Blog

  • Kamonyi: Gahunda y'Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Uwiringira Marie Josée ahamya ko igihe cyahariwe gahunda y'Intore mu biruhuko wabaye umwanya mwiza ku banyeshuri wo kudapfusha igihe ubusa, kudasamara, kutiyandarika, kutajya mu bibangiriza ubuzima ariko kandi no kurindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose. Ashimangira ko aho bahuriraga bahawe ibiganiro bikubiyemo Inama n'Impanuro zibubaka, baridagadura ariko kandi banagaragaza impano bibitsemo.

    Asoza ku mugaragaro gahunda y'Intore mu biruhuko yasorejwe ku Kibuga cy'umupira w'amaguru cy'ahazwi nko mu Rugando mu Murenge wa Nyarubaka, Visi Meya Uwiringira yabwiye abitabiriye iki gikorwa by'Umwihariko abanyeshuri bagiye gusugira ku masomo ko ibiganiro bahawe, Inama n'Impanuro bajyanye bikwiye kubaherekeza bakiga bashyizeho umwete, bagakurikira amasomo batiganda.

    Yarababwiye kandi ati' Ba bana bose muzi bavuye mu ishuri, abo mwarangije batakiri mu ishuri, bose muzabatubwirire y'uko tubakeneye ku ishuri. Umwana wese mu gihe cyo Kwiga aba ku Ishuri akahava ataha mu rugo. Nti muzemere na rimwe ko hagira impamvu n'imwe ituma mutiga kuko kwiga nibyo bizatuma muba abantu bakomeye'.

    Visi Meya Uwiringira, avuga ku butumwa bwihariye ku banyeshuri basubiye ku masomo, ku babyeyi, Abayobozi b'Inzego z'Ibanze n'undi muntu wese ushishikajwe n'iterambere ry'Umwana, yabwiye intyoza.com ati' Muri iki kiruhuko byagenze neza ariko bizarushaho kugenda neza nitubona abana bose ku munsi w'itangira baje gutangira ishuri kandi bakarigumamo bakiga'.

    Avuga ku byo abana bungukiye  muri gahunda y'Intore mu biruhuko, yagize ati' Iyi gahunda yabaga ifite ikiganiro kimwe ku munsi hakabaho umwanya munini wo kwidagadura ndetse no kugaragaza Impano z'abana. Nk'Ubuyobozi rero ikintu cyadushimishije twabonye cyanatanze umusaruro, hagaragaye impano nyinshi abana bacu bafite! Hari abafite Imivugo, Abafite guhanga by'Ubukorikori, hari Abafite iby'Ikoranabuhanga, Kumenya kuririmba, Kubyina n'ibindi'.

    Uyu mwana ni uwo mu Mayaga ku Mugina. Yerekanye impano afite ziherekejwe n'imishinga itari mike afite. Amaze gukora Imbunda ndetse na Drone.

    Yongeyeho ati' Ikindi byafashije!, twajyaga tubona mu biruhuko abana benshi bagiye bahohoterwa ariko nubwo uyu munsi tutavuga mu mibare ngo bimeze gutya ariko muri iki gihe cy'Ukwezi nta bintu byo kubona abana basambanijwe ku ngufu, Abana basanzwe mu kabari basinze, abagiye mu zindi ngeso mbi…, Iyi gahunda y'Intore mu biruhuko tubona warabaye umwanya wo kubona icyo abana bakora cyane cyane ko twasabaga Ababyeyi kwita ku bana mbere ya saa sita baba bafite n'imirimo babaha bakayibaha noneho nyuma ya saa sita akaba aribwo baza muri iyi gahunda'.

    Mu butumwa yageneye Ababyeyi n'abandi bafite inshingano ku bana by'umwihariko muri iki gihe habura iminsi mike ngo basubire ku masomo, Visi Meya Uwiringira Marie Josée yabasabye kujyana abana gutangira ishuri kuko ngo kugira ngo Igihugu kizatere imbere ari uko kizagira Abanyarwanda bajijutse, ko n'iterambere rizagerwaho hari Abanyagihugu bize, bajijutse.

    Umwaka w'Amashuri wa 2024-2025, Akarere ka Kamonyi kari gafite abana bagera ku bihumbi bine bari munsi y'imyaka 16 bataye ishuri ariko kandi kaje ku mwanya wa Kabiri mu Gihugu mu gusubiza Abana ku ishuri aho umubare w'abasubijweyo ugera kuri 35% by'abaritaye. Gahunda ishyizwe imbere muri uyu mwaka w'amashuri wa 2025-2026 ni ubukangurambaga busubiza umwana wese ku ishuri.

    Uyu yiga mu mwaka wa Gatatu w'amashuri yisumbuye.
    Aha yerekaga abayobozi imishinga afite.

