Blog

  • Abanyeshuri biga siyansi bongewe mu bari gukora ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye – #rwanda #RwOT

    Ibyo bizamini ngiro byatangijwe ku mugaragaro n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025.

    Mu gihugu hose biri gukorerwa kuri site 856. Biri gukorwa n'abiga ubuforomo, uburezi, ibaruramari, imyuga n'ubumeyingiro, n'abiga siyansi biyongeyeho uyu mwaka.

    Ku rwego rw'Igihugu byatangirijwe mu ishuri ryusumbuye rya ESSA Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.

    Minisitiri Irere yavuze ko muri uyu mwaka abanyeshuri bazakora ibizamini ngiro bagize 66.250% y'abazakora ibizamini bya Leta bose.

    Ati 'Uyu mwaka mu buryo bw'umwihariko abakora ibizamini ngiro biyongeyemo n'abiga amasomo ya siyansi nk'Imibare Ubugenge, Ibinyabuzima n'Ubutabire na bo bagomba gukora ibizamini ngiro. […]. Ibizamini ngiro ni ikimenyetso kigaragariza umunyeshuri ko ashoboye gukora ibyo yize. Ushobora kwiga mu nyandiko ariko se ushoboye kubikora?'

    Irere yasobanuye ko abiga amasomo ya siyansi bari basanzwe babakoresha ibizamini ngiro muri laboratwari gusa ariko baza gusanga ari ngombwa ko bakora mu buryo ngiro nk'abandi kugira ngo barusheho gusoza amasomo bazi gushyira mu bikorwa ibyo bize.

    Yavuze ko ibizamini ngiro kuva byatangira gukorwa byagabanyije umubare w'abantu batakandagiye mu ishuri na rimwe ugera ku 9% by'Abanyarwanda ndetse bigabanya n'ubushomeri.

    Ati 'Cyane cyane abiga mu mashuri ya tekiniki ni bo dusanga hanze bafite ibintu bikorera. Ibyegeranyo bimwe bitwereka ko banatangira gukora bakiri ku ishuri kuko bajya kurangiza kwiga ibyo bakora babizi, abantu babafitiye icyizere.'

    Abazakora ibizamini bya Leta bisoza ikiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye uyu mwaka barenga ibihumbi 101.

    Muri abo, abagera ku 66.958 bari gukora ibizamini ngiro bangana na 66.25% by'abazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bose.

    Abiga ubuforomo bari gukora ibyo ibizamini ngiro ni 459, mu masomo y'imyuga n'ubumenyi ngiro ni 36.267, mu burezi ni 3.829, mu ibaruramari ni 3.892 naho abo mu masomo ya siyansi ni 22.530.

    Ni mu gihe abanyeshuri bazakora ibizamini bisoza ibyiciro bitandukanye by'amashuri bose hamwe bamaze kwiyandikisha ari ibihumbi 471.

    Minisiteri Irere Claudette yavuze ko abiga amasomo ya siyansi na bo biyongeye mu bakora ibizamini ngiro kugira ngo barusheho kumenya gukora ibyo biga

    Abiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro bari mu bakora ibizamini ngiro bigaragaza ko bacengewe n’ibyo biga

    Abanyeshuri ba ESSA Nyarugunga bagaragaje ko biteguye gutsinda ibizamini ngiro bateganyirijwe

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine yari yitabiriye itangizwa ry’ibizamini ngiro mu mashuri yisumbuye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-biga-siyansi-bongewe-mu-bari-gukora-ibizamini-ngiro-bisoza-amashuri

  • Bubacar Jallow wayoboye ICTR yanyuzwe n'imikorere y'ubucamanza bw'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibyo byagarustweho kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025 ubwo Hassan Bubacar Jallow n'itsida bazanye basuraga Urukiko rw'Ikirenga rw'u Rwanda.

    Ni umunsi wa kabiri w'urugendoshuri mu by'ubutabera iri tsinda ririmo mu Rwanda kuva ku itariki 18-21 Gicurasi 2025. Rwabimburiwe no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

    Mu Rukiko rw'Ikirenga basobanuriwe imiterere n'imikorere y'ubucamanza bw'u Rwanda by'umwihariko berekwa uburyo bw'ikoranabuhanga bwa IECMS bufasha abaturage kugera kuri serivisi z'ubutabera biboroheye.

    Hassan yavuze ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ifatika mu butabera, ku buryo Gambia ishobora kurwigiriho.

