Blog

  • Amavubi yaguye miswi na Congo Brazzaville mu mukino wo gutegura CHAN2021 #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Congo Brazzaville niyo yafunguye amazamu ku munota wa 11 ku gitego cyatsinzwe na Bersyl Obassi ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y'urubuga rw'amahina nyuma yo gusiga ba myugariro b'u Rwanda.

    Ku munota wa 18, Tuyisenge Jacques yakiniwe nabi na Ondongo Tulfin bivamo coup franc yatewe na Manishimwe Djabel, umupira ushyizweho umutwe na Mutsinzi ukubita igiti cy'izamu ujya hanze.

    Ku munota wa 27 nibwo Bersyl Obassi yatsinze igitego cya kabiri cya Congo Brazzaville nyuma y'aho Kwizera Olivier ananiwe gukomeza umupira wahinduwe na Prince wari uherejwe neza na Archange.

    Ku munota wa 29,Amavubi yabonye igitego cya mbere abifashijwemo na Twizeyimana Martin Fabrice,ku mupira yateye n'umutwe nyuma yo gukubita umutambiko w'izamu ukamusanga ahagaze neza ahagana ku murongo. Igice cya mbere cyarangiye ari 2-1.

    Igice cya kabiri cyatangiye Usengimana Faustin, Byiringiro Lague na Ruboneka Jean Bosco binjiye mu kibuga basimbuye Manzi Thierry, Iyabivuze Osee na Niyonzima Olivier 'Seif'.Nyuma y'aho Usengimana Faustin, Byiringiro Lague na Ruboneka Jean Bosco basimbuye Manzi Thierry, Iyabivuze Osee na Niyonzima Olivier 'Seif'. Twizerimana Onesme yasimbuye Tuyisenge Jacques.

    Ku munota wa 87, Amavubi yishyuriwe na Mico Justin ku mupira wakubise umutambiko w'izamu nyuma yo guterwa na Iradukunda Bertrand ukamusanga aho yari ahagaze.

    Umukino wa kabiri uzahuza ibihugu byombi, uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2021,kuri Stade Amahoro nk'ibisanzwe.

    FERWAFA na MINISPORTS nibo bateguye iri rushanwa mu rwego rwo gufasha ikipe y'igihugu Amavubi kwitegura neza iyi mikino ya CHAN iztangira kuya 16 Mutarama 2020.

    Ibi bikaba bikozwe nyuma yaho ikipe ya Mashami Vincent yari imaze umwaka wose nta mukino wa gicuti bakinnye ndetse no kuba shampiyona yarahagaze abakinnyi badaheruka guhatana.

    Congo Brazzaville iri kumwe na RDC,Libya na Niger mu itsinda B aho ishaka kureba ko yagera kure.

    Tariki ya 18 Mutarama 2021 ni bwo u Rwanda ruzakina umukino wa mbere na Uganda saa 20:00' ku kibuga cyitwa “Stade de la Reunification Bepanda, ruzongera kugaruka mu kibuga tariki ya 22 Mutarama 2021 rukina na Maroc na bwo saa 17:00' kuri Bepanda ni mu gihe umukino usoza itsinda Amavubi azacakirana na Togo tariki ya 26 Mutarama 2021 saa mbili ahitwa Limbe.

    Iyi CHAN 2020 yakomwe mu nkokora na Covid-19 yagombaga kubera muri Ethiopia, ariko iki gihugu gituwe n'abarenga miliyoni 90 kinanirwa gutegura neza, CAF ihitamo kwihera amahirwe igihugu cya Cameroon kizanakira CAN ya 2021.

    Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi

    AMAVUBI

    Umunyezamu: Kwizera Olivier

    Ba myugariro: Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Mutsinzi Ange na Manzi Thierry.

    Hagati: Niyonzima Olivier 'Seif', Twizeyimana Martin Fabrice, Manishimwe Djabel.

    Ba rutahizamu: Nshuti Dominique Savio, Iyabivuze Osee na Tuyisenge Jacques (c).

