Ntibitangaje ko yigeze kuvuga ko Perezida Paul Kagame ari 'data wabo', yongeraho ko ari umwe mu bo afatiraho icyitegererezo.
Mu kwezi kwa Mata 2023, ubwo yizihizaga isabukuru y'imyaka 49, yayizihirije mu Rwanda, yakirwa n'umuryango wa Perezida Kagame mu birori byuje umunezero n'ubuvandimwe, bigaragaza ko umubano w'ibihugu byombi ukomeje gusubira ku murongo.
General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, haravugwa igitutu cy'umutekano muke cyongeye kugaragara mu gace ka Rugezi, kari muri teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo, aho abarwanyi b'ihuriro rya Wazalendo bongeye kugaragara ku misozi y'aho.
Ubutumwa bwatanzwe n'umwe mu batuye muri ako gace bwemeza ko aba barwanyi ba Mai-Mai bongeye kugaruka mu bice bya Marango na Muchikachika, nubwo gahunda yabo nyayo itaramenyekana.
Uyu muturage yavuze ati: 'Turaho, ariko bwa Mai-Mai turi kuburangiza ku Marango. Buri kurereta za Muchikachika. Ntituramenya gahunda yabwo.'
Icyakora, imitwe ya Twirwaneho na M23 isanzwe igenzura ako gace kuva mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025, iratangaza ko ihora yiteguye.
Uyu muturage ati: 'Twirwaneho itegereje icyo buriya bwa Mai-Mai bukora. Nibaza ko bwabonye amasomo ku bitero byabanje.'
Mu kwezi kwa gatatu, Rugezi yavuye mu maboko y'ingabo za Leta ya Congo nyuma y'imirwano ikaze, ihita ifatwa na M23 na Twirwaneho.
Icyo gihe, ingabo za Leta zaratsinzwe zirasubira inyuma zihungira mu bice bya Rulenge, Gasiro na Mirimba, aho hazwi nka kimwe mu birindiro bya FDLR, Wazalendo ndetse n'ingabo z'u Burundi n'Imbonerakure.
Ubu, ingabo za Leta n'abo bafatanyije baragerageza kongera kwigarurira Rugezi, binyuze mu bitero bava muri ibyo bice byavuzwe haruguru. Ariko, uko bagiye bagaba ibitero kuri Twirwaneho na M23, byarangiraga batsinzwe, basiga ibikoresho byinshi by'intambara ndetse n'ubuzima bwa bamwe mu basirikare babo.
Rugezi rero yasubiye mu bihe by'impagarara n'ubwoba, abaturage baho bahangayikishijwe n'uko amahoro atangiye gusagamba ashobora kongera kubura.
Ubushakashatsi ku mibereho rusange y'ingo (EICV 7) bugaragaza ko ingo zigerwaho n'amazi meza zageze kuri 90% mu 2024.
Imibare igaragaza ko abafite amazi mu ngo zabo ari 16% bavuye kuri 9% mu 2017, abavoma mu baturanyi no ku mavomo rusange abegereye ari 39% bavuye kuri 35%.
Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group, Prof. Omar Munyaneza ubwo yatangaga ibisobanuro muri PAC ku bibazo byagaragaye muri raporo y'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta y'umwaka warangiye muri Kamena 2024, yagaragaje ko hari ikibazo cy'abakiliya batishyura neza ariko ingamba zafashwe harimo kujya bacibwa 5% by'ideni batinze kwishyura.
Ati 'Ni uko gusa tutaratangira kubishyira mu bikorwa ariko ubundi twifuzaga ko bitangirana n'igengo y'imari y'uyu mwaka [2025/2026] ariko tubanje no kubimenyesha abaturage kugira ngo wenda bitazabatera ikibazo.'
Prof Munyaneza yahamije ko buri kwezi nibura abafatabuguzi 40% ari bo bishyura bibwirije mu gihe abandi barenza iminsi 15 nyuma yo kubarirwa, bose hamwe bakagera hejuru ya 80%.
Ati 'Twifuza ko twagera hejuru ya 95%.'
Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubucuruzi muri WASAC Group, Bahige J. Berchimas, yatangaje ko ubu umuntu urimo ideni ry'amazi asigaye ashyirwa muri ba bihemu (CRB) ku buryo adashobora kubona inguzanyo.
Ati 'Ni ukuvuga ngo igihe umuntu agiye gushaka inguzanyo muri banki, igihe babonye ko afite umwenda w'amazi bamusaba kuza kubanza kutwishyura ariko mu buryo burambye turi gutekereza gushyiraho ibihano kuko byagaragaye ko abantu bakunda kwishyira iyo hagiyemo izindi mbaraga.'
WASAC Group ivuga ko umwaka wa 2024 warangiye bishyuje inyemezabuguzi zingana na 82% z'izo batanze zose.
Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group, Prof. Omar Munyaneza yavuze ko bagiye gutangira guhana abatinda kwishyura amazi
Dak Prescott Atangije Iyubakwa ry'Inzu Nshya y'Ubwami muri Texas
Umukinnyi w'icyamamare muri NFL, Rayne Dakota 'Dak' Prescott, yatangiye kubaka inzu nshya y'akataraboneka muri leta ya Texas, igaragaza intambwe ikomeye agezeho mu buzima bwe bwite ndetse no mu rugendo rwe nk'umukinnyi ukomeye wa Dallas Cowboys. Iyo nzu nshya, yubatse ku buso bunini kandi iri mu gace k'ubukire, ni ikimenyetso cy'iterambere n'ukwiyubakira ejo hazaza yihariye.
Umukinnyi wa Dallas Cowboys yatangije umushinga wo kwiyubakira inzu y'akataraboneka muri Texas, igaragaza intambwe amaze gutera mu buzima bwe bwite no mu mwuga we w'umupira w'amaguru.
Iyubakwa ry'inzu y'akataraboneka ritangiye
Nk'uko amakuru abigaragaza, ibikorwa byo kubaka iyo nzu byatangiye mu byumweru bishize, bikaba biri gukorwa n'isosiyete y'ubwubatsi izwi cyane muri Texas, ifite izina rikomeye mu kubaka inyubako z'ikirenga ku bantu b'ibyamamare n'abakire. Iyi nzu nshya ya Dak Prescott izaba ifite ibice byinshi birimo:
Icyumba kinini cy'imyitozo ngororamubiri (gym)
Icyumba cyihariye cyo kureberamo sinema (home theater)
N'ahantu hateganijwe gutumiriramo abantu benshi mu birori
Byitezwe ko iyi nzu izarangira mu mpera z'umwaka wa 2025, bitewe n'uko ibikorwa byayo biri kwihutishwa n'ubushake bwa nyirayo bwo kuyituramo vuba.
Impamvu zo kwiyubakira inzu nshya
Abegereye Dak Prescott bavuga ko icyemezo cyo kubaka iyi nzu cyatewe n'ibintu byinshi birimo:
Kongera kumva ari iwabo: Nubwo amaze igihe mu mujyi wa Frisco aho asanzwe aba, Prescott yashatse ikibanza kinini kurushaho aho yatekereza ubuzima bw'ejo hazaza, harimo no gushinga umuryango.
Kwiyubakira ejo hazaza: N'ubwo agikina, Dak arateganya gutura burundu muri Texas na nyuma y'umukino, akaba ashaka inzu izamuhesha ituze n'umutekano igihe azaba asezeye ku mupira.
Kwihesha ishema: Nk'umukinnyi uri mu bashyushye b'ikipe ya Cowboys kandi winjiza amafaranga menshi, kwiyubakira inzu y'akataraboneka ni kimwe mu bimufasha kugaragaza iterambere rigezweho.
Umushinga ushobora no gutanga akazi ku bantu benshi
Uyu mushinga wo kubaka inzu ya Dak Prescott urimo guha akazi abantu benshi b'abahanga mu bwubatsi, ba rwiyemezamirimo, abakora ibijyanye n'ubugeni bw'imbere (interior designers), ndetse n'abacunga umutekano. Akarere kazubakwamo iyi nzu, n'ubundi kazwiho kwakira ibyamamare, karimo kugirira akamaro gakomeye mu bijyanye n'iterambere ry'imiturire no kongera agaciro k'imitungo igurishwa aho.