    Habaye Umupira w'Amaguru wahuje Akagari ka Ruyanza yegukanye intsinzi ihigitse Nyagishubi.

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/31/kamonyi-gahunda-yintore-mu-biruhuko-yarinze-abana-ubuzererezi-ihohoterwa-visi-meya-uwiringira/

  • Perezida Kagame yageze muri Senegal – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yageze i Dakar, kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Kanama 2025.

    Iyi nama ya AFS igiye kubera muri Senegal, ije ikurikira izabereye mu Mujyi wa Kigali muri Werurwe 2024 no muri Nzeri 2024, aho zitabiwe n'abahagarariye inzego za leta, abikorera, urubyiruko ndetse n'abandi bafite aho bahuriye n'ubuhinzi bo mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika.

    Umwaka ushize yari ifite insanganyamatsiko igira iti 'Guhanga udushya, kwihuta no kwaguka: Gushyiraho uburyo bw'iterambere ry'ibiribwa mu gihe cy'ikoranabuhanga n'ihindagurika ry'ikirere'.

    Biteganyijwe ko iy'uyu mwaka izitabirwa n'abasaga 600 biganjemo abahanga udushya, abarimu muri za kaminuza, ibigo by'iterambere, amahuriro y'abahinzi borozi, ndetse n'abikorera bo muri Afurika n'ahandi ku Isi, bazitabira iyo nama.

    Muri iyi nama hazagaragazwa udushya n'ikoranabuhanga, politiki n'uburyo bwo kubishyira mu bikorwa, ibyo abantu bakwigira ku bandi, imishinga ntangarugero y'ubucuruzi n'ishoramari rigamije kwihutisha iterambere ry'ibiribwa muri Afurika, urubyiruko n'abagore babigizemo uruhare.

    U Rwanda na Sénégal ni ibihugu bifitanye umubano mwiza, ushimangirwa n'ingendo zagiye zikorwa hagati y'abakuru b'ibihugu ndetse n'abandi bayobozi muri Guverinoma.

    Ibi bihugu byombi kandi bifitanye amasezerano arimo ay'ubufatanye mu by'umuco yasinywe mu 1975, ay'ubutwererane rusange yasinywe mu 2004, ay'ishyirwaho rya komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w'ibihugu byombi yasinywe mu 2016 ndetse n'amasezerano y'ubufatanye ari hagati y'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru, RBA na Radio Television Sénégalaise.

    Muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika hariyo Abanyarwanda benshi batuyeyo, yaba abajyanywe n'amasomo n'abandi barimo abagezeyo mu myaka 40 ishize.

    Perezida Kagame yageze muri Senegal yakirwa na mugenzi we Bassirou Diomaye Faye

    Umukuru w’Igihugu yitabiriye Inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa (AFS)


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yageze-muri-senegal

  • Liverpool yihanije Arsenal, Szoboszlai ku munota wa 83′ yari yabisoje #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 31 Kanama 2025, Anfield yongeye kuba ubukombe ubwo Liverpool yatsindaga Arsenal mu mukino wari ukomeye kandi wari utegerejwe n'abafana benshi b'izi kipe zombi. Abakunzi ba Liverpool doreko bari bahanzwe amaso na benshi ariko abakinnyi babo basohoza ibyo bari batumwe, doreko kandi baraye babwirwa ko gutsindwa na Arsenal byaba ari igisebo gikomeye, none byarangiye 'The Reds' bibahiriye imbere y'abafana babo.

    Umukino watangiye ukomeye, Arsenal igaragaza uburyo bwiza bwo gutera imbere mu minota ya mbere, ariko Liverpool igaragaza ubunararibonye bwayo bwo guhangana no guhindura ibintu mu buryo bunoze, doreko ku kibuga cyabo bahorana ubukombe bwo kudatsindwa.

    Ku munota wa 83', Dominik Szoboszlai, umwe mu bakinnyi b'ingenzi ba Liverpool, ni we wahaye abafana ibyishimo bikomeye atsinda igitego cy'intsinzi, yuzuza ibyo yasabwaga gukora mu mukino.

    Iki gitego cyari nk'umutima wa Anfield kuko cyateye abafana bose guhaguruka bagasakuza mu buryo bw'igitangaza, berekana ko gukina muri iki kibuga ari urugamba rutoroshye kuri buri kipe. Abafana ba Liverpool baraye mu munezero udasanzwe, bishimira ko ikipe yabo ikomeje kwerekana ubukaka n'ubudahangarwa mu rugo.

