Blog

  • PAM-Rwanda igiye kwizihiza ubwigenge bwa Afurika yifatanyije n'abagore 70 ba rwiyemezamirimo – #rwanda #RwOT

    Ni umunsi uzizihizwa ku wa 25 Mata 2025, bikazaba ku nshuro ya 62 umunsi wo kwigenga kwa Afurika wizihijwe. Mu Rwanda uyu munsi wahujwe n'Inama Mpuzamahanga y'Ihuriro ry'Abagore 70 ba rwiyemezamirimo muri Afurika.

    Umuyobozi Mukuru wa PAM-Rwanda, Protais Musoni, yavuze ko umunsi wo kwigenga kwa Afurika ari igihe cyiza cyo kumva ko Abanyafurika bisubije agaciro bari barambuye igihe bari abacakara b'Abazungu.

    Yagize ati ' Iki aba ari igihe cyiza cyo kwicara tukarebera hamwe ibibazo biriho bikibangamiye agaciro k'Umunyafurika tukamenya ngo ni ibihe, hanyuma tukareba icyo twakora ngo tubikemure bive mu nzira.'

    Musoni yavuze bahuje umunsi wo kwibohora kwa Afurika n'Inama y'Ihuriro ry'Abagore 70 b'Abanyafurika mu rwego rwo kwifatanya kuwizihiza kuko bose bahuje intego yo kubaka Afurika, ikomeye, itekanye kandi ikungahaye mu byiciro byose kandi ko by'umwihariko kuzamura umugore wa Afurika ari imwe mu ntego bihaye.

    Umuyobozi w'Ihuriro ry'Abagore 70 ba rwiyemezamirimo b'Abanyafurika, Solange BESA'ABEM Abanda, yavuze ko na bo intego bafite ari imwe n'iy'abandi banyafurika ari yo mpamvu bahisemo kwifatanya na PAM kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika.

    Abanda yavuze ko intego ari ukuzamura umubare w'ibigo bya barwiyemezamirimo b'Abagore muri Afurika ndetse ko bashaka ko hagati y'imyaka 10 na 20 iri imbere hari bimwe mu bigo by'Abikorera bo muri Afurika by'umwihariko iby'Abagore byazaba biri mu bigo 10 bya mbere biteye imbere ku Isi.

    Yagize ati ' Intego ni ukuzamura umubare wa barwiyemezamirimo b'Abagore muri Afurika ku buryo mu myaka 10 na 20 iri imbere hari Abagore bazaba bafite bimwe mu bigo biteye imbere ku Isi. gusa ibyo twabwo byagerwaho ntabufatanye hakenewe uruhare rwa buri munyafurika kuko haba umugabo cyangwa umugore biramureba.'

    Abanda yavuze ko Abagore bo muri Afurika bari gutera imbere ndetse bakanatinyuka gufungura ibigo byabo kuko imibare igaragaza ko Abagore bo muri Afurika bafungura ibigo by'ubucuruzi ku kigero cya 24% aho bari imbere y'abo muri Amerika kuko bo babifungura ku kigero cya 17%.

    PAM-Rwanda igiye kwihuza n’Ihuriro rya barwiyemezamirimo b’Abagore muri Afurika kwizihiza umunsi wo kwigenga ku mugabane wa Afurika.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pam-rwanda-igiye-kwizihiza-ubwigenge-bwa-afurika-yifatanyije-n-abagore-70-ba

  • Umutima umenetse wa 'Kimashini' wishe abarenga 300 muri Jenoside – #rwanda #RwOT

    Magingo aya, uyu mugabo aracyatuye muri aka gace kagizwe n'imisozi yahozeho Abatutsi, ariko ubu kakaba kariho amaterasi y'indinganire n'amashyamba, nk'uko Mukamatayo Anne Marie, Perezida w'Umuryango Ibuka mu Kagari ka Gasharu abihamya.

    Ati “Hariya hari hatuwe n'Abatutsi benshi, barabica, barahabamara, none hari amaterasi kubera ko nta muntu ukihatuye, bose ubu barazimye. Hahoze ingo nyinshi z'Abatutsi, umuryango w'uwitwaga Mukakimenyi n'abahungu be no kwa Ntoyihuku hariya hepfo n'abahungu be… hari abantu benshi, ariko nta n'umwe ugihari, barabatsembye barabamara.”

    Kimashini yavutse mu 1965. Inyandiko z'inkiko Gacaca zigaragaza ko yishe abantu barenga 300 bazwi.

