Minisitiri wa MINEMA, Maj. Gen. (Rtd.) Albert Murasira yabitangaje ku wa 24 Ukwakira 2024, mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Rusizi by'umwihariko kuri uyu musozi n'aho iyi miryango igiye kubakirwa.
Uyu musozi waridutse uherereye mu Mudugudu wa Cyagara, Akagari ka Nyange, Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi.
Murasira yashimye akarere ka Rusizi ko kihutiye kwimura aba baturage bagashyirwa ahantu hadashyira ubuzima bwabo mu kagaga.
Ati 'Akarere kagiye kubakodeshereza dufatanyije. Ikigenzi ni uko aha twaje kureba aho dushobora kubimurira niba hatekanye, hashobora kujya umudugudu. Twasanze nta kibazo hatekanye. Icyo nababwiye ni uko abagomba gufashwa ari abatishoboye, ariko uwimuwe agomba guhabwa ingurane ikwiye kuko hari ibintu bye yahasize'.
Umusozi wa Muko siwo wonyine wo mu karere ka Rusizi waridutse kuko hari n'indi misozi yagiye iriduka irimo n'uwo mu murenge wa Nyakarenzo n'uwo mu Murenge wa Giheke.
Minisitiri Murasira yavuze ko bagikora ubushakashatsi ngo hamenyekane igitera imisozi ya Rusizi kuriduka, gusa ngo bakeka ko bifitanye isano no kuri Rusizi iri mu turere tw'ibirunga.
Minitiri Murasira yasuye abaturage bashyizwe mu manegeka n’umusozi waridutse
Abaturage b’akarere ka Rusizi bashyizwe mu manegeka n’umusozi uherutse kuriduka bagiye kubakirwa
Iri tsinda kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Ukwakira 2024 basuye Akarere ka Bugesera mu kigo cya Gasore Serge Foundation, bareba ibikorwa bihakorerwa n'uburyo bizamura imibereho myiza y'abaturage.
Bavuze ko banagerageza gufasha abakiri bato kwidagadura no kwigarurira icyizere kugira ngo bagire imbere heza.
Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho, Nthomeng Majara, yishimiye uburyo u Rwanda rumaze gutera intambwe mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage hifashishijwe abafatanyabikorwa batandukanye baba bari mu Karere.
Ati 'Nishimiye kubona uburyo inzego z'ibanze zifatanya n'abafatanyabikorwa batandukanye mu rwego rwo gushaka ibisubizo by'ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage, ni intambwe nziza yo kwigira ku miyoborere myiza y'igihugu cy'u Rwanda.'
Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagaragaje ko abafatanyabikorwa b'Akarere bagafasha mu kwita ku mibereho myiza y'abaturage, kuzamura ubukungu bwabo, anagaragaza ko hari abafatanya n'Akarere mu bijyanye n'imiyoborere myiza ndetse n'ubutabera hagamijwe kuzamura abaturage mu byiciro byose.
Lesotho n'u Rwanda ni ibihugu byagiye bisinyana amasezerano y'ubufataye mu byiciro binyuranye birimo umutekano, guteza imbere imiyoborere myiza, kurwanya ibyaha birimo iterabwoba no kurwanya ibiyobyabwenge n'ibindi byinshi.
Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho yasobanuriwe uburyo Gasore Serge Foundation igira uruhare mu guteza imbere uburezi
Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard yasobanuriye Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho, Nthomeng Majara ko abafatanyabikorwa bakorana n'Akarere mu byiciro byose hagamijwe guteza imbere umuturage
Itsinda ry'abayobozi bo muri Lesotho turrets we uburyo abakobwa baba baratewe inda imburagihe uburyo bagarurirwa icyizere bakanigishwa imyuga
Ni ingingo yagarutseho ku wa 24 Ukwakira 2024, ubwo hamurikwaga ubushakashatsi bwa Rwanda FinScope 2024 bwakozwe hagamijwe kureba uko urubyiruko rugera kuri serivisi z'imari mu gihugu 'Youth Financial Inclusion Thematic Report'.
Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko kugeza ubu Abanyarwanda bangana na miliyoni 7,8 [96%] bagerwaho na serivisi z'imari. Urubyiruko rugerwaho n'izi serivisi rwavuye kuri miliyoni 1,8 [87%] mu 2020 rugera kuri miliyoni 3,4 [94%] muri 2024.
Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko igipimo cy'urubyiruko rutagerwaho na serivisi z'imari cyagabanutse kiva kuri 13% [260.000] mu 2020 kigera kuri 6% [200.000] mu 2024. Ibi bivuze ko uru rubyiruko nta serivisi y'imari n'imwe rukoresha.
Igikorwa cyo kumurika ubu bushakashatsi, cyahurijwe hamwe n'icyateguwe na Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi ku bufatanye n'abandi bafatanyabikorwa, cy'umusangiro na ba rwiyemezamirimo bakiri bato barenga 200 baturutse mu turere dutandukanye.
Intego yari ukuganira ku mbogamizi ahanini zikoma mu nkokora iterambere ry'imishinga y'ishoramari igitangira, n'icyakorwa ngo haboneke umuti.
Benshi mu bari bari aho bagaragaje ko bagorwa cyane no kugera ku mari baba bifuza, amahitamo kuri bamwe akaba kwirengagiza inzozi zabo.
Ishimwe Grace, ufite ikigo gikora imyenda n'ibindi bikoresho by'imideli hifashishijiwe imashini zidoda, IG Wear Rwanda Ltd, yavuze ko mu rubyiruko rwinshi usangamo ibibazo byo kubura igishobora gihagije, no kwaka inguzanyo nta ngwate bikagorana.
Yavuze ko ba rwiyemezamirimo baba bagitangira bagorwa n'imisoro imwe n'imwe akenshi iba iri hejuru, asaba ko icyo nacyo cyakwigwaho bakajya boroherezwa.
Hari nabasabye ko urubyiruko rwashyirirwaho 'One Stop Center' ku buryo rwazajya rubarizamo ibyo rukeneye byose, bidasabye kujya ahantu hatandukanye, rimwe bakanumvwa bitandukanye.
Kugeza ubu BDF yishingira imishinga y'urubyiruko ku rugero rwa 75% mu gihe indi isanzwe iyishingira ku rugero rwa 50%. Mu mafaranga amaze gutangwa nk'ingwate, urubyiruko rwihariye 28% yayo gusa.
Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko 'Guverinoma y'u Rwanda ishyize umutima' ku kuba urubyiruko rw'u Rwanda rwagera kuri serivisi z'imari.
Ati 'kwemeza itegeko rigenga imishinga y'ishoramari igitangira bigeze ku rwego rwa Guverinoma, ryamaze kugezwa mu biro bya Minisitiri w'Intebe, turimo kuryigaho kugira ngo ribe ryatambuka. Harimo ibishobora kungura abantu bakora imishinga itandukanye irimo nk'iyikoranabuhanga n'iyindi. Riri hafi kurangira.'
Yavuze ko iri tegeko rizorohereza imishinga igitangira mu Rwanda kugera ku mari mu buryo bworoshye.
Mu gihe iri tegeko ryaba ryemejwe riri mu nyungu za ba rwiyemezamirimo, ryazatanga umusanzu ukomeye mu gukuraho ikibazo nyamukuru bahura nacyo.
Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko iki gikorwa cyo guhuza ba rwiyemezamirimo bakiri bato kibaye ku nshuro ya mbere nk'igerageza, ariko kizajya kiba buri mwaka kikaba cyitezweho gutanga umusaruro mu bijyanye no gukuraho inzitizi ku mishinga y'ishoramari iba igitangira.
