Blog

  • Ibyo wamenya ku rugendo rwa Kevin Kade muri T… – #rwanda #RwOT

    Ni ku nshuro ya Kabiri uyu muhanzi agendereye iki gihugu giherereye mu Burasirazuba bw'u Rwanda. Ni nyuma y'uko ahakoreye indirimbo 'Sikosa' yabiciye bigacika muri iki gihe, ndetse agaragaza ko afite inyota yo kuhakorera n'ibindi bihangano.

    Uyu muhanzi yahagurutse ku kibuga cy'indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe ahagana Saa Sita z'amanywa kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, yerekeza muri Tanzania. Yari kumwe n'ikipe imufasha mu muziki mu rwego rwo kuzashyira mu bikorwa umushinga we ateguye igihe kinini.

    Yifashishije konti ye ya Instagram, yagaragaje ko kuva kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024, atangira urugendo rw'ibiganiro n'itangazamakuru ryo muri Tanzania.

    InyaRwanda ifite amakuru yizewe avuga ko uretse urugendo rwo kwamamaza ibikorwa bye by'umuziki, agomba kuva muri Tanzania anahakoreye indirimbo n'umwe mu bahanzi bakomeye.

    Kevin Kade amaze iminsi yarakoze kuri iyi ndirimbo, ndetse igisigaye ni uko we n'uyu muhanzi bayikorana ikarangira. Nyuma, bagatangira igikorwa cyo kuyifatira amashusho bijyanye n'ubutumwa bw'ibyo baririmbye muri iyi ndirimbo.

    Uyu muhanzi yigaragaje cyane mu myaka itatu ishize binyuze mu ndirimbo ze n'izo yagiye akorana n'abandi bahanzi. Ibi byose bigezweho abifashishijwemo n'ikipe nshya imufasha mu bijyanye n'umuziki.

    Muri Nzeri 2023, yahawe kontaro n'ikipe ya Label ya 1:55 Am bifuza ko bakorana nk'umwe mu bahanzi bayigize, ariko bitewe n'ibyari mu masezerano barananiranwa.

    Kevin Kade kandi agaragaza ko mu mpera z'uyu mwaka afite igitaramo azakorera mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu ku wa 4 Ugushyingo 2024.

     Kevin Kade yatangaje ko agiye gutangira urugendo rwo kwamamaza ibihangano bye mu itangazamakuru ryo mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania
     Kevin Kade ategerejwe mu Mujyi wa Dubai, ku wa 4 Ugushyingo 2024. Ni ubwa mbere azaba ahataramiye 

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SIKOSA' YA KEVIN KADE

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147921/ibyo-wamenya-ku-rugendo-rwa-kevin-kade-muri-tanzania-ku-nshuro-ya-kabiri-147921.html

  • Khadja Nin wamamaye muri ‘Sambolera’ yongeye… – #rwanda #RwOT

    Mu mafoto yashyizwe hanze kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, agaragaza uyu mubyeyi ashyikiriza ibihembo Kalimpinya Queen ndetse na Sandrine Isheja Butera.

    Iri siganwa ry'imodoka “Rwanda Mountain Gorilla Rally 2024” ryari rimaze iminsi itatu riba, ryasojwe ryegukanwe n'umunya-Kenya Karan Patel. Uyu mugabo ni nawe wasoje ku mwanya wa mbere, ndetse benshi bamuhaga amahirwe yo kuryegukana. Ni ubwa mbere uyu mugabo atwaye iri rushanwa.

    Ni mu gihe Queen Kalimpinya na Sandrine Isheja bahawe ibihembo nka 'Pilote' na 'Co-Pilote' b'abanyarwandakazi bitwaye neza muri iri rushanwa ryabereye mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw'u Rwanda.

    Iri rushanwa ryabaye kuva ku wa 18 kugeza tariki ya 20 Ukwakira 2024. Ribera mu bice bya Nemba, Ruhuha na Kamabuye. Umunyarwanda waje hafi muri iri rushanwa ni Kanangire Christian, wabaye uwa Kane ku rutonde rusange.

    Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, Khadja Nin yagaragaje ko yakozwe ku mutima n'uburyo u Rwanda ari igihugu giha agaciro umugore. Yavuze ati 'U Rwanda ni igihugu, aho abagore ari abami.'

