Blog

  • Nyaxo yahundagajeho imitoma umukunzi we (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya uri mu bagezweho Kanyabugabde Olivier uzwi nka Nyaxo, mu magambo asize umunyu yatomagije umukunzi we, Ellah Duro.

    Ni mu magambo yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram aho yashimiye uyu mukunzi we bamaranye igihe.

    Yavuze ko ari iby’agaciro kuba yaramuhisemo mu bandi basore bose.

    Ati “Nkukunda byimazeyo, warakoze kumpitamo mu bahungu bose ukambera umukunzi. Ni iby’agaciro kukugira baby kandi ndagusezeranya ko utazigera wicuza, ndagukunda.”

    Nyaxo ni umwe mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda bitewe n’ubuhanga bwe akorana uyu mwuga.

    Nyaxo yatomagije umukunzi we

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11749

  • Abazungu baje kudutambamira amateka, batwigisha ko Umwami Ruganzu II Ndoli yari igicucu #rwanda #RwOT

    Hirya no hino mu gihugu hari ahantu hari ibimenyetso bigaragaza ubuhanga n'imbaraga umwami Ruganzu Ndoli yari afite, imbaraga yari yarahawe n'Imana zikamutandukanya n'abandi bami bose bamubanjirije.

    Ariko kubera uburyo Abazungu baje kudutambamira amateka, batwigisha ko Ruganzu yari igicucu, ibyo yakoze ntiyabitwigishaga cyangwa ngo bishyirwe mu gitabo, bityo tugahugira ku migenzo y'abandi aho gukomeza kwita ku byacu.

    Ku kirenge cya Ruganzu mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Nyamirama, haracyagaragara ibimenyetso by'aho yanyuze: ibibuguzo yashushanyije akoresheje amaguru ye byabaye nk'indiba zashushanyijwe mu rutare, ibirenge byagiye bisibangana uko imyaka ihita, ndetse n'amajanja y'imbwa ze aragaragara, kimwe n'imihunda y'amacumu ye.

    Aha ni hamwe mu hantu h'ingenzi ruganzu yanyuze ubwo yavaga hakurya i Karagwe Kabahinda, mu gihugu cya Tanzania, aho yari yarabundiye ku mwami Nyirasenge Nyabunyana.

    Ibyo bimenyetso bikwiye kuba indangamurage nyarwanda dukomeraho, ariko usanga hari aho byagiye bisibangana kubera kutabiha agaciro.

    Nubwo amateka menshi yagiye yandikwa mu buryo buheza Ruganzu, abazi neza amateka y'u Rwanda bemeza ko yari intwari ikomeye, yari afite ubumenyi bwisumbuye ndetse n'ubushobozi nk'ubw'ingabo. Uko imyaka igenda ishira, nibura ibi bimenyetso bikwiye kubungwabungwa kugira ngo abato bazamenye amateka, kuko 'Uwibagiwe ibye ahora abunza ubwe.'

    Aha ni hamwe mu hantu h'ingenzi ruganzu yanyuze ubwo yavaga hakurya i Karagwe Kabahinda, mu gihugu cya Tanzania, aho yari yarabundiye ku mwami Nyirasenge Nyabunyana
    Hirya no hino mu gihugu hari ahantu hari ibimenyetso bigaragaza ubuhanga n'imbaraga umwami Ruganzu Ndoli yari afite, imbaraga yari yarahawe n'Imana zikamutandukanya n'abandi bami bose bamubanjirije
    ibibuguzo yashushanyije akoresheje amaguru ye byabaye nk'indiba zashushanyijwe mu rutare

    Source : https://kasukumedia.com/abazungu-baje-kudutambamira-amateka-batwigisha-ko-umwami-ruganzu-ii-ndoli-yari-igicucu/

  • KNC azigaye yabeshye Ababanyarwanda – Umunyamakuru Ishimwe Ricard agifungurwa amuhaye ubutumwa #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru wa SK FM, Ishimwe Ricard nyuma yo gufungurwa yabwiye KNC wavuze ko yakuwe munsi y’igitanda akwiye kwigaya kubera ko yabeshye ababanyarwanda.

