Category: Uncategorized

  • Umunyamakuru Mbabazi Dorothy yavuze uko yigeze gufungirwa mu bitaro yagiye gutara inkuru #rwanda #RwOT

    Mbabazi yamamaye ubwo yakoraga kuri Radio na TV 1 mu gihe cy’imyaka igera kuri itanu yamaze ariko kuri ubu asigaye akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA.

    Ni umunyamakuru wakunze gukora cyane inkuru zirenganura abaturage, ubuvugizi ndetse n’izindi nkuru abantu bamwe babona ko zishobora gutuma uwazikoze agira ingaruka mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

    Uyu mubyeyi ufite umugabo bamaze kubyarana umwana umwe avuga ko mu buzima bwe bwa buri munsi yanga akarengane ari nayo mpamvu usanga mu nkuru akora yibanda cyane ku kurwanya abashobora kurenganya abandi.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI , yavuze ko ubwo yatangiraga gukora kuri TV1 nawe yagiraga ubwoba bwa zimwe mu nkuru kuko yabaga aziko ashobora kuzikora zikamugiraho ingaruka cyangwa abayobozi yazikozeho bakamugirira nabi gusa ngo byaje gushira kugeza n’ubwo ajya gukora inkuru mu Karere ka Nyagatare ubuyobozi bugashaka kumufungirana.

    Icyo gihe yari umuntu wari umaze imyaka itanu aryamye mu bitaro bya Nyagatare nyuma y’imvune ikomeye yari yaragize.

    Ati “Yarampamagaye ambwira uko ameze, ko amaze imyaka itanu aryamye mu bitaro n’uko nta muti akibona gusa ari ukuryama bakaza bakamuhindukiza cyangwa iki… arambwira ati rero nkeneye ubuvugizi.”

    “Namubajije niba bazankundira ko ninjira ambwira ko bitazapfa koroha, ariko nabiganirije umuyobozi wacu mu makuru (uwitwa Olivier Ngabirano), ubwo yaranyemereye mfata camera ndagenda.”

    Mbabazi avuga ko ubwo yageraga mu bitaro bya Nyagatare yari afite camera mu gikapu arinjira agera ku murwayi ahita amutunga mikoro afata amajwi ariko haza kuza umuntu aramubona ahita ajya kubimenyesha abandi.

    Ati “Mu minota mike nagiye kubona mbona abantu benshi bampagaze hejuru, bambaza icyanzanye hano n’uwampaye uburenganzira mbabwira ko nari nje gusura umurwayi kandi byemewe no gufata amakuru.”

    Reba hano ikiganiro twagiranye na Mbabazi

    Avuga ko bahise bahamagara umupolisi ufite inyenyeri ebyiri, araza ahita amubwira ngo amuhereze camera undi nawe arayimwima.

    “Ariko nari nabicecetse nziko biraza guhita birangira ariko mbonye hajemo umupolisi mpita mpamagara ku kazi, mbabwira uko byangendekeye nibwo bahise bavugisha umuvugizi wa Polisi (Icyo gihe yari Theos Badege) ahamagara aho nari ndi bahita bandekura.”

    Mbabazi avuga ko atari aho i Nyagatare yafungiwe gusa ariko aho byagiye biba hose yabaga ari mu kuri kandi byarangiraga bamurekuye.

    Itegeko rigenga itangazamaku No 02/2013 ryo ku wa 8 Gashyantare 2013 ryasohotse mu Igazeti ya Leta No 10 yo ku wa 11 Werurwe 2013, niryo rigena uburenganzira, inshingano, imiterere n’imikorere by’itangazamakuru hagamijwe inyungu rusange za rubanda.

    Hari igihe abanyamakuru bamburwa ibikoresho by’akazi cyangwa bagasabwa gusiba amajwi cyangwa amashusho bafashe.

    Ingingo ya 10 y’itegeko ry’itangazamakuru igira iti “Ibikoresho by’umunyamakuru ntibifatirwa.” Ikomeza igaragaza ko ariko iyo habayeho icyaha mu itangazamakuru, gufatira amajwi n’amashusho byakemanzwe bikorwa mu nyandiko. Na none ikagira iti “Gufatira bikorwa gusa ku cyemezo cyihutirwa cy’urukiko bitabujije urubanza gukomeza.”

