Blog

  • Abana b'ingagi 22 bazitwa amazina mu 2026 – #rwanda #RwOT

    Aba bana biyongereye ku bana 438 biswe amazina kuva mu 2005 umuhango wo Kwita Izina watangira mu Rwanda.

    Mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda arenga miliyoni 685$ avuye kuri miliyoni 647 yinjiye mu 2024. Ni amafaranga yavuye muri ba mukerarugendo barenga miliyoni 1,49 basuye u Rwanda muri uwo mwaka.

    Aya mafaranga kandi yaturutse mu bikorwa by'ubukerarugendo bitandukanye byakorewe muri pariki zitandukanye z'igihugu kuko muri uwo mwaka Pariki z'igihugu zose hamwe zasuwe n'abakerarugendo 155.394.

    Ni mu gihe mu bikorwa nko kwakira inama mpuzamahanga kuko mu 2025 u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga 165, zitabiriwe n'abarenga ibihumbi 61, byinjiriza u Rwanda miliyoni 94,7$.

    Inkuru irambuye ni mu kanya

    Abana b’ingagi bazitwa amazina mu 2026 ni 22


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abana-b-ingagi-22-bazitwa-amazina-mu-2026

  • Ahagikenewe umwotso mu kubakira umugore ubushobozi – #rwanda #RwOT

    Bigaragazwa n'imibare y'ibyavuye mu bushakashatsi bushya ku buzima n'imibereho y'abaturage mu Rwanda, DHS (Demographic and Health Survey) bwa 2025, aho mu bagore bafite imyaka 15–19, abagera kuri 32,9% gusa ari bo bagira uruhare mu byemezo birebana n'imibonano mpuzabitsina, ikoreshwa ry'uburyo bwo kuboneza urubyaro ndetse n'ubuzima bw'imyororokere.

    Ni ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare (NISR) bwakorewe ku bantu barenga 20.831 harimo abagore 14.283 hamwe n'abagabo 6.548.

    Igice cy'ubushakashatsi cyibanze ku kubakira ubushobozi abagore cyagizwemo uruhare n'abantu 7.410. Cyasuzumye uko abagore bagira uruhare mu ikoreshwa ry'amafaranga, imitungo batunze irimo inzu n'ubutaka, ikoreshwa ry'ikoranabuhanga na serivisi z'imari, uruhare mu byemezo byo mu rugo, imyumvire ku ihohoterwa rikorerwa abagore ndetse n'ubushobozi bwabo bwo gufata ibyemezo ku buzima bw'imyororokere.

    RDHS isobanura ko umugore agira uruhare mu gufata ibyemezo byo mu rugo iyo abigiramo uruhare wenyine cyangwa afatanyije n'umugabo we mu byemezo birimo ubuvuzi bwe bwite, kugura ibintu bikomeye byo mu rugo ndetse no gusura umuryango cyangwa bene wabo.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko abagabo bangana na 3% bafatirwa ibyemezo n'abagore babo mu gihe 26% by'abagore bavuze ko abagabo babo ari bo ahanini bafata ibyemezo ku buvuzi bwabo.

    Mu bagore bashatse, 61% bagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo, birimo ibyemezo ku buzima bwabo, kugura ibintu bikomeye byo mu rugo no gusura bene wabo mu gihe 6% batagira uruhare na rumwe muri ibyo byemezo.

    Abagabo bagira uruhare rurenze urw'abagore mu byemezo byo kugura ibintu bikomeye byo mu rugo, aho 93% by'abagabo babigiramo uruhare ugereranyije na 77% by'abagore.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakiri bato bafite uruhare ruto mu gufata ibyemezo ugereranyije n'abakuze.

    Mu bagore bafite imyaka 15–19, abagera kuri 32,9% gusa ni bo bagira uruhare mu byemezo birebana n'imibonano mpuzabitsina, ikoreshwa ry'uburyo bwo kuboneza urubyaro ndetse n'ubuzima bw'imyororokere.

    Muri iri tsinda ry'abakiri bato, 49,5% ni bo bagira uruhare mu byemezo birebana n'ubuvuzi bwabo bwite, na ho 41,1% bakagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo birimo ubuvuzi bwabo, kugura ibintu bikomeye byo mu rugo no gusura bene wabo.

    Ugereranyije, abagore bafite imyaka 45–49 bagaragaza uruhare ruri hejuru. Muri iri tsinda, 54.8% bagira uruhare mu byemezo birebana n'ubuzima bw'imyororokere, 79% bakagira uruhare mu byemezo ku buvuzi bwabo, naho 68,1% bakagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo.

