Blog

  • FERWAFA yakoze hasi hejuru ariko yabuze icyangombwa cyo kuvugurura aho ikorera #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryagaragaje ko ryagerageje kuvugurura inyubako ikoreramo ariko bikaba byaranze bitewe n’uko aho inyubako iri ikibanza kitaryanditseho.

    Iki ni kimwe mu byatangarijwe mu Nama y’Inteko Rusange isanzwe irimo kuba aho Komiseri ushinzwe Imari, Rugambwa Jean Marie yavuze ko Ingengo y’imari ya 2024 yari miliyari 9 Frw, yagezweho ku rwego rwa 96%.

    Yavuze ko mu byatumye bitagerwaho 100% harimo imirimo yo kuvugura aho FERWAFA ikorera, aho bagowe no kuba hatanditse mu izina ryayo.

    Yerekanye ko inyubako bakorera itakijyanye n’igihe, rero bakoze ibishoboka byose ngo havugururwe iri shyirahamwe rikorere mu nyubako zijyanye n’igihe ariko ntibyakunda kuko ubutaka butabanditseho.

    Gusa ngo hari ibyatangiye gukorwa kugira buriya butaka buba bwakwandikwa kuri FERWAFA ariko Komite isoje Manda bitarangiye, ibyo bikaba bizashyikirizwa komite nyobozi nshya iza gutorwa ikazakora ibisigaye.

    FERWAFA yabuze icyangombwa gituma ivugurura aho ikorera

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11737

  • Rusizi icyeye, itoshye, itekanye… Dutemberane umujyi wihariye (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Rusizi ni Akarere kari mu Ntara y'Iburengerazuba, kakagira umwihariko wo gukora ku mikapa ibiri y'ibihugu bituranye n'u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Guturira iyi mipaka ni amahirwe ku baturage b'aka karere, cyane ko bashyiriweho amasoko mpuzamipaka, aho nk'isoko rya Bugarama na Rusizi yuzuye atwaye arenga miliyari 3.2 Frw.

    Ubu bucuruzi bwambukiranya imipaka bunoroshywa n'ingendo, dore ko aka karere gafite Ikibuga cy'Indege, ndetse na Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, ikaba ihakorera ingendo.

    Iyo utembera muri uyu mujyi uri kuzamuka ku muvuduko udasanzwe mu iterambere, ntutinda kubona amahoteli menshi arimo n'amashya, ibica amarenga y'uko ubukerarugendo ari inkingi ya mwamba y'iterambere ry'aka karere.

    Ikiyaga cya Kivu, Ikirwa cya Nkombo na Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, ni bimwe mu bintu by'ingenzi bikurura ba mukerarugendo muri akarere, gatuwe n'abarenga ibihumbi 400, nk'uko Ibarura Rusange ryakozwe mu 2022 ribigaragaza.

    Muri aba baturage, hejuru ya 70% bari munsi y'imyaka 25, abarenga 70% by'abagatuye bakaba batunzwe n'imirimo ishingiye ku buhinzi.

    Ubuhinzi ni inkingi ya mwamba y'iterambere ry'aka karere, kuko gahingwamo bimwe mu bihingwa ngengabukungu birimo ikawa ndetse n'icyayi, ibi bikajyana n'inganda zitunganya umusaruro.

    Abanyarusizi kandi ni aborozi kuko hafi 60% by'abaturage bose boroye.

    Ibi bituma Abanyarusizi bakirigita ifaranga, maze nabo bakagira batya bakajya kwica akanyota. Muri uyu Mujyi, uhasanga restaurant ndetse na hoteli nyinshi. Ni mu gihe kuko ubukerarugendo muri aka gace buri kurushaho gutera imbere.

    Ubucuruzi ni igikorwa cyiganje cyane mu Mujyi wa Rusizi, kuva ku bucuruzi bw'amafi n'indagara, imyenda ya caguwa n'ibindi byiganjemo ubucuruzi, cyane ko inyubako z'ubucuruzi ziri kwiyongera muri aka karere umunsi ku wundi.

    Bitewe n'uko aka karere kari mu twunganira Umujyi wa Kigali, ibikorwaremezo n'ibindi birimo inganda zitanga imirimo birimo kuzamuka buri munsi. Mu myaka itanu iri imbere, aka karere kazaba kubatswemo imihanda ya kaburimbo ifite ibimetero 145 kandi izagera mu bice byose, harimo n'ibice by'icyaro.

