Yabivugiye mu Karere ka Nyamasheke ku wa 25 Ukwakira 2024, ahizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w'Ibiribwa.
Nyamasheke ni kamwe mu turere dufite ingo nyinshi zitihagije kuko izigera ku 34.282 zihwanye na 36% zitihagije mu biribwa, mu gihe ku mpuzandengo mu Rwanda ingo zitihagije mu biribwa ari 20,6%.
Ibi ni byo byatumye Guverinoma y'u Rwanda ihitamo kwizihiriza uyu munsi mu Karere ka Nyamasheke mu rwego rwo gukangurira abaturage bako kongera umusaruro w'ubuhinzi n'ubworozi.
Nyamasheke ifite abaturage benshi batunzwe n'ubuhinzi n'ubworozi kuko 95% by'abantu 434,221 batuye aka Karere ari abahinzi.
Musabyimana Théophile, umuhinzi mworozi wo mu Murenge wa Nyabitekeri, yavuze ko mu mbogamizi bahura na zo zituma batihaza harimo kutabona imashini zuhira no kuba ifumbire mvaruganda itinda kubageraho.
Ati 'Iyo imvaruganda itinze hari ubwo dupfa gutera cyangwa tugateza ifumbire itariyo. Ibyo bituma tutabona umusaruro uhagije'.
Abahinzi basaba Leta ko yabafasha kugura ifumbire mvaruganda ku buryo igihe cyose umuhinzi ayikenereye yayibona.
Igiraneza Berthe yavuze ko kugira ngo babashe kwihaza mu biribwa bakeneye imashini zivomerera imyaka.
Ati 'Iwacu i Nyabitekeri ntabwo turabona imvura y'umuhindo, dufite ikibazo ko inzara izatwica. Turasaba Leta ko yadufasha tukabona imashini zuhira kuko imvura yaguye rimwe ndetse n'abateye imyaka iri kumira mu mirima'.
Nyabyenda Jean Paul uhagarariye Hinga Wunguke mu Karere ka Nyamasheke na Nyamagabe, yavuze ko mu busesenguzi bakoze basanze kimwe mu bituma abaturage ba Nyamasheke batihaza mu biribwa harimo kutabona inyongeramusaruro nyinshi kandi hafi.
Ati 'Usanga umuntu w'i Nyamasheke umwe ajya gushaka inyongeramusaruro i Kamembe, Karongi cyangwa i Kigali. Mu rwego rwo gusubiza iki kibazo tugiye kububakira ikigo cy'icyitegererezo mu nyongeramusaruro'.
Iki kigo kizaba gifite inshingano yo kubegereza inyongeramusaruro, gutanga amahugurwa y'ubuhinzi no kuvura amatungo n'ibihingwa igihe byarwaye.
Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yavuze ko Umunsi Mpuzamahanga w'Ibiribwa usanze u Rwanda ruhagaze neza ariko avuga ko bidahagije. Yatanze urugero ku kuba 40% by'ibiribwa mu Rwanda bitumizwa mu mahanga.
Ati 'Ntidushonje, ntabwo dusuhuka ariko ntabwo bihagije. Ingo 20,6% mu Rwanda ntizifite ibiribwa bihagije, ni yo mpamvu tugifite akazi kenshi ko gukora'.
Minisitiri Dr Bagabe yibukije abaturage ba Nyamasheke ko bafite amahirwe arimo Ikiyaga cya Kivu, na nkunganire Leta ishyira kuri serivisi zirimo imashini zuhira, ku bwishingizi bw'imyaka n'amatungo no ku nyongeramusaruro, bityo ko bakwiye kuyabyaza umusaruro bakava mu turere dufite ikibazo cy'ibiribwa.





























Umuganda Rusange ukorwa na buri munyarwanda mu rwego rwo kwishakira bimwe mu bisubizo nk’uko abanyarwanda babyiyemeje. Abaturarwanda bose n’inzego zinyuranye yaba iza Leta ndetse n’iz’abikorera, bitabira umuganda rusange. Ni muri urwo rwego CANAL+ yifatanyije n’abanya-Kicukiro mu muganda usoza ukwezi k’Ukwakira 2024.






Iyo rumaze kwambikana rero, usanga aribwo ba mpatsibihugu bagatangira gukanga no guha gasopo abafashe intwaro ngo birwaneho. Abo ' bapolisi b'isi'baba banga ko ibintu byajya ko ibintu byahinduka atari bo babigennye, ariko cyane cyane batinya ko abagaragu babo batakaza ubutegetsi, inyungu bari barinze zigahungabana.
Iyo umugaba mukuru wa RPA yumvira gasopo yari ahawe yo kudahirahira ngo afate Butare, n'ubu muri ako gace Interahamwe ziba zikivuga rikijyana, kuko nta na rimwe ibyo bihangange byari kuzabwira Kagame 'ngo noneho genda ufate Butare'.
birasa neza n'ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho bamwe mu bakongomani bari ku rugamba rwo guharanira uburenganzira bwabo. Iyo bamwe botsa igitutu M23 ngo nive mu birindiro yafashe, birengagiza ibihumbi amagana by' Abakongomani bavuga Ikinyarwanda, bamaze imyaka mu nkambi z'impunzi, nyuma yo kumeneshwa mu byabo n'abajenosideri ba FDLR, babifashijwemo na Leta ya Kongo.