    Reba hano ikiganiro twagiranye na Mbabazi

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Umunyamakuru-Mbabazi-Dorothy-yavuze-uko-yigeze-gufungirwa-mu-bitaro-yagiye-gutara-inkuru

  • VIDEO : Tidjara Kabendera yinjiye mu bucuruzi bw’imyenda n’amavuta yo kwisiga afite umwihariko #rwanda #RwOT

    Ubu bucuruzi afatanya n’indi mirimo irimo itangazamakuru muri rusange ndetse no kwamamariza abantu, abukorera mu Mujyi wa Kigali mu iduka rye riherereye mu nyubako ya CHIC muri -2/B61

    Kabendera ukunze kwiyita TK ari naryo zina yahaye iduka rye ricuruza amavuta n’imyenda y’abagore nk’amakanzu bashobora kwambara bagiye mu biro, gusenga, kujyana ku mazi n’ubundi bwoko bw’imyenda abagore bakenera.

    Iri duka rimaze igihe gito ritangiye kandi ricuruza n’inkweto by’umwihariko iz’abagabo n’abana, amashuka yo kuraramo ndetse avuga ko ashobora kuzashyiramo ibindi bintu byinshi uko amikoro azagenda aboneka.

    Mu kiganiro na UKWEZI, yavuze ko imyaka amaze mu itangazamakuru ari myinshi ariko nawe ubwe ari kugenda asaza ari nayo mpamvu aba agomba gushaka aho gusazira.

    Yagize ati “Urumva imyaka iri kugenda ishira, tugomba gushaka aho dusazira. Niba maze imyaka 17 mu mwuga w’itangazamakuru haba harabayeho kwizigama kugira ngo nanjye nzagira ibiro byanjye nkoreramo.”

    Yakomeje agira ati “Urabona uko imyaka igenda ishira ntabwo nkiri wa wundi wo kujya ku ikamyo ngo nshyushye abantu, narabikoze nkiri muto ngaceza ariko uko imyaka igenda yigira hejuru ntabwo ngifite ka gaciro ko kuvuga ngo reka ntegereze amafaranga muri ibyo gusa. Uko imyaka igenda ishira rero ngomba kwicara nkaruhuka.”

    Reba hano ikiganiro na TK

    Yakomeje avuga ko umwihariko w’amavuta acururizwa muri TK Cosmetic Shop ari uko akorwa mu birimo igikakarubamba, Citron, ikinyamujonjorerwa, inkeri n’ibindi bintu by’umwimerere.

    Ati “Umwihariko waho ni amavuta yo kwisiga y’umwimerere, ava mu gihugu cya Turkey kandi akozwe mu bintu by’umwimerere ariko akesha ku buryo niba uri igikara ugakoresha amavuta yacu uzakomeza uri igikara, niba uri inzobe ni uko bizakomeza kugenda kuko ntabwo ahindura uruhu.”

    By’umwihariko ku bantu baba bafite ikibazo cy’indwara z’uruhu, TK babashakira amavuta bashobora kwifashisha bagakira izi ndwara.

    Uyu mubyeyi avuga ko kuba bakorera mu Mujyi wa Kigali bitababuza kugeza amavuta cyangwa imyenda ku bantu bose baba abari mu ntara ndetse no hanze y’u Rwanda.

    Kabendera Tidjara, ni umugore ufite urugo n’abana bane [abahungu babiri n’abakobwa babiri], ni umunyamakuru kuva mu 2002, aho yahereye kuri Radio5 yakoreraga i Arusha ahava ajya kuri Radio Rwanda nabwo kwihugura nyuma aza kuba umukozi.

    Tidjara akigera mu Rwanda yahawe gukora ikiganiro cy’Igiswahili cyitwaga ‘Hodi Hodi Mitaani’, iki ni nacyo umubyeyi we, Kabendera Shinani yakoraga akiri ku Isi. Iki kiganiro kiri mu byatumye Tidjara yiyumvamo imbaraga zikomeye kuko yari atangiye gusigasira umurage wa Shinani.