    Icyambu kizahindura ishusho y'akarere ka Rusizi

    Kimwe n'Umujyi wa Kigali, ibiciro by'ibibanza mu Mujyi wa Rusizi biri kurushaho kuzamuka uko bukeye n'uko bwije, nk'umwe mu bo twaganiriye yatubwiye nibura ikibanza cyaguraga miliyoni 10 Frw mu 2023, ubu gishobora kuba kiri hafi kwikuba kabiri.

    Impamvu y'ibi byose ishingiye ku mahirwe aka karere kabitse, cyane cyane ashingiye ku bucuruzi. I Rusizi hakorera ibagiro rya mbere rinini mu Rwanda, ryuzuye ritwaye arenga miliyari 4 Frw, kandi rikaba rikeneye inka n'ingurube zihagije.

    Muri aka karere kandi hari kubakwa izindi nganda, ziyongera ku zisanzwe zimenyerewe nka Cimerwa. Muri make, i Rusizi hari amahirwe adasanzwe mu bijyanye n'inganda ziciriritse, bitewe n'impinduka ziri gukorwa mu bijyanye n'ubwikorezi bw'ibicuruzwa, cyane cyane ubukorerwa mu Kiyaga cya Kivu.

    Muri aka karere hari Icyambu cya Rusizi, kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira ubwato bune, bubiri bupakira n'ubundi bubiri bupakurura. Ibi bizahindura isura y'ubucuruzi kuko bizatuma aka karere gashobora gukorana ubucuruzi n'utundi turere tw'Intara y'Iburengerazuba dukora ku Kiyaga cya Kivu, kongera imijyi ya Goma na Bukavu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ibi bizatuma inganda zikorera ibicuruzwa i Rusizi zibasha kubigeza ku isoko mu gihe gito, ibizagira ingaruka nziza ku bucuruzi bukorerwa muri aka karere, bikaba na kimwe mu biri gukurura abashoramari.

    Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yagaragaje ko aka karere gafite amahirwe y'iterambere.

    Ati “Andi mahirwe ni ibijyanye n'ubucuruzi bwambukiranya imipaka. Dufite Ikiyaga cya Kivu kiduhuza n'utundi turere tw'Intara y'Iburengerazuba kugera i Rubavu. Umwihariko w'ubwikorezi bwo mu mazi ni uko butwara ibicuruzwa byinshi. Aho hakorwa ishoramari ryo gutwara abantu n'ibintu mu Kiyaga cya Kivu.”

    Ku manywa, Abanyarusizi barakora, bagahatana, bakabita ifaranga. Iyo bugorobye boroshya umubiri n'umutima, bagasengera, bagasangira, bagasagamba, bagasingiza ibyiza by'iwabo, iwabo hatakiri kure y'u Rwanda kuko imihanda ihagera itunganyije, ikaba itekanye.

    Ngaho ngwino nkwereke uyu mujyi, wibereye impamvu ukwiriye kuzajya kuharira weekend.

    Iyo uri kwinjira mu Mujyi wa Rusizi, unyura ku mirima myinshi y’icyayi

    Ikiyaga cya Kivu ni kimwe mu bitanga amahirwe y’ishoramari mu Karere ka Rusizi

    Ubwikorezi bwo mu Kiyaga cya Kivu buri kurushaho gutera imbere

    Ikiyaga cya Kivu gifite amahirwe menshi y’iterambere ku baturage ba Rusizi

    Hafi y’abubatse Icyambu cya Rusizi

    Ibikorwa by’amashanyarazi n’ibindi bikorwaremezo nk’imihanda biri mu biteye imbere mu Karere ka Rusizi

    Imihanda y’i Rusizi irasukuye, kimwe n’ahandi hose mu Rwanda

    Ibikorwaremezo by’imihanda bigaragara henshi mu Mujyi wa Rusizi

    Isuku igaragara hose mu Mujyi wa Rusizi

    Hari gahunda yo kuvugurura imiturire y’Akarere ka Rusizi

    Umujyi wa Rusizi ugaragaramo urujya n’uruza rw’abantu

    Ishusho iryoshye y’Akarere ka Rusizi gahana imbibi n’Ikiyaga cya Kivu

    Uko Rusizi igaragara witaruye ahakorerwa ubucuruzi

    Umuhanda umanuka werekeza mu Mujyi wa Rusizi

    Ibigo by’ubucuruzi byamamaza ku byapa binonwa na bose

    Ibikorwa byo kwamamaza biteye imbere mu Mujyi wa Rusizi ukorerwamo ubucuruzi bwinshi

