Blog

  • Ibikorwaremezo byo kwakira abantu byiyongeyeho 19,4% mu myaka ibiri – #rwanda #RwOT

    Ibikorwaremezo bigaragazwa n'iyo mibare birimo amahoteli, guest houses, lodges n'ahandi hatandukanye hatangirwa serivisi zo gucumbikira abantu harimo ahahawe inyenyeri na RDB n'ahandi hatarazihabwa bitewe n'igihe hamaze.

    Ibyo bikorwaremezo 1.460 byose hamwe bifite ibyumba 25.330 abantu bararamo. Kuva mu 2023 ibyo bikorwaremezo byiyongeyeho 19,4% kuko byabarirwaga mu 1.220.

    Iyo mibare igaragaza ko urwego rwo kwakira abantu mu Rwanda rudasigana n'ubukerugendo bukomeje gutera intambwe nk'uko n'imibare y'Ishami rishinzwe Ubukerarugendo mu Rugaga rw'Abikorera mu Rwanda, ibigaragaza.

    Umuyobozi Mukuru wa ICT Chamber, Ngenzi Yves yabwiye IGIHE ko urwego rwo kwakira abantu rujyana n'ubukerarugendo bwaba ubukorwa n'abenegihugu ndetse n'abanyamahanga.

    Ati 'Ni ibintu bijyana byombi kuko nta buryo wakora iby'amahoteli nta bukerarugendo buhari kandi ntiwakora ubukerarugendo udafite aho wakirira abantu. Bijya kure bikajya no mu bwikorezi kuko nka ba mukerarugendo bo mu mahanga bakenera indege zo kugendamo'.

    Ngenzi yavuze ko kugeza muri Mata 2025 ibigo bitwara ba mukerargendo n'ibibatembereza bibereye 'Tourism Chamber' abanyamuryango byari bigeze kuri 270, naho ibigo bitanga ubumenyi mu byo kwakira abantu n'ubukerarugendo birimo amashuri yisumbuye na kaminuza byo byari bimaze kuba 17.

    Ibikorwaremezo byo kwakira abantu kandi bibereye 'Tourism Chamber' abanyamurayango birimo amahoteli, amacumbi, restaurants, utubari n'ibindi bitandukanye bimaze kugera kuri 763.

    Ni mu gihe kandi ibigo byo gutegura no kwakira inama bibereye 'Tourism Chamber' abanyamuryango byari bimaze kuba 30, naho ibikora by'ubukerarugendo bushingiye ku duce runaka byari bimaze kuba 15.

    Abafasha ba mukerarugendo gutembere mu bice binyuranye mu Rwanda bo bari bageze ku 140.

    Imibare y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare (NISR) yo mu 2024 igaragaza ko urwego rwa serivisi rwaje ku mwanya wa mbere mu guha Abanyarwanda benshi akazi kuko rwihariye 44% by'abafite icyo bakora mu Rwanda.

    Urwego rwa serivisi rwari rusimbuye kuri uwo mwanya wa mbere ubuhinzi bw'umwuga.

    Raporo ngarukamwaka y'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere ya 2024 igaragaza ko ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 647$ [arenga miliyari 932 Frw], bingana n'izamuka rya 4,3% ugereranyije n'umwaka wa 2023.

    Hoteli The Pinnacle Kigali ni imwe mu ziherutse kwiyongera ku mahoteli u Rwanda rufite


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibikorwaremezo-byo-kwakira-abantu-byiyongeyeho-19-4-mu-myaka-ibiri

  • Hagati ya Tottenham na Man United ni nde uragaragaza ko ari hejuru y'undi? #rwanda #RwOT

    Mu myaka ya vuba, amakipe nka Tottenham Hotspur na Manchester United yakomeje kugaragaza ubushake bwo kuba ku isonga mu mupira w'amaguru w'u Bwongereza, Premier League. Nubwo buri kipe ifite amateka yayo n'imiterere itandukanye, hibazwa niba hari ihagaze hejuru y'indi mu buryo bw'imikinire, ibikombe n'icyizere cy'ejo hazaza yazo.

