Blog

  • Rutsiro: Imisoro n'amahoro bikomoka ku mucanga byinjije arenga miliyoni 450 Frw – #rwanda #RwOT

    Aka karere gatangaza ko ubu bucukuzi bwahangiye imirimo abaturage 9,650 binyuze muri sosiyete 36 zifite impushya zo gukora iyi mirimo.

    Imigezi yatanzweho impushya nyinshi irimo uwa Sebeya ufite site enye zicukurwaho umucanga n'uwa Koko watanzweho impushya eshatu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ka Rutsiro, Bagirishya Pierre Claver, yahamirije IGIHE ko ubu bucukuzi bwinjije imisoro n'amahoro byinshi.

    Ati 'Umwaka w'ingengo y'imari wa 2024/25, twari twarahize ko imisoro y'ibyo twiyinjiriza izaba miliyoni 1,115 frw ariko twarayirengeje iba miliyoni 1,150 frw biduha igipimo cya 103%.'

    Yakomeje avuga ko muri uyu mwaka w'ingengo y'imari wa 2025/26 bifuza kuzazamura imisoro n'amahoro bikomoka ku byo akarere kiyinjiriza bikagera kuri miliyoni 1,400 frw.

    Abaturage bishimira ko aka kazi kabatunze n'imiryango yabo ndetse ko bakomeje urugendo rw'iterambere.

    Habumugisha Tumaini wo mu Murenge wa Gihango avuga ko aka kazi kamufashije kugura ingurube ebyiri n'inkoko zirenga 10 kandi ko nta funguro akenera kurya ngo ananirwe kuryihahira.

    Avuga ko kandi ko kuri site imwe yo ku mugezi wa Koko, ku munsi baba bahari ari abakozi bari hagati ya 300 na 400, bose bagiye gushaka igitunga imiryango yabo.

    Uwiringiyimana Augustin we yavuze ko aka kazi yagakuyemo inzu yo guturamo.

    Ati 'Nta nzu nagiraga ariko kuri ubu nabashije kwiyubakira iy'ibyumba bibiri n'uruganiriro mbikesha akazi ko kwinura no gupakira imicanga.'

    Inkomoko y'amahoro akarere kiyinjiriza arimo arenga miliyoni 450 Frw yakomotse ku bucukuzi bw'umucanga ari narwo rwego rwakusanyijwemo menshi, mu gihe andi yakomotse ku mahoro y'ubutaka.

    Indi misoro n'amahoro bikomoka ku kwishyura impushya zo gucuruza, ku mitungo itimukanwa, umusoro ku nyungu z'ubukode, gukodesha imitungo ya leta ndetse n'ayakomotse ku nyungu n'ibihano.

    Akarere ka Rutsiro kabonye amahoro arenga miliyoni 450 akomoka ku mucanga

    Abaturage barenga ibihumbi icyenda babonye akazi mu bucukuzi bw’umucanga

    Umucanga wabaye imari ishyushye ku Karere ka Rutsiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-imisoro-n-amahoro-bikomoka-ku-mucanga-byinjije-arenga-miliyoni-450-frw

  • Umunyezamu Gianluigi Donnarumma, ibyo kwiyunga na PSG bisa nkibidashoboka #rwanda #RwOT

    Gianluigi Gigio Donnarumma ari mu nzira zo gutandukana na Paris Saint-Germain nyuma y'uko asizwe inyuma ku rutonde rw'abakinnyi bazakina Supercup. Uyu mukinnyi ukomoka mu Butaliyani ntiyigeze ahamagarwa na gato, bikaba byerekana ko umubano hagati ye na PSG wamaze gucikamo ibice.

    Amakuru ava mu ikipe avuga ko nta bwumvikane na buke buri hagati y'impande zombi ku bijyanye n'amasezerano mashya, ndetse nta n'icyizere cyo kuyashyiraho umukono. PSG yamaze gufata icyemezo cyo kwizera Lucas Chevalier nk'umuzamu mushya, bituma Donnarumma yisanga nta mwanya afite mu migambi y'iyi kipe.

    Biteganyijwe ko uyu mukinnyi ashobora kuva muri PSG muri iyi mpeshyi, cyangwa se akayivamo mu 2026 nk'uwarangije amasezerano. Donnarumma avuga ko atishimiye na gato imyitwarire yikipe ye, ibintu byongeye gukaza umwuka mubi hagati ye n'abayobozi bayo.