    CONGO BRAZZAVILLE:

    Massa Chansel
    Magnokele Dimitri (c)
    Nsenda Francis
    Ondongo Tulfin
    Mounoza Prince
    Massanga Chandrel
    Langa Bercy
    Ngouenimba Gautrand
    Bintsouka Archange
    Obassi Bersyl

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/amavubi-yaguye-miswi-na-congo-brazzaville-mu-mukino-wo-gutegura-chan2021

  • Kamonyi: Igishanga cya Kayumbu kidatunganije, kibangamiye Impuzamakoperative'Impuyabo' #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'Impuzamakoperative y'ubuhinzi' Impuyabo' ibarizwa mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi, babangamiwe n'igishanga cya Kayumbu bakoreramo ibikorwa by'ubuhinzi kidatunganijwe. Umuhinzi arahinga, Ibiza byaza agataha amara masa. Ubuyobozi bw'Akarere buvuga ko hari icyo burimo gukora ngo umuhinzi yizihirwe.

    Musafiri Jean Damascene, Perezida w'Impuzamakoperative Impuyabo igizwe n'amakoperative 6, avuga ko kuva mu mwaka wa 2012 batangira gukorera muri iki gishanga kitigeze gikorwa mu buryo bunyuze abahinzi. Iteka uko Ibiza bije ngo bisiga abahinzi mu marira kandi baba batanze igihe cyabo n'ibyabo mu buhinzi.

    Musafiri Jean Damascene/Perezida w'Impuyabo.

    Agira ati' Uyu munsi wa none ni cya gishanga kimeze nkuko cyari gisanzwe kiriho kuva cyera. Gihingwa mu buryo buri muri gahunda ya Leta ariko kidafite ingomero. Nta buryo buyobora amazi buhari, cyaracukunyutse amazi ari hasi ikuzimu, igihe cy'izuba ryinshi iyo ushyizemo moteri ntabwo ibasha kuyazamura neza kuko nta mazi anyura mu mpandu dufite'.

    Perezida Musafiri, akomeza asaba ko mu buryo bwo gutunganya iki gishanga, Leta n'abafatanyabikorwa bakwiriye gufasha mu kurinda amazi acyangiza, by'umwihariko ava mu misozi agikikije ku buryo hacukurwa imirwanyasuri kuri iyi misozi igikikije, bityo ibyavagayo bicyangiza bikaba bikumiriwe, hanyuma izindi gahunda n'ingamba zo kugitunganya mu buryo burambye zigakorwa, umuhinzi agahinga yizeye kudakomwa mu nkokora n'ibiza.

    Iki gishanga ni uko mu bice bimwe na bimwe cyangiritse.

    Avuga ku gihombo baterwa no kuba iki gishanga kidatunganije, avuga ko bigoye kubibara ariko agatanga ingero nk'aho mu mwaka wa 2017 ibiza byasize abahinzi mu marira, aho byatwaye igishanga cyose bagataha amara masa.

    Avuga ko akamaro gakomeye Impuyabo n'amakoperative ayigize bagejeje ku banyamuryango ari uguhindura imyumvire, abantu bagasirimuka mu mutwe no mu mibereho isanzwe y'ubuzima, bakagendana na gahunda za Leta. Avuga kandi ko buri munyamuryango wese yoroye itungo bijyanye nuko yifite, nta numwe utari muri Mituweli, ndetse uyu munsi wa none bageze kure muri gahunda ya Ejo Heza n'ibindi.

    Tuyizere Thaddee, umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko ikibazo aba bahinzi b'Impuyabo bafite kizwi, ko ndetse igihe umukuru w'Igihugu Paul Kagame aheruka mu Ntara y'Amajyepfo iki kibazo yakigejejweho.

    Mu birimo gukorwa, Meya Tuyizere avuga ko mu byihutirwa ubu bafite mu kigega cy'akarere( Ingengo y'imari) amafaranga batangiye kwifashisha mu gucukura imirwanyasuri ku misozi igira uruhare mu kumanura amazi y'imvura yangiza iki gishanga. Ashimangira kandi ko harimo gushakishwa ubushobozi bwisumbuye ku buryo umwaka utaha bafatanije n'abaturage hari ibizakorwa mu rwego rwo kurinda iki gishanga no gutuma umuhinzi yizihirwa no kubona ahinga agasarura nta nkomyi.