Abafana be babibonye bate?
Abafana ba Prescott bo mu gihugu hose bari kugaragaza ibyishimo no kumushyigikira ku mbuga nkoranyambaga. Bamwe bavuga ko ari ishema kubona umukinnyi nk'uyu, waciye mu bihe bigoye mu buzima bwe, ageze aho abasha kwiyubakira inzu nk'iyo. Hari n'ababona ko ari ikimenyetso cy'uko Prescott ashobora kuba afite gahunda ndende mu ikipe ya Cowboys, kuko iyi nzu nshya ishimangira ko ashaka gukomeza kuba hafi y'ikipe mu gihe kirekire.
Ikibanza cyaguzwe na Prescott gifite ubuso bunini burimo n'ibibuga by'imikino, parikingi nini, n'ubusitani buteye neza buzagirira akamaro umuryango we n'inshuti mu minsi izaza.
Umuhigo w'umwihariko
Mu biganiro Dak aherutse kugirana n'itangazamakuru, yigeze kuvuga ko igihe kimwe azashaka gutura ahantu atekanye kandi hareshya n'icyicaro gikuru cya Cowboys, kugira ngo azagire uruhare rusesuye mu mikorere y'ikipe mu gihe yaba atakiri umukinnyi, nk'umujyanama cyangwa undi mwanya ujyanye n'ubuyobozi. Hari abakeka ko iyi nzu ari kimwe mu bitegura iyo nzozi.
Dak Prescott â” Urugendo rw'umugabo wiyubakiye izina
Dak Prescott yavutse ku itariki 29 Nyakanga 1993, avukira muri Louisiana. Yigaragaje cyane mu mupira w'amaguru kuva mu mashuri yisumbuye kugeza agiye muri koleji ya Mississippi State. Yaje gutoranywa na Dallas Cowboys mu mwaka wa 2016, ndetse kuva ubwo ntiyigeze asubira inyuma.
Uyu mukinnyi, ukunze gushimirwa ubuyobozi bwe mu kibuga no hanze yacyo, azwiho kuba afite imyitwarire myiza, kuba intangarugero, ndetse no kugira umutima w'impuhwe. Yashinzwe Faith Fight Finish Foundation, ishyirahamwe rifasha abana n'imiryango bafite ibibazo by'ubuzima n'ubukene.
Ibi bivuze iki ku gihe cye kiri imbere?
Kubaka inzu y'ikirenga muri Texas ni ikimenyetso gikomeye ko Dak Prescott afite icyizere gikomeye ku hazaza he. By'umwihariko, abasesenguzi ba NFL baravuga ko iki ari ikimenyetso cy'uko ashobora kongera amasezerano n'ikipe ya Cowboys mu gihe kiri imbere, cyane ko amaze kuyikinira imyaka irenga 8.
Hari icyizere cy'uko iyi nzu izamubera igicumbi cy'umuryango we, ndetse n'urwunge rw'imishinga azakomeza gukora nyuma yo kuva mu kibuga.
Iyubakwa ry'iyi nzu nshya y'ubwiza bwa Dak Prescott ririmo kwerekana byinshi ku buryo ahagaze neza mu buzima, n'icyerekezo cye mu buryo bw'igihe kirekire. Kuri benshi, iyi nzu ni ikimenyetso cy'umugambi uhamye wo kwiyubakira ubuzima burambye, umutekano, n'icyizere nyuma y'imikino. Ku bafana be, ni ishema kumubona akomeza gutera imbere haba mu kibuga no hanze yacyo.
Iyo witegereje iyo nzu iri kubakwa, wumva ko atari inzu isanzwe â” ni ishyinguranyandiko y'urugendo rw'umuntu waciye inzira itoroshye, ariko akagera ku rundi rwego rw'icyubahiro n'umutuzo
Ni igikorwa cyatangijwe no gusobanurirwa amateka ashariye Abatutsi bo mu cyahoze ari Komine Kanzenze banyuzemo kuva mu 1959 kugeza ubwo Jenoside yatangiraga gushyirwa mu bikorwa byeruye mu 1994.
