Blog

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52 #rwanda #RwOT

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko uru rwego rwiteguye gukurikirana ikibazo cy'imvururu cyagaragaye ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu.

    Hari mu mukino w'Umunsi wa 28 wa Shampiyona wabereye mu Bugesera, wahagaze ku munota wa 52 ubwo Bugesera FC yari ifite ibitego 2-0.

    Ni nyuma ya penaliti itavugwaho rumwe yahawe iyi kipe yari mu rugo, mu gihe na Rayon Sports yagaragazaga ko hari penaliti itahawe ku buryo bwabanjirije ubwo.

    Umukino wabanje guhagarara iminota irenga 15, abawuyoboye bemeza ko usubikwa kubera ko abafana bateraga amabuye mu kibuga aho amwe yafashe abasifuzi.

    Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yavuze ko amakuru y'ibyabaye bayamenye ndetse bagiye gukurikirana iki kibazo.

    Ati 'Mwiriwe neza! Hari amakuru twakomeje kubona ajyanye n'umukino wahuje Rayon Sports na Bugesera FC, cyane cyane imvururu zahabaye, tukaba twibutsa abakunzi ba ruhago ndetse n'Abanyarwanda bose ko imyitwarire irimo imvururu mu bikorwa bya siporo itemewe kandi ihanwa n'amategeko.'

    Yongeyeho ati 'Ibijyanye n'uko umukino wagenze n'ibyo amakipe yaba afiteho ingingimira, hari inzego ziteganywa n'amategeko bigomba kunyuramo muri FERWAFA no muri Rwanda Premier League bigahabwa umurongo.

    Natwe nka Minisiteri ya Siporo mu nshingano dufite no mu buryo dukorana n' izindi nzego tuzabikurikirana.'

    Urwego rutegura Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere 'Rwanda Premier League' rwatangaje ko 'impamvu zatumye umukino utarangira ababishinzwe bari kuzigaho', bityo umwanzuro uzamenyekana mu gihe kitarambiranye.

    Mu yindi mikino yabaye uyu munsi, ikipe ya APR FC yatsinze Gorilla FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Cheick Outarra, ibi bikaba byatumye iyi kipe ifata umwanya wa mbere w'agateganyo.

    Undi mukino ni uwahuje Mukura VS yanganyije n'Amagaju 1-1, Marines FC itsinda Musanze FC 3-0 naho Gasogi United itsinda Muhazi United 1-0.

    The post Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/minisitiri-wa-siporo-nelly-mukazayire-yavuze-ku-mvururu-zatumye-umukino-wa-bugesera-na-rayon-sports-uhagararira-ku-munota-wa-52/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=minisitiri-wa-siporo-nelly-mukazayire-yavuze-ku-mvururu-zatumye-umukino-wa-bugesera-na-rayon-sports-uhagararira-ku-munota-wa-52

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y'u Rwanda 2024-2025 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kane tariki ya 15 Gicurasi 2025, nibwo Rwanda Premier League yatangaje ku mugaragaro ko izahemba abahize abandi muri shampiyona ya 2024/2025, binyuze mu birori bizwi nka 'Rwanda Premier League Awards 2025'.

    Ibi birori bitegerejwe na benshi bizaba ku wa Gatanu, tariki ya 30 Gicurasi 2025, bikazabera muri Kigali Convention Center guhera saa kumi n'imwe z'umugoroba (5:00 PM).

    Ni umuhango uzahuza ibyamamare byagaragaye muri shampiyona, barimo abakinnyi beza, abatoza b'indashyikirwa, abafana, abayobozi b'amakipe ya RPL, abikorera ndetse n'abatumirwa muri ibi birori.

    Nk'uko byatangajwe na Perezida w'Inama y'Ubutegetsi ya RPL, Hadji Yusuf Mudaheranwa yemeje ko ibi birori biziye igihe kuko aribyo gushimira abitwaye neza  muri uyu mwaka w'imikino.

    Yagize ati 'Turishimye cyane kwakira ibirori bya Rwanda Premier League Awards 2025, kuko ari umwanya wo guha agaciro umuhate, ubwitange n'impano byagize uruhare mu gutuma shampiyona yacu irushaho kuba nziza kandi harimo no guhatana.'