    Iyi mibare igaragaza ko imyaka ari kimwe mu bigira uruhare ku rwego rw'ubushobozi bw'umugore, aho abakiri bato bakunze guhura n'imbogamizi nyinshi mu kugira ijambo ku byemezo bireba ubuzima bwabo, imibanire yabo ndetse n'imiryango yabo.

    Abagore bashatse barisobanukiwe

    Mu bagore bashatse, 75% bashobora kwanga gukora imibonano mpuzabitsina n'abagabo babo igihe batabishaka, mu gihe 74% bashobora gusaba abagabo babo gukoresha agakingirizo.

    Ibi bivuze ko hafi umugore umwe kuri bane mu bashatse atarashobora kugira icyizere gihagije cyo kuganira no gufata ibyemezo bigamije umutekano mu mibonano mpuzabitsina.

    Ku bijyanye n'imyumvire ku burenganzira bw'umugore mu mibanire y'abashakanye, 69% by'abagore bemera ko umugore afite ishingiro ryo kwanga gukora imibonano mpuzabitsina igihe azi ko umugabo we ayikorana n'abandi bagore.

    Nanone, 85% by'abagore bemeza ko bafite uburenganzira bwo gusaba umugabo gukoresha agakingirizo igihe azi ko afite indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko nubwo u Rwanda rumaze gutera intambwe mu nzego zitandukanye, hakiri icyuho gikomeye cyane cyane mu kugira imitungo ifite agaciro gakomeye, kubona serivisi z'imari hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no kugira uruhare mu byemezo ku b'igitsina gore bakiri bato.

    Bugaragaza ko mu bagore bashatse bafite hagati y'imyaka 15 na 49, bafite abagabo bakorera amafaranga mu mezi 12 abanziriza ubushakashatsi, 65% bavuze ko bafatanya n'abagabo babo gufata ibyemezo ku ikoreshwa ry'ayo mafaranga.

    Ariko kandi, 31% bavuze ko ahanini umugabo ari we ufata ibyemezo ku buryo ayo mafaranga akoreshwa, mu gihe 5% gusa bavuze ko ari bo ubwabo ahanini bafata ibyo byemezo ku mafaranga y'abagabo babo.

    Kugira umutungo biracyari umusozi muremure wo kurira

    Kugira imitungo nk'inzu n'ubutaka biha nyirawo umutekano mu by'ubukungu, bikamurinda mu bihe by'ibibazo ndetse bikamuha amahirwe yo kubona inguzanyo cyangwa gukoresha iyo mitungo mu ishoramari, byagera ku bari n'abategarugori bikarushaho, icyakora imibare y'abayifite iracyateye inkeke.

    Muri rusange, 5% gusa by'abagore bafite imyaka 15–49 ni bo batunze inzu, mu gihe 35% batunze inzu bafatanyije n'abagabo babo gusa. Abagore batandatu ku 10 (59%) ntibagira inzu batunze.

    Ubutaka na bwo butunga umugore bugasiba undi aho 4% by'abagore ari bo babufite, mu gihe 20% babutunze bafatanyije n'abagabo babo gusa. Ni 50% by'abagabo babutunze kuko bo ari 8%.

    N'abafite uyu mutungo, uburenganzira kuri bwo ni ikindi kibazo kuko nko mu bagore batunze inzu, 43% ni bo bafite ibyangombwa by'ubutaka cyangwa indi nyandiko yemewe na Leta igaragaza uburenganzira kuri iyo mitungo.

    Ikindi ni uko 10% by'abagore bafite ibyo byangombwa bitariho amazina yabyo, mu gihe 46% nta nyandiko yemeza ko inzu bafite ari izabo.

    Ku bijyanye n'ubutaka, 49% by'abagore batunze ubutaka ibyangombwa byabwo byanditsweho amazina yabo, mu gihe 8% bafite ibyangombwa bitababaruyeho, na ho 42% nta byangombwa by'ubutaka bafite.

    Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bigaragaza ko n'iyo umugore yaba afite umutungo, ikibazo cy'uburenganzira kuri wo gikomeje kuba mu mbogamizi zijyanye no kuwubyaza umusaruro.

    Ikoranabuhanga, urundi rwego rukeneye umwotso

    RDHS 2025 igaragaza kandi ko hakiri itandukaniro rinini hagati y'abagore n'abagabo mu kugezwaho ikoranabuhanga rya telefone ndetse na serivisi z'imari.