    Manchester United, izwi cyane nk'ikipe ifite amateka akomeye, imaze kwegukana Premier League inshuro 20, harimo n'igihe cy'ubuyobozi bwa Sir Alex Ferguson.

    Ifite kandi ibikombe bikomeye bya UEFA Champions League ndetse n'abakinnyi b'ibihe byose barimo Ryan Giggs, Paul Scholes na Cristiano Ronaldo.

    Gusa kuva Ferguson yegura mu 2013, iyi kipe yakunze kunyura mu bihe bitandukanye, aho yagiye ihinduranya abatoza kandi igahura n'ibibazo byo kutitwara neza mu marushanwa.

    Tottenham yo, nubwo itigeze itwara igikombe cya Premier League, imaze gutera imbere cyane mu myaka ya vuba, cyane cyane ubwo yari iyobowe na Mauricio Pochettino, ikagera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League mu 2019.

    Yashinze imizi ku bakinnyi bakiri bato bafite impano, nka Harry Kane (waje kugenda) na Son Heung-min, kandi ifite imikino isusurutsa abafana.

    Mu buryo bwo kwitwara muri iyi minsi, Tottenham imaze kugaragaza imbaraga nshya, cyane cyane mu mikino ya 2024/2025, aho yitwaye neza kurusha Man United. Gusa Manchester United iracyafite izina rikomeye n'ubushobozi bwo kugura abakinnyi bakomeye.

    Nubwo Manchester United ifite amateka n'ibikombe byinshi, Tottenham yagaragaje gukura no guhatana ku rwego rwo hejuru muri iyi minsi. Intsinzi y'iki gihe n'imitegurire y'ejo hazaza bishobora gusobanura byinshi ku mwanya buri kipe izahagararaho mu mateka.

    Ese iri joro ku isaha y'isaa 21:00 niyihe kipe iribugaragaze ko iri hejuru yiyindi mu mukino wanyuma wa Europa League.

    Hagati ya Tottenham na Man United ni nde uragaragaza ko ari hejuru y'undi?

    Source : https://kasukumedia.com/hagati-ya-tottenham-na-man-united-ni-nde-uragaragaza-ko-ari-hejuru-yundi/

  • Impamvu z'ingenzi zigutera kurushaho guhoberana kenshi #rwanda #RwOT

    Kenshi duhoberana twishimye, tubabaye cyangwa dushaka gutuza. Guhobera ni igikorwa cyoroheje ariko gifite imbaraga zitangaje mu mubano w'abantu no ku buzima rusange. Igihe ufashe undi muntu mu maboko, haba harimo ubutumwa bw'ukwemera, kugirirana impuhwe, n'urukundo.

    Guhoberana bishobora gukoreshwa nk'uburyo bwo guhumuriza, kugaragaza ibyishimo, cyangwa gutanga inkunga y'amarangamutima.

    Ubushakashatsi bwerekana ko guhoberana bituma umuntu yumva yishimye kandi afite umutekano. Si ibyo gusa kuko ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza zitandukanye bwemeje ko guhoberana bigabanya umuvuduko w'amaraso, bikagabanya umunaniro, ndetse bikongera ubudahangarwa bw'umubiri.

    Abarwayi bamara igihe kirekire mu bitaro barushaho kugarura ubuzima neza iyo babonye ubwitabire n'ubugwaneza, nko guhoberwa kenshi.

    Abahanga bavuga ko inyungu zo guhoberana zirenga gusa kuryoherwa ugira igihe uhobereye umuntu. Igihe uhobera inshuti yawe, uwo mubana, cyangwa uwo mukorana, bituma habaho kongera urwego rw'icyizere hagati yanyu.