    Ibihembo bizatangwa bizaba bigamije gushimira abagize uruhare rugaragara muri shampiyona, birimo:

    1. Umukinnyi w'umwaka (Player of the Season)
    2. Umutoza w'umwaka (Best Coach)
    3. Umukinnyi muto w'umwaka (Young Player of the Season)
    4. Uwarushije abandi gutsinda ibitego (Top Scorer)
    5. Umunyezamu mwiza w'umwaka (Best Goalkeeper)
    6. Igitego cy'Umwaka (Best Goal of the Season)
    7. Abakinnyi 11 beza b'umwaka (Best XI)

    Ibirori bya Rwanda Premier League Awards 2025 bibaye mu bufatanye n'abaterankunga b'ingenzi barimo: Rwanda Airports Company Ltd, Rwanda Forensic Institute, Skol Brewery Ltd, Centrika, Be One Gin, Kwesa Collection, StarTimes, ndetse na 2000 Hotel Downtown Kigali.

    The post Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y'u Rwanda 2024-2025 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/rwanda-premier-league-igiye-guhemba-abahize-abandi-muri-shampiyona-yu-rwanda-2024-2025/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-premier-league-igiye-guhemba-abahize-abandi-muri-shampiyona-yu-rwanda-2024-2025

  • Sena ya RDC mu makimbirane akomeye ku cyemezo cyo kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila #rwanda #RwOT

    Kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byateje impaka zikomeye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Sena, kugeza ubwo hafashwe umwanzuro wo gushyiraho komisiyo igomba gusuzuma icyo cyemezo n'ibikwiye gukurikizwa.

    Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yabaye ku wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, ikabera mu muhezo. Iyi nama yaranzwe n'imvururu z'amagambo n'amakimbirane hagati y'abasenateri bashyigikiye ko Kabila yamburwa ubudahangarwa n'abatabyemera, aho bamwe bitandukanyije n'ibiganiro, bagasaba ijambo buri kanya abandi bagahitamo kwisohokera inama itararangira.

    Sena ya RDC mu makimbirane akomeye ku cyemezo cyo kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila

    Impaka z'urudaca zatangijwe n'icyifuzo cya Senateri Christine Mwando Katempa wasabye ko ikibazo cyo kwambura ubudahangarwa Kabila kijyanwa mu nteko rusange ya Kongere nk'uko biteganywa n'ingingo ya 2024 y'amategeko agenga imikorere ya Sena, aho kuba icyemezo cyafatirwa mu nama rusange ya Sena yonyine.

    Leta ya RDC, ibinyujije mu bushinjacyaha, ishinja Kabila ibyaha bikomeye birimo: ubugambanyi, ubwicanyi, kugira uruhare mu mutwe w'iterabwoba, ibyaha by'intambara n'ibyibasira inyokomuntu. Ibi byaha bivugwa ko bifitanye isano n'imirwano ikomeje kubera mu burasirazuba bwa Congo.

    Perezida Félix Tshisekedi akunze kuvuga ko Kabila ari we muterankunga mukuru w'umutwe wa M23 ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC), ushinjwa guhungabanya umutekano no gushaka guhirika ubutegetsi buriho.

    Mu kwezi gushize, ubucamanza bwari bwatangaje ko bwafatiye imitungo ya Kabila nyuma y'amakuru yavugaga ko aheruka kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo, mu duce tugenzurwa n'ihuriro rya AFC/M23.

    Source : https://kasukumedia.com/sena-ya-rdc-mu-makimbirane-akomeye-ku-cyemezo-cyo-kwambura-ubudahangarwa-joseph-kabila/

  • M23 yarashe Drone ya FARDC muri Walungu, abaturage batungurwa n'ibisasira byayo #rwanda #RwOT

    Abarwanyi b'umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, barashe bakanashwanyaguza drone y'Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu gace ka Ndolo gaherereye muri cheferi ya Luhwinja, muri teritwari ya Walungu, Intara ya Kivu y'Amajyepfo.