    Kalimpinya Queen yavuze ko byari iby'agaciro n'icyubahiro kuba yabashije guhura na Khadja Nin. Yamusobanuye nk'umuntu w'umutima mwiza utuma buri wese amwiyumvamo. Uyu mukobwa yashimangiye ko koko 'abagore mu Rwanda ari abami n'abamikazi.'

    Khadja Nin yagaragaje kandi ko yishimiye intera Sandrine Isheja Butera na Kalimpinya Queen babashije kugeraho muri iri rushanwa yitabiriye. Uyu mugore yagendereye u Rwanda mu bihe bitandukanye, ndetse mu 2023 yitabiriye Inama ya FIFA ndetse n'irushanwa rya Tour du Rwanda.

    InyaRwanda yahawe amakuru avuga ko Khadja Nin amaze igihe aza mu Rwanda ahanini bitewe nuko yatangiye umushinga wo kubakisha inzu ye mu Rwanda. Ndetse afite ibikorwa by'ubuhanzi afatanyamo n'abandi bituma agenderera u Rwanda.


    Khadja Nin wamamaye mu ndirimbo 'Sambolera' yagaragaje ko yakozwe ku mutima n'uburyo u Rwanda rushyigikira abagore


    Khadja Nin ashyikiriza igikombe Kalimpinya Queen wabaye umukinnyi mwiza mu bagore (Pilote) muri iri rushanwa

    Khadja Nin [Uri hagati] ari kumwe na Sandrine Isheja Butera wahembwe nk'umugore mwiza ufasha utwaye imodoka (Co-Pilote), ndetse na Kalimpinya Queen



    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO'SAMBOLERA MAYI SON' YA KHADJA NIN

    “> 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147924/khadja-nin-wamamaye-muri-sambolera-yongeye-kugenderera-u-rwanda-ni-ibiki-bimugenza-147924.html

  • 'Rwandan Epic 2024' Isiganwa ry'Amagare yo mu misozi, rigiye kuba ku nshuro ya kane #rwanda #RwOT

    Rwandan Epic 2024, Isiganwa ry'uyu mwaka riteganyijwe tariki ya 21-25 Ukwakira 2024, rizitabirwa n'abakinnyi 64 baturutse mu bihugu 14 aho 19 muri bo ari Abanyarwanda. Muhoza Eric na Nirere Xaverine basanzwe bakinira Ikipe ya Amani yo muri Kenya mu masiganwa nk'aya, bazitabira mu cyiciro cya 'Mixed Team' aho ikipe y'abantu babiri iba igizwe n'umugabo n'umugore.

    Bari mu bahabwa amahirwe uyu mwaka dore ko basanzwe bitabira amarushanwa akomeye muri 'Mountain Bike' aho Nirere Xaverine aheruka muri 'Gravel World Championship' yabereye mu Buholandi. Munyaneza Didier, Uwimana Rafiki, Kwizera Elie, Nshutiraguma Kevin, Neza Violette na Rugamba Janvier, ni abandi Banyarwanda bazitabira iri rushanwa ariko bamwe muri bo bakazafatanya n'abakinnyi b'abanyamahanga.

    Nk'uko bisanzwe bigenda, abitabiriye bazarushanwa mu byiciro bitatu birimo abasiganwa ku giti cyabo, amakipe y'abagabo n'abagore ndetse n'amakipe y'abavanze (umugabo n'umugore). Simon De Schutter uri mu bategura iri rushanwa, yavuze ko uretse kurushanwa, rigira uruhare mu kugaragaza ibyiza by'u Rwanda ndetse hari urwego rimaze gushyiraho umukino wa Mountain Bike mu gihugu.

    Ati 'Ni isiganwa rigamije siporo no gusura ahantu hatandukanye. Hari abaza baje kureba ibice bitandukanye mu Rwanda. Buri mwaka tugenda dukura mu bijyanye n'umubare w'abitabira, twatangiriye ku duce tune, ubu turi gukina uduce dutanu ku nshuro ya kabiri kandi turizera ko bizakomeza kuzamuka.'

