Blog

  • Imiyoborere inoze y'abagenzuzi bwite yagaragajwe nk'inkingi ya mwamba mu iterambere rya Afurika – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaragajwe muri iyi nama ya 'AFIIA 2025' yatangiye kuri uyu wa 26 Gicurasi 2025, ikazasoza ku wa 30 Gicurasi uyu mwaka, aho bagaragaje ko gukorera mu mucyo no kuyoborwa n'indangagaciro ari wo musingi w'iterambere.

    Umuyobozi w'Urwego Rushinzwe Ubugenzuzi Bwite bw'Imari ya leta mu bigo byo mu Rwanda, Fred Twagirayezu, yavuze ko imiyoborere myiza ari kimwe mu bikoresho bikomeye bafite byo kubaka ejo hazaza h'ibihugu bya Afurika.

    Yagize ati 'Hashize igihe kinini imiyoborere mibi ibangamira iterambere rya Afurika, igasenya icyizere cy'abaturage, igatuma inzego za Leta n'izabikorera zidakora neza nk'uko bikwiye, ndetse ikagabanya amahirwe y'abaturage.'

    Yakomeje ati 'Ariko turabona impinduka nziza, aho imiyoborere myiza irimo kuzamura ibihugu, urugero nk'u Rwanda rugaragaza ishusho nziza y'icyo imiyoborere inoze ishobora kugeraho namwe mukigera hano mwabyiboneye.'

    Yavuze ko mu Rwanda, abagenzuzi bwite mu bigo bitandukanye bari mu murongo w'imiyoborere myiza n'ingamba zifatika byatumye bashobora gukorera abaturage mu bushishozi, banarinda neza umutungo wabo.

    Umuyobozi Mukuru wa AFIIA, Ruth Doreen Mutebe, yavuze ko imiyoborere ari ryo shingiro ry'iterambere rirambye, ririmo ubutabera, umutekano n'ubukungu. Ahamya ko ari igikoresho gikomeye kigaragaza imbaraga z'inzego, ubunyangamugayo bw'ubuyobozi n'iterambere ry'igihugu.

    Yagize ati 'Turasabwa gufatanya, kuyobora tudatinya no gushyiraho politiki zifasha abaturage bacu. Isi yose ireba uko Afurika yitwara. Tugomba kwitwara neza, tukabyitaho dufite ubushake. Tugomba gufatanya mu bushishozi, twubake ibikorwa bishya, ubukungu bushya n'umugabane uharanira ubumwe, umucyo n'impinduka zishingiye ku ndangagaciro.'

    Yabasabye ko bagomba kubaka inzego n'imiyoborere ifite ubushobozi, zitanga serivisi zinoze kandi zifasha abaturage binyuze mu kuyobora bashingiye ku ndangagaciro, ubunyamwuga, gukorera mu mucyo no kuyoboka ikoranabuhanga.

    Ati 'Ibyo twabigeraho tunihutisha impinduka mu bigo bya Leta n'ibyigenga hifashishijwe igenzura ryimbitse, gushyiraho ingamba zishingiye ku musaruro no guteza imbere imiyoborere ishingiye ku kubazwa inshingano.'

    Iyi nama ya African Federation of Institutes of Internal Auditors (AFIIA), ibaye ku nshuro ya 11, bwa mbere mu Rwanda, aho yitabiriwe n'abarenga 1000 baturutse mu bihugu 24 byo muri Afurika n'ahandi.

    Inama ya AFIIA 2025 yitabiriwe n'abarenga 1000 baturutse mu bihugu 24 byo muri Afurika n'ahandi

    Umuyobozi mukuru wa AFIIA, Ruth Doreen Mutebe yavuze ko Abagenzuzi bwite mu bigo bitanduakanye bakwiye kugira umuhate n’ubufatanye ku rushaho kunoza ibyo bakora

    Umuyobozi w'Urwego Rushinzwe Ubugenzuzi Bwite bw'Imari ya leta mu bigo byo mu Rwanda, Fred Twagirayezu, yasabye Abagenzuzi bose bari hano bakurikiza ayo mahame

    Abayobozi batandukanye bitabiriye AFFIA 2025 ku bwinshi rwose

    Abayobozi batandukanye bo nzego zifite aho zihuriye n’ubugenzuzi bwite mu bigo bya leta n’iby’abikorera basabye abakora muri ibyo bigo guharanira kuba abanyakuri no gushyira ubutabera mu kazi kabo

    African Federation of Institutes of Internal Auditors (AFIIA) ibaye ku nshuro ya 11

    Abitabiriye iyi nama ya AFIIA 2025 bavuga ko kuba bagirana inama nk’izi bibasubizamo icyizere cy’uko impinduka zishoboka igihe imiyoborere myiza ishyizwe mu muco w'ibihugu byabo

    Abitabiriye inama ya AFFIA 2025 basabwe kwihutisha impinduka mu bigo bya Leta n'ibyigenga hagamijwe kugira imiyoborere myiza

    Amafoto: Nzayisingiza Fidele


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imiyoborere-inoze-y-abagenzuzi-bwite-yagaragajwe-nk-inkingi-ya-mwamba-mu

  • Zabyaye amahari mu bayobozi b'u Bubiligi kubera u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni impaka zaturutse ahanini ku cyemezo Umujyi wa Charleroi uherutse gufata cyo kutitabira umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wateguwe n'Abanyarwanda baba muri uyu mujyi.

    Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, nticyigeze kigaragaramo Umuyobozi n'umwe wa Charleroi.

    Mu itangazo ubuyobozi bw'uyu mujyi bwashyize hanze, bwavuze ko butitabiriye iki gikorwa mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ya Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga.

    Ibyatangajwe n'ubuyobozi bwa Charleroi byamaganiwe kure na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Bubiligi, Maxime Prévot.

    Minisitiri Prévot yavuze ko nta mabwiriza u Bubiligi nk'igihugu bwigeze buha abayobozi b'imijyi bubabuza kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ati 'Ku wa 24 Gicurasi, Umujyi wa Charleroi wafashe icyemezo cyo kudahagararirwa mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu itangazo washyize hanze, uyu mujyi wavuze ko wubahirije umwanzuro wa Minisitiri wo guca umubano wose n'u Rwanda ko ku bw'ibyo uyu mujyi ukwiriye kubaha ibi binyuze mu guca umubano n'ibigo Byose bifite aho bihuriye n'u Rwanda.'

    Minisitiri Prévot yahakanye gutanga aya mabwiriza.

    Ati 'Ndashaka gusobanura ibintu neza ndetse nkamaganira kure ibyatangajwe. Mbere na mbere nta mabwiriza ayo ariyo yose yatanzwe na Guverinoma ku rwego rw'igihugu. Ntabwo ari u Bubiligi bwaciye Umubano n'u Rwanda, ahubwo nirwo rwawuciye.'

    Uyu mugabo yavuze ko ibi bibazo bya politike bidakwiriye guhuzwa na Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati 'Nta mpamvu yo kuvanga ibi bibazo bya dipolomasi na Jenoside yakorewe Abatutsi.'

    Tariki 26 Mata 2025 Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Namur ari naho Minisitiri Prévot avuka na bo bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Bitandukanye n'uko byagenze i Charleroi, uyu mujyi wo wohereje abawuhagararira.

    Yifashishije Namur nk'urugero, Minisitiri Prévot, yagaragaje ko kwibuka ari ibya buri wese.

    Ati 'Ubwo nabazwaga n'abahagarariye Umujyi Wanjye (Namur), nagaragaje ko kwibuka bikwiriye gukomeza, ndetse nategetse ambasade zacu hirya no hino ku Isi kwitabira ibikorwa byose byo kwibuka bazatumirwamo. Ku bw'ibyo umwanzuro w'Umujyi wa Charleroi waturutse ku byemezo byabo n'uko bumva ibintu.'

    Minisitiri Prévot yabeshye?

    Nubwo Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Bubiligi avuga ko nta mabwiriza yigeze atangwa abuza abantu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ku ikubitiro imijyi ya Liège na Bruges muri Mata 2025 yari yatangaje ko nta bikorwa byo kwibuza bizaba.

    Iyi mijyi yombi yaje kwisubiraho, yemerera Abanyarwanda gutegura iki gikorwa ariko abayobozi bayo banga kwifatanya na yo.

    Kwisubiraho k'u Bubiligi bukemerera Abanyarwanda kwibuka, byaje nyuma y'aho, ku wa 6 Mata 2025, Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Jean-Damascène Bizimana yatangaje ko u Bubiligi nibufata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizaba ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga.

    Ku wa 17 Werurwe 2025 ni bwo u Rwanda rwaciye umubano n'u Bubiligi kubera uruhare bwagize mu mateka mabi igihugu cyanyuzemo by'umwihariko mu gukora ibikorwa bibangamira u Rwanda.

    Amateka agaragaza ko u Bubiligi ari bwo bwacuze ingengabitekerezo ya Jenoside, igihe bwinjiza amacakubiri mu baturage binyuze mu gutanga indangamuntu irimo amoko, yanifashishijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Agatotsi karushijeho kwiyongera mu mubano w'u Rwanda n'u Bubiligi ubwo iki gihugu cyazengerukaga Isi kirusabira ibihano, kirushinja kugira uruhare mu kibazo cy'umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Kugeza ubu hari amakuru yizewe ahamya ko u Bubiligi bushaka kwiyunga n'u Rwanda, ndetse buherutse gusaba Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ubufasha muri uru rugendo.

    U Rwanda rwo ruvuga ko ingingo yo kwiyunga n'u Bubiligi izaba iganirwaho kuko itari mu byo rushyize imbere kuri ubu.

    Minisitiri Prévot yavuze ko nta mabwiriza yigeze ahabwa imijyi ku ngingo yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/zabyaye-amahari-mu-bayobozi-b-u-bubiligi-kubera-u-rwanda

  • Inzoga yitwa Ubutwenge yakuwe ku isoko ry'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ubutwenge ni inzoga yakorwaga n'Uruganda ruherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru ruzwi nka Ineza Ayurvedic Ltd.

    Rwanda FDA, kuri uyu wa 26 Gicurasi 2025 yatangaje ko inzoga yitwa Ubutwege itujuje ibipimo by'ubuziranenge nk'uko biteganywa n'amabwiriza RS 344:2023 agenga inzoga zituruka ku bimera.