    Yashimye uburyo rufite inkiko zigiye zihariye nk'urw'Ubucuruzi, ikoranabuhanga mu bucamanza ndetse n'uburyo ubutabera bushobora gutangwa n'abandi hadategerejwe gusa abacamanza.

    Ati 'Muri Gambia turi gushyira mu bikorwa ingamba z'imyaka itanu zigamije guteza imbere ubutabera. Aho u Rwanda rugeze hadufasha gukoresha ikoranabuhanga mu birego bikihuta, gutanga ubutabera budashingiye ku bacamanza gusa ahubwo n'abandi barebwa n'ishyirwa mu bikorwa ry'amatego no gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko.'

    Yakomeje avuga ko aho u Rwanda rugeze muri iryo terambere ry'ubutabera we n'itsinda ayoboye bari kwigiramo byinshi bashobora gukoresha muri Gambia.

    Ati 'Mu minsi dufite hano turi kubona zimwe muri ziriya ngamba tuzatangiza muri Gambia kuko twabonye ko u Rwanda rumaze kuziteramo intambwe ifatika.'

    Hassan nk'umuntu wayoboye ICTR yavuze ko Umuryango Mpuzamahanga wagize uburangare Abatutsi bagakorerwa Jenoside, gusa ko kuri ubu hari umusaruro wagezweho mu gutanga ubutabera haba ku ruhande rwa ICTR, u Rwanda n'ibindi bihugu.

    Asanga ubu icyo Umuryango Mpuzamahanga ukwiye gushyira imbere ari ukwirinda ko ibyabaye byasubira ukundi.

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga mu Rwanda, Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko urwo rugendoshuri rwakorewe mu Rwanda rugamije kuzamura ubufatanye mu by'ubucamanza hagati y'ibihugu byombi kandi ko hari icyo u Rwanda na rwo rwiteguye kwiga.

    Ati 'Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga rwa Gambia mu nararibonye afite azatuganiriza ku buryo bwo gukemura imanza nshinjabyaha mu buryo bwihuse bidafashe umwanya munini mu nkiko. Ni Uburyo ubushinjacyaha n'ukurikiranyweho icyaha bombi baba bafitemo inyungu bakumvikana kandi n'uwahohotewe akitabwaho. Twarabitangiye na twe ariko kwiga buri gihe ni byiza hari aho twifuza kugera.'

    Mukantaganzwa yongeyeho ko u Rwanda na rwo ruzakorera urugendoshuri muri Gambia rwo kwigira ku mikorere y'ubucamanza bwaho kandi ko ubwo bufatanye hagati y'Abanyafurika bufasha mu gushaka ibisubizo bibereye Umugabane kurusha kwirukira mu bihugu byateye imbere.

    Iryo tsinda ryaturutse muri Gambia rizasura kandi Ikigo cy'u Rwanda cy'Ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n'ubuhanga bikoreshwa mu butabera, Urukiko rw'Ubucuruzi ndetse riganirizwe ku gutanga ubutabera hatisunzwe inkiko.

    Muri Kamena 2025 kandi iryo tsinda rizasura Ishuri Rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD).

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga mu Rwanda, Mukantaganzwa Domitilla, yavuze ko urwo rugendoshuri rwakorewe mu Rwanda rugamije kuzamura ubufatanye mu by'ubucamanza hagati y'ibihugu byombi

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow yanyuzwe n’intambwe ubucamanza bw’u Rwanda bumaze gutera

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow hamwe na mugenzi we w'u Rwanda

    Ku munsi wa mbere w’urugendoshuri iri tsinda ryo muri Gambia ryasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

    Itsinda ryaturutse muri Gambia ryasuye Urukiko rw’Ikirenga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bubacar-jallow-wayoboye-ictr-yanyuzwe-n-imikorere-y-ubucamanza-bw-u-rwanda

  • Colonel wa FARDC yatorokanye umushahara w'abasirikare muri Kivu y'Amajyepfo #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa gisirikare bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo bwatangaje ko amafaranga yari agenewe kwishyura umushahara w'abasirikare muri iyi ntara yanyerejwe na Colonel Nkulu Kilenge Delphin, umwe mu bayobozi bakuru b'igisirikare.

    Aya makuru yatangajwe ku cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2025, binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara rigenewe abanyamakuru.