    Inyubako z’ubucuruzi uzisanga henshi mu Mujyi wa Rusizi

    Abanyarusizi ni abaturage bazi gukorera amafaranga

    Inyubako z’ubucuruzi ziri kwiyongera mu Karere ka Rusizi

    Inyubako ikoreramo isoko rya Rusizi

    Umujyi wa Rusizi ugaragaramo umutekano

    Bitewe no guturira Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, Umujyi wa Rusizi ukunze kuba urimo amafu

    Imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zigaragara hose mu Mujyi wa Rusizi

    Hari gahunda yo kuvugurura imiturire y’Akarere ka Rusizi

    Rwagati mu Mujyi wa Rusizi haba urujya n’uruza rw’abantu

    Inyubako z’ubucuruzi uzisanga henshi mu Mujyi wa Rusizi

    Mu Mujyi wa Rusizi hagaragara ibikorwa bya hoteli zakira abiganjemo abakerarugendo

    Umujyi wa Rusizi ugaragamo isuku

    Ibikorwa by’amahoteli biri kwiyongera i Rusizi

    Ibikorwa byiganjemo inyubako z’ubucuruzi zikomeje kwiyongera i Rusizi

    Iyo uri kureba Umujyi wa Rusizi uhagaze ah’itaruye

    Akarere ka Rusizi karangwa n’umutuzo

    Uko Stade ya Rusizi igaragara uri inyuma yayo

    Stade ya Rusizi izavugurwa, yubakwe neza

    Urubyiruko rukunze kuba ruri gukora siporo mu Karere ka Rusizi

    Stade ya Rusizi izavugururwa

    Inyubako yahoze ikoreramo Kaminuza y’u Rwanda

    Inyubako ikoreramo IPRC Kitabi

    Imihanda igana muri quartier zituwemo mu Mujyi wa Rusizi

    Ibidukikije ni ingingo y’ingenzi mu Karere ka Rusizi

    Ishusho y’Umujyi wa Rusizi mu ijoro

    Imihanda y’Umujyi wa Rusizi iramurikiwe

    Umutekano mu gihe cy’ijoro urizewe mu Mujyi wa Rusizi

    Imihanda y’i Rusizi iramurikiwe ku rwego rushimishije

    Mu masaha y’ijoro, imihanda yo mu Mujyi wa Rusizi iba imurikiwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-ikeye-itoshye-dutemberane-ijoro

  • Trinity Metals yahaye ab'i Shyorongi gare y'imodoka yitezweho kunoza ubuhahirane (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Ni gare yuzuye itwaye arenga miliyoni 500 Frw, ikaba yitezweho gufasha abaturage bo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi, bagorwaga n'ingendo ziberekeza mu Mujyi wa Kigali.

    Umuyobozi wa Trinity Nyakabingo Mine, Uwiringiyimana Justin, yagaragaje ko bakomeje gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage baturiye hafi y'aho bakorera.

    Ati 'Iyi gare yubatswe ku bufatanye bwa Nyakabingo Mine n'Akarere ka Rulindo harimo ubwitange bw'abahakorera imirimo itandukanye. Uyu mushinga n'ibikorwa biwuzengurutse byatwaye agera kuri miliyoni 500 Frw. Urenze kuba gare, ahubwo ni ikimenyetso cy'intumbero ya Trinity Nyakabingo Mine ndetse na Trinity Metals muri rusange yo gukomeza gushyigikira iterambere ry'aho ikorera n'ejo hazaza heza.'

    Yavuze ko hari inkingi zirindwi zishingirwaho zirimo guteza imbere aho bakorera binyuze mu gukoresha ibikoresho biboneka hafi yabo, guteza imbere ibikorwaremezo, guhanga imirimo no gutanga akazi, guteza imbere ubuzima bwiza, gukumira ibiza no guhangana nabyo, uburezi no kuzamura ubumenyi, gushyigikira no guteza imbere ubushobozi bw'umutekano w'aho bakorera n'ibindi.

    Kubaka gare ya Shyorongi byatangiye mu 2024, mu rwego rwo kugabanya impanuka zashoboraga kubaho bishingiye ku kuba nta hantu hagenewe imodoka zihagarara.

    Umuyobozi Mukuru wa Trinity Metals, Peter Geleta, yavuze ko nk'ikigo gikora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, cyatekereje kugira uruhare mu iterambere ry'aho gikorera, gihitamo kubaka gare y'imodoka muri Rulindo kuko itari irimo.

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yavuze ko kugira gare muri Rulindo bigiye kujyana no gushyiraho icyerekezo gishya cy'urugendo ruva Nyabugogo rugera i Shyorongi.