    Mu ntangiriro za Kanama 2025 nibwo Ishimwe Ricard umunyamakuru w’imikino wa SK FM yafunzwe akurikiranyweho ibyaba birimo kuba icyitso mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe byakozwe binyuze muri Minisiteri y’Ingabo.

    Byari bifitanye isano n’amatike y’indege yagendeyeho agiye mu Misiri kubera umukino wa APR FC na Pyramids FC wabaye umwaka ushize.

    Si we wenyine hari n’abandi bari muri dosiye imwe aho bavugaga ko bo bishyuye amatike ariko MINADEF yo ikavuga ko amafaranga yavuye kuri konti yayo.

    Tariki ya 29 Kanama 2025 nibwo basomewe ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo maze Urukiko rwa Gisirikare rwemeza ko barekurwa by’agateganyo.

    Uyu munsi nibwo Ricard yongeye kumvikana kuri SK FM atangiye akazi, yavuze uko byagenze ngo afatwe.

    Ricard yasobanuye ko mbere y’uko ajya kwitaba yari yahamagawe ni joro abasaba ko yazanirwa ‘Convocation’ ku kazi, bwarakeye barayizana anasinyira ko yitaba saa munani.

    Yavuze ko yavuye ku kazi abwiye Sam Karenzi ati “Namubwiye ngiye guca Velvett gato nkahita njya kwitaba, sinahageze kuko nashakaga ko amasaha agera nagezeyo.”

    “Navuganye na Scovia (Umuyobozi wa RMC) ndimo ninjira mubwira ko umunyamategeko naza ahasanga, namubwiye ko barimo kunyaka telefoni arambwira ngo nta kibazo.”

    Yakomeje avuga ko KNC akwiye kuzigaya bitewe n’amagambo yatangaje asa n’uwishimiye ko afungwa.

    Ati “KNC azigaye yabeshye ababanyarwanda sinzi impamvu yahisemo kubabeshya, yahimbye ibinyoma bitabaye, yakininiye ku izana ryanjye, ndi umunyarwanda uzi icyo amategeko avuze, wubahiriza amategeko, ku myaka yanjye ni ubwa mbere nari mpamagajwe n’urwego urwo ari rwo rwose.”

    “Nta bwoba nari mfite ubwo ari bwo bwose butuma mpamagazwa n’urwego rw’umutekano ngo njye kwihisha, yarababeshye rwose niba byari bimushimishije ko abivuga muri ubwo buryo nta kibazo ku mutima wanjye naramubabariye nta kibazo dufitanye ariko ibyo yavuze sibyo 150% cyangwa 1000%, aho hantu munsi y’igitanda ntaho bankuye, umugabo natanga ni Scovia Umuyobozi wa RMC ninjiye muri ‘auditorat’ tuvugana.”

    Ubwo yafatwaga agafungwa, Umuyobozi wa Radio&TV1 Kakooza Nkuriza Charles [KNC] mu kiganiro Rirarashe yatangaje ko Ricard bamukuye munsi y’igitanda cy’akabari ka Velvett ari yo yagiye kwihisha.

    Yavuze ko mu kwezi bamaze bafungiwe kuri Gereza ya Gisirikare ku Mulindi nta kibazo na kimwe bagize kuko bari bafashwe neza.

    Ricard yasabye KNC kuzigaya

    KNC yavuze ko bamukuye mu gitanda

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11750

  • Abasaza bashiriyeyo, serivisi yo kozwa mu mutwe nyuma yo kogoshwa ikomeje kuvugisha abatari bake #rwanda #RwOT

    Abasaza bacu bashiriyeyo, bahora bavuga ko abakobwa bakora akazi ko koza abantu mu mutwe mu gihe barangije ku kogosha badakora gusa ku bw'isuku, ahubwo binyuze mu buryo bw'imitekerereze. Iyo urangije kogoshwa inyogosho wifuzaga, bahita bakwinjiza mu kumba gato gakorerwamo amasuku bagahita batangira ku kwitaho mu buryo bwo ku koza mu mutwe.

    Abo bakobwa bagukorera amasuku yo ku koza mu mutwe wawe begetseho umuryango. Iyo udafite umutima ukomeye, ushiduka wisanze mu makosa, rimwe na rimwe ntuba uzi aho wanyuze cyangwa ibyo wagiye utekereza.