    Amakuru yatangajwe n'abaturage bo muri ako gace avuga ko iyi drone yarashwe mu rukerera rwo ku wa Kane, tariki ya 15 Gicurasi 2025, ahagana saa cyenda z'ijoro. Aba baturage bemeza ko abarwanyi ba M23 bayihanuriye neza i Ndolo.

    Mu gitondo cyo kuri uwo munsi, abaturage babyutse basanga ibisigazwa bya drone biri aho yaguye, ndetse bamwe bari kuyikoranaho bareba ibice byayo, abandi barimo gusuzuma insinga zayo no kuzihambura.

    Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje abaturage bazengurutse ibisigazwa bya drone, bamwe bayikoraho, abandi bayitegereza bashishikaye.

    Ni ubwa mbere muri uyu mwaka wa 2025 humvikanye amakuru y'ihanurwa rya drone ya FARDC muri ako gace.

    M23 yarashe Drone ya FARDC muri Walungu, abaturage batungurwa n'ibisasira byayo

    FARDC yaherukaga gukoresha drones mu mirwano yo muri Werurwe uyu mwaka i Walikale, aho ibitero byabaye bikurikirana umunsi ku wundi. Icyo gihe na bwo M23 yagaragaje ubushobozi bwo kuzihanura, ndetse bivugwa ko hari nyinshi zahanuwe.

    Mu mpera z'umwaka ushize wa 2024, Ingabo za Leta ya Congo zongeye gukoresha drones mu bice byegereye M23, ariko na bwo bivugwa ko izigera kuri icyenda zahanuwe.

    Aka gace ka Luhwinja karimo ingabo za Leta zari ziherutse kugatera ibitero bya drone, nyuma y'uko kari kagiye mu maboko ya M23 binyuze mu mirwano ikaze. Uyu mutwe wa M23 waje gufata n'ibice byegereye Luhwinja, birimo n'isantire ya Luciga izwi nk'umutima w'iyo cheferi.

    Source : https://kasukumedia.com/m23-yarashe-drone-ya-fardc-muri-walungu-abaturage-batungurwa-nibisasira-byayo/

  • Ihuriro ry'ingabo za Congo ryahaboneye akaga nyuma yo kugabwaho ibitero n'umutwe wa M23 #rwanda #RwOT

    Ihuriro ry'ingabo za Congo rigizwe na FARDC, FDNB, Imbonerakure, FDLR na Wazalendo, ryahuye n'akaga nyuma yo kugaba ibitero bigamije kwisubiza tumwe mu duce two muri teritware ya Rutshuru, ariko rikaza guhura n'inkundura y'ibitutu by'imbunda byarashwe n'abarwanyi b'umutwe wa M23 wari usanzwe ugenzura ako karere.

    Imirwano yatangiye mu rukerera rwo ku wa 15 Gicurasi 2025, igera ku gicamunsi cy'uwo munsi, ibera ahanini mu bice byo muri grupema ya Bambo na Banyungu, aho ubukana bwayo bwari bwose.

    Amakuru aturuka aho imirwano yabereye avuga ko abarwanyi ba M23 bateze umutego ingabo zari muri iryo huriro, maze bagatangira kubarasa bivuye inyuma, bituma ihuriro ry'ingabo rihungira ku maguru, risiga byinshi mu maboko y'abo barwanyi.

    Uhereye mu masaha ya saa kumi z'urukerera, muri utwo duce humvikanye urusaku rw'imbunda nyinshi, harimo iziremereye n'izoroheje.

    Uko amasaha yagendaga yicuma, byagaragaye ko imirwano ikomeye yabereye ku misozi ya Showa, muri grupema ya Banyungu, n'ahandi hagerageje gufatwa harimo imisozi ya Ngwaki na Lwansihe, muri grupema ya Bambo.

    Andi makuru avuga ko umutwe wa M23 waje kunganirwa n'abarwanyi bavuye mu gace ka Masisi, maze bafatanya guhiga ihuriro ry'ingabo, birukana burundu muri utu duce, ku buryo bivugwa ko iryo huriro rishobora kutazongera kongera kugaba ibitero muri ako karere.

    Ibi byabaye nyuma y'uko mu cyumweru gishize, iryo huriro ryari ryagerageje kugaba ibitero muri utu duce ariko n'icyo gihe rikaba ryarasubijwe inyuma n'ubwihagaze bw'abarwanyi ba M23.