    Iyo nzoga yitwa Ubutwenge yakorwaga mu kimera cya tangawizi, abaturage basabwe guhita bahagarika kuyinywa mu rwego rwo kwirinda ingaruka mbi cyagira ku buzima bwabo.

    Rwanda FDA kandi yasabye abacuruzi b'inzoga 'Ubutwenge' guhita bahagarika kuyicuruza ndetse bakayisubiza aho bayiranguriye.

    Ati 'Abacuruzi b'inzoga yitwa Ubutwenge mu gihugu hose basabwe guhita bahagarika kuyicuruza ndetse bakayisubiza aho bayiranguye.'

    Rwanda FDA yasabye abaranguza inzoga ya Ubutwenge kwakira izizasubizwayo n'abacuruzi, bakazigeza ku ruganda ruyikora kandi bagashyikiriza Rwanda FDA raporo y'izo baranguye n'izo basubije ku ruganda.

    Ku rundi ruhande, uruganda rukora iyo nzoga rwasabwe guhita rushyiraho uburyp buboneye bwo kwangiza no kumena izi nzoga ruzagarurirwa kuko itujuje ibipimo by'ubuziranenge.

    🚨🔊Rwanda FDA iramenyesha abaturarwanda bose ko yakuye ku isoko inzoga yitwa UBUTWENGE, yakorwaga mu buryo butemewe, kandi ikaba itujuje ibipimo by’ubuziranenge.
    _________

    🚨🔊Rwanda FDA informs the public that the alcoholic drink UBUTWENGE (Ginger-Flavoured), illegally… pic.twitter.com/kxtfdsf58l

    — Rwanda Food and Drugs Authority (@RwandaFDA) May 26, 2025

    Inzoga yitwa ubutwenge yakuwe ku isoko ry'u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inzoga-yitwa-ubutwenge-yakuwe-ku-isoko-ry-u-rwanda

  • Igisubizo cy'ibibazo by'Abanye-Congo ntabwo kiri i Kigali – Thabo Mbeki – #rwanda #RwOT

    Ni ingingo Mbeki yagarutseho mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wo muri Afurika y'Epfo, Sophie Mokoena.

    Iki kiganiro cyibanze ku bimaze iminsi biri gukorwa ngo ikibazo cy'Uburasirazuba bwa RDC gishakirwe igisubizo, birimo n'ubuhuza bwatangijwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Mbeki yavuze ko ibiri gukorwa nta musaruro bizatanga mu gihe Abanye-Congo batarumva ko igisubizo kizava muri bo.

    Ati 'Ushobora kumvikana, Guverinoma ya Congo na Guverinoma y'u Rwanda zigahura zigashyira umukono ku masezerano, ibyo ni byiza ariko ntabwo byonyine bizakemura ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo. Ibi byarageragejwe na mbere, nagiye kenshi mbwira abantu ko ibibazo by'Uburasirazuba bwa RDC ni iby'imbere kuri Congo ntabwo bikomoka hanze y'imipaka ya Congo.'

    Yakomeje avuga ko 'Ku bw'ibyo ibyo Abanyamerika bamaze iminsi bakora byo gushishikariza Kinshasa na Kigali guhurira hamwe, ntabwo bikemura ikibazo cya Congo, kiriya kibazo gikwiriye gukemurwa n'abaturage ba Congo.'

    Muri Gashyantare 2025, i Dar es Salaam muri Tanzania hateraniye inama y'abakuru b'ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y'Ibirasirazuba (EAC) n'abo mu Muryango wa Afurika y'Amajyepfo (SADC).

    Iyi nama yanzuye ko imirwano hagati ya M23 na FARDC ihagarara bwangu, umuti w'ikibazo ugashakwa binyuze mu nzira z'amahoro ndetse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikagirana ibiganiro n'impande zose harimo n'uyu mutwe wa M23.

    Thabo Mbeki yavuze ko uyu mwanzuro ariwo utanga igisubizo kirambye, kuko ibisubizo by'ibibazo bya RDC bitari i Kigali.

    Ati 'Uribuka SADC na EAC bihurira hamwe, icyo Abanyafurika bavuze ni uko dukwiriye gushyigikira inzira ziganisha ku mahoro hagati y'Abanye-Congo, Kinshasa ikwiriye kuganira na M23 bakwiriye gukemura ibibazo, iyo niyo nzira y'ukuri. Ushobora kuganira na Uganda, u Rwanda n'abandi ku bijyanye n'imyitwarire yabo kuri Congo, ariko igisubizo cy'ikibazo cy'Abanye-Congo, cy'Abanyamulenge ntabwo kiri i Kigali, kiri i Kinshasa.'

    Thabo Mbeki atangaje ibi mu gihe imirwano yongeye kubura no gukaza umurego hagati ya FARDC na M23 kugeza ubu igenzura ibice binini bya Kivu y'Amajyaguru birimo n'Umujyi wa Goma ndetse n'uwa Bukavu muri Kivu y'Amajyepfo.