    Impuzamakoperative 'IMPUYABO', igizwe n'abanyamuryango 1575 babarizwa mu makoperative atandatu ahinga muri iki gishanga n'ahandi hatari muri iki cya Kayumbu, hose hafite ubuso bwa Hegitari 50.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-igishanga-cya-kayumbu-kidatunganije-kibangamiye-impuzamakoperativeimpuyabo/

  • Ubuzima bw’umuraperi Dr Dre buri mu mazi abira nyuma yo gufatwa n’uburwayi bukomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuraperi Dr Dre wo muri America arwaye uburwayi bwitwa 'Brain aneurysm' bufata ubwonko ku buryo utavuwe vuba ushobora kuva amaraso kugeza ushizemo umwuka. TMZ yanditse ko Dr Dre w'imyaka 55 yajyanywe kwa muganga igitaraganya mu mbangukiragutabara agahita ashyirwa mu cyumba cy'indembe aho abaganga bari kumwitaho ku buryo bwihariye. Andre Romelle Young wamamaye nka Dr Dre ubu ari mu bitaro byitwa Cedars Sinai Medical Center biri I Los Angeles .

    Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko nyuma yo kugezwa kwa muganga ubuzima bwe buri gusubira ku murongo gusa abaganga bari kureba icyamuteye kuva amaraso menshi. Ibi bije nyuma yaho umunyamategeko we atesheje agaciro ikirego cya miliyoni $6 yagombaga guhonga umugore we Nicole bitewe n'uko ashaka gatanya.

    Dr Dre yashinze itsinda rikora Hip Hop ryitwa NWA. Nicole umugore wa Dr Dre ubwo yasabaga gatanya yifuje ko yahabwa miliyoni $5 na miliyoni $1.5 yo gukoresha mu bindi nkenerwa ariko byose byateshejwe agaciro. Abanyamategeko ba Nicole bakunze kuvuga ko kuva yatswe gatanya yagiye atotozwa kugeza no kuba yakwamburwa ubuzima.

    Umunyamategeko wa Dr Dre witwa Laura Wasser ubu ari gukorana bya hafi na Kim Kardashian kugirango ikirego cya gatanya kiburizwemo. Kugeza ubu Dr Dre aracyishyurira ibintu byose umugore Nicole ndetse n'umutekano we nubwo Nicole yifuza kuba yashaka abamucungira umutekano bihariye ariko batarengeje igiciro Dr Dre asabwa gutanga. Nicole w'imyaka 50 yasabye gatanya muri Kamena mu 2020 nyuma y'imyaka 24 babana.

    Source : https://yegob.rw/ubuzima-bwumuraperi-dr-dre-buri-mu-mazi-abira-nyuma-yo-gufatwa-nuburwayi-bukomeye/

  • Miss Jordan Mushambokazi yavuze indirimbo aharaye muri iyi minsi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Jordan Mushambokazi yavuze indirimbo nyarwanda aharaye. Ibi Miss Jordan Mushambokazi yabitangaje ubw yari abibajijwe numwe mu bafana be kuri instagram aho yari yashyizeho ko abafana be bashobora kumubaza ibyo bashaka byose maze nawe akabisubiza.

    Miss Jordan Mushambokazi

    Nkuko byagaragaye mu bisubizo Miss Jordan Mushambokazi yatanze yavuze ko indirimbo akunze muri iyi minsi ari ikinyafu ya Bruce Melodie ndetse na Niko yaje ya Chris Hat.

    Source : https://yegob.rw/miss-jordan-mushambokazi-yavuze-indirimbo-aharaye-muri-iyi-minsi/

  • Pre-CHAN tournament 2021: Amavubi yanganyije na Congo Brazzaville #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umukino wabaye kuri uyu wa Kane tariki 07 Mutarama 2021 kuri Sitade Amahoro i Remera. Uyu mukino wakinwe nta bafana bari kuri stade mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Umutoza wa Congo Brazzaville Barthelemy Ngaisono yabanje mu kibuga abakinnyi bakurikira:

    Massa Chansel
    Magnokele Dimitri (c)
    Nsenda Francis
    Ondongo Tulfin
    Mounoza Prince
    Massanga Chandrel
    Langa Bercy
    Ngouenimba Gautrand
    Bintsouka Archange
    Obassi Bersyl

    Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent yitabaje mu kibuga aba bakinnyi:

    Kwizera Olivier (umunyezamu)

    Ba myugariro: Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Mutsinzi Ange na Manzi Thierry.

