Ibi bishanga byitezweho guhindura isura y'Umujyi wa Kigali, birimo icya Gikondo kizaba gifite ubuso bwa 162 Ha, icya Nyabugogo kizaba gifite 131 Ha, icya Kibumba cya 68 Ha, icya Rwampara gifite 65 Ha n'icya Rugenge-Rwintare cya 65 Ha.
Ikigo gishinzwe kurengera Ibidukikije mu Rwanda, REMA, kivuga ko imirimo yo gutunganya ibi bishanga byose igeze kuri 56%, uretse icya Rwampara kigeze kuri 20%.
Igishanga cya Gikondo gifata igice cya Remera, Kimihurura, Gatenga gihura n'igishanga cya Rugenge rw'intare gifata igice cya Kacyiru n'igice cya Muhima bigahurira n'igishanga cya Muhima ahitwa ku kinamba.
Naho igishanga cya Kibumba ahahoze UTEXRWA gihuza Umurenge wa Kinyinya, uwa Gisozi ni igishanga cya Nyabugogo gihuza Umurenge wa Muhima ni Gatsata.
Umukozi wa REMA ushinzwe Porogaramu yo gukurikirana ibikorwa byo kurengera ibidukikije n'urusobe rw'ibinyabuzima, Uwera Martine, yavuze ko ibi bishanga bizaba bifite inzira z'abanyamaguru n'abanyonga amagare zireshya n'ibilometero 58,5.
Ati'Ibi bishanga bizahindura isura y'Umujyi wa Kigali kuko nibimara gutunganywa bizagarura umwuka mwiza abantu bahumeka. Bizagabanya imyuzure, byongere ubuziranenge bw'amazi, ndetse bifashe mu kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, hanakoreshwe kandi nk'ahantu ho kuruhukira.
Mu byibandwaho mu kwagura ibi bishanga harimo gutunganya utugezi turi muri ibi bishanga tugatemba mu buryo bugezweho tunyuze mu nzira zizahangwa, ibidendezi byakira amazi bigabanya umuvuduko w'amazi atemba hagabanywa umwuzure ushobora gusenya ibikorwaremezo.
Hongerwamo kandi ibiti gakondo bitandukanye bikurwa mu mashyamba cyimeza nka Gishwati, Mukura n'andi bidasanzwe biboneka mu Mujyi wa Kigali, bigamije kwigisha abazajya basura aha hantu kumenya ubwoko bw'ibiti buba mu mashyamba ya cyimeza.
Nubwo ikigamijwe nyamukuru ari ukubungabunga ibidukikije, muri ibi bishanga hazashyirwamo n'ibikorwaremezo bitandukanye bizafasha ba mukerarugendo bahasura kwidagadura.
Hazashyirwamo amasomero arimo na internet, ibibuga by'imyidagaduro birimo n'iby'umupira w'amaguru, inzira z'amagare n'abanyamaguru bashaka gukora siporo, kuruhuka no kwidagadura.
Hazashyirwamo inzu zitandukanye zishobora gutangirwamo amafunguro n'ibinyobwa, izizajya ziberamo imurikagurisha, ahahariwe imikino y'abana n'ibindi.
Ibi bishanga bizashyirwamo n'ahantu habugenewe abafite ibinyabiziga bashobora kubishyira, bikazagira akarusho ko gukoresha ingufu z'amashanyarazi aturuka ku mirasire y'Izuba.
Hazashyirwamo utuzu tuzajya dushyirwamo amagare ku bashaka kuyatwara, ameza manini y'abaje mu ngendoshuri, utuzu dutanga amakuru, utubarizwamo amazi yo kunywa, intebe zo kureberaho ibyiza nyaburanga ku bahasura, za gym ku bakunda kugorara imitsi n'ibindi.
Ibishushanyo mbonera by'ibi bishanga
![]()
Mu Gishanga cya Kibumba hazashyirwamo ibikorwaremezo bifasha abashobora kuhasura
![]()
Ku Gishanga cya Nyabugogo hazashyirwa ikiyaga kizanashyirwamo n’ubwato
![]()
Ku Gishanga cya Kibumba hazashyirwamo n’inzu umuntu ushaka icyo kurya akabibona bitamugoye
![]()
Umugezi wo ku Gishanga cya Nyabugogo ni uko uzaba umeze
![]()
Mu gusana Igishanga cya Kibumba abana ntibarengejwe ingohe
![]()
Imihanda izajya iba ikikijwe n’ibiti aho umuntu azaba ahumeka umwuka ayunguruye
![]()
Mu Gishanga cya Rwintare hazashyirwamo n’inzu yerekanirwamo ibiranga Umuco Nyarwanda
![]()
Zimwe mu nzu zizubakwa mu Gishanga cya Rwintare ni uko zizaba zimeze
![]()
Hamwe hazubakwa uduhanda duhura n’ibiraro byo mu kirere
![]()
Hazashyirwamo n’inzu igaragaza Umuco Nyarwanda
![]()
Uko ni ko mu mezi 18 ari imbere Igishanga cya Gikondo kizaba kimeze
![]()
Abazajya bajya gusura igishanga kivuguruwe cya Gikondo bazajya babona n’amahirwe yo guconga na ruhago
![]()
Mu gishanga cya Rwampara n’ibindi biri gusanwa, hazajya hifashishwa ingufu z’imirasire y’Izuba
![]()
Uko ni ko Igishanga cya Rwampara kizaba kimeze
![]()
Muri ibi bishanga buri bikorwaremezo bizaba bibungabunga ibidukikije
![]()
Ibishanga byakozwe ku buryo uzajya aba agenda ku mihanda izahangwamo, azajya aba yitegeye umugezi unyuramo amazi yayunguruwe
Imirimo yo gutunganya ibi bishanga mu mujyi wa Kigali igeze kuri 56%
![]()
Urusobe rw’ibinyabuzima ni imwe mu mpamvu ikomeye yatumye ibi bishanga bitunganywa
![]()
Inyoni ziri mu zikunze kubona henshi muri ibi bishanga
![]()
Ibi bishanga bizagira uruhare mu kubungabunga amazi
![]()
Ibikoresho bizakoreshwa mu kubaka ibi bishanga byamaze gutegurwa
![]()
Inzira z’abanyamaguru zizajya ziba zikikijwe n’ibirimo ibiti
![]()
Kimwe mu bizaranga ibi bishanga ni inzira ndende zikoreshwa n’abanyamaguru
![]()
Ibi bishanga biri guhabwa isura nshya
![]()
Inzira z’abanyamaguru ziri gutunganywa mu buryo bwiza
![]()
Ibi bishanga bizatunganywa ku buryo butabangamira ibidukikije
![]()
Abakozi bubaka bari gukorana ishyaka kugira ngo ibi bishanga bizuzure mu gihe cyateganyijwe
![]()
Imirimo yo gutunganya ibi bishanga REMA itangaza ko igeze kuri 56%
![]()
Ibi bishanga biri gutunganywa ku buryo bizahinduka ahantu nyaburanga Abanya-Kigali bashobora gusohokera
![]()
Ahari ibishanga byuzuye ibyondo, hari gukorwa ku buryo hazahinduka ahantu nyaburanga hari amazi asukuye
![]()
Ni ibishanga byitezweho guhindura isura y’Umujyi wa Kigali
![]()
Amazi yo muri ibi bishanga aratangunywa ndetse akayoborwa mu buryo bukwiriye
![]()
Imirimo irarimbanyije muri ibi bishanga bifite ubuso bwa hegitare zirenga 500
Amafoto: Faustin Nkurunziza