    Guhoberana kandi bikoresha umusemburo wa 'oxytocin', uzwi nk'imisemburo y'urukundo, ifasha mu kongerera umuntu ibyishimo n'ituze.

    Mu buzima bwa buri munsi, dushobora guhura n'ibikomeretsa umutima cyangwa se ibihe bitwongerera umunaniro.

    Guhoberana muri ibyo bihe bishobora kuba umuti wihuse kandi utagoye. Si byiza guhoberana gusa mu byishimo, ahubwo no mu bibazo bikomeye, guhoberana bishobora kugarura icyizere no guhumuriza uwo muri kumwe.

    Kenshi duhoberana twishimye, tubabaye cyangwa dushaka gutuza

    Byongeye kandi, guhoberera abana, ababyeyi, inshuti n'abo mukorana bituma habaho kubaka urukundo rurambye n'umubano ushingiye ku bumwe n'ineza. Abana bahabwa urugwiro binyuze mu guhoberwa bakura bafite icyizere kandi bazi kugaragaza amarangamutima yabo.

    Mu gihe isi yihuta, abantu benshi babayeho mu bwigunge, n'amarangamutima y'abantu batitabwaho nk'uko byari bimeze mbere.

    Niyo mpamvu guhoberana bishobora kuba igisubizo cyoroshye ariko cyubaka umuryango nyarwanda n'isi muri rusange.

    Icyitonderwa: Guhoberana ntibivuze kubangamira abandi. Ni ingenzi kumenya igihe n'umwanya bikwiye, no kubahiriza amahame y'umuco, icyubahiro n'ubushake bw'uwo ugiye guhobera.

    Niba ushaka kugira ubuzima bwiza, kuba umuntu wishimye kandi wubaka umubano ukomeye n'abandi, tangira none ushyire mu bikorwa imbaraga zo guhoberana. Ni ubuntu, ni byiza kandi birakiza!

    Source : https://kasukumedia.com/impamvu-zingenzi-zigutera-kurushaho-guhoberana-kenshi/

  • CNDD-FDD rimwe mu mashyaka agize ubutegetsi bw'Uburundi rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji #rwanda #RwOT

    Ishyaka rya UPRONA, ryayoboye u Burundi igihe kirekire ariko ubu rikaba riri mu mashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi, ryashinje ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Evariste Ndayishimiye kwimakaza amacakubiri ashingiye ku ishyaka no kudaha agaciro ubumenyi, bikaba bituma igihugu gisubira inyuma.

    Perezida wa UPRONA, Olivier Nkurunziza, yavuze ko CNDD-FDD ishyira imbere abanyamuryango bayo mu guhabwa imirimo ya Leta, aho kwitondera ubushobozi n'ubumenyi by'abo bahabwa izo nshingano.

    Yagize ati: 'Urubyiruko rwinshi rushoboye ruguma mu rugo, mu gihe abafite ibisabwa bahabwa imirimo kubera gusa ko ari abanyamuryango ba CNDD-FDD.'

    Nkurunziza yakomeje ashinja CNDD-FDD gutesha agaciro abarimu n'abashakashatsi, cyane cyane abo muri Kaminuza y'u Burundi, nyamara ari bo bafatiro ry'iterambere ry'igihugu.

    Yavuze kandi ko abadipolomate bahagarariye u Burundi mu mahanga batuzuza inshingano zabo uko bikwiye, ku buryo bigaragara ko igihugu kidashyira imbere umubano n'amahanga.

    Umuyobozi wa UPRONA yasabye ko u Burundi buyoborwa n'abatanga agaciro ubumenyi n'ubushobozi, aho gushyira imbere inyungu z'ishyaka rimwe.