    Hagati: Niyonzima Olivier ‘Seif’, Twizeyimana Martin Fabrice, Manishimwe Djabel.

    Ikipe ya Congo Brazzaville yinjiye mo kare aho yafunguye amazamu ku munota wa cyenda ku gitego cyatsinzwe na Obassi Bersly nyuma yo kunanirwa gutera umutwe n’umupira kwa Manzi Thierry. Congo Brazzaville yakomeje gusatira U Rwanda ibona igitego cya Kabiri ku munota wa 26 ari nako igice cya mbere cyarangiye.

    Igice cya Kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’amavubi umutoza Mashami Vincent yinjije Usengimana Faustin asimbura Manzi Thierry , Byiringiro Lague asimbura Iyabivuze Osee na Ruboneka Bosco wasimbuye Niyonzima Olivier.Nyuma y’Isi mpinduka u Rwanda rwaremye uburyo bushoboka bwo gutsinda ariko Umunyezamu wa Congo Brazzaville.

    Izindi mpinduka zabaye ku ruhande rw’Amavubi Mico Justin yasimbuye Djabel Manishimwe , Iradukunda Jean Bertrand yasimbuye Nshuti Dominique Savio na Twizerimana Onesme. izi mpinduka zaje gutanga umusaruro ku munota wa 87 ku kazi kakozwe na Bertrand maze Mico Justin atsinda igitego cya Kabiri ari nako umukino warangiye.

    Ku cyumweru tariki ya 10 Mutarama 2021 u Rwanda ruzongera gukina na Congo Brazzaville umukino wa Kabiri mbere yo kwerekeza muri CHAN 2021 igomba gutangira tariki ya 16 Mutarama kugeza 07 Gashyantare 2021 muri Cameroon.

    U Rwanda ruri mu itsinda rya Gatatu hamwe na Togo , Morocco na Uganda ruzagera muri Cameroon tariki ya 13 Mutarama 2021 rukinwe umukino wa mbere na Uganda tariki ya 18 Mutarama 2021.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/pre-chan-tournament-2021-amavubi-yanganyije-na-congo-brazzaville

  • Huye: Batandatu barimo ba gitifu babiri bafunzwe bakekwaho gukubita umuntu bikamuviramo urupfu – #rwanda #RwOT

    Ku wa 31 Ukuboza 2020 nibwo aba bagabo bakubise Nkeshimana w’imyaka 26 bamuhora kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Uku gukubitwa ngo byamugizeho ingaruka ajyanwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare ari naho yaguye ku wa 6 Mutarama 2021.

    Nyuma yo gupfa umuryango w’uyu mugabo utari watanze ikirego nyakwigendera agikubitwa wahise umenyesha RIB nayo itangira gushakisha aba bagabo ndetse bose ku wa 6 Mutarama 2021, batabwa muri yombi.

    Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko ubu aba bagabo bafungiye kuri Sitasiyo ya Rusatira.

    Mu butumwa bwe yasabye abayobozi kwirinda guhutaza abaturage. Yagize ati “Nta mpamvu n’imwe yatangwa igaragaza impamvu umuyobozi yakubita umuturage nta n’igisobanuro cyatangwa cyatuma umuyobozi akubita umuturage, RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ari we wese ufatirwa muri ibi bikorwa byo guhutaza umuturage amukubita dore ko no muri ino minsi aho basabwa kwirinda COVID-19 hari abayobozi bagaragara mu bikorwa byo gukubita abaturage.’’

    Dr Murangira yakomeje asaba abaturage nabo kubaha abayobozi babo bakumva ibyo babwira.

    Ingingo ya 121 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, igena ko umuntu uhamijwe icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake bikamuviramo gupfa ahanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati ya 15 na 20 n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko itarenze miliyoni 1 Frw.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-batandatu-barimo-ba-gitifu-babiri-bafunzwe-bakekwaho-gukubita-umuntu

  • Rubavu: Yafashwe yiyita umukozi wa REG ari gutanga umuriro mu baturage – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yafashwe yatangiye kumanika insinga z’amashanyarazi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Kazendebe Héritier, yemeje aya makuru, ashimira abaturage bayatanze ngo ukekwa afatwe.

