru ya RCS bikemezwa na Minisitiri.

    Ni mu gihe Iteka rya Perezida rigena Sitati yihariye y’Abacungagereza, iteganya ko umucungagereza wese yirukanwa burundu n’umuyobozi ufite ububasha bwo kumuha akazi iyo bigaragaye ko yabeshye igihe cyo kwinjizwa mu murimo; yasohoye muri gereza umuntu ufunzwe kugira ngo akore igikorwa kinyuranyije n’amategeko abigenga.

    Yirukanwa burundu kandi iyo yinjije muri gereza cyangwa mu mbago zayo ibintu bitemerewe kwinjizwa; yataye umurimo we nta mpamvu igaragara mu gihe cy’iminsi 15 ikurikiranye; yataye akazi k’uburinzi; yafashije umuntu ufunzwe gutoroka; yacitswe n’umuntu ufunzwe biturutse ku burangare cyangwa ubushishozi bucye.

    Umucungagereza yirukanwa burundu kandi iyo afatiwe mu cyuho cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano; yahannye mu buryo bunyuranyije n’amategeko umuntu ufunzwe; yasabye guhagarika akazi ku mpamvu ze bwite akanga gusubira ku murimo nta mpamvu igaragara igihe ahamagawe, mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu.

    Yirukanwa kandi iyo yakoze irindi kosa riremereye ryemejwe n’inama nkuru y’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa. Kwirukanwa burundu bigira agaciro guhera umunsi umucungagereza yamenyesherejweho icyemezo kimwirukana.

    Abacungagereza basaga 600 bazamuwe mu ntera mu gihe 35 birukanywe

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abacungagereza-35-birukanywe-abasaga-600-bazamurwa-mu-ntera

  • Ubucuruzi 2020: Kwifashisha ikoranabuhanga byagabanyije umuvuduko wa COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ntangiriro za 2020 abashoramari n’inzego z’ubucuruzi batangiye bizeye kuzabona umusaruro mwiza ariko hashize amezi abiri hadutse icyorezo cya COVID-19 kizenguruka isi kidasize n’u Rwanda. Cyageze mu Rwanda hafatwa ingamba zikaze zirimo no guhagarika byihuse ibikorwa byinshi by’ishoramari n’ubucuruzi.

    Duhereye mu bucuruzi bwakomwe cyane mu nkokora n’iki cyorezo, ntawe uzibagirwa ukuntu amasoko, amabutiki, ingendo z’abacuruzi n’izindi serivisi zimaze gufungwa muri gahunda ya ‘Guma Mu Rugo’, abantu batanguranwe ibyo kurya byari mu bubiko no ku masoko kugira ngo babike ibizabamaza kabiri.

    Byateje ikibazo ku buryo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yafashe umwanzuro ku kugena ibiro (ingano y’ibyo umuguzi atagomba kurenza ahaha), ariko biranga biba iby’ubusa, ba Rusahuriramunduru icyo gihe bari babonye umwanya wo kuzamura ibiciro maze ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ibiciro (RURA) gitangira gucakira bamwe muri bo barahanwa.

    MINICOM igaragaza ko ubukungu bw’Igihugu bwaguye kubera COVID-19

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko ubusanzwe ubukungu bw’u Rwanda bwagombaga kugabanukaho 0,2% kubera icyorezo cya COVID-19, bikaba bitari bikabije ugereranyije n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika.

    Minisitiri Soraya Hakuziyaremye avuga ko kugeza muri Kamena 2020 ubukungu bw’u Rwanda bwari bwagabanutseho 10% kubera Guma mu Rugo no guhagarika ibikorwa by’ubucuruzi, ariko kuva mu mezi atatu ashize bwari bwongeye kuzamuka ku buryo uyu mwaka wa 2020 byari biteganyijwe ko urangira bwongeye kuzamukaho 10%.

    Ikoranabuhanga mu bucuruzi rikaba ryarafashije cyane kugira ngo ubukungu bw’igihugu butagwa cyane, ndetse uko u Rwanda rurushaho guhangana na COVID-19 byatumye ingendo mpuzamahanga zo mu kirere zisubukurwa, kandi ba mukerarugendo bongera gusura u Rwanda, n’abashoramari bo mu Rwanda bongera kujya mu mahanga kandi bisanzuye.