    Ati 'Ni igikorwa gikomeye, cyerekana ko icyerekezo 2050 tuzakigeraho dufatanyije. Iyi gare izahindura byinshi ku baturage ba Shyorongi ndetse n'ubuhahirane hagati yabo n'Umujyi wa Kigali. Turizera ko izatuma abaturage ba Rulindo batera imbere mu buryo bwihuse.'

    Yakomeje ati 'Ubu hari gutunganywa icyerekezo cya bisi gishyashya cya Shyorongi-Nyabugogo gifite uburebure bwa kilometero 24, umuhanda uri gushyirwamo ibyapa bikurirwamo abagenzi no kunoza uburyo bwo kwishyurwa kugira ngo icyo cyerekezo gitangire.'

    Meya w'Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yashimiye Trinity Metals by'umwihariko Trinity Nyakabingo Mine yagize uruhare mu kubaka iyo gare, yizeza ko igiye gufasha abaturage mu iterambere no koroshya ubuhahirane, anabasaba abaturage kuyibungabunga uko bikwiye.

    Yanavuze ko bigiye gutuma abaturage bimukira muri ako Karere biyongera kuko uburyo bw'ingendo bwari imbogamizi kuri benshi, bwamaze kubonerwa igisubizo kirambye.

    Biteganyijwe ko mu gihe icyerekezo cya Nyabugogo-Shyorongi kizaba cyatangiye, hazakora bisi nini enye kandi zitezweho gutanga umusanzu ukomeye ku batuye i Shyorongi.

    Gare ya Shyorongi yitezweho kunoza ubuhahirane

    Hagiye hariho ibyapa biyobora abinjira muri iyo gare

    Gare ya Shyorongi yubatswe ahahoze ibihuru byatumaga abajura biyongera

    Inyubako ziri muri gare zatangiye gukorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi bitandukanye

    Imirimo yo kubaka iyo gare yatwaye arenga miliyoni 500 Frw

    Aho abagenzi bategerereza imodoka

    Aho gushyira imyanda

    Ubwiherero bugezweho nabwo bwashyizwe muri iyi gare

    Gare ya Shyorongi ni nini

    Bisi zigiye gutangira ingendo zigana i Shyorongi

    Hateganyijwe bisi nshya enye zizajya zituruka Nyabugogo zerekeza i Shyorongi

    Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro gare nshya

    Ubuyobozi bwa Trinity Metals, Akarere ka Rulindo n’Umujyi wa KIgali bwafatanyije gufungura ku mugaragaro gare ya Shyorongi

    Gare ya Shyorongi yitezweho gufasha abatuye i Rulindo koroherwa n’ingendo

    Imodoka zitwara abagenzi zahise zitangira guhagarara muri iyo gare

    Abikorera bo muri Rulindo bitabiriye itahwa ry’iyi gare, aha Sina Gerard yaganiraga na mugenzi we

    Umuyobozi wa Trinity Nyakabingo Mine, yagaragaje ko bakomeje gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage baturiye hafi y'aho bakorera

    Umuyobozi Mukuru wa Trinity Metals, Peter Geleta, yavuze ko nk'ikigo gikorwa ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro cyatekereje kugira uruhare mu iterambere ry'aho gikorera gihitamo kubaka gare

    Umuyobozi Mukuru wa Trinity Metals, Peter Geleta, ashimira abagize uruhare mu ikurikiranwa ry’uwo mushinga

    Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yavuze ko hagiye gushyirwaho icyerekezo gishya cya Nyabugogo-Shyorongi

    Abayobozi bombi basinya inyandiko z’ihererekanya

    Umuyobozi Mukuru wa Trinity Metals, Peter Geleta ashyikiriza Meya wa Rulindo inyandiko zegurira akarere iyo gare

    Meya w'Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yashimiye Trinity Metals by'umwihariko Trinity Nyakabingo Mine yagize uruhare mu kubaka iyo gare

    Hafashwe ifoto y’urwibutso

    Kwizera Remy Moses


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/trinity-metals-yahaye-ab-i-shyorongi-gare-y-imodoka-yitezweho-kunoza

  • Taddeo Lwanga yahishuye umukinnyi akumbuye muri APR FC, ibyo atazibagirwa, ubutumwa ku bafana #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w’Umugande wakiniraga APR FC ubu akaba akinira Vipers FC yo muri Uganda, Taddeo Lwanga yavuze ko umukinnyi azakumbura muri iyi kipe ari Niyibizi Ramadhan.

    Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI nyuma y’umukino ikipe ye ya Vipers yanganyijemo na Azam FC 0-0 ejo hashize kuri Kigali Pele Stadium.

    Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yavuze ko imyaka 4 yakiniye APR FC ari imyaka myiza cyane kuko yayigirimo ibihe byiza.

    Ati “byari ibihe byiza, njyewe ndatsinda aho ngiye hose rero mba ngomba kwegukana ibikombe ariko ubu aho ni ahahise na APRFC, ndayifuriza ibyiza, ubu njye natangiye urundi rugendo na VipersFC.”

    Agaruka ku bihe atazibigirwa muri APR FC, yavuze ko ibikombe yegukanye bizahora mu ntekerezo.

    Ati “gutwara ibikombe, ntabwo nakwibuka imikino nakinnye ariko iyo wegukanye ibikombe uhabwa umudali, uwo mudali rero urahaguma n’iyo wicaye uravuga uti muri APR FC nakoze ibi n’ibi.”

    Agaruka ku mukinnyi yakundaga muri APR FC yavuze ko ari Niyibizi Ramadhan ndetse amakumbuye.

    Ati “ni Ramadhan [Niyibizi], natangiye no kumukumbura kandi na we ndabizi arankumbuye.”

    Yanamuzaniye jersey ya Vipers nk’urwibutso azajya ahora amwibukiraho.

    Taddeo Lwanga wemeza ko akumbuye kuba mu Rwanda, yifurije abakunzi ba APR FC kuzahirwa n’uyu mwaka w’imikino wa 2025-26.

    Taddeo Lwanga yinjiye muri APR FC muri 2021 batandukana 2025 nyuma y’imyaka 4, batwaranye ibikombe 4 bya shampiyona n’igikombe kimwe cy’Amahoro.

    Ntazibagirwa ibikombe yatwaranye na APR FC

    Inshuti ye ni Niyibizi Ramadhan yanamuzaniye jersey ya Vipers FC, ngo yatangije kumukumbura

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11735

  • Imodoka yatwaraga abakinnyi ba Jimmy Mulisa yahiye irakonga #rwanda #RwOT

    Ntabwo irerero rya Umuri Foundation rya Jimmy Mulisa iki cyumweru cyaribereye ryiza kuko bahuye n’isanganya imodoka yatwaraga abakinnyi yarahiye irakongoka.

    Umuri Foundation ni irerero rya Jimmy ririmo ibyiciro bitandukanye kuva ku bana bato kugeza no ku bakinnyi bamaze gukura bakina icyiciro cya gatatu.

    Iki cyumweru ntabwo cyababereye cyiza kuko imwe mu modoka zatwaraga abakinnyi yahiye igakongoka.

    Jimmy Mulisa binyuze ku mbuga nkoranyambaga ze yagaragaje ko ababajwe n’iyi nkuru mbi.

    Ati “imodoka yacu ya Umuri Foundation yari imaze imyaka 2 itwara abakinnyi bacu n’inzozi zacu yahiye. Ntibyoroshye kuyibona igenda ariko ni ubuzima, urugendo rurakomeje.”

    Iyi modoka ikaba yarahiye ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki ya 27 Kanama 2025, nta mukinnyi wari urimo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yarimo umushoferi gusa yarimo agenda agiye mu igaraje anagezeyo ariko agerayo yashyushye cyane niko guhita igurumana.

    Imodoka yatwaraga abakinnyi b’irerero rya Jimmy Mulisa

    Ni uku yabaye, yahiye irakongoka

    Jimmy Mulisa ni umwe mu bantu birya bakimara kugira ngo irerero rye ribone ibishoboka byose

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11734

  • Abarenga 110 basoje amahugurwa atangwa na ALX Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa bari bamazemo amezi umunani.

    ALX Pathway Program ifasha abanyeshuri basoje ayisumbuye kubona ubumenyi bw'ingenzi bakeneye ku isoko ry'umurimo baba batarahawe mu ishuri ndetse bagashakirwa buruse zuzuye zo kwiga mu mahanga.

    Aba banyeshuri bahawe amahugurwa ku bijyanye n'imari, kwihangira imirimo, ibarurishamibare, amahugurwa ajyanye na mudasobwa byose bishingiye ku kwihangira imirimo mu nzego zitandukanye.

    Aba banyeshuri kandi bahawe amahugurwa bafasha gutekereza mu buryo bwagutse, guhangana n'ibibazo bikomeye n'ibindi bibafasha kuba muri iyi Si ikataje ku rwego mpuzamahanga.