    CNDD-FDD rimwe mu mashyaka agize ubutegetsi bw'Uburundi rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji
    Ishyaka rya UPRONA, ryayoboye u Burundi igihe kirekire ariko ubu rikaba riri mu mashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi, ryashinje ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Evariste Ndayishimiye kwimakaza amacakubiri ashingiye ku ishyaka no kudaha agaciro ubumenyi

    Source : https://kasukumedia.com/cndd-fdd-rimwe-mu-mashyaka-agize-ubutegetsi-bwuburundi-rirashinjwa-gutuma-u-burundi-bugwiza-injiji/

  • Matata Ponyo yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato azira kunyereza miliyoni 245$ #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Matata Ponyo Augustin, yakatiwe igihano cy'imyaka 10 y'imirimo y'agahato nyuma yo guhamwa n'uruhare mu inyerezwa rya miliyoni 245 z'amadolari y'Amerika, zari zigenewe umushinga wo kubaka icyanya cy'inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi mu gace ka Bukanga-Lonzo.

    Matata Ponyo yabaye Minisitiri w'Intebe hagati ya 2012 na 2016, mu gihe cya Perezida Joseph Kabila Kabange.

    Mu Ugushyingo 2020, urwego rw'igihugu rushinzwe ubugenzuzi mu ikoreshwa ry'imari rwatangaje ko uyu mushinga watangiye mu 2014 wanyerejwemo miliyoni 205 z'amadolari.

    Nyuma y'aho, ubushinjacyaha bwatangiye gukurikirana Matata nk'uwari ushinzwe imicungire y'uyu mushinga, hamwe n'abandi bayobozi.

    Mu kwezi gushize kwa Mata 2025, ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy'imyaka 20 y'imirimo y'agahato, bushinja Matata kunyereza andi mafaranga angana na miliyoni 115 z'amadolari. Bwanamusabiye no kubuzwa kujya mu mirimo ya Leta mu gihe cy'imyaka 10.

    Ku wa Kabiri tariki ya 20 Gicurasi 2025, Perezida w'urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga, Dieudonné Kamuleta, yatangaje ko muri miliyoni 279 z'amadolari zari zateganyirijwe umushinga wa Bukanga-Lonzo, miliyoni 34 gusa ari zo zakoreshejwe uko bikwiye, izindi ziranyerezwa.

    Yasobanuye ko byagaragaye ko Matata afatanyije n'umushoramari wo muri Afurika y'Epfo Christo Grobler, banyereje miliyoni 156 z'amadolari, ndetse Matata afatanyije na Deogratias Mutombo wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru ya RDC, banyereza miliyoni 89 z'amadolari.

    Kamuleta yagize ati:

    'Urukiko rukatiye Matata Ponyo Augustin imyaka 5 y'imirimo y'agahato ku bw'inyereza yakoranye na Grobler Christo Stefanus, n'indi myaka 5 ku bw'inyereza yakoranye na Mutombo Mwananyembo Deogratias. Bivuze ko igihano cye ari imyaka 10 y'imirimo y'agahato.'

    Mu ngingo zateje impaka mu rubanza, harimo ubudahangarwa Matata afite nk'Umusenateri, hibazwa niba yarebwa n'ubutabera atarabwamburwa ku mugaragaro. Gusa, Perezida Kamuleta yasobanuye ko kuba Matata yari atangiye gukurikiranwa mbere yo kuba Senateri, bitamurinda gukatirwa.

    Matata Ponyo yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato azira kunyereza miliyoni 245$

    Source : https://kasukumedia.com/matata-ponyo-yakatiwe-imyaka-10-yimirimo-yagahato-azira-kunyereza-miliyoni-245/

  • Muhawenimana wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho by'isuku – #rwanda #RwOT

    Muhawenimana uri muri 360 bageze mu Rwanda ku ikubitiro, tariki 17 Gicurasi 2025 bavuye muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyabihu buvuga ko yibarutse ku wa 18 Gicurasi 2025.

    Kuri uyu wa 20 Gicurasi 2025, Akarere ka Nyabihu kabinyujije ku rukuta rwa X katangaje ko umuyobozi wako yahaye Muhawenimana ibikoresho byo kumufasha.