    FARDC yatangaje ko yandikiye abayobozi bose b'imitwe ya gisirikare ibasaba ko, hagize ubona Colonel Nkulu Kilenge Delphin, yahita amuta muri yombi akamushyikiriza ubushinjacyaha bukuru bwa gisirikare buri hafi.

    Izo nyandiko zivuga ko gutoroka kwa Colonel Kilenge byamenyekanye mbere gato y'uko igikorwa cyo guhemba abasirikare gitangira, mu minsi mike ishize.

    Bivugwa ko nyuma yo gutoroka, yaba yahise yerekeza mu mutwe wa M23, nubwo uyu mutwe utari wemeze aya makuru.

    Ibi bibaye mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego mu bice bimwe bya Kivu y'Amajyepfo, aho ingabo za Congo zifatanyije n'iz'u Burundi, FDLR na Wazalendo zihanganye n'imitwe ya M23 na Twirwaneho.

    Umuvugizi w'ibikorwa bya Sokola mu Majyepfo ya Kivu yemeje ayo makuru, ariko ntiyatangaje ibirambuye. Kugeza ubu, ntiharamenyekana umubare nyakuri w'amafaranga yanyerejwe, ariko bivugwa ko yari agenewe guhemba abasirikare bose ba FARDC bari mu turere twa Uvira, Fizi, Mwenga na Walungu.

    Ibi byabaye nyuma y'icyumweru kimwe umugaba mukuru w'ingabo za Congo agiriye uruzinduko mu mujyi wa Uvira.

    Uruzinduko rwe rwari rugamije gushimira abayobozi ba politiki n'abasirikare uburyo bitwaye imbere y'umutwe wa M23 ubwo bafataga umujyi wa Bukavu, ariko abasirikare ntibemera gushyira intwaro hasi.

    Abasirikare benshi bari i Uvira ni abahavuye bahunga intambara zikomeye zari zabaye i Goma no muri Bukavu. Umugaba mukuru w'ingabo yabijeje kubaha umushahara mwiza n'ibikoresho bihagije bya gisirikare, ngo M23 itazongera kubirukana aho bahungiye. Igitangaje ni uko amafaranga yoherejwe akimara kugera i Kinshasa, yahise anyerezwa!

    Colonel wa FARDC yatorokanye umushahara w'abasirikare muri Kivu y'Amajyepfo

    Source : https://kasukumedia.com/colonel-wa-fardc-yatorokanye-umushahara-wabasirikare-muri-kivu-yamajyepfo/

  • Imirwano iremereye yasubukuwe mu Rugezi hagati ya FARDC na Twirwaneho ifatanyije na M23 #rwanda #RwOT

    Mu gace ka Rugezi, giherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, habyukiye imirwano ikomeye kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Gicurasi 2025. Iyo mirwano ihanganishije ihuriro ry'ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n'imitwe yitwaje intwaro ya Twirwaneho ifatanyije n'uwa M23.

    Imirwano yatangiye mu masaha ya saa kumi n'ebyiri za mu gitondo, ikaba irimo kubera mu duce twa Sabune, Nyakirango na Didas mu Rugezi.

    Umwe mu batangabuhamya yavuze ati: 'Hano mu Rugezi umwanzi yateye kandi. Ari gushyiramo akabaraga ngo ahafate.' Yongeraho ko 'Ku mugoroba yari yagarutse nabwo, yari yashatse gushyiramo akabaraga afata n'aka gace ko kwa Sabune.'

    Ubuhamya bwe bugaragaza ko intambara irimo gukomeza gukara ku mpande zombi, nubwo FARDC n'abo bafatanyije batangiye gusubira inyuma.

    Ati: 'FARDC n'abambari bayo nubwo intambara ikirimo ariko batangiye kurwana basubira inyuma.'

    Iyi mirwano yasubukuwe nyuma y'uko ku munsi wabanje kuwa mbere habaye indi mirwano ikomeye, cyane cyane ku musozi wa Nyakirango no mu duce duhana imbibi na Gasiro na Rugezi.

    Muri iyo mirwano, Twirwaneho ifatanyije na M23 bashoboye gusunika ingabo za Leta harimo FARDC, iz'u Burundi, imitwe ya Wazalendo na FDLR, bakabirukana muri ako gace.

    Ku mugoroba w'uwo munsi, ihuriro ry'ingabo za Leta ryagerageje kugaruka n'imbaraga, rifata kwa Sabune, ariko ntibyatinze kuko bivugwa ko Twirwaneho na M23 bakiriye abasirikare benshi baturutse mu Minembwe, bazanye n'ibikoresho bikomeye bya gisirikare.