    Ibi byagarutsweho na Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, ubwo yari mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Kibuye.

    Ati “Umwihariko mubi uharanga, Umurenge wa Murundi, Akagari ka Nyamushishi, ni ho hari umwicanyi dusanga ari we wishe abantu benshi mu Rwanda wenyine. Mu manza Gacaca twasesenguye, Habiyaremye Bernard yishe abantu barenga 300 bazwi amazina, na we ubwe hari abo yibuka, bari baramuhimbye izina rya Kimashini.”

    Uyu mugabo asobanura uko yatangiye kwica abari abaturanyi be, abo basangiraga n'abandi yari azi.

    Ati “Njyewe uko nabyisanzemo, abo twari duturanye bwa mbere, twarahuye, ati 'umukobwa wanjye bamwishe, none nanjye mbuze umuntu wanyica,' ni uko nabitangiye. Yitwa Tharcisse Nzabahimana yari atuye hano, naramwishe… narabikomeje kuko naravuze ngo nanjye birankurikirana.”

    Uyu mugabo yaje kuburana abantu abirega, nk'uko abivuga, arahanwa, aza kugeza ubwo arangiza igihano, arataha.

    Avuga ko abo yishe bari babanye neza, ati “Twari tubanye kuko duhuje n'imbibi, bari hafi yanjye. Hari n'abapfuye ariko atari njye wabishe, ariko nabo tugasangira, tugahekerana, tugahingirana, tukabana mbese.”

    Gusa uyu mugabo avuga ko atahezwaga kuko aho yajyaga yararyaga, akakirwa neza, ati “Ntacyo navuga ngo hari umwanzi nari mfite.”

    Ku bijyanye no kwicuza, agira ati “Nari umuntu utari we, meze nk'igishushungwa mbese, kuko ibyo nakoze, nta muntu wavuga ngo yabishyira mu mutima we ngo avuge ko ari mwiza.”

    Uyu mugabo ashimira gahunda zashyizweho zo kwigisha abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakabaha inyigisho zatumye bongera kwisanga mu muryango Nyarwanda.

    Anashimira ubumwe n'ubwiyunge, ati “Ubumwe n'ubwiyunge bwabaye bwiza, ni na bwiza, kandi iyo turebye hirya no hino, dusanga u Rwanda rwubatse neza.”

    Yavuze ko abagifite ingengabitekerezo igomba gucika bigizwemo uruhare na buri wese, ati “Igomba kuba iriho, ariko abayigira, dushobora guturuka ruhande twabamenya, tukabamagana, tukanayamaga ubwayo. Ingengabitekerezo ntize mu gihugu, ntize mu Rwanda.”

    Yavuze kandi ko abanye neza n'abo yahemukiye, ati “Turabanye, turahura tugasangira, tukaganira, ntawe uvuga ngo winyegera musanze ku ntebe, ati 'waranyiciye,' nanjye sinturuka hirya ngo mugirire ubwoba.”

    Uyu mugabo ashimira Umukuru w'Igihugu wagaruye ubumwe mu Banyarwanda, akanavuga ko agira uruhare mu kubaka u Rwanda yasenye.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yishe-abantu-300-muri-jenoside-ibya-kimashini-wishe-ufite-amateka-mabi-i

  • Muhanga: Minisitiri Sebahizi yijeje abanyenganda ibikorwaremezo no kubashakira isoko – #rwanda #RwOT

    Ibyo Minisitiri Sebahizi yabitangarije mu Karere ka Muhanga kuri uyu wa 21 Gicurasi 2025 ubwo yasuraga Icyanya cy'Inganda cy'ako karere.

    Ni icyanya cyubatsemo inganda eshanu harimo n'urugiye gutangira gukora amakaro.

    Abashoyemo imari bavuga babangamiwe n'ibikorwaremezo by'imihanda kuko itarimo kaburimbo, amashanyarazi acikagurika n'isoko rito kandi bafite ubushobozi bwo gukora ibicuruzwa byinshi.

    Basil Irénée washinze Basil Industries Ltd rutunganya impapuro z'isuku, cotex n'ibikarito yavuze ko ibikorwaremezo bibangamira imikorere yabo.

    Ati 'Dufite ikibazo cy'imihanda idakoze ndetse n'amashanyarazi ni makeya araza ariko akagenda acikagurika bigatera ikibazo ku mashini dukoresha. Ikindi ni isoko ritoya dufite kuko imashini zacu zifite ubushobozi buhagije harimo n'iza mbere muri Afurika y'Iburasirazuba.'