    Yakomeje avuga ko ubwo batangiraga gukoresha amasiganwa ya 'Mountain Bike' mu 2020, yari amaze imyaka ine ataba mu Rwanda ndetse kuva icyo gihe kuri ubu hakinwa shampiyona y'uwo mukino n'Abanyarwanda
    bakaba bajya gusiganwa hanze aho Mwamikazi Jazilla aheruka kuba Umunyarwandakazi wa mbere witabiriye Imikino Olempike [i Paris] muri Mountain Bike.

    Mwamikazi Jazilla wegukanye 'Kirehe Race 2024' yakinwe mu mpera z'icyumweru, ntazitabira irushanwa ry'uyu mwaka kubera amasomo dore ko yari amaze hafi amezi ane i Burayi hagati ya Kamena n'Ukwakira. Muri Rwanda Epic 2024, Agace ka Mbere karakinirwa i Kigali kuri uyu 21 Ukwakira ku ntera y'ibilometero 8,8 ndetse buri mukinnyi araba asiganwa n'igihe ku giti cye.

    Ku wa Kabiri, tariki ya 22 Ukwakira, hazakinwa Agace ka Kabiri, Nyirangarama- Musanze [mu Kigo cy'Amagare cya ARCC], gafite intera y'ibilometero 95, bukeye bwaho hakinwe aka Kinigi-Musanze ku ntera y'ibilometero 54,3. Abasiganwa bazanyura ku Biyaga bya Burera na Ruhondo.

    Agace ka Kane kazakinirwa mu Kinigi hitegeye Ibirunga, ku wa 24 Ukwakira, kazaba kareshya n'ibilometero 29,8 mu gihe Rwandan Epic 2024 izasozwa ku wa Gatanu, tariki ya 4 25 Ukwakira, hakinwa Agace ka Gatanu
    kazaba kareshya n'ibilometero 65,5, aho abazakitabira bazahagurukira i Nyabihu berekeza i Rubavu ku Kiyaga cya Kivu.

    Abitabiriye uyu mwaka baturutse mu Rwanda, u Bubiligi, Repubulika ya Tchèque, u Budage, Espagne, u Bufaransa, u Bwongereza, u Butaliyani, Kenya, Nigeria, u Buholandi, Suède, Slovenia, Sierra Leone, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Zambia.

    Daniel Gathof yongeye kwitabira muri uyu mwaka ndetse azaba ari mu bakinnyi bahanzwe amaso

    The post 'Rwandan Epic 2024' Isiganwa ry'Amagare yo mu misozi, rigiye kuba ku nshuro ya kane appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/rwandan-epic-2024-isiganwa-ryamagare-yo-mu-misoziigiye-kuba-ku-nshuro-ya-kane/

  • APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe #rwanda #RwOT

    Imikino ya shampiyona Y'u Rwanda mu cyiciro cya mbere yakomeje hakinwa imikino  y'umunsi wa gatandatu wa Rwanda Premier League.

    Ni imikino yaranzwe no gutsindwa kwa Kiyovu sports yatsindiwe mu karere ka Rubavu na Marines, aha kandi amakipe arimo APR FC na Rayon Sporta yabonye intsinzi.

    Imikino yatangiye kuwa gatandatu, ikipe ya Etincelles yatsindiwe mu rugo n'ikipe y'Amagaju ibitego 3-2.

    Mu karere ka Ngoma, ikipe ya Muhazi United yo yatsindiye mu rugo ikipe ya Rutsiro yo mu ntara y'i Burengerazuba igitego kimwe ku busa.

    I Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium, Rayon Sports yatahukanye amanota atatu y'uyu munsi aho yatsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego bibiri ku busa.

    Kuri iki cyumweru, hakinwe imikino yariteganyijwe ndetse n'umukino wahuje ikipe ya APR FC utari warangiye kuwa Gatandatu wayihuzaga na Gasogi United.

    Uyu mukino wari wasubitswe ugeze ku munota wa 15, hakinwe iminota yari isigaye isiga APR FC itsinze uyu mukino ku gitego kimwe ku busa.

    Uyu mukino wari wabanjirijwe n'uwahuje Police FC yanganyije na Gorilla FC ubusa ku busa, uba umukino wa 3 iyi kipe inganyije imikino itatu yayo.