    Ihuriro ry'ingabo za Congo ryahaboneye akaga nyuma yo kugabwaho ibitero n'umutwe wa M23

    Source : https://kasukumedia.com/ihuriro-ryingabo-za-congo-ryahaboneye-akaga-nyuma-yo-kugabwaho-ibitero-numutwe-wa-m23/

  • Yimanukiye! Mupenzi Etoo wo muri APR FC yagaragaye i Bugesera mu rujijo rushingiye ku mukino wa Rayon Sports – AMAFOTO  – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mupenzi Etoo yongeye kuvugisha abantu nyuma yo kugaragara mu Karere ka Bugesera, aho amafoto ye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga amwerekana ari kumwe na Ndoli Jean Claude wahoze ari umunyezamu wa APR FC.

    Etoo asanzwe azwi cyane mu itegurwa ry'imikino ya APR FC, ndetse umwaka ushize yigeze no gufungwa akekwaho guha amarozi abakinnyi ba Kiyovu Sports mbere y'uko bakina na APR FC, ibyo byavugishije abantu benshi mu gihe runaka.

    Ubu noneho yagaragaye kuri imwe muri hoteli zo mu Bugesera, bikekwa ko yaba yari mu nzira yo guhura n'abakinnyi ba Bugesera FC. Ibi byahuriranye n'uko Bugesera FC igiye gukina umukino ukomeye na Rayon Sports, mu gihe APR FC na Rayon Sports bari mu ntambara yo guhatanira igikombe cya shampiyona.

    Rayon Sports irusha APR FC inota rimwe gusa, ibintu bituma buri mukino Rayon ikina ugenzurwa cyane. Ibi byatumye abantu bibaza niba Etoo yaba yaragiye i Bugesera mu rwego rwo kugira uruhare mu itegurwa ry'uyu mukino, ashaka ko Bugesera FC yabera imbogamizi Rayon Sports.

    Nubwo nta kintu na kimwe kiragaragazwa nk'icyemeza ko Etoo yari yagiye mu bikorwa bifite aho bihuriye n'umukino wa shampiyona, gusa kugenda kwe i Bugesera byateje impaka nyinshi mu bakunzi b'umupira. Abakurikirana shampiyona baracyategereje kureba uko uyu mukino uzagenda, ndetse n'ingaruka zishobora kuzanwa n'iyi 'surprise' ya Etoo i Bugesera.

    Source : https://yegob.rw/yimanukiye-mupenzi-etoo-wo-muri-apr-fc-yagaragaye-i-bugesera-mu-rujijo-rushingiye-ku-mukino-wa-rayon-sports-amafoto/

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52 #rwanda #RwOT

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko uru rwego rwiteguye gukurikirana ikibazo cy'imvururu cyagaragaye ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu.

    Hari mu mukino w'Umunsi wa 28 wa Shampiyona wabereye mu Bugesera, wahagaze ku munota wa 52 ubwo Bugesera FC yari ifite ibitego 2-0.

    Ni nyuma ya penaliti itavugwaho rumwe yahawe iyi kipe yari mu rugo, mu gihe na Rayon Sports yagaragazaga ko hari penaliti itahawe ku buryo bwabanjirije ubwo.

    Umukino wabanje guhagarara iminota irenga 15, abawuyoboye bemeza ko usubikwa kubera ko abafana bateraga amabuye mu kibuga aho amwe yafashe abasifuzi.

    Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yavuze ko amakuru y'ibyabaye bayamenye ndetse bagiye gukurikirana iki kibazo.

    Ati 'Mwiriwe neza! Hari amakuru twakomeje kubona ajyanye n'umukino wahuje Rayon Sports na Bugesera FC, cyane cyane imvururu zahabaye, tukaba twibutsa abakunzi ba ruhago ndetse n'Abanyarwanda bose ko imyitwarire irimo imvururu mu bikorwa bya siporo itemewe kandi ihanwa n'amategeko.'

    Yongeyeho ati 'Ibijyanye n'uko umukino wagenze n'ibyo amakipe yaba afiteho ingingimira, hari inzego ziteganywa n'amategeko bigomba kunyuramo muri FERWAFA no muri Rwanda Premier League bigahabwa umurongo.