    Basil yavuze ku imashini afite y'ubushobozi bwo gukora cotex ziri hagati ya 400 na 600 mu munota ndetse zishobora no guhaza isoko ry'imbere mu gihugu ariko ko ijya imara amezi abiri idakora agicuruza izo yakoze mbere.

    Minisitiri Sebahizi yavuze ko ibikorwaremezo bikibura muri icyo cyanya bigiye kongerwamo.

    Ati 'Turabizi ko iki cyanya cyari kikibura ibikorwaremezo. Icya mbere twabanje kuhageza ni amazi n'amashanyarazi. Ubu umuriro urahagera ubwo igisigaye ni uko kugenda ucikagurika. Ikindi ni uko hagomba kujyamo imihanda bizatangira muri uyu mwaka w'ingengo y'imari uzatangira muri Nyakanya ku buryo aho iki cyanya kigera hose abashoramari babasha kuhagera.'

    Minisitiri Sebahizi kandi yijeje gushakira isoko bamwe mu banyenganda bagaragazaga ko bafite ubushobozi bwo gukora byinshi ntibabone isoko ryagutse harimo kubafasha kumenyekanisha ibyo bakora ku zindi nganda zabagurira.

    Ati 'Tubwira inganda zakuraga ibintu hanze ko tubifite mu Rwanda tukabarangira n'aho bashobora kubikura. Nibigaragara ko ubushobobozi uriya utunganya ibikoresho by'isuku n'ibikarito afite burenze isoko ryacu tuzamushakira isoko mu miryango mpuzamahanga u Rwanda rurimo.'

    Uruganda ruvangura amabuye y'agaciro n'andi mabuye na rwo rwagaragaje ko rubura aho rwagurira ibikorwa bitewe n'uko hari abaturage baturanye na rwo babariwe imitungo ariko batarishyurwa ngo bavemo.

    Ubuyobozi bw'urwo ruganda n'abandi bashaka kuhakorera bifuzaga ko bakwiyishyurira abaturage kugira ngo byihutishe ibikorwa byabo.

    Minisitiri Sebahizi yavuze ko abo bashoramari Leta itabangira ubwo bufatanye mu kwishyura abaturage kuko ari inyungu ku mpande zombi mu kwihutisha iterambere ry'icyo cyanya.

    Ati 'Abashoramari babishaka nibaze bafate ibibanza. Nibishyura abaturage basigaye amafaranga asigaye azajya mu bindi bikorwaremezo bakeneye.'

    Ibyanya by'inganda bizashyirwamo ibikorwaremezo mu 2025/26 harimo Muhanga, Bugesera na Rwamagana.

    Uruganda rukora amakaro ruri mu Cyanya cy’Inganda i Muhanga rigiye gutangira ibikorwa

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Sebahizi Prudence yasezeranyije abakorera mu Cyanya cy'Inganda cya Muhanga kubakorera ibikorwaremezo no kubafasha gushakira isoko

    Ibikarito bikorerwa muri uru ruganda bikoreshwa n’izindi nganda zo mu Rwanda

    Basil Irénée (uri iburyo) washinze Basil Industries Ltd rutunganya impapuro z'isuku, cotex n'ibikarito yavuze ko ibikorwaremezo bibangamira imikorere yabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-minisitiri-sebahizi-yijeje-abanyenganda-ibikorwaremezo-no-kubashakira

  • Nyabihu: Umugore wari utwite inda y'imvutsi yapfiriye mu rugo rw'uwiyita umunyamasengesho – #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote ho mu Mudugudu wa Shaba, mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gicurasi 2025.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko Mukandekezi wari utwite inda y'amezi icyenda yagiye mu masengesho tariki ya 19 Gicurasi 2025 mu masaha y'igitondo mu rugo rw'umukecuru witwa Nayino ujya usengera abantu, ari naho yaje gupfira.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bigogwe, Jean Claude Nsengimana, yahamirije IGIHE aya makuru.

    Ati 'Mu gitondo saa kumi n'ebyiri twahawe amakuru n'Umuyobozi w'Ikigo nderabuzima cya Bigogwe, ko hari umubyeyi wari utwite bazanye bamuhetse mu ngobyi yapfuye, umugabo we atubwira ko yari yaravuye mu rugo ku wa Mbere ajya kwifatanya n'umugore basengana muri ADEPR ararayo atungurwa n'uko bamubwiye ko umugore we yapfuye.'