    Amakipe yo muri shampiyona yo mu Bwongereza 'English Premier League' yamaze gutangira kumuganiriza, bikaba bishoboka ko ahari ari ho azerekeza mu gihe cya vuba. Uyu mukinnyi w'imyaka 26 azwiho ubunararibonye bukomeye no gukina ku rwego rwo hejuru kuva akiri muto, ariko ubu urugendo rwe i Paris ruri kugana ku musozo utari mwiza.

    Donnarumma yahageze muri PSG avuye muri AC Milan, aho yari kapiteni, ariko urugendo rwe mu Bufaransa rushobora kurangira vuba cyane kurusha uko yari abitekereje.

    Umunyezamu Gianluigi Donnarumma, ibyo kwiyunga na PSG bisa nkibidashoboka
    Donnarumma ntiyigeze ahamagarwa mu bakinnyi bazakina Super Cup, ibyo kwiyunga na PSG bisa nkibidashoboka

    Source : https://kasukumedia.com/umunyezamu-gianluigi-donnarumma-ibyo-kwiyunga-na-psg-bisa-nkibidashoboka/

  • Instant Casino Online: User Experience Insights from the Community #rwanda #RwOT

    In this article, we'll delve into the fascinating world of instant casinos online, sharing valuable insights and experiences from players like you and me. We'll explore user experiences, the pros and cons of various platforms, and how these casinos stack up against traditional options. Whether you're a seasoned player or a newbie, understanding the community's perspective can enhance your gaming experience. Let's dive in and see what the buzz is all about, including thoughts on instant casino review sites and user feedback!

    The Rise of Instant Casino Online: What It Means for Players

    The concept of instant casinos has taken the online gambling world by storm. These platforms allow players to dive into the action without the hassle of lengthy sign-up processes or software downloads. As someone who's spent countless hours spinning reels and playing cards, I can vouch for the appeal of immediate access. Instant casinos not only save time but also cater to the growing demand for instant gratification in our fast-paced lives.

    A significant advantage of these casinos is their accessibility. Players can enjoy their favourite games directly from their browsers on desktops or mobile devices, making it easier than ever to get in on the fun. This shift towards instant play has opened the doors for many who might have been hesitant to try online gambling in the past. The community has embraced this change, and discussion forums are buzzing with recommendations and experiences.

    User Experiences: What the Community is Saying About Instant Casinos

    User feedback is essential when assessing any online gaming platform, and instant casinos are no exception. Many players share their experiences on forums and social media, detailing everything from game variety to customer support. One recurring theme is the convenience factor; players appreciate being able to play instantly without unnecessary delays. For instance, I recently read a post where a player described how they could access their favourite slots during their lunch break, which showcases how these platforms fit seamlessly into daily life.

    However, it's not all sunshine and rainbows. Some players have voiced concerns about the lack of comprehensive customer support. While many instant casinos do offer live chat and email options, responses can sometimes be slower than desired. Community discussions often highlight the importance of reliable support, especially when real money is on the line. This feedback is crucial for casinos looking to improve their services.

    Comparing Instant Casinos to Traditional Online Casinos: The Real Deal

    When considering whether to join an instant casino or stick with a traditional online casino, it's helpful to weigh the pros and cons. Traditional casinos often offer a more extensive range of games and features, which can be enticing for dedicated players. However, the instant casino model has gained traction due to its simplicity and speed. As a regular player, I've found that while traditional sites have their charm, the instant casinos cater more to on-the-go lifestyles.

    Another point of comparison is the registration process. Instant casinos usually require minimal information to get started, allowing players to jump straight into the action. In contrast, traditional sites may have lengthy forms and verification processes that can deter newcomers. For many, the ease of access provided by instant casinos is a game-changer, making them the preferred choice for casual players.

    Feature Instant Casinos Traditional Casinos
    Registration Process Quick and minimal Lengthy and detailed
    Game Variety Good selection, but may lack some exclusives Extensive and diverse
    Customer Support Often decent, but varies by site Generally more comprehensive
    Mobile Compatibility Optimised for all devices May require downloads for some games

    Top Features Players Love About Instant Casinos: A User Perspective

    Instant casinos have several features that players rave about. One of the most appreciated aspects is the range of games available. Players can often find a decent variety of slots, table games, and live dealer options, all accessible within seconds. Many community members have shared their excitement about discovering new titles that they might not have tried otherwise, thanks to the easy accessibility of these platforms.

    Another feature that stands out is the user-friendly interface. Most instant casinos are designed with players in mind, making it easy to navigate through different game categories and promotions. For example, I remember joining a new instant casino and was pleasantly surprised at how straightforward it was to find my favourite slot games. This ease of use is often highlighted in user reviews, making it a deciding factor for many when choosing a platform.