    Natwe nka Minisiteri ya Siporo mu nshingano dufite no mu buryo dukorana n' izindi nzego tuzabikurikirana.'

    Urwego rutegura Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere 'Rwanda Premier League' rwatangaje ko 'impamvu zatumye umukino utarangira ababishinzwe bari kuzigaho', bityo umwanzuro uzamenyekana mu gihe kitarambiranye.

    Mu yindi mikino yabaye uyu munsi, ikipe ya APR FC yatsinze Gorilla FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Cheick Outarra, ibi bikaba byatumye iyi kipe ifata umwanya wa mbere w'agateganyo.

    Undi mukino ni uwahuje Mukura VS yanganyije n'Amagaju 1-1, Marines FC itsinda Musanze FC 3-0 naho Gasogi United itsinda Muhazi United 1-0.

    The post Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/minisitiri-wa-siporo-nelly-mukazayire-yavuze-ku-mvururu-zatumye-umukino-wa-bugesera-na-rayon-sports-uhagararira-ku-munota-wa-52/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=minisitiri-wa-siporo-nelly-mukazayire-yavuze-ku-mvururu-zatumye-umukino-wa-bugesera-na-rayon-sports-uhagararira-ku-munota-wa-52

  • Nyamasheke: Umukecuru warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yishwe atemwe – #rwanda #RwOT

    Saa sita z'ijoro ryo ku wa 16 rishyira ku wa 17 Gicurasi 2025, ni bwo hamenyekanye ko uyu mukecuru wibanaga ariko afite abana bubatse ingo zabo yatewe n'abagizi ba nabi bamutema mu misaya yombi bimuviramo urupfu.

    Aya makuru akimenyekana, inzego z'umutekano n'iz'ubuyobozi zihutiye kugera aho byabereye bahumuriza abaturage by'umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye muri aka gace.

    Umuyobozi Wungirije w'Akarere ka Nyamasheke, ushinzwe Imibereho myiza y'Abaturage, Mukankusi Athanasie yavuze ko inzego zibishinzwe zahise zitangira iperereza ndetse ko hari abantu bane batawe muri yombi bakekwaho iki cyaha.

    Ati “Iperereza rirakomeje. Bamutemye mu maso mu misaya yombi. Twakoranye inama n'abaturage turabahumuriza. Turi kumwe n'inzego dukorana dukomeza gufata mu mugongo abaturage b'uyu mudugudu, by'umwihariko turacyari mu minsi 100, birumvikana ko atari ikintu cyoroshye ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko mu cyumweru cy'icyunamo gusa rwakurikiranye amadosiye 82 y'ibyaha by'ingengabitekerezo ya Jenoside n'ibifitanye isano na yo byarimo abantu 87.

    Umukecuru warokotse Jenoside mu Karere ka Nyamasheke yishwe atemwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-umukecuru-warokotse-jenoside-yakorewe-abatutsi-yishwe-atemwe

  • Ku mwaka yica izisaga ibihumbi 15: Indwara ya muryamo izahaza ingurube yavugutiwe umuti – #rwanda #RwOT

    Uretse abahisemo gushora agatubutse mu bworozi bwazo no mu gucuruza inyama zazo zinakunzwe n'abatari bake, usanga mu bice by'icyaro hafi buri rugo rworoye ingurube.

    Aya matungo ariko yibasirwa n'indwara ya muryamo y'ingurube bamwe bita 'Rouget' ihitana ingurube zirenga ibihumbi 15 ku mwaka.

    Mu bukangurambaga bwo kurwanya iyi ndwara, igikorwa cyo gukingira ingurube cyatangirijwe mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Kivumu aho biteganyijwe ko hazakingirwa ingurube 5000.

    Iki igikorwa cyateguwe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buhinzi n'ibiribwa, FAO, binyuze mu mushinga wa DeSIRA, ku bufatanye n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n'Ubworozi mu Rwanda, RAB.