    Iyi mirwano ibaye mu gihe hari amakuru avuga ko Leta ya Congo yaba ifite umugambi wo kongera kwigarurira igice cya Minembwe, n'ibibuga by'indege byaho birimo icyo ku Kiziba (Minembwe Airport) n'icya Mikenke.

    Hari kandi amakuru ko muri Rugezi hagejejwe ingabo za Leta zivuga Ikinyarwanda, n'itsinda ry'abasirikare b'abamudahusha (snipers) baturutse i Kalemie, muri Tanganyika. Abandi bagaragara ku nkengero za Point Zero, aho bivugwa ko bategura ibitero ku gice cy'ikirere cya Minembwe.

    Nubwo bimeze bityo, ingabo za Leta ziri gukomeza gusunikwa, kuko mu gihe gito gishize zambuwe uduce zari zimaze gufata, kandi zimwe mu ngabo zazo zikaba zatangiye guhungira mu duce twa Gasiro na Matanganika.

    Imirwano iremereye yasubukuwe mu Rugezi hagati ya FARDC na Twirwaneho ifatanyije na M23

    Source : https://kasukumedia.com/imirwano-iremereye-yasubukuwe-mu-rugezi-hagati-ya-fardc-na-twirwaneho-ifatanyije-na-m23/

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Gicurasi 2025, mu karere ka Bugesera hatashywe ikibuga cy'umukino wa Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa ndetse na Opportunity International.

    Ni igikorwa cyitabiriwe n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall.

    Iki kibuga cyatashywe giherereye mu ishuri ribanza rya Highland School ryo mu mujyi wa Nyamata.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yavuze ko iki kibuga kizafasha abatuye muri aka karere kuzamura impano ya Basketball.

    Ati ' Icya mbere ni ikibuga. Nk'uko mubizi NBA Africa iri muri gahunda yo kwigisha abatoza babo (abana) ndetse n'abasifuzi. Rero ku bufatanye na FERWABA ni bamwe mu bo duhanze amaso kugira ngo bazavemo ibihangage twifuza.'

    Bamwe bakunze kugaragaza ko ibibuga byubakwa ariko abo byagenewe batabigeraho ngo babyisanzureho ku rwego bazavamo abakinnyi b'ejo hazaza.

    Mu kuvuga kuri icyo kibazo, Rwego yagize ati 'Iki kibuga kizahuza amashuri 11, bivuze ko kizagera ku bana ibihumbi 5000 bo mu nkengero zacyo.'

    Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi yavuze ko iki kibuga kiri muri gahunda bafite yo kuzubaka ibigera ku 1000 muri Afurika, mu myaka 10 iri imbere.

    Ati 'Iki kibuga kiri muri gahunda twihaye yo kuzubaka ibigera ku 1000 muri Afurika mu gihe cy'imyaka 10 iri imbere. Tuzakomeza kubyegereza abaturage kugira ngo Basketball isakare hose kandi irusheho kumenyekana.'

    Umuyobozi wa Highland School, Munyaburanga Eduard, yijeje ko iki kibuga bazakibyaza umusaruro ku buryo bazagera kubyo bitezweho.

    The post I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/i-bugesera-hatashywe-ikibuga-cya-basketball-cyubatswe-ku-bufatanye-bwa-nba-africa-na-opportunity-international/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=i-bugesera-hatashywe-ikibuga-cya-basketball-cyubatswe-ku-bufatanye-bwa-nba-africa-na-opportunity-international

  • Harimo n'izikorerwa mu Rwanda: Intwaro zigezweho zamurikiwe i Kigali (AMAFOTO) – #rwanda #RwOT

    Uruganda rukora intwaro mu Rwanda rwitwa Rwanda Engineering and Manufacturing Corporation (REMCO), rukorera ibikoresho bya gisirikare Ingabo z'u Rwanda, RDF. Mu zindi ntego rufite harimo no gufasha ibihugu by'inshuti kubona ibikoresho bya gisirikare.

    Ni uruganda ruri mu Karere ka Gasabo mu Cyanya cy'inganda cya Kigali. Rukorerwamo intwaro zikoreshwa n'ingabo zirwanira ku butaka, izikoreshwa n'umutwe w'ingabo zihariye, ibyo guhangana n'iterabwoba, guhagarika imyivumbagatanyo, ibyuma bitorezaho kurasa n'ibindi.

