Blog

  • Abarenga 5900 mu Rwanda bakeneye kororoka hifashishijwe ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Ku wa 04 Kanama 2024 ni bwo abadepite b'u Rwanda batoye itegeko rigenga serivisi z'ubuvuzi ririmo n'ibyerekeye kororoka hifashishijwe ikoranabuhanga no kwemerera abana b'imyaka 15 kwifatira icyemezo ku guhabwa serivisi z'ubuvuzi badaherekejwe n'umubyeyi cyangwa umurera.

    Ingingo ijyanye na serivisi yo kororoka hakoreshejwe ikoranabuhanga ivuga ko iyi serivisi yemerewe abashyingiranywe n'undi ufite ikibazo cyo kutororoka mu buryo busanzwe ariko bikemezwa n'ukora umwuga wo kuvura ko uwo muntu adashobora kororoka mu buryo busanzwe.

    Indi ngingo ni iyo gutwitira undi no kubika intanga cyangwa insoro zishobora kwifashishwa mu kororoka mu gihe kizaza.

    Iri tegeko riteganya ko abantu bafite ibibazo byo kutabona urubyaro byemejwe na muganga w'inzobere, bashobora guhabwa serivisi yo gutwitirwa hashingiwe ku mategeko n'amabwiriza yashyizweho.

    Mu butumwa bwanyujijwe kuri X, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yavuze ko kuba abadepite baratoye iri tegeko ari intambwe ikomeye mu kunoza no guteza imbere serivisi z'ubuvuzi mu mu Rwanda.

    Ati 'By'umwihariko dukomeje kwakira ubusabe bwinshi bw'abakeneye serivisi zo kororoka hifashishijwe ikoranabuhanga ku bantu byemejwe ko hadashobora kororoka mu buryo busanzwe. Iri tegeko rishyiraho imirongo y'uburyo izi serivisi zizajya zitangwamo. Bityo bikanakuraho imbogamizi abajya gushaka izi serivisi hanze y'igihugu bahura na zo.'

    Imibare yo mu bitaro bikuru bine byo mu Rwanda igaragaza ko abasuzumwe bikagaragara ko bakeneye gufashwa n'ikoranabunaga bikubye kabiri bava 926 mu 2022 bagera ku 1845 mu 2023.

    Ni imibare yo mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali, Ibitaro Byiririwe Umwami Faisal n'ibya Mediheal Hospital and Fertility Centre.

    Igaragaza ko imibare y'abasuzumwe bikagaragara ko bakeneye gufashwa n'ikoranabuhanga ryo kororoka yagiye izamuka uko imyaka yagiye isimburana.

    Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal biri mu byapimye abantu bigasanga bakeneye kufashwa n’ikoranabuhanga kororoka

    Mu 2019 bari 707, mu 2020 bagera kuri 495, imibare yongera kuzamuka mu 2021 aho bageze kuri 603, mu 2022 bariyongera cyane bagera kuri 926, mu 2023 bikuba kabiri bagera ku 1845 mu gihe mu 2024 hasuzumwe abantu 1349 bari bafite ibibazo byo kutororoka mu buryo busanzwe.

    Minisitiri Dr. Butera yavuze ko impamvu zituma abantu babura urubyaro zirimo 30% zikomoka ku bagabo na 30% zikomoka ku bagore. Izikomoka kuri bombi zingana na 30% mu gihe 10% ziba ari izindi mpamvu zitamenyekanye.

    Ubu buryo bwo gutwitira undi buzwi nka 'surrogacy' bukorwa ushaka gutwitirwa byaragaragaye ko adashobora gutwita kubera ibibazo by'ubuzima hari n'aho hashingirwa ku mpamvu bwite z'ushaka gutwitirwa kabone n'iyo yaba adafite ibibazo.

    Ubu buryo bukorwa hafatwa urusoro rwavuye mu guhuriza intanga ngabo n'igi ry'umugore muri laboratwari, rugashyirwa mu mugore wemeye kubatwitira, bigasaba ko amezi agera umwana akavuka.

    Bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya IVF (In Vitro Fertilization) mu gukorera rwa rusoro muri laboratwari, nyuma rukimurirwa muri nyababyeyi y'uwemeye gutwita.

    Bimwe mu bibazo bishobora gutuma abashakanye bitabaza ubu buryo bwa IVF birimo kwifunga kw'imiyoborantanga y'umugore no kuba igi ridahura n'intanga ngabo ngo bibe byakora umwana.

    Ibyo bibazo ku mugore bijyana n'imyaka y'ubukure, nk'ibibazo byo kutajya mu mihango ku buryo busanzwe.