    Ku rundi ruhande, Arsenal yasohotse Anfield ifite agahinda, nubwo yagerageje gukina neza no guhatana kugeza ku munota wa nyuma. Umutoza Mikel Arteta yavuze ko gutsindwa kuri iki kibuga bitagoye gusa ahubwo ari isomo rikomeye ku ikipe ye mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya Premier League.

    Liverpool yisubije icyubahiro cyayo imbere y'abafana bayo, ishimangira ko Anfield ikiri 'igishegeshero' cy'andi makipe akomeye. Kugeza ubu niyo kipe iyoboye urutonde rwa shampiyona rw'agateganyo ku manota 9.

     

    Source : https://kasukumedia.com/liverpool-yihanije-arsenal-szoboszlai-ku-munota-wa-83-yari-yabisoje/

  • Madamu Jeannette Kagame yakebuye abashyira imbaraga mu bukwe birengagije gutegura urugo – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye amasengesho yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka 'Young Leaders Prayer Breakfast', yateguwe n'umuryango wa Rwanda Leaders Fellowship.

    Madamu Jeannette Kagame yashimye uwo muryango wa Rwanda Leaders Fellowship wayateguye n'uburyo wahisemo ko ibiganiro bitangwa byibanda ku murage wo kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.

    Yakomeje ati 'Ntitwabura guhangayikishwa n'ibihe turi kunyuramo aho Isi yimitse kwireba, kwikunda bifata indi ntera aho inyungu z'umuryango zitagihabwa umwanya. Umuntu yahindutse ntibindeba […] bigatuma za ndangagaciro z'umuryango, ibanga ry'abashakanye, ubwitange butizigama bitagihabwa agaciro.'

    Madamu Jeannette Kagame yasengeye imiryango y'abashakanye, asaba Imana guha umugisha imiryango no kuyishoboza.

    Yagaragaje ko urugo ari u Rwanda ruto, rukaba n'ijuru rito bityo ko abakiri bato bafite umukoro ukomeye wo kubaka umurage mwiza uzasigirwa abazabakomokaho.

    Yerekanye ko zimwe mu mpamvu zituma urugo rusenyuka vuba hari ubwo usanga bamwe bashyira imbaraga mu gutegura ubukwe kurusha gutegura urugo.

    Ati 'Mukwiye kumenya ko kubaka urugo ari ingenzi aho gushyira ubushobozi bwose mu gutegura ubukwe. Abarushinga bakwiye kwibaza bimwe muri ibi bibazo. Ese tugiye kubana kubera urukundo cyangwa ni igitutu cy'urungano n'imiryango? Ese ni ukubera ko mugenzi wanjye atwite? Ni impamvu y'ubushobozi mutezeho? Dukwiye gushishoza ku mpamvu nyakuri zo kubaka urugo.'

    Yasabye abakiri bato guhindura imitekerereze nk'abantu basobanutse kandi biyemeje guhindura u Rwanda, abibutsa ko rwanyuze mu mateka mabi ariko ko bafite inshingano zo gusigasira ibyo rumaze kugeraho.

    Ati 'Muragijwe inshingano zo gusigasira ibyo bakuru banyu badutabaye barwaniye. Mukomeze imihigo yo kuba intangarugero mu ngo zanyu mutibagiwe n'inshingano zanyu z'akazi kugira ngo mukabye inzozi z'abatubanjirije.'

    Yagaragaje ko ijuru riharanirwa rikwiye gutangira gutegurirwa mu miryango, binyuze mu gusesengura neza impinduka z'ibihe, imigenzo n'imico kuko uko ibihe bigenda bihinduka ari ko n'inshingano z'abashakanye zigenda zihinduka.

    Madamu Jeannette Kagame yibukije ko abashakanye bakwiye kuzirikana ko ibishashagirana byose bidakwiye gusimbura ibihari by'indangagaciro nyarwanda, yemeza ko isezerano ryo kubana risaba kwigomwa no kwirenga kugira ngo abashakanye bunge ubumwe.

    Yasabye ababyeyi n'imiryango gushyira imbaraga mu gutegura abifuza gushinga urugo.

    Ati 'Birakwiye gushyira imbaraga muri gahunda yo gutegura abifuza gushinga urugo. Ababyeyi n'imiryango bagomba kuba hafi abana babo hato tutazasanga twaratezutse ku nshingano zacu zo kurerera igihugu no kwita ku nshingano z'umuryango.'

    Yakomeje ati 'Burya ubusitani butoshye tubona buturuka ku isoko y'amazi ibwuhira, ababona u Rwanda rwacu rutoshye, rutekanye kandi ruteye imbere, ukabona n'Abanyarwanda basobanutse ni ukubera ko umuryango ubabyara, ukabarera bunze ubumwe kandi ukonsa u Rwanda n'indangagaciro zituranga.'