    REMCO ikora ibikoresho bya gisirikare ku bufatanye n'Uruganda rukora Intwaro rwa Israel (IWI), ndetse zemewe gukoreshwa ku rugamba. Magingo aya zikoreshwa n'Ingabo z'u Rwanda n'iza Israel.

    Mu mbunda zikorerwa mu Rwanda harimo masotela (pistolet) n'imbunda nini zirasa muri metero 500. Izi zirimo ARAD5/300BKL n'izindi, harimo n'izikoreshwa na ba mudahusha nka ACE SNIPER, ARAD SNIPER n'izindi zishobora kurasa muri mtero 800.

    Harimo kandi izo mu bwoko bwa 'Machine Gun' nka NEGEV ULMG ndetse hanakorerwa n'indebakure zifashishwa nijoro (night vision sights).

    Byinshi mu bice bigize izi mbunda bikorerwa mu Rwanda uretse nk'amasasu, ububiko bw'amasasu (magazine) na lens bitumizwa hanze y'igihugu.

    Uretse intwaro zikorerwa mu Rwanda zamuritswe harimo izigezweho zikorerwa mu Misiri, Turikiya n'ahandi.

    Uruganda rukorera intwaro Ingabo z’u Rwanda rukora na masotela

    REMCO ikora imbunda zikoreshwa na ba mudahusha

    ACE-N-22 ni imwe mu mbunda zikorerwa mu Rwanda

    Mu byamuritswe harimo n’imyambaro r’urugamba

    Uganda yaserukanye imyambaro y’urugamba

    Amasasu yamuritswe n’igisirikare cya Uganda

    Imodoka za gisirikare zamuritswe n’uruganda rwo muri Turikiya

    Imodoka y’intambara yitwa Cobra yakorewe muri Turikiya

    Hamuritswe inkoranabuhanga rigezweho mu gukora intwaro nini

    Amafoto: Kasiro Claude


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/harimo-n-izikorerwa-mu-rwanda-intwaro-zigezweho-zamurikiwe-i-kigali-amafoto

  • Inguzanyo z'arenga miliyari 573 Frw zasibwe mu bitabo by'ibaruramari by'amabanki – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, mu biganiro bigamije kungurana ibitekerezo ku ngamba zo gukumira kutishyura neza inguzanyo zitangwa n'ibigo by'imari.

    BNR igaragaza ko inguzanyo zitishyurwa neza mu mabanki yo mu Rwanda mu 2023/2024, zageze kuri miliyari 267 Frw, bingana na 5%.

    Murezi yagaragaje ko hari ubwo banki iyo imaze igihe inguzanyo yatanzwe itishyurwa ihitamo kuyisiba mu bitabo by'ibaruramari ariko igakomeza kuyikurikirana.

    Ati 'Uburyo bwo kuzigaruza ubwa mbere ni uguteza cyamunara, uburyo bwo gucunga imitungo bayicungiye beneyo, hari kandi ikodesha gurisha no kuba ikigo cyafata uwo mutungo watanzwe nk'ingwate kikawushyira mu mitungo yacyo kikawutwara.'

    Yavuze ko ariko ibigo by'imari bikunze guhitamo inzira yo guteza icyamunara aho gukoresha n'izo nzira zindi.

    Ati 'Icyibandwaho cyane ni uguteza cyamunara ingwate ziba zaratanzwe. Banki zitabira cyane guteza icyamunara kuko ari bwo buryo buzorohera kandi bukaba uburyo bwihuse.'

    Yagaragaje ko hari ubwo mu guteza icyamunara usanga umutungo ugurishijwe ku gaciro ko hasi cyane, kugurisha imitungo y'indi utatanzeho ingwate, ibibazo by'igenagaciro ry'imitungo, kuba uburyo bw'ikoranabuhanga bwifashishwa mu guteza cyamunara butagaragaza amafaranga abandi bashyizeho, amanyanga akorwa n'abakozi ba za banki no gukomeza kubara inyungu kuri banki mu gihe cyamunara yatangiye.

    Yagaragaje ko ibigo by'amabanki na byo bikwiriye kugira uruhare mu migendekere myiza y'imikoreshereze y'inguzanyo harimo no kwigisha abazigana.

    Umuyobozi w'Ihuriro ry'Ibigo by'Imari Iciriritse mu Rwanda (AMIR), Kwikiliza Jackson, yavuze ko hari ubwo usanga inguzanyo itishyurwa neza bigizwemo uruhare n'abakozi b'ibigo by'imari.