    Navigating Instant Casino Login: Tips and Tricks for a Smooth Experience

    One aspect that can be a bit tricky is the login process for instant casinos. While many platforms strive for simplicity, there can be hiccups along the way. Players often report issues with password recovery or two-factor authentication. To avoid these pitfalls, it's wise to use a password manager to keep your credentials safe and easily accessible. This can save you from frustration, especially when the excitement of playing is just a click away.

    Additionally, some players recommend creating accounts with social media logins, which many instant casinos now offer. This option allows for a quicker login experience and can reduce the chances of forgetting passwords. With a few simple clicks, you can be ready to play your favourite games without the hassle of remembering multiple credentials. Community discussions frequently praise this feature for its convenience, particularly amongst younger players who favour social media integrations.

    1. Always check for bonuses and promotions before signing up.
    2. Read reviews from other players to gauge reliability.
    3. Experiment with various games to find what suits you best.
    4. Keep an eye on withdrawal times and payment methods.

    Exploring Instant Casino Sister Sites: What You Need to Know

    Instant casino sister sites can be a treasure trove for players looking for variety. These sites often share the same software and game providers, which can mean similar experiences across platforms. Many players in the community have shared their experiences of exploring sister sites, often discovering new bonuses and game selections. For instance, if you find a site you love, checking out its sister sites can lead to more exciting gameplay options.

    However, it's essential to approach these sister sites with caution. While many offer great experiences, some may not live up to the standards of the original site. Player reviews on platforms like Trustpilot can provide valuable insights into the reliability and quality of these casinos. Engaging with community feedback can help you make informed decisions and avoid potential pitfalls.

    In conclusion, the world of instant casinos online has plenty to offer, but always do your research. Whether you're exploring instant casino reviews or checking out sister sites, a little insight from the community can enhance your gaming journey. Happy gaming!

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/11/instant-casino-online-user-experience-insights-from-the-community/

  • Rusizi: RPF-Inkotanyi yungutse abanyamuryango bashya barenga 450 – #rwanda #RwOT

    Igikorwa cyo kwakira indahiro z'abifuza kuba Abanyamuryango bemewe b'Umuryango RPF-Inkotanyi cyahuriranye n'ibirori byo kwishimira ibyagezweho byabereye mu Mirenge ya Kamembe, Mururu, Giheke, Muganza na Butare ku wa 10 Kanama 2025.

    Akarere ka Rusizi kabarizwa mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangungu, abakuze bavuga ko yari yarasigajwe inyuma na Repubulika ya mbere n'iya Kabiri.

    Ntereyaho Boniface w'imyaka 55, wo mu Murenge wa Mururu uri mu Banyamuryango bashya barahiye yavuze ko kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n'Inkotanyi nta shyaka yabagamo ko ahubwo yari akirimo kwiga ku bikorwa bya RPF-Inkotanyi ngo arebe niba akwiye kuyibera umunyamuryango.

    Ati “Icyatumye mfata icyemezo cyo kuba umunyamuryango wemewe wa RPF-Inkotanyi ni ibikorwa bitandukanye by'amajyambere yatugejejeho, birimo amashanyarazi, imihanda n'amashuri'.

    Uyu musaza yavuze ko yabyirutse abona baturiye urugomerero rw'amashanyarazi rwa (Rusizi I na Rusizi II) ariko batagira umuriro w'amashanyarazi.

    Ati 'Tukabona amatsinga aducaho ajyana umuriro muri Kigali, no muzindi ntara ariko twe tugahora mu icuraburindi, uyu munsi umuriro turawufite. Intego mfite ni ugufatanya n'abandi banyamuryango ba RPF-Inkotanyi tugaharanira guteza igihugu cyacu imbere”.

    Muhozawase Louise w'imyaka 27 yavuze ko icyatumye afata umwanzuro wo kurahirira kuba Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi ari uko yabyirutse abona mu gihugu ari amahoro.

    Ati “Intego mfite nk'Umunyamuryango mushya wa RPF-Inkotanyi ni ugushishikariza urubyiruko kuba Abanyamuryango tugakorera igihugu cyacu”.

    Chaiman wa RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi, Siborurema Timothee yahaye ikaze abanyamuryango bashya b'Umuryango RPF-Inkotanyi abasaba gushyira imbaraga mu kurinda ibyagezweho.

    Ati 'Tubitezeho kubahiriza gahunda za Leta. Gahunda za Leta ziba zikubiye muri manifesto y'umuryango, iyo tubonye abanyamuryango bashya tuba tubonye umusingi ufatika'.

    Yongeyeho ati 'Icyo tubasaba ni ukwiteza imbere bahereye kuri gahunda za Leta bagakora ubuhinzi bwa kijyambere, ibikorwaremezo Leta ibagezaho bakabigira ibyabo bakabirinda'.