    Marine FC yitwaye neza kuko yatsinze Kiyovu Sports ibitego bine kuri bibiri mu kukino wabereye mu karere ka Rubavu kuri Sitade Umuganda.

    Shampiyona irakomeza kuri uyu wa mbere aho ikipe ya AS Kigali irahura n'ikipe ya Vision, ni umukiko ubera kuri Kigali Pele Stadium guhera ku isaha ya Saa cyenda zuzuye.

    Kugeza ubu ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rwa shampiyona y'u Rwanda aho kuri ubu ifite amanota 12.

    Nyuma y'uyu munsi wa gatandatu, harakurikiraho umukino w'ikipe y'igihugu y'abakinnyi bakina imbere mu gihugu, u Rwanda ruzahura na Djibouti kuri iki cyumweru.

     

    The post APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi — Umunsi wa 6 wa PL wakinwe appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yabonye-amanota-atatu-ya-mbere-kiyovu-ikomeje-kugana-habi-umunsi-wa-6-wa-pl-wakinwe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-yabonye-amanota-atatu-ya-mbere-kiyovu-ikomeje-kugana-habi-umunsi-wa-6-wa-pl-wakinwe

  • Misiri(Egypt) yatangaje ko yitwaye neza mu guhashya malariya nyuma y'imyaka 100 ishije #rwanda #RwOT

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryemeje ko Misiri idaherukamo indwara ya malariya, ibyo bikaba byagaragajwe n'ikigo cy'ubuzima rusange cya Loni ko ari 'amateka'.

    Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati: 'Malariya kuri bo ni indwara imaze igihe batakiyumva mu matwi yabo ikindi kandi ni indwara ishaje nk'imico y'Abanyamisiri ubwayo, ariko iyi ndwara yibasiye farawo ubu ni iy'amateka ku bwabo.'

    Abategetsi ba Misiri batangiye imbaraga zabo za mbere mu guhashya indwara iterwa n'imibu yica ubu hashize imyaka hafi 100 itacyumvwa muri Misiri.

    Icyemezo gitangwa mu gihe igihugu kigaragaje ko imiyoboro ihererekanya ihagarikwa byibuze imyaka itatu ikurikirana. Malariya ihitana byibuze abantu 600.000 buri mwaka, hafi ya bose muri Afrika.

    OMS ku cyumweru, OMS yashimye 'guverinoma ya Misiri n'abaturage muri rusange' ku bw'imbaraga zabo zo 'guhagarika indwara yagaragaye muri iki gihugu kuva kera'.

    Yavuze ko Misiri aricyo gihugu cya gatatu cyemejwe mu karere ka OMS mu burasirazuba bwa Mediterane, nyuma y'Ubumwe bw'Abarabu na Maroc.

    Ariko OMS yavuze ko iki cyemezo ari 'intangiriro y'icyiciro gishya', mu guhashya malariya, umuyobozi wa OMS asaba Misiri kuba maso kugira ngo ikomeze kubungabunge ubuzima bw'abaturage baturiye iki gihugu kubufatanye bwo guhashya malariya.

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima rusange ryatangaje ko ingamba za mbere zo kugabanya umubare wabarwara Malariya indwara iterwa n'imibu muri Egiputa hatangajwe ko ku myaka ya za 1920 igihe yabuzaga abahinzi guhinga umuceri n'ibihingwa by'ubuhinzi bitandukanye hafi y'ingo.

    Malariya ni indwara yangiza ubuzima bw'abantu iterwa n'imubu yitwa Marsh Mosquitoes. Iboneka cyane mu bihugu bishyuha cyane. Ishobora gukumirwa kandi ishobora gukira.

    The post Misiri(Egypt) yatangaje ko yitwaye neza mu guhashya malariya nyuma y'imyaka 100 ishije appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/igihugu-cya-misiriegypt-cyatangaje-ko-kitwaye-neza-mu-guhashya-malariya-nyuma-yimyaka-100-ishije/

  • Nyiri TikTok yirukanye abimenyereza umwuga wo gusenya umushinga wa AI #rwanda #RwOT

    Nyiri TikTok, ByteDance, avuga ko yirukanye umuntu wari ufite umugambi mubisha wo gusenya ubwenge bw'ubukorano AI muri TikTo'kwivanga. Ariko uruganda rwatanze ibirego bijyanye n'ibyangiritse byatewe n'umuntu utaravuzwe izina.