Baganirijwe uburyo Bugesera yari kamwe mu duce twari twaratoranyijwe kugira ngo tuzanwemo Abatutsi mu rwego rwo kubatoza, inzara n'indwara bizahabicire cyane ko hafatwaga nk'ahantu havumwe hadakwiye guturwa n'abantu.
Banyuriwemo kandi uburyo Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Ntarama bishwe urw'agashinyaguro n'interahamwe nyamara bari bazi ko ari ho bazabona amakiriro.
Nyuma yo kuganirizwa, bashyize indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y'inzirakarengane z'Abatutsi zishwe muri Jenoside mu 1994, mu rwego rwo kubunamira.
Mbuso yavuze ko kwibuka atari umuhango ahubwo ko ari inshingano za buri wese mu rwego rwo gusubiza agaciro n'icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 ndetse no kuba hafi Abarokotse bagifite ibikomere.
Yavuze ko nk'umuryango mugari wa Letshego Rwanda, bazafatanya n'Abanyarwanda bose guhangana n'abakomeza guhakana, kugoreka no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Yagize ati “Twe nk'umuryango wa Letshego Rwanda, twifatanyije n'Abanyarwanda bose by'umwihariko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Bugesera kandi twiyemeje gukora igisabwa cyose kugira ngo ibyabaye ntibizongere kuba ukundi. Kwibuka si umuhango ahubwo ni inshingano, ubumwe n'igihango kigomba kuzahoraho.”
Mbuso yasoje ashimira ubuyobozi bw'Igihugu ku buryo bwongeye guhuza Abanyarwanda, ubu u Rwanda rukaba ari igihugu nyabagendwa kandi gitanga amahirwe kuri buri wese.
Ni igikorwa cyasojwe no kuremera Haguma Jean Nepomuscene, umuturage wo mu Karere ka Bugesera warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho yahawe inka izamufasha mu iterambere rya buri munsi.
Amahugurwa yatanzwe na BK Foundation ku bufatanye na Rwanda Green Fund n'abandi bafatanyabikorwa batandukanye, aho ushyirwa mu bikorwa n'ihuriro ryiyemeje gufasha urubyiruko mu iterambere, (FESY) binyuze mu mushinga wa Green Gicumbi.
Amahugurwa yamaze umwaka yahuguye abaturage 632 baturutse mu mirenge icyenda igize Akarere ka Gicumbi, harimo abari mu cyiciro cy'urubyiruko 175 ndetse 58% by'abahuguwe bose ni abagore.
Abitabiriye aya mahugurwa bagaragaje ko bishimiye ubumenyi bayakuyemo bavuga ko yabahinduriye ubuzima.
Bantegeye Josephine wo mu Murenge wa Byumba akaba umwe mu bahuguwe yagize ati 'Nta kintu nari nzi ku bijyanye no kwizigamira kuko nakoreshaga amafaranga nabi, mbere nari nzi ko igenamigambi rikorwa n'abize kaminuza ariko ntabwo ari byo, ubu nanjye nsigaye ndikora ndetse mbasha kwizigamira. Ubu natangije ubucuruzi bwanjye.”
Umuyobozi Mukuru wa BK Foundation, Karangwayire Ingrid, yashimiye abaturage bo mu Karere ka Gicumbi uburyo bitabiriye amahugurwa ndetse asaba ibindi bigo by'imari gukomeza kubafasha binyuze mu buryo bwo kubigisha kwizigamira ndetse avuga ko intego bari bafite yagezweho.
Yagize ati “Intego twari dufite yari ugufasha abaturage cyane cyane abagore n'urubyiruko kwihangira imirimo, kwizigamira ndetse no gusobanukirwa neza imicungire ihamye y'ifaranga. Navuga ko hari ibyiza byagezweho kuko abasaga 100 babashije gutinyuka bafata inguzanyo ndetse abazifashe bazibyaje inyungu ingana na miliyoni 20 Frw, ibyo ni byiza ariko urugendo ruracyakomeje.'
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Green Fund, Mugabo Teddy, yasabye abafatanyabikorwa n'ibigo by'imari gushyigikira gahunda zigamije kongerera ubumenyi abaturage bo mu bice by'icyaro ku bijyanye n'imicungire y'imari, hagamijwe kubafasha guhangana n'imihindagurikire y'ibihe no kwiteza imbere.
