Blog

  • Abafatanyabikorwa b'Akarere ka Kirehe batanze miliyari 6 Frw mu ngengo y'imari ya 2024/2025 – #rwanda #RwOT

    Yabashimiye ku wa 20 Gicurasi 2025, ubwo hatangizwaga imurikabikorwa ry'iminsi itatu ryitabiriwe n'abafatanyabikorwa b'Akarere ka Kirehe, ryitabiriwe n'abagera kuri 42 bamuritse ibyo bakora banaganira n'abaturage.

    Muri iri murikabikorwa harimo imiryango itari iya Leta n'amakoperative byamuritse bimwe mu bikorwa bafashamo abaturage birimo kwihangira imirimo, ubugeni, kudoda inkweto, imyenda n'ibikapu n'ibindi byinshi.

    Guverineri Rubingisa yasabye abafatanyabikorwa b'Akarere ka Kirehe, abasaba guhuza ibyo bakora n'umuturage ku buryo bimusigira ubumenyi kandi bikanamuhindurira ubuzima mu buryo bw'iterambere.

    Yagize ati 'Ndabasaba gukomeza ibi bikorwa kugira ngo byihute kandi bigire n'icyo bisigira umuturage haba mu bumenyi, mu buryo bw'amikoro ariko no mu buryo bwo guhindura ubuzima bwe ave ku rwego rumwe agere ku rundi.''

    Guverineri Rubingisa yabasabye gufasha urubyiruko mu guhanga imirimo no kuruha akazi ku buryo biteza imbere, asaba n'abaturage kubungabunga ibikorwaremezo biba byubatswe n'abafatanyabikorwa birimo amazi, amashanyarazi n'ibindi bagenda bahabwa.

    Uwizeyimana Esther uri mu rubyiruko rufashwa n'Umuryango wita ku bidukikije n'Amajyambere y'Icyaro, REDO, yavuze ko bari gukora briquette zicanwa n'abaturage benshi mu kubungabunga ibidukikije.

    Ati ''Iyo wakoresheje briquette uba ugize uruhare mu kubungabunga amashyamba kuko ya makara menshi wari gukoresha ntabwo uba uyakoresheje. Ni ibintu biduha amafaranga kandi bikanadufasha mu kubungabunga ibidukikije.''

    Ndayambaje Emmanuel uhagarariye abahinga urutoki mu Murenge wa Mushikiri we yavuze ko biyemeje gushyira hamwe bagakora ubuhinzi bw'urutoki mu buryo buvuguruye.

    Yavuze ko kuri ubu bagurisha toni zirenga 200 z'ibitoki buri kwezi bikabafasha mu kwiteza imbere.

    Ati ''Twavuye ku gitoki cy'ibilo 15 ubu tugeze ku bitoki by'ibilo 100. Bidufasha mu kwishyurira abana amashuri no kwiteza imbere tubikesha ibitoki.''

    Miliyari 6 Frw zatanzwe mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/2025 n'abafatanyabikorwa ba Kirehe zakoreshejwe mu mibereho myiza y'abaturage, mu bukungu no mu miyoborere myiza.

    Guverineri Rubingisa yashimiye uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kirehe

    I Kirehe hamuritswe bimwe mu bikorwa abo mu bigo bitandukanye bafatanyamo n’abaturage

    Abaturage ba Mushikiri bageze ku buhinzi bw’ibitoki aho kimwe kiba gipima ibilo 100

    Uwizeyimana Esther ari mu bakora briquette hagamijwe kurengera ibidukikije


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abafatanyabikorwa-b-akarere-ka-kirehe-batanze-miliyari-6-frw-mu-ngengo-y-imari

  • Loni izatanga miliyari 1,04$ yo gushyigikira iterambere ry'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yatangajwe ku wa 20 Gicurasi 2025, ubwo Guverinoma y'u Rwanda na Loni byashyiraga umukono kuri gahunda y'imikoranire y'Umuryango w'Abibumbye, igamije iterambere rirambye (UNSDCF).

    Iyi gahunda y'imyaka itanu (2025-2029) ku ruhande rw'u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa, mu gihe Loni yari ihagarariwe n'umuhuzabikorwa w'amashami yayo mu Rwanda, Ozonnia Ojielo.

    Byitezwe ko iyi gahunda izafasha u Rwanda na Loni gukomeza gukorana ibikorwa bigamije kugera ku ntego z'iterambere rirambye.

    Minisitiri Yusuf Murangwa yavuze ko 'iyi gahunda nshya ni ikimenyetso cy'ubufatanye bukomeye bwacu n'Umuryango w'Abibumbye ndetse n'icyerekezo cy'u Rwanda cy'ahazaza harangwa n'uburumbuke, kudaheza kandi harambye. Igaragaza kandi intego n'indangagaciro duhuriyeho, n'intego yacu yo kutagira uwo dusiga inyuma.'

    Byitezwe ko muri iyi myaka itanu, Loni izatanga miliyari 1,04$ azakoreshwa muri gahunda zirimo guteza imbere ubukungu butagira uwo buheza, kuzamura ubumenyi bw'abantu, kwimakaza imiyoborere izana impinduka, uburinganire bw'abagabo n'abagore, kurwanya imihindagurikire y'ibihe no guhanga ibishya.

    Aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda impande zombi zihuriyeho, gutera inkunga imishinga irimo guhanga ibishya ndetse n'ibikorwa bya sosiyete sivile n'abikorera.

    Umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo yavuze ko 'mu gihe Umuryango w'Abibumbye wujuje imyaka 80, iyi gahunda ishimangira umuhate duhuriyeho wo gukorera hamwe no gushyigikira urugendo rw'u Rwanda rw'impinduka.'

    Mu gukora iyi gahunda y'imyaka itanu habayeho ibiganiro bitandukanye byahuje ibigo n'inzego za leta birenga 50, ibigo bya Loni n'abafatanyabikorwa batandukanye mu iterambere.

    Byitezwe ko izatanga umusanzu mu guhangana n'ibibazo byugarije Isi birimo imihindagurikire y'ibihe, ibibazo by'umutekano mu karere n'ibijyanye n'amikoro.

    Iki cyiciro cya UNSDCF kigiye gutangira nyuma ya gahunda nk'iyi yari yatangiye mu 2018 irangira mu 2024.

    Ibizakorwa kandi biri mu murongo w'icyiciro cya kabiri cya gahunda y'igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya mbere (NST 2), n'icyerekezo 2050.

    NST2 yubakiye ku byagezweho kandi yitezweho kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'icyerekezo 2050; hagamijwe iterambere rirambye, ubukungu, n'imibereho myiza ku Banyarwanda bose.

    Iyi gahunda igamije kuzana impiduka z'igihe kirekire mu buzima bw'Abanyarwanda hashyizwe imbere amajyambere arambye no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe, guteza imbere inganda z'ibikorerwa mu gihugu mu rwego rwo kugabanya icyuho kigaragara hagati y'ibyoherezwa n'ibitumizwa mu mahanga.

    Igamije kandi guhanga imirimo mishya ibyara inyungu, kuzamura ireme ry'uburezi, kuzamura imirire n'imikurire myiza y 'abana bato hagamijwe kugabanya igwingira, kunoza imitangire ya serivisi bikajyana no kongera uruhare rw'abaturage mu bibakorerwa.

    Kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ry'iyi gahunda rizagere ku ntego, hazashingirwa ku miyoborere n'inzego zikora neza, amakuru n'ikoranabuhanga, guhanga udushya, kongera ubushobozi n'ubumenyi.

    Mu cyerekezo 2050 u Rwanda rugamije kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringaniye muri 2035 n'ubukungu buteye imbere mu 2050 binyuze mu iterambere ry'ubukungu burambye no kugeza abaturage bose ku buzima bwiza.

    Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa n'Umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, bashyize umukono ku masezerano

    Bidasubirwaho Loni yiyemeje gutanga miliyari 1,04$ yo gushyigikira iterambere ry'u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bidasubirwaho-loni-yiyemeje-gutanga-miliyari-1-04-yo-gushyigikira-iterambere-ry

  • Umukinnyi wa filime ya 'Madden' Yeguye azize ijambo ry'ivange n'ubwambure bugaragara, amazon irabihakana #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime ya 'Madden' yeguye kubera ijambo ry'ivangura (N-word) n'ubwambure, Amazon ikabihakana ivuga ko ari ibinyoma

    Umukinnyi umwe wungirije muri filime iri gukorwa yitwa 'Madden', yeguye ku wa Gatanu nyuma y'ibyumweru bibiri gusa batangiye gufata amashusho. Impamvu bivugwa ko yeguye ngo ni uko mu mashusho harimo ijambo ry'ivangura ku mubiri w'umwirabura (N-word) ndetse n'ubwambure bwuzuye. Gusa amakuru aturuka ku bantu b'imbere muri Amazon Studios avuga ko ayo makuru atari ukuri, ko ahubwo ibintu biri gukabirizwa.

    Nk'uko byatangajwe na TMZ, baganiriye n'abantu batanu bari mu itsinda ry'abakinnyi n'abafata amashusho kuri iyo filime izagaragaramo Nicolas Cage ukina nka John Madden, na Christian Bale ukina nka nyakwigendera Al Davis, wari nyiri ikipe ya Raiders. Abo bose bagaragaje impungenge zikomeye ku mikorere y'umuyobozi wa filime, David O. Russell.

    Abo bantu babwiye TMZ ko ku wa Gatanu, David O. Russell yakoranaga n'uwo mukinnyi batatangaje izina, amutoza uko yavuga agace k'imvugo kavuga ku giti cye (monologue) katari kari mu nyandiko (impromptu). Bivugwa ko muri urwo ruganiriro ari bwo Russell yakoresheje ijambo ry'ivangura rikoreshwa kuri ba nyamwema (N-word), bigatuma uwo mukinnyi ndetse n'abandi bamugaye, bahita bava aho bafatiraga amashusho mbere y'ifunguro rya saa sita, ibintu byanatumye ibikorwa bihita bihagarara uwo munsi.