    Mu bantu bafite imyaka 15–49, 64% by'abagore na 73% by'abagabo batunze telefone igendanwa, bikaba bingana n'itandukaniro rya 9,6 ku ijana. Ku bijyanye na telefoni zigezweho (smartphones), 28% by'abagore na 35% by'abagabo ni bo bazitunze, ibigaragaza icyuho cya 7,5%.

    Icyuho kirushaho kugaragara mu ikoreshwa rya telefone mu bikorwa by'imari. 57% by'abagore bakoresheje telefone mu bikorwa by'imari mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi, ugereranyije na 71% by'abagabo.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko gutunga telefone, ndetse no gukoresha serivisi z'imari bikiri ku rwego rwo hejuru ku bagabo kurusha abagore.

    Iri tandukaniro mu ikoranabuhanga no mu miyoborere y'imari rikomeje kuba ikibazo kuko kubona telefone n'izi serivisi bigenda birushaho kugira uruhare mu kubona amakuru, kuzigama amafaranga, gukora ubucuruzi no kugira uruhare mu mahirwe y'ubukungu.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko uburezi bufite uruhare rukomeye mu kongera ubushobozi bw'umugore bwo kugira uruhare mu byemezo.

    Abagore bafite amashuri arenga ayisumbuye bagaragaza uruhare ruri hejuru mu byemezo byo mu rugo, aho 77,1% bagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo, ugereranyije na 63,9% by'abagore batize.

    Ubushakashatsi kandi bugaragaza ko abagore bo mu mijyi bafite ibipimo by'ubushobozi biri hejuru ugereranyije n'abatuye mu cyaro.

    Mu bagore batuye mu mijyi, 66,3% bagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo, ugereranyije na 59,1% by'abatuye mu cyaro.

    Abagore bo mu mijyi kandi bafite amahirwe menshi yo kubona ikoranabuhanga, aho 80,6% bafite telefone zigendanwa ugereranyije na 55,8% by'abagore bo mu cyaro.

    Mu mijyi, 66,3% by'abagore bagira uruhare mu byemezo bitatu by'ingenzi byo mu rugo, ugereranyije na 59,1% mu cyaro.

    U Rwanda rumaze kugaragaza itandukaniro mu guteza imbere abagore


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/benshi-baracyafatirwa-ibyemezo-ahagikenewe-umwotso-ku-kubakira-abanyarwandakazi

  • U Rwanda na Planet mu bufatanye bwo gukoresha amakuru ya satellite – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda izayoborwa n'Ikigo cy'u Rwanda gishinzwe Ibijyanye n'Isanzure, Rwanda Space Agency, igamije gushyigikira ibikorwa bitandukanye by'iterambere ry'igihugu hirya no hino mu Rwanda.

    Ni nyuma y'umushinga w'igerageza wakorewe muri Zanzibar ku nkunga ya Tony Blair Institute na Banki y'Isi, ikaba iya mbere ya Planet yo ku rwego rwo hejuru ikoreye mu gihugu cya Afurika.

    Ku rwego rwa Leta, iyi gahunda izatuma amashusho ya satellite yo kurwego ruhanitse akoreshwa mu bikorwa bitandukanye byo gushyiraho politiki no gutegura igenamigambi.

    Inzego za Leta zizakoresha amakuru ya Planet mu gukurikirana ubuhinzi n'ubworozi, umutekano w'ibiribwa, ubuzima, amashyamba, kunoza igenamigambi ry'imijyi no kugena imikoreshereze y'ubutaka, ndetse no gufasha mu kwitegura no gukumira ibiza gusana ibyangijwe na byo.

    Rwanda Space Agency iri gushyira amashusho ya satellite mu bikoresho by'ibanze bizifashishwa mu gufata ibyemezo mu nzego zose za Leta.

    Iyi gahunda kandi irimo igice cyibanda ku burezi, aho kaminuza za Leta mu Rwanda zizakoresha amashusho n'amakuru ya Planet mu kwigisha abanyeshuri, gutegura amasomo mashya ndetse no guteza imbere ubushakashatsi bwifashisha ikoranabuhanga.

    Ubufatanye muri iyi gahunda bugamije kubaka ubushobozi bw'abantu no kubaha ubumenyi bwo gusesengura no gukoresha amakuru ya satellite.

    Ibigo bishya byatoranyijwe bikora mu nzego z'ingenzi z'iterambere ry'igihugu na byo bizajya bikoresha amakuru ya Planet atangwa buri munsi kugira ngo biteze imbere gahunda na serivisi bishya, hagamijwe guteza imbere ubukungu budaheza.

    Our near-daily satellite imagery will be used in Rwanda to monitor agriculture and food security, track forest health and resilience, and refine urban planning and zoning.