    Umuyobozi w'Ishami ry'Ubworozi muri RAB, Dr. Ndayisenga Fabrice, yavuze ko ubworozi bw'ingurube buri mu bwo leta y'u Rwanda yahisemo gushyiramo imbaraga kuko butanga umusaruro mwinshi kandi mu gihe gito bugafasha abaturage cyane cyane abo mu duce tw'icyaro kwiteza imbere no kwivana mu bukene.

    Yagize ati ' Intego dufite ni uko mu myaka itanu iri imbere 40% by'inyama zicuruzwa mu gihugu zizaba ari iz'ingurube.'

    Umuyobozi wungirije mu Karere ka Rutsiro Ushinzwe Ubukungu n'Iterambere, Uwizeyimana Emmanuel, yavuze ko ubworozi bw'ingurube bufasha abaturage mu iterambere.

    Yagize ati ' Ingurube ni itungo ryororoka cyane kandi vuba kuko ingurube imwe ishobora kubyara ibibwana birenga icumi kandi ikibwana gifite ukwezi kumwe kigura hagati y'ibihumbi 30 na 40 Frw, byongeye kandi ntabwo riruhije kuryitaho.

    Yavuze ko n'ubwo indwara ya muryamo itaraba nyinshi mu Karere ka Rutsiro ariko aborozi bashishikarizwa gukingiza ingurube kugira ngo babashe kuyirinda itarahagera.

    Kugeza ubu mu gihugu hari ingurube zisaga ibihumbi 600 mu gihe mu Karere ka Rutsiro habarurwa izisaga ibihumbi 25.

    Nyiransabimana Florence wo mu Karere ka Rutsiro Umurenge wa Kivumu Worora ingurube, yavuze ko kuba batewe inkunga yo kubaha urukingo rw'indwara ya muryamo birafasha mu bworozi bwabo kuko abenshi ntabwo bari bayifiteho amakuru.

    Yagize ati ' Urukingo ruradufasha mu bworozi bwacu kuko abenshi muri twe ntabwo twari tuzi byinshi ku ndwara ya muryamo. Byashoboka ko yari kuzafata ingurube zacu tukagira ngo ni uburwayi busanzwe.'

    Urukingo rw'indwara ya Muryamo y'ingurube rumaze imyaka itatu rukoreshwa mu gihugu. Ingurube zikingirwa ni izegeze igihe cyo kwima ndetse n'izatangiye kubyara.

    Umuyobozi wungirije mu Karere ka Rutsiro Ushinzwe Ubukungu n'Iterambere, UWIZEYIMANA Emmanuel, yavuze ko muri Rutsiro habarirwa ingurube zisaga ibihumbi 25

    Umuyobozi w'Ishami ry'Ubworozi muri RAB, Dr. Ndayisenga Fabrice, yavuze ko intego ari uko mu myaka itanu iri imbere 40% by’inyama zigurisha mu gihugu zizaba ari iz’ingurube

    Ubworozi bw’ingurube ni bumwe mu bugezweho ndetse bubyara inyungu mu gihe gito

    Ikibazo cy’indwara ya muryamo mu ngurube cyavugutiwe umuti


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ku-mwaka-yica-izisaga-ibihumbi-15-indwara-ya-muryamo-izahaza-ingurube

  • Indirimbo ya Kanye West yaririmbiye Hitler yakuwe ku mbuga zose usibye Kuri X #RwoX

    Kanye west uzwi ku rubuga rwa X nka ye, yasohoye indirimbo ishishikariza abirabura kuyoboka ishyaka rya nazi ryashinzwe na Hitler, imaze kurebwa na ma miliyoni y’abantu kuri X yakuwe ku zindi mbuga zose nka Youtube, Facebook, n’ahandi. Iyi ndirimbo yamaganiwe kure. Muri ino ndirimbo harimo interuro “heil ****” ryakoreshwaga na Nazi mukuramutsa Adolphe Hitler. Avugamo ko nubwo afite amafaranga menshi atemerewe gusura abana be yabyaranye na Kim Kardashian, n’ibindi bigambo n’ibyo birimo umujinya ukabije. Iyi ndirimbo ikomeje kwamaganirwa kure, n’imbuga nyinshi zitandukanya no kuri uru rubuga turayamaganye nabwo tuyibasangiza.

    Umanditsi : Bambula Fred.