    Ariko ku ruhande rwa studio, abantu bayihagarariye babwiye TMZ ko ahubwo ari wa mukinnyi wagize igitekerezo cyo gushyira iryo jambo mu gace yakinaga nyuma yo kugirana ikiganiro cyihariye n'umuyobozi. Icyakora bavuga ko ubwo bafataga amashusho nyirizina, iryo jambo ritigeze rikoreshwa. Banahakana rwose ko David O. Russell atigeze arivuga mu gihe cyo gufata amashusho.

    Ibyo si byo gusa byatumye habaho kutumvikana. Umunsi umwe mbere y'icyo gikorwa, uwo mukinnyi bivugwa ko yari yanze kugaragara yambaye ubusa mu gace kabereye muri locker room (aho abakinnyi bambikira), ibintu bivugwa ko byarakaje David ku buryo yitwaye nabi.

    Ariko andi makuru avuga ko hari umukozi ushinzwe kwita ku bwisanzure bw'abakinnyi mu gihe cy'amashusho agaragaza imibonano cyangwa ubwambure (intimacy coordinator) wari wagerageje gushaka uko uwo mukinnyi yahumure, amutekerereza uko bashobora guhindura uko bagaragara kuri kamera (blocking). N'ubwo ibyo byari byageragejwe, wa mukinnyi yagumye adatuje, maze David amubwira mu buryo butuje ko adasabwa kwigaragaza muri ayo mashusho. Studio yongeraho ko byose byari bizwi kare, ko nta kintu cyo gutungura cyabayeho kuri uwo mukinnyi.

    Ayo makuru akomeza avuga ko n'ubwo uwo mukinnyi yavuye ku kazi, atahagaritswe burundu, kuko bagikomeje kuganira uko yakwisubiraho agasubira muri filime.

    Umwe mu bari ku mushinga wa 'Madden' yabwiye TMZ ko ibihe bari gucamo bimeze nk'akavuyo, bitewe n'izo mpaka n'ibindi bibazo biri kuvugwa. By'umwihariko, ngo uburyo Nicolas Cage na Christian Bale bakinira bisa n'aho biri gutera ihungabana mu bandi bakinnyi. Abo bagabo bombi bazwiho gukoresha uburyo bwa Method Acting, aho umukinnyi aba yibereye mu mwanya w'uwo akina ku buryo bukomeye, ndetse ntibabuvamo n'igihe kamera yaje guhagarara.

    Studio irakomeza ihamya ko Nicolas na Christian, bombi begukanye ibihembo bya Oscar, bakomeje kwitanga ku nshingano zabo kandi bemerewe gukora ibintu mu buryo butanditse (improvisation). Ariko na none, nta kintu na kimwe kigayitse bavuga ko cyigeze kiba hagati yabo igihe bari hanze y'akazi cyangwa hagati y'amafata-mashusho.

    Icyitonderwa ku bijyanye n'iyi filime ya 'Madden'

    Iyi filime biteganyijwe ko izaba ivuga ku buzima bwa John Madden, icyamamare muri NFL, wahoze ari umutoza ndetse n'umusesenguzi wa siporo, ndetse nyuma akagira uruhare mu mikino ya video izwi nka Madden NFL.

    David O. Russell, uyiyoboye, azwiho gukora amafilime afite ibisobanuro byimbitse nka American Hustle, Silver Linings Playbook n'izindi. Gusa na none amaze igihe yegerwa n'ibibazo by'imyitwarire ku mashusho, cyane cyane uburyo avugwaho kutubaha abakinnyi no kuba ashobora kugira imyitwarire idahwitse.

    Nubwo uyu mukinnyi wungirije atatangajwe amazina yeguye, ibivugwa biri kugaragaza ko habayeho kwivuguruza hagati y'uruhande rwa studio n'abagize uruhare mu bikorwa bya buri munsi ku ifatwa ry'amashusho.

    Ku ruhande rwa Amazon Studios, baraharanira ko filime ikomeza gukorwa neza kandi bakomeje gushyira imbere ibiganiro kugira ngo ibibazo bikemuke hatagize usigara inyuma cyangwa uhutazwa.

    Ni kenshi amafilime manini nk'aya ajya ahura n'ibibazo hagati y'abayobozi, abakinnyi n'abagize itsinda rya tekinike. Ibyabaye kuri Madden byerekana ukuntu ubusumbane, uburenganzira bw'umukinnyi n'uburyo abayobozi bitwara bishobora guhungabanya imigendekere myiza y'umushinga.

    Abakunzi b'iyi filime baracyari mu gihirahiro, bategereje kureba niba uwo mukinnyi azagaruka cyangwa niba ibi bizagira ingaruka ku isohoka rya filime. Kugeza ubu, Amazon Studios iravuga ko bakomeje gukorana n'abantu bose kugira ngo hishyirwe imbere umutekano n'icyizere mu mikorere yabo.

    Filime irimo gukorwa izagaragaramo Nicolas Cage na Christian Bale yahuye n'ihungabana nyuma y'uko umukinnyi wungirije ashinje umuyobozi gukoresha ijambo risesereza n'amashusho y'ubwambure, ariko Amazon Studios ivuga ko ibyo ari ibinyoma.