    In partnership with the government of Rwanda, we've launched a national satellite data program, marking our… pic.twitter.com/5h2RhYGk7i

    — Planet (@planet) August 10, 2026

    Amashusho n’amafoto ya satellite ya Planet agiye kujya yifashishwa n’ibigo byo mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-planet-mu-bufatanye-bwo-gukoresha-amakuru-ya-satellite

  • Minisports mu biganiro byo gusubiza mu mashuri yose ibibuga by'imikino – #rwanda #RwOT

    Mu myaka yashize, ibigo by'amashuri byinshi byari bifite ibibuga bifasha abana gukina imikino inyuranye mu gihe abana bagiye mu karuhuko.

    Ibyinshi byabaga atari ibibuga byubatse mu buryo bunoze bitewe n'umukino ariko byafashaga abana kwidagadura no kwagura impano.

    Nyuma ibyo bibuga byaje guhagarikwa, aho byari haterwa ubusitani, ahandi hubakwamo ibyumba by'amashuri, ku buryo ibigo byasigaye nta hantu abana bakinira hahari, cyane cyane aho abanyeshuri biga bataha.

    Ubwo yari mu kiganiro Urubuga rw'Itangazamakuru gitambuka ku bitangazamakuru binyuranye, Ngabo yavuze ko guhagarika ibyo bibuga bitari bivuze ko gukina nta cyo bimariye abana, kuko hamwe hari hakenewe umwanya wo kubakamo ibindi byumba by'amashuri mu rugendo rwo kugabanya ubucucike mu mashuri.

    Icyakora kuri ubu ngo bari kuganira na Minisiteri y'Uburezi kugira ngo bigarurwe, abana bongere babikoreshe kuko byari ingirakamaro cyane kuri bo.

    Ati 'Tumaze iminsi turi mu biganiro n'abashinzwe Minisiteri y'Uburezi kugira ngo ibyo bibuga byongere bigarurwe. Bizanafasha kugarura wa mwuka twakuriyemo wo kuba umu-sportif, kuko bifasha mu kurera impano. N'iyo ugarutse mu mitekerereze usanga abo mu burezi babizi ko umwana ukora siporo uburyo atsinda mu ishuri bitandukanye n'udafite ibindi ajyamo.'

    Ibyi kandi byatanga umusanzu wo kongera abana bazavamo abakora siporo mu buryo bw'umwuga, kuko hari ibigo bimwe bifite ibibuga cyane cyane ibyigisha abanyeshuri bibacumbikira, aho usanga bifite abana batsinda amasomo asanzwe n'abandi bakinnyi beza b'imikino inyuranye bashobora kubikomeza nyuma nk'umwuga.

    Yagaragaje ko aho ibyo biganiro bigeze ubu ari ukureba icyo byasaba gufatanya kugira ngo abana babone aho bakinira.

    MINISPORTS ariko inateganya ko iyo gahunda izaba yagutse harimo no gufatanya n'inzego z'ibanze mu kureba uko mu tugari n'imirenge haba ibikorwaremezo nk'ibibuga bifasha urubyiruko kubona ibyo bahugiraho kandi bikazamura impano zarwo ku buryo byarubyarira akazi.

    Minisports yifuza ko mu mashuri yose habamo ibibuga bifasha gukuza impano z’abakinnyi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisports-mu-biganiro-byo-gusubiza-mu-mashuri-yose-ibibuga-by-imikino

  • Umugambi wo guheza Abatutsi b'Abanye-Congo uhishe mu guhindura Itegeko Nshinga kwa Tshisekedi – #rwanda #RwOT

    Zabikomojeho ku wa 10 Kanama 2026, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Abatutsi b'Abanye-Congo biciwe ahantu 14 hatandukanye harimo no mu Nkambi ya Gatumba mu Burundi.

    Ni igikorwa cyabanjirijwe n'urugendo rwo kwibuka no gucana urumuri rw'icyizere aho izi mpunzi zimaze imyaka irenga 30 mu Rwanda zivuga ko nubwo byatinze zifite icyizere ko zizataha kandi zikabona ubutabera.

    Iki gikorwa kibaye mu gihe muri RDC umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga urimbanyije kugira ngo Perezida Tshisekedi yemererwe kwiyamamariza manda ya gatatu.

    Umuhuzabikorwa w'inkambi zo mu Rwanda, Mpumuro Joseph yavuze ko mu byo Perezida wa RDC, Tshisekedi agamije mu kuvugurura itegeko nshinga harimo no kwambura ubwenegihugu Abatutsi b'Abanye-Congo.