    Abashakanye kandi bashobora kwitabaza IVF bitewe n'ibibazo by'umugabo, birimo kugira intanga nke mu masohoro, intanga zigenda gake cyane ngo zigere ku igi ryarekuwe, izitujuje ubuziranenge; ni ukuvuga zikoze mu buryo budatuma habaho umwana, izidakuze n'ibindi.

    Kugira ngo IVF ikunde umugore ufite bimwe muri bya bibazo twavuze haruguru bituma atabasha gutwita bisanzwe, yitabwaho agahabwa imiti imufasha gukuza ya magi mu minsi iri hagati ya 10 na 12, amagi yakura bakayamukuramo.

    Iyo ayo magi amaze kuboneka bisaba ko n'umugabo atanga amasohoro ye, ibintu yikorera akayashyira mu kintu runaka gisukuye, akayazana, abaganga bakayatunganya, intanga zivuyemo bakazihuza na ya magi y'umugore bikorewe hanze y'umubiri.

    Umuyobozi w'Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe, akaba inzobere mu kuvura indwara z'abagore muri ibyo bitaro, n'umuhanga muri iri koranabuhanga rya IVF, Brig.Gen Dr Eugene Ngoga muri Nyakanga 2024 yabwiye IGIHE ko nko kuva mu mpera za 2020, muri ibi bitaro havutse abana 108 hisunzwe IVF

    Intanga ngabo n'igi ry'umugore byahujwe bishyirwa muri laboratwari hanyuma bikitabwaho mu iminsi itanu.

    Ayo magi ashyirwa mu kintu kimeze nk'igisanduku cyabugenewe, gifite ubushyuhe butajya munsi cyangwa hejuru ya degré celsius 37 kugira ngo ayo magi adapfa.

    Muri icyo gisanduku kandi haba harashyizwemo indi miti ikuriramo ifasha ayo magi kubaho.

    Icyo gihe haba harebwa ingano y'ayahuye n'intanga ngabo (embryo), imiterere yayo n'ibindi bitanga icyizere ko umwana azamera neza.

    Nyuma hatumizwa ba bantu batanze intanga zabo, bakaganirizwa n'abaganga ku byavuye mu isuzuma ry'ayo magi, hagakurikiraho igice cyo kuzishyira muri nyababyeyi ariko hagashyirwamo amagi nk'abiri.

    Impamvu yo gufata amagi abiri ni ukugira ngo byibuze rimwe niryanga gufata irindi rizakore, iyi ikaba impamvu akenshi usanga abana bavutse ku buryo bwa IVF baba barenga umwe.

    Icyakora IVF ni uburyo bwa nyuma, mu gihe ubundi bwose bwakemura ibibazo abashakanye bafite bwananiranye, kuko harebwa ku gitera ibyo bibazo byose.

    IVF imaze igihe mu Rwanda kuko nko muri Nyakanga 2024 abana barenga 108 bavukiye mu Bitaro by'i Kanombe hifashishijwe iri koranabuhanga rifasha ababuze urubyaro. Ni uburyo bumaze kwitabirwa cyane kuko buri mwaka havuka abana barenga ibihumbi 500 bigizwemo uruhare na IVF.

    Minisitiri Dr. Butera yavuze ko serivisi yo gutwitirwa cyangwa gutwitira undi izajya ibanzirizwa n'urugendo rwo kumvikana, ababikorerana bagaherekezwa n'abaganga.

    Aya masezerano azaba akubiyemo ingingo zitandukanye, ko uzatwitira undi azaba azi neza ko ari ugufasha uwo muntu atwitiye, anabizi neza ko akimara kubyara uwo mwana azamutanga.

    Yavuze ko yaba mbere y'urwo rugendo rwo gutwitirwa na nyuma y'aho hari amabwiriza azagena uko bizakorwa kandi byose bikozwe mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Dr. Butera yavuze ko konsa umwana wavutse ari ngombwa ariko ku watwitiye undi hazajya hitabazwa ubundi buryo.

    Itegeko kandi riteganya ko umuntu ubitsa intanga ngo zizakoreshwe mu bihe biri imbere ari uwo byagaragaye ko afite cyangwa ashobora kugira ikibazo cyazatuma nyuma atabyara mu gihe kiri imbere.

    Dr. Butera yasobanuye ko impamvu zatuma umuntu yemererwa kubitsa intanga zizajya zemezwa na muganga, akazikoresha yakize.