    Source : https://kasukumedia.com/umukinnyi-wa-filime-ya-madden-yeguye-azize-ijambo-ryivange-nubwambure-bugaragara-amazon-irabihakana/

  • IHS yagenzuraga iminara y'itumanaho mu Rwanda, yagurishije ibikorwa byayo kuri miliyoni 274,5$ – #rwanda #RwOT

    Iminara yagurishijwe ni 1456 yari mu maboko ya IHS Holding ndetse byitezwe ko iryo gura n'igurisha rizaba ryemejwe n'inzego zibishinzwe mu minsi mike.

    Umuyobozi wa IHS Towers, Sam Darwish, yatangaje ko iryo gurisha ryatekerejweho neza bijyanye na gahunda yo guhesha agaciro ishoramari ry'abanyamigabane b'iki kigo.

    IHS yatangiye ibikorwa byayo mu Rwanda mu 2013 binyuze muri IHS Rwanda. Icyo gihe yaguze umutungo wa MTN Rwandacell Ltd, inagura imigabane yose ya Rwanda Towers Ltd yahoze ari ishami rya Airtel Rwanda Ltd.

    IHF Rwanda yagurishije ibikorwa byayo byose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ihs-yagenzuraga-iminara-y-itumanaho-mu-rwanda-yagurishije-ibikorwa-byayo-kuri

  • Ingaragu n'abahawe gatanya mu Rwanda basabiwe kwemererwa gutwitirwa – #rwanda #RwOT

    Ni igitekerezo gishingiye ku mushinga w'itegeko rigenga serivisi z'ubuvuzi uzemerera abantu kuba batwitirwa.

    Ibyo ni bimwe mu byagarutsweho mu biganiro byateguwe n'Umuryango 'Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural', byibanze ku bikubuye mu mushinga w'itegeko rigena serivisi z'ubuvuzi wunguranweho ibitekerezo.

    Ni ibiganiro byarimo imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta ikorera mu Rwanda, byabereye i Kigali kuri uyu wa 20 Gicurasi 2025.

    Umuhuzabikorwa wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural, Uwimana Xavérine yavuze ko babona muri uwo mushinga w'itegeko harimo ibyuho bitandukanye bifuza ko baganiraho n'indi miryango itegamiye Leta.

    Ati 'Twashakaga ko haboneka ibitekerezo byinshi kuri iri tegeko kugira ngo tubishyikirize Inteko Ishinga Amateko nk'uko dusanzwe dukora ubundi buvugizi.'

    Umushinga w'itegeko rigenga serivisi z'ubuvuzi uherutse kumurikirwa abagize Inteko Ishinga Amategeko uhuriza hamwe amategeko atatu asanzweho arimo irigenga umwuga w'ubuvuzi, irigenga ubwishingizi ku mwuga w'ubuvuzi n'irigenga ubuzima bw'imyororokere y'abantu.

    Umujyanama mu by'amategeko wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural, Me Mukantabana Rose, yavuze ko mu bitekerezo byatanzwe harimo ibyo bazashyikiriza Inteko Ishinga Amategeko, kugira ngo bisuzumwe bibe byakongerwa muri uwo mushinga w'itegeko ritarasohoka.

    Yavuze ko ibitekerezo bakiriye bigaragaza ko hari bimwe mu bigize uwo mushinga w'itegeko bikwiye kunozwa kurushaho ibindi bikongerwamo.

    Ati 'Ingingo yo gutwitira undi yazasobanuka neza hakamenyekana uburenganzira n'inshingano z'usaba iyo serivisi yo gutwitirwa ndetse n'iby'uyitanga kurusha uko biri mu mushinga ubu ngubu. Umushinga w'itegeko uteganya ko bizajya bikorwa ku masezerano y'abahana iyo serivisi ariko byaba byiza hagiyeho imirongo migari isobanura ibizaba biyakubiyemo.'

    Ikindi gitekerezo Me Mukantabana yavuze kigomba kunozwa muri uwo mushinga ni ingingo ijyanye n'abemerewe serivisi yo gutwitirwa.

    Ati 'Umushinga w'itegeko uvuga ko byemewe hagati y'abashyingiranywe ariko ibitekerezo byatanzwe bigaragaza ko itegeko ritafunga ngo ribyemerere abo gusa kandi hari n'abandi bashaka kubyara hakoreshejwe ikoranabuhanga. Hatanzwe ingero z'abakobwa batabonye abagabo cyangwa abatabashaka n'abasore badafite abagore.'

    Yakomeje ati 'Na bo badafite abo bashyingiranywe itegeko ntiryababuza ayo mahirwe yo kubona abana binyuze mu ikoranabuhanga kuko badafite abo bashakanye kandi bafite ubushobozi bwo kwishyura ikiguzi gisabwa.'

    Me Mukantabana kandi yavuze ko muri uwo mushinga w'itegeko hari ingingo ivuga ko abaganga bazajya bakora amakosa ku barwayi bazajya bahanwa n'ingaga bakoreramo ariko rikaba ridateganya ko uwagizweho ingaruka yemerewe kuregera indishyi nk'uko byari bisanzweho.