    Ubutumwa bugira buti 'Umuyobozi w'Akarere, Mukandayisenga Antoinette, yasuye umubyeyi Muhawenimana Ntagisanimana, ufite imyaka 24, akaba yaribarutse umwana w'umukobwa wiswe Uwamahoro Gentille, amaze umunsi umwe ageze mu kigo cya Kijote. Ni mu rwego rwo kumuha iby'ibanze umubyeyi akenera.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, yabwiye IGIHE ko byakozwe mu kumufasha kubona iby'ibanze.

    Ati 'Umubyeyi wabyaye aba akeneye kwitabwaho, umwihariko kuri Ntagisanimana ni uko nta mugabo yazanye na we, ariko yabyaye neza, kandi abyarira kwa muganga mu Kigo nderabuzima cya Bigogwe.'

    Yakomeje avuga ko yaba we ni abanda bazanye muri iki kigo cya Kijote bazafashwa gusubizwa mu buzima bazasubizwe mu minsi iri imbere.

    Abanyarwanda barenga 2.500 nibo bamaze kumenyekana ko bazataha mu Rwanda, igikorwa kizagirwamo uruhare n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, ribakira mu Burasirazuba bw'u Rwanda, rikaganira n'u Rwanda rirumenyesha ko bifuza gutaha, narwo rugatangira kwitegura uko ruzabakira.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yashyikirije umubyeyi uheruka kwibaruka mu kigo cya Kijote ibikoresho by’isuku n’imyambaro

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette kumwe n’Umuyobozi w’inkambi y’agateganyo ya Kijote

    Muhawenimana Ntagisanimana w'imyaka 24 yacishagamo akamwenyura nyuma yo gusurwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhawenimana-wibarutse-akigera-mu-rwanda-avuye-mu-menyo-ya-fdlr-yahawe

  • Musanze: Urujijo ku rupfu rw'umusore wasanzwe mu isantere ya Byangabo – #rwanda #RwOT

    Aya makuru y'urupfu rwa Iradukunda yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 20 Gicurasi 2025 ku isaha ya saa 07h30', bikaba byabereye Murenge wa Busogo, Akagali ka Gisesero ho mu Mudugudu wa Gahanga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza yahamirije IGIHE aya makuru avuga ko icyamwishe kitaramenyekana.

    Ati 'Ni byo koko muri iki gitondo ahazwi nko mu Byangabo habonetse umurambo w'umusore witwa Iradukunda Patience w'imyaka 27, nyina wa nyakwigendera yavuze ko amuheruka kuwa 19 Gicurasi 2025, ku isaha ya saa mbili z'ijoro. Kugeza ubu ntiharamentekana icyamwishe.'

    Akomeza avuga ko iperereza ku cyateye uru rupfu rwa nyakwigendera kitaramenyekana.

    Umurambo wa nyakwigendera wahise woherezwa ku bitaro bya Ruhengeri gukorerwa isuzumwa mbere y'uko ushyingurwa.

    Ku rundi ruhande, muri ako karere n'ubundi undi mugabo witwa Sebaganda Denis w'imyaka 60 yaguye mu cyobo bacukuyemo umucanga bubaka inzu y'umuturanyi we na we arapfa, hakekwa ko byatewe n'agasembuye.

    Ibi byabereye mu Murenge wa Musanze, Akagali ka Rwambogo ho mu Mudugudu wa Kirerema, mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, tariki 19 Gicurasi 2025 ku isaha ya saa 23h00 z'ijoro.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, SP. Jean Bosco Mwiseneza yahamirije IGIHE aya makuru avuga ko yaguye mu cyobo acuramye agakubita umutwe ku ibuye.

    Yakomeje avuga ko umurambo wari ufite ibikomere mu maso no mu mutwe kuko yawubanje mu mwobo.