    Umuyobozi Mukuru w'Umuryango wa Rwanda Leaders Fellowship utegura aya masengesho, Moses Ndahiro, yavuze ko amasengesho yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast amaze imyaka 30 akorwa kuko aya mbere yabaye mu 1995.

    Yagaragaje ko urugendo rw'imyaka 30 rwaranzwe n'ibikorwa byiza byo gusengera igihugu no kungurana ubumenyi mu ngeri zitandukanye.

    Umukozi muri Komisiyo ya Loni ishinzwe Ubukungu muri Afurika, Pasiteri Didier Habimana, yavuze ko umuryango ari wo shingiro ryo kubaka igihugu kandi ko ari umurage mwiza.

    Ati 'Umuryango nujya hamwe n'Isi izajya hamwe. Babajije umubikira Mama Tereza w'i Kalikuta icyo yakora ngo ahindure Isi, yahise asubiza ngo niba ushaka guhindura Isi, genda ukunde umuryango wawe. Kubaka umuryango utekanye ni umurage wasigira abazagukomokaho.'

    Yavuze ko nta mpamvu n'imwe yatuma 'Twemera ko ibiyobyabwenge n'ubusinzi buganza ubuzima bwacu na gahunda zacu za buri munsi.'

    Abitabiriye ayo masengesho, basangijwe ubuhamya bwa bamwe mu bubatse ingo by'umwihariko izitaramara igihe kinini.

    Ni ubuhamya bwatanzwe na Pasiteri Lambert Bariho, Nadine Umutoni Gatsinzi n'Umuryango w'Umuhanzi Dr. Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close na Tricia Niyonshuti.

    Tom Close n'umugore we bagarutse ku byabafashije mu myaka 12 bamaze bubatse, bavuga ko kuganira, gushyira hamwe no kumenya ibyo buri umwe akunda biri mu byo bubakiyeho.

    Pasiteri Bariho Lambert yasabye ko abagiye kurushinga bahabwa ubujyanama bukwiye bugamije kubaka urugo ruhamye.

    Ku rundi ruhande Nadine Umutoni Gatsinzi yavuze ko abashakanye bagomba guharanira ko inshingano z'akazi ka buri munsi zitabibagiza kubaka umuryango wishimye.

    Madamu Jeannette Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée

    Madamu Jeannette Kagame ubwo yageraga ahabereye amasengesho ya Young Leaders Prayer Breakfast

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, na we yitabiriye

    Madamu Jeannette Kagame yakebuye abashyira imbaraga mu bukwe birengagije gutegura urugo

    Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice na Kabahizi Théoneste uyobora ikigo cya RBSCO mu bitabiriye aya masengesho

    Tom Close n’umugore we bari bishimye

    Abitabiriye aya masengesho basabwe kugira uruhare mu kubaka umuryango

    Aya masengesho yitabiriwe n’abarenga 600

    Ababyina bya kinyarwanda na bo bahawe umwanya

    Pasiteri Barbara na we yari yitabiriye aya masengesho

    Habayeho no gucinya akadiho mu gushima Imana

    Umugenzuzi Mukuru w’Uburinganire, Nadine Umutoni Gatsinzi, yatanze ubuhamya agaragaza ko bagomba guharanira ko inshingano z'akazi ka buri munsi zitabibagiza kubaka umuryango wishimye

    Umwepiskopi Mukuru w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Dr. Laurent Mbanda

    Abitabiriye ayo masengesho bahawe ubuhamya

    Tom Close yagaragaje ko kwirinda amagambo, kubahana, urukundo no kumenya icyo buri wese akunda byatumye babasha kubana neza

    Umugore wa Tom Close, Tricia Niyonshuti, yatanze ubuhamya bw’uko abanye n’umugabo mu myaka 12 bamaranye

    Umuyobozi Mukuru w'Umuryango wa Rwanda Leaders Fellowship utegura aya masengesho, Moses Ndahiro, yavuze ko amasengesho yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast amaze imyaka 30

    Umukozi muri Komisiyo ya Loni ishinzwe Ubukungu muri Afurika, Pasiteri Didier Habimana, yavuze ko umuryango ari wo shingiro ryo kubaka igihugu

    Pasiteri Bariho Lambert yasabye ko abagiye kurushinga bahabwa ubujyanama bukwiye bugamije kubaka urugo ruhamye

    Dr. Laurent Mbanda ni we wasenze isengesho ryo gusoza anasabira umugisha abitabiriye Young Leaders Prayer Breakfast

    Amafoto: Kwizera Herve


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/madamu-jeannette-kagame-yakebuye-abashyira-imbaraga-mu-bukwe-birengagije

  • Impamvu y'izamuka ry'ibiciro bya 'cotex' mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mu 2019, cotex zakuriweho umusoro ku nyongeragaciro (TVA) gusa ibi ntibyabujije ko zirushaho kuzamuka mu biciro kuko ku isoko izaguraga hagati ya 700 Frw na 800 Frw ubu ziragura hagati ya 1000 Frw na 1200 Frw.