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yijeje ko mu bihe bya vuba hazaba hasohotse itegeko rigenga imishinga y’ishoramari igitangira mu Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Antoine Marie Kajangwe, yagaragaje ko muri Minicom hari ubushake bwo gufasha urubyiruko
Umuyobozi mukuru wa BDF, Vincent Munyeshyaka, yasabye ko banki zakuraho amananiza zishyiriraho urubyiruko ruba rushaka gutangira imishinga y’ishoramari
Ba rwiyemezamirimo biniguye bagaragaza ibitagenda neza
Umuyobozi Mukuru wa Access to Finance Rwanda, Jean Bosco Iyacu, yavuze ko hakwiye kubaho ubukangurambaga urubyiruko rukamenyeshwa inzego zose zarushyiriweho zo kurufasha
Iki gikorwa cyari cyitabiriwe na ba rwiyemezamirimo bato bagera kuri 200
Ubushakashatsi bwamuritswe bwagaragaje ko igipimo cy'urubyiruko rutagerwaho na serivisi z'imari cyagabanutse kiva kuri 13% [260.000] mu 2020 kigera kuri 6% [200.000] mu 2024
Umunyarwenya Fally Merci ni umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa
Ni ibitaramo kugeza magingo aya Chriss Eazy yamaze kwemeza ko azatangirira mu Bubiligi ku wa 14 Ukuboza 2024 mbere y'uko yerekeza mu bindi bihugu nk'u Bufaransa, Pologne n'ahandi bakomeje ibiganiro.
Iki gitaramo cyemejwe nyuma y'iminsi uyu muhanzi akubutse i Burayi aho bivugwa ko yari yagiye mu biganiro n'abari kubitegura ndetse akaba yaranaboneyeho umwanya wo gusura umukunzi we usanzwe yiga muri Pologne.
Ni ibiganiro byarangijwe na Junior Giti usanzwe ari umujyanama w'uyu muhanzi uherutse ku Mugabane w'u Burayi mu minsi mike ishize aho yavuye arangizanyije n'ubuyobozi bwa Team Production igiye kubafasha gutegura ibi bitaramo.
Ubwo yari i Burayi Junior Giti yagize ati 'Kimwe nakubwira, Team Production hamwe na Franckpson ni bo bari kudutegurira ibitaramo byacu bizenguruka u Burayi, twe icyo dusabwa ni ukuzitabira kandi nkurikije ibyo bari kunyereka ndabona icyizere ko bizagenda neza.'
Byitezwe ko uyu muhanzi azajya gutaramira i Burayi avuye muri Uganda aho afite ibitaramo binyuranye mu ntangiriro za Ugushyingo 2024.
Chriss Eazy uri mu bahanzi bagezweho mu Rwanda ni umwe mu biyambajwe mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, bimaze iminsi bizenguruka Igihugu mu mijyi itandukanye, bikaba biherutse gusorezwa mu Karere ka Rubavu ku wa 19 Ukwakira 2024.
Kuwa 24 Ukwakira kuyu mwaka wa 2024, super PAC ya Elon Musk yahaye ibihembo miliyoni ebyiri z'amadolari y'abatowe biyandikishije muri Michigan na Wisconsin, nyuma yo kuburirwa n'ishami ry'ubutabera ko kwishyura bishobora kuba bitemewe.
Izi nizo mpano za mbere zatanzwe na super Trump ushyigikiye Donald Trump nyuma y'amakuru yari amaze gutangazwa kuwa 23 Ukwakira ko Ishami ry'Ubutabera ryohereje ibaruwa muri iri tsinda, ryibutsa ko ibikorwa byayo 'buri munsi' bishobora kurenga ku mategeko agenga amatora yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Kuwa 19 Ukwakira, Musk, umuyobozi mukuru wa Tesla akaba n'umuntu ukize kurusha abandi ku Isi, yatangije ibihano super PAC ye yari yaratsinze uwatsinze kugeza kuwa gatatu. Nta watsinze icyo gihe, ariko abatsinze babiri bamenyekanye kuwa kane kuri X, imbuga nkoranyambaga Musk asanzwe akoresha. Itsinda ntabwo ryatanze ibisobanuro kumugaragaro kubijyanye no guhagarara k'umunsi umwe, kandi umuvugizi wa super PAC yanze kugira icyo atangaza.
Ntibiramenyekana igihe Musk yakiriye ibaruwa y'ishami ry'ubutabera. Impuguke mu mategeko y'amatora atabogamye zahise zigaragaza impungenge z'ibihano nyuma y'uko Musk kuwa gatandatu ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza, Trump muri Pennsylvania.