    Ati 'Nubwo dukora muri izi nzego ariko natwe hari ubwo usanga tutari shyashya. Hari ubwo usanga inguzanyo itishyurwa kuko abakiliya n'abakozi ba Banki bafite uko bumvikanye.'

    Yerekanye ko hari n'ubwo abantu bashobora kutishyura neza inguzanyo bitewe n'impamvu zitandukanye zirimo kugwa mu bihombo, kudakoresha neza inguzanyo icyo yakiwe n'ubumenyi buke.

    Ku rundi ruhande, Umuyobozi mu Ihuriro ry'Amabanki mu Rwanda, Nkongori Pacifique, yerekanye ko iyo banki ikuye mu bitabo byayo inguzanyo kubera kunanirwa kwishyurwa, bigira ingaruka ku bandi basaba inguzanyo bikanahungabanya ubukungu bwa banki.

    Yavuze ko kenshi zisibwa mu bitabo by'inguzanyo kubera ko kuzishyura byanananiranye, bigasaba ko byifashisha amafaranga y'inyungu mu kuziba icyuho kiba cyagaragaye.

    Umuyobozi Uhagarariye Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw'abaguzi mu Rwanda, ADECOR, Ndizeye Damien, yavuze ko hari ikibazo cy'imikoranire hagati y'abakiliya n'amabanki, amasezerano atitabwaho n'ibibazo bishingiye ku igenagaciro.

    Hasabwe imikoranire inoze hagati ya banki n’abazigana

    Perezida wa Komisiyo y'Iterambere ry'Ubukungu n'Imari muri Sena, Senateri Nsengiyumva Fulgence, yagaragaje ko hari ibikwiye gukorwa

    Inguzanyo z'arenga miliyari 573 Frw zasibwe mu bitabo by'ibaruramari by'amabanki


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inguzanyo-z-arenga-miliyari-573-frw-zasibwe-mu-bitabo-by-ibaruramari-by

  • Perezida Kagame yagaragaje icyatuma umutekano wa Afurika ugerwaho itavangiwe n'amahanga – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 19 Gicurasi 2025 ubwo yafunguraga Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika yabereye i Kigali.

    Perezida Kagame yagaragaje ko ibibazo by'umutekano wa Afurika bidashobora gukemurwa n'ibisubizo bitanzwe n'abo hanze yayo.

    Ati 'Kuva kera umutekano wacu wafatwaga nk'umutwaro ugomba kwikorerwa n'abandi, tugiramo uruhare ruto cyane ntihagire inyungu zijyanye n'uburyo tubayeho cyangwa ubushake bwacu. Iyi mikorere ntiyatanze umusaruro haba kuri Afurika no ku Isi.'

    Yavuze ko Afurika ikwiye kugira uruhare mu kwicungira umutekano nk'umufatanyabikorwa ukomeye kandi ufite ubushobozi.

    Ati 'Ntitwavuga abatuvangira baturuka hanze icyarimwe tunishyiriraho ibituma bibaho. Ubusugire bw'igihugu ntabwo bugarukira gusa ku kurinda umutekano w'imipaka, ni ukwiyemeza kwicungira umutekano nka Leta hamwe n'umugabane dufatanyije. Kwirengagiza iyi nshingano biha abandi urwaho rwo kubizamo bikaganisha ku gutakaza icyizere bakakuyobora.'

    Yongeyeho ko 'Dukeneye kandi kongerera imbaraga inzego z'umugabane wacu by'umwihariko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Akanama k'Umutekano ka AU kugira ngo bikemure ibibazo by'umutekano.'

    Perezida Kagame yavuze ko inkingi y'umutekano ijyana n'imiyoborere kandi iyo kimwe gihungabanye bituma n'ikindi kitagira umusingi cyubatseho.

    Ati 'Byose bidahari nta kwizerana, kandi nta terambere rifatika ryagerwaho. Umutekano ntabwo bivuze kuba nta biwuhungabanya bihari. Umurimo wacu nk'abayobozi ni ugukora ku buryo abaturage babaho bafite agaciro, bakishimira uburenganzira bwabo kandi bakarangamira ahazaza bizeye.'

    Yanashimangiye ko umutekano w'ibihugu bya Afurika uzagerwaho binyuze mu bufatanye burenga gusangira amakuru gusa ahubwo hakiyongeraho n'ubushake mu mikoranire.