    Gutwitira undi mu byitezwe mu guhangana n’ibibazo by’ababuze urubyaro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-5900-mu-rwanda-bakeneye-kororoka-hifashishijwe-ikoranabuhanga

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w'imikino wa 2025-2026 #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize hanze urutonde rw'amakipe yujuje ibisabwa kugira ngo akine Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere ya 2025/26, ni urutonde rwatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 12 Kanama 2025.

    Amagaju FC, Marines FC, Rutsiro FC, Musanze FC na Police FC ni yo yonyine yujuje ibisabwa byose kugirango akine shampiyona y'u Rwanda.

    Andi makipe 10, arimo APR FC na Rayon Sports, yemerewe gukina ariko ahabwa ibihano kubera kutuzuza ibisabwa, gusa aya yahawe ibihano bihwanye no kwishyura ibihumbi maganabiri y'u Rwanda, ndetse akanakemura icyo kibazo bitarenze tariki ya 18 Kanama 2025.

    Ku rundi ruhande ikipe ya Bugesera FC yo yambuwe uburenganzira bwo gukina, kuko yagaragaje ibyangombwa birimo ibyo umwaka ushize (2024/25) aho kuba ibya 2025/26, kutagira ubwishingizi bw'abakinnyi ndetse no kubura umuganga w'ikipe.

    Ibibazo byagaragaye mu makipe yahawe ibihano:

    APR FC, Rayon Sports na Gicumbi FC: Ntibatanze amasezerano asinywe n'abafite mu nshingano ibibuga bizakirirwaho imikino.

    Kiyovu Sports na AS Muhanga: Byagaragaje ko Umuyobozi Mukuru w'ikipe ari na we ushinzwe imari, binyuranyije n'amategeko.

    Mukura VS: Yatanze icyangombwa cy'umuganga cyarangiye, kandi ntiyerekana ko yishyuye amadeni yari ifitiye bamwe mu bo yakoreraga.

    Gasogi United: Ntibatanze amasezerano y'umutoza wungirije, ahubwo batanze icyerekana ko ari umutoza w'abato.

    Gorilla FC: Ntibatanze amasezerano y'umutoza wungirije.

    AS Kigali: Ntitatanze aderesi y'ibiro byayo cyangwa amasezerano yo kubikoreramo, ndetse ntiyatanze amasezerano y'aho izakirira imikino yayo.

    Amakipe yose atahawe uburenganzira cyangwa ahabwa uburenganzira buherekejwe n'ibihano yemerewe kujurira hagati ya tariki ya 13 na 14 Kanama 2025.

    The post APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w'imikino wa 2025-2026 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-na-rayon-sports-agomba-kwishyura-ibihumbi-200-kugirango-yemererwe-gukina-umwaka-wimikino-wa-2025-2026/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-na-rayon-sports-agomba-kwishyura-ibihumbi-200-kugirango-yemererwe-gukina-umwaka-wimikino-wa-2025-2026

  • Imyaka 21 y'Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 13 Kanama 2004, inkambi y'impunzi y'Abanyamulenge iherereye i Gatumba mu burengerazuba bwa Repubulika y'u Burundi, hafi y'umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabaye ikibuga cy'amaraso. Abagabye igitero barashe amasasu, bateramo gerenade, ndetse baturitsa amazu y'ibyatsi n'ibiti, bihitana ubuzima bw'impunzi zigera kuri 164, abandi basaga 116 barakomereka bikomeye. Abenshi mu bapfuye bari abagore n'abana batari bafite uburyo na bumwe bwo kwirwanaho.

    Inkambi ya Gatumba yari icumbikiye Abanyamulenge bari bahunze intambara n'urwango mu Minembwe na Kivu y'Amajyepfo muri RDC. Abarokotse bavuga ko icyo gitero cyateguwe neza, cyitwaje urwango rushingiye ku moko, kigamije kumaraho Abanyamulenge aho bari hose.

    Abarwanyi n'imitwe yagize uruhare mu gitero

    Raporo y'Umuryango w'Abibumbye (ONU) yasohotse ku wa 16 Kanama 2004, ndetse na Human Rights Watch mu igenzura ryayo ryakozwe muri Nzeri 2004, byemeje ko igitero cyagabwe n'abarwanyi ba FNL (Forces Nationales de Libération) bayoborwaga icyo gihe na Agathon Rwasa, bafatanyije n'abarwanyi n'abayoboke b'ishyaka rya CNDD-FDD ryari ryarasohotse mu bushorishori bwo mu ishyamba, riyobowe na Pierre Nkurunziza na Hussein Radjabu.