Kugira ngo batsindire igihembo cya miliyoni y'amadolari, abantu bagomba gushyira umukono ku cyifuzo cyemeza ko bashyigikiye uburenganzira bwo kuvuga no kwitwaza intwaro. Icyakora, icapiro ryiza kurubuga rwa super PAC ryerekana ko abatora biyandikishije gusa muri leta zirindwi, aribo bemerewe gushyira umukono kuri iki cyifuzo impuguke zavuze ko ariryo pfundo ry'amategeko ashobora kuba atemewe.
Ibyo bisabwa bitavugwaho rumwe ntabwo byahinduwe guhera kuwa kane nijoro kandi biracyari kurubuga rwa super PAC. Amategeko ya leta avuga ko ari icyaha ku muntu wese 'wishyura cyangwa utanga kwishyura cyangwa yemeye kwishyura haba kwiyandikisha mu gutorwa.'
Impuguke mu by'amategeko zabanje kuvuga ko bizera ko ikibazo nyamukuru mu itangwa rya Musk ari ugutuma abatora batorwa kugira ngo binjire mu cyuho. Mu gusubiza inyandiko ivuga ko Musk 'yishyuye kwiyandikisha ku Banyepublika,' umunyamabanga w'ikoranabuhanga yavuze ko abatsinze 'bashobora guturuka mu ishyaka rya politiki'. Yamaganye guverineri wa Pennsylvania, Josh Shapiro, uharanira demokarasi akaba n'uwahoze ari umushinjacyaha mukuru wa Leta, kuba yibajije niba ibyo byemezo byemewe n'amategeko.
Amadosiye ya federasiyo yerekana ko Musk yahahwe hafi miliyoni 119 z'amadolari harimo hafi miliyoni 44 z'amadolari mu Kwakira muri Amerika PAC, super PAC yafashije mu gutora Trump. Yavuze ko yizera ko iri rushanwa rizazamura kwiyandikisha mu batoye Trump. Aherutse kwiyamamariza muri Pennsylvania, akora ibirori byunganira mu izina rya Trump, yamamaza icyifuzo cye kandi akwirakwiza ibitekerezo by'ubugambanyi ku matora yo mu 2020.
Amerika PAC yakiriye kandi miliyoni 3 z'amadolari mu Kwakira mu bagize umuryango ukomeye wa DeVos, harimo 250.000 by'amadolari y'uwahoze ari Minisitiri w'uburezi bw'ubutegetsi bwa Trump, Betsy DeVos. Izi mpano z'inyongera mu Kwakira zatumye itsinda rya Musk rikomeza gukoresha miriyoni icumi z'amadolari mu gucunga no gukora amayeri y'ibikorwa bifasha kwiyamamaza kwa Trump kugira abashe gutorwa.
Biteganyijwe ko uyu musaruro uziyongera binyuze mu kugeza ifumbire mvaruganda ku bwinshi mu bice bitandukanye by'igihugu, ikoreshwa ikazava ku bilo 70 kuri hegitari bikagera ku bilo 94,6 kuri hegitari kandi bikazanajyanishwa n'imiterere y'ubutaka.
Kuva ku wa 24-26 Ukwakira 2024 Abadepite batangiye gusura abaturage mu turere twose tw'igihugu bareba uko igihembwe cy'ihinga cya 2025 A kiri kugenda.
Mu bikorwa bizasurwa harimo kureba ahakozwe amaterasi y'indinganire, ahagurishirizwa ifumbire mvaruganda no kumenya niba nta bibazo birimo.
Bazareba kandi ibijyanye n'ingemwe zateguwe zirimo ibiti bivangwa n'imyaka n'ibitavangwa n'imyaka, ingemwe za kawa n'uko zigezwa ku bahinzi n'ibindi.
Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko umutwe w'Abadepite, Kazarwa Gerturde yavuze ko 'bazasura abaturage mu rwego rwo kwifatanya na bo, kugira uruhare mu bibakorerwa no kubafasha gukemura ibibazo ibibazo bafite ku bufatanye n'inzego z'ibanze.'
InyaRwanda yagiranye ikiganiro kirambuye na Butoyi Jean umunyamakuru wamamaye mu gutangaza amakuru agezweho mu mikino kuva mu 1996 kuri Radio na Televiziyo y’u Rwanda.