    Ati 'Nta kigaragaza ko abo barwayi bashobora kuregera urukiko basaba indishyi cyangwa se ngo izo ngaga zizitangire ba baganga. Amakosa arahanwa ku batanze serivisi mbi ariko uwagizweho ingaruka n'izo serivisi nta ho itegeko ryamugaruyemo.'

    Umushinga w'itegeko rigenga serivisi z'ubuzima ukomeje kuganirwaho n'inzego zinyuranye binyuze muri Komisiyo ishinzwe imibereho myiza y'abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko, aho ikomeje kwakira ibitekerezo ngo rizatorwe ribereye Abaturarwanda bose.

    Bunguranye ibitekerezo ku mushinga w’itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi

    Umujyanama mu by'amategeko wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural, Me Mukantabana Rose, yavuze ko mu bitekerezo byatanzwe harimo ibyo bazashyikiriza Inteko Ishinga Amateko kugira ngo bisuzumwe

    Imiryango itegamiye kuri Leta isanga abatarashyingiranywe na bo bakwiye kwemererwa gutwitirwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ingaragu-n-abahawe-gatanya-mu-rwanda-basabiwe-kwemererwa-gutwitirwa

  • Miliyari 5,9 Frw zigiye gutangwa nk'ingurane ku baturage bafite imitungo mu cyanya cy'inganda cya Muhanga – #rwanda #RwOT

    Ubwo yari imbere y'Inteko Ishinga Amategeko umutwe w'Abadepite, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda Sebahizi Prudence yasobanuye ko mu bikorwa bigari biteganyijwe mu mwaka utaha w'ingengo y'imari, harimo no gutunganya icyanya cy'inganda cya Muhanga ndetse n'icya Musanze.

    Yerekanye ko mu gutunganya icyanya cy'inganda cya Muhanga hakenewe arenga miliyari 16 Frw nubwo muri uwo mwaka w'ingengo y'imari hagenwe miliyari 3,2 Frw cyane ko ari umushinga wambukiranya imyaka.

    Muri ayo mafaranga, Minisitiri Sebahizi yagaragaje ko agenewe ibikorwa byo gutanga ingurane ku bafite imitungo mu cyanya cyahariwe inganda cya Muhanga arenga miliyari 5,9 Frw.

    Yavuze ko mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2025/2026 gutanga ingurane ku baturage byagenewe arenga miliyari 2,2 Frw mu gihe kubaka umuhanda wo muri icyo cyanya n'ibindi bikorwaremezo, byagenewe miliyari 1 Frw, ariko ibyo ibikorwa byo kubaka uyu muhanda bikazatwara arenga miliyari 10,5 Frw muri rusange.

    Minisitiri Sebahizi yavuze ko hari gahunda yo gushyigikira iterambere ry'inganda mu Rwanda mu rwego rwo kongera umusaruro w'ibikomoka ku nganda mu gihugu.

    Mu 2025/2026 biteganyijwe kandi ko icyanya cy'inganda cya Musanze na cyo kizakomeza gutunganywa aho ibikorwaremezo birimo n'imihanda bizatwara 7.800.000.000 Frw nubwo muri uwo mwaka w'imari hazakoreshwa miliyari 2 Frw.

    Ni ibikorwa kandi biteganyijwe ko bizarangira mu 2029.

    MINICOM igaragaza ko hari abantu bagituye ahagenewe gushyirwa icyanya cy'inganda cya Muhanga. Kuri ubu hamaze kwimurwa ingo 157 zari zituye ku buso bwa hegitari 19,4 mu gihe abandi bari bagituye ahazagurirwa ibikorwa na bo bagomba kwimurwa bitarenze umwaka wa 2025/2026.

    Kuva mu 2022 kugeza mu 2024, abamaze kwimurwa mu cyanya cy'inganda cya Muhanga bamaze kwishyurwa arenga miliyari 2,7 Frw.

    Icyanya cy'inganda i Muhanga, ukuyeho icya Kigali, mu minsi iri imbere kizaba ari kimwe mu bibarizwamo inganda zikomeye. Ubu harimo uruganda rukora Sima rw'Abashinwa rwitwa Cheetah Cement rw'Ikigo Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd, harimo n'izindi zirimo urukora amasafuriya, urukora amakaro ndetse n'urukora ibikoresho by'isuku.

    Miliyari 5,9 Frw zigiye gutangwa nk'ingurane ku baturage bafite imitungo mu cyanya cy'inganda cya Muhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/miliyari-5-9-frw-zigiye-gutangwa-nk-ingurane-ku-baturage-bafite-imitungo-mu

  • Nyanza: Bababazwa no gutanga amafaranga yo kurinda 'transformateur' itabacanira – #rwanda #RwOT

    Akagari ka Ngwa ni kamwe mu tugize Umurenge wa Mukingo, ubarizwamo ibikorwaremezo birimo Ikigo cy'Abafite Ubumuga cya Gatagara, Igororero rya Mpanga ndetse ukananyuramo umuhanda munini wa kaburimbo wa Kigali-Huye.