    Minisitiri Hakuziyerenye avuga ko ibyo byose byagezweho kubera imbaraga buri wese yagaragaje mu guhangana na COVID-19 ku buryo abantu nibakomeza kudohoka ibintu bishobora kongera kuba bibi.

    Agira ati “Umunyamahanga wo mu Burayi na Amerika yari yemerewe kuza mu Rwanda yasubirayo ntashyirwe mu kato ubwo rero imibare ikomeje kwiyongera ibyo byose byahagarara ba mukerarugendo ntibagaruka, n’urwego rwacu rw’amahoteli rugasubira inyuma kandi ruri mu byinjiza amadovise”.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye

    Yongeraho ati, “Ubukungu bwasubira inyuma kandi kongera kubuzahura mu myaka ibiri byagorana aya mezi ari imbere turasabwa kwirinda kugira ngo tugabanye imibare y’abandura kugira ngo ibikorwa by’ubucuruzi byatangiye bidasubira inyuma”.

    Kugwa k’ubukungu umuntu yanabirebera mu kwinjiza imisoro n’amahoro.

    Ishusho y’imisoro n’amahoro igaragazwa n’imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), igaragaza ko mu mwaka wa 2019/2020 RRA yari yihaye intego yo gukusanya imisoro n’amahoro bingana na miliyari 1,589 ariko iza kujya munsi yaho yinjiza miliyari 1,516 na miliyoni 300 (ahwanye na 95.4% kubera ingamba zo kwirinda Covid-19).

    Kubera COVID-19 imwe mu misoro yarasonewe yaba ku butaka, ubucuruzi n’imisoro ijyanye n’amahoro y’uturere na n’ubu haracyari abasaba ko imisoro yasonerwa kugira ngo abacuruzi bahangane n’ingaruka za COVID-19.

    Ibyo byanatumye hafatwa umwanzuro wo gukora inyigo yo gusoresha abifite cyane kurusha abandi kugira ngo imisoro y’umwaka utaha w’ingengo y’imari izazibe icyuho cyatewe na COVID-19.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente

    Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente akaba atangaza ko ibyo biri mu ngamba zo kuzahura ubukungu bw’igihugu mu myaka itatu iri imbere bukazaba bwasubiye nibura ku kigero cya 8% busanzwe buzamukaho.

    COVID-19 yatumye imipaka ifungwa bidindiza ubucuruzi bwambukiranya imipaka n’ubw’imbere mu gihugu

    Imipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu yarafunzwe kubera kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bituma amasoko yo ku mipaka nka Rubavu na Rusizi adindira ndetse n’urujya n’uruza rw’Abanyarwanda n’Abanyekongo rurahagarara.

    Byasabye ko Abanyarubavu bitoranyamo nibura bake muri bo bazajya bakomeza kwambutsa ibicuruzwa, ariko umubare uragabanywa cyane kugeza kuri 250 mu gihe ubundi hambukaga abasaga ibihumbi icumi (10.000) ku munsi.

    Kugeza ubu umwaka urangiye hari abacuruzi badakandagiye muri Kongo cyangwa mu bindi bihugu kubera ubukana icyorezo cyakomeje kugaragaza.

    Nyuma yo guhagarika ingendo zose zambukiranya imipaka byabaye ngombwa ko amakamyo yinjiza ibicuruzwa mu Rwanda yemererwa bisaba ko hashyirwa ikigo cyakira amakamyo mu Karere ka Kirehe ku mupaka w’u Rwanda na Tanzaniya, ubu kikaba ari cyo kinyuramo ibicuruzwa byinshi.