    Amakuru yagiye ahagaragara agaragaza ko bamwe mu bagize CNDD-FDD bakoze nk'abatanga amakuru, abandi nk'abarindaga inzira, mu gihe abarwanyi ba FNL n'indi mitwe nk'Mai-Mai bo muri RDC bari ku isonga mu kurasa no gutwika amazu.

    CNDD-FDD mu nzira yo guhishira ukuri

    Mu gihe cy'ibiganiro byo kugabana ubutegetsi, CNDD-FDD ntiyigeze yemera uruhare rwayo mu bwicanyi bwa Gatumba, ndetse bamwe mu bayobozi bayo bashyizwe mu myanya ikomeye mu gisirikare n'inzego z'ubuyobozi nyuma yo gufata ubutegetsi mu mpera za 2005. Ibi byatumye ubutabera butigera butangwa, kandi ku rundi ruhande bikagira ingaruka ku muryango w'Abanyamulenge, aho kwibuka byahindutse icyaha mu Burundi.

    Kubuzwa kwibuka ku rwibutso rwa Gatumba

    Urwibutso rwa Gatumba ruri hafi y'ahashyinguwe imibiri y'abazize ubwo bwicanyi, rwagombye kuba ahantu h'umutekano hanahesha icyubahiro abarokotse. Ariko kuva CNDD-FDD ifashe ubutegetsi:

    Abanyamulenge babuzwa gukorera umuhango wo kwibuka ku itariki nyayo y'ubwicanyi.

    Abategura ibikorwa byo kwibuka batotezwa, abandi bagafungwa by'agateganyo.

    Abashyitsi bavuye mu mahanga baza kwifatanya mu kwibuka bagasubizwa inyuma ku mipaka cyangwa bagasaba uruhushya rudatangwa.

    Mu mwaka wa 2014, ubwo hibukwaga imyaka 10, abapolisi n'igisirikare byasatiriye urwibutso basesa inteko, basaba ko umuhango uhita uhagara

    Ibimenyetso byemeza ko ari Jenoside yibasiye Abanyamulenge

    Abicanyi batoranyaga Abanyamulenge, bakareka abandi bari mu nkambi.

    Amagambo y'urwango yaravuzwe mbere y'igitero, harimo amagambo yavugwaga mu mihanda no mu nsengero ko 'Abanyamulenge bagomba kumara.'

    Imiryango mpuzamahanga nka African Union na ONU yemeje ko icyo gitero cyari icyaha cyibasiye inyokomuntu, bamwe bacyita jenoside yibasiye Abanyamulenge.

    Ubutumwa bw'Abanyamulenge ku myaka 21

    Kuri iyi tariki y'imyaka 21 ishize, Abanyamulenge n'inshuti zabo basaba:

    Ubutabera Mpuzamahanga ko bukurikirana imanza za Gatumba, cyane cyane imbere y'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC).

    Leta y'u Burundi kwemera amateka no guha abaturage bose uburenganzira bwo kwibuka.

    Gushyira mu nyandiko no mu masomo amateka ya Gatumba, nk'uko bikorwa ku yandi mahano akomeye yabaye ku isi.

     

    The post Imyaka 21 y'Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/imyaka-21-yubwicanyi-bwa-gatumba-ubutabera-bwaratinze-cndd-fdd-ikomeje-kubangamira-kwibuka/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=imyaka-21-yubwicanyi-bwa-gatumba-ubutabera-bwaratinze-cndd-fdd-ikomeje-kubangamira-kwibuka

  • Ese Noneho abariye cash za APR FC Barafungwa cg Barataha? #rwanda #RwOT

    Urukiko rwa Gisirikare rugiye kuburanisha urubanza rw'abasirikare n'abasivile 20 baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n'ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

    Ibyaha bakurikiranyweho bijyanye n'uburyo haguzwe amatike y'indege kuri konti ya Minisiteri y'Ingabo mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

    Mu basivile batawe muri yombi harimo abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka 'Rugaju', Mucyo Antha Biganiro na Ishimwe Ricard. Bose bambaye impuzankano iranga imfungwa za gisirikare.

    Abasirikare bakurikiranywe muri uru rubanza ni batatu barimo Captain Penina Mutoni na Captain Penina Umurungi.

    Hakurikiranywe CSP Hillary Sengabo usanzwe ari Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa.

    Source : https://kasukumedia.com/ese-noneho-abariye-cash-za-apr-fc-barafungwa-cg-barataha/

  • Spice Diana atangaje uko ubutumwa bwa Instagram bwa Sheebah bwabateje amakimbirane. #rwanda #RwOT

    Spice Diana atangaje ubutumwa bwa Instagram bwateye amakimbirane hagati ye na Sheebah

    Umuhanzikazi Spice Diana yatangaje ko amakimbirane afite na Sheebah yatangiye ku butumwa bwa Instagram Swagg Mama yashyize hanze imyaka ibiri ishize.