    Nubwo bimeze bityo, bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Mwanabiri, mu Kagari ka Ngwa, bakomeje kubaho mu mwijima wo kutagira amashanyarazi mu gihe nyamara abaturanyi babo bayafite.

    Uwineza Emeritha yabwiye IGIHE uko yimutse aho yari acumbitse akaza ku ivuko rye i Mwanabiri, atangiye kubona ahahegereye hageze amapoto bikamuha icyizere ko n'iwabo azahagera vuba, ariko imyaka ikaba ibaye itandatu atabagereho.

    Yavuze ko we na bagenzi be babarizwa mu ngo 65 basangiye iki kibazo cyo kutagira amashanyarazi nyamara bishyura umutekano urinda aho akomoka.

    Ati 'Biratubabaza kubona tuzengurutswe n'insinga z'amashanyarazi ariko tudacana. Abana bacu ntibasubiramo amasomo kubera umwijima, natwe biratudindiza mu iterambere, kuko nta watekereza akandi gashinga gasaba umuriro.''

    Uyu mubyeyi usanzwe ari n'umujyanama w'ubuhinzi, avuga uko yari yarahawe telefoni igezweho, ngo ajye yinjizamo umusaruro w'abahinzi, ibyo yakabaye akorera mu rugo, ariko akajya hirya no hino ashaka umuriro, bikamutwara umwanya utari ngombwa.

    Umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yabwiye IGIHE ko ibice bitarimo amashanyarazi byose akarere kabifite muri gahunda kandi ko hari imishinga izakomeza gukwirakwiza umuriro ku batuye i Nyanza bose, ndetse intego ari ukugera ku 100%.

    Ati 'Turacyafite imishinga yo kubanza kugeza ibikorwaremezo by'amashanyarazi mu bice byose aho ataragera na make, nyuma tukazajya dusubira inyuma ducanira abantu bose ku buryo tuzagera ku 100% birenze 2029.'

    Intego ni uko umwaka wa 2025 uzarangira abaturage 72% b'Akarere ka Nyanza bafite umuriro w'amashanyarazi.

    Bababazwa no kuba bishyura uburinzi bwa ‘transformateur’ kandi itabacanira

    Ishuri Ribanza rya Mwanabiri rituranye n’aba baturage ryo rifite umuriro

    Bamwe batangiye kwishakamo ubundi buryo bwo kubona umuriro ukomoka ku mirasire y’Izuba, bakabifatanya no kwishyura uburinzi bwa 'transformateur' itabacanira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-bababazwa-no-gutanga-amafaranga-yo-kurinda-transformateur-itabacanira

  • Minisitiri Murasira yasabye Abanyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR kwitandukanya n'ivanguramoko – #rwanda #RwOT

    Yabivugiye mu Nkambi y'agateganyo ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi ku wa 20 Gicurasi 2025, ubwo yaganiraga n'Abanyarwanda barenga 800 batahutse, bagahita bajyanwa muri iyi nkambi.

    Ni ibiganiro byitabiriwe n'abayobozi barimo Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco n'umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, Emmanuel Hatari.

    Minisitiri Murasira yabwiye Abanyarwanda batashye ko u Rwanda rwahindutse mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, umutekano n'imibereho y'abaturage.

    Ati “Ubu nta ndangamuntu iriho amoko ikibaho, nta nubwo umuyobozi aba akeneye kumenya ubwoko bwawe, abantu bose bafite amahirwe angana”.

    Rtd Murasira yibukije aba Banyarwanda ko bimwe bya kera aho umwana w'Umututsi yatsindaga Leta ikamwima ishuri rigahabwa umwana wa Burugumesitiri bitakibaho.

    Ati “Murumva iyo myumvire ukuntu yari imeze. Ibyo byararangiye muzabona umwanya bazabibigisha muri iyi minsi”.

    Yabasabye ko ubwo bazaba bavuye muri iyi nkambi bazakura amaboko mu mifuka bagakora bakiteza imbere kuko u Rwanda rutekanye atari nk'aho bari bari muri Congo aho bakoraga inyeshyamba zikabasahura.

    Ati “Aba bayobozi bose baje kubereka ko mwaje mwisanga”.

    Uwizeyimana Vestine w'imyaka 30 uri mu batashye, yavuze ko yishimiye uko yakiriwe.

    Ati “Twashimye ukuntu batwakiriye neza. Batugaburiye, twaraye neza, nta masasu twumvise. Ikibazo mfite ni uko nta nzu yo kubamo mfite ariko nkurikije uko batwakiriye neza mfite icyizere ko Leta izamfasha nkabona inzu mbanamo n'abana banjye”.

    Biteganyijwe ko muri iyi nkambi bazahamara ibyumweru bibiri, nyuma bakoherezwa mu turere bavukamo.

    Nibava muri iyi nkambi bazahabwa ibibatunga by'amezi atatu, ibikoresho by'isuku n'amafaranga yo gutangira ubuzima.