    Ni mu gihe kandi Joseph Kabila Kabange wayoboye RDC yamaze kugera mu Mujyi wa Goma ugenzurwa na M23, nyuma yo gukurwaho ubudahangarwa ngo akurikiranwe n'ubutegetsi bwa RDC.

    Kabila yageze i Goma nyuma y'iminsi mike yeretse ubutegetsi bwa Tshisekedi ibintu 12 byafasha igihugu kugira amahoro n'umutekano birambye, birimo guhagarika igitugu n'intambara, kwiyunga n'Abanye-Congo, kugirana n'ibihugu by'abaturanyi ibiganiro by'ukuri kandi bihoraho, hagamijwe kugera mahoro ndetse n'iterambere birambye mu karere.

    Ati 'Icya 10, gusenya imitwe yitwaje intwaro yose y'Abanye-Congo n'iy'abanyamahanga no kohereza iy'abanyamahanga mu bihugu ikomokamo. Icya 11, guhagarika gukoresha abacancuro hashingiwe ku mahame y'umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ryo ku wa 3 Nyakanga 1977 n'umwanzuro wa Loni wo ku wa 4 Ukuboza 1989, no gucyura byihuse abari ku butaka bwa Congo.'

    Kabila yasabye Leta ya RDC gucyura ingabo z'ibihugu by'amahanga ziri ku butaka bw'iki gihugu, ashima ko Umuryango wa Afurika y'Amajyepfo (SADC) watangiye gucyura izo wari waroherejeyo mu Ukuboza 2023.

    Umwuka mubi ukomeje gufata indi ntera mu gihe Qatar, Amerika n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bikomeje gukora ibishoboka byose ngo u Burasirazuba bwa RDC bubone amahoro.

    Thabo Mbeki wayoboye Afurika y'Epfo, yavuze ko igisubizo cy'ibibazo by'Abanye-Congo kitari i Kigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/igisubizo-cy-ibibazo-by-abanye-congo-ntabwo-kiri-i-kigali-thabo-mbeki

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y'Epfo #rwanda #RwOT

    Amakipe abiri muri ane yari arimo guhatanira itike yo gukina imikino ya Nyima Basketball Africa League, ariyo APR BBC yo mu Rwanda na Al Ahli yo muri Libya niyo yabonye iyo tike.

    Iyi tike kuri aya amakipe yombi yabonetse nyuma yo kumara icyumweru muri BK Arena ahaberaha imikino yahuje amakipe ane yo mu bihugu bitandukanye.

    Amakipe yari yitabiriye iri rushanwa ni Al Ahli yo muti Libya, APR BBC yo mu Rwanda, MBB yo muri Afurika y'Epfo ndetse na Nairobi City Thunder.

    Al Ahli yasoje imikino yayo yose iyitsinze uko ari 6, ikurikirwa na APR BBC yatsinze imikino  itatu, MBB na Nairobi City Thunder yo yatsinze umukino umwe gusa.

    Kuri iki cyumweru muri BK Arena niho ikipe ya Al Ahli yashimangiye umwanya wo kwerekeza mu mikino ya nyuma ya BAL itsinze MBB yo muri Afurika y'Epfo amanota 102 kuri 73.

    Kuri APR BBC yo yageze muri iki cyiciro itsinze Nariobi City Thunder amanota 77-74, muri uyu mukino wageze ahagana ku maseginda yanyuma amakipe yombi anganye, ariko Noel Akora ibidasanzwe atsinda amanota 3 anabahesha.

    APR na Ahli yiyunze kuri US Monastir, Petro Atletico de Luanda, Al Itihad Alexandria na Rivers Hoopers ku makipe azakina imikino ya Nyuma ya BAL izabera mu muyi wo muri Afurika y'Epfo.

    Muri iyi mikino yaberaga mu Rwanda yagiye yitabirwa n'abanyacyubahiro benshi batandukanye bayobowe na Perezida Kagame wagaragaye mu nyubako yakira abantu bangana n'ibihumbi icumi.

    The post APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y'Epfo appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-bbc-na-al-ahli-tripoli-niyo-makipe-yaboneye-itike-i-kigali-yo-gukina-imikino-ya-nyuma-ya-bal-2025-izabera-muri-afurika-yepfo/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-bbc-na-al-ahli-tripoli-niyo-makipe-yaboneye-itike-i-kigali-yo-gukina-imikino-ya-nyuma-ya-bal-2025-izabera-muri-afurika-yepfo

  • Huye: Urubyiruko rwitabiriye irushanwa rya 'Memorial Rutsindura' rwigishijwe kwizigamira muri EjoHeza – #rwanda #RwOT

    Ubu ni ubutumwa bwagarutsweho ku wa 24 na 25 Gicurasi 2025 mu irushanwa rya Volleyball ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse wabaye umwarimu n'umutoza wa Volleyball ryaberaga mu Turere twa Huye na Gisagara, aho abaryitabiriye bibukijwe ibyiza byo kwizigamira muri EjoHeza cyane cyane igihe bitangiriye mu bato.

    Bamwe mu babyeyi IGIHE yasanze bari kwandikisha abana babo muri EjoHeza, bavuze ko iyi gahunda bayisobanukiwe cyane, kandi bikwiye kuba intego ya buri mubyeyi ukunda abamukomokaho.