Ingingo yibanzweho ni ukuba u Rwanda rugiye gukina imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Africa CHAN kandi bigaragara ko mu gice cy’ubusatirizi bw’u Rwanda harimo imbaraga nkeya ndetse hanibazwa inyungu ku Rwanda mu gukinira i Kigali imikino ibiri ya Djibouti.
Butoyi yatangaje ko kuba u Rwanda ruzakinira mu rugo imikino ibiri rufitanye na Djibouti ari amahirwe akomeye azatuma byoroha gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho cyo gushaka itike yo gukina igikombe cya Africa.
Yagize ati: “Amahirwe twagize ni uko iyo mikino yose izabera mu Rwanda, kuko kenshi iyo ubanje mu rugo biba bigusaba impamba y’ibitego byinshi, nibaza ko abafana b’u Rwanda bazaba bari hano kuri Stade Amahoro mu mukino wa kabiri.
Ariko icyo nasaba abakinnyi ni uko umukino wa mbere twabikamo Djibouti ibitego byinshi kugira ngo umukino wo kwishyura nubwo uzabera hano i Kigali abanyarwanda bazaze nta kibazo bafite.”Â
Butoyi yakomoje ku kuba abakinnyi bahamagawe by’umwihariko abakina basatira izamu badafite imibare ishimishije mu makipe bakinira. Ati: “Muri rusange dufite ikibazo cy’abataka, niba mubikurikirana ubona ikiragano cyari gifite abataka ari icya Jimmy Gatete, Karekezi Oliver na ba Bokota Labama.Â
Iyo wigiye imbere mu kiragano cya Tuyisenge Jacques na Sugira Ernest naho wabonaga harimo icyizere gusa nyuma yaho dusigaye tureba umuntu ushobora gutsinda igitego akabura, ibyo bigaragaza ko turi hasi muri ba rutahizamu. “
Yashimangiye ko nubwo nta rutahizamu uhamye ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” ifite, gukorera hamwe bituma ikipe y’igihugu igera kure, cyane ko muri iyi minsi u Rwanda ruri kwitwara neza mu mupira w’amaguru.Â
Butoyi yashimangiye ko kuba mu myaka yashize u Rwanda rwari rufite ba rutahizamu bakomeye nta banga ryari ribyihishe inyuma, ahubwo ari impano abakinnyi bari bifitiye ku giti cyabo haba abakinnyi nka Jimmy Gatete, Karekezi n’abandi.Â
Uyu munyamaku yatanze urugero ku ikipe ya Arsenal itozwa na Mikel Arteta mu Bwongereza, agaragaza ko ari ikipe igera kuri byinshi bishimishije kandi nta rutahizamu uhoraho kandi ukanganye ifite ahubwo ibigeraho nyuma yo gufatanya.Â
Yavuze ko buri mukinnyi wa Arsenal ashobora kugutsinda igitego kandi bikaba bigoranye kubona umukino iyi kipe yasoza itabonyemo igitego.
Butoyi yashimangiye ko bishoboka cyane ko u Rwanda ruzasezerera ikipe y’igihugu ya Djibouti mu mikino y’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’Igikombe cya Africa cy’abakinira imbere mu gihugu CHAN. Icyakora avuga ko Amavubi y’ubu itandukanye n’ayigeze gutsinda Djibouti ibitego 9-0 muri 2008.Â
Butoyi yagarutse ku ruhande rwa Djibouti avuga ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda igomba kurya uri menge kuko igihugu cya Djibouti cyashoye amafaranga menshi mu mupira w’amaguru, aho shampiyona yaho ubu isigaye irimo abakinnyi nka Alexander Song wabiciye bigacika ku mugabane w’iburayi, ibyo bigaragaza ugutera imbere k’umupira wo muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi bwahembye Umurenge wa Musambira kuba ku isonga mu bikorwa by'Isuku n'Isukura, Kwicungira Umutekano hamwe no kurwanya Igwingira mu bana. Bahembwe 'Moto' nshya. Uretse uyu Murenge, hanahembwe Akagari ka Kivumu kahize utundi uko ari 59 mu Karere, hahembwa Ikipe y'Urubyiruko rw'Abakorerabushake, hahembwa Ikipe ya Koperative y'Abanyonzi ba Musambira, hahembwa Ikipe y'Imboni z'Impinduka, hahembwa ikipe y'Abakozi b'Akarere.