    Bije nyuma y'amakuru avuga ibyabaye akwirakwira muri wikendi ku mbuga nkoranyambaga. Igihangange mu ikoranabuhanga mu Bushinwa Doubao ChatGPT bigaragara neza ko imeze nka AI yerekana.

    Mu magambo ye, ByteDance yagize ati: 'Umuntu ku giti cye yari umwimenyerezo mu itsinda ry'ikoranabuhanga ryamamaza kandi nta burambe afite muri Laboratwari ya AI'.

    'Imyirondoro yabo ku mbuga nkoranyambaga ndetse na raporo zimwe na zimwe z'itangazamakuru zirimo amakosa.'

    Iyi sosiyete yongeyeho ko ibikorwa byayo by'ubucuruzi kuri interineti, harimo n'ururimi rwa AI bivuze yuko zimwe mu indimi zivugwa cyane ku Isi zirimo, ntibyagize ingaruka ku bikorwa by'umwimenyereza we w'umwuga.

    ByteDance yahakanye kandi amakuru avuga ko ibyabaye byangije akayabo k'amadorari arenga miliyoni 10 mu guhungabanya gahunda y'amahugurwa ya AI igizwe n'ibihumbi.

    Usibye kwirukana uyu muntu muri Kanama, ByteDance yavuze ko yamenyesheje inzego za kaminuza n'inganda zimenyereza umwuga ku ibyabaye.

    ByteDance ikora zimwe mu mbuga nkoranyambaga zizwi cyane ku Isi hose, harimo TikTok hamwe na Douyin. Bigaragara cyane nk'umuyobozi iyo bigeze aba ari mu mishinga ya algorithm bitewe n'uburyo porogaramu zayo zishimisha abayikoresha.

    Benshi mu rungano mu Bushinwa ndetse no ku Isi hose, igihangange ku mbuga nkoranyambaga gishobora gushora imari muri AI.

    The post Nyiri TikTok yirukanye abimenyereza umwuga wo gusenya umushinga wa AI appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/nyiri-tiktok-yirukanye-abimenyereza-umwuga-wo-gusenya-umushinga-wa-ai/

  • U Rwanda rugiye gushora miliyari 33,8 Frw mu guteza imbere ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo – #rwanda #RwOT

    Mu bwishingizi bw'amatungo n'ibihingwa, leta itanga nkunganire ya 40% umworozi/umuhinzi akitangira 60% by'igiciro cy'ubwishingizi.

    Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Iterambere ry'Ubworozi muri MINAGRI, Ndorimana Jean Claude, yatangaje ko muri ayo mafaranga miliyoni 25$, miliyoni 10$ (arenga miliyari 13,5 Frw) azahabwa ibigo by'ubwishingizi nk'igice cya nkunganire zihabwa abahinzi n'aborozi.

    Yavuze ko iryo shoramari rizagura iyo gahunda mu myaka itanu iri imbere, amafaranga akazakoreshwa mu kugura ifatabuguzi, mu bukangurambaga kuri iyi gahunda, kwigisha abahinzi n'aborozi ndetse no kunoza serivisi zitangwa.

    Ati 'Kugira ngo dukomeze guteza imbere iyo gahunda, Guverinoma y'u Rwanda yayegereje akarere. Ubu uturere tuba tugomba kumenya ko abahinzi n'aborozi bitabiriye iyo gahunda, bagakusanya amakuru ndetse bakanasuzuma umusaruro wavuyemo.'

    Uyu muyobozi kandi yagaragaje ko MINAGRI yagerageje gushyiraho gahunda y'ubufatanye bwa leta n'abikorera kugira ngo n'ibigo by'ubwishingizi byigenga na byo bihabwe amahirwe muri iyo gahunda.

    Impamvu ni uko mu minsi ya mbere abo bikorera babonaga ubwishingizi mu buhinzi nk'ibyabatera ibihombo, Ndorimana akavuga ko ubu byahindutse ibyo bigo bikaba biri kubushoramo imari cyane.