    Nk'uko bivugwa na Source Management, icyo gihe Spice Diana yari afite ibibazo na Ritah Danchall, hanyuma Sheebah ashyira ku mugaragaro ubutumwa kuri Instagram amunenga.

    Spice Diana yavuze ko byamutangaje cyane kubona Sheebah amunenga ku mugaragaro kandi barigeze kuvugana mu buryo bw'ibanga, ndetse akanamufasha mu kumurika igitaramo cye.

    Yagize ati:

    'Yashyize ubutumwa kuri Instagram anshinja iby'uwabyinnyi wambeshyaga ko namuteye ubwoba. Yabishyize ahagaragara kandi afite numero zanjye. Yarashoboraga kumpamagara cyangwa kunyandikira.'

    Yakomeje agira ati:

    'Ku bwanjye, si ibintu umuntu ufite ubwenge yakora. Nabonye ubwo butumwa kuri Instagram mpita munyura kure, kuko sinashoboraga kwihanganira iyo mbaraga mbi.'

    Spice Diana yongeye gushimangira ko atigeze aba inshuti magara na Sheebah, ahubwo mbere baruzuzanyaga mu rwego rwo kubahana nk'abantu bakora umwuga umwe.

    Ati:

    'Nta nshuti twigeze tuba, twari abantu bakora umwuga umwe gusa,' yashoje avuga.

    Source : https://kasukumedia.com/spice-diana-ashinjije-ubutumwa-bwa-instagram-kuba-inkomoko-yamakimbirane-hagati-ye-na-sheebah/

  • Umutoza Mikel Arteta yatangiye gukorana na Under Armour nk'Ambasaderi mpuzamahanga n'umuyobozi w'ibikorwa #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yinjiye muri sosiyete ikora imyambaro n'ibikoresho by'imikino Under Armour nk'Intumwa Mpuzamahanga ndetse n'Umuyobozi w'Ibyerekeye Imikorere (Director of Performance).

    Ibi byatangajwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu mu birori byabereye i London, ahahuririye Arteta na Kevin Plank, washinze akaba na CEO wa Under Armour. Ni igikorwa cyari kigamije kumugaragaza ku mugaragaro nk'umwe mu bazafasha iyi sosiyete gukomeza gahunda yo guhindura imyumvire mu mupira w'amaguru no guteza imbere abakinnyi b'ejo hazaza.

    Arteta azaba ari ambasaderi w'@uanext.london programme, gahunda ifasha urubyiruko rufite impano mu mukino w'amaguru kugira ngo rurusheho gukura mu rwego rw'ubushobozi no ku rwego mpuzamahanga.

    Mu butumwa yageneye abafana, Arteta yagize ati: 'Indangagaciro zacu mu gushaka kuba indashyikirwa ziratandukanye ariko zifitanye isano ikomeye, kandi nizeye ko njye namwe tuzagera ku bintu bikomeye mu mupira w'amaguru ndetse no kwamamariza iyi sosiyete.'

    Iyi gahunda nshya izatuma Arteta akorana n'iyi sosiyete mu bikorwa bitandukanye, birimo gukorana n'abakinnyi bato, gufasha mu bushakashatsi ku mikorere y'abakinnyi, ndetse no gutanga ubunararibonye bwe nk'umutoza uri ku isonga mu Bwongereza.

    Amasezerano yamaze gushyirwaho umukono, bivuze ko 'Arteta na sosiyete ya Under Armour' batangiye gukorana ku mugaragaro. Ni intambwe nshya mu rugendo rwa Arteta, rugamije gusiga izina rikomeye mu mupira w'amaguru ku Isi.

    Umutoza Mikel Arteta yatangiye gukorana na Under Armour nk'Ambasaderi mpuzamahanga n'umuyobozi w'ibikorwa

    Source : https://kasukumedia.com/umutoza-mikel-arteta-yatangiye-gukorana-na-under-armour-nkambasaderi-mpuzamahanga-numuyobozi-wibikorwa/

  • Ubuzima babanyemo, n'inzozi za Gentil na Sabin kuva i Butare kugera i Kigali #rwanda #RwOT

    Gentil Gedeon na Murungi Sabin ni inshuti zamenyanye bakiri mu rugendo rwo gushaka ubuzima, aho icyabahuzaga ari uguharanira kugera ku nzozi zabo mu itangazamakuru. Bavuga ko mu buzima, iyo udacinze inege, ntaho wagera. Aba bombi bagiye banyura mu nzira zitari zoroshye, ariko bakomeje kwihangana no guharanira ko impano zabo zitabapfira ubusa.