    COVID-19 yatumye ibicuruzwa biva muri Tanzaniya bipakururirwa i Kirehe kugira ngo icyorezo kidakwirakwira, ndetse imodoka zigaterwa umuti
    COVID-19 yatumye ibicuruzwa biva muri Tanzaniya bipakururirwa i Kirehe kugira ngo icyorezo kidakwirakwira, ndetse imodoka zigaterwa umuti

    Ubucuruzi bwambukiranya imipaka kandi bunyuze mu nzira y’ikirere na bwo bwakozweho na COVID-19 kuko ingendo z’indege zahagaze ariko uko icyorezo kigenda gifatirwa ingamba ubu ingendo zarafunguwe kuri ba mukerarugendo n’abacuruzi bake bake kandi hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Guhagarara k’urwego rw’ubukerarugendo byatumye kandi ubucuruzi bushingiye ku mahoteli buhungabana cyane ku buryo uru rwego ruri mu nzego zasabiwe guterwa inkunga kugira ngo ruzahure imikorere yarwo.

    Mu rwego rwo kuzahura ubucuruzi kandi hafashwe ingamba zo gufungurira abacuruzi bakongera gukorera mu masoko ariko hagakora gusa 50% bivuze ko habaho gusimburana kwa bamwe ku bandi.

    Isoko ryo mu mujyi wa Kigali rwagati riri mu yafunzwe kubera ubwandu bwa COVID-19
    Isoko ryo mu mujyi wa Kigali rwagati riri mu yafunzwe kubera ubwandu bwa COVID-19

    Ni nako ariko ingamba zakomeje gukazwa ku buryo byageze aho amasoko amwe mu mujyi wa Kigali yafunzwe kubera ko hari hinjiyemo icyorezo cya COVID-19. Icyakora nyuma y’ibyumweru bike abakorera muri ayo masoko bimuwe batangiye kugarukamo.

    Ikoranabuhanga ni kimwe mu byafashije ubucuruzi kutagwa burundu

    N’ubwo hari ubucuruzi bwahagaze, hari n’ubwakomeje gukora kugira ngo ubuzima budahagarara burundu, muri ubwo harimo nko gutwara abantu byasubukuwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 hakishyurwa amafaranga y’urugendo hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ikoranabuhanga rikaba ari kimwe mu byatumye abari bamenyereye gutunga ibifurumba by’amafaranga, guhahisha inoti n’ibiceri biterwa utwatsi maze ahubwo Banki y’Igihugu na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) n’iy’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) bafata umwanzuro hamwe n’amakompanyi y’itumanaho yo gukuraho cyangwa kugabanya ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga.

    Abantu bashishikarijwe kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga
    Abantu bashishikarijwe kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

    Iki cyemezo kiracyakoreshwa mu kwishyura ingendo na serivisi zitandukanye mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose kandi byafashije kugabanya ikwirakwira rya COVID-19 ku bakoreshaga kwishyurana mu ntoki kashi.

    Amabanki na yo atarorohewe n’ikibazo cy’abatse inguzanyo z’ubucuruzi bagombaga kugarura yifashishije ikoranabuhanga yakoze uko ashoboye abantu bakomeza kubona amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga mu kwishyura serivisi no kwishyura ibicuruzwa hagabanyijwe ikiguzi cyangwa zimwe muri serivisi zigakorerwa ubuntu.

    Banki na zo ku gisa nk’ubwoba bwo kubura amafaranga mu bubiko zashyizeho amafaranga ntarengwa umuntu abikuza ku munsi, hirindwa ko abantu bayakuramo agashira kubera gukeka ko icyorezo gishobora gutuma baburira ayabo mu bubiko bwa za banki.

    Abacuruza serivisi zo gutwara abantu mu binyabiziga bafashijwe n’ikoranabuhanga aho kompanyi zose zasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyura, za mubazi zishyirwa mu modoka hafi ya zose ndetse bigera no ku bamotari bakomorewe hashize amezi atandatu moto ziparitse.

    Kuba COVID-19 yakwaduka mu Rwanda hashize amezi 10 ibiciro bya Lisansi na Mazutu byaragabanutse kubera ko byanagabanutse ku isoko mpuzamahanga, ariko ibiciro by’ingendo byo byakomeje kuzamuka mu rwego rwo kuziba icyuho cy’ibihombo.