    Ni gahunda ikomeje kwitabirwa cyane kuko, kuva mu 2017 kugeza mu 2024 abahinzi 568.563 bashinganishije ibihingwa byabo na ho aborozi 85.398 bashinganisha amatungo yabo.

    Ni na ko abitabira bashumbushwa mu gihe bagize ibyago, aho nko kuva mu 2019, MINAGRI itangaza ko miliyari 4,4 Frw yatanzwe mu gushumbusha abahinzi n'aborozi bahombye ibihingwa n'amatungo byabo byari barashinganishije.

    Muri ayo, arenga miliyari 2 Frw amaze guhabwa aborozi mu gihe miliyari 2,3 Frw yahawe abahinzi bahuye n'ibihombo.

    Ayo mafaranga yatanzwe yakuwe muri miliyari 8,5 Frw yakusanyijwe n'ibigo by'ubwishingizi bitandukanye.

    Mu bworozi hishingirwa inka, ingurube, inkoko n'amafi, igiciro cy'ubwishingizi kigaterwa n'agaciro itungo rifite.

    Inka itangirwa 5.5% by'igiciro ifite, ingurube igatangirwa 6% mu gihe inkoko itangirwa 5.5%.

    Mu buhinzi hishingirwa ibihingwa by'umuceri, ikiguzi cy'ubwishingizi cyawo kikaba 7,08% by'ibyashowe ku buso uhinzeho, ibigori aho ikiguzi cy'ubwishingizi ari ukuva 8.25%-10% by'ibyashowe ku busoro runaka.

    Hishingirwa kandi ibirayi , urusenda n'imiteja, byose bitangirwa 8% by'igishoro ku buso byahinzweho nk'ikiguzi cy'ubwishingizi. Hishingirwa igishoro umuhinzi yashoye mu buhinzi bwe, kuva mu gutegura umurima kugeza imyaka isaruwe.

    Hishyurwa ibihombo bituma umuhinzi atabona umusaruro yarategereje biturutse ku ngaruka z'imihindagurikire y'ibihe, indwara n'udukoko birwanywa ntibikire.

    Iyo umuhinzi agize igihombo yihutira kubimenyesha ikigo cy'ubwishingizi bafitanye amasezerano ndetse n'ubuyobozi bw'umurenge ahingamo.

    Nyuma yo gupima igihombo cyabayeho, ikigo cy'ubwishingizi cyishyura umuhinzi igishoro yashinganishije mu gihe kitarenze iminsi 15.

    Umworozi witwa Murekatete Jacqueline wororera i Kayonzi inka yahawe muri Gahunda ya Girinka yabwiye The New Times ati 'Inka yanjye yahuye n'indwara. Nubwo yitaweho ariko byaranze irapfa. Bitarenze ukwezi nari namaze gushumbushwa, amafaranga bampaye mpita nyaguramo indi nka ubu impa amata.'

    Urwego rutanga serivisi z'ubwishingizi rwateye imbere mu myaka 10 ishize kuko ibigo byikubye kabiri aho bigeze kuri 18 n'umutungo rusange wabyo ukiyongera ku rugero rurenga 110%.

    Icyakora abitabira ubwishingizi muri rusange baracyari bake kuko ubushakashatsi bwa FinScope 2024 bwagaragaje ko Abanyarwanda bagana serivisi z'ubwishingizi biyongereye bava kuri 17% mu 2020 bagera kuri 27%, ni ukuvuga abantu barenga miliyoni 2.1.

    Inkoko itangirwa 5.5% by’igiciro ifite nk’igiciro cy’ubwishingizi

    Ingurube ni imwe mu matungo ari gutezwa imbere mu Rwanda kuko atanga umusaruro w’inyama

    Mu 2023 ni bwo amafi yatangiye kwishingirwa

    Mu bwishingizi bw’amatungo, inka itangirwa 5.5% by'igiciro ifite

    Ikiguzi cy’ubwishingizi ku miteja ni 8% by’igishoro ku buso ihinzweho

    Ibigori ni kimwe mu bihingwa bikunze kwera mu Rwanda cyane cyane mu Ntara y’Iburasirazuba