    Akomeza avuga ko mu ijoro ry'ejo hashize saa cyenda z'ijoro yarembye akamuherekeza ngo bajye kwa muganga, nyuma yikubita hasi babona kwiyambaza abahetsi bamugeza kwa muganga bamushyize ku gipimo basanga yapfuye.

    Nsengimana yibukije abaturage ko Leta ishyiraho gahunda nyinshi zo kubafasha kugira ngo batazatakaza ubuzima mu buryo bw'amaherere, barwara bakagana amavuriro nk'uko bayashyiriweho kuva kuri Posite de sante kugeza ku mavuriro manini.

    Yanibukije abanyamadini ko badakwiriye gushukashuka abaturage ngo barabasengera, kuko abazabifatirwamo bose bazabihanirwa nk'abigometse ku mabwiriza ya Leta.

    Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw'Ikigo nderabuzima cya Bigogwe gukorerwa isuzuma mbere y'uko ushyingurwa.

    Ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu yahise afatwa ashyikirizwa Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, Sitasiyo ya Bigogwe.

    Mukandekezi Claudine yari asanzwe ari umugore wa Ukobucya Protais, babanaga mu buryo butemewe n'amategeko, aho bari bamaranye imyaka irenga 10, ndetse apfuye amusigiye abana bane.

    Mu rugo rwa Mukandekezi Claudine na Ukobucya Protais abantu bose byabacanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyabihu-umugore-wari-utwite-inda-y-imvutsi-yapfiriye-mu-rugo-rw-uwiyita

  • Rutsiro: Abana babiri barohamye mu Kivu umwe arapfa – #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Nyarubuye ho mu Mudugudu wa Bwinyanyana, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 21 Gicurasi 2025.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko aba bana ubwato babufashe babusanze ku nkombe z'ikiyaga, bakabujyamo bagiye gusarura amapera ku kirwa.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musasa, Bisengimana Janvier, yahamirije IGIHE aya makuru, avuga ko aba bana barohamye umwe agapfa undi agatabarwa.

    Ati 'Amakuru tuyamenye mu kanya kashize, aho abana babiri bafashe ubwato babuvanye ku nkombe z'Ikiyaga bararohama Itangishaka arapfa. Uwarokotse yavuze ko bageze hagati bakananirwa kugashya ubwato bujyamo amazi bararohama, umwe arohorwa n'abantu bari mu bwato bigenderaga.'

    Gitifu Bisengimana yibukije abaturage ko amazi y'ikiyaga adakinishwa bakumva ko kuyajyamo bisaba kwikwiza ukambara imyambaro yabugenewe, kuko kujyamo utabyujuje uba wishyiriye urupfu.

    Yaboneyeho gusaba ababyeyi kwibutsa abana babo ko ikiyaga atari icyo kwisukirwa, kuko nta muntu ukimenyera dore ko niyo uzi koga ki kwica.

    Ubwo twakoraga iyi nkuru umurambo wa nyakwigendera wari ukirimo gushakishwa na Polisi y'u Rwanda ishami ryo mu mazi.

    Muri uyu Murenge wa Musasa, Uwimbabazi Sandrine w'imyaka 16 yaherukaga kurohama mu Kiyaga cya Kivu ku itariki 26 Mata 2025.

    Abana babiri barohamye mu Kivu umwe arapfa mu Karere ka Rutsiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-abana-babiri-barohamye-mu-kivu-umwe-arapfa

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w'agateganyo wa Rwanda Premier League #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2021 nibwo hakinwe iminota 33 y'umukino w'umunsi wa 28 utari warangiye hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports.

    Uyu mukino wakomereje kuri Sitade ya Bugesera, warangiye ikipe yari iri mu rugo itsinze uyu mukino ibitego bibiri Kuri kimwe.

    Ubwo umukino wari wahagaze ku munota wa 57, ikipe ya  Bugesera FC yari ifite ibitego 2-0, mbere y'uko umukino usubikwa kubera umutekano muke n'imvururu zatejwe n'abafana bari bawitabiriye.

    Uyu mukino wa none wakinwe nta bafana bahari nk'uko ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryari ryafashe iki cyemezo mu nama yateranye kuwa mbere w'iki cyumweru.