    Mu barahiriye kuba Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi harimo 40 bo mu Murenge wa Giheke, 132 bo mu murenge wa Kamembe, 119 bo mu murenge wa Mururu, 132 bo mu Murenge wa Muganza na 30 bo mu Murenge wa Butare.

    Ntereyaho w’imyaka 55 yarahiriye kuba Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi

    Abanyamuryango bashya ba RPF-Inkotanyi biyemeje gusigasira ibyagezweho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-rpf-inkotanyi-yungutse-abanyamuryango-bashya-barenga-450

  • Rusizi: Inkuba yishe umugabo, umugore bari baryamanye ararusimbuka – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Kabayego, Akagari ka Karangiro, Umurenge wa Nyakarenzo ku wa 11 Kanama 2025 Saa Saba z'ijoro.

    Saa Yine z'ijoro ryo ku wa 10 Kanama 2025 mu Karere ka Rusizi hatangiye kugwa imvura idasanzwe yari ifite umuriri ndetse yumvikanagamo inkuba nyinshi.

    Saa Saba n'iminota itanu, ubuyobozi bw'Umurenge wa Nyakarenzo, bwahawe amakuru ko hari umugabo w'imyaka 29 witwa Nizeyimana ukubiswe n'inkuba aryamanye n'umugore we ku buriri.

    Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyakarenzo, Dushimimana Jean Baptiste yabwiye IGIHE ko amakuru bahawe n'umugore wa nyakwigendera ari uko yabonye umurabyo, akanumva ashyuhiranye, yareba umugabo we akabona ari gushikagurika.

    Ati 'Yahise ahamagara abaturanyi bamufasha kumugeza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakarenzo ari naho yaguye. Ntabwo twabashije kumenya niba hari icyo urwo rugo rutari rwubahirije ku bijyanye n'amabwiriza yo kwirinda inkuba kuko uwagombaga kuduha amakuru ni umugore wa nyakwigendera kandi yari ataramera neza'.

    Gitifu Dushimimana yihanganishije umuryango wagize ibyago byo kubura umuntu wabo biturutse ku nkuba, asaba abaturage gukomeza kwitwararika mu gihe cy'imvura irimo imirabyo.

    Ati 'Tugira inama abaturage ko igihe imvura irimo kugwa irimo imirabyo bakwirinda kuvugira kuri telefone, bagacomora ibyuma bicomekwa ku mashanyarazi, bakanirinda kugama munsi y'ibiti no gusohoka mu nzu bajya kureka amazi.'

    Nyakwigendera Nizeyimana asize umugore n'abana batatu barimo umuto w'amezi 9. Biteganyijwe ko azashyingurwa tariki 12 Kanama 2025


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-inkuba-yishe-umugabo-umugore-bari-baryamanye-ararusimbuka

  • Polisi yafashe umukobwa wacuruzaga urumogi i Nyarugenge – #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa yatawe muri yombi ku wa 11 Kanama 2025 Saa Munani z'amanywa kubera amakuru yatanzwe n'abaturage.

    Yahishaga urumogi acuruza mu mucanga wari urunze mu nzu iherereye mu Kagali ka Mataba, mu Mudugudu wa Rushubi. Uyu mukobwa ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Mageragere.

    Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye IGIHE ko uyu mukobwa akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi kuko umugabo we babanaga na we yafashwe acuruza urumogi na we akaba afungiye icyo cyaha.

    Ati 'Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'izindi nzego ndetse n'abaturage ntizadohoka mu kurwanya abanywa n'abacuruza ibiyobyange kuko bigira ingaruka ku baturage ndetse no ku muryango nyarwanda, ababinywa baragirwa inama yo kubireka, ababicuruza nibabireke kuko amayeri bakoresha arazwi.'

    Polisi kandi yashimiye abaturage bagira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa.

    Ati 'Iki ni ikimenyetso cy'imikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n'abaturage, turabashimira ariko tunibutsa abandi gutangira amakuru ku gihe, tugire igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.'

    Ingingo ya 263 mu gitabo cy'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n'amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihabijwe n'urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n'ihazabu irebze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Uyu mukobwa yafatanywe urumogi yacuruzaga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyarugenge-polisi-yafashe-umukobwa-wacuruzaga-urumogi

  • Ngororero: Imiryango irenga 600 yasenyewe n'ibiza ntiratuzwa – #rwanda #RwOT

    Ibi ni bimwe mu byo Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yagarutseho mu kiganiro na IGIHE, anaboneraho gusaba abafatanyabikorwa babishoboye gukomeza kugira uruhare mu gutuza neza aba baturage.