    Ati “Twamufashe uyu munsi biturutse ku makuru abaturage batanze bavuga ko yaje yiyita umukozi wa REG akabatuma insinga akabaha umuriro. Twamufashe yazanye n’ibikoresho, tubaza umuyobozi wa REG atubwira ko atamuzi.”

    “Bari barangije kumuha ibihumbi 20 Frw muri 60 Frw yari yabatse andi bakazayamuha nyuma babonye Cash power.”

    Nyuma yo gutabwa muri yombi, uyu musore yashyikirijwe Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, ya Busasamana.

    Uyu musore aramutse ahamijwe icyaha cyo kwiyitirira umurimo adakora yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu ariko atarenze ibihumbi magana atanu.

    Uwafashwe yari yatangiye kumanika insinga

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-yafashwe-yiyita-umukozi-wa-reg-ari-gutanga-umuriro-mu-baturage

  • Umutima wishimye kuri Yasipi wagizwe Ambasade… – #rwanda #RwOT

    Ku wa 23 Ukuboza 2020, ni bwo Yasipi yerekeje muri Nigeria guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Africa Calabar 2020 ryabaga ku nshuro ya Gatanu. Ni irushanwa risanzwe ribera muri Leta ya Cross River yo muri Nigeria.

    Ni ubwa mbere uyu mukobwa yari agiye muri Nigeria. Urugendo rwe rwo kuva mu Rwanda kugera muri Nigeria kugeza agarutse byose byari mu biganza by'abashinzwe gutegura iri rushanwa ryahuje abakobwa 19 bo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.

    Umunsi wa mbere muri Nigeria ntiyasinziriye 'neza' nk'uko yabitekerezaga. Kuko hari abakobwa bamwe bitabiriye iri rushanwa bajyaga bavuganira kuri telephone bahuriyeyo bagirana ibiganiro birambuye no kuba atarahise yisanga mu cyirere cya Nigeria.

    Ku munsi wa kabiri bafashwe amafoto n'amashusho buri mukobwa yivugaho anagaragaza ibendera ry'Igihugu cye. Yagiye mu gihe muri Nigeria bari ku bushyuhe bugera kuri 30%, byanatumye adahita amenyera nk'abandi bakobwa basanzwe baba mu bihugu bigira ubushyuye bwo hejuru.

    We n'abandi bakobwa bakoze umutambagiro mu Mujyi wa Calabar ufatwa nk'uw'ubukerarugendo muri Leta ya Cross River. Ni umujyi ufite imisusire imeze neza nk'iy'Umujyi wa Kigali. Ni umujyi ariko ufatwa nk'icyaro cya Lagos.

    Ni umutambagiro ugaragaza umuco gakondo wa Nigeria binyuze mu mbyino n'ibindi bituma umukobwa witabiriye iri rushanwa agira ishusho kuri iki gihugu.

    Abakobwa bitabiriye Miss Africa Calabar bari bacumbiwe muri Hotel imwe. Ibyo kurya byinshi byabaga byiganjemo urusenda rwinshi nk'umwihariko w'iki gihugu. Ndetse bagira ubwoko butandukanye bw'ibiryo bigizwe n'inyama z'amako atandukanye.

    Umwiherero wa Miss Africa Calabar waranzwe n'ibikorwa bitandukanye byari bigamije gukarishya abakobwa harimo nk'aho bagiye basurwa na Irene wo muri Kenya ufite ikamba rya Miss Africa Calabar 2019 wagiye ubagira inama.

    Yasipi Casimir yabwiye INYARWANDA, ko bari mu mwiherero yari afite icyizere cyo kwegukana ikamba, ashingiye ku buryo yiteguye ari mu Rwanda n'uburyo abantu bagiye bamushyigikira ku matora yo kuri internet n'ibindi.

    Ati 'Yego! Kubera ko umuntu ahaguruka avuga ati 'reka ngira intego yo kugera kure' ntibidakunda wenda nzagarukira ku mwamba'…Kuko uba uziko ushyigikiwe ndetse nawe ugashyiraho akawe hanyuma nyine ukareka ibiba bikaba.'