    Ubwo hakinwaga iminota yari isigaye, ikipe ya Rayon Sports niyo yabonyemo igitego kimwe cyatsinzwe na Bugingo Hakim ubwo hari ku munota wa 85 w'umukino.

    Gutsinda uyu mukino kwa Bugesera FC byatumye iyi kipe yizera kuguma mu kiciro cya mbere cy'umwaka utaha w'imikino nubwo hasigaye imikino 2 ya shampiyona.

    Kuri ubu iyi kipe igejeje amanota 34 inyuma yayo hari Musanze FC, Marines FC, Etincelles FC, Muhazi United, Amagaju na Vision FC yo yamazegushimangira kwerekeza mu kiciro cya kabiri umwaka utaha.

    Uru rutonde kandi ruyobowe na APR FC, aho kuri ubu ifite amanota 61 igakurikirwa na Rayon Sports ifite 59 naho AS Kigali ifite 45 na Police FC ifite 43.


    Muwundi mikino yabaye kuri uyu munsi, ikipe ya Mukura yatsinzwe na Musanze FC 2-0 byatsinzwe na Konfor Bertrand na Rachid Mchelenga.

    Kuri uyu wa kane guhera ku isaha ya saa cyenda, kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Police FC irakinda na AS Kigali bakurikirana ku rutonde rwa shampiyona rw'agateganyo.

    The post Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w'agateganyo wa Rwanda Premier League appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bugesera-fc-yatsinze-rayon-sports-2-1-apr-fc-ifata-umwanya-wa-mbere-wagateganyo-wa-rwanda-premier-league/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bugesera-fc-yatsinze-rayon-sports-2-1-apr-fc-ifata-umwanya-wa-mbere-wagateganyo-wa-rwanda-premier-league

  • Ibintu bitanu bigaragaza ubukana bwa Jenoside i Karongi – #rwanda #RwOT

    Byahuriranye n'uko Kibuye yari ifite abaminisitiri benshi bayivukamo bari baracengeje ingengabitekerezo ya Jenoside mu baturage bituma muri iyo Perefegitura Jenoside ikoranwa ubukana bwinshi.

    Mu bintu bitanu bigaragaza ko Perefegitura ya Kibuye yakoranywe ubukana bwinshi birimo:

    Umusozi wiciweho Abatutsi benshi umunsi umwe

    Tariki 13 Gicurasi 1994, umusozi wa Muyira wiciweho Abatutsi bo mu Bisesero barenga ibihumbi 30 bikozwe n'Interahamwe zifatanyije n'abasirikare n'abajandarume.

    Hari nyuma y'aho Ukwezi kwa Mata 1994 kwari kaarangije Abatutsi bo mu Bisesero bihagazeho imbere y'ibitero bikomeye by'Interahamwe, nyuma hagakorwa inama yo kubatsemba.

    Karongi ikomokamo uwishe Abatutsi benshi mu Rwanda

    Inshuro nyinshi abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Karongi no mu Muryango IBUKA, bakunze kugaruka ku ngingo y'uko Karongi ari yo ifite umwicanyi wa mbere wishe Abatutsi benshi mu Rwanda.

    Ubwo yaganiraga n'abashyitsi bari basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe rwa Bisesero, Meya Muzungu yagize ati 'Ni umugabo witwa Kimashini (Habiyaremye Bernard) wo mu Murenge wa Murundi wishe Abatutsi 300.'

    Uyu mugabo yarangije igihano cy'imyaka 15 yakatiwe n'urukiko arafungurwa, ubu atunzwe n'imirimo y'ubuhinzi akorera mu Murenge wa Murundi.

    Karongi, indiri y'abaminisitiri benshi bahamijwe ibyaha bya Jenoside

    Umuyobozi w'Urwibutso rwa Bisesero, akaba n'umuhanga mu bijyanye n'amateka, Emmy Musinguzi, agaragaza ko iyari Perefegitura ya Kibuye ari yo ifite abaminisitiri benshi bahamijwe Jenoside.

    Ni abaminisitiri bane barimo Eliézer Niyitegeka wari Minisitiri w'Itangazamakuru n'Itumanaho, Edouard Karemera wari Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu n'Amajyambere ya Komine, Emmanuel Ndindabahizi wari Minisitiri w'Imari na Agnes Ntamabyariro wari Minisitiri w'Umuryango.

    Imiryango myinshi yazimye

    Mu bigaragaza ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Perefegitura ya Kibuye harimo kuba Akarere ka Karongi ari ko ka mbere mu Rwanda gafite imiryango myinshi yazimye.