    Ati 'Kuva 2023 kugeza muri Kamena 2025, mu Karere ka Ngororero, hamaze kubakirwa imiryango 747 yagizweho ingaruka n'ibiza, yimuriwe ahadashyira ubuzima bwayo mu kaga, gusa turacyafite ikibazo cy'imiryango 664 itarabasha kubakirwa, ariko nayo uko ubushobozi buzajya bugenda buboneka nabo bazubakirwa.'

    Kuva ibiza byibasiye aka karere byaba mu ijoro rya tariki 2-3 Gicurasi 2023, uwo mwaka wasojwe Akarere kabashije kwimura ndetse kanatuza imiryango 32.

    Ni mu gihe mu mwaka wakurikiyeho wa 2024 himuwe ndetse hatuzwa imiryango 55.

    Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi, ibinyujije mu mushinga wa CERC, ku bufatanye na Banki y'Isi, mu mwaka w'ingengo y'imari 2024-2025 yubakiye imiryango 241, nayo yasenyewe n'ibiza.

    Meya Nkusi yaboneyeho gusaba abaturage gushishikarira gutura ku midugudu, kuko imiterere y'ubutaka bwo muri aka karere ari imisozi miremire kandi hagira ubutaka busoma amazi, bigatiza umurindi ibiza by'inkangu.

    Imiryango irenga 600 yasenyewe n'ibiza ntiratuzwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngororero-imiryango-irenga-600-yasenyewe-n-ibiza-ntiratuzwa

  • Nelly Mukazayire yavuze ku rukundo rwe rwa siporo, kuba Minisitiri n'amateka ye ashaririye – #rwanda #RwOT

    • Yize ubukungu araminuza kugera kuri Masters
    • Asanzwe akina Basketball kandi yakiniye n'ikipe y'igihugu
    • Yavuze ku cyerekezo cy'igihugu cyamuharuriye inzira
    • Yagarutse ku mateka ashaririye ashingiye ku mubyeyi we wagize uruhare muri Jenoside

    Kuva mu Ukuboza 2024, Mukazayire ni Minisitiri wa Siporo, inshingano yahawe avuye ku mwanya wo kuba Umunyamabanga wa Leta.

    Mu kiganiro yagiranye na Daniel Bernard, umwe mu bashinze umuryango Ride For Unity's BikeCast, yagarutse ku buzima bwe, n'uko yabaye Minisitiri wa Siporo.

    Ride For Unity ni umuryango utegamiye kuri leta ugamije guteza imbere indangagaciro zirimo kwihangana, kudaheza, uruhare rwa buri wese no kurengera ibidukikije binyuze muri siporo.

    Izi ndangagaciro ni zo ugenderaho ukora ibikorwa bibyara inyungu. Ukorana n'amashuri, kaminuza n'ibigo bitandukanye muri gahunda zawo, hagakorwa ubukangurambaga bushingiye ku gushishikariza abakiri bato gukora siporo bitari nk'inyungu ku buzima bwabo, ahubwo bikarenga ikagira ikindi gisobanuro binyuze muri siyansi, ikoranabuhanga n'ibindi bifitiye umuntu akamaro.

    Daniel Bernard yabajije Mukazayire uko yabaye Minisitiri wa Siporo. Yasubije ko nk'Umunyarwanda, rimwe na rimwe bigora kuvuga ku rugendo rwe akuyeho ubuzima igihugu cyanyuzemo.

    Amasomo ye yayigiye mu Rwanda kuva ku yisumbuye kugera kuri Kaminuza aho yaminuje mu bukungu muri Kaminuza y'u Rwanda. Ubu afite Masters muri iyo ngeri.

    Uyu munsi ni Minisitiri wa Siporo nyuma yo gukora mu Biro by'Umukuru w'Igihugu igihe kigera ku myaka 10 nyuma agakora mu Kigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama, RCB.

    Yahavuye ajya gukora mu Rwego rw'Igihugu rw'Iterambere, inshingano zakurikiwe no kujya gukora muri Minisiteri ya Siporo nk'Umunyamabanga Uhoraho nyuma nka Minisitiri.

    Ati 'Mu buzima bwanjye, ndi umuntu wakunze siporo. Nakinnye Basketball mu mashuri yisumbuye no muri Kaminuza, nakiniye by'igihe gito Ikipe y'Igihugu nyuma njya mu bindi. Siporo ihora mu byo nkora buri munsi, ndacyakina basketball nk'utarabigize umwuga.'