    Umuhango wo kwishimira iyi ntambwe wiswe Tambali witabiriwe n'abantu batandukanye baba abanyeshuri, abasoje muri iyi gahunda, abarezi, abarimu n'inshuti z'abasoje amahugurwa mu nzego zitandukanye.

    Umusesenguzi muri ALX Pathway Program witwa Cedric Nsengiyumva, yashimiye abitabiriye ku ruhare rukomeye bagaragaje uruhare rukomeye muri aya mahugurwa, anashimira abanyeshuri ku murava bagaragaje.

    Mu batanze ubuhamya bw'uburyo ALX Pathway Program ari ingirakamaro, harimo na Jovite Sinzahere, ufite umukobwa witwa Lisette Mukiza wamaze kubona buruse yo kwiga muri African Leadership University mu Birwa bya Maurice.

    Ati 'Iyi buruse yatumye nzigama miliyoni 220 Frw nagombaga kwishyura mu myaka ine iri imbere. Ni amahirwe azahindura ubuzima bw'umukobwa wanjye. Ni ikimenyetso kigaragaza uburyo ALX itanga uburezi bufite ireme.'

    Yavuze ko ALX Rwanda yunguye umukobwa we ubumenyi haba mu gutanga ibitekerezo, mu itumanaho, kwigaragaza mu buryo bukwiriye no gutekereza mu buryo bwagutse n'ibindi.

    Umwe mu banyeshuri bahawe ubumenyi yavuze ko ubwo batangiraga guhabwa ayo mahugurwa, kuba bahagarara imbere y'abantu benshi bagatanga ibitekerezo byari ikibazo gikomeye.

    Ati 'Icyakora uko iminsi yatambutse duhabwa aya mahugurwa twiyubatsemo icyizere dutera imbere mu bintu byinshi. Ubu icyizere cyariyongereye cyane.'

    Uretse kungura ubumenyi abanyeshuri, Pathway Program, abanyeshuri 17 bahawe buruse yuzuye, aho bazishyurirwa byose, mu gihe abandi 10 bahawe buruse aho bishyurirwa igice.

    ALX Rwanda ikagaragaza ko muri rusange abarenga 70 bemerewe kwiga muri kaminuza zirandukanye mu gihe abandi bagishakishirizwa aho kwiga.

    Umuyobozi ushinzwe imyigire muri ALX Rwanda, Dare Daramola, yashimiye ababyeyi batahwemye gushyigikira abana babo, anashimira abanyeshuri batatu bitwaye neza kurusha abandi.

    Abanyuze muri Pathway Program kandi na bo bakomeje kwiyubaka mu buryo butandukanye, bamwe babasha kubona inguzanyo zo kwiga, kwiyishyurira amashuri n'ibindi.

    ALX Rwanda ni ishuri rishamikiye kuri ALX Africa rigamije guteza imbere impano mu by'ikoranabuhanga ndetse no kurema abayobozi beza b'ejo hazaza.

    Iri shuri ryigisha amasomo y'ubumenyingiro mu bijyanye n'ikoranahunga nk'isesenguramakuru (Data Analytics), Data Science, Cloud Computing, Salesforce Administrator na Software Engineering.

    ALX Africa kandi ifasha abana b'Abanyafurika kubona impamyabumenyi muri kaminuza zikomeye muri Afurika. Ku bijyanye n'ikoranabuhanga ALX Pathway inafasha urubyiruko rwo mu mijyi umunani ya Afurika gusaba kwiga muri kaminuza uyu muryango akoramo.

    Ababyeyi batandukanye bari baje gushyigikira abana babo basoje amahugurwa muri Abanyeshuri 111 barimo abahungu 67 basoje amagugurwa na ALX Rwanda binyuze muri gahunda izwi nka ALX Pathway Program

    Umuyobozi ushinzwe imyigire muri ALX Rwanda, Dare Daramola, yashimiye ababyeyi batahwemye gushyigikira abana babo

    Abanyeshuri batandukanye basoje amahugurwa bahawe na ALX Rwanda

    Abasoje amahugurwa na ALX Rwanda bashimiwe umurava bagaragaje mu mezi umunani

    Jovite Sinzahera ufite umwana wahawe buruse yo kwiga mu Birwa bya Maurice yashimiye ALX Rwanda yatumye bigerwaho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-110-basoje-amahugurwa-atangwa-na-alx-rwanda

  • Gisagara: Umusaza w'imyaka 77 yasimbutse umugina avuye kwiba ibijumba ahasiga ubuzima – #rwanda #RwOT

    Ubu bujura avugwaho bwabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Kanama 2025, mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Duwane, Umurenge wa Kibilizi, ho mu Karere ka Gisagara.