Avuga inzira banyuze kugera ubwo Musambira ihigitse indi Mirenge y'Akarere ka Kamonyi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musambira, Nyirandayisabye Christine avuga ko bimwe mu byo bitayeho ari; Ugukora amasuku no kurimbisha umuhanda kuva kurugabano rwa Kamonyi na muhanga aho Musambira igarukira, kugera aho igabanira n'Umurenge wa Gacurabwenge nawo wo muri Kamonyi.
Gitifu Nyirandayisabye Christine.
Avuga kandi ko bavuye ku kurimbisha no gukora ibikorwa by'Isuku n'Isukura mu muhanda wa Kaburimbo bajya mu ngo baganira n'abaturage ku bijyanye n'Isuku n'Isukura, gusukura amazi no kunywa ayatetswe, kwita kubana babagirira isuku.
Akomeza avuga ko bafatanije n'abafatanyabikorwa bigishije ababyeyi gutegura indyo yuzuye, ibyatumye abana 9 bari mu mirire mibi bayivamo. Bigishije kandi ababyeyi by'umwihariko abagore batwite kwiyitaho, kurya indyo yuzuye hagamijwe kwirinda ko bazabyara abana bafite igwingira.
Ibirori byari byitabiriwe.
Gitifu Nyirandayisabye, avuga ko bagiye kwagura uburyo bakoragamo, bakareka kwibanda ku tugari dukora kuri Kaburimbo ahubwo bakegera mu tundi tugari turi kure ya Kaburimbo( utwo mucyaro), bagamije kurushaho kunoza ibikorwa by'Isuku n'Isukura, Kwicungira Umutekano hamwe no kurwanya Igwingira mu bana.
Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Uwiringira Marie Josee, agaruka ku ruhare y'ubuyobozi bwaba ubw'Akarere ndetse n'Umurenge muri ibi bikorwa, yagize ati' Akarere icyo bakora cyangwa ku rwego rw'Umurenge, ni Ubukangurambaga ariko ibikorwa ni abaturage babikora. Icyo dukora rero ni ugushimira abaturage kuko tubabwira bakumva'.
Visi Meya Uwiringira Marie Josee.
Ku bwa Visi Meya Uwiringira, ibihembo nk'ibi hari icyo bisobanuye ku muturage. Ati' Iyo hatanzwe igihembo nk'iki n'uburyo abaturage baba bakishimiye, duhita tugira icyizere y'uko abaturage batazadohoka ahubwo bazakomeza guharanira buri gihe kumva ubuyobozi. Kumva ibihembo k'urwego rw'Akarere bitangiwe mu Murenge nk'uyu ushobora kuba witaruye umujyi, bigira icyo byongera ku myumvire y'abaturage no gushishikarira kwitabira gahunda za Leta bakangurirwa'.
Akomeza avuga ko kuba mu myaka ibiri yikurikiranya ibihembo bitwawe n'Imirenge ikora kuri Kaburimbo bidasobanuye ko hirya y'aho nta bikorwa yo. Ahamya ko kuri Kaburimbo koko hakurikiranwa cyane mu bijyanye n'isuku ariko no mu yindi mirenge ubwo bukangurambaga buhakorwa, ndetse by'umwihariko ko babifashijwemo n'Igitondo cy'Isuku kiba buri wa Kabiri baba bagomba kubona raporo y'uko buri Murenge wakoze.
Moto nshya yahembwe Umurenge wa Musambira, yaherekejwe n'ibyangombwa byayo byose.
Visi Meya Uwiringira, ashima ko zimwe mu mbogamizi zatumaga ibintu bidakorwa uko bikwiye haba ku rwego rw'Akarere n'Imirenge zavuyeho. Zimwe muri izo mbogamizi zirimo kuba nta bakozi bashinzwe Isuku n'Ubuzima ari n'aho harimo Isuku no kurwanya Igwingira n'Imirire mibi, aho wasangaga bikorwa n'abandi bakozi babihuzaga n'izindi nshingano.