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Prudence Sebahizi, yabwiye The New Times ko iki kibazo bakizi ndetse kiri gukurikiranwa, ashimangira ko izikorerwa mu Rwanda zidahagije ugereranyije n'izikenewe.

    Ati “Ikibazo gikomeye ni ubuke [cotex] zizwi cyane nka 'Super Sanitary Pads' zikoreshwa mu Rwanda, zigakorwa na 'Safari Centre' ikora udukarito 450 ku munsi, rimwe na rimwe tukaba duke ugereranyije n'ibikenewe ku isoko.”

    Yakomeje avuga ko ivanwaho rya TVA ridasobanuye igabanuka ry'ibiciro nubwo rigira uruhare mu kubigabanya, ashimangira ko izamuka ry'ibiciro by'ibikoresho byifashishwa mu gukora cotex, birimo n'ibituruka mu mahanga, bishobora kuzamura igiciro cyazo.

    Gusa yijeje ko Minisiteri ayoboye igiye gukomeza ubugenzuzi mu rwego rwo gushaka igisubizo kuri iki kibazo.

    Hasobanuwe impamvu y’izamuka ry’ibiciro bya ‘cotex’


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hasobanuwe-impamvu-y-izamuka-ry-ibiciro-bya-cotex

  • Abatunze imbwa mu Rwanda bagiye kujya bazandikisha ku mudugudu – #rwanda #RwOT

    Aya mabwirizwa yashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n'Ubworozi mu Rwanda, RAB, aho agamije kurushaho gukurikirana ubuzima bw'imbwa ndetse n'abantu, cyane ko muri iyi minsi imiryango myinshi iri kurushaho kuzitunga ku mpamvu zirimo kurinda umutekano.

    Umuyobozi w'Agateganyo wa RAB, Solange Uwituze, yabwiye The New Times ko aya mabwiriza agamije kurinda imiryango itunze imbwa ndetse n'uduce zituyemo.

    Aya mabwiriza kandi agena ko imbwa iri hanze igomba kuba iri kumwe n'umuntu, ikaba iziritse ku mugozi kandi yambwitse agapfukamunwa kabugenewe, kayibuza kuba yaruma umuntu mu gihe iri mu ruhame.

    RAB ivuga ko kutubahiriza ayo mabwiriza bizajyana n'ibihano.

    Umuyobozi w'Ubushakashatsi mu kigo kirengera ubuzima bw'inyamaswa, Welfare for Animals Guild, Dr. Richard Nduwayezu, avuga ko ari ingenzi cyane kugenzura ubuzima bw'imbwa.

    Ati “Iyo imbwa ikwanduje ibisazi by'imbwa hafi ya buri gihe biganisha ku rupfu.”

    Yashimangiye ko izi mbwa zishobora no kwanduza amatungo, bigashyira mu byago abashobora kuyarya. Yanakomoje ku byago biterwa no kororoka kw'imbwa mu buryo bukabije, ashimangira ko bishobora gutuma zigwira cyane, bikajyana n'ibyago by'indwara zishobora guteza.

    Yavuze ko “buri mbwa ikwiriye kugendana icyangombwa cy'uko yakingiwe cyasinyweho n'umuvuzi w'amatungo ubifitiye uburenganzira, kandi ikambikwa ikintu kiriho amakuru ya nyirayo.”

    Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y'Abanyarwanda bugaragaza ko ingo zisanzwe zitunze imbwa zibarirwa mu bihumbi 66.

    Abatunze imbwa bagiye kujya bazandikisha


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abatunze-imbwa-bagiye-kujya-bazandikisha

  • Ibyo wamenya ku kigo cya Polisi y'u Rwanda gitanga imyitozo kabuhariwe yo kurwanya iterabwoba – #rwanda #RwOT

    Mu myaka 20 ishize, amateka agaragaza ko habayeho ubwiyongere bukabije bw'ibitero by'iterabwoba, byibasiye ibihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, aho abaturage bagizweho ingaruka zikomeye nabyo, zirimo guhungabana k'umutekano, kwicwa urubozo, gufatwa bugwate, kubibwamo ubwoba n'ibindi bitandukanye.

    Biturutse ku buyobozi bw'igihugu bushyira imbere umutekano, u Rwanda rwiteguye mbere mu rwego rwo gukumira ibitero by'iterabwoba n'ingaruka zabyo ku baturage barwo.