    Hari abavuga ko bakunyuramo no mu ntekerezo zawe ukisanga bakwicaye no kubibero cyangwa bakagukoza agatoki mu matwi, doreko uhita wumva ibinyugunyugu byinshi bikuzamukamo, nk'aho buri gitekerezo cyose ari igisubizo ku bibazo byawe.

    Bamwe bavuga ko akazi ko koza mu mutwe akenshi gakorwa n'abakobwa gatuma umuntu yumva amerewe neza iyo amaze gukorerwa amasuku mu mutwe.

    Umwe mu bo twaganiriye utifuje gutangaza amazina ye yagize icyo atangariza Kasuku Media ati: 'Iyo umukobwa akora akazi ke neza, usanga umuntu ahora yibuka wa mukobwa wamukoze mu mutwe bityo bigatuma ushobora kuba wasubira kwiyogoshesha kandi nta n'umusatsi ufite, kaba niyo waba uherereye i Rubavu kandi uwo mukobwa wagukoreye amasuku yo mu mutwe ari i Kigali ujyayo ntakabuza icyikujyanyeyo ari ukwiyogoshesha gusa kugira uhabwe na serivisi yo kozwa mu mutwe.'

    Gusa impamvu abasaza bavuga ko umukobwa aba akwiriye kuboza ku mutwe n'uko baba bumva bashaka kwitabwaho haba mu buryo bw'bitekerezo. Ni nk'uko umubyeyi wita ku mwana we cyangwa nk'uko abakobwa bakora akazi ko koza ku mutwe batanga umutekano w'amarangamutima y'umuntu.

    Abasaza bacu bashiriyeyo, bahora bavuga ko abakobwa bakora akazi ko koza abantu mu mutwe mu gihe barangije ku kogosha badakora gusa ku bw'isuku, ahubwo binyuze mu buryo bw'imitekerereze
    bashiriyeyo, serivisi yo kozwa mu mutwe nyuma yo kogoshwa ikomeje kuvugisha abatari bake

    Source : https://kasukumedia.com/abasaza-bashiriyeyo-serivisi-yo-kozwa-mu-mutwe-nyuma-yo-kogoshwa-ikomeje-kuvugisha-abatari-bake/

  • CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y'u Rwanda cyihariye mu guhangana n'iterabwoba #rwanda #RwOT

    'Abanyamuryango b'umutwe w'iterabwoba Ansar al-Sunnah ukorera muri Mozambike bahinda umushyitsi iyo bumvise izina ry'Ingabo z'u Rwanda (RDF) na Polisi y'u Rwanda (RNP). Bazi neza ko aba bantu bahangana n'iterabwoba mu buryo budasanzwe.'

    U Rwanda rwiteguye mbere y'ibyago

    Mu myaka makumyabiri ishize, iterabwoba ryafashe indi ntera ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu Majyaruguru y'Isi. Nubwo u Rwanda rutari mu byibasiwe cyane, ntirwigeze rusigara inyuma mu kwitegura.

    Ubuyobozi bw'igihugu bwashyize imbere umutekano, Polisi y'u Rwanda (RNP) igirwa imwe mu nzego zahawe inshingano zo kubaka ubushobozi bwihariye mu guhangana n'iterabwoba.

    Ni muri urwo rwego hashinzwe Ikigo cy'Amahugurwa cya Mayange (Counter Terrorism Training Center — CTTC) mu Karere ka Bugesera mu mwaka wa 2013. Intego yacyo: gutoza abapolisi bafite ubumenyi n'ubushobozi bwo ku rwego rwo hejuru mu guhangana n'iterabwoba mu buryo bwose.

    Amahugurwa yihariye ku rwego rwo hejuru

    Guhera mu ntangiriro, CTTC Mayange cyibanze ku myitozo y'ingabo zidasanzwe (special forces), gitoza abapolisi ubumenyi bwa tekiniki, uburyo bwo mu bikorwa ndetse n'ubuhanga mu guhangana n'iterabwoba rigezweho.