    Hatashye Abanyarwanda 802 biganjemo abana n’abagore

    Aba Banyarwanda bishimiye uko bakiriwe mu gihugu cyabo

    Minisitiri Murasira yasabye Abanyarwanda batashye kwirinda ivangura ry’amoko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-murasira-yasabye-abanyarwanda-bari-barafashwe-bugwate-na-fdlr

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete #rwanda #RwOT

    Mu gihe u Burundi bwinjiye mu bihe by'amatora y'abadepite biteganyijwe tariki 5 Kamena 2025, abiyamamariza mu ishyaka CNDD-FDD batangiye kwirirwa batangaza imigambi n'amasezerano, amenshi muri yo asa n'aho ari inzozi zidashoboka.

    Igitangaje ni uko ibi bikorwa bikomeje n'ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yari aherutse kuburira abiyamamaza kwirinda gutanga amasezerano atagerwaho. Ariko se, ni nde wa mbere uca kuri iyo nama? Ni we ubwe Ndayishimiye, Perezida w'igihugu!

    Perezida Ndayishimiye si ubwa mbere avuze amagambo meza ariko adatuma habaho impinduka zifatika. Twibuke ko yatangiye manda ye avuga amagambo akomeye nka: 'Kurwanya ruswa ni inshingano yanjye. Nzayihashya nta gutinza.'

    'Ndashaka ko Umurundi wese abona icyo kurya kandi agira amafaranga mu mufuka.'

    'Nzahindura u Burundi igihugu kiri mu nzira y'amajyambere mu 2040 kandi gikize mu 2060.'

    Ayo magambo yose asa neza ku rupapuro, ariko imyaka ishize yerekanye ko ari inzozi zidasubira mu kuri. Kuri iyi nshuro, mu rwego rwo gushyigikira abakandida be babuze icyo bereka abaturage, Ndayishimiye yazanye andi magambo mashya yuzuyemo amasezerano y'ikirenga:

    'One Million Project': Ngo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri Murundi azaba afite miliyoni imwe y'amafaranga y'amarundi. Ngo uzaba atarayibona, bazamushaka bamutekerezeho icyamubayeho!

    Ngo vuba aha bazatangira kubaka umuhanda wa gari ya moshi uhuza u Burundi na Tanzaniya, n'ubwo amafaranga gusa afatika ari ay'igenamigambi ry'iyo mishinga.

    Ngo i Bujumbura, abaturage bazajya batembera muri tramway. Ese amahanga ni yo azabiyishyurira?

    Ibyo byose biri kuvugwa mu gihe n'abandi bakandida b'iri shyaka, cyane cyane abari mu Nteko Ishinga Amategeko kuva 2020 kugeza 2025, batangiye kwivuga imyato no gusezeranya ibidafite ishingiro: 'Mu myaka itanu, ubukene n'inzara bizacika mu Burundi.'

    'Buri muryango uzahabwa imbuto n'ifumbire ku buntu.'

    'Ifaranga ry'amarundi rizahabwa agaciro, ku buryo 1$ uzaba uhagije 1000 FBU.'

    'Abaturage 60% bazaba bafite amazi meza n'amashanyarazi.'

    Ariko se, ayo magambo yombi atandukanye ate n'ibihe u Burundi burimo ubu?

    Imyaka itanu yateje imbere cyangwa yacuritse igihugu?

    Mu myaka itanu ishize, ibintu byarushijeho kugenda nabi:

    U Burundi ni igihugu gikennye kurusha ibindi byose ku isi, ndetse kirimo inzara kurusha ahandi hose.

    Kiri mu bihugu 10 bya mbere ku isi bifite ruswa nyinshi.

    Ifaranga ry'u Burundi ryataye agaciro, inflasiyo iri hejuru ya 40%.

    Abaturage barenga 85% ntibagira amashanyarazi, n'abafite internet ni 11% gusa.

    Ibigo by'ubucuruzi bya Leta byose birimo ibihombo n'imyenda.

    Nta bashoramari bashya bemera kuhagana.

    Igihugu gihora gifite ibura rya lisansi, isukari, n'ibindi bicuruzwa by'ibanze.

    Imyenda ya Leta igeze kuri 70% by'umusaruro mbumbe w'igihugu (PIB).

    Imiyoborere irimo ubuyobozi bw'igitsina kimwe, irondakarere, n'irondamoko bikabije.

    Ibi byose byerekana ko gouvernance y'ubukungu, iy'abaturage, n'imibereho rusange y'abanyagihugu yageze ku rwego rwo guhembera ubukene aho kururwanya.

    Nk'uko bamwe mu basesenguzi babivuga: 'U Burundi si igihugu cyapfuye burundu, ariko ni igihugu cyambuwe umwuka.' Cyangwa bati: 'U Burundi burimo gupfa, kandi isi irabyihorera.'

    Mu by'ukuri, nta muturage ugifite icyizere cyo kumva amasezerano mashya atangwa n'abantu babaye mu butegetsi imyaka itanu ishize kandi ntacyo bagezeho. Hatabayeho impinduka nyakuri mu buyobozi, igihugu kizakomeza gusubira inyuma.

    Nk'uko bivugwa: 'Amasezerano y'amatora ni aya bantu bayemera.' Ariko abaturage baramenye, kandi si imbwa ngo babeshywe kabiri n'iyo nteruro. Igihe kirageze ngo Abanyarwanda n'Abanyafurika bose bamenye ko kubura ubuyobozi bufite icyerekezo, busukuye kandi budaheza, ari ryo shyano riri kurimbura u Burundi.