    Uyu mukobwa yavuze ko Miss Irene yababwiye kwiremamo icyizere no kumva ko nyuma y'irushanwa bagomba gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

    Yasipi ni umwe mu bakobwa batanu bavuyemo Miss Africa Calabar. Ni umwanya avuga ko yagezeho bitewe n'amanota meza yagiye agira mu bikorwa bitandukanye byabereye muri iri rushanwa, no kuba yaritwaye neza mu bakobwa batambutse imbere y'akanama nkemurampaka mu myambaro itandukanye buri wese yari yahisemo.

    Imbere y'akanama nkemurampaka buri mukobwa yivuzeho birambuye, anagaragaza intego ikomeye afitiye Umugabane wa Afurika. Ari nabyo byashingiweho hemezwa abakobwa batanu baje kuvamo Sarra Sellimi wo muri Tunisia wegukanye Miss Africa Calabar 2020.

    Kugira ngo bahitemo umukobwa wambikwa ikamba n'ibisonga bye; uko ari batanu babajijwe ibibazo. Yasipi yabwiye INYARWANDA, ko yabajijwe uko yabigenza mu gihe yaba yambitswe ikamba rya Miss Africa Calabar 2020 agasabwa gushyira mu bikorwa umushinga we muri iki gihe Isi ihanganye n'icyorezo cya Covid-19 kandi ibikorwa bihuriza hamwe abantu bitemewe.

    Uyu mukobwa yavuze ko yabasubije ko yakwifashisha imbuga nkoranyambaga mu gushyira mu bikorwa umushinga we. Kandi ko yajya akangurira abantu gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Kandi ko ibikorwa bye byinshi yajya abikora yifashishije ikoranabuhanga.

    Uwihirwe Yasipi ntiyabashije kwegukana ikamba rya Miss Africa Calabar kuko ryegukanwe na Sarra wo muri Tunisia. Nyuma y'umunsi umwe ni bwo byatangajwe ko we na Jasinta Makwabe wo muri Tanzania bagizwe ba Ambasaderi bo guteza imbere ubukerarugendo bw'iyi Leta.

    Uyu mukobwa avuga ko ku munsi wa nyuma w'iri rushanwa, Guverineri w'iyi Leta ari umwe mu bitabiriye iki gikorwa, biri no mu byatumye hatorwa abakobwa babiri bagirwa ba Ambasaderi b'Ubukerarugendo muri iyi Leta.

    Avuga ko ari amahirwe adasanzwe yagize mu buzima bwe. Kuko nubwo ategukanye ikamba ariko yabashije kubona undi mwanya mwiza.

    Ati 'Byari amahirwe! Kuko ni ibintu bidasanzwe bibaho. Kuba umuntu yahita abona uriya mwanya nyuma y'irushanwa noneho atanabonye n'ikamba. Ntabwo ndamenya ibyo bashingiye kugira ngo umuntu ahabwe ariya mahirwe [Akubita agatwenge]. Gusa navuga ko ari amahirwe adasanzwe.'

    Yasipi yavuze ko kugirwa Ambasaderi byatumye adataha amara masa. Kandi ko atari ishema kuri we gusa kuko ari n'ishema ku Rwanda yari ahagarariye.

    Yavuze ati 'Guhaguruka mu gihugu ujyanye n'idarapo navuga ko ari ibintu bisa nk'aho bitoroshye…Iyo ugarutse amara masa hari icyo wishinja. Numvaga ko ari ishema, ntabwo byabaye nkanjye njyenyine ahubwo byabaye nabifashe nk'aho ari ishema ry'Igihugu.'

    Uyu mukobwa yavuze ko mu mpera za Mutarama 2021 azajya muri Nigeria mu gihe cy'amezi abiri ari nabwo azamenya imiterere y'aka kazi. Nta masezerano impande zombi zagiranye, ariko biteganyijwe ko azaba Ambasaderi mu gihe cy'umwaka umwe.

    Yasipi kandi muri Kanama 2020 azatangira amasezerano ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Avuga ko urugendo azakorera muri Nigeria, ari rwo ruzamwereka uburyo aziga amasomo ye muri Amerika mu gihe cy'imyaka itatu.

    Uretse kugirwa Ambasaderi w'Ubukerarugendo muri Leta ya Cross River muri Nigeria, uyu mukobwa yanahize abandi mu gukora imyitozo ngororamubiri (Sports Princess).