    Polisi y'u Rwanda ni rumwe mu nzego z'umutekano zihatiye kubaka ubushobozi bwihariye bujyanye no kurwanya iterabwoba.

    Mu ngamba zafashwe n'uru rwego, ku ikubitiro hashinzwe ikigo cyihariye gishinzwe gutanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba. Nguko uko ikigo cy'amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (Counterterrorism Training Center-CTTC) cya Mayange cyavutse.

    Iki kigo giherereye mu Karere ka Bugesera cyashinzwe mu 2013, gihabwa inshingano zo guhugura abapolisi, kibubakamo ubushobozi n'ubuhanga buhanitse bwo gukumira no kurwanya iterabwoba mu buryo bwose.

    Ubwo cyashingwaga, iki kigo cyibanze ku gutanga amahugurwa yo mu rwego rwo hejuru ajyanye n'ibikorwa byihariye byo kurwanya iterabwoba, guha abapolisi ubumenyi, tekiniki n'ubushobozi budasanzwe mu bikorwa byo gucunga umutekano kugira ngo babashe guhangana n'ibibazo by'umutekano by'inzaduka ndetse n'iterabwoba.

    Kugeza ubu kimaze gutanga impamyabushobozi ku bapolisi 3832 cyatoje mu bijyanye n'amahugurwa yo kurwanya iterabwoba kandi cyaguye gahunda z'ibikorwa byacyo mu byiciro bitatu by'amahugurwa, ari byo; icyiciro cy'amahugurwa adasanzwe (Special Force Wing), amahugurwa yo kurwanya iterabwoba n'iperereza (Counterterrorism and Intelligence Wing), hamwe n'amasomo yihariye yo kongera ubunyamwuga (Specialized and Career Courses Wing).

    Gahunda y'amahugurwa atangirwa muri iki kigo amara hagati y'amezi kuva kuri atatu kugeza kuri atandatu, yibanda ku masomo yihariye agendanye no guhangana n'ibikorwa by'iterabwoba. Ugereranyije n'igihe iki kigo cyashingwaga cyakomeje kubaka ubushobozi ku buryo kuri ubu gishobora kwakira abanyeshuri barenga 2000 icyarimwe.

    Gifite ibyumba by'amashuri bigezweho bitangirwamo amahugurwa, amacumbi, ibikoresho byifashishwa mu mahugurwa bijyanye n'igihe hamwe n'ahabera imikino n'imyidagaduro bifasha abitabira amahugurwa mu kwagura ubumenyi no kuruhuka.

    Umusaruro w'ibikorwa by'Ikigo CTTC Mayange urenga n'imbibi z'u Rwanda. Ubu ku bufatanye n'inzego zitandukanye zo mu bihugu byo mu Karere no hanze yako, hoherezwa abo muri izo nzego gukurikira amahugurwa gitanga, urugero rwa vuba ni nka Centrafrique na Sudani y'Epfo.

    Kuri ubu, abapolisi bagera ku 2000, barimo ab'u Rwanda ndetse n'abo mu bindi bihugu, bari mu mahugurwa arimo gutangirwa muri iki kigo.

    Nk'uko ubuyobozi bw'ikigo bubitangaza, hibandwa cyane ku myitozo ngiro, gukoresha ikoranabuhanga rigezweho hamwe n'amayeri akoreshwa mu bikorwa byo gucunga umutekano, byose bigamije kurinda umutekano w'igihugu no kugira uruhare mu kubungabunga ituze n'umutekano mu karere.

    Ikigo cya CTTC Mayange, kimaze gushingwa cyatangije amahugurwa yitabiriwe n'abagera kuri 300 batozwaga n'abarimu 60.

    Umuyobozi w'agateganyo w'ikigo cya Polisi gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, ACP Méthode Munyaneza, yavuze ko 'Mu bihe biri imbere CTTC Mayange irateganya kurushaho kwagura gahunda zayo, kongera ibikorwaremezo, no kuzamura ireme ry'imyigishirize.'

    ACP Munyaneza avuga ko ikigamijwe mbere na mbere, ari ugutoza abapolisi basanzwe bafite ubumenyi bw'ibanze bakongererwa ubushobozi mu by'ubuhanga bwo guhangana n'ibitero by'iterabwoba.

    IP Godfrey Muzungu, ni umwe mu bapolisi bakoresheje imyitozo bahawe muri iki kigo mu bikorwa nyirizina, kuko yari mu itsinda rya mbere ry'inzego z'umutekano z'u Rwanda zoherejwe muri Mozambique.

    Yagarutse ku ruhare rw'iyi myitozo mu kubategura guhangana n'ibikorwa by'iterabwoba by'abarwanyi b'umutwe wa Ansar al-Sunnah, wari warayogoje intara ya Cabo Delgado, mu Majyaruguru y'igihugu.