    Murungi Sabin yatangiye akorera ibitangazamakuru bikomeye mu Rwanda birimo Inyarwanda na Igihe, aho yubatse izina mu gukurikiranira hafi inkuru zigezweho mu myidagaduro, kugeza ubwo yihangiye umurimo we bwite.

    Gentil Gedeon we yatangiye urugendo rwe akorera Radio 10, aho yamamaye mu gutangaza amakuru y'amajwi afatika kandi asobanutse, kugeza igihe nawe yihangiye umurimo.

    Bombi bigiye muri Kaminuza y'u Rwanda, i Butare mu ishami ry'itangazamakuru, mu bihe bitari byoroshye kuko kwiga byabasabaga guhuza amasomo n'akazi kandi ko abarimu bicyo gihe bababwiraga ko kwigira muri andasi bidakwiye nk'umunyeshuri.

    Dore ko Murungi Sabin we ubwo bari mu kiganiro bombi na Gentil Gedeon ahagana ku wa 12 Kanama 2025 kurubuga rwa Youtube rwitwa Isimbi TV yatanze urugero atebya ati: 'Burya bwose n'umublogger Kasuku Wamipangu yavuze ko ishuri burya ngo ni scam'.

    'Niba umwarimu wa kaminuza yabaga yakubwira ko kwigira kuri interineti bidashoboka ahubwo ugomba kwigira mu bitabo kugeza urangije, baratugoraga rwose.'

    Uko imyaka yagendaga ishira, ubucuti bwabo bwiyongeraga, bigeze no kubana mu nzu imwe. Bavuga ko kubana byabafashije gusangira bimwe na bimwe, ndetse no kugirana ibyo bafashanya mu bihe bikomeye.

    Byarushijeho kuba akarusho ubwo basangiraga umukozi wabafashaga mu mirimo yo mu rugo, bikabaha umwanya wo gushyira imbaraga mu kazi no mu masomo yabo. Bavuga ko uwo muryango muto bari barubatse wabafashije gukomeza guhanga udushya no kugira icyerekezo kimwe mu buzima.

    Gentil na Sabin bahamya ko ubuzima bwo mu itangazamakuru butari uburoko bw'imiziro, ahubwo ari urubuga rw'amahirwe ku bantu bazi icyo bashaka. Nk'uko babivuga, 'Iyo udacinze inege, ibigeraho ntakabuza', kandi urugendo rwabo ni isomo rikomeye ku rubyiruko rwifuza kuzamuka mu mwuga no mu buzima busanzwe.

    Gentil Gedeon we yatangiye urugendo rwe akorera Radio 1 aho yatangazaga amakuru
    Murungi Sabin yatangiye akorera ibitangazamakuru bikomeye mu Rwanda birimo Inyarwanda na Igihe

    Source : https://kasukumedia.com/ubuzima-babanyemo-ninzozi-za-gentil-na-sabin-kuva-i-butare-kugera-i-kigali/

  • Huye: Abanyeshuri bafashwa na Mastercard Foundation basannye inzu z'imiryango 12 – #rwanda #RwOT

    Ni umuganda wabereye mu Kagari ka Muhoro, ukaba umwe mu bikorwa byaranze ingando bari bamazemo icyumweru bazikorera muri Kaminuza y'u Rwanda, Ishami rya Huye.

    Bamwe mu banyeshuri bitabiriye uyu muganda bavuze ko wabahuje n'abaturage, bibafasha kumenya ibibazo biri muri sosiyete, bikaba ari byo bagenderaho bashaka inzira zo kubikemura.

    Mukamisha Olga Pamela wiga ubuvuzi muri UR-Huye yagize ati 'Iki ni igikorwa gihuye n'intego za Mastercard Foundation. Dusabwa kugira umutima wo gutanga no gufasha abandi badukeneye nk'uko natwe twahawe.'

    Uwera Emmerance wiga mu Cyiciro cya Gatatu cya Kaminuza muri UR-Gikondo, we yavuze ko isomo yakuye muri uyu mwiherero ari uko yamenye ko kuba umuyobozi no kumenya inshingano, bihera ku kwegera umuturage mu bikorwa nk'umuganda ukamenya icyo akeneye.

    Umunya-Érythrée wiga muri UR-Busogo, Fitsum Donat, na we yabwiye IGIHE ko nk'umunyamahanga, yungukiye byinshi mu gikorwa cyo kubakira abatishoboye, ikaba ari imwe mu mpamba azashyira ab'iwabo ubwo azaba asubiyeyo.

