Category: Uncategorized

  • Nta dini na rimwe ridafite abashumba, abasenyeri n'abakilisitu babaye abajenosideri- Minisitiri Dr Bizimana – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Dr Jean Damscene Bizimana yabitangaje ku wa 13 Kamena 2026, ubwo yifatanyaga n’Itorero Presbyterienne mu Rwanda (EPR) n’abaturage b’Akarere ka Karongi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, ku Rwibutso rwa Kirinda.

    Tariki 14 Mata 1994, mu Bitaro bya Kirinda no mu Ishuri ry’Ubuforomo n’Ubuforomokazi bituranye, hiciwe Abatutsi bari bahahungiye, barahatikirira harokoka umwe gusa. Abishwe bose baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo.

    Dr Bizimana yagaragaje ko yarebye amatangazo amadini yagiye yandika muri Jenoside yakorewe Abatutsi hagati, akabona inyandiko yanditswe n’Abasenyeri bane n’Abashumba b’Abaporotestanti umunani, muri Gicurasi 1994 ubwo bari bahuye ngo barebe uko ubwicanyi bwahagarara mu Rwanda, bakora itangazo ribabaje, rihunga Jenoside yari iri gukorerwa Abatutsi.

    Ati ‘Inyito Jenoside barayihunze. Baravuga ngo hari kwicana ku mpande zombi, kandi bagahamagarira FPR guhagarika intambara, ngo nihagarika intambara ingabo za Leta zizatunganya umutekano w’Abanyarwanda. Izo ngabo za Leta ni zo zarimburaga Abatutsi, ni zo zayoborwaga na Serubuga Laurent Perezida Habyarimana yohereje ku Kabaya mu 1992 ari hamwe na Leon Mugesera, Mugesera akajya kuvuga ko Abatutsi bazakegetwa amajosi bagatabwa muri Nyabarongo.”

    Dr Bizimana yahamije ko amadini yose yagize abantu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu buyobozi n’abayoboke basanzwe.

    Ati ‘Nta dini na rimwe ridafite abayobozi, abari abashumba, abasenyeri n’abakilisitu, babaye abajenosideri. Aho harimo ikibazo kinini.’

    I Kirinda ahabereye igikorwa cyo kwibuka nta mibiri y’Abatutsi ihari ndetse harokokeye umuntu umwe gusa. Minisitiri Bizimana yavuze ko kwica abantu babakaroha mu mazi byakozwe kuva mu 1959.

    Ati “Kuroha Abatutsi muri Nyabarongo mu 1994 ntabwo byari bishya, uburyo bwose bwakoreshejwe mu kwica mu 1994 bwari bwakoreshejwe na mbere kuva mu 1959. Babataga mu migezi babanje kubatema.”

    “Aha ku Kirinda hari umwihariko wo kuba twibuka Abatutsi imibiri yabo ikaba idahari. Ahandi henshi twibukira haba hari imibiri ihashyinguye, ariko aha ntihari kuko yajugunywe muri Nyabarongo. No mu bwicanyi bwo mu 1963 Abatutsi baratemwe bajugunywa muri Nyabarongo no mu yindi migezi.”

    Yasabye abayobozi b’amadini n’amatorero kuvana isomo mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bakareba icyerekezo gikwiye umuntu bakumva ko abakoze ibibi batari mu mateka yahise gusa kuko ingengabitekerezo ya jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi bigihari no mu banyamadini no mu banyamatorero.

    Ati ‘Ibi rero buri wese akwiye kuvanamo isomo ryo kuba Umunyarwanda mushya.”

    Minisitiri Dr Bizimana yavuze ko abayobozi b’amadini bakwiye kuvana isomo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nta-dini-na-rimwe-ridafite-abashumba-abasenyeri-n-abakilisitu-babaye

  • Fidele Kajugiro Sebarinda yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Urupfu rwa Kajugiro rwamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026.

    Amakuru IGIHE yakuye ku bantu ba hafi bo mu muryango we, bemeje ko yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nyuma yo kujyanwa kwa muganga. Bavuze ko kandi kuva mu mwaka ushize yatangiye kurwara cyane, aho rimwe na rimwe yajyaga ajyanwa kwa muganga akavurwa agataha.

    Marcel Rutagarama wakoranye na Fidele Kajugiro Sebarinda mu yahoze ari ORINFOR yabwiye IGIHE yari umugabo w’umukozi, ukunda akazi kandi uzi kubana na benshi. Yavuze ko ari we muntu wamwakiriye ageze muri iki kigo bituma baba inshuti kugeza aho anahaye umwana we nyakwigendera amubyara muri batisimu.

    Ati ‘Fidele Kajugiro Sebarinda namumenye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari mu itangazamakuru njye ntari narizamo, icyo gihe yakundaga kwitabira imikino ya Volleyball cyane. Ngeze muri ORINFOR mu 2001 yanyakiranye yombi ari nacyo kitazigera kimva mu mutwe, ananyereka uko bakora umwuga cyane cyane siporo kuko ariyo narimaze kujyamo, yari umugabo wakundaga gukora akazi kugeza ibintu bigenze neza.”

    Marcel Rutagarama yavuze ko Fidele Kajugiro Sebarinda asize umurage wo gukunda akazi, kukitangira adategereje igihembo asaba n’abandi bantu gukomeza uwo murajye kuko ari wo wakunze kumuranga cyane.

    Ati ‘Adusigiye umurage ukomeye cyane wo gukunda akazi no kukitangira udategereje igihembo, iyo mwabaga muganira nicyo kintu yakubwiraga. Yari umuntu mwiza ubana n’abantu bose, akagira impano yo kuvuga make kandi bikagendana no gusabana ni nawo murajye twese adusigiye.”

    Fidele Kajugiro Sebarinda nyuma yo kuva mu yahoze ari ORINFOR yagiye gukorera Komite Olempike. Uyu mugabo asize umugore n’umwana umwe akaba yarareze abandi bana benshi bo mu muryango we bari basigaye ari imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Fidele Kajugiro Sebarinda yitabye Imana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/fidele-kajugiro-sebarinda-yitabye-imana

  • Kurwanya ingengabitekerezo bikwiye guhera mu muryango – Felix Nkundimana wa Jali Group – #rwanda #RwOT

    Yabivuze ku wa 12 Kamena 2026, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo abakozi b’iki kigo bajyaga gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

    Abakozi ba Jali Group Ltd basuye uru rwibutso ndetse basobanurirwa amateka arugize, berekwa ubibi bwa Jenoside, ubukana yakoranywe n’ibimenyetso byabyo.

    Nkundimana yagaragaje ko nk’ikigo gifite abakozi benshi bakiri urubyiruko bakora ibi bikorwa byo kwibuka buri mwaka kugira ngo bigire ku mateka ndetse bahore bibuka inshingano bafite nk’urubyiruko zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Ati ‘Hafi 95% by’abakozi bacu ni urubyiruko. Buri mwaka rero tugira ibikorwa nk’ibi byo gusura inzibutso zitandukanye mu gihugu aho tuzana abakozi bacu bose kuko n’ubwo atari ubwa mbere tuba tugiye gusura nka hano ariko duteganya ko dufitemo n’abakozi bashya kandi bose bagomba kumenya amateka.’

    Akomeza agaragaza ko kurwanya ingengabitekerezo bikwiye guhera mu muryango kuko ariho umuntu yigira byinshi.

    Ati ‘Ingengabitekerezo ni ikintu kinini cyane ariko ahantu tubona yagakwiye guhera yirindwa ni mu muryango. Mbere y’uko tuza mu kazi mbere y’uko urubyiruko rugira aho ruhurira nk’urubyiruko kuyirinda byagakwiye guhera mu miryango kuko n’abayigira bayigira ku bantu bakuze kandi bo mu miryango yabo. Dusanga rero dukwiye guhera mu miryango tuyirwanya noneho nyuma natwe mu kazi tugashyiraho akacu.’

    Simbi Jolie Vivine ukora muri Jali Group Ltd yagaraje ko kimwe mu bintu yigiye mu gusura uru rwibutso ari uko urubyiruko rushyize hamwe rwagera kuri byinshi birimo no gufatanya mu kurwanya ingebitekerezo.

    Ati ‘Tugomba kugira umuco w’ubumwe no gufatanya tukirinda amacakubiri kuko buri kintu cyose ukoze kigira ingaruka. Nuremamo abantu amacakubiri bizagira ingaruka nk’izo igihugu cyacu cyagize ariko n’ubaremamo urukundo bazafatanya mu kubaka igihugu.’

    Nyuma yo gusura urwibutso bunamiye ndetse bashyira indabo ku mva zishyinguyemo imibiri irenga ibihumbi 250 ishyinguye kuri uru rwibutso.

    Abakozi ba Jali Group Ltd basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi basobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Abakozi ba Jali Group Ltd bunamiye imibiri irenga 250 ishyinguye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi

    Simbi Jolie Vivine yagaragaje ko nk’urubyiruko bakwiye kugira umuco w’ubumwe no gufatanya kurwanya ingengabiterezo ya Jenoside

    Umuyobozi Mukuru wa Jali Group Ltd Felix Nkundimana, yagaragaje ko kurwanya ingengabitekerezo bikwiye guhera mu muryango bigakomereza ahandi abantu bahurira

    Abakozi ba Jali Group Ltd bashyize indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Abakozi ba Jali Group Ltd biyemeje kurwanya ingebitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kurwanya-ingengabitekerezo-bikwiye-guhera-mu-muryango-felix-nkundimana-wa-jali

  • Kwibuka32: Abakozi ba Ameki Color basabwe gusigasira amateka no guhangana n'ababiba urwango – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 13 Kamena 2026, ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

    Aba bakozi ba Ameki Color basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, uko yateguwe, n’uburyo yashyizwe mu bikorwa, inzirakarengane zirenga miliyoni zikahasiga ubuzima mu minsi 100 gusa, nyuma basura ibice bitandukanye bigize urwibutso rwa Kigali.

    Nyuma yo gusobanurirwa amateka, abakozi ba Ameki Color, bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri irenga ibihumbi 250.

    Umuyobozi Mukuru wa Ameki Color, Rusirare Jacques yavuze ko kera, Abanyarwanda bari babanye mu mahoro ariko abazungu baje mu gihugu ibintu bitangira kuzamba kuko bari bafite intego yo kubategeka no kubabibamo amacakubiri bijyana n’urwango.

    Yagize ati ‘Rubyiruko muzirinde ikintu cyose cyabiba amacakubiri, umwiryane hagati yanyu, muhaguruke murwanye abakomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ahanini bifashisha imbuga nkoranyambaga, rero kuko ari mwe muzikoresha cyane nimubasubize mubabwiza ukuri.’

    Yasabye urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga bahangana n’abashaka gusubiza iguhugu inyuma, arushishikariza gukomeza gusigasira amateka.

    Umukozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Ndayisaba Innocent yavuze ko Abanyarwanda bafite inshingano zikomeye zo kurinda amateka y’igihugu, agaragaza ko n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ribisobanura neza ko ‘Abanyarwanda bazakomeza kwibuka igihe cyose.’

    Yasabye abakozi ba Ameki Color kwirinda amacakubiri ayo ari yo yose yababibwamo, ahubwo abashishikariza gukora cyane kugira ngo biteze imbere.

    Aba bakozi ba Ameki Color basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, uko yateguwe, n’uburyo yashyizwe mu bikorwa

    Umukozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Ndayisaba Innocent yavuze ko Abanyarwanda bafite inshingano zikomeye zo kurinda amateka y’igihugu

    Umuyobozi mukuru wa Ameki Color, Rusirare Jacques, yasabye urubyiruko gukoresha imbugankoranyambaga bahangana n’abashaka gusubiza iguhugu inyuma

    Abakozi ba Ameki Color, bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri irenga ibihumbi 250 y’inzirakarengane ziruhukiye muri uru rwibutso.

    Abakozi barimo n’urubyiruko bakora muri Ameki Color basabwe gukomeza gusigasira amateka no guhangana n’ababiba urwango


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kwibuka32-abakozi-ba-ameki-color-basabwe-gusigasira-amateka-no-guhangana-n

  • UTAB yateye inkunga imiryango yarokotse Jenoside – #rwanda #RwOT

    Iki gikorwa cyabaye ku wa 12 Kamena 2026, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata, aho abayobozi n’abakozi b’iyi kaminuza bari bagiye kunamira inzirakarengane zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata.

    Imiryango yafashijwe ni uwa Nzabandora Albert wagabiwe inka ihaka, ndetse uhabwa n’ibindi byose biyiherekeza birimo ubwishingzi bw’umwaka, ibikoreshwa mu kwahira n’indobo izamufasha mu kuhira.

    Undi muryango ni uwa Usanase Antoinette wahawe ibiryamirwa birimo matola, amashuka, ibiringiti n’ibiribwa bizamufasha mu mibereho ye ya buri munsi. Yahawe n’ubufasha bwo kwiga umwuga wo kudoda, aho azahabwa imashini idoda nyuma amaze kubimenya.

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, yavuze ko iki gikorwa kigamije kwigisha abana kwirinda ibikorwa byose bishobora gutuma amateka yisubiramo n’ibitanya abantu.

    Yagize ati ‘iyo bamaze kumenya ububi bwa Jenoside, ikintu cy’ingenzi ni aho ishobora kugeza umuntu, aho yerekeje u Rwanda. Ni ukuyirinda ndetse n’ibiganisha kuri Jenoside, ibitanya abantu n’ibyica ubumwe.’

    Yakomeje avuga ko icyo bagamije ari ukurema Umunyarwanda mushya mu bana wujuje indangagaciro z’umuntu wa nyuma ya Jenoside.

    Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Bugesera, Bankundiye Chantal, yibukije abanyeshuri biga muri iyi kaminuza ko iyo bababonye urubyiruko bagira ibyiringiro ko Jenoside itazongera kubaho ukundi ndetse ko byongera kubomora ibikomere.

    Ati ‘ubwo turwana n’ingengabitekerezo ya Jenoside, turwana n’abahakana bakanayipfobya bavuga ko nta Jenoside yigeze ibaho, ariko iyo dufite abana bato nka mwe tubona imbere yacu byongera komora imitima yacu, tukavuga ngo uko byagenda kose twararokotse ntabwo Jenoside izongera kubaho ukundi.’

    Akarere ka Bugesera ni kamwe mu turere twagize amateka akomeye, aho Jenoside yatangiye gutegurwa kuva mu 1959. Mu Rwibutso rwa Nyamata honyine hashyinguwe imibiri irenga ibihumbi 45 y’Abatutsi bari bagerageje guhungira mu bice bitandukanye.

    Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya UTAB beretswe amwe mu mateka ari mu Rwibutso rwa Nyamata

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert, yunamiye abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Bugesera, Bankundiye Chantal, yashimiye uruhare rw’urubyiruko mu komora abarokotse Jenoside

    Nzabandora Albert yorojwe inka ihaka, ndetse ahabwa n’ibikoresho byifashishwa mu bworozi

    Usanase Antoinette yahawe inkunga irimo ibiryamirwa ndetse n’ibiribwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/utab-yateye-inkunga-imiryango-yarokotse-jenoside

  • Abakozi ba Umutanguha Finance Company Plc basuye Urwibutso rwa Ntarama, biyemeza gusigasira amateka – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 11 Kamena 2026. Abayobozi n’abakozi ba Umutanguha Finance Company PLC basobanuriwe amateka y’u Rwanda ndetse n’ayagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Hagarutswe no ku mateka yaranze Akarere ka Bugesera mbere ya Jenoside no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Aka Karere kari kamwe mu duce twari twaratoranyirijwe gutoterezwamo Abatutsi aho bajyanwaga kugira ngo bazicwe n’inzara ndetse n’icyorezo cyaterwaga n’isazi ya Tsetse.

    Babwiwe kandi uburyo Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Ntarama bishwe urw’agashinyaguro, bikozwe n’Interahamwe.

    Visi Perezida w’Inama y’Ubutegetsi mu Kigo cy’Imari Umutanguha Finance Company PLC, Anastase Mbabajende yabwiye abakozi b’iki kigo ko kwibuka ari igikorwa cyo guha agaciro Abatutsi bishwe bazira uko bavutse.

    Yakomeje avuga ko bategura igikorwa cyo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kubungabunga amateka.

    Ati ‘Ni igikorwa gituma tubungabunga amateka y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.’

    Yibukije abakora muri iki kigo biganjemo urubyiruko kurwanya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kwifashisha imbuga nkoranyambaga mu guhangana n’ibyo bikorwa bibi bigayitse.

    Ati ‘Ndasaba urubyiruko ndetse n’abandi bakozi bakora mu Umutanguha kwifashisha imbuga nkoranyambaga mu kurwanya abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi bakunze kuzifashisha.’

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc, Muhawenimana Noheli, yavuze ko iki kigo cyasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama kuko gifite abakozi barimo urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside.

    Ati ‘Dutegura iki gikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo abakozi bacu biganjemo urubyiruko barusheho gusobanukirwa amateka yayo ndetse n’urugendo rw’iterambere n’ubwiyunge igihugu cyacu cyanyuzemo.’

    Yavuze ko bishimira ko mu gihe cy’imyaka 20 bamaze bakorera mu Rwanda, umutekano n’ubumwe birangwa mu Abanyarwanda bigira uruhare mu gutuma bakomeza gutanga serivisi nziza z’imari ku babagana.

    Ati ‘Mu kigo cyacu cya Umutanguha Finance Plc twemera ko gukwirakwiza serivisi z’imari n’iterambere ry’ubukungu bidashoboka hatabayeho ubumwe n’umutekano mu gihugu. Iki gikorwa cyabaye umwanya wo kongera kwiyemeza indangagaciro z’icyubahiro, impuhwe, ubunyangamugayo n’ubumwe ziyobora ikigo n’abaturage gikorera.’

    Urwibutso rwa Ntarama rushyinguyemo imibiri isaga 5.000 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umubare munini ni uw’abiciwe muri Kiliziya ya Ntarama.

    Kagabo Antoine ukora muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu niwe wabasobanuriye amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Visi Perezida w’Inama y’Ubutegetsi mu Kigo cy’Imari Umutanguha Finance Company PLC, Anastase Mbabajende yasabye abakora muri iki kigo kurwanya abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

    Basuye Urwibutso rwa Jenoside bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama

    Abakozi ba Umutanguha Finance Plc bashyira indabo ahashyinguye imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994

    Abayobozi n’abakozi b’Ikigo cy’Imari, Umutanguha Finance Company PLC basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, biyemeza gusigasira amateka

    Visi Perezida w’Inama y’Ubutegetsi mu Kigo cy’Imari Umutanguha Finance Company PLC, Anastase Mbabajende ashyira indabo ku mva

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’imari Umutanguha Finance Company Plc, Muhawenimana Noheli yashyize indabo aharukiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku Rwibutso rwa Ntarama

    Umuyobozi Mukuru wa Umutanguha Finance Company Plc, Muhawenimana Noheli asinya mu gitabo cy’abashyitsi basura Urwibutso rwa Ntarama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-umutanguha-finance-company-plc-basuye-urwibutso-rwa-ntarama-biyemeza

  • Mutabazi Sabine witabiriye Miss Rwanda yambitswe impeta ya fiançailles (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Mutabazi Isingizwe Sabine witabiriye Miss Rwanda mu 2022, yambitswe impeta ya fiançailles na Kevin Musemakweli bamaze igihe bakundana.

    Mutabazi Sabine yagaragaje amarangamutima ye nyuma yo gutera intambwe ikomeye mu buzima bwe kandi yiteguye kuzamarana igihe basigaje ku Isi.

    Ati ‘Nishimiye cyane imigisha yose Imana yasutse ku buzima bwanjye. Uri umuntu uryoheye umutima kurusha abandi. Nishimiye kuzamarana nawe ubuzima bwose mu murimo w’Imana, kubaka urugo rushingiye ku bwami bw’Imana ni cyo cyubahiro gikomeye kuruta ibindi nzagira. Imana idufashe guhora tuyiyeguriye byuzuye. Ndagukunda, kandi nkunda Umwami waduhuje.’

    Muri Miss Rwanda 2022, Mutabazi Sabine yaje muri batanu ba mbere ariko ntiyagira amahirwe yo kugera muri batatu ba nyuma, yari ahagarariye Umujyi wa Kigali, yinjiye mu irushanwa afite umushinga wo gukangurira urubyiruko kwihugura mu bijyanye n’ubutabazi bw’ibanze. Yifuzaga ubufatanye na ‘Croix Rouge’.

    Miss Sabine yambitswe impeta ya fiançailles

    Source : http://isimbi.rw/mutabazi-sabine-witabiriye-miss-rwanda-yambitswe-impeta-ya-fiancailles-amafoto.html

  • Amajyepfo: Abagore bahawe miliyari 3 Frw yo kwiteza imbere – #rwanda #RwOT

    BRAC ni umuryango washinzwe mu 1972 muri Bangladesh, ugamije guteza imbere abari mu bibazo, ukaba warashinzwe n’Umunya-Bangladesh, Fazle Hasan Abed, nyuma ugera mu Rwanda mu 2019.

    Ni umuryango ufite igice cy’ikigo cy’imari iciriritse mu Rwanda gifite amashami 34 mu gihugu hose (BRAC Rwanda Microfinance Company PCL), ndetse n’ikindi cy’umuryango utari uwa Leta, cyatangiye ibikorwa mu 2023, ari nacyo kigaragara kenshi mu bikorwa byo kurengera umugore, kumuzamurira ubushobozi n’imibereho.

    BRAC igaragaza ko bimwe mu bikorwa bakoze birimo gufasha abana gusubira kwiga, aho mu 2025/2026, abarenga 5000 bafashijwe kwiga ndetse banafashwa gutangira imyuga iciriritse. Hafashijwe kandi abagore barenga ibihumbi 10 gutekereza byagutse kugira ngo bige umwuga batangira gukora wabafasha kwiteza imbere bikajyana n’amasomo ahabwa abashakanye agamije gukemura amakimbirane, mu muryango.

    Kugeza ubu BRAC imaze gusoza ibyiciro bitatu ndetse, kuri ubu yatangiye ikiciro cya kane mu ntangiriro za Kamena 2026 kikaba kigizwe n’abantu 8750 bazahugurwa ku kwiteza imbere no kurushaho gukemura amakimbirane mu muryango nyuma bagafashwa gukora imyuga ibateza imbere.

    kuva tariki ya 10-11 Kamena 2026, MIGEPROF n’abafatanyabikorwa bayo bakora ibikorwa bigamije guteza imbere uburinganire no kongerera abagore ubushobozi, GEWE (Gender & Women Empowerment Subcluster) basuye ibikorwa bya bamwe mu bakorera mu turere twa Nyanza na Huye birimo na BRAC, hagamijwe kwigiranaho no guhuza ibitekerezo n’imbaraga bigamije iterambere ry’abaturage.

    Umwe mu bafashijwe na BRAC, Nyampinga Claudine utuye mu Mudugudu wa Mugari mu Kagari ka Nyundo mu Murenge wa Muyira, Akarere ka Nyanza, yashimiye BRAC kubw’uruhare yagize mu buzima bwe n’ubw’umuryango we, agaragaza ko kugeza ubu nta makimbirane akirangwa mu rugo rwe ndetse ko kuri ubu bafashanya mu kwiteza imbere.

    Ati ‘Nyewe n’umugabo wanjye twari twarabaye iciro ry’imigani ritewe n’amakimbirane adashira. Rero Ndashimira BRAC kuko yamfashije guhindura imyumvire, urugo rwanjye ruva mu makimbirane n’ubukene, ubu nkora ubucuruzi n’ubworozi, ndetse ntanga akazi ku baturanyi banjye.’

    Nyampinga yavuze ko kugeza ubu mu mwuga w’ubucuruzi akora BRAC ariyo yamuhaye igishoro cy’ibihumbi 239 Frw ndetse kuri ubu yinjiza miliyoni 3 Frw mu gihe cy’imyaka ibiri ndetse abasha gufatanya n’umugabo mu gutezimbere umuryango.

    Hasuwe kandi abahinzi b’ikawa bibumbiye mu makoperative atandukanye afashwa n’umushinga wa Sustainable Growers mu Murenge wa Rusatira, Akarere ka Huye mu rwego rwo kugaragaza uruhare rw’umugore mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.

    Umwe mu bagize koperative Abahuzamugambi, Mukanyandwi Yvette, ni umuhinzi w’ikawa, mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye. Avuga ko amaze imyaka 15 ayihinga, ndetse kugeza ubu akaba asarura toni ebyiri.

    Ati ‘Natangiye mpinga ikawa ibiti 200 ariko nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umushinga wa ‘Sustainable Growers’ ngeze kuri 1200 kandi nsarura nibura toni ebyiri. Ubu rwose nanjye iterambere ryangezeho kandi sinshobora kubura miliyoni 1,2 Frw ku mwaka.

    Umuyobozi Mukuru muri MIGEPROF ushinzwe guteza imbere uburinganire no kongerera abagore ubushobozi, Ngayaboshya Silas, yasabye BRAC gukoresha ikoranabuhanga mu byo bakora kugira ngo bihutishe akazi no kurushaho gufatanya kugira ngo bagere ku ntego.

    MIGEPROF ishimangira ko izakomeza gushyigikira uburinganire n’iterambere ry’abagore, inashimira abafatanyabikorwa ba GEWE nkab’ingenzi mu guteza imbere gahunda z’igihugu no gufasha abagore n’abakobwa kugera ku bushobozi bwabo bwose.

    Nyampinga wafashijwe na BRAC yavuze ko ubu nta makimbirane akirangwa iwe kandi we n’umugabo we biteje imbere

    MIGEPROF igaragaza ko izakomeza gufatanya n’abafatanyabikorwa mu gukomeza gushyigikira uburinganire n’iterambere ry’abagore

    Hasuwe kandi abahinzi b’ikawa bibumbiye mu makoperative atandukanye afashwa n’umushinga wa Sustainable Growers

    Mu myaka itatu, umuryango wa BRAC watanze agera miliyari 3 Frw yo gufasha abagore


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amajyepfo-abagore-bahawe-miliyari-3-frw-yo-kwiteza-imbere

  • Perezida Kagame yahembye ba ofisiye bakuru bahize abandi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabwiye abarangije amahugurwa ko icyizere Ingabo z’u Rwanda zigirirwa n’Abanyarwanda ndetse n’abafatanyabikorwa kitapfuye kwizana ahubwo cyubatswe imyaka myinshi binyuze mu gutanga serivisi z’ubwitange, ikinyabupfura n’ubunyamwuga. Yasabye abarangije amahugurwa, gukomeza kubyubakiraho.

    Perezida Kagame yabitangaje ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amahugurwa y’ibyumweru 46 yahabwaga ba ofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College].

    Abahawe amahugurwa bakomoka mu bihugu birimo u Rwanda, Bénin, Botswana, Burkina Faso, , Ethiopia, Ghana, Guinée, Kenya, Malawi, Mali, Niger, Nigeria, Sénégal, Somalia, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia na Jordanie.

    Abahembwe ni Umunya-Ghana, Umunya-Kenya na Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda ari na we wahize abandi bose.

    Perezida Kagame yasabye aba basirikare kugira intego ari na yo ndangagaciro yafashije Ingabo z’u Rwanda kuba zizerwa n’abaturage kugeza ubu.

    Perezida Kagame yashimiye abofisiye basoje amahugurwa, agaragaza ko nubwo bageze muri iri shuri bafite ubumenyi nk’abanyamwuga ubu babonye ubumenyi bwisumbuyeho.

    Ati ‘Mwaje hano muri inzobere zifite inararibonye none mugiye kugenda mufite ubumenyi bwagutse […] n’inshingano zisumbuye.’

    Umukuru w’Igihugu yashimiye inshuti n’abo mu miryango y’abarangije amahugurwa, kuko basangiye umutwaro wo gutanga serivisi za gisirikare.

    Perezida Kagame kandi yashimiye ubuyobozi bwa RDF bwakomeje gukora iyo bwabaga kugira ngo iri shuri ribe rifite ibikoresho byo ku rwego rwo hejuru birifasha gutanga amahugurwa y’icyitegererezo.

    Ati ‘Iyo ba ofisiye batorejwe hamwe bahurira mu bikorwa bitandukanye, mu biganiro by’Akarere cyangwa mu bihe by’amage, baba bafite imyumvire yimakaza ubufatanye.’

    Perezida Kagame yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo akarishye ubushobozi bw’abayitabiriye bwo guhangana n’ibibazo bikomeye rimwe na rimwe biba bifatwa nk’ibidashoboka.

    Yagagaragaje ko mu gihe inshingano z’abahawe amahugurwa ziyongera, bakwiriye kugira imyitwarire ifata ibyemezo byitondewe cyane ko uko inshingano ziyongera n’ingaruka z’ibyemezo bafata ziyongera.

    Ati ‘Uburyo bwiza bwo gufata ibyemezo bwubakwa binyuze mu bunararibonye, ubufatanye no kwicisha bugufi abantu bakigira ku makosa no kuyakosora.’

    Perezida Kagame kandi yasabye abarangije amahugurwa kugira intego, zituruka ku kumenya ibyo baharanira.

    Ati ‘Ku Rwanda, iyo ntego ishingiye ku kurinda abaturage bacu n’ubusugire ari na ko dukomeza kwihutisha iterambere ry’igihugu cyacu.’

    Umukuru w’Igihugu yavuze ikibazo aba bahuguwe basigaranye kitari ukuyobora ahubwo ari uburyo bayoboramo, ko iyi myitwarire ikwiriye kubaranga ndetse igatezwa imbere umunsi ku wundi.

    Ati ‘Aho RDF igeze ubu ntabwo byapfuye kwizana. Byubatswe mu myaka myinshi binyuze mu gutanga serivisi z’ubwitange, ikinyabupfura n’ubunyamwuga. Ibi ni byo byagejeje ku cyizere igirirwa n’abaturage bacu n’icy’abafatanyabikorwa bacu b’aho ingabo zacu zikorera. Izo nshingano na mwe zirabareba.’

    Perezida Kagame kandi yeretse abarangije amahugurwa ko inzego bakoreramo zizakomeza gutera imbere zijyana n’ikoranabuhanga rigezweho ariko n’imbogamizi ziyongera.

    Ati ‘Amahitamo mukora mufata ubu, azagira uruhare bitari mu bikorwa gusa, ahubwo mu muco, urwego ibintu bikorwaho n’imikorere inoze by’ibigo byabizeye.’

    Perezida Kagame yasabye aba banyeshuri gukomeza gukorana ubunyangamugayo, ndetse bagakomeza kwiga no gutera imbere.

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Didas Kayihura Muganga, nyuma yo gutanga impamyabumenyi, yasabye abasirikare bakuru gukoresha amasomo bahawe
    kugira uruhare mu gukemura imbogamizi zishobora gukoma mu nkokora umutekano n’iterambere by’ibihugu baturukamo.

    Ati ‘Mu gihe mu giye gusubira mu bihugu byanyu, muzakoreshe ubumenyi mwahawe n’ubunyamwuga mwubakiye aha. Muzabikoreshe mu guteza imbere amahoro, umutekano n’imiyoborere myiza mu bihugu byanyu.’

    Umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College] Brig Gen Andrew Nyamvumba, yagaragaje ko amasomo abasirikare bakuru baherewe muri iri shuri azabafasha kuzuza inshingano zabo uko bikwiye.

    Yabibukije kuzahagaranira impinduka nziza mu miyoborere mu nshingano bazerekezamo, kubera bagenzi babo urugero rwiza no kubasangiza ubumenyi, guteza imbere umutekano n’amahoro mu bihugu byabo.
    Yanashimye kandi ubufatanye bw’ibihugu bitandukanye byohereza abasirikare bakuru kwiga mu Rwanda.

    Perezida Kagame yasoje amahugurwa y’ibyumweru 46 yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Perezida ubwo Perezida Kagame yari ageze ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College] riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze

    Ba ofisiye bakuru 108 basoje amahugurwa bari bamaze ibyumweru 46 bahererwa i Nyakinama

    Perezida Kagame akurikiye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye bakuru

    Umuhango wo gusoza amahugurwa ya ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika witabiriwe n’abo mu bihugu bitandukanye

    Abasirikare ba RDF bari muri ba ofisiye bakuru basoje amahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitandatu

    Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yitabiriye igikorwa cyo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugum Habimana Dominique bitabiriye igikorwa cyo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Abo mu miryango y’abasoje amahugurwa bari bagiye kubashyigikira

    Abahawe amahugurwa ni abo mu bihugu bitandukanye bya Afurika

    Abasirikare bo mu bihugu 20 basoje amahugurwa bahererwaga mu Rwanda

    Perezida Kagame yavuze ko icyizere abaturage bagirira Ingabo z’u Rwanda kitavuye kwizana ahubwo zagikoreye

    Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye ari ingenzi mu guhangana n’ibibazo abaturage bahura na byo

    Perezida Kagame yasabye abasoje amahugurwa kurangwa no kugira intego

    Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda wahize abandi bose ubwo yari agiye guhabwa ibihembo

    Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda wahize abandi bose ubwo yashyikirizwaga ibihembo na Perezida Kagame

    Hahembwe abantu batatu bahize abandi mu mahugurwa y’ibyumweru 46 baherewe i Nyakinama

    Abofisiye 108 basoje amasomo bakomoka mu bihugu 20 bya Afurika

    Abofisiye 108 basoje amahugurwa bari bamaze ibyumweru bahererwa i Nyakinama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/icyizere-rdf-igirirwa-n-abaturage-nticyavuye-kwizana-perezidas-kagame

  • Nyagatare: Miliyoni 500 Frw zigiye guhabwa aborozi mu kongera umukamo – #rwanda #RwOT

    Ku wa 11 Kamena 2026 aba mbere basinye amasezerano azatuma bahabwa iyi nkunga nyunganizi bakazahabwa binyuze mu mushinga RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda.

    Uyu mushinga wagizwemo uruhare na Leta ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

    Urubyiruko n’abagore bazahabwa inkunga ingana na 70% mu gihe abandi borozi bazajya bunganirwa nibura 60% ku mashini cyangwa amahema bazajya bagura.

    Birungi Theopista Mupende usanzwe ari umworozi, yashimiye Leta yabahaye iyi nkunga nyunganizi agaragaza ko we azahita aguramo ihema rifata amazi rikajya rimufasha kubika amazi menshi igihe kinini ku buryo n’iyo izuba ryava atazigera abura amazi.

    Ati ‘Mu gihe cy’izuba twajyaga tubura amazi y’inka bikatugora cyane, umukamo wasubiraga inyuma ariko ubu umukamo uziyongera.”

    Twahirwa Peter wororera mu Murenge wa Karangazi, yavuze ko we yasabye gufashwa kugura imashini isya ubwatsi, ko iba imeze nk’urwuri rwa kabiri kuko ibafasha gutunga inka zari kujya kurisha ariko ikabusya ikabunoza inka zikaburya neza zigatanga umusaruro.

    Ati ‘Twiteze kuzajya tubona inka zihaze. Nizibona n’amazi ahagije umukamo uziyongera cyane, turashimira Leta yaduteye inkunga kuko si buri wese wakwigondera iriya mashini.”

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), ishami rya Nyagatare, Kayumba John, yasabye aborozi bahawe iyi nkunga nyunganizi kuyikoresha neza bongera umukamo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet we yavuze ko mu gihe cy’impeshyi aborozi benshi babura amazi y’inka zabo, bikanatuma umukamo ugabanuka.

    Ati ‘Tuzabona amata ahagije agera ku Ruganda rwa Inyange bitume rubona amata ahagije, icyo dusaba aborozi ni ukwita ku mahema afata amazi bazahabwa n’ibindi bikoresho.”

    Kuri ubu Akarere ka Nyagatare kabarizwamo inka zirenga ibihumbi 230 zitanga umukamo wa litiro zirenga ibihumbi 100 ku munsi, ubuyobozi buvuga ko bwifuza ko uyu mukamo wiyongera cyane nibura ukagera kuri litiro zirenga ibihumbi 500 ku munsi.

    Imashini zisya ubwatsi ziri mu byo Leta iri gutangira nkunganire ku borozi

    Amahema afata amazi ari mu byo Leta igiye gufasha aborozi kubona

    Aborozi basinye amasezerano atuma babasha guhabwa inkunga nyunganizi

    Aborozi 253 bo mu Karere ka Nyagatare ni bo basinye aya masezerano yo kubaha amafaranga abafasha kongera umukamo

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet yasabye aborozi gukoresha neza iyi nkunga nyunganizi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-miliyoni-500-frw-zigiye-guhabwa-aborozi-mu-kongera-umukamo