    Igiciro cy’ubwishingizi ku birayi na cyo ni 8% by’igishoro cy’ubuso bihinzeho

    Ikiguzi cy’ubwishingizi bw’umuceri ni 7,08% by’igishoro ku buso uhinzweho

    Urusenda ni kimwe mu bihingwa bikomeje gutezwa imbere mu Rwanda kuko rufite isoko ryagutse mu mahanga cyane cyane mu Bushinwa

    Ibirayi ni bimwe mu bihingwa byishingirwa, aho leta itanga nkunganire ya 40%, umuhinzi agatanga 60%


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-gushora-miliyari-33-8-frw-mu-guteza-imbere-ubwishingizi-bw

  • Nyanza: Polisi yataye muri yombi umugabo wayiyitiriye – #rwanda #RwOT

    Byamenyekanye ku wa 17 Ukwakira 2024, mu masaha ya saa Moya z'umugoroba, ubwo Nkundimana Félicien yafatirwaga mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Mushirarungu, Umurenge wa Rwabicuma, Akarere ka Nyanza, yaje mu rugo rw'umuturage yiyitirira inzego z'umutekano.

    Amakuru avuga ko uyu Nkundimana yagiye mu rugo rw'umwe mu bafungiye gukekwaho uruhare mu rupfu rw'umusekirite witwa Nishimwe Louise, bikekwa ko yishwe mu kwezi gushize kwa Nzeri 2024, umurambo we ugatoragurwa mu ishyamba.

    Amakuru akomeza avuga ko Nkundimana yaje yiyitirira kuba umupolisi, ndetse ko ari mu gikorwa cyo gukusanya ibindi bimenyetso ku bakekwa kugira uruhare mu rupfu rwa Nishimwe, ndetse ko yiteguye gufasha abafunze bakaba barekurwa.

    Ngo nyuma yo kuza bwa mbere ntahasange bene urugo, yongeye kugaruka bwa kabiri, maze inzego z'ibanze zibaza kuri RIB niba ari intumwa yabo koko maze basanga atazwi, ahita ashyikirizwa Polisi imuta muri yombi.

    Ni n'inkuru yemejwe n'Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, wavuze ko koko uyu mugabo yafashwe ubu akaba afungiye kuri RIB, Ishami rya Busasamana mu Karere ka Nyanza.

    Ati 'Yagiye mu rugo rw'umuturage yiyitirira inzego z'umutekano, tujyayo turamufata, ubu ari gukurikiranwa mu gihe iperereza rikomeje.''

    SP Habiyaremye, yakomeje atanga ubutumwa ko nta muntu ukwiye kwiyitirira inzego z'umutekano kuko bihanwa n'amategeko, ashishikariza abaturage gutanga amakuru ku muntu wese ugaragaje imyitwarire nk'iya Nkundimana kugira ngo afatwe kuko hari ikindi kibi kiba cyihishe inyuma y'uku kubeshya.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-polisi-yataye-muri-yombi-umugabo-wayiyitiriye

  • U Rwanda rwanditse amateka mashya mu buvuzi bwa Marburg muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bari bamaze iminsi icumi bashyizwe kuri izo mashini aho bari barwariye ahavurirwa Marburg mu Rwanda.

    Izo mashini zo kwa muganga zishyirwa ku murwayi urembye zikamufasha guhumeka cyane cyane iyo hari indwara yamaze kwangiza ibihaha ntibibe bikibyikorera.

    Abinyujije kuri X, Dr. Nkeshimana yavuze ko kuba abo barwayi ba Marburg babashije kuyivaho amahoro ari agahigo u Rwanda ruciye muri Afurika, bikaba intambwe ikomeye mu guhangana n'izo ndwara.

    Yanditse ati 'Abarwayi babiri bakuwe ku mashini ifasha guhumeka neza nyuma y'iminsi 10 bitabwaho na Prof.Twagirumugabe Théogène n'itsinda bafatanyije.'

    Yakomeje ati 'Ibi ni amateka yanditswe, na cyane ko ari bwo bwa mbere kuri uyu Mugabane bibaye, kubasha gukura abarwayi ba Marburg ku mashini ibafasha guhumeka amahoro. Iyi ntambwe izadufasha bigaragara mu kurushaho guhangana na virusi zo mu bwoko bwa Marburg, Ebola n'izindi.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhnom Ghebreyesus uri mu ruzinduko mu Rwanda na we yanyuzwe n'uburyo u Rwanda ruri guhashya Marburg.