    Umuyobozi wa Mastercard Foundation muri Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Kagwesage Anne Marie, yavuze ko umuganda ari nk'indorerwamo yereka urubyiruko uko ubuzima bwo hanze bumeze.

    Umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza mu Karere ka Huye, Kankesha Annonciatha, avuga ko ibikorwa by'uru rubyiruko ari urugero rw'ibyo igihugu kibashakaho, bityo rudakwiriye kuva muri uwo murongo.

    Ati 'Ibi ni umusemburo w'impinduka nziza kandi byongera kubibutsa inshingano nk'urubyiruko, n'uruhare mukwiye kugira kuri ejo hazaza h'ibihugu byanyu. Turabasaba gukomeza kwitabira ibikorwa bitandukanye by'ubwitange.'

    Abubakiwe na bo bashimiye Leta idahwema kubafasha ko kwigisha urubyiruko gukura ari ingirakamaro ku bafite intege nke n'ubushobozi buke.

    Mu Karere ka Huye habarurwa inzu 303 zikeneye gusanwa, hakaba n'imiryango 41 idafite aho kuba ikeneye kubakirwa.

    Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza muri Huye, Kankesha Annonciatha, na we yifatanyije n’aba banyeshuri mu muganda

    Umuyobozi wa Mastercard Foundation muri UR, Prof. Kagwesage Anne Marie, yavuze ko umuganda ari irindi somo rya ngombwa ku rubyiruko

    Nyuma y’umuganda habayeho umwanya wo kuganira

    Inzego z’umutekano zafatanyije n’aba banyeshuri bafashwa na Mastercard Foundation mu gikorwa cyo kubakira abaturage

    Hari inzu zimwe byasabaga ko babanza gusana ibishahuro

    Fitsum Donat ukomoka muri Erithrea yavuze ko yakunze igikorwa cy’umuganda w’Abanyarwanda

    Hagenimana Xavier wasaniwe inzu, yashimye igikorwa cyiza cy’aba banyeshuri bafatanyije n’abaturage

    Aba banyeshuri babonye ko kwegera abaturage bibongerera ubundi bumenyi

    Buri wese yashyizemo imbaraga ze bafasha abaturage kugira inzu nziza

    Basize inzu zigize isuku kandi zikomeye

    Bamwe bavomaga amazi bakayegereza abaponda isima n’abakata icyondo

    Abanyeshuri bakoze imirimo itandukanye irimo kuvoma, gutwara umucanga, gutwara isima n’ibindi

    Aba banyeshuri bari bishimiye umusanzu wabo mu mpinduka nziza z’abaturage


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-abanyeshuri-bafashwa-na-mastercard-foundation-basannye-inzu-z-imiryango-12

  • Abanyarwanda barenga miliyoni 13 bamaze kwandikwa muri Sisitemu Imibereho – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 11 Kanama 2025, mu ruzinduko rw'akazi rw'iminsi ibiri ari kugirira mu Ntara y'Amajyepfo, yatangiriye mu Karere ka Nyanza, agirana inama mpuzabikorwa y'abayobozi bo mu Ntara y'Amajyepfo.

    Minisitiri Habimana yavuze ko ubu amakuru ari muri Sisitemu Imibereho, ashobora gukoreshwa n'inzego kugira ngo zinoze serivisi zitandukanye zitanga.

    Ati 'Turashimira abaturage bitabiriye gutanga amakuru kuri Sisitemu Imibereho, amakuru yagiye atangwa neza, ubu abasaga miliyoni 13 bamaze kwandikwa, abasigaye ni bo bake cyane. Mu gihe gito, bazaba bamaze gutanga ayo makuru kuko inzego zitandukanye zirabegera. Twiteze ko umusaruro wayo utazatinda kugaragara muri serivisi zitandukanye, haba muri mituweli n'ahandi kubera ko ya makuru yifashishwa anoze kandi yatanzwe mu buryo bwizewe.'

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Iterambere ry'Abaturage no Guhuza Ibikorwa mu Kigo Gishinzwe Guteza Imbere Ibikorwa by'lterambere mu Nzego z'lbanze (LODA), nka rumwe mu nzego zifashisha iyi sisitemu, Nsabibaruta Maurice, yabwiye IGIHE ko izaba igisubizo gihamye mu kugira igenamigambi rishingiye ku makuru nyakuri y'imibereho y'ingo.