    Ati “Nitabiriye amahugurwa y'ibikorwa byihariye yamaze umwaka abera mu Kigo cya Polisi gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba 'CTTC Mayange' kuva mu mwaka wa 2021 kugeza 2022, mbere y'uko twoherezwa muri Mozambique mu bikorwa byo kurwanya ibitero by'iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.”

    Yakomeje avuga ko “Ni imyitozo yaduhaye ubumenyi buhanitse mu bijyanye no gukoresha intwaro, gutinyuka, amayeri yo guhangana n'abagizi ba nabi ndetse n'imyitozo yo kumanuka mu ndege no mu nyubako ndende byadufashije guhangana n'abo mu mutwe w'iterabwoba aho babaga bihishe hose. Ibi byose byadushoboje gukora akazi neza no kuzuza inshingano twari twahawe mu gihe twamaze dukorera muri Mozambique.

    Mu isi ya none aho usanga ibikorwa by'iterabwoba bigaragara mu bihugu bitandukanye, Ikigo cya Polisi gitanga amahugurwa yo guhangana naryo 'CTTC Mayange' kiri ku ruhembe mu gukaza imyiteguro, guhamya ingamba n'ubufatanye bigamije guhangana n'ibitero by'iterabwoba, nk'ikimenyetso simusiga cyerekana ko bishoboka; ubumenyi n'ubushobozi gitanga, imikoranire n'ubufatanye bw'akarere biramutse bishyizwe mu bikorwa uko bikwiye.

    Ibikorwa bya CTTC Mayange ntabwo bigarukira mu mahugurwa n'imyitozo gusa. Ni kimwe mu bigo mu Rwanda; bitoza abashinzwe umutekano bafite ubumenyi bw'ibanze, bagahabwa ubumenyi n'ubushobozi buhanitse bwo guhangana n'ibihungabanya umutekano, aho mu gihe mu karere iterabwoba ryakomeje kugenda rifata intera, u Rwanda rwerekanye ko gukaza imyiteguro ari yo ntwaro ikomeye yo guhangana naryo.

    Abitabiriye amahugurwa yo kurwanya iterabwoba mu myitozo yo kumanukira ku mugozi mu magorofa maremare

    Mu mahugurwa bahabwa harimo n’imyitozo yo guhangana n’abagizi ba nabi mu duce tugoye turimo n’amazi magari

    Amahugurwa atangirwa mu Kigo CTTC Mayange aha abapolisi ubumenyi bubatyaza mu bijyanye n’ibikorwa byo gukumira no kurwanya iterabwoba

    Abapolisi b’u Rwanda bari muri Mozambique baba biganjemo n’abasoje amahugurwa yo kurwanya iterabwoba mu kigo cya CTTC Mayange


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-wamenya-ku-kigo-cya-polisi-y-u-rwanda-gitanga-imyitozo-kabuhariwe-yo

  • Si ubwa mbere APR FC ikuyemo ikipe y’igihangange – Chairman wa APR FC #rwanda #RwOT

    Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko nubwo abakunzi ba APR FC bafite ubwoba bwa Pyramids ariko si ubwa mbere yaba ikuyemo ikipe y’igihangange kandi n’ubu yizeye ko bizaba.

    APR FC izahura na Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, umukino ubanza uzabera i Kigali tariki ya 1 Ukwakira ni mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Misiri tariki ya 5 Ukwakira.

    Ni ikipe yateye ubwoba abakunzi ba APR FC bitewe n’uko mu myaka ibiri iheruka ari yo yayikuyemo, ubu hiyongeryeho no kuba ari yo yatwaye Champions Lague iheruka.

    Mu kiganiro cy’umwihariko yahaye Ikinyamakuru ISIMBI, Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko abakunzi ba APR FC badakwiye guhangayika cyane kuko si ubwa mbere baba bakuyemo ikipe y’igihangange.

    Ati “Abafana bafite ubwoba kuko Pyramids FC yatwaye Champions League ariko icyo twe tureba ni mu kibuga, si ubwa mbere APR yaba ikuyemo ikipe y’igihangange turizera ko amateka ashobora kwisubiramo tukayisezerera.”

    Muri 2004 APR FC yasezereye Zamalek yo mu Misiri iyitsindiye i Kigali 4-1 biba ibitego 6-4 mu mikino yombi.

    APR FC izahura na Pyramids FC yayikuyemo mu myaka ibiri iheruka

    Chairman wa APR FC afite icyizere ko Pyramids FC bazayisezerera

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11743

  • Ndishimye cyane – Fall Ngagne wa Rayon Sports akigera i Kigali #rwanda #RwOT

    Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, nibwo abakinnyi babiri ba Rayon Sports bakomoka muri Senegal, Fall Ngagne na Youssou Diagne bageze mu Rwanda, ni nyuma y’igihe baragoranye.