    Rutabana Jean Damascène wo mu Murenge wa Mbazi, mu Karere ka Huye, yavuze ko yatekereje kwandikishamo umwana we kugira ngo arusheho kumushinganisha bihamye mu bihe bizaza.

    Ati 'Turizigamira twe abakuru, ariko burya kwizigamira birenzeho ni ukuzigamira umwana. Iyo akuze agakomereza kuri ya ntango wamushingiye, byazamufasha kuko kwizigamira ni bwo buzima.'

    Rutabana, yakomeje avuga ko kwizigamira kare, ari bwo buryo buhamye bwo guhangana n'ubuzima akenshi 'buba butoroshye', asaba n'abandi babyeyi kubiha agaciro bakazigamira abo babyara.

    Umuyobozi wa Seminari Nto ya Butare (PSVF), Padiri Habanabashaka Jean de Dieu, avuga ko gahunda ya EjoHeza ari ikintu cyiza Leta yatekereje, asaba ababyeyi kuyihitiramo abana babo kuko ari amahitamo meza.

    Ati 'Twebwe twabyirutse bitarabaho, ariko ababyiruka ubu bazagira amasaziro meza. Kuzigamira umwana ni ukumuharurira inzira nziza, kuko igihe yakuze, yakwiga amashuri ibyiciro byose atuje, yazakora ishoramari n'ibindi byinshi by'iterambere.'

    Umuhuzabikorwa wa gahunda ya EjoHeza mu Karere ka Huye, Nsabimana Ladislas, avuga ko batekereje gusakaza ubutumwa bwa EjoHeza babinyujije mu mikino kuko ikundwa n'ababyiruka cyane kandi bakaba ari nabo bayikina.

    Yagaragaje ko abarenga ½ cy'Abanyarwanda ari urubyiruko, bisobanuye ko batojwe kwizigamira kare, ejo h'igihugu hazaba ari heza nk'uko izina rya gahunda ribivuga.

    Ati 'Gahunda ya EjoHeza ni inzira yo gutekana mu bihe bizaza. Kubwira abana n'urubyiruko gutangira kwizigamira hakiri kare, bituma bakura bakoresha imbaraga bafite mu guteganyiriza ejo, bakazasaza batekanye.'

    Nsabimana, yagaragaje ko icyiciro cy'urubyiruko n'abana bazigama cyangwa bazigamirwa bakiri 15% by'abizigama bose, ariko RSSB ikaba ifite intego yo gukomeza kubibakundisha kugira ngo imibare irusheho kuzamuka.

    Mu gihugu habarurwa abasaga miliyoni enye bamaze kwinjira muri EjoHeza, aho uwizigamiye muri EjoHeza atangira guhabwa pansiyo ye ku myaka 55, byanamufasha kandi kwishyura ishuri ry'umwana, kubona inguzanyo muri banki biramworohera kuko ubwizigame bwe bumubera ingwate.

    Uwiyandikisha cyangwa uwizigama akoresha ikoranabuhanga akanda *506#, cyangwa akanyura kuri murandasi kuru rubuga rwa www.ejoheza.rssb.rw.

    Imikino y'amaboko ya Memorial Rutsindura yari imaze iminsi ibiri ibera mu turere twa Huye na Gisagara. Ni imikino ngarukamwaka yitabirwa cyane n'urubyiruko ndetse n'abandi bafana bari hagati 3000 na 5,000.

    RSSB ikaba yaritabiriye iki gikorwa nk'umwe mu bafatanyabikorwa b'irushanwa.

    EjoHeza yari yitabiriye irushanwa nk’umufatanyabikorwa waryo

    Mukamazimpaka Félicité wari umaze gufunguza konti y’umwana we muri EjoHeza, yahamije ko atangiye urugendo rushya rw’iterambere ry’umana we

    Bamwe bahise bafungura konti zo kwizigamira muri EjoHeza

    RSSB yari umwe mu bafatanyabikorwa b’imena muri iyi mikino


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-urubyiruko-rwitabiriye-irushanwa-rya-memorial-rutsindura-rwakanguriwe-229646

  • BPR Bank yatangije 'Ikamba', gahunda yorohereza abacuruzi b'abagore kubona inguzanyo nta ngwate – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda yatangijwe ku wa 23 Gicurusi 2025, ku ishami rya BPR Bank riherereye mu nyubako ya MIC.

    BPR Bank yiyemeje guteza imbere ubucuruzi bw'umugore, aho kuri ubu igiye kujya itanga inguzanyo ihereye kuri miliyoni 1 Frw kugeza miliyoni 100 Frw nta ngwate ku nyungu ya 16% ku mwaka, ku bamaze imyaka iri hejuru y'ibiri bakora ndetse binjiza ari hejuru ya miliyoni 20 Frw ku mwaka.

    Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri BPR Bank, Jean Marc Gakwandi, yavuze ko nk'uko u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu guteza imbere uruhare rw'abagore mu miyoborere no mu bucuruzi, 'Ikamba' na yo yubakiye kuri izo nkingi, aho igamije guteza imbere abagore bakora mu bucuruzi buto n'ubuciriritse.