    SP Jean Bosco Mwiseneza yibukije abaturage ko Polisi y'u Rwanda ibagira inama yo kwirinda ubisinzi bakubahiriza gahunda ya Tunywe Less, bazigama ndetse bakanateganyiriza imiryango yabo ejo hazaza.

    Umurambo wa Sebaganda wahise wohereza ku bitaro bya ruhengeri gukorerwa isuzumwa mbere y'uko ushyingurwa.

    Urupfu rw’umusore w’imyaka 27 wasanzwe mu isantere ya Byangabo rwateje urujijo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-urujijo-ku-rupfu-rw-umusore-wasanzwe-mu-isantere-ya-byangabo

  • Twifuza ko ubushinjacyaha bubijuririra – Me Gisagara ku guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga – #rwanda #RwOT

    Icyemezo kivuga ko umucamanza ku rwego rw'iperereza yasanze Agathe Kanziga nta bimenyetso byatuma akurikiranwaho ubufatanyacyaha mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi n'ibindi byaha byibasiye inyokomuntu cyamenyekanye ku wa 18 Gicurasi 2025.

    Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, umunyamategeko Me Gisagara Richard uba mu Bufaransa yavuze ko icyemezo cyafashwe kitavuze ko dosiye ishyizweho akadomo.

    Ati 'Ntabwo ari icyemezo kivuga ko dosiye irangiye burundu kubera ko ibyemezo by'umucamanza ku rwego rw'iperereza byose bishobora kujuririrwa. Gishobora kujuririrwa n'Ubushinjacyaha cyangwa abaregera indishyi mu rubanza.'

    Me Gisagara yahamije ko na mbere hose ubushinjacyaha bwari bwaragaragaje ko iperereza ryakozwe ridahagije bityo hakwiye kongerwa ibikorwa bikorwaho iperereza no kongera igihe hagasuzumwa ibikorwa byakozwe mbere ya tariki 7 Mata 1994.

    Ati 'Ubushinjacyaha bwari bwarangije kugaragaza ko bubona ko iperereza ryakozwe n'umucamanza ridahagiije asaba urwego rwisumbuye rwitwa 'chambre d'instruction', ko rwategeka umucamanza gukora irindi perereza kuko yabonaga ari ngombwa ariko umucamanza atarashakaga kurikora.'

    Ubusabe bw'ubushinjacyaha bwari bwatanzwe muri Nzeri 2024 bwigwaho muri Werurwe 2025, icyemezo kikaba kizafatwa ku wa 20 Gicurasi.

    Ati 'Ntituzi niba urukiko ruzaha ubushinjacyaha ibyo bwasabye ariko uko byagenda kose umucamanza namara gufata icyemezo cye burundu kivuga ko dosiye ihagaze burundu uriya mudamu atoherejwe kuburana, ubushinjacyaha bushobora kubijuririra.'

    Yongeyeho ko 'Twifuza ko ubushinjacyaha bubijuririra kugira ngo hajyeho abandi bacamanza bareba niba ibyakozwe bihagije, bareba niba nta perereza rindi ryakorwa kugira ngo uriya mugore ashyikirizwe ubucamanza.'

    Kuki u Bufaransa bwanambye kuri Kanziga?

    Agathe Kanziga yahungishijwe ku wa 9 Mata 1994, na Leta y'u Bufaransa yari iyobowe na François Mitterrand wari inshuti magara ya Habyarimana Juvenal.

    Kuva ageze mu Bufaransa nta kazi kazwi yigeze akora uretse ko yatungwaga na Leta y'u Bufaransa gusa.

    Umusesenguzi mu bya Politike, Tite Gatabazi yabwiye IGIHE ko impamvu zituma u Bufaransa budashobora gupfa gutanga Agatha Kanziga zikubiye mu bisigisigi byo ku butegetsi bwa Mitterand bikimurindiye umutekano.