    Mu minsi ya mbere cyatangiranye abanyeshuri 300 n'abatoza 60. Kugeza ubu kimaze gusoza abapolisi 3,832, gikora mu byiciro bitatu:

    Ishami ry'Ingabo zidasanzwe (Special Forces Wing)

    Ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba n'ubutasi (Counterterrorism and Intelligence Wing)

    Ishami ry'amahugurwa yihariye n'umwuga (Specialized & Career Courses Wing)

    Amahugurwa afata hagati y'amezi atatu n'atandatu, bitewe n'urwego rw'ubumenyi rusabwa.

    Ibikorwaremezo by'icyitegererezo

    Uyu munsi, CTTC Mayange gifite:

    ibyumba by'amashuri byuzuye ibikoresho, aho kurara higezweho, ibikoresho by'imyitozo bya kijyambere, n'ibyagenewe kuruhura no kubungabunga ubuzima bw'umubiri n'ubw'ubwonko bw'abanyeshuri.

    Iki kigo cyakiriye abanyeshuri baturutse mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu nka Repubulika ya Centrafrique na Sudani y'Epfo. Ubu abanyeshuri bagera ku 2000 bari mu myitozo.

    Ubuyobozi bw'ikigo buravuga iki?

    ACP Méthode Munyaneza, Umuyobozi w'agateganyo wa CTTC Mayange, yagize ati: 'Intego yacu ni ukwagura amasomo, kongera ibikorwaremezo no kuzamura ireme ry'inyigisho. Tugomba gufata umupolisi ufite ubumenyi bw'ibanze tukamuhindura umunyamwuga wo ku rwego rwo hejuru ushoboye guhangana n'inshingano zikomeye zo kurwanya iterabwoba.'

    Abanyuze mu kigo bavuga iki?

    IP Godfrey Muzungu, umwe mu bapolisi bitabiriye ibikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambike, yibuka uko amasomo ya CTTC yamufashije:

    'Nitabiriye amasomo y'umwaka umwe hagati ya 2021 na 2022 mbere yo koherezwa muri Cabo Delgado. Twize byinshi birimo gukoresha intwaro, gucunga ubwoba, uburyo bwo kurwana mu duce tugoye ndetse n'imyitozo yo gusimbuka mu ndege cyangwa mu nyubako ndende kugira ngo tugere aho abaterabwoba bihishe hose. Ibyo byose byatumye tugera ku ntsinzi mu bikorwa byo muri Mozambike.'

    CTTC, inkingi y'umutekano w'u Rwanda n'akarere

    Mu isi aho iterabwoba rigenda rihindura isura, CTTC Mayange gihagaze nk'urugero rw'ubushobozi, ubwitange n'ubufatanye.

    Ni ikimenyetso cy'uko iyo habayeho ubumenyi n'imikoranire, iterabwoba rishobora gutsindwa.

    Ku ruhande rw'u Rwanda, CTTC Mayange si ikigo cy'amahugurwa gusa; ni uruganda rutunganya abarinda igihugu — abapolisi basanzwe bahindurwa abarwanashyaka b'umutekano ku rwego rwo hejuru.

    Mu karere iterabwoba rihora rifata indi sura, u Rwanda rwagaragaje ukuri kumwe rukomeye:

    Kwitegura ni cyo gikoresho gikomeye kurusha ibindi.

     

     

    The post CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y'u Rwanda cyihariye mu guhangana n'iterabwoba appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/cttc-mayange-ikigo-cya-polisi-yu-rwanda-cyihariye-mu-guhangana-niterabwoba/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=cttc-mayange-ikigo-cya-polisi-yu-rwanda-cyihariye-mu-guhangana-niterabwoba

  • Intego ni ugutwara CECAFA n’umutoza arabizi – Chairman wa APR FC #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko intego ikipe yahagurukanye mu Rwanda yerekeza muri Tanzania ari ukwegukana CECAFA Kagame Cup.

    Guhera ejo ku wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri kugeza 15 Nzeri muri Tanzania hazaba habera CECAFA Kagame Cup.

    U Rwanda ruzaba ruhagararirwe na APR FC yahagurutse mu Rwanda ejo hashize yerekezayo.

    Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yabwiye ISIMBI ko nta kindi kibajyanye uretse kwegukana iyi CECAFA.

    Ati “Intego ni ukwegukana CECAFA, ni ukukizana, umutoza ni yo ntego, abakinnyi ni yo ntego.”

    Umwaka ushize APR FC ikaba yaratsindiwe ku mukino wa nyuma na Red Arrows yo muri Zambia.

    APR FC ikaba izatangira irushanwa ejo ku wa Kabiri ikina na Bumamuru yo mu Burundi.

    Chairman wa APR FC yavuze intego ari ukwegukana CECAFA Kagame Cup

    APR FC yerekeje murj Tanzania ejo hashize ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11746

  • Umutwe w'iterabwoba wa Ansar al-Sunnah muri Mozambique bahinda umushyitsi iyo bumvise inzego z'umutekano z'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Abarwanyi b'imitwe y'iterabwoba ikorera mu majyaruguru ya Mozambique, by'umwihariko Ansar al-Sunnah, basigaye bahinda umushyitsi iyo bumvise ingabo z'u Rwanda cyangwa inzego z'umutekano zarwo. Ubu ubwoba bukomeje kugaragaza uburyo ingabo z'u Rwanda zafashe iya mbere mu kugarura ituze no guhashya ibikorwa by'iterabwoba muri ako gace, aho abaturage benshi bari barahungabanyijwe n'ubwicanyi, ubusahuzi n'icuruzwa ry'abantu.

    Guhera mu mwaka wa 2021 ubwo u Rwanda rwoherezaga ingabo n'abapolisi mu karere ka Cabo Delgado, ubuzima bw'abaturage bwatangiye kugaruka mu buryo bugaragara.

    Abaturage bavuga ko inzego z'umutekano z'u Rwanda zitandukanye n'izindi zari zaragerageje kubafasha ariko zikananirwa, kuko zerekanye ubunyamwuga, ubwitange no guharanira inyungu rusange mu baturage.

    Ansar al-Sunnah ni umutwe w'abarwanyi wigize intandaro y'umutekano muke muri Mozambique, ariko kuva aho u Rwanda rwafatiye iya mbere mu bufatanye n'igisirikare cya Mozambique ndetse n'abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ibikorwa byawo byatangiye kugabanuka. Ubu hari uduce twinshi twari twarigaruriwe n'aba barwanyi tumaze kongera kugarurwamo amahoro.

    Abasesenguzi bavuga ko igitinyiro aba barwanyi bagira iyo bumvise izina ry'u Rwanda kigaragaza ko imbaraga z'igihugu gito kidafite ubukungu bukomeye, ariko gifite ubuyobozi bwiza, zishobora guhindura amateka y'umutekano w'Akarere. Ibi kandi ni isomo rikomeye ku bindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika birwanya iterabwoba.

    Ingabo z'u Rwanda zatangiye kuba ikimenyetso cy'icyizere ku baturage ba Mozambique, mu gihe abarwanyi bo bakomeje gucika intege no gutinya guhura nazo ku rugamba.

    Abarwanyi ba Ansar al-Sunnah muri Mozambique bahangayikishwa n'ingabo z'u Rwanda
    Umutwe w'iterabwoba wa Ansar al-Sunnah muri Mozambique bahinda umushyitsi iyo bumvise inzego z'umutekano z'u Rwanda
    Abasesenguzi bavuga ko igitinyiro aba barwanyi bagira iyo bumvise izina ry'u Rwanda kigaragaza ko imbaraga z'igihugu gito kidafite ubukungu bukomeye, ariko gifite ubuyobozi bwiza, zishobora guhindura amateka y'umutekano w'Akarere

    Source : https://kasukumedia.com/umutwe-witerabwoba-wa-ansar-al-sunnah-muri-mozambique-bahinda-umushyitsi-iyo-bumvise-inzego-zumutekano-zu-rwanda/

  • Umugore wa Tom Close yahishuye uko yamaze imyaka 12 abangamira umugabo we azi ko ari we warenganye #rwanda #RwOT

    Ingabire Ange Tricia, umugore w’umuhanzi Dr Muyombo Thomas [Tom Close], yahishuye ko yamaze imyaka 12 yarabuze aho ahera abwira umugabo we ko iyo bagendanye mu modoka amubangamira kubera kudahuza ku byo bagenda bumva.