    Ni umwanya avuga ko yabonye biturutse ku manota y'abandi bakobwa bari bahatanye. Ndetse no kuba yaragiye anyuzamo agakora siporo muri 'gyms' no mu gihe abandi babaga batazikoze.

    Inkuru bifitanye isano: Yasipi yagizwe Ambasaderi w'Ubukerarugendowa Leta ya Cross River yo muri Nigeria

    Umutima wishimye kuri Yasipi Casimir wagizwe Ambasaderi w’Ubukerarugendo muri Leta ya Cross River muri Nigeria

    Yasipi Casimir yahize abandi bakobwa 19 bari bahatanye mu gukora imyitozo ngororamubiri (Sports Princess)

    Muri Miss Africa Calabar 2020, Yasipi yaserukanye inshabure mu kugaragaza bimwe mu biranga umuco w’u Rwanda

    Uwihirwe Yasipi ni we wari uhagarariye u Rwanda muri Miss Africa Calabar 2020 yabereye muri Nigeria

    Miss Yasipi yabonetse mu bakobwa batanu bavuyemo Miss Africa Calabar 2020

    Yasipi yiyerekanye mu mwambaro wa ‘bikini’ nk’abandi bakobwa 19 bari bahatanye

    Yasipi yavuze ko umunyakenyakazi Irene ufite ikamba rya Miss Africa Calabar 2019 yabashishikarije kwigirira icyizere

    Yasipi ari mu bakobwa 10 babajijwe ibibazo n’akanama nkemurampaka bavamo batanu bageze mu cyiciro cya nyuma

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA YASIPI AVUGA KU RUGENDO RWE MURI NIGERIA N’UKO YAGIZWE AMBASADERI

    “>

    AMAFOTO&VIDEO: AIME FILMS-INYARWANDA.COM

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102161/umutima-wishimye-kuri-yasipi-wagizwe-ambasaderi-wa-leta-yo-muri-nigeria-yavuze-igihe-azata-102161.html

  • Amwe mu magambo meza y’urukundo wabwira umukunzi wawe akamurutira ayandi yose. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Iyo abantu bakimenyana ndetse banifuza kurushinga, usanga hari byinshi babwirana mu rwego rwo kubagarira urukundo rwabo, ariko ugasanga hari amwe mu gambo birengagiza kandi afite uruhare runini mu gushimangira urukundo rwabo nkuko tugiye kubireba muri iyi nkuru.

    Dore amwe muri ayo magambo aryohereye wabwira umukunzi wawe.

    1.Umfatiye runini.

    Mu buzima bwa muntu akenera umufasha mu buzima bwa buri munsi, umuntu ubana n'abantu benshi mu buzima, afashwa n'abantu benshi kandi bakomeye.

    Ngaho rero ibaze umuntu kugutoranya mu bandi benshi bamufasha cyangwa bamuba hafi akakubwira ngo umufatiye runini muri make ½ cy'ubuzima bwe ni wowe umugize.

    2.Nkwibonamo:

    Ibaze uhuye n'umuntu akakubwira ngo nkwibonamo, urumva ukuntu byaba bimeze bishatse kuvuga ngo iyo akubonye aribona nkuko nta wakwiyifuriza ibibi ubwo bivuze ko nawe yakwifuza ko uhora mu bihe byiza.

    3.Uri uw'agaciro kuri njye

    Ubusanzwe tuzi ko ibyo twagereranya nk'iby'agaciro ari zahabu n'ifeza wenda rimwe na rimwe hakaza n'amaafaranga menshi. Ibaze rero umuntu akubwiye ko uri uw'agaciro kuri we byaba biryoshye kubyumva kurusha uko yakubwira ngo ndagukunda.

    4.Aho uzaba hose nzaba ndi kumwe nawe

    Wari wabwirwa iri jambo ngo wumve ukuntu riryoha? Si ugupfa kurivuga gusa kuko riraremereye, Kumva umuntu umubwiye ngo nzaba aho uzaba uri hose n'iby'agaciro gakomeye by'umwihariko ku bantu bakundana.

    Ni byiza kuribwira umukunzi wawe kenshi muri ahantu hatuje, mwishimye atari mu bibazo kugirango adakeka ko ari bya bindi bisanzwe byo kwihanganisha uwagize ibibazo wese.