Aya marushanwa nkuko Visi Meya Uwiringira Marie Josee abivuga, atangizwa n'inzego z'Umutekano(Polisi) ku bufatanye n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imikurire y'abana bato, ariko ngo Akarere kabitegura mbere yo gutangizwa kugira ngo ni bitangizwa umuturage abe yaramaze kumva neza ibikenewe bityo abijyemo neza abyumva.
Mu itegurwa ry'aya marushanwa hakorwa ubukangurambaga ku Isuku n'Isukura, Kwicungira Umutekano hamwe no kurwanya Igwingira mu bana hagaragaye umwihariko wo kwagura Ubukangurambaga, hashyirwamo amakipe atandukanye akina imikino y'umupira w'amaguru hagamijwe kwagura Ubukangurambaga bukagera kure binyuze mu mikino. Hanongewemo kandi guhemba umuturage witwaye neza mu kurwanya Igwingira ndetse n'Imirire mibi.
Mu kwagura ubu bukangurambaga, amakipe yongewemo ni; Ikipe y'Abamotari nk'abantu baba ku muhanda kandi bashobora gufasha mu gutanga amakuru, hashyizwemo ikipe y'Imboni z'Impinduka nk'abantu bahoze mu bikorwa bitari byiza birimo; Ikoreshwa ry'Ibiyobyabwenge, urugomo n'ibindi. Aba, bitezweho gufasha guhindura abo basize mu bikorwa n'imyitwarire itari myiza bahozemo. Hashyizwemo kandi ikipe y'Abanyonzi, Ikipe y'Urubyiruko rw'Abakorerabushake, Ikipe y'Inzego z'Umutekano(Polisi), hamwe n'Ikipe y'abakozi b'Akarere ka Kamonyi.
Mu gutanga Ibihembo kandi, hahembwe amakipe ane muri atandatu yari mu irushanwa. Ayahembwe ni; Iy'Urubyiruko rw'Abakorerabushake yafashe umwanya wa mbere, Uwa Kabiri ufatwa na Koperative y'Abanyonzi ba Musambira, Ikipe ya Koperative y'Imboni z'Impinduka ifata umwanya wa 3 mu gihe Iy'abakozi b'Akarere yabaye iya 4.
Ni ubujura bwiganje mu mirenge ya Muganza, Gikundamvura, Kamembe, Nzahaha na Gitambi aho usanga hari abiyita abakozi ba REG bagaha abaturage amashanyarazi ku kiguzi gihanitse kandi ubusanzwe iyi serivisi itishyuzwa, abandi ni abayobya insinga z'amashanyarazi bagakoresha umuriro utanyuze muri mubazi n'abiba ibikoresho by'amashanyarazi.
Iyi migirire yose igira ingaruka ku muturage mu buryo buziguye kuko serivisi REG itanga ari serivise za Leta.
Mu mezi arindwi ashize ni bwo ubuyobozi bw'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ingufu, REG, bufatanyije n'ubuyobozi mu nzego z'ibanze n'inzego z'umutekano bongereye imbaraga mu gushakisha abajura biba ibikoresho by'amashanyarazi n'abanyuza insinga hanze ya mubazi bagakoresha umuriro w'amashanyarazi batawishyura.
Umuyobozi wa REG Ishami rya Rusizi, Nzayinambaho Tuyizere Jacques, yabwiye IGIHE ko mu mezi arindwi ashize bamaze gufata abantu 10, ndetse ko uwo bafashe wese bahita bakora dosiye bakayishyikiriza Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB.
Ati 'Mu bantu 10 tumaze gufatira mu bujura bw'amashanyarazi n'ibikoresho byayo harimo umugore umwe n'umwarimu wo muri rimwe mu mashuri abanza yo mu murenge wa Nzahaha, wuriraga amapoto akarahurira abaturage, imirimo ubusanzwe ikorwa n'abakozi ba REG gusa'.
Uyu mwarimu wize ibijyanye n'amashanyarazi yatangiwe amakuru na bamwe mu baturage yari yarahaye amashanyarazi mu buryo budakurikije amategeko.
Ubu bushakashatsi bwamuritswe ku wa 24 Ukwakira 2024, bukorwa na Access to Finance Rwanda [AFR] ifatanyije na Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi [MINECOFIN], Banki Nkuru y'Igihugu [BNR] n'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubushakashatsi [NISR].