Yagize ati “Dukeneye gukorera hamwe mu kongerera abaturage ubushobozi bwo gufata ibyemezo byiza bijyanye no kwizigamira no gushora imari, atari ukubafasha kwiteza imbere gusa, ahubwo no kugira ngo barusheho guhagarara bwuma imbere y'ingaruka z'imihindagurikire y'ibihe.”
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yashimiye abateguye aya mahugurwa, anashimira abaturage bagaragaje umuhate n'inyota yo kumenya ibyo batazi ndetse abasaba kutihererana ubumenyi bahashye ahubwo ko bakwiye kubusangiza n'abandi batagize amahirwe yo guhugurwa.
Yagize ati “Amahugurwa mwahawe ni ingenzi cyane ku buzima bwa benshi atari kuri mwebwe mwahuguwe gusa ahubwo no ku baturage ba Gicumbi ndetse no ku gihugu muri rusange. Ndabasaba kutiherarana ibyo mwahawe ahubwo mu bisangize n'abandi nabo bakomeze urugendo rw'iterambere.”
Umuyobozi mukuru wa BK Faundation, Karangwayire Ingrid, yavuze ko amahugurwa abaturage bahawe yabafashije kumenya uko bakwizigamira no gutangira ubucuruzi
Ibirori byo gusoza amahugurwa bari bamaze igihe bahererwa mu kigo cya Mutobo gitangirwamo amasomo agamije gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, byabaye kuri uyu wa 26 Kamena 2025.
Uwavuze ahagarariye abandi, Maj Ndayambaje Gilbert alias Castro, yagaragaje ko igihugu cyabakiriye neza nubwo bari bamaze igihe kinini mu bikorwa bikirwanya.
Ati “Turashimira byimazeyo Leta y'Ubumwe bw'Abanyarwanda irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame uburyo yatwakiriye nk'Abanyarwanda ititaye ku bikorwa bibi twari tumaze imyaka myinshi tubamo mu mitwe yitwaje intwaro twabayemo, ikaduhuriza hamwe muri iki kigo cya Mutobo aho twahawe amahugurwa tukigishwa indangagaciro z'Umunyarwanda n'izindi nyigisho nziza ziraga Umunyarwanda ufitiye igihugu cye akamaro.”
Yagaragaje ko abakiri mu mashyamba bagifite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w'u Rwanda bashyigikiwe na RDC, u Bubiligi n'u Burundi bikomeje kubaha ibikoresho, abasaba gutahuka.
Yashimangiye ko bahawe ubumenyi buzabafasha guharanira iterambere, ubumwe ndetse no guhangana n'icyashaka kugarura amacakubiri mu Banyarwanda.
Ati 'Murabizi neza mwahawe ubumenyi n'ubushobozi buzabafasha kujya ku isoko ry'umurimo kuko mwigishijwe ubumenyi butandukanye, mugende mwiteze imbere hamwe n'ingo zanyu kandi mugire uruhare mu iterambere ry'igihugu cyanyu.”
Yakomeje kandi abasaba kuba intumwa nziza bagahamagarira bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya RDC gutahuka mu gihugu cyabo.
Ati 'Ndangira ngo mbasabe kuba intumwa nziza mugakangurira bagenzi banyu mwasize mu mashyamba kurambika intwaro hasi bagataha, kandi mukanyomoza ibihuha byinshi abaharabika u Rwanda bahora bavuga kandi bigatuma bamwe badataha.”
Yasabye inzego z'ibanze gukomeza gufasha abasezerewe kwisanga mu buzima busanzwe, kubafasha kubona imirimo no kugira uruhare muri gahunda zabo z'iterambere.
Ati 'Ni inshingano zacu kwakira aba basezerewe, kubakurikirana umunsi ku wundi tukamenya ko nta bibazo bahura nabyo ndetse no kubaba hafi kugira ngo gusubira mu buzima busanzwe kwabo birusheho koroha.'
Uretse abasezerewe basubijwe mu buzima busanzwe, Umuyobozi wa Komisiyo y'Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare (RDRC), Nyirahabineza Valérie, yatangaje ko bagiye guhita batangiza icyiciro cya 75 kizaba kigizwe n'abagera ku 114 batashye.
Abo bahoze mu mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Wazalendo, n'indi mitwe itandukanye ndetse n'abari abasirikare ba FARDC.
Guverineri Mugabowagahunde Maurice yasabye inzego z’ibanze ubufatanye
Mu basezerewe harimo n’abagore
Abasoje amahugurwa basabwe kwitwara neza
Abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa
Maj Ndayambaje alias Castro yasabye abakiri muri RDC gutahuka
Abagera ku 106 bahoze mu mitwe irimo FDLR basubijwe mu buzima busanzwe
Yakomeje avuga ko biri mu mujyo wo gukomeza gutanga serivisi nziza ku bakiliya babo.
Yagize ati 'Ibi kandi byereka abakiliya bacu ko duhora dukora ibishoboka ngo tubahe serivisi nziza, kuko intambwe nk'iyi ni ukwerekana ko bashobora kubona serivisi zabo aho bari hose.'
Kugeza ubu Longtai ikorera mu bihugu bine byo muri Afurika ari byo u Rwanda, Angola, Ethiopia na Djibouti. Ikorana n'inganda zikomeye zikora imodoka zirimo NISSAN, Volkswagen, HONDA, KIA, Mercedes Benz, BYD, BMW, TOYOTA, n'izindi.
Iki kigo gitanga imodoka zihereye ku modoka nto zo gutwara, bus, kugera ku makamyo. Ibyiciro by'izo gicuruza biri hagati ya miliyoni 20 Frw na miliyoni 200 Frw.
Umuyobozi Mukuru wa Longtie, Zhao Xiaoyue, yavuze ko ubu bufatanye buzabafasha mu gutanga serivisi kuko imodoka izajya igurishwa ifite ubwishingizi
Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri Prime Insurance, Mike Byusa, yavuze ko iyi mikoranire igamije korohereza abakiliya kubona ubwishingizi kuko buzajya buzana n'imodoka
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kamena 2025, ikipe ya Police volleyball yafunguye ku mugaragaro irero ryayo ry'abahungu n'abakobwa.
Ni irerero (Academy) riherereye mu kigo cy'Amashuri cya Lycée de Kigali riherereye mu Rugunga.
Ubu bufatanye bubayeho nyuma y'aho POLICE VC ibayeho yihaye intego yo kuzamura uyu mukino binyuze mu bakiri bato, bityo hashingwa iri rero.
Muri iki gikorwa cyitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Perezida wa FRVB, Raphael Ngarambe na Visi Perezida Zawadi Geoffrey.
Ku ruhande rwa Police VC, hari umunyamabanga wayo, Supt Ntakirutimana Diane hari kandi n'umuyobozi wa Lycée de Kigali, Brother Imfurayase Jean.
Mu ijambo rye, umuyobozi wa LDK yashimye ko Police yagize iki gitekerezo ndetse yizeza ko bazafatanya guteza imbere izo mpano.
Ati 'Turabashimira ko mu bigo bihari muri Kigali mwahisemo LDK, turahari kandi turi tayali gufatanya namwe.'
Umunyamabanga wa POLICE VC, Supt Diane yagize ati ' turizera ko aba bakinnyi bato Bazavamo abakinnyi beza barangwa n'ubupfura, ubwitange no kwiyemeza.'
Perezida w'ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball yashimye POLICE VC ashimangira ko kugeza ubu iri ku isonga.
Ati 'Police VC kugeza ubu iri ku Isonga muri Siporo kuko ikoze igikorwa cy'indashyikirwa, turabashima cyane n'abandi bakabaye bareberaho ibyo mukoze.'
Iki ni igikorwa cyiza kuko muri hano kubera guteza imbere Siporo.'
Mu gufungura iri rerero, Police Volleyball yatangaje ko umutoza w'abakobwa ari Masumbuko Jean De Dieu naho abahungu bazatozwa na Iradukunda Yves, aba bose bakaba basanzwe ari abatoza mu makipe makuru.