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/amwe-mu-magambo-meza-yurukundo-wabwira-umukunzi-wawe-akamurutira-ayandi-yose/

  • Menya amakosa akomeye wakoreshwa n’urukundo utazi ko urimo kwiyangiriza ubuzima. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu rukundo hari ibintu bitandukanye ushobora gukora ,ahanini uzi ko urimo gusigasira urukundo rwawe n'uwo wihebeye nyamara ari intandaro zo kwangirika kubuzima bwawe bw'ahazaza.Muri ibyo reka tubigarukeho muri iyi nkuru:

    1.Kubigira intambara :

    Burya sibyiza ngo niba ukunze umuntu umwereke ko ariwe ubuzima bwawe bushingiyeho kuko nawe agera aho akabona ko uteri umuntu uhamye ndetse akanagira ubwoba bw'ahazaza igihe muzaba muri kumwe cyane ko aba akeka ko uzajya udatuma yisanzura uko abyifuza. Rero ibi bishobora gutuma nawe akugerageza cyangwa akajya gushaka undi muntu utazajya umugora kabone n'ubwo aba abona ko umukunda cyane ariko sibyiza kurengera.

    2.Gufata umukunzi wawe nk'ikigirwamana :

    Aha ho ni kumpande zombie. Kuba ukunda umuntu ntibivuze ko agomba kuza mbere y'akazi mwahuriyemo cyangwa kagutunga ubuzima bwawe bwa buri munsi kimwe n'uko umukunzi wawe ataruta za nshuti mwamenyanye kandi nazo zikuba hafi ubuzima bwawe bwose.

    Rero wikumva ko uzajya umuhamagara buri segonda ngaho message za buri kanya mbese hahandi usanga nawe nta gahenge ujya umuha ngo yiyiteho cyangwa avugane n'izindi nshuti ze. Ibi ni ibintu bishobora kuzatuma abona ko ari ukumuhozaho ijisho boitume akwinuba aho kugirango urukundo ruwiyongere ahubwo ruragabanuka.

    Sibyiza rero ko wajya ufata umukunzi wawe ngo umubuze amahoro cyangwa we ayakubuze wenda wamwandikiye akanga nko kugusubiza.

    3.Gufuha cyane :

    Byabaye akarande mu Bantu ndetse benshi babigize imvugo ngo umuntu afuhira uwo akunda.Gusa burya niba uziko ujya ufuha ukarenza urugero menya neza ko urimo wiyicira ubuzima kuko burya biragora cyane kuba wakumva ko uzafata umuntu ukamukuramo kamere yifitemo yo guheheta cyangwa gukunda benshi.

    Rero niba utikuyemo umuco wo gufuha cyane birashoboka ko bizakuviramo no kuba watekereza guhemuka ndetse bikazagukurikirana ubuzima bwawe bwose.

    4.Gukoresha amafaranga menshi :

    Akenshi usanga hari abahungu bakunze gukora amakosa ndetse bakumvako uko umukobwa azabona ko ufite ibintu byinshi ariho azahera agukunda kandi kurundi ruhande ntibibuke ko hari ubwo ibyo byiza wamenyereje uwo mukobwa bishobora gushira ndetse ugasanga na rwa rukundo waguraga urarubuze uwo mwaruguraga akajya kurugurisha ahandi hari amafaranga.

    5.Kumuha igitsina cyane :

    Akenshi usanga hari abakobwa bishuka ngo wenda umuhungu nujya ukomeza kumwambarira ubusa nibwo azagukunda cyane. Ni byiza pe nange simbihakanya kuko ni kimwe mu bigaragaza ko ukunda umuntu kandi umwiyumvamo ndetse ukumva ko ubuzima bwanyu bwahuye ndetse bwabaye bumwe.

    Ariko kurundi ruhande usanga nk'abahungu bakunze guhita bakeka byinshi cyane iyo umukobwa akunda kubambarira ubusa bamwe bahita bakeka ko uko ubigenza kuri bo ariko no kubandi bigenda.

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:

    http://yegob.rw/dating

    Source : https://yegob.rw/menya-amakosa-akomeye-wakoreshwa-nurukundo-utazi-ko-urimo-kwiyangiriza-ubuzima/