    Ndayishimiye na CNDD-FDD bagaragarije isi yose ko batari abategetsi, ahubwo ari abanyamatsiko y'imyanya n'imitungo, binyuze mu ruswa, irondamoko n'imvugo itagira ibikorwa.

    The post Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ibitangaza-byijejwe-na-perezida-ndayishimiye-bisize-ahubwo-u-burundi-mu-kangaratete/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ibitangaza-byijejwe-na-perezida-ndayishimiye-bisize-ahubwo-u-burundi-mu-kangaratete

  • Ababyaza barenga 450 bagiye gufashwa kwiga kaminuza – #rwanda #RwOT

    Ni umushinga w'imyaka ibiri watangijwe ku mugaragaro wa 20 Gicurasi 2025, ariko watangiye gushyirwa mu bikorwa muri Mutarama 2025 ukazarangira mu Ukuboza 2026 ushowemo miliyoni 1,1$.

    Uyu mushinga uzibanda ku kuzamura ireme ry'integanyanyigisho y'amasomo ahabwa ababyaza no kongera uburyo bwo gushyira mu bikorwa amasomo y'abaforomo no kubaha amahugurwa abongerera ubushobozi n'ubumenyi mu miyoborere y'uwo mwuga ku bufatanye n'Ihuriro ry'Ababyaza mu Rwanda.

    Umushinga AIM for Change kandi uzishyurira amasomo ya mu byiciro bitandukanye ababyaza barenga 450 kuva mu cyiciro cya 'diploma' kugeza kuri 'PhD' .

    Umuyobozi wa UNFPA mu Rwanda, Dr. Olugbemiga Adelakin yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ifatika yo kugabanya ababyeyi bapfa babyara bava ku 1.071 mu 2000 bagera kuri 203 mu 2020.

    Yavuze ko abatanga serivisi z'ubuvuzi mu Rwanda bakiri bake kuko ubu umuganga umwe yita mu barwayi 1000 kandi Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima riteganya abaganga bane ku bantu 1000.

    Dr. Olugbemiga yagragaraje ko ingamba nka 4×4 igamije gukuba kane ububare w'abaganga bahari ari ingenzi cyane ndetse ko bishimiye gufatanya n'u Rwanda mu kuyitera inkunga.

    Ati 'Twizeye ko AIM for Change ari intambwe y'ingenzi mu gushyigikira intego z'u Rwanda mu kwita ku buzima bw'umubyeyi n'umwana. Uyu mushinga ntugamije kuzamura umubare w'ababyaza gusa ahubwo uzanita cyane mu kubongerera ubushobozi.'

    Ambasaderi w'u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das yavuze ko uwo mushinga ugaragaza uburyo ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere bishobora gufatanya bikishakamo ibisubizo.

    Ati 'Uyu mushinga ni urugero rwiza rwo gushyira mu bikorwa ubufatanye hagati y'ibihugu biri mu nzira y'amajyambere. Ugaragaza uburyo u Buhinde bwita ku gusangiza ubumenyi, inanaribonye n'amikoro ku bihugu nka bwo biri mu nzira y'amajyambere. Ni uburyo bw'ubufatanye mu kwishakamo ibisubizo aho kubizanirwa ahubwo ibihugu byacu bigafatanya urugendo rwo kugera ku ntego bihuriyeho.'

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette yavuze ko u Rwanda rwishimira intambwe rwateye mu kwita ku buzima bw'umwana n'umubyeyi mu myaka 25 ishize ariko kandi ko ruzi urugendo rufite imbere.

    Ati 'Uyu munsi turishimira ko dufite ababyaza babarirwa mu 2.800 babifitiye ubumenyi mu gihugu harimo no mu bice by'icyaro. Uwo mubare wagize uruhare rukomeye cyane mu kugabanya impfu z'ababyeyi bapfa babyara ku kigero hafi cya 80% kuva mu 2000.'

    'Turabizi ariko ko dushobora kugabanya uwo mubare kurushaho binyuze mu kongera umubare w'baforomo dushora imari mu kubaha ubumenyi bufite ireme. Twizera ko uburezi harimo n'ubw'ababayaza ari umusingi w'iterambere ry'Igihugu.'

    Umuyobozi wa UNFPA mu Rwanda, Dr. Olugbemiga Adelakin yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ifatika yo kugabanya ababyeyi babpfa babyara

    Gutangiza umushinga AIM for Change byitabiriwe n’abo mu nzego zitandukanye

    Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonia Ojielo ari bitabiriye gutangiza AIM for Change

    Ambasaderi w'u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das yavuze ko uwo mushinga ugaragaza uburyo ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere bishobora gufatanya bikishakamo ibisubizo

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette yavuze ko u Rwanda rwishimira intambwe rwateye mu kwita ku buzima bw'umwana n'umubyeyi mu myaka 25 ishize

    Baganiriye ku iterambere ry’abakora mu nzego z’ubuzima mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyaza-barenga-450-bagiye-gufashwa-kwiga-kaminuza