    Ati 'Afitanye amabanga n'Abafaransa mu ruhare rw'u Bufaransa muri Jenoside. Indege y'u Bufaransa ni yo yaje kumufata hano. Kugeza n'ubu atunzwe na Leta y'u Bufaransa uretse duke akura ku ruhande ariko kuva agezeyo ibiro bya perezida byatanze itegeko ngo ntazagire icyo abura.'

    Gatabazi yavuze ko mu myaka 31 ishize ubutegetsi mu Bufaransa bwagiye buhinduka ariko Kanziga afite abantu bamukomeyeho.

    Ati 'Afite abantu bakimukomeyeho kubera impamvu zitandukanye, hari abahakana Jenoside bamukomeyeho, impamvu nk'izo zikaba zatuma umuntu batamwohereza [mu Rwanda].'

    Gatabazi avuga ko abahoze mu butegetsi bwa Mitterand, inshuti zabo n'abo mu ishyaka ry'aba-Scialistes bose kongeraho abashyize imbere guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bagiha abahamijwe ibyaha byo guhakana Jenoside ijambo mu ruhame no ku maradiyo bitwaje uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo ari bo bamuri inyuma.

    Ati 'Abo bantu bagenda banarenga umurongo wa Leta iriho ni bo bagishyigikiye na Agathe Habyarimana.'

    Ku ruhande rwa Me Gisagara asanga hagikenewe gushyira igitutu ku Bufaransa ngo bwumve ko Agathe Habyarimana agomba kugezwa mu rukiko akaburanishwa ku byaha bya Jenoside akekwaho.

    Ati 'Ni ngombwa ko dukomeza kubotsa igitutu, ni ngombwa ko abaregera indishyi dukomeza kuziregera, ni ngombwa ko dukomeza gusaba Leta y'u Bufaransa gutanga ubushobozi, igaha ubucamanza ubushobozi buhagije kugira ngo iperereza rihagije ribeho ni na ngombwa ko abantu bose bahaguruka kugira ngo abakorewe Jenoside bahabwe ubutabera.'

    Kuva mu 2008, imiryango irengera inyungu z'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yatanze ikirego isaba ko akorwaho iperereza ku ruhare ashinjwa mu Jenoside no ku byaba byibasiye ikiremwamuntu.

    Muri Gashyantare 2022, abacamanza bakora iperereza, batangaje ko iyo dosiye ye ifunzwe, gusa muri Kanama 2022, Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha by'iterabwoba mu Bushinjacyaha bw'u Bufaransa, PNAT yasabye ko ryongera gukorwa kubera uburemere bw'ibyaha ashinjwa.

    Me Richard Gisagara yavuze ko iby’urubanza rwa Kanziga bitarangiye nk’uko abantu babyumva


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/twifuza-ko-ubushinjacyaha-bubijuririra-me-gisagara-ku-guhagarika-iperereza-kuri

  • Abanyeshuri ba ULK basabwe guhangana n'abagoreka amateka – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyatangijwe no gusobanurirwa amateka yose ari mu rwibutso, uhereye mbere y'ubukoroni, mu gihe cyabwo ari bwo bwabibye amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda.

    Umuyobozi Mukuru wa ULK Polytechnic Institute, Eng. Musabyimana Jean Pierre, yavuze ko kuzana n'abanyeshuri gusura urwibutso rwa Jenoside ari ukugira ngo bigire ku mateka ariko banabafashe guhangana n'abapfobya Jenoside.

    Yagize ati 'Ntabwo twakwigisha ubumenyingiro nta bumuntu, baba bagomba kudufasha guhangana n'abakoresha imbuga nkoranyambaga bapfoya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse bakadufasha kugaragaza ukuri.'

    Umuyubozi Mukuru wa ULK, Dr. Cyprien Sikubwabo, yavuze ko urubyiruko rutabasha gukumira Jenoside rutazi amateka, ari yo mpamvu bafata umunsi umwanya wo kubigisha amateka kugira ngo bazahangane n'ibyo bazi neza.