    Nelly Mukazayire akunda siporo by’umwihariko Basketball, umukino yakinnye kugeza no ku Ikipe y’Igihugu

    Yavuze ko kwisanga mu mwanya arimo uyu munsi, bishingiye ku rugendo rw'igihugu cyafunguye amarembo aho icyo umuntu ashaka kugeraho, akigeraho uko byagenda kose.

    Yasobanuye ko u Rwanda rumaze imyaka 31 mu rugendo rwo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ko muri iyo myaka, buri Munyarwanda yeretswe ko ashobora kugera ku ntego ze.

    Ati 'Twese twabonye amahirwe yo kongera kubaho, kugira icyizere, kumva ko dushobora kugira ahazaza kubera igihugu gifite icyerekezo, igihugu kitwereka ko nubwo twari mu bihe bigoye nk'igihugu n'abantu ku giti cyacu […] kuko amateka y'u Rwanda aragoye ku buryo bamwe bagowe no kugira icyizere cy'ejo hazaza, abarokotse Jenoside, abari impunzi igihe kinini, imiryango yisanze idafite icyerekezo mu buzima bugoye aho bamwe mu bo mu muryango wawe bishwe, ikindi gice cyaragize uruhare muri jenoside; ni ibintu bigoye igihugu cyisanzemo hanyuma kandi mu bijyanye n'ubukungu, politiki n'ibikorwaremezo, igihugu cyarasenyutse.'

    Yavuze ko icyo cyerekezo igihugu cyafashe cyo gusana gihereye ku busa ari cyo cyamuhesheje amahirwe we n'abandi Banyarwanda benshi, kuba aho bari uyu munsi.

    Ati 'Muri urwo rugendo, umusingi wo kutwereka ko dushobora kubaka ubuzima bwacu n'igihugu, mbere na mbere ni ukwimakaza ubumwe. Urwo rugendo rw'ubumwe rusaba kubabarira, ubwiyunge, kumva ko duhujwe n'intego imwe yo kubaka, ni intambwe y'ingenzi. Ibyo bidahari, ntabwo nari kubona inzira inyerekeza aho ndi, cyo kimwe n'abandi benshi nkanjye.'

    Ikindi cyamugejeje aho ari, yavuze ko ari amahirwe angana kuri bose, ku buryo yabashije kujya mu ishuri, akiga, akabasha no guhatanira imirimo kandi akayibona bishingiye ku bushobozi bwe.

    Ibyo byose yavuze ko byunganirwa no kwigirira icyizere, aho umuntu yibonamo ubushobozi yifitemo. Ati 'Ibyo byaramfashije. Kwicara nkavuga nti ndi Nelly, hari ibyo nakora kuri iyi si, hari ikintu kidasanzwe nifitemo undi muntu wese adafite, ikindi ni uguhatana.'

    'Rimwe na rimwe tuba dufite icyo cyizere, ariko ntidukoreshe imbaraga zacu zose, ukeneye gukora cyane, kwiga, ugashyiramo imbaraga.'

    Mukazayire yavuze ko ikindi cyamufashije mu rugendo rwe ari ikinyabupfura no guhozaho mu byo akora byose.

    Yakomeje agira ati 'Ugomba no kumva ko uri hano kugira ngo utange umusanzu wawe, kandi ko uri mu bagomba kugira uruhare mu kubaka iki gihugu. Ko amahirwe yose uzahabwa, ari ayo gutanga umusanzu wawe.'

    Nelly Mukazayire wavutse mu 1982, yavuze ko rimwe na rimwe nubwo umuntu yaba yifitemo ubushobozi bungana bute n'ubushake buhambaye, hari ubwo amateka ye ashobora kumubera imbogamizi, akiburira icyizere.

    Ati 'Rimwe na rimwe hari ubwo amateka yawe ashobora kukubwira ati ntibishoboka. Ku giti cyanjye, mfite amahirwe agoye ku buryo wavuga uti nabikora. Mfite bamwe bo mu muryango wanjye barokotse Jenoside, n'abandi bo mu muryango wanjye by'umwihariko Mama wanjye, wagize uruhare muri Jenoside.'

    'Rimwe na rimwe nari mfite amajwi menshi yambwiraga ngo ntiwabishobora. Ariko icyatumye mbona ko nabigeraho, ni ubuyobozi bukwereka ko bitagombera Mama wawe, umuryango wawe, idini, indeshyo yawe ahubwo ko bigombera icyerekezo igihugu gifite, ko uri Umunyarwanda, ko ufite inshingano, ufite umwanya, hanyuma umuhate ushyiramo ku giti cyawe kugira ngo ubigereho, hanyuma n'intego ari yo yo gukorera igihugu kuko iyo ndi gukorera igihugu nanjye mba ndi kwikorera, nkorera n'abazakurikiraho.'