    Umubare w
    Umubare w’abagenzi mu modoka wongeye kugabanywa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19

    Ku makompanyi atwara abagenzi, abatwarwaga mu modoka na bo baragabanyijwe kugira ngo habeho gukumira ikwirakwira rya COVID-19, Leta ikaba yemeza ko yateye inkunga abagenzi ku giciro cy’urugendo bagakomeza kwishyura igiciro gisanzwe.

    Umwaka wa 2020 ushoje hari abacuruzi bakifashe mu mifuka

    Uko icyorezo cya COVID-19 cyagiye gicika intege ari nako hafatwa ingamba zo kukirinda, hari ibikorwa by’ubucuruzi byagiye bisubukurwa bikemererwa gukora amasaha make nko gutwara abantu, ubwitabire buke nko kwakira abantu mu mahoteli.

    Hari kandi serivisi zakomeje gufungwa zirimo nk’ubucuruzi bw’utubari ba nyiratwo bakomeje kwifata mu mifuka kuko batemerewe gufungura n’ubwo bakomeje guhanga amaso imyanzuro y’inama ya buri minsi 15 ya Guverinoma.

    Abacuruza utubari na n
    Abacuruza utubari na n’ubu ntibarakomorerwa kubera COVID-19

    Abacuruzi bakoraga uburuzi bwambukiranya imipaka kandi na bo bakomeje kwicara bategereje ko imipaka yafungurwa kuko hemerewe gusa amakamyo yinjiza n’asohora ibicuruzwa, ubucuruzi butoya bukaba bwarakomeje kudindira.

    Ishoramari risa nk’iryahagaze muri 2020

    Ishoramari rishingiye ku kubaka ibikorwa remezo by’inganda bisa nk’ibyahagaze mu mwaka hagati wa 2020, ndetse inganda zakoraga zimwe zirafunga izindi zihindura imirimo.

    Hari inganda zakoraga imyenda zahisemo gukora ibikoresho by’isuku n’ibikoresho byo kwirinda COVID-19 umuntu atabura no kuvuga ko habayeho ishoramari rishya ririmo no gukora imiti isukura intoki byari bikenewe cyane mu guhangana n’ikwirakwira rya COVID-19.

    Ku bijyanye n’ubufatanye mu ishoramari mpuzamahanga n’u Rwanda na byo nta bikomeye byabayeho kuko nk’inama mpuzamahanga ya CHOGM yari guhuriza mu Rwanda ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza yari yitezweho kureshya abashoramari baturuka mu bihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe, n’izindi nama ku ishoramari zirahagarikwa.

    Habayeho kandi amasezerano makeya y’imikoranire mu by’ingendo zo mu kirere zikunze gufasha abashoramari kugenda barambagiza aho bashora imari, ubucuruzi bw’isoko ry’imari n’imigabane risubira inyuma.

    Muri rusange umwaka wa 2020 usojwe abacuruzi hari ibyo bigiyemo kubera COVID-19 harimo nko kumenya kwizigamira, gukoresha ikoranabuhanga, gukora ibintu byinshi mu masaha make n’uburyo bushya bwo gucururiza ku ikoranabuhanga.

    Urugendo rukaba rukiri rurerure kugira ngo abacuruzi n’abashora imari mu Rwanda basubire ku muvuduko bari bagezeho ubwo hizihizwaga umwaka mushya wari witezweho amahirwe yihinduranyije nk’igicu cy’imvura mu gihe gito ubukungu n’ishoramari bikikubita hasi.

    Perezida Kagame atangaza ko 2020 irangiye ubukungu bwongeye kuzahuka

    Mu kiganiro kigaragaza uko igihugu gihagaze mu mwaka wa 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragarije Abanyarwanda ko umwaka wa 2020 urangiye ubukungu bwongeye kuzahuka nk’uko bigaragarira mu bipimo by’imiterere y’ubukungu bya buri gihembwe.

    Umukuru w’Igihugu avuga ko Leta yashyize agera kuri miliyari 100frw mu kigega ngobokabungu mu gihe umusaruro mbumbe wari wagabanutse mu gihembwe cya kabiri wongeye guzamuka mu gihembwe cya gatatu bikagaragaza ko ubukungu bugenda buzahuka uko hagenda hafatwa ingamba zo guhangana na COVID-19.

