Category: Uncategorized

  • Imirambo y’abantu 180 yatahuwe mu byobo rusange muri Burkina Faso #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Burkina Faso : 180 cadavres découverts dans des fosses ...

    Muri Burkina Faso, imirambo y’abantu 180 yatahuwe mu byobo rusange mu mujyi wa Djibo, mu majyaruguru y’igihugu. Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch uvuga ko bashobora kuba barishwe n’abasilikali ba Leta.
    Mu cyegeranyo yashyize ahagaragara kuri uyu 08 Nyakanga 2020, Human Rights Watch ivuga ko, ikurikije iby’abaturage ba Djibo bayibwiye, abantu bishwe bose ni abagabo. Abenshi muri bo ni abo mu bwoko bubili: Fulani na Peul. Ni muri aya moko intagondwa zikura cyane cyane abarwanyi, nk’uko abaturage ba Djibo babisobanura.
    Bavuga ko imirambo yagiye ijugunywa ku mihanda minini, munsi y’amateme, mu mirima, no ku gasozi. Abaturage ni bo bayitoraguye, bayishyira mu byobo rusange, bahawe uruhushya n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’ingabo z’igihugu.
    Byabaye mu kwa gatatu n’ukwa kane uyu mwaka wa 2020. Bamwe mu batangabuhamya ba Human Rights Watch bemeza ko abishwe bose bari bafunze amaso n’ibitambaro. Amaboko yabo yari aboshye. Bafite ibikomere by’amasasu ku mutwe.
    Basobanura ko aho biciwe hagenzurwa n’ingabo za leta, kandi ko byabaye ari mu ijoro, mu gihe cy’amasaha y’umukwabu abuza abantu gusohoka. Umwanzuro wa Human Rights Watch nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, ugira uti: “Ibimenyetso byose byerekana ko abasilikali ba leta bafite uruhare mu iyicwa ry’aba baturage 180.”
    Irasaba guverinoma ya Burkina Faso gukora anketi zimbitse. Minisitiri w’ingabo za Burkina Faso, Cheriff Sy, yabwiye Human Rights Watch ko bagiye koko gukora anketi, ariko akanavuga ko abaturage bashobora kuba barishwe n’abo yise “imitwe y’iterabwoba ifite intwaro.” Ati: “Rubanda birabagora gutandukanya iyi mitwe n’ingabo z’igihugu, kubera ko yibye imyambaro n’ibindi bikoresho bya gisilikali bya leta”.
    Kuva mu 2017, igisilikali cya Burkina Faso gihanganye n’imitwe y’iterabwoba ishamikiye kuri a-Qaida na Leta ya Kislamu, irwana no mu baturanyi ba Niger na Mali. Intambara imaze guhitana abaturage ibihumbi. Yirukanye mu byabo abandi bagera kuri miliyoni muri Burkina Faso
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • Habonetse abarwayi ba Covid-19 bashya 22 biganjemo abo mu mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rigaragaza imbonerahamwe y’imibare y’uko icyorezo cyifashe mu masaha 24 ashize, rigaragaza ko hapimwe abantu 2,665 bagasangamo abarwayi b’iki cyorezo 22. Iyi mbonerahamwe, igaragaza kandi imibare itandukanye yaba abakize, abakirwaye, abapfuye n’ibipimo bimaze gufatwa.
    Dore uko iyi mbonerahamwe ibigaragaza;
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • Supersexy ahangayikishijwe n’ubwinshi bw’abagabo bakomeje kumwifuza #rwanda #RwOT

    By Twahirwa Emmy

    Umunyarwandakazi Supersexy ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko ku rubuga rwa instagram.

    Mu minsi ishize twababwiye ko Supersexy yatangiye gahunda yo gukora amashusho y’urukuzasoni mu kiswe onlyfans akaba yaranatangiye kwinjiza amafaranga menshi mu minsi mike yari atangiye kubikora. Birumvikana ko Supersexy yatangiye kubona umubare munini w’abagabo bamwandikira bashaka ko baryamana.

    Supersexy
    Supersexy abinyujije kuri story ya instagram yatangaje ko yatangiye kubona umubare munini w’abagabo bashaka kuryamana na we.

  • Afrobeat Superstar Tiwa Savage Returns With Brand New Single “DANGEROUS LOVE #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    Nigerian-born singer, songwriter and fashion icon TIWA SAVAGE – widely regarded as the ‘Queen of Afrobeats’ – releases her brand new single, “Dangerous Love,” via Motown Records. The song is the first official single taken from her long-awaited fourth studio album ‘CELIA’, aptly named after her mother. Listen to “Dangerous Love” HERE.
    Produced by Cracker Mallo and recorded in Tiwa’s home city of Lagos, Nigeria, “Dangerous Love” is the perfect blend of R&B and Afrobeats.
    With a powerful, enchanting chorus and silky ‘afro’ beat throughout, the mid-tempo record is a representation of Tiwa’s musical growth and preview to her upcoming project.
    “Dangerous Love is such a vibe! It’s a song that is basically about a girl who is dipping in and out of a ‘relationship’ with a guy that really doesn’t deserve her time or attention. She knows that he is bad for her but she gambling with her heart anyway.” Says Tiwa Savage. “I feel like every girl and maybe guys too can relate to this one.” 
    Savage’s fearlessness in combining various genres has paid off, earning her abundance of award wins and recognitions.
    In 2018 she made history by becoming the first female to win the MTV European Award for ‘Best African Act’. She has since earned four Channel O Music Video Awards nominations, five World Music Award nominations, MTV Africa Music, BET & MOBO Award nominations and many more.
    In 2019 she signed an exclusive recording contract with Universal Records and in September released her first global single titled ’49-99’ under Motown Records.
    In May, 2020, Tiwa Savage graced the cover of Billboard Magazine’s first issue devoted entirely to Africa alongside Afrobeat superstars Davido and Mr Eazi.
    Tiwa was born in Lagos, Nigeria, where she lived until the age of 11 when her parents decided to move to London.
    In her early days, like most families, she would attend church with her parents and soon developed a love for performing and relocated to London. At the age of 16, Tiwa found herself singing backing vocals for George Michael.
    As a result of that session, Tiwa quickly found further work over the years with the likes of Mary J. Blige, Kelly Clarkson, Emma Bunton and Blu Cantrell.
    Despite having already completed a degree in Business Administration at the University of Kent, she was focused to continue pursuing music and received a scholarship at the esteemed Berklee College of Music in Boston, Massachusetts.
    With her newfound strength to push forward with music, Tiwa moved from London to New York City and began taking meetings with various producers and industry professionals.
    Inspired and stimulated by the lack of true female superstars in her home country, she moved back to Nigeria.
    Savage has also been active in her philanthropic endeavors, supporting various youth engagement organizations and breast cancer screening projects across Nigeria and further afield.
    Tiwa also is very active in #JusticeForUwa, loudly voicing her disgust at the rape of a young girl in a church in Nigeria, and creating an instagram page @WeAreTiredNg where rape victims can speak out.
  • Umuhanzi N P yasohoye nyiramwiza atangazako gahunda Ari ugukora cyane #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Ndayambaje Jean paul uzwi ku izina rya N P yamamare atangazako kuri ubu yinjiranye muri muzika nyarwanda imbaraga zidasanzwe.

    Ibi NP yamamare yabidutangarije ubwo yaganiraga na hillywood atubwirako amaze gukora indirimbo nyinshi harimo izo ahuriyemo n’abandi bahanzi gusa kuri ubu akaba amaze gushyirahanze indirimbo ze zitandukanye nka iby’isi, coronavirus,nyiramwiza n’izindi nyinshi.

    N P watangiye gukora muzika mu mwaka wa 2012 Aho yari mu itsinda ryitwaga light byoys yakomeje adutangarizako nyuma yogukorana niri tsinda akabona bitagenda yabaye abishyize kuruhande abanza kwita kubijyanye n’umurimo w’Imana maze akora gospel aba muri korale.

    N P yagarutse muri muzika ye mu mwaka wa 2019 nyuma yaho Hari bagenzi be Bari babimusabye bitewe n’izina yaramaze kubaka mu karere ka rubavu arinaho akorera muzika ye.

    Kuri ubu nyuma yogukora indirimbo coronavirus igakundwa cyane n’ibitangazamakuru bitandukanye byamuteye imbaraga zo gusohora indirimbo yise nyiramwiza Ari nayo nshashya afite magingo Aya.

    NP yamamare ufite umwihariko wo kuririmba munjyana zose yaba hip hop cg R&b na afro beat kuri ubu intego Ni ukwemeza abakunzi be abakorera indirimbo zifite ireme.

    Reba hano nyiramwiza ya NP yamamare

    source https://www.hillywood.rw/?p=74769

  • Zambia: Irabona ubwiyongere bwa COVID-19, n’impfu. #rwanda #RwOT

    LUSAKA, 7 Nyakanga (Xinhua) – Zambia yatangaje ko abantu 324 banduye COVID-19 n’abapfuye 18 mu minsi 11 ishize, nk’uko minisiteri y’ubuzima yabitangaje ku wa kabiri.

    Ibi bituma umubare rusange w’abantu bagera ku 1.895 naho abapfuye bose bagera kuri 42.

    Mu gihe cyo kuvugurura COVID-19, Minisitiri w’ubuzima Chitalu Chilufya yavuze ko abantu bashya batoranijwe mu bizamini 8.435 byakozwe mu gihe umubare 153 w’abakira nawo wanditswe muri icyo gihe.

    Minisitiri wa Zambia yavuze ko kwiyongera kwa COVID-19 n’impfu ari ikimenyetso cy’uko abantu baruhutse mu kubahiriza ingamba zo gukumira zashyizweho ndetse no mu gihe cy’ubukonje.

    Ati: “COVID-19 ni impamo, ntabwo ari impimbano kandi byihutirwa mu buzima rusange. COVID-19 ntabwo ari ikindi gicurane gusa. Tugomba gukomeza gufatana urunana, dufatanya mu kurwanya.”

    Yavuze ko bibabaje kuba hari umunaniro mu baturage gukurikiza amabwiriza yo gukumira bikaviramo kwiyongera kwa COVID-19 ndetse n’impfu.

    Yagaragaje ko hazakomeza kwiyongera ku mbogamizi z’iteraniro rusange kubera ubwiyongere bwa COVID-19 ndetse n’impfu ziterwa no kutubahiriza ingamba z’imibereho. 

    source https://www.hillywood.rw/?p=74766

  • Dore ingingo 5 zizakwereka ko urukundo urimo n’umukunzi wawe ari urwa nyarwo. #rwanda #RwOT

    Dore ingingo 5 zizakwereka ko urukundo urimo n’umukunzi wawe ari urwa nyarwo.

    Nubwo akenshi urukundo rurangwa no kwizirikanaho ndetse rukanagira byinshi biteye urujijo, birimo uburyarya n’ibindi, Ariko hari ibyo ushobora gukora no kwitaho bikakugeza ku mahirwe mu rukundo rwawe.

    Ni byiza buriya ko umuhungu cyangwa umukobwa uri mu rukundo agomba kumenya hakiri kare ko urukundo arimo ari urwa nyarwo cyangwa uwo bakundana ari uwa nyawe kuri we, Kugirango bibarinde mwembi kuzababara kandi arimwe mwizize, Izi ni zimwe mu ngingo zizagufasha kumenya niba urukundo rwawe ari urwa nyarwo cyangwa umukunzi wawe agukwiriye:

    1.Itumanaho ryanyu: Buriya itumanaho icyangwa imivuganire no gushyikirana ku bakundana ni ikintu k’ingenzi cyane, byumwihariko iyo bigenda neza, Rero igihe ubona iyi ngingo itari kugenda neza mu bihe by’urukundo rwanyu bitewe n’umwe muri mwe ndetse nta mpamvu ifatika, Ni ikimenyetso ko umwe muri mwe asa nibeshya mu rukundo.

    2.Kuganiro kubyo mutumvikanaho: Niba mu rukundo rwanyu mujya mufata akanya nibura 3 mu cyumweru mukaganira ku ngingo zimwe na zimwe zijya zituma murakaranya kubwo kutazumva kimwe, Buri wese ni umwunganizi mwiza wa mugenzi we mu rukundo rwanyu ndetse hari amahirwe menshi ko urukundo rwanyu ruzaramba imyaka myinshi, Kuko ubwo ikibahuza kiba cyamaze kuruta ikibatanya.

    3.Kutarenzaho ku ngingo zibangamye: Kugira ikibazo ntiwihutire kubwira umwunganizi wawe mu rukundo, gukupa telefone no kujya kuryama ubabaye ariko utavuze ikikubabaje Si byiza kuko burya kuba isaha n’isaha watandukana n’umukunzi wawe hari byinshi bibyimbije umutima wawe byaba bibi kurushaho ndetse bishobora no kugutera ikibazo no mu mibereho yawe ya buri munsi nyuma y’urukundo.

    4.Kwiha agaciro: Kugirango urukundo urimo rukubere urwa nyarwo ndetse wari ukwiriye, Nuko wowe ubwawe utagomba kwitesha agaciro ku mwunganizi wawe mu rukundo, Kuko nta wundi wabona ushobora kuza kuguha ako gaciro utiha, Wituma ufatwa nk’umuntu w’agaciro gake kandi utabyifuza, Kuko nubyemera bizaba bibi cyane, Ikindi ntukwiye kwemera ko abantu bo hanze bagufata uko bishakiye kuko bizatuma n’umwunganizi wawe agufata uko.

    5.Imyanzuro itabangutse: Urukundo rwa nyarwo hagati ya babiri, Rurangwa no gufata imyanzuro yaganiriweho igihe gihagije, Byaba byiza hakanitabazwa bamwe mu bantu ba hafi banyu, Kugirango babafashe hatabayeho kwivumbura kuri umwe muri mwe, Kuko umukunzi nyawe ahangana n’ibibazo ahuriye nabyo mu rukundo. Urukundo nyarwo rugomba kugira abantu babiri bahuje umugambi ndetse no kwihangana, Iyo umwe ananiwe akabivamo, Ntiruba rukiro urukundo rwa nyarwo ndetse namwe ubwanyu ntimiba mwari mukwiranye.

    The post Dore ingingo 5 zizakwereka ko urukundo urimo n’umukunzi wawe ari urwa nyarwo. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/dore-ingingo-5-zizakwereka-ko-urukundo-urimo-numukunzi-wawe-ari-urwa-nyarwo/

  • Zimwe mu nzu z’ibyamamare bikomeye hano mu Rwanda (AMAFOTO). #rwanda #RwOT

    Abahanzi iyo baririmba turanezerwa cyane, abakinnyi batsinda ibitego tugafatikanya kubyishimira (celebration), nyamara ntitumenye aho ibi byamamare dukunda bitaha.

    Muri iyi nkuru, turakugezaho amafoto y’inyubako za bamwe mu bakinnyi mu mikino itandukanye, baba abakina hano mu Rwanda n’abakina hanze yarwo, ndetse n’amafoto y’inzu za bamwe mu bahanzi (abaririmbyi) b’Abanyarwanda.

    Inyinshi muri izo nyubako ntizubatse mu mujyi wa Kigali, bivuze koi bi byamamare bidakunda gutura rwagati mu mujyi, ahubwo byahisemo kwiturira mu nkengero cyangwa mu yindi mijyi yunganira uwa Kigali.

    Abakinnyi

    1. Umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame)

    Iyi ni yo nzu Bakame n
    Iyi ni yo nzu Bakame n’umuryango we babamo

    Uyu mugabo ukinira ikipe ya AS Kigali nk’umunyezamu, ari mu bakinnyi bafite inzu z’akataraboneka.

    Kwa Bakame
    Kwa Bakame

    Bakame kandi ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, akaba yaranakiniye andi makipe ya hano mu Rwanda nka Rayon Sports, APR FC, n’andi.

    2. Haruna Niyonzima

    Inyubako ya Haruna Niyonzima
    Inyubako ya Haruna Niyonzima

    Haruna Niyonzima, ubusanzwe ni muramu wa Bakame, kuko Bakame yashakanye na mushiki wa Haruna.

    Aba bombi batuye mu gace kamwe, ndetse inzu zabo ziregeranye. Haruna ubu akinira ikipe ya AS Kigali nk’umukinnyi ukina hagati. Ni umukinnyi kandi w’ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse akanayibera kapiteni (captain).

    Kwa Haruna Niyonzima
    Kwa Haruna Niyonzima

    Ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe y’igihugu Amavubi. Na we yamaze kuzuza inzu ye nziza hafi y’iya muramu we Bakame.

    3. Hakizimana Muhadjiri

    Inyubako ya Muhadjiri Hakizimana
    Inyubako ya Muhadjiri Hakizimana

    Hakizimana Muhadjiri, ubusanzwe we avukana na Haruna Niyonzima. Birumvikana ubwo na we ni muramu wa Bakame.

    Muhadjiri ubu umukinnyi mpuzamahanga, ukinira ikipe ya Emirates Football Club yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

    Kwa Muhadjiri
    Kwa Muhadjiri

    Uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inyubako y’akataraboneka hafi y’aho mukuru we Haruna Niyonzima na muramu we Bakame bubatse.

    4. Bizimana Djihad

    Inzu ya Djihad Bizimana
    Inzu ya Djihad Bizimana

    Bizimana Djihad, ni umukinnyi mpuzamahanga ukina mu bataha izamu mu ikipe ya Waasland-Beveren yo mu gihugu cy’u Bubiligi, yagiyemo avuye muri APR FC.

    Ubusanzwe ni mwishywa wa Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjiri, kuko aba ba bamubereye ba nyirarume kuko bavukana na nyina umubyara.

    Uyu musore ukinira n’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inzu y’agatangaza hafi y’aho babyara be (Haruna na Muhadjiri) ndetse na muramu we Bakame bubatse.

    5. Jacques Tuyisenge

    Inzu ya Jacques Tuyisenge
    Inzu ya Jacques Tuyisenge

    Uyu rutahizamu w’ikipe ya Petro Atletico de Luanda muri Angola, na we ni umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bamaze kuzuza inzu z’akataraboneka hano mu Rwanda.

    Tuyisenge ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi.

    6. Areruya Joseph

    Inyubako ya Areruya Joseph
    Inyubako ya Areruya Joseph

    Areruya Joseph ni umukinnyi w’umukino w’amagare wabigize umwuga. Yegukanye Tour du Rwanda yo muri 2017.

    Uretse gutwara Tour du Rwanda 2017, yatwaye Tour de l’Espoir 2018, na La Tropicale Amissa Bongo 2018, bimuhesha amahirwe yo kwerekeza mu ikipe ya Delko Marseille Province yo mu Bufaransa.

    Uyu musore na we ni umwe mu bakinnyi bafite inyubako nziza hano mu Rwanda.

    Abahanzi (Abaririmbyi)

    1. Ama G The Black

    Kwa Ama G The Black
    Kwa Ama G The Black

    Ama G The Black, ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bamaze kwiyubakira inzu zigezweho.

    Uyu mugabo aririmba injyana ya Hip Hop, akaba umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda.

    2. Butera Knowless na Ishimwe Clement

    Kwa Ishimwe Clement na Butera Knowless
    Kwa Ishimwe Clement na Butera Knowless

    Uyu muryango w’abahanzi (umuririmbyi n’utunganya imiziki- producer), na wo utaha mu nyubako nziza cyane.

    3. Platini (Dream Boys)

    Inyubako ya Platini wo muri Dream Boys

    Inyubako ya Platini wo muri Dream Boys

    Nemeye Platini ubarizwa mu itsinda rya Dream Boys, na we ni umwe mu bafite inzu nziza. N’ubwo itaruzura neza, ariko bigaragarira amaso ko izaba ari inzu y’igitangaza.

    4. TMC (Dream Boys)

    Inyubako ya TMC
    Inyubako ya TMC

    Mujyanama Claude uzwi nka TMC, na we abarizwa mu itsinda rya Dream Boys, akaba na we ari umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.

    Inzu ye yegeranye neza n’iya mugenzi we babana mu itsinda rya Dream Boys

    5. Tom Close

    Kwa Tom Close
    Kwa Tom Close

    Dr. Muyombo Thomas uzwi ku izina rya Tom Close muri muzika, na we ni umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.

    The post Zimwe mu nzu z’ibyamamare bikomeye hano mu Rwanda (AMAFOTO). appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/zimwe-mu-nzu-zibyamamare-bikomeye-hano-mu-rwanda-amafoto/

  • UGANDA: Umusaza w’imyaka 40 yapfuye azize inzara. #rwanda #RwOT

    Abatuye mu mudugudu wa Soweto mu mujyi wa Jinja barumiwe nyuma yuko umwe muri bo, John Ochieng w’imyaka 40 yapfuye azize inzara nyuma yo kuvugwa ko yaramaze ibyumweru bibiri nta biryo. 

    Nk’uko abaturanyi ba Ochieng babitangaza. Uyu nyakwigendera yatakaje akazi muri Mata 2020 yitabaza gusabiriza ibiryo kugira ngo abeho, ariko ntibashoboye gukora byinshi kuko nabo baharanira kugaburira imiryango yabo.

    Ochieng yababajwe n’ubuzima maze yiyemeza kwifungirana mu cyumba yakodeshaga ku ya 24 Kamena 2020 kugeza uyu munsi mu gitondo ubwo yavugaga ko yapfuye. 

    Abaturage bavuga ko bamenye iby’urupfu rwe babonye isazi zo mu rugo zikikije urugi maze bahitamo kwinjira, ariko bakirwa n’amashusho ateye ubwoba.

    Uwapfuye ngo yari amaze iminsi adafite ibiryo kuko yabuze amafaranga arambye yo kwibeshaho. Yari yitabaje gukora mu mirima yigenga aho yakoreraga Shillings 1000 buri munsi. 

    Ochieng yahagaritswe igihe nyir’imirima yabuze amafaranga yo kumwishura.      

    Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Soweto, David Kitamirike, ngo muri ako karere hari abashakanye barenga 500 birukanwe mu nganda zitandukanye bavuga ko ibibazo by’amafaranga byatewe no gufunga. 

    Umukozi ushinzwe sitasiyo ya Polisi ishinzwe umutekano wa Walukuba, Mohammed Ssebuliba, avuga ko kuri sitasiyo havuzwe ikibazo cy’urupfu rutunguranye kandi abapolisi bagenzura aho icyaha cyakorewe ariko abagize umuryango bababuza gukora postmortem ku mpamvu zabo bwite.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74762