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yavuze ko icyerekezo cy'igihugu aricyo cyamufashishije kwigirira icyizere mu gihe byari bigoye bitewe n'amateka ye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nelly-mukazayire-yavuze-ku-rukundo-rwe-rwa-siporo-kuba-minisitiri-n-amateka-ye

  • Umuhanzikazi Jody Bright yasohoye indirimbo yise 'Wirira', ikoze mu njyana Gakondo #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi utuye muri Leta Zunze Ubumwe Z'Amerika Jody Bright yaraye asohoye indirimbo nshya yise 'Wirira', ikoze mu buryo bwa Gakondo bw'umuco Nyarwanda, ikomeje kunyura imitima ya benshi mu bayumvise bwa mbere. Iyo ndirimbo yashyizwe hanze ku munsi w'ejo ku Cyumweru tariki ya 10 Kanama 2025, igaragaramo injyana y'amakondera, inanga, ingoma n'amajwi y'amakondera ya kera, byose bigahurizwa hamwe mu buryohereye amatwi kuwayumvise.

    'Wirira' yanditswe na Jody Bright ubwe, ikaba ivuga ku gahinda n'ibibazo abantu banyuramo mu buzima ariko ikanatanga ubutumwa bw'ihumure n'icyizere cy'ejo heza.

    Mu magambo y'indirimbo, agaragaza uburyo umuntu ashobora guca mu bihe bigoye ariko ntacogore cyangwa ngo agwe mu kantu, ahubwo akihangana akareba imbere, akizera ko n'imvura igwa ikarangira.

    Abakunzi b'umuziki bamaze kuyumva banyuzwe n'ubuhanga bwa Jody Bright mu guhuza amagambo yuje ubusizi n'imiririmbire ikoranye ubuhanga, ku buryo bamwe bamaze gutangira kuyisakaza ku mbuga nkoranyambaga no kuyigira indirimbo y'icyumweru.

    Abasesengura umuziki bavuga ko iyi ndirimbo igaragaza urugendo rw'umuhanzi uri gukura mu buhanga ndetse ufite intego yo kurinda umuco Nyarwanda unyuze mu muziki w'imbaturamugabo.

    Jody Bright asanzwe azwi mu ndirimbo zinyuranye z'ibihe bitandukanye, ariko iyi ndirimbo nshya yise 'Wirira' isa n'iyafashe umwanya udasanzwe mu mitima y'abakunzi be, bitewe n'uburyo igaruka ku muco, igahuza injyana za kera n'udushya tw'igihe tugezemo.

    Umuhanzikazi Jody Bright yasohoye indirimbo yise 'Wirira', ikoze mu njyana Gakondo
    Jody Bright asanzwe azwi mu ndirimbo zinyuranye z'ibihe bitandukanye, ariko iyi ndirimbo nshya yise 'Wirira' isa n'iyafashe umwanya udasanzwe mu mitima y'abakunzi be
    'Wirira' yanditswe na Jody Bright ubwe, ikaba ivuga ku gahinda n'ibibazo abantu banyuramo mu buzima ariko ikanatanga ubutumwa bw'ihumure n'icyizere cy'ejo heza

    Source : https://kasukumedia.com/umuhanzikazi-jody-bright-yasohoye-indirimbo-yise-wirira-ikoze-mu-njyana-gakondo/

  • Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize, inkuru zakwirakwijwe n'ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters n'abakozi ba Loni zagaragazaga ko abarwanyi ba M23 bishe abasivile bagera ku bihumbi mu gace ka Binza, mu teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y'Amajyaruguru muri RDC.

    Nyamara, iperereza ryakozwe na African Facts ryerekana ko ibi birego bidafite ibimenyetso bifatika, kandi ko ahari bishobora kuba byaturutse mu makuru yatanzwe n'imitwe ya Nyatura — CMC, izwiho gufitanye isano n'inyeshyamba za FDLR.

    Ku wa 31 Nyakanga 2025, Reuters yatangaje ko M23 yishe abantu 169, hakaba harimo abahinzi b'Abahutu, ishingiye ku makuru yatanzwe n'umukozi wa Loni n'undi witwa 'umunyactiviste' utavuzwe izina. Nta bimenyetso bifatika byatanzwe, ndetse n'itangazamakuru ubwaryo ryemera ko ridashobora kwemeza ibyabaye.