    Yabivuze ejo hashize ku Cyumweru ubwo bari mu basangije abitabiriye amasengesho ya “Young Leaders Prayer Breakfast” ubuhamya bw’uko hari byinshi bize mu rugo rwabo rumaze imyaka 12, berekana ko kimwe mu bibafasha ari ukwihangana no kuganira bihoraho kugira ngo bashyire ibintu ku murongo uko bikwiye.

    Tricia yavuze ko bakibana yagonzwe n’ikibazo cy’umwanya kuko Tom Close nta mwanya yabonaga kuko uretse kuba yari umuganga n’umuhanzi yahise ahabwa umwanya mwiza mu kazi ari nako bahita babyara, hiyongeraho no gutangira gushushanya ibitabo byifashishwa mu mashuri abanza.

    Ngo yageraga mu rugo ahita ajya gushushanya ntabonere umwanya umugore we ni mu gihe we yabaga yakoze ibishoboka byose yamwiteguye nk’umwami ariko ntagire amahirwe yo kubona ibyo yateguriwe kuko yahitaga amubwira ati “ibyo biryo bizane mu biro kuko mfite utuntu two gukora.”

    Avuga ko yaje gusenga maze Imana ikamuhishurira uburyo agomba kubikoramo, nibwo yicaje umugabo we amubwira ko bamukeneye mu rugo, ajye abagenera umwanya muto, yavuze ko yamwumvise neza cyane, ibintu ahamya ko byatanze umusaruro yaba mu rugo no mu kazi kuko uko gukina n’abana, aganira n’umugore we byatangiye no kujya bimuruhura mu mutwe.

    Tricia yakomeje avuga ko ikindi kibazo yari amaranye imyaka 12 ari iyo yabaga yagendanye na we mu modoka kuko batahuzaga, Tom Close yabaga ashaka kumva amakuru undi ashaka kumva indirimbo.

    Ati “ikintu nabonye cyiza ariko nkimenye vuba cyanyemeje ko ‘communication’ ari ingenzi, maranye imyaka 12 na Tom ariko mu myumvire ye akunda abantu bagenda mu modoka imwe, muraza kundabera niba atari ukwikunda sinzi, ngo nibwo bakundana kurushaho,tukagira imodoka duhuriramo twese nayicaramo nkakunda indirimbo we agakunda amakuru. Sinjyezamo nkakubitamo indirimbo, ntirangiye agakubitamo amakuru.”

    Yakomeje avuga ko byamubabazaga ariko ntavuge, gusa mu minsi ishize Imana yamuhishuriye ikintu gikomeye ari nacyo cyahise gikemura ibyo bibazo byose.

    “Bikambabaza ariko simvuge. Ejobundi Imana yampishuriye ibintu bikomeye, yinjiye mu modoka amakuru aba aratangiye nanjye ndimo kwiyumvira uturirimbo natwawe ariko Imana iramfasha sinarakara ndamubaza nti njyewe mbona uruha cyane, mbona ugiye ubanza ukumva uturirimbo mu mutwe hakaruhuka byagufasha.”

    “Aransubiza ati njye indirimbo ni akazi kuri njye hari igihe dushaka tukibagirwa ko twashatse abantu bafite n’impano nziza y’ubuhanzi, nti uzi ko ari byo, ati njye iyo numva indirimbo ntagira kumva aho ibyuma bihengamye rimwe na rimwe nkahita njya muri studio kandi atari umwanya wabyo ariko amakuru aranduhura mu gihe mwe indirimbo ari zo zibaruhura.”

    Tricia yasanze yari yaratinze kubibaza kuko yasanze mu myaka 12 yose bamaranye yaramuvunnye, ubu ngo ntagituma agera mu modoka, aba igitunguka akaba yashyizemo amakuru.

    Tom Close we yavuze ko yagowe cyane n’amagambo yavuzwe bamaze gushakana, bamwe bati baratandukanye abandi ngo babyaye umuzungu.