    Reba hano ikiganiro na TK

    Ukeneye amavuta meza cyangwa imyenda y’abagore hamagara TK kuri 0788314638

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/VIDEO-Tidjara-Kabendera-yinjiye-mu-bucuruzi-bw-imyenda-n-amavuta-yo-kwisiga-afite-umwihariko

  • Mu bintu bitunguranye kandi bitangaje ariko biteye agahinda ku manywa y’ ihangu inkoko yibasiye umugore iramwica #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Zimbabwe mu mudugudu wa Chingodora , hari kuvugwa cyane cyane ibintu byatunguranye kandi bitangaje ariko biteye agahinda, inkoko yibasiye umugore witwa Chandapiwa Makaza , aho yaje gupfa azize ibikomere yagize kubera icyo gitero giteye ubwoba.

    Amakuru avuga ko Chandapiwa Makaza ufite imyaka 42, ukomoka mu mudugudu wa Chingodora, yibasiwe cyane n’iyi nkoko y’isake iramwicwa ubwo yari arimo anyura hafi y’urugo rw’uwitwa Zvikomborero Takarinda.

    Umuyobozi w’agateganyo Zimunya yavuze ko iki ari ibintu biteye urujijo bitigeze bibaho muri uyu mudugudu wa Chingodora.

    Yatangaje ko Takarinda afite byinshi byo gusobanura ku bijyanye n’impamvu iyo sake yibasiye nyakwigendera.

    Yagize ati: “Mbere y’iki kibazo, ntabwo byari byigeze bibera muri aka gace. Ni amayobera kandi ntibisanzwe. Nzahamagara nyirayo mu rukiko rwanjye kugira ngo asobanure uburyo isake yonyine ishobora gutera umugore, bityo bikamuviramo urupfu.

    Ntabwo twashoboraga gukora inama zisanzwe zurukiko kubera gufunga bitewe na Covid-19, ariko ubucuruzi buragenda busubira mu bisanzwe.

    Turashaka kugera ku mizi y’iki kibazo. Abantu benshi bibwiraga ko uyu yapfuye urupfu rusanzwe, ariko tuzagikurikirana neza kandi twumve urubanza rwose. Ibyabaye ni kirazira, ikizira. Ubutabera bugomba gutsinda”.

    Zvikomborero Takarinda avuga ku byabaye, yavuze ko atari bwo bwa mbere isake ye yibasiye umuntu. Yongeyeho ko isake yari ifite akamenyero ko kwibasira abantu cyane cyane abagore, ati:

    Sinigeze nkoresha isake mu zindi ntego usibye korora. Nyamara, isake yari ifite akamenyero ko kwibasira abantu, cyane cyane abagore.

    Ubu bwari ubwoko butandukanye kandi abantu bahoraga babuguriza kugirango bororoke bitewe n’ubunini bwabwo. Ntabwo bwari ubwa mbere uyu muryango uguriza”.

    Icyakora, Takarinda yarize bidasubirwaho ubwo abaturage bari bateraniye mu muhango wo gushyingura basabye ko isake yicwa igatwikwa.

    Abaturage bakangishije kumuhana. Nta kundi byagenda, Takarinda yahatiwe kwica no gutwika isake ye, amarira atemba mu matama.

    Nkuko ikinyamakuru iHarare kibitangaza, Takarinda yiteguye kwitaba urukiko rw’umuyobozi gakondo kugira ngo arusheho gutanga ibisobanuro ku bintu by’amayobera byateje urupfu rwaChandapiwa Makaza.

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/mu-bintu-bitunguranye-kandi-bitangaje-ariko-biteye-agahinda-ku-manywa-y-ihangu-inkoko-yibasiye-umugore-iramwica/

  • Rubavu: Umugabo bamukebye ijosi arinze imyaka ye mu gihe ababikoze bataramenyekana #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Cyiza Jean wo mu Karere ka Rubavu wari ufite imyaka 38, yishwe n