    Perezida Kagame avuga ko ubukerarugendo bwongeye gutangizwa, ubucuruzi bwambukiranya imipaka burakomeza, ariko habaho n’uburyo bw’ishoramari rishya aho imishinga igera ku 172 yanditswe ikaba ifite agaciro ka Miliyari imwe n’ibihumbi 200 by’amadolari ya Amerika, iyo mishinga ikazahanga imirimo mishya ibihumbi 22.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/ubucuruzi-2020-kwifashisha-ikoranabuhanga-byagabanyije-umuvuduko-wa-covid-19

  • Pep Guardiola agaragaje kwivuguruza cyane ku cyemezo gikomeye yari yarafashe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Manchester City yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Pep Guardiola, yivuguruje ku cyemezo cye cyo kuva muri iyi kipe vuba aha maze avuga ko ashobora kumara igihe kinini mu butoza kurusha uko yari yarabiteganyije.

    Guardiola w'imyaka 49, mu mwaka ushize yavuze ko adateganya kugeza ku myaka 70 akiri mu butoza nk'uko bimeze kuri Roy Hodgson watoje u Bwongereza.

    Yari yagize ati 'Ntabwo navuze ko ngiye gusezera mu cyumweru gitaha cyangwa mu mwaka utaha ariko sintekereza ko muri iyo myaka nzaba nkiri umutoza, ariko simbizi.'

    'Ntekereza ko iyo uri gutoza ku myaka 72 ari uko uba warambiwe kuba mu rugo! Birashoboka ko ari iyo mpamvu, gusa umuntu aratwarwa. Akazi kacu ni keza.'

    Mu kiganiro n'abanyamakuru mbere y'umukino uhuza ikipe ye na Chelsea kuri iki Cyumweru, Guardiola yavuze ko kuri ubu atekereza ko azasezera amaze kugira imyaka myinshi.

    Ati 'Mbere, natekerezaga ko nshobora gusezera hakiri kare. Ubu ndi gutekereza uburyo nasezera maze gukura. Ku bw'ibyo, ntabyo nzi.'

    Uyu munya-Espagne uheruka gusinya amasezerano mashya y'imyaka ibiri muri Manchester City mu Ugushyingo, amaze gutwara ibikombe bitandatu muri iyi kipe birimo bibiri bya Premier League, FA Cup na bitatu bya League Cup kuva mu 2016.

    Source : https://yegob.rw/pep-guardiola-agaragaje-kwivuguruza-cyane-ku-cyemezo-gikomeye-yari-yarafashe/

  • Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye Rusheshangoga Michel wasezeye ku mupira w'amaguru kwisubiraho #rwanda #RwOT

    Major General Mubarakh Muganga yavuze ko myugariro Rusheshangoga Michel yagize akamaro aho yakinnye hose yaba mu ikipe y'igihugu Amavubi y'abari munsi y'imyaka 17 yakinnye igikombe cya Afurika cy'abari munsi y'iyo myaka cyabereye mu Rwanda muri 2011 ndetse n'igikombe cy'isi cyabereye muri Mexique muri uwo mwaka, mu ikipe nkuru y'Amavubi ndetse na APR FC guhera muri 2012 ayifasha kwegukana ibikombe bitandukanye.

    Yagize ati: ' Rusheshangoga ni umukinnyi w'umunyarwanda ufite impano idasanzwe, twamumenye ari muri Isonga FC tumuzana muri APR FC ngo adufashe igihe twatangiraga politiki nshya yo gukinisha abana b'abanyarwanda muri 2012 kuko twabonaga ko bashoboye.'

    Ni umwe mu bakinnyi biyerekanye ndetse afasha n'ikipe kwitwara neza mu gihe cyose twari kumwe, muri 2016 yigeze gukina No.5 umwaka wa shampiyona wose avuye kuri No.2 umwanya tutari tumuziho kandi yitwara neza cyane. Afatanyije na bagenzi be beretse isi yose ko abanyarwanda bashoboye kwigira, kwishakamo ibisubizo ndetse no kwihesha agaciro.'