    Ati 'Tshisekedi mu kuvugurura Itegeko Nshinga, uretse kuba ashaka kuziyamamariza manda ya 3 arashaka no kutwambura ubwenegihugu kugira ngo atwangaze'.

    Mpumuro yavuze ko akarengane k'Abatutsi b'Abanye-Congo kameze imvi kuko katangiye mu myaka 141 ishize mu nama y'i Berlin yo mu 1885 yashyizeho imbizi z'ibihugu by'Afurika yatumye igice gikurwa ku Rwanda cyomekwa kuri RDC.

    Ati 'Impunzi z'Abanye-Congo, turashaka ubutabera, turashaka gutaha iwacu muri Congo. Urubyiruko rw'impunzi z'Abanye-congo mukwiye guharanira gutaha, aho gushyira umutima ku kujya mu mahanga kuko ntakujya ishyanga utagira gakondo'.

    Ndarishize Benjamin, umwe mu barokotse ubwicanyi bwabereye mu nkambi ya Gatumba, yavuze ko bavuye Uvira bahungira mu Burundi u Burundi bubaha inkambi iri hafi y'umupaka abicanyi bahabasanga mu 2004, barabatwikira, abarokotse umuriro bagatemagurwa, abandi bakaraswa.

    Ati 'Ingabo z'u Burundi zari hafi ariko ntabwo zigeze zitabara, ni akagambane twari twakorewe. Turasaba ubutabera kuko kugeza n'ubu abatwishe ntabwo bigeze bahanwa. Agathon Rwasa yagiye mu itangazamakuru arabyigamba'.

    Albert Bisore Ngemanyi, uhagarariye umuryango Congolese Tutsi Survivors Voice ushinzwe gutegura ibikorwa byo kwibuka Abatutsi b'Abanye-Congo yabwiye IGIHE ko kugeza ubu babarura abarenga 15.000 bamaze kugwa muri ubu bwicanyi ndengakamere kuva mu 1992.

    Ati 'Ubutabera turabusaba Leta y'u Burundi na Leta ya Congo ko bakurikirana Gen Ekenge na Bitakwira bakoresha imvugo z'urwango. Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b'Abanye-Congo n'uyu munsi burakomeje kuko twumva indege zavuye i Kinshasa zikajya kwica Abatutsi mu Minembwe'.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald yashimiye izi mpunzi ko nubwo zikorerwa akarengane zidafite umutima wo kugira nabi.

    Ati 'Nta kitagira iherezo. Iyi si uko iteye umuntu ni we wishakira igisubizo. Turabasaba gukomeza kubaka ubumwe, ubufatanye, ubwubahane no kujyana abana banyu mu mashuri kugira ngo bazabeho neza ejo hazaza'.

    Kugeza muri Werurwe 2026, mu Rwanda habarurwaga impunzi z'Abanye-Congo zirenga 79.000. Uretse mu nkambi Kiziba igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Abatutsi b'Abanye-Congo bishwe bazira uko baremwe cyabereye no mu zindi nkambi zose zirimo Abanye-Congo ari zo Mahama, Kiziba, Nyabiheke, Kigeme, n'i Mugombwa.

    Iki gikorwa cyahawe insanganyamatsiko igira iti Twibuka twiyubaka duharanira ubutabera no gutaha

    Impunzi z’Abanye-Congo zimaze mu Rwanda imyaka irenga 30

    Kwibuka ku nshuro ya 22 Abatutsi b’Abanye-Congo bishwe bazira uko bavutse byabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka

    Urubyiruko rw’impunzi z’Abanye-Congo zasabwe guharanira gutaha iwabo muri Congo

    Inkambi ya Kiziba kuri ubu irimo Abanye-Congo barenga 12000


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umugambi-wo-guheza-abatutsi-b-abanye-congo-uhishe-mu-guhindura-itegeko-nshinga

  • Nagiye muri Amerika kugira Clapton Kibonge abe umugabo – Ramjaane Joshua #rwanda #RwOT

    Ramjaane Joshua, yatangaje ko kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwe byagize uruhare mu gutuma mugenzi we Clapton Kibonge arushaho kwigirira icyizere no kwihagararaho nk’umugabo mu rugendo rwo kubaka umwuga we agezeho kugeza ubu.

    Uyu munyarwenya akaba n’umunyamakuru Joshua Niyoyita uzwi nka Ramjaane yavuze ko kuba yaragiye muri Amerika atabifata nk’amahirwe asanzwe, ahubwo ko yari umugambi w’Imana wari ugamije no gufasha abo bakoranaga gukomera, by’umwihariko Clapton Kibonge.