    Ati 'Ikamba si gahunda gusa, si n'umushinga gusa ahubwo ni isezerano ryo gufasha abagore kuzamuka no kwihangira imirimo, ndetse no kubafasha kugaragaza impano zabo mu bucuruzi no mu muryango nyarwanda.'

    Yakomeje ati 'Nk'uko mubizi, ubucuruzi buto n'ubuciriritse (MSME) ni inkingi ya mwamba y'ubukungu bwacu. Abagore bamaze igihe ari inkingi y'uyu mwuga, ariko baracyahura n'imbogamizi zibabuza gutera imbere zo kudahabwa inguzanyo kubera kubura ingwate ariko twabibakemuriye.'

    Mukantayombya Collette wari uhagarariye abakiliya b'abagore ba BPR Bank, yashimiye BPR Bank kuba yabatekerejeho, kuko yayigezemo mu 1998, muri iyo myaka ahamaze yari atarabona serivisi nk'iyi bazaniwe yo guhabwa inguzanyo nta ngwate, avuga ko ubu noneho bashyizwe igorora bageze ku byo bifuzaga.

    Umuyobozi Mukuru wa Access to Finance Rwanda, Jean Bosco Iyacu, yavuze ko icyemezo BPR yafashe gikomeye kandi cyubaka. Ahamya ko bateye intambwe nk'iyi, bituma batekereza byimbitse ku byo abagore bakeneye n'uburyo bwo kubibagezaho.

    Yagize ati 'Dufata Ikamba nk'urugendo rushya dutangiye. Nk'uko twagiye dukorana na BPR, tuzakomeza kuyishyigikira muri uru rugendo rwo gukemura imbogamizi zitandukanye abagore bahura na zo mu bucuruzi nko kubona ingwate, kumenya gucunga neza imishinga yabo, n'ibindi.'

    Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank, Mutesi Patience, yavuze ko abagore bakunze guhura n'imbogamizi nyinshi zirimo inshingano z'urugo ndetse no kubura ingwate kubera ko bazihuriraho n'abagabo babo ugasanga bibabera imbogamizi.

    Ati 'BPR yihaye intego yo kongera inguzanyo zihabwa abagore. Abari munsi ya 20% ubu ni bo basaba inguzanyo. Intego ni uko byibura byagera kuri 30%, cyangwa se 50%. Turashaka no kubongerera ubumenyi, turateganya kongerera ubushobozi abagore 120 bafite ibigo by'ubucuruzi.'

    Yavuze ko bazakomeza guhugura abakozi babo kugira ngo barusheho gusobanukirwa uburyo bwo gufasha abagore kubona serivisi z'imari. Yongeyeho ko bazaharanira kugabanya inyungu ku nguzanyo no gushora imari mu ikoranabuhanga, kugira ngo abagore babashe gukoresha serivisi za banki ku buryo buboroheye, aho bari hose kandi igihe cyose.

    Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank, Mutesi Patience, arikumwe n’Umuyobozi mukuru wa Access to Finance Rwanda bafungura ku mugaragaro serivisi nshya yashyiriweho abagore ya Ikamba

    Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri BPR Bank, Jean Marc Gakwandi, yavuze ko serivisi ya ‘Ikamba’ izatangirwa mu mashami yose ya BPR mu gihugu hose

    Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank, Mutesi Patience yavuze iyi ari intambwe ya mbere ariko itari iya nyuma mu cyerekezo cyagutse cyo guteza imbere ubukungu bw'abagore

    Umuyobozi mukuru wa Access to Finance Rwanda, Jean Bosco Iyacu yavuze ko bazakomeza gufasha abagore bafite ubucuruzi kugera ku rwego rushimishije

    Mukantayombya Collette wari uhagarariye abakiliya b'abagore ba BPR Bank yayishimiye igikorwa cyiza yatekereje cyo kubateza imbere binyuze mu ‘Ikamba’

    Ikamba yafunguriwe ku mugaragaro ku ishami rya BPR riri mu MIC

    Abayobozi mu nzego zitandukanye barimo Umuyobozi mukuri wa BPR Bank bitabiriye igikorwa cy gufungura ‘Ikamba’

    Amafoto: Cyubahiro Key


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bpr-bank-yatangije-ikamba-gahunda-yorohereza-abacuruzi-b-abagore-kubona

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n'ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila #rwanda #RwOT

    Ihuriro rya Congo River Alliance (AFC/M23) ryatangaje ku mugaragaro ko ryishimiye cyane igaruka ry'uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila Kabange, mu mujyi wa Goma.

    Ibi byatangajwe ku wa Mbere mu itangazo ryashyizwe ku rubuga X n'umuhuzabikorwa w'iryo huriro, Corneille Nangaa, aho yavuze ko iryo garuka rifite ubusobanuro bukomeye ku rwego rwa politiki.

    Kabila agarutse mu burasirazuba bwa Congo nyuma y'imyaka myinshi ari mu buhungiro muri Afurika y'Epfo no muri Zimbabwe, aho bivugwa ko yari yahungiye ku mpamvu za politiki.

    AFC/M23 yavuze ko guhitamo Goma nk'aho anyurira agaruka muri RDC bifite igisobanuro gikomeye: 'Kugaruka k'uyu muyobozi w'icyubahiro byakiriwe neza. Yafashe icyemezo gikwiye cyo kugaruka mu gihugu aho gukomeza kuguma mu buhungiro.'