    Mu Rwanda habarurwa imiryango 15.593 yari igizwe n'abantu 68.871 yazimye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Muri iyo harimo irenga 2850 yo mu Karere ka Karongi, Akarere ka Kabiri gafite imiryango myinshi yazimye ni aka Nyamagabe, gafite imiryango yazimye irenga 1500.

    -Kibuye ni perefegutura ya kabiri mu ziciwemo Abatutsi benshi

    Umuyobozi w'Urwibutso rwa Bisesero, akaba n'umuhanga mu bijyanye n'amateka, Emmy Musinguzi wakoze ubushakashatsi ku mateka ya Jenosise yakorewe Abatutsi, agaragaza ko ibarura ryo mu 1992 rigaragaza ko 30% by'Abatutsi bari mu gihugu bari batuye muri Perefegitura ya Kibuye.

    Uyu muhanga mu mateka avuga ko Perefegitura yazaga ku mwanya wa kabiri mu guturwa n'Abatutsi benshi ari iya Butare, ari na yo ya mbere yiciwemo Abatutsi benshi, Kibuye ikaza ku mwanya wa kabiri

    Mu Karere ka Karongi habarurwa inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi 14 zishyinguwemo abarenga ibihumbi 200.

    Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero rushyinguwemo abarenga ibihumbi 50


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibintu-bitanu-bigaragaza-ubukana-bwa-jenoside-i-karongi

  • Abanyeshuri bata ishuri bageze kuri 4,7% mu 2024 – #rwanda #RwOT

    Iyi raporo igaragaramo imibare y'inzegi z'uburezi mu 2023/2024 yashyizwe hanze muri werurwe 2025 igaragaza ko abanyeshuri bafatira amafunguro ku ishuri biyongereye bagera kuri 96,8% mu 2023/24 bavuye kuri 92,8% mu 2022/2023 na ho ibigo by'amashuri bitanga ifunguro ku ishuri biva kuri 87,4% bigera kuri 99,3%.

    Imibare igaragaza ko abanyeshuri basibiye mu mashuri abanza bagera kuri 29,7%, mu cyiciro rusange hasibiye 21,4% mu gihe mu yisumbuye hasibiye 6,3%.

    Abavuye mu ishuri mu cyiciro cy'amashuri abanza ni 5,2%, mu cyiciro rusange ni 4,1% mu gihe mu mashuri yisumbuye abavuye mu ishuri ni 4,8%. Ku rwego rw'igihugu abavuye mu ishuri bangana na 4,7%.

    Mineduc yatangaje ko ingengo y'imari rya 2023/2024 yo kugaburira abanyeshuri yari miliyari 90 Frw.

    Abo mu mashuri y'inshuke bagaburiwe ku rugero rwa 99%, mu mashuri abanza ni 99%, mu mashuri y'imyuga n'ubumenyingiro na ho mu mashuri yisumbuye bagaburiwe ni 98,8%.

    Muri rusange ibigo by'amashuri ni 4986 mu gihe abanyeshuri bose hamwe barenga miliyoni 4,7.

    Inzego zitandukanye z'igihugu zemeza ko gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri yatumye abanyeshuri bayitabira cyane.

    Ikigo cy'Igihugu cy'Ibaruririshamibare giherutse kuvuga ko iyi gahunda yagize uruhare mu kuzamura imibereho y'ingo zo mu Rwanda.

    Abanyeshuri barya ku ishuri bariyongereye abarivamo baragabanyuka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-bata-ishuri-bageze-kuri-4-7-mu-2024

  • Gatsibo: Abagera ku 140 bakatiwe n'inkiko batangiye gukora imirimo nsimburagifungo – #rwanda #RwOT

    Abo bantu 140 bari gukora imirimo irimo guharura imihanda, gucukura imiferege n'indi mirimo, ikorwa iminsi itatu mu cyumweru.

    Abayikora ni abakoze ibyaha byoroheje birimo ubujura, gukubita no gukomeretsa, urugomo n'ibindi byaha byoroheje bikunze gukorwa n'urubyiruko.

    Umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yabwiye IGIHE ko iyo gahunda ari iyo koroshya igifungo hagamijwe gukomeza kubaka no kwigisha Abanyarwanda ububi bw'ibyaha.