    Yagize ati 'Iyo baje hano ku rwibutso bakiga, birabafasha kugira ngo na bo mu mutwe wabo bamenye uko Jenoside yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa ndetse n'ingaruka zayo.'

    Dr. Sikubwabo akomeza asaba abakiri bato kurushaho gukangurira bagenzi babo kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Umuyobozi w'Ikigo gishamikiye kuri ULK cya Glory Academy, Izabayo Musinga Fred, yavuze ko kubona abana bakiri bato bababazwa n'ibyabaye, bibaha icyizere ko igihe abantu bakuru babonye ibyabaye bazaba batakiriho, bazaba bafite ababahagarariye.

    David Ishimwe uhagarariye abanyeshuri muri ULK Polytechnic Institute yavuze ko gusobanurirwa amateka bituma barushaho kumenya uko bakwirinda ababa bashaka kongera gusubiza igihugu mu icuraburindi.

    Nyuma y'iki gikorwa ULK yahaye abanyeshuri bayo ikiganiro kirambuye cyatanzwe na Prof. Rwigamba Balinda washinzze iyo kaminuza, ku mateka y'u Rwanda na we asaba abanyeshuri guhangana abapfobya Jenoside n'abagifite ingengabitekerezo yayo aho ababbari hose.

    ULK yunamiye Abatutsi basaga ibihumbi 250 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi

    Abayobozi b’abanyeshuri ba ULK bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi

    Prof. Rwigamba Balinda, yavuze ko abana b’u Rwanda bagomba guharanira ko amateka mabi yaruranze atazasubira

    Abanyeshuri ba ULK na bo biyemeje kurwanya uwo ari wese washaka kugoreka amateka y’u Rwanda

    Abayobozi, abakozi n’abanyeshuri bo muri ULK bakoze urugendo rwo kwibuka rwerekezaga ku Rwibutso rwa Jenoside Kigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ulk-yibutse-jenoside-yakorewe-abatutsi-mu-1994-abigamo-bahabwa-umukoro-wo

  • Perezida Kagame yaganiriye n'Intumwa yihariye ya Loni muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Abayobozi bombi Perezida Kagame yabakiriye mu biro bye, Village Urugwiro ku wa 20 Gicurasi 2025, bagirana ibiganiro byibanze ku mutekano mu karere n'uruhare rw'u Rwanda mu kugarura amahoro muri Centrafrique.

    Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa X rw'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu bugaragaza ko 'Ibiganiro byabo byibanze ku mutekano mu karere banagaruka ku musanzu w'u Rwanda mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique.'

    U Rwanda rufite Ingabo muri Centrafrique zirimo ibyiciro bibiri. Hari iziri mu butumwa bwa Loni, Minusca, n'iziriyo bishingiye ku masezerano yasinywe hagati y'ibihugu.

    Iziri mu butumwa bwa Loni ni zo zishinzwe kurinda Umukuru w'Igihugu n'ibindi bikorwaremezo bikomeye mu gihugu nk'Ikibuga cy'Indege n'imihanda imwe n'imwe yinjira mu Mujyi wa Bangui iturutse muri Cameroon na Sudani.

    Uretse abasirikare, u Rwanda rufite n'abapolisi muri iki gihugu bari mu butumwa bwa Loni, bafite inshingano zikomeye zirimo no kurinda Minisitiri w'Intebe wa Centrafrique.

    Ku wa 9 Gurasi 2025, Abapolisi b'u Rwanda 160 bagize itsinda RWAFPU2-10 berekeje mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) basimbuyeyo bagenzi babo bari bageze mu Rwanda ku wa 8 Gicurasi.

    U Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo n'Abapolisi mu butumwa bw'amahoro muri Repubulika ya Centrafrique mu 2014.

    Perezida Kagame yakiriye Amb Valentine Rugwabiza baganira ku mutekano mu karere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yaganiriye-n-intumwa-yihariye-ya-loni-muri-centrafrique