    Avuga uko bakiriye icyemezo yafashe, Maj Gen Mubarakh Muganga yagize ati'Twababajwe rero no kumva ko yasezeye ku mupira w'amaguru mu myaka yari agezemo yo kwitwara neza kurushaho ndetse no kubera urugero rwiza abakiri bato.

    Ajya kugenda yansezeyeho musaba ko yafata umwanya akumva ibyifuzo bya benshi akisubiraho kuko ari umukinnyi udasanzwe.Umupira w'amaguru w'u Rwanda uracyamukeneye, imyaka 26 ku mukinnyi aba agisigaje nk'indi myaka 10 imbere ye cyane iyo yifata neza nka Rusheshangoga.

    Ntabwo twabyishimiye kuba igihugu cyabura umukinnyi ufite impano nk'iriya muri buriya buryo, bidatewe n'imvune cyangwa indi mpamvu yo mu kibuga ndetse afite buri kimwe umukinnyi yakenera akavuga ngo ndasezeye ntabwo byumvikana neza.'

    Yakomeje agira ati: 'Ni muri urwo rwego kubw'inyungu z'umupira w'amaguru twamuganirije ndetse atwizeza ko azaduha igisubizo kizanyura abanyarwanda ndetse gishyigikira iterambere ry'umupira w'amaguru w'u Rwanda muri rusange.'

    Rusheshangoga wavutse mu 1994, yazamukiye mu Isonga FC yamazemo umwaka umwe akomereza muri APR FC yakiniye imyaka itandatu guhera muri 2012 kugeza 2017.

    Rusheshangoga Michel yafashije ikipe y'ingabo z'igihugu gutwara ibikombe birimo bitanu bya shampiyona na bibiri by'amahoro.

    Yaje kujya muri Singida United yo muri Tanzania yamazemo umwaka umwe agaruka muri 2018 asubira muri APR FC yavuyemo muri 2019 yerekeza muri AS Kigali, ari nayo yavuyemo afata icyemezo cyo gusezera ku mupira w'amaguru yerekeza muri Leta Zunze ubumwe za Amerika aho yasanze umuryango we.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ubuyobozi-bwa-apr-fc-bwasabye-rusheshangoga-michel-wasezeye-ku-mupira-w-amaguru

  • Ibice by’ingenzi by’umubiri w’umukobwa/umugore wakoraho ukamutera ubushake bwo gutera akabariro. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubumenyi ngiro bwagiye bugaragaza ko kenshi abantu b' igitsina gore bose bari hagati y'imyaka 18 na 35 ngo urugingo rwabo rwose rw' umubiri wakoraho rushobora gutuma bumva bifuje imibonano mpuzabitsina, gusa hakaba hari ibice by'ingenzi bituma bafatwa vuba twavuga nk'amabere, ikibuno n'ibindi.

    Amakuru dukesha urubuga rwa Naij.com atubwira ko mu bushakashatsi bwakorewe ku bantu b'igitsina gore 30 bari hagati y'imyaka 18 na 35, bwerekanye ko urugingo rwose ubakozeho bahita bagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina gusa amabere, mu ntege, ku kibuno no ku gitsina ni byo bice byihutisha ibyiyumviro bigatuma yumva ashatse gukora imibonano mpuzabitsina.

    Ubwo ubu bushakashatsi bwakorwaga ngo barabafashe babaryamisha ahantu ubundi babapfuka mu maso maze ubushakashatsi bukorerwa ku bice bitandukanye by'umubiri.

    Byanagaragaye kandi ko imiterere n'ubworohe bw'umubiri w'abakobwa n'abagore bukururwa cyane no gukorwaho n'umubiri w'umugabo kurusha abo bahuje ibitsina babaguyaguya kuko ngo abagiye bakorwaho n'abo bahuje ibitsina bitorohaga ko yakumva ibyiyumviro bizamutse.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link :http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/ibice-byingenzi-byumubiri-wumukobwa-umugore-wakoraho-ukamutera-ubushake-bwo-gutera-akabariro/