    Ati 'Mu mwanya wo kujya muri gereza bagafungwa bagatandukanywa n'imiryango yabo, ahubwo batanga umusanzu mu kubaka igihugu cyabo bakanitekerezaho. Ni yo mpamvu Leta yacu yashyizeho igihano nsimburagifungo.''

    Meya Gasana yakomeje avuga ko abo bantu 140 babajyanye hirya no hino mu mirenge y'Akarere ka Gatsibo.

    Yavuze ko bakora ku wa Mbere, kuwa Gatatu no ku wa Gatanu, bagakora amasaha atanu ku munsi, ubundi bagataha bagakomeza gukora indi mirimo no kwita ku miryango yabo.

    Meya Gasana yibukije ko uwakatiwe gukora iyi mirimo ntayikore, inzego z'ibanze ziramukurikirana agafatwa agasubizwa muri gereza akarangiza igifungo yari yarakatiwe.

    Uyu muyobozi yasabye abakatiwe icyo gihano nsimburagifungo kugikora bishimye bakamenya ko ari inyoroshyo Leta yabagiriye bakabaye bafunze.

    Abagera ku 140 batangiye gukora imirimo nsimburagifungo hirya no hino mu Karere ka Gatsibo

    Abari gukora imirimo nsimburagifungo hirya no hino mu Karere ka Gatsibo, bakora iminsi itatu mu cyumweru


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-abagera-ku-140-bakatiwe-n-inkiko-batangiye-gukora-imirimo

  • Abakozi ba BSC bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata – #rwanda #RwOT

    Abo bakozi basobanuriwe amateka y'uko Jenoside yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa mu 1994, aho mbere y'uko itangira byeruye ku wa 07 Mata 1994, Abatutsi bo mu Bugesera bagiye batotezwa bagakorerwa iyicarubozo.

    Mu itegurwa rya Jenoside, benshi mu Batutsi bajyanywe mu Bugesera mu nkambi bisa no kubaha akato.

    Bakimara kugezwayo batangiye kwicwa n'indwara zirimo Tse Tse mbere y'uko mu 1963 batangira kwicwa biswe ibyitso.

    Kubera gutuzwa mu Bugesera byatumye haba hamwe mu hantu hatuwe n'Abatutsi benshi ku buryo batagerwagaho n'iterambere ndetse no mu 1994 byorohera Interahamwe n'ubutegetsi bwa Habyarimana kubicira hamwe.

    Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N. Gilbert, yavuze ko ikigo ayoboye cyasuye uru rwibutso mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka cyane cyane ku rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rukora muri iki kigo.

    Yagize ati 'Ni igikorwa twajemo kugira ngo twige amateka haba ku bakuru cyangwa abato bavutse nyuma ya Jenoside. Byakozwe kugira ngo twese tuyige tumenye ibyayiteye n'uburyo twakumira ko yakongera kubaho ukundi.'

    Yakomeje avuga ko nk'ikigo gicuruza internet, bagira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha birimo abantu bagoreka amateka ya Jenoside bifashishije ikoranabuhanga.

    Ati 'N'abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga tubafasha kubaha internet kugira ngo babashe kunyomoza abashobora gupfobya Jenoside. Dushishikariza urubyiruko rwacu kugira uruhare bandika ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo tunyomoze ibinyoma bishobora kugoreka amateka yacu.'

    BSC yatanze inkunga kuri uru rwibutso mu rwego rwo kurushyigikira.

    Iki kigo ni kimwe mu bikomeye bicuruza internet na serivisi ziyishamikiyeho mu Rwanda kuva mu 2010 aho gifite ubushobozi bwo kuyigeza mu turere twose tw'Igihugu.

    Muhaturukundo Eric yasobanuriye abakozi ba BSC amateka Urwibutso rwa Nyamata rubumbatiye

    Hafashwe umunota wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    Ubwo abakozi ba BSC bashyiraga indabo ku mva ishyinguwemo Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

    Abakozi ba BSC basobanuriwe uko Jenoside yateguwe i Nyamata ndetse ikaza no gushyirwa mu bikorwa

    Abakozi ba BSC bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata

    Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert yavuze ko ikigo ayoboye cyasuye Urwibutso rwa Nyamata mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Ubwo Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert, yashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo Abatutsi bishwe muri Jenoside

    Ubwo Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert, yasinyaga mu gitabo cy'abashyitsi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-bsc-bunamiye-abatutsi-bashyinguwe-mu-rwibutso-rwa-jenoside-rwa