    Ati 'Twe twahuye n’ikibazo cy’imbuga nkoranyambaga. Twe tukibana haje inkuru z’uko twabyaye umuzungu, hanyuma banarenzaho ko twatandukanye. Njye numvaga ari amafuti sinabiha agaciro, na we yambaza nkamubwira nti 'ko ari wowe bavuga warabyaye?’ Igihe kimwe abantu bo mu muryango baramuhamagaye bamubaza bati 'niba mufite ikibazo mwakitubwiye bitaraturika?”

    Yakomeje avuga ko ikindi kintu yitaho ari igihe kuko uko umuntu amarana umwanya na mugenzi we, bifite ikintu kinini bivuze. Yagaragaje ko aha umugore we umwanya uhagije iyo bagiye kugira aho bajyana, akitegura neza nyamara atarabikoraga.

    Ati 'Mbere nahitaga njya mu modoka ngatangira kuvuza amahoni. Noneho yaza tukagendana turakaye. Naje kubibona mbona ko ari ko ateye, noneho muha umwitangirizwa twaba dufitanye gahunda tugahurira mu modoka.'

    Umuhanzi Tom Close yavuze ko ikindi kintu gituma abana neza n’uwo bashakanye ari uko adafata umwanzuro wenyine ahubwo abanza kujya inama n’umugore we.

    Trica yavuze ko yasanze yari amaze imyaka 12 n’ubangamira umugabo we

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11747

  • Bamwe bakomeje kwinubira serivisi za MTN Rwanda, uramara kugura interineti bagahita bakubwira ko usigaranye 20% #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage bakoresha serivisi za MTN Rwanda bakomeje kugaragaza akababaro baterwa n'imikorere ya interineti bavuga ko itajyanye n'amafaranga bishyura, doreko ishira ikiyigura. Hari abavuga ko bagura bundle za internet bakimara kugura bagahita babona ubutumwa bubamenyesha ko basigaranye 20%, bataranakoresha na kimwe mu byo bateganyaga.

    Ntibahwema kuvuga ko amafaranga yabo baba baguzemo interineti aba yabavunnye kuyabona, Umwe utifuje gutangaza amazina ye yabwiye Kasuku Media ati: 'Uragura interineti ukimara gufungura data ngo arashize ibyo byumvikana gute umusaruro yagenwe utaraboneka?'   

    Umwe mu baturage utuye mu mujyi wa Kigali nawe utifuje gutangaza amazina ye, yatangarije Kasuku Media ababaye bikomeye yagize ati: 'Byarandenze kubona ngura bundle ya 1000 Frw, hanyuma hashize iminota mike bambwira ko nsigaranye 20%, kandi nta na video muri make ntanakimwe nari nakora gishobora kurya bundle bene ako kageni, ibi ni ukuturya amafaranga yacu.'

    Abandi bavuga ko iyo Interineti rimwe na rimwe iba ikora gahoro, bikabaviramo gutakaza bundle zabo. 'Hari ubwo ugura 4G, ariko ugasanga iragenda nk'uwugura ku muvuduko wa 2G, bikakubuza gukora ibyo wateganyaga.'

    Abakoresha izi serivisi basaba ko MTN yakongera imbaraga mu kugenzura imikoreshereze ya Internet no gusobanurira abakiriya uburyo bundles zikora, kugira ngo umusaruro bateganyaga bawubone.

    MTN Rwanda yo ikomeje kuvuga ko ikora ibishoboka byose mu guteza imbere ikoranabuhanga no kongera ubwiza bwa interineti mu gihugu hose. Gusa abaturage barasaba ko ibyo bikorwa byagaragarira mu buzima bwabo bwa buri munsi, ntibigarukire mu matangazo cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.

    Semuhungu Eric ati: 'Murekeraho kwiba Abanyarwanda'

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/bamwe-bakomeje-kwinubira-serivisi-za-mtn-rwanda-uramara-kugura-interineti-bagahita-bakubwira-ko-usigaranye-20/

  • Yubatse iminara y'asaga miliyari 20 Frw: Umusanzu wa Twagiramungu mu guteza imbere ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro n'itangazamakuru ku wa 31 Kanama 2025, cyakurikiye umuhango wo kumurika ibikorwa bishingiye ku rugendo rwe rwo kwiyegurira ibyo akora n'umusaruro bimaze gutanga, no kugaragariza abiganjemo urubyiruko ko inzozi zabo zishobora kuba impamo baramutse badakerensa ubumenyi bafite kuko ari cyo gishoro gikomeye.