    Ubwo bari bakigera ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, babajijwe ubutumwa bagenera abakunzi ba Rayon Sports, Fall Ngagne yavuze ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.

    Ati “Ndagarutse. Ndishimye cyane.”

    Aba bakinnyi nubwo Fall Ngagne we yari afite imvune atarakira neza gusa we na Youssou Diagne ntabwo bigeze bagaragara mu bikorwa bya Rayon Sports kuva yatangira kwitegura umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Impamvu nta yindi ni uko bavugaga ko hari amafaranga bishyuza Rayon Sports yanze kubaha.

    Nyuma y’ibiganiro birebire amakuru avuga ko hari ayo bahawe na bo bemera kugaruka mu kazi.

    Bageze mu Rwanda mu gihe habura iminsi 12 gusa kugira shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26 itangire.

    Youssou Diagne na Fall Ngagne bageze mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11745

  • Nyamasheke: Abahinzi b'imboga batangiye kuzikoramo ifu – #rwanda #RwOT

    Ni abahinzi bakorana n'umushinga Kageno ukorera mu mirenge ya Rangiro na Cyato mu Karere ka Nyamasheke aho mu ntego zayo harimo kurwanya igwingira no gufasha abaturage kwiteza imbere.

    Mu 2007 nibwo aba bahinzi bakorera ku buso hegitari ebyiri n'igice batangiye guhinga imboga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi, igwingira n'ubukene. Mu mboga bahinga harimo amashu, dodo, isogi, igisura, na karoti.

    Ni imboga ahanini zikoreshwa mu kugaburira abanyeshuri bo mu ishuri ry'inshuke rya Banda, ishuri ribanza rya Gasanane n'ishuri rya GS Banda.

    Mu gihe cy'ibiruhuko aba bahinzi baburaga isoko ry'umusaruro w'izi mboga bikabatera ibihombo ari naho havuye igitekerezo cyo gushaka uko bazongerera agaciro, binyuze mu kuzitunganya ku buryo zibikika igihe kirekire.

    Murekatete Francine, umukozi ushinzwe kumisha izi mboga no kuzikoramo ifu, yabwiye IGIHE ko ubu buryo bwo kuzumisha zigakorwamo ifu bwagabanyije igihombo baterwaga no kuziburira isoko.

    Ati 'Twezaga imboga nyinshi mu itumba tukaziburira isoko, byageraga mu mpeshyi tukazibura, ariko kuva twatangira kuzumisha izo twumishije nizo dukoresha mu mpeshyi'.

    Iyo izi mboga zibaye nyinshi zikarenga ubushobozi bw'isoko bafite barazironga bakazanika, bakazisya bakoresheje imashini bafite yabugenewe.

    Murekatete avuga ko ifu y'imboga igikombe kigura 1500Frw, ndetse ko abona zitubuka agereranyije no gukoresha imboga mbisi.

    Ati “Igikombe cya 1500Frw umuryango w'abantu batanu wagikoresha icyumweru mu gihe mu gihe bahisemo gukoresha imboga mbisi bajya bagura iza 300Frw buri munsi icyumweru kigashira bakoresheje 2100Frw”.

    Umuhuzabikorwa wa Kageno Project, Ndikumana Philemon yabwiye IGIHE ko ubumenyi bwo kongerera agaciro imboga binyuze mu kuzumisha no kuzisya bakazikoramo ifu, babukuye mu rugendoshuri bakoreye muri Kenya mu 2024.

    Ndikumana avuga ko nubwo mu Rwanda kumisha imboga no kuzisya bigaragara nk'aho ari bishya ngo mu bindi bihugu birakorwa ndetse ko izi mboga zikoreshwa cyane na ba mukerarugendo n'abasirikare kuko bamara igihe kinini mu mashyamba aho badashobora kubona imboga.

    Ati “Ubu buryo dukoresha dukora ifu y'imboga zitandukanye ntacyo buhungabanya ku ntungamibiri ziba zirimo, ahubwo byorohereza umutetsi kuko azinyanyagiza hejuru y'ibiryo bimaze gushya”.

    Aba bahinzi bakoresha ku buso bwa hegitari ebyiri n'igice mu kwezi bakaba basarura toni zirenga ebyiri z'imboga mbisi.

    Abahinzi b’imboga bo mu Karere ka Nyamasheke batangiye gukora ifu y’imboga mu kwirinda ibihombo baterwaga no kuziburira isoko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-abahinzi-b-imboga-batangiye-kuzikoramo-ifu