    Iri huriro ryashimangiye ko Goma ari yo santu yonyine muri Congo aho abanyarwanda bavugwa mu moko atandukanye bashobora gukorera politiki nta gutotezwa, gufungwa ku buryo butemewe, cyangwa ivangura rishingiye ku moko.

    Kuva muri Gashyantare, AFC/M23 ivuga ko yakiriye intumwa zinyuranye, zirimo n'iza ECC (Itorero rya Gikirisitu muri Congo) na CENCO (Inama y'Abepisikopi Gatolika), bashyigikiye inzira y'amahoro iri gukorerwa muri ako karere.

    Moïse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi akaba n'uwahoze ayobora intara ya Katanga, nawe yatanze ubutumwa bushyigikira Nangaa. Mu butumwa bwe kuri X, Katumbi yavuze ati: 'Ndahagaze hamwe nawe, mukunzi mukuru @CNangaa. Ibyo wavuze ni ukuri, birababaje kandi birakomeye. Abo twizeye kurwanira ubutabera n'ubwisanzure, barabiretse.'

    Yakomeje agira ati: 'Kinshasa iratesha agaciro, igasuzugura, igaca intege abaturage, naho Goma irakira, ikarinda, ikanahuza. No kuba Kabila agaruka i Goma ni ikimenyetso cy'uko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwataye amahame y'Igihugu.'

    Katumbi asoza ubutumwa bwe yavuze ati: 'Icyifuzo cyacu ni kimwe: kugira Tshisekedi ava ku butegetsi. Congo ikwiriye kurenza ubu butegetsi bw'igitugu bwihishe inyuma y'amategeko, ivangura rihindutse politiki, n'intege nke zabaye uburyo bwo kuyobora.'

    Mu cyumweru gishize, Sena ya RDC yatoye icyemezo cyo kuvanaho ubudahangarwa bwa Kabila, kugira ngo ashobore gukurikiranwa n'ubutabera ku byaha byo gutera inkunga umutwe wa M23. Guverinoma yafashe bimwe mu mutungo we, ivuga ko hari ibimenyetso bifatika byo gukorana n'inyeshyamba.

    Gusa, mu ijambo rye ku wa 23 Gicurasi 2025, Kabila yahakanye ko yigeze agera i Goma muri Mata nk'uko byavugwaga, ariko yemeye ko afite gahunda yo kuhagera vuba. Avuga ko ibyo aregwa byose bifite ishingiro rya politiki kandi byubakiye ku ibihuha.

    Yagize ati: 'N'iyo mba naragiye i Goma, byari mu rwego rwo kuganira n'Abanyekongo, cyane ko na guverinoma iri mu biganiro by'amahoro n'abayobozi ba M23 i Qatar.'

    AFC/M23 ivuga ko iharanira uburenganzira bw'amoko y'abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda, bavuga ko bamaze igihe kinini batotezwa mu burasirazuba bwa Congo. Kuva muri Mutarama 2025, M23 imaze gufata imijyi ikomeye irimo Goma na Bukavu.

    Nubwo Leta ya Congo iri mu biganiro na M23 byatangiye kubera muri Qatar, haracyari ukutumvikana gukomeye, ndetse biravugwa ko Kinshasa irimo gushaka abacancuro bashya baturuka muri Colombia nyuma y'uko aba Romania bari bafashwe na M23 batsinzwe.

    Ubwiyunge bushobora kwaduka hagati ya Katumbi, AFC/M23, na Kabila bushobora guhindura ishusho ya politiki ya Congo, cyane cyane mu gihe igihugu gitegereje amatora cyangwa impinduka za politiki mu gihe kiri imbere.

     

    The post Perezida Tshisekedi ahanganye n'ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/perezida-tshisekedi-ahanganye-nihuriro-rikomeye-katumbi-na-afc-m23-bashyigikiye-igaruka-rya-kabila/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-tshisekedi-ahanganye-nihuriro-rikomeye-katumbi-na-afc-m23-bashyigikiye-igaruka-rya-kabila

  • Depite Uwamariya yasabye ko abaganga bakoze Jenoside bamburwa ububasha bwo kuvura – #rwanda #RwOT

    Ni ingingo Depite Uwamariya yagarutseho mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

    Uruhare rw'abaganga, abaforomo n'ababyaza bari mu myanya y'ubuyobozi muri CHUB rwarigaragaje cyane mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside, aho abarwayi n'abarwaza basaga 300 biciwe muri ibi bitaro.

    Mu ngero zitangwa harimo Dr. Nshimyumuremyi Jean Berchimas wari umuyobozi wungirije wa Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR) wamenyekanye mu gutegura ibikorwa by'ubwicanyi, harimo no gushyiraho 'Komite y'Inkunga y'Umutekano' yari igamije gutera inkunga Interahamwe.

    Uyu yagize uruhare mu iyicwa rya bamwe mu bayobozi nka Dr. Jean Baptiste Habyarimana, wari Perefe wa Perefegitura ya Butare, anafatanya n'abandi baganga ba CHUB mu bwicanyi.