    Ati 'N'iyo haba hari imikorere myiza imbere mu gihugu, nta gihugu cyagira umutekano kibaye nyamwigendaho. Ntacyo. Ibyago bitareba imipaka nk'ibyorezo, ibitero by'ikoranabuhanga bikwirakwira byihuse kurusha uko ibihugu bihangana na byo ariko ubufatanye bugomba kurenga gusangira amakuru.'

    Perezida Kagame yavuze ko bigomba gukorwa mu buryo bufite umurongo uhamye, harimo ubushake no guhanga ibishya.

    Ati 'Urufunguzo rwo gutsinda ibihungabanya umutekano ruri mu bushobozi bwacu bwo kwishakira ibisubizo.'

    Yavuze ko imurikabikorwa riteganyijwe muri iyi nama rigaragaza ibyo umugabane ushoboye mu gihe hashowe imari mu kubaka ubushobozi.

    Ati 'Aho dufite ubushobozi tugomba kubwongera, aho butari igihe ni iki cyo kubwubaka no gufatanya.'

    Umuyobozi w'Inama Ngishwanama ya ISCA, Moussa Faki Mahamat, yavuze ko umutekano wa Afurika ukwiye kubakirwa ku bisubizo bya Afurika kandi byatanzwe n'Abanyafurika hanibandwa ku gukumira ibiteza umutekano muke aho guhangana n'ingaruka zabyo.

    Perezida Kagame yavuze ko umutekano wa Afurika ukwiye kujya mu maboko y’Abanyafurika ubwabo

    Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo akurikiye ibiganiro

    Umuyobozi Mukuru wa RCS, Evariste Murenzi yitabiriye inama mpuzamahanga y’umutekano muri Afurika

    Moussa Faki Mahamt wabaye Perezida wa Komisiyo ya AU, yashimangiye ko Afurika ikwiye gukumira ibiyibuza amahoro

    Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo yari akurikiye ibiganiro

    Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmabuel na we yitabiriye inama mpuzamahanga ku mutekano muri Afurika

    Abanyafurika biyemeje kwirindira umutekano

    Gen (Rtd) Fred Ibingira ni umwe mu bitabiriye iyi nama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yagaragaje-icyatuma-umutekano-wa-afurika-ugerwaho-itavangiwe-n

  • Harimo n'izikorerwa mu Rwanda: Intwaro zigezweho zamurikiwe i Kigali (AMAFOTO) – #rwanda #RwOT

    Uruganda rukora intwaro mu Rwanda rwitwa Rwanda Engineering and Manufacturing Corporation (REMCO), rukorera ibikoresho bya gisirikare Ingabo z'u Rwanda, RDF. Mu zindi ntego rufite harimo no gufasha ibihugu by'inshuti kubona ibikoresho bya gisirikare.

    Ni uruganda ruri mu Karere ka Gasabo mu Cyanya cy'inganda cya Kigali. Rukorerwamo intwaro zikoreshwa n'ingabo zirwanira ku butaka, izikoreshwa n'umutwe w'ingabo zihariye, ibyo guhangana n'iterabwoba, guhagarika imyivumbagatanyo, ibyuma bitorezaho kurasa n'ibindi.

    REMCO ikora ibikoresho bya gisirikare ku bufatanye n'Uruganda rukora Intwaro rwa Israel (IWI), ndetse zemewe gukoreshwa ku rugamba. Magingo aya zikoreshwa n'Ingabo z'u Rwanda n'iza Israel.

    Mu mbunda zikorerwa mu Rwanda harimo masotela (pistolet) n'imbunda nini zirasa muri metero 500. Izi zirimo ARAD5/300BKL n'izindi, harimo n'izikoreshwa na ba mudahusha nka ACE SNIPER, ARAD SNIPER n'izindi zishobora kurasa muri mtero 800.

    Harimo kandi izo mu bwoko bwa 'Machine Gun' nka NEGEV ULMG ndetse hanakorerwa n'indebakure zifashishwa nijoro (night vision sights).

    Byinshi mu bice bigize izi mbunda bikorerwa mu Rwanda uretse nk'amasasu, ububiko bw'amasasu (magazine) na lens bitumizwa hanze y'igihugu.

    Uretse intwaro zikorerwa mu Rwanda zamuritswe harimo izigezweho zikorerwa mu Misiri, Turikiya n'ahandi.