    “Kujya muri Amerika wari umugambi w’Imana, byari ukugira ngo ngende Clapton Kibonge abe umugabo kandi ni inkuru mpamo rwose. Clapton nimuganira azabikubwira ko iyo nguma hano mu Rwanda ntabwo yari kuba umugabo.' Ubwo yaganiraga na Isango Star.

    Ramjaane yanasobanuye ko icyo gihe Clapton yari umunyarwenya wari usanzwe amwishingikirizaho cyane, ku buryo yatekerezaga ko ibyinshi mu bikorwa byabo bidashoboka Ramjaane adahari.

    Ati 'Clapton yari umunyabwoba ukomeye cyane, yari azi ko ibintu byose Ramjaane adahari bitaba kandi twarasenze Imana yaratubwiye ko izadukomeza, ariko Clapton akaba ari we ushidikanya.'

    Ramjaane yakomeje avuga ko umunsi wo gutandukana kwabo ku kibuga cy’indege wamugumye ku mutima, kuko Clapton yari yagize amarangamutima akomeye ubwo yamusezeragaho ubwo yari kumwe na benshi mu bari bagize iitsinda ryabo barimo 5K Etienne na Clapton Kibonke na Japhet Mpazimaka waje kuzamo nyuma.

    Ramjaane Joshua yamenyekanye cyane mu Rwanda binyuze mu bikorwa by’urwenya n’ibiganiro birimo The Ramjaane Show, ndetse anagira uruhare mu gushinga itsinda ry’abanyamuryango ryitwaga Abanyagasani.

    Nyuma yo kwimukira muri Amerika, yakomeje ibikorwa bye mu myidagaduro no gufasha Abanyarwanda, cyane cyane binyuze muri Ramjaane Joshua Foundation.

    Ramjaane Joshua yavuze ko iyo atava mu Rwanda, Clapton Kibonge atari kuba umugabo

    Source : http://isimbi.rw/nagiye-muri-amerika-kugira-clapton-kibonge-abe-umugabo-ramjaane-joshua.html

  • Sobanukirwa indwara ya stroke ikomeje kwiyongera mu Banyarwanda – #rwanda #RwOT

    Hakunze kumvikana abantu bavuga ko stroke ari imwe mu ndwara zijyanye n'iterambere ry'aho Isi igeze ndetse ko by'umwihariko uburyo abantu birirwa muri rwinshi nta mwanya uhagije wo kuruhuka, bishobora kunaniza ubwonko n'imitsi yabwo ikaba yaturika bikabyara stroke.

    Inzobere mu kubaga imitsi n'ubwonko mu Bitaro bya CHUK, Dr. Shingiro Eric, yasobanuye ko ubundi stroke abenshi bita uguturika kw'imitsi yo mu bwonko yagutse kurenza aho, kuko bivuga kubura amaraso akwiye mu gice cy'ubwonko.

    Ibi bituma iyi ndwara iba mu moko abiri, harimo iyo kuba imitsi itwara amaraso mu bwonko yaziba, ntatambuke ngo agereyo no mu gihe iyo mitsi yaturitse, amaraso agasohoka, hakabamo ikibazo cyo kuba atageze aho yagombaga kujya, ari byo stroke, ariko agateza n'ikindi kibazo cyo gusandara mu bwonko.

    Iyi ndwara ifata ingeri zose, kuva ku bana bato kugeza ku bageze mu zabukuru ikaba iterwa no kuba umuntu asanzwe afite ikibazo cy'umuvuduko ukabije w'amaraso no kuba imitsi yo mu bwonko ikoze nabi mu buryo karemano, nko kuba ijyana amaraso n'iyagarura bidatandukanyije.

    Dr. Shingiro yasobanuye ko umuntu ashobora kurwara stroke ntabimenye ahubwo akazagaragaza ibimenyetso bigeze kure.

    Ati 'Umuntu ashobora kubyuka mu gitondo akumva afashwe n'umutwe w'igikatu nk'ukubiswe n'inkuba, bigakurikirwa no kujya muri koma. Biterwa n'urwego ubwonko bwangiritseho, aho uzasanga nk'akaguru n'akaboko byagagara cyangwa agatera imigeri nk'abarwaye igicuri. Muri rusange nta bimenyetso bidahinduka bihari biterwa.'

    Icyakora hari izindi mpamvu abantu bagiramo uruhare zishobora gutera stroke, ariko kandi zishobora kwirindwa, harimo umubyibuho ukabije uganisha ku muvuduko w'amaraso, kunywa itabi no kunywa inzoga nyinshi hamwe n'ibiyobyabwenge.

    Bashobora kwirinda binyuze mu gukora siporo zigabanya umubyibuho ukabije no gufata imiti neza ku bafite ikibazo cy'umuvuduko ukabije w'amaraso.

    Icyakora, uyu muganga yasobanuye ko abahuza stroke n'imibereho y'iyi minsi, aho abantu batabasha kuruhuka bihagije bikabatera stress, avuga ko atari byo.

    Ati 'Hari ugira stress agashaka kuyishakira igisubizo cyoroshye, agafata ibiyobyabwenge, kandi ni bimwe mu biganisha kuri stroke. Hari n'ugira stress ntafate neza imiti asanganywe bikaba byatuma ibyago bya stroke byiyongera, ariko stress ubwayo ntitera stroke.'

    Uyu muganga yagaragaje ko abarwayi ba stroke bakirwa muri CHUK bigaragara ko bagenda biyongera, ariko ko ishobora kuvurwa igakira bitewe n'imiterere yayo ariko no kuba umurwayi yagejejwe kwa muganga vuba hakigaragara ibimenyetso bya mbere.

    Sobanukirwa indwara ya stroke ikomeje kwiyongera mu Banyarwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sobanukirwa-indwara-ya-stroke-ikomeje-kwiyongera-mu-banyarwanda

  • Umwaka utaha dufite intego yo kugera ku ntore nibura 800 – Minisitiri Dr. Bizimana – #rwanda #RwOT

    Yabivuze ku wa 10 Kanama 2026, mu muhango wo gusoza Itorero Indangamirwa, Icyiciro cya 16, mu kigo cy'imyitozo ya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo.

    Minisitiri Dr. Bizimana agaragaza ko ibyiciro byabanje byatorezwaga mu kigo cy'Ubutore cya Nkumba ariko cyakiraga umubare muto w'intore ugereranyije n'ikigo cy'imyitozo ya gisirikare cya Gabiro.

    Ati 'Kuba Itorero ry'indangamirwa ryarabereye hano muri iki kigo cya Gabiro cyujuje ibisabwa byose byaturutse ku murongo twahawe na perezida wa Repubulika, kugira ngo itorero ribere ahantu hujuje ibisabwa byose, ari na yo mpamvu byabafashije gufata amasomo nk'uko mwabibonye.'

    Akomeza ati 'Byadufashije no kongera umubare w'intore bakaba barangije ari intore 769 mu gihe mu myaka ibiri ishize dutoreza nkumba, twatozaga abari hagati ya 400 na 450, bivuze ko uyu mwaka twongeyeho 300. Umwaka utaha dufite intego yo kugera ku ntore nibura 800 kuko iki kigo cya Gabiro gifite ubushobozi bwo kubakira no kubatoza.'

    Uru rubyiruko rwiyongereye ku bandi 5.216 bamaze gutozwa mu byiciro birenga 15 byabanje, ibituma kugeza uyu munsi urubyiruko rwaciye mu Itorero indangamirwa rugera kuri 5985.

    Minisitiri Bizimana yagaragaje ko urubyiruko rwishimiye cyane amasomo rwaherewe muri iri torero ku buryo mu byifuzo byatanzwe nta na kimwe cyanengaga cyangwa ngo kigaye ibyo bigishirijwe muri iri torero.

    Ati 'Igishimishije nta cyifuzo na kimwe kiri mu murongo wo kuganya cyangwa wo kunenga. Ibyifuzo batanze byerekanye ko banyuzwe mu buryo bwose bw'imigendekere y'itorero. Batahanye umuhigo wo kuzakora ubukangurambaga muri bagenzi babo kugira ngo umwaka utaha hazaboneke benshi bitabira itorero ry'indangamirwa.'

    Itorero Indangamirwa, icyiciro cya 16, cyari kigizwe n'intore 769 zirimo abakorwa 315, n'abahungu 454.

    Abitabiriye ni abahagarariye ibyiciro bitandukanye birimo Abanyarwanda baba cyangwa biga mu mahanga, abanyeshuri bo mu mashuri mpuzamahanga yisumbuye, abo muri kaminuza, ndetse n'abitwaye neza ku Rugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13.

    Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasobanuye ko Itorero ry’Indangamirwa ryari rikeneye kujya mu kigo cyakira urubyiruko rwinshi

    Abayobozi batandukanye mu nzego z’igihugu bitabiriye igikorwa cyo gusoza Itorero ry’Indangamirwa Icyiciro cya 16

    Urubyiruko rwatorejwe mu kigo cy'imyitozo ya gisirikare cya Gabiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwaka-utaha-dufite-intego-yo-kugera-ku-ntore-nibura-800-minisitiri-dr-bizimana

  • Urban Boyz yaba igiye kongera kuzuka? #rwanda #RwOT

    Itsinda ry’abahanzi Urban Boyz riri mu nzira yo kubyutsa imikoranire na Super Level, nyuma y’igihe kitari gito aba bahanzi bari bamaze batandukanye.

    Abagize Urban Boyz bongeye guhurira hamwe ari batatu, ndetse bamaze iminsi i Kigali aho bari gukomeza ibikorwa byo gusubirana umubano bahoranye.

    Muri uru rugendo, hari amashusho yagiye hanze abagaragaza bongeye guhura na Nsengumuremyi Richard, wahoze ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu bikorwa by’iri tsinda ubwo ryakoraga muri Super Level.

    Urban Boyz na Richard Nsengumuremyi bari mu biganiro bigamije kureba uburyo imikoranire hagati yabo yakongera kubyutswa.

    Muri ibyo biganiro hanarebwa uburyo Super Level yakongera kugira uruhare mu ishoramari no guteza imbere ibikorwa bya Urban Boyz.

    Urban Boyz yatangiye gukorana na Nsengumuremyi Richard muri Super Level mu 2012. Iyo mikoranire yagize uruhare mu kuzamura ibikorwa by’iri tsinda, ryaje no kwegukana igihembo cya Primus Guma Guma Super Star.

    Mu 2016 ni bwo Urban Boyz yatandukanye na Nsengumuremyi, nyuma y’imyaka bari bamaze bakorana. Nyuma yaho, abagize iri tsinda na bo batangiye kugira ibibazo by’imikoranire, kugeza ubwo gutandukana kwabo kwemejwe ku mugaragaro mu 2018.

    Urban Boyz mu nzira zo kongera kuzuka

    Source : http://isimbi.rw/urban-boyz-yaba-igiye-kongera-kuzuka.html

  • Tanasha Donna yahembye Zuchu uherutse kwibaruka #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Kenya, Tanasha Donna, yasuye Zuchu nyuma yo kwibaruka umwana we wa mbere yabyaranye na Diamond Platnumz, amushyiriye impano ndetse amwifuriza umugisha muri uru rugendo rushya rw’ububyeyi.

    Tanasha yagaragaje ko uru rugendo yarukoze ku Cyumweru, tariki ya 9 Kanama 2026, ubwo yashyiraga ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’urwo ruzinduko iherekejwe n’uturangabyiyumviro [emojis] tw’urukundo.

    Nubwo atigeze atangaza byinshi kuri uru ruzinduko, byemezwa ko Tanasha yageze kwa Zuchu yitwaje impano zirimo agaseke karimo imipira, imyambaro y’umwana, igikinisho ndetse n’ibaruwa yandikiwe Diamond na Zuchu.

    Muri iyo baruwa kandi, Tanasha yashimiye ababyeyi bashya, abasabira umwana wabo ubuzima bwiza, ibyishimo n’imigisha.

    Yagize ati 'Naseeb na Zuchu, mbifurije ishimwe ku bw’umukobwa mwiza mwakiriye. Imana imuhe ubuzima bwiza, ibyishimo, urukundo n’imigisha myinshi.'

    Uru ruzinduko rwakurikiye ivuka ry’umukobwa wa Diamond na Zuchu, ari na we mwana wa mbere aba bombi bahuriyeho.

    Diamond na Zuchu batangaje ivuka ry’umwana wabo ku wa 2 Kanama 2026, buri umwe abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram. Diamond yakiriye umwana we amagambo agaragaza ibyishimo byinshi, mu gihe Zuchu we yamwise isi ye.

    Ivuka ry’uyu mwana ryakurikiwe n’ubutumwa bwinshi bw’abafana, abahanzi n’abandi bantu bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Tanasha Donna afite amateka yihariye na Diamond Platnumz kuko bombi bakundanye mu 2019, nyuma baza gutandukana. Bafitanye umuhungu witwa Naseeb Junior wavutse mu Ukwakira 2019.

    Nubwo batakiri mu rukundo, bombi bakomeje guhuza ubuzima bwabo binyuze ku mwana wabo. Uruzinduko rwa Tanasha kwa Zuchu rwagaragaje ko umubano wabo ushobora gukomeza kurenga ku mateka y’urukundo rwahise, cyane ko ubu umuryango wa Diamond wagutse ukagira undi mwana.

    Tanasha yagiye guhemba Zuchu

    Source : http://isimbi.rw/tanasha-donna-yahembye-zuchu-uherutse-kwibaruka.html