    Impamvu ni uko yubatse ku buryo impinduka nyinshi zishobora kuba ku miterere y'ingo n'imibereho by'abagize umuryango zihita zigaragara bitagombye kongera gukusanya amakuru bya hato na hato.

    Yavuze ko ikorana n'ubundi buryo bw'ikoranabuhanga buhari bushobora kugaragaza imiterere n'imibereho y'ingo n'abazigize.

    Ati 'Kuva yatangira gukoreshwa, irimo gufasha mu igenamigambi rishingiye ku mwihariko wa buri rugo n'ingamba zizana ibisubizo bijyanye n'ibikenewe.'

    Nsabibaruta yavuze ko Sisitemu Imibereho yatangiye gukoreshwa muri gahunda zitandukanye nko kwishyura mituweli, kugena abaturage bunganirwa muri gahunda zo gufasha abaturage kwikura mu bukene (VUP), n'izindi.

    Sisitemu Imibereho yamuritswe bwa mbere ku wa 29 Gashyantare 2024 nk'uburyo bushya bwari busimbuye ibyiciro by'ubudehe, muri Gicurasi 2025, itangira gukoreshwa hishyurwa ubwisungane mu kwivuza buzwi nka mituweli.

    Minisitiri Habimana Dominique uyobora MINALOC, yatangaje ko Abanyarwanda barenga miliyoni 13 bamaze kwandikwa muri Sisitemu Imibereho

    Abayobozi bo mu Majyepfo basabwe kwihutisha iterambere ry’umuturage bakoresheje uburyo bwose buriho burimo na Sisitemu Imibereho yoroheje ikusanyamakuru ry’abaturage

    Umuyobozi w'Ishami Rishinzwe Iterambere ry'Abaturage no Guhuza Ibikorwa muri LODA, Nsabibaruta Maurice, ahamya ko Sisitemu Imibereho izoroshya igenamigambi riteza imbere abaturage

    Kuva muri Gicurasi 2025, Sisitemu Imibereho yatangiye gukoreshwa, imaze kwandikwamo Abanyarwanda basaga miliyoni 13


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-barenga-miliyoni-13-bamaze-kwandikwa-muri-sisitemu-imibereho

  • Imirimo yo gutunganya hegitari ibihumbi 10 mu Cyanya cy'Ubuhinzi cya Gabiro igiye gutangira – #rwanda #RwOT

    Umushinga wa Gabiro Agribusiness Hub washowemo miliyoni 118$ na Leta y'u Rwanda mu cyiciro cya mbere, ukaba ushyirwa mu bikorwa n'ikigo cyo muri Israel gikora ibikoresho byo kuhira imyaka, NETAFIM Ltd.

    Icyiciro cya mbere cy'uyu mushinga cyatangiriye kuri hegitari 5600 ziherereye mu mirenge ya Rwimiyaga na Karangazi.

    Muri izi hegitari, abaturage bahawemo ubuso bwa hegitari 1600 kugira ngo babubyaze umusaruro, mu gihe abashoramari bahawe hegitari 3724, na ho hegitari zirenga 300 zisigaye zubatsweho ibikorwaremezo.

    Umuyobozi Mukuru wa Gabiro Agri business Hub, Ngarambe Aloyz, yavuze ko uyu mushinga ugeze kuri 98% ushyirwa mu bikorwa ari na yo mpamvu muri Nzeri 2025 uzashyikirizwa Leta.

    Ngarambe yavuze ko kandi bafite abashoramari barindwi batangiye kubyaza umusaruro ubutaka bwatunganyijwe.

    Yavuze ko ''Ubu turi mu cyiciro cyo gukora inyigo, twabonye amafaranga yo gukora inyigo, turateganya ko nyuma y'amezi atatu abazatsindira isoko bazatangira kuyikora. Hari ubwo inyingo imara umwaka cyangwa amezi atandatu, aho izarangirira tuzahita dutangira gushyira mu bikorwa ikindi cyiciro.''

    Abaturage 6000 ni bo bamaze kubona akazi mu cyiciro cya mbere cy'uyu mushinga. Abashoramari barindwi bari guhinga ibigori, ibishyimbo, imboga n'imbuto.

    Umuyobozi Mukuru wa Gabiro Agri business hub, Ngarambe Aloyz, , yavuze ko bagiye gutangira icyiciro cya kabiri cy'uyu mushinga

    Mu cyiciro cya mbere cy’Umushinga Gabiro Agri Business Hub, hakozwe umuyoboro w'amazi ugeza amazi ku mirima yose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imirimo-yo-gutunganya-hegitari-ibihumbi-10-mu-cyanya-cy-ubuhinzi-cya-gabiro