Ubushakashatsi bwa FinScope Rwanda 2024, bwagaragaje ko mu Rwanda hari abantu 3.616.951 bari hagati y'imyaka 16 na 30, bakaba bangana na 44% by'abakuze bose, kuko muri rusange abakuze bangana na 8.155.637. Kuva mu 2020, umubare w'urubyiruko wiyongereyeho 2%.
Abafite imyaka iri hagati ya 16-20 ni bo benshi mu rubyiruko kuko bangana na 36%. Imibare igaragaza ko 53% by'urubyiruko ari ab'igitsina gore, 68% byarwo bakaba mu byaro.
Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko igipimo cy'urubyiruko rutagerwaho na serivisi z'imari cyagabanyutse kiva kuri 13% [260.000] mu 2020 kigera kuri 6% [200.000] mu 2024. Ibi bivuze ko uru rubyiruko nta serivisi y'imari n'imwe rukoresha.
Bwagaragaje ko uru rubyiruko rubadashobora kugera kuri serivisi z'imari kubera amahitamo yarwo, kuko akenshi iyo bakeneye amafaranga bayasaba/bayaguza abo mu miryango yabo cyangwa inshuti, kandi bakenera kwizigamira bakabikorera mu ngo zabo.
Ubwo ubu bushakashatsi bwamurikwagwa, urubyiruko rwari aho rwagaragaje ko no ku bakoresha izi serivisi, kubona imari bifuza mu mishinga yabo, bisa nk'ibikiri inzozi.
Umuyobozi Mukuru wa Access to Finance Rwanda, Jean Bosco Iyacu, yavuze ko bimwe mu bituma urubyiruko rwinshi rutagera kuri serivisi z'imari biterwa n'amabanki adaha urubyiruko serivisi zihagije.
Ati 'Igishoboka ni uko ari Minisiteri y'Urubyiruko natwe bafatanyabikorwa twashyira hamwe imbaraga kugira ngo urubyiruko turutegure neza, nibajya gushaka serivisi z'imari babe bagaragara neza bahabwe serivisi mu buryo bwihuta.'
Yakomeje agira ati 'Hari n'ubwo usanga urubyiruko rudafite amakuru kuri serivisi zirugenewe, ni ngombwa rero ko habaho n'ubukangurambaga bakamenya ko hari ibigo bifite gahunda zo kubafasha bakabyegera kugira ngo ubwo bushobozi babwubake hakiri kare bagitangira imishinga.'
Kugeza ubu AFR, ifite gahunda yo gufasha ba rwiyemezamirimo bakiri bato, aho yishingira imishinga yabo ku rugero rwa 70% mu bigo by'imari bitanga inguzanyo, bo bakishakira 30% by'ayo bakeneye.
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko Guverinoma y'u Rwanda ishyize umutima ku kuba urubyiruko rwose rwagera kuri serivisi z'imari.
Yijeje ko buri mwaka ba rwiyemezamirimo bazajya bahura n'abafatanyabikorwa ba Minisiteri ayoboye, kugira ngo haganirwe ku mbugamizi zihari, n'uko zashakirwa umuti.
Kugeza ubu Abanyarwanda bangana na miliyoni 7,8 [96%] bagerwaho na serivisi z'imari. Urubyiruko rugerwaho n'izi serivisi rwavuye kuri miliyoni 1,8 [87%] ku 2020 rugera kuri miliyoni 3,4 [94%] muri 2024.
Icyuho ku kugera kuri serivisi z'imari hagati y'abakuze n'urubyiruko cyaragabanyutse, kiva ku 8% mu 2020 kigera kuri 3% mu 2024, bitewe n'ubwiyongere bw'imikoreshereze ya serivisi z'imari zitari iza banki.
Umuyobozi Mukuru wa Access to Finance Rwanda, Jean Bosco Iyacu, yasabye amabanki korohereza urubyiruko kugera ku mari
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko 'Guverinoma y'u Rwanda ishyize umutima' ku kuba urubyiruko rwose rwagera kuri serivisi z'imari
Iki gikorwa cyari cyitabiriwe n’urubyiruko rwihangiye imirimo
Ubu bushakashatsi bwamurikiwe muri Kigali Marriott Hotel