    Iminara yubakwa Tres Infrastructure Ltd yifashishwa mu itumanaho cyane cyane irya internet.

    Twagiramungu Venuste akirangiza amasomo muri Hubbard College of Administration (HCA) muri Amerika, mu bijyanye n'Ikoranabuhanga, ntiyari afite igishoro cyo kuba yashinga ikigo nka Tres Infrastructure Ltd.

    Yavuze ko ubumenyi yahahashye ari bwo bwamufashishe kubyaza inyungu bike yari afite akanabasha gukorana neza na banki yamugurije amafaranga ikanamuhuza n'umufatanyabikorwa.

    Ati ''Icya mbere ni ukuvuga ngo ibibazo biri hano hanze nshobora kubonera umuti ni ibihe?' Akenshi rero ibyo bibazo uzasanga kugira ngo ubibonere umuti udakeneye gutangiza amafaranga. Ahubwo uzasanga ukeneye gutangiza umutwe wawe. […] Iyo umutwe wawe wanawukoresheje neza ubona abaza kugufasha.''

    ''Negereye ikigo cyitwa BK Capital ni yo yamfashije gushaka umufatanyabikorwa, Ejo bundi tuza kumubona ashyiramo miliyoni 7,4$. […] ubu dufite iminara igera kuri 203, ugiye kubara umunara mu gaciro nibura mu gishoro ufite agaciro k'ibihumbi 70$.''

    Kugeza ubu Tres Infrastructure Ltd ni cyo kigo cya kabiri mu Rwanda cyubaka iminara y'itumanaho, cyashinzwe n'Umunyarwanda.

    Twagiramungu Venuste kandi ntabwo yashatse ko ibikorwa bye bigarukira ku minara gusa, ibyatumye ashinga mu Rwanda Ikigo Hubbard College of Administration Kigali gitanga amasomo yo muri HCA y'i Los Angeles yizemo, agamije gufasha Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko rushaka kujya mu bucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga.

    Ntarindwa Jackson uyobora Ikigo ScriptyLabs Inc gitanga serivisi z'ikoranabuhanga akaba umwe mu rubyiruko rwahuguwe na Hubbard College of Administration Kigali, yahamirije IGIHE ko amaze kunguka ubumenyi burimo n'ubufasha kwita ku mukiliya ukamukurikirana ndetse ukamuha serivisi nziza bigatuma umugumana kuko atongera kwifuza kujya kuyisaba ahandi agusize.

    Umuyobozi w'Ishami rya Afurika ry'Ikigo World Institute of Scientology Enterprises (WISE) cyatangije HCA yo muri Amerika, Natalia Nemes Choukri, yavuze ko intego y'iki kigo ari ugufasha ibihugu gutegura abakozi bashobora guhangana ku isoko ry'umurimo, ashimira Twagiramungu Venuste ukomeje kubigiramo uruhare binyuze mu bumenyi aha urubyiruko rw'u Rwanda.

    Hanerekanwe filime mbarankuru igaruka ku rugendo rwa Twagiramungu Venuste

    Twagiramungu Venuste yibukije urubyiruko ko igishoro gikomeye rukeneye ari ubumenyi atari amafaranga

    Twagiramungu Venuste amaze kubaka mu Rwanda iminara 2023 y’itumanaho, ifite agaciro k’asaga miliyari 20 Frw

    Natalia Nemes‑Choukri yagaragaje ko bafite intego yo gutegura abakozi bahangana ku isoko ry’umurimo

    Twagiramungu Venuste yahurije hamwe abarimo inshuti ze, abafatanyabikorwa n’urubyiruko, mu kubasangiza urugendo rwe mu kwiyegurira ikoranabuhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yubatse-iminara-y-asaga-miliyari-20-frw-umusanzu-wa-twagiramungu-mu-guteza