    Uruganda rukorera intwaro Ingabo z’u Rwanda rukora na masotela

    REMCO ikora imbunda zikoreshwa na ba mudahusha

    ACE-N-22 ni imwe mu mbunda zikorerwa mu Rwanda

    Mu byamuritswe harimo n’imyambaro r’urugamba

    Uganda yaserukanye imyambaro y’urugamba

    Amasasu yamuritswe n’igisirikare cya Uganda

    Imodoka za gisirikare zamuritswe n’uruganda rwo muri Turikiya

    Imodoka y’intambara yitwa Cobra yakorewe muri Turikiya

    Hamuritswe inkoranabuhanga rigezweho mu gukora intwaro nini

    Amafoto: Kasiro Claude


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/harimo-n-izikorerwa-mu-rwanda-intwaro-zigezweho-zamurikiwe-i-kigali

  • Lt Gen Masunzu yimanukiye ku rugamba i Walikale, ingabo ze zihatsindirwa bikomeye na M23 #rwanda #RwOT

    Lieutenant General Pacifique Masunzu yimanukiye ubwe wenyine ayobora imirwano ingabo ze zari zihanganyemo n'iz'umutwe wa M23 muri teritware ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru. Nubwo yari yaje gufasha ingabo ze, birangiye zitsinzwe zikava mu bice zimwe zari zifitemo ibirindiro, nk'uko amakuru aturuka muri kariya gace abivuga.

    Iyo mirwano yabaye ku cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2025, ikaba yarabereye mu gace ka Buleusa no mu nkengero zako.

    Amakuru yizewe agera kuri MCN yemeza ko imirwano yari ihuje abarwanyi ba M23 n'ingabo za Leta ya Congo (FARDC), zifatanyije n'inyeshyamba za FDLR, ingabo z'u Burundi ndetse na Wazalendo.

    Izi ngabo zari zikomandwa na Lt Gen Masunzu ubwe wari uvuye i Kisangani, ariko zatsinzwe bikomeye zinamburwa ibice nka Buleusa n'ahazengurutse ako gace.

    Urugendo ruvuye i Kisangani kugera Walikale ruri hagati y'ibirometero byinshi, ariko Masunzu yafashe icyemezo cyo kumanuka ku rugamba kugira ngo ahe ingabo ze imbaraga no kuzereka ko abayoboye ari kumwe na zo. Nubwo yari afite intego nziza, umutwe wa M23 wamweretse ubukana bwinshi, watsinda izo ngabo akanazisubiza inyuma.

    Lt Gen Masunzu ni umwe mu bayobozi bakuru b'ingabo za FARDC, akaba ayoboye zone ya gatatu y'izo ngabo, kuva mu mpera za 2024.

    Mbere yaho, yari ayoboye zone ya kabiri ifite icyicaro i Lubumbashi. Zone ya gatatu ayoboye ubu ifite icyicaro i Kisangani, aho yavuye yerekeza Walikale.

    Si ubwa mbere Lt Gen Masunzu ajya ku rugamba ingabo ze zitsindwa. No mu kwezi kwa Gashyantare 2025, yari yagiye i Bukavu ariko na bwo ingabo ayoboye zatsinzwe na M23, uyu mutwe unafata umujyi wa Bukavu, bituma Masunzu yisubirira i Kisangani ndetse bivugwa ko bamwe mu basirikare be bahungiye i Uvira mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

    Iyi mirwano yongeye gukara i Walikale ndetse no mu bindi bice bya Kivu y'Amajyepfo, mu gihe hari agahenge impande zombi zari zemeranyijeho mu biganiro byabereye i Doha, muri Qatar.

    Muri iki gihe, ibiganiro bigamije amahoro birakomeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bihurijemo intumwa za Leta ya Congo Kinshasa n'u Rwanda. Intego ni ugushakira amahoro arambye uburasirazuba bwa Congo no kugabanya ubushyamirane hagati y'ibi bihugu.

    Mu gihe ibiganiro bigikomeje, umutwe wa M23 ukomeje kugaba ibitero ugana kuri centre y'ubucuruzi ya Walikale, aho wari warigeze kuyifata mbere ukayisohokamo bitewe n'ibiganiro wari wemeranyijeho na Leta ya Kinshasa.

    Lt Gen Masunzu yimanukiye ku rugamba i Walikale, ingabo ze zihatsindirwa bikomeye na M23

    Source : https://kasukumedia.com/lt-gen-masunzu-yimanukiye-ku-rugamba-i-walikale-ingabo-ze-zihatsindirwa-bikomeye-na-m23/