    Undi ni Dr. Munyemana Sosthène, wari umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda ndetse akaba n'umuganga muri CHUB. Yahamijwe ibyaha bya Jenoside mu Bufaransa, aho yahawe igihano cy'imyaka 24, ariko Urukiko Gacaca rwo rukamukatira imyaka 30 mu 2007, ku bwicanyi yakoreye muri CHUB no muri Tumba, aho yiciye abagore n'abana.

    Hari kandi Dr. Sindikubwabo Théodore, wabaye Perezida muri Leta y'Abatabazi, akaba yari na muganga w'inzobere mu kuvura abana.

    Uyu yatanze amabwiriza yo gukoresha ubumenyi bwa kiganga mu kwica Abatutsi mu nama yahurije hamwe abaganga b'Abahutu ku wa 21 Mata 1994 muri CHUB.

    Yababwiye gukoresha ubumenyi bwabo mu kwica Abatutsi, harimo nko kwerekana aho umuntu agomba gukomeretsa kugira ngo apfe vuba, ndetse banabyigisha Interahamwe.

    Hari kandi Dr. Gatera wari muganga w'amagufa wakoresheje gaze y'ubumara (Formol) mu kuvumbura Abatutsi bari bihishe mu ishyamba hafi ya CHUB maze baricwa.

    Undi muganga wagize uruhare muri Jenoside ni Dr. Nshimyumukiza Jotham, wari umuyobozi w'ibitaro. Yahamijwe ibyaha bya Jenoside birimo no kwica abarwayi, abaganga n'ababyaza yari ayoboye.

    Uyu azwiho kuba yarabwiye abasirikare ba ESO ko uwitwaga Karekezi Jean Claude wari umuforomo muri CHUB ari Umututsi, maze bamwicira imbere y'abarwayi.

    Ashingiye kuri aya mateka, Depite Uwamariya Vénéranda, wari witabiriye iki gikorwa, yasabye ko aba bicanyi bakidegembya bakurikiranwa mu bihugu bihishemo kandi bakamburwa n'ibyangombwa byo kuvura.

    Ati ''Abatarafatwa bakwiye guhagarikwa ku murimo wo kuvura, bakanavanwa ku rutonde rw'abaganga bemerewe gukora. Bakwiye kandi no gushyikirizwa inkiko, kugira ngo abo bishe n'abo biciye bahabwe ubutabera.''

    Amateka agaragaza ko byibura abaganga n'abaforomo basaga 60 bakoraga muri CHUB bakoze Jenoside haba mu bitaro, mu Mujyi wa Butare ndetse no mu nkengero zaho.

    Abagize inzego z’umutekano bashyize indabo ku mva

    Depite Uwamariya Vénéranda ashyira indabo ku rwibutso rwa UR-Huye ruruhukiyemo abazize Jenoside barimo n’abo muri CHUB

    Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibitaro bya CHUB, Dr. Ngarambe Christian, yavuze ko abaganga ba none biyemeje kuziba icyuho cy’abaganga bijanditse muri Jenoside

    Abatanze ubuhamya bagarutse ku kaga bahuye nako ubwo bahungiraga mu Bitaro bya CHUB

    Depite Uwamariya Vénéranda yasabye ko abaganga bahemukiye u Rwanda bari mu mahanga bamburwa ibyangombwa byo kuvura bakanashyikirizwa inkiko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/depite-uwamariya-yasabye-ko-abaganga-bakoze-jenoside-bamburwa-ububasha-bwo

  • Rubavu: Umugabo yishwe n'umumotari amuteye ibyuma – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 25 Gicurasi 2025, mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Gikombe, ho mu Mudugudu wa Gafuku.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, SP. Karekezi Twizere Bonaventure yabwiye IGIHE ko inzego zishinze iperereza zatangiye gushaka amakuru ku rupfu rw'uyu mugabo.

    Ati 'Yishwe atewe icyuma n'umumotari utaramenyekana. Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma (autopsie), mu gihe iperereza rikomeje ngo hamenyekane uwakoze iki cyaha, kandi afatwe agezwe imbere y'ubutabera.'

    Yakomeje yihanganisha umuryango wagize ibyago.

    Ati 'Turihanganisha umuryango wa nyakwigendera muri ibi bihe bikomeye, kandi tunasaba abaturage gutanga amakuru yose yafasha mu gutuma ukekwaho icyaha afatwa.'

    Yanaboneyeho gusaba abaturage kwirinda kwishora mu makimbirane no mu bikorwa by'ubugizi bwa nabi, ndetse no gutanga amakuru ku gihe, kuko umutekano ari inshingano ya buri wese, kandi ko ubufatanye bw'inzego z'umutekano n'abaturage ari bwo shingiro ry'umutekano urambye.

    Baribarira Jean Pierre utuye muri uyu Murenge wa Rubavu, yabwiye IGIHE ko bibabaje 'kuba umuntu yicirwa hagati y'amazu, ku matara yaka kandi kuri kaburimbo, ese abahaturiye bo kuki batatabaye, hakaneye gukazwa ingamba.'

    Inzego zishinzwe umutekano zageze ahakorewe ubu bugizi bwa nabi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-umugabo-yishwe-n-umumotari-amuteye-ibyuma