    Dr. Ghebreyesus na we yanditse kuri X ati 'Njye na Ministiri Dr. Nsanzimana Sabin twasuye ahavurirwa abarwaye Marburg muri Baho. Natangajwe n'ubunyamwuga bw'abaganga, harimo n'uburyo bafasha bagenzi babo banduye. Mbashimiye uko kwihangana kandi mbizeza ko OMS izakomeza gufasha kurandura iki cyorezo'.

    Abarwaye Marburg mu Rwanda, batangiye kugaragara ku itariki 27 Nzeri 2024.

    Imibare itangwa na Minisante igaragaza ko kugeza ubu hamaze gupimwa abantu 4715. Abantu 60 banduye iyo ndwara, 15 imaze kubahitana, batatu baracyavurwa, 44 bamaze gukira, mu gihe 1070 bamaze kugikingirwa.

    Abarenga 4000 bamaze gupimwa Marburg mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bwa-mbere-muri-afurika-abarwayi-ba-marburg-bakuwe-ku-mashini-zibongerera-umwuka

  • Muhanga: Yasanzwe mu nzu amaze iminsi ine apfuye, hakekwa umugabo we – #rwanda #RwOT

    Inkuru y'urupfu rwa Mukashyaka yamenyekanye ku wa 20 Ukwakira 2024 ahagana mu masaha ya Saa Yine z'igitondo.

    Bikekwa ko Mukashyaka yishwe n'umugabo we witwa Ntaganzwa Emmanuel, babanaga mu buryo butemewe n'amategeko. Abo bombi bari bafitanye abana batatu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, yabwiye IGIHE ko iyi nkuru yabagezeho biturutse ku musaza witwa Sinzinkabo Celestin, umubyeyi ya nyakwigendera.

    Ati 'Mu ijoro ryo ku wa 16 Ukwakira 2024 nibwo Mukashyaka yishwe. Ku munsi wakurikiyeho ni bwo se w'abana yabohereje ku ishuri bigaho rya Ecole Primaire Gikumba, mu masaha yo gutaha ajya kubacyura abajyana kuri umwe mu bo muryango ababwira ko umugore we yamutaye akajya muri Uganda.'

    Bwarakeyekeye se w'abana aza kongera kubatwara kwa sekuru witwa Sindinkayo Celestin. Kuva ubwo Ntaganzwa aburirwa irengero na telefone ye ntiyongera kuboneka. Bakomeje guhamagara nyina w'abana na se biranga, sekuru yigira inama yo kujya mu rugo kureba niba ibintu ari amahoro.

    Yagezeyo asanga harafunze, umusaza ajya gusaba uruhushya ubuyobozi bw'umurenge bwo kwica urugi kugira ngo byibuze arebe ko hari umuntu waba urimo kuko byari bikomeje kumwanga mu nda.

    Nshimiyimana ati 'Tukibimenya twahise twihutira kujyayo, tugezeyo dusanga uwitwa Mukashyaka Nathalie w'imyaka 38 yitabye Imana. Umurambo we tuwusanga mu nzu y'aho bari bacumbitse.'

    Uyu muyobozi w'umurenge yakomeje avuga ko nyuma bamenye ko uyu muryango wabanaga mu makimbirane ndetse uyu mugore yari amaze kwahukana inshuro eshatu. Yasobanuye ko uru rugo rwagize amakimbirane y'igihe kirekire ariko ba nyirarwo birinda kubijyana mu nzego z'ubuyobozi kugira ngo bafashwe.

    Ni na ho ahera asaba abaturage kuyirinda no kwegera ubuyobozi mu gihe habaye ikibazo kuko bubereyeho kubikemura.

    Kugeza ubu aba bana bari kwa sekuru mu Karere ka Nyanza, umuyobozi yavuze ko aba bana bazakomeza gukurikiranwa icyakenerwa cyose mu gufasha umuryango kigakorwa.

    IGIHE yamenye ko uyu munsi ari bwo hatangiye iperereza ryisumbuye kuri icyo kibazo hanashakwa irengero ry'uwo mugabo ngo ashyikirizwe inkiko.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-yasanzwe-mu-nzu-amaze-iminsi-ine-yishwe