    Amakuru dukesha Polisi avuga ko uwo musaza yagiye mu murima w'uwitwa Gasana Pascal kwiba ibijumba, maze baramubona baramwirukankana bashaka kumufata. Muri uko kwiruka ahunga, nyakwigendera yasimbutse umugina muremure agwa hasi aravunika, nyuma bimuviramo urupfu.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye IGIHE ko nyuma y'iki kibazo Polisi yahise ihagera igafata abantu barindwi bakekwaho urwo rugomo ikajya kubafunga ibahora kwihanira.

    Ati 'Ku bufatanye bw'abaturage n'inzego z'ibanze, Polisi yahise ifata abantu barindwi barimo n'umugore umwe bakekwaho urugomo rwateye urupfu rw'uriya musaza, ubu bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Ndora.'

    Yakomeje yihangiriza abaturage abasaba kugendera kure umuco mubi wo kwihanira kuko ari icyaha gihanwa n'amategeko, ahubwo abashishikariza kujya batangira amakuru ku gihe, igihe cyose babonye ikintu cyose babona cyahungabanya umutekano n'ituze ryabo.

    Amarembo yinjira mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kibilizi, Akagari ka Duwane ahabereye uru rupfu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-umusaza-w-imyaka-77-yasimbutse-umugina-avuye-kwiba-ibijumba-ahasiga

  • Niba utakiri mu macakubiri ariko ukaguma mu bukene byaba bifashije iki? – Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 29 Kanama 2025, ubwo yakiraga iri tsinda ryasuye u Rwanda.

    Yagize ati 'Icya mbere cy'ingenzi cyari mu ntego cyari ukongera guhuza igihugu. Icyerekezo cy'igihugu cyunze ubumwe. Nta cyo bimaze kuba umuntu ava mu ruhe rwego cyangwa afite amateka aya n'aya. Uburyo bwose yaba ariho, ni umwenegihugu. No ku banyamahanga baba bari hano, igihe cyose bubahiriza amategeko y'igihugu, tubabarira mu bagira uruhare mu iterambere ridufasha kugera ku ntego yacu. Ubwiyunge, kuba hamwe, kurenga amateka mabi twaciyemo no kubaka ejo hazaza byari ingenzi.'

    Yongeyeho ati “Icya kabiri, icyerekezo kigomba no kugira ishingiro ku iterambere. Ni gute abaturage bacu bava mu bukene? Niba utakiri mu macakubiri ariko ukaguma mu bukene byaba bifashije iki? Turashaka igihugu cyacu, abaturage bacu, gukura no guteza imbere igihugu.'

    U Rwanda na Qatar bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu nzego nyinshi zirimo n'umutekano, aho ku itariki 15 Mutarama, 2025, U Rwanda na Qatar byasinyanye amasezerano agamije kongerera ubumenyi Ingabo z'u Rwanda mu bijyanye n'indege.

    Ni amasezerano yashyizweho umukono n'Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ingabo, Brig. Gen. Célestin Kanyamahanga n'Umuyobozi Mukuru w'Ishuri ryigisha iby'indege, Qatar Aeronautical Academy.

    Ingabo z'u Rwanda, RDF, zisanzwe zohereza abasirikare bazo kwiyungura ubumenyi mu bijyanye no gutwara indege muri Qatar.

    U Rwanda na Qatar kandi bifitanye ubufatanye mu bijyanye n'iby'indege, guteza imbere no kurengera ishoramari n'ubufatanye mu bijyanye n'ubukungu, ubucuruzi n'ikoranabuhanga, ubukerarugendo, kurwanya ruswa n'ibindi.

    Qatar kandi iri gufatanya n'u Rwanda ishoramari rijyanye n'ubwikorezi, cyane cyane mu mushinga w'Ikibuga cy'Indege cya Bugesera, aho Qatar Airways ifitemo imigabane ingana na 60%. Ibiganiro bikomeje ku rundi ruhande ku buryo ishobora no guhabwa 49% muri RwandAir.

    Muri Mata 2019 Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani yasuye u Rwanda mu ruzinduko rwari rugamije guteza imbere umubano w'u Rwanda na Qatar, ndetse rukaba rwari rukurikiye urw'iminsi ibiri Perezida Kagame, yari yagiriye muri Qatar, mu Ugushyingo 2018.

    Muri Kamena 2022, Amir Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, yagarutse mu Rwanda nk'umushyitsi w'Igihugu cy'inshuti mu nama y'abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth yabereye i Kigali.

    Muri Gashyantare, 2024, Umukuru w'Igihugu yasuye Qatar mu ruzinduko rw'akazi, ndetse mu Ukuboza, 2024, Perezida Kagame yongera gusura icyo gihugu, aho yitabiriye isiganwa rya Qatar Grand Prix, ribanziriza irya nyuma mu agize umwaka wa Formula 1.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/niba-utakiri-mu-macakubiri-ariko-ukaguma-mu-bukene-byaba-bifashije-iki-perezida

  • Huye: Umugabo yapfiriye mu kazi ko gucukura ubwiherero – #rwanda #RwOT

    Ni inkuru yasakaye mu masaha y'amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2025, bibera aho yacukuraga ubwiherero mu Mudugudu wa Akabuye, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, mu Karere ka Huye, ubwo uyu mugabo yarimo acukura ubwiherero, byagezeho kuvamo birananirana, abari aho bakavuga ko ari 'gaz' yamufatiyemo.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko Polisi ikimenya ayo makuru yahise itabara, gusa isanga n'ubundi yamaze gupfa.

    Ati ''Yari arimo acukura umwobo wari kuzaba ubwiherero ku Ngoro y'Umurage w'Amateka y'Imibereho y'Abanyarwanda iri i Huye, yagiyemo rero, kuvamo biragorana, bigaragara ko ari gaz yamufatiyemo bimuviramo urupfu.''

    CIP Kamanzi yakomeje avuga ko umurambo wa nyakwigendera Niyibizi wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare(CHUB), kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu mugabo atari afite ibyangombwa bimuranga, ibituma umwirondoro we wuzuye utahise ubonaka, bikazagorana kumenya umuryango we.

    Polisi ikimenya iby’iyi mpanuka yahise itabara gusa isanga Niyibizi Albert yamaze gupfira mu mwobo yacukuraga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-umugabo-yapfiriye-mu-kazi-ko-gucukura-ubwiherero

  • Vatican igiye kwakira abo muri LGBTQ+ – #rwanda #RwOT

    Abateguye iki gikorwa bavuze ko abarenga 1000 bazerekeza i Roma muri iyi gahunda. Ni yubile iba buri myaka 25, izwi nk'umwaka w'impuhwe.

    Ni umwaka utangizwa n'Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi. Uyu mwaka watangijwe ku wa 24 Ukuboza 2024 kugeza ku wa 6 Mutarama 2026 n'uwari Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis.

    Byari byitezwe ko abarenga miliyoni 30 bazawifashisha mu kujya gusura ubutaka butagatifu i Vatican.

    Umuryango wo mu Butaliyani ushyigikira abo muri LGBTG+ uzwi nka La Tenda di Gionata wateguye urwo rugendo mu buryo bwo kwishimira uyu mwaka w'impuhwe.

    Alessandro Previti uhagarariye uyu muryango yavuze ko abo muri LGBTG+ baturuka mu bihugu 30 bazakorera urugendo rwerekeza i Roma bakitabira ibirori bizamara iminsi itatu.

    Ni umuhango uzatangizwa n'isengesho rizavugwa mu ndimi eshatu rizabera i Roma ku wa 5 Nzeri 2025, ukurikirwe n'umuhango wo guca mu muryango wa Bazilika yitiriwe Petero no gusoma misa.

    Ni umuryango ufungurwa mu mwaka hizihizwamo Yubile gusa. Muri uyu mwaka abantu bahabwa amasakaramentu n'ibindi byose mu buryo bw'impuhwe.

    Iki gikorwa kizasozwa ku wa 7 Nzeri 2025 n'isengesho rizayoborwa na Papa Léon XIV, mu ku mbuga ya Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero.

    Umuyobozi w'Inama y'Abepisikopi mu Butaliyani, Francesco Savino, aherutse kuvuga ko kwakira abo muri LGBTQ+ ari uburyo bwo kudaheza umuntu n'umwe hashingiwe ku wo ari we cyangwa uko yahisemo kubaho.

    Ati 'Guha buri wese ikaze bisobanuye umutima ufungutse n'uburyo bwiza bwo kwakira na yombi abandi.'

    Umwe mu bayobozi b'i Vatican aherutse gutangaza ko nubwo abo muri LGBTQ+ bazakirirwa bitavuze ko Kiliziya Gatorika yemera ibyo bakora.

    Vatican igiye kwakira abo muri LGPT+


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/vatican-igiye-kwakira-abo-muri-lgpt