    Hashize iminsi itanu gusa, ku wa 6 Kanama 2025, Biro y'Umuryango w'Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu (BCNUDH) yatangaje ko imibare yazamutse ikagera ku bantu 319 bishwe n'abo yise 'abarwanyi ba M23 bafashijwe n'ingabo z'u Rwanda', harimo abagore 48 n'abana 19. Uyu mubare ukaba wari wikubye hafi kabiri ugereranyije n'uwari watangajwe mbere.

    Izi nkuru zakwirakwijwe n'andi makuru mpuzamahanga nka AFP, AP, RFI, Le Monde, Radio Canada, na Al-Jazeera, zose zishingiye ku makuru ya BCNUDH na Reuters. Nta mazina y'abapfuye, aho bashyinguwe cyangwa amafoto yemeza ibyo byatangajwe byigeze gutangazwa.

    Iperereza ryakozwe na African Facts ryagaragaje ko isoko nyamukuru y'aya makuru ari 'Collectif des Victimes de l'Agression Rwandaise' (CVAR), ihuriro ryashinzwe mu 2023 n'abanyagitugu b'Abahutu bo mu karere ka Rutshuru, rifitanye imikoranire ikomeye n'imitwe ya Nyatura — CMC.

    Nyatura — CMC ni umutwe w'iterabwoba washinzwe n'FDLR mu 2010, ufite imizi mu gitekerezo cya jenosideri cy'FDLR, kikaba gisobanura impamvu bakunze gukoresha imvugo z'urwango n'ivangura mu bikorwa byabo. Abayobozi bamwe ba CVAR, nka Heritier Gashegu, ni abavugizi bemewe ba Nyatura — CMC, mu gihe abandi bafite impapuro mpuzamahanga zo kubata muri yombi kubera ibyaha by'ubwicanyi, iyicarubozo n'iterabwoba.

    Bamwe mu bayobozi ba CVAR n'andi mashyirahamwe bafitanye isano, bagaragaye basangira ibikorwa byo kwamagana ibihano mpuzamahanga bifitanye isano n'abayobozi ba Nyatura — CMC, ndetse banakoresha amafoto n'amashusho atari ayo mu gihe bavugaho. Urugero, hari amashusho yerekanywe nk'iy'ubwicanyi bwo muri Nyakanga 2025, ariko yaje kugaragara ko yafashwe muri Nzeri 2024.

    Nyuma y'uko M23 ifashe Goma mu kwezi kwa Mutarama 2025, imirwano yakomereje mu majyaruguru ya Binza, aho yari ihanganye na FDLR na Nyatura — CMC. Aba barwanyi bambaraga imyenda isanzwe ariko bafite intwaro, bakivanamo no mu mirima y'abahinzi kugira ngo bihishe mu baturage.

    Bivugwa ko mu gihe cy'iyo mirwano, hari abasivile bapfuye, ariko imibare itari hejuru nk'iyatangajwe na BCNUDH na Reuters. Ntibigeze hagaragara ibimenyetso by'uko habayeho 'kwica ku bushake' cyangwa gukoresha imipanga nk'uko byavuzwe.

    Ahubwo, amakuru yemejwe n'amashusho agaragaza ko Nyatura — CMC na FDLR bakomeje kwihimura ku baturage babashinja gufasha M23, bakica abantu ndetse bagatwika amazu, nk'uko byabereye i Kizimba ku wa 10 Nyakanga 2025. Ibi bikorwa ariko ntibyigeze bivugwa n'abakozi ba Loni cyangwa ibitangazamakuru mpuzamahanga.

    Willy Ngoma, umuvugizi w'ingabo za M23, yabwiye African Facts ati:

    'Ntitwakwica cyangwa ngo tugire nabi umutungo w'umuturage. Ubuzima bw'umuturage ni ntavogerwa'

    Iperereza ry'African Facts rigaragaza ko ibirego bikomeye byatanzwe ku M23 nta shingiro bifite ku rwego rw'ibimenyetso bifatika, kandi ko byashingiye ku makuru aturutse ku ruhande rumwe rw'intambara — Nyatura — CMC na FDLR — bafite inyungu mu gusebya M23 no gushyigikira ingengabitekerezo y'irondakoko.

    Ibi byose byakozwe nk'icengezamatwara rya Leta ya Kinshasa kugirango bakomeje kwangisha isi umutwe wa M23 uharanira uburenganzira bwabo nyuma yuko Leta ya Congo nabayishyigikiye batsinzwe bitavugwa urugamba imigi ikomeye ya Goma na Bukavu igafatwa.

    The post Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ibinyoma-bishinja-m23-kwica-abaturage-byambitswe-ubusa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ibinyoma-bishinja-m23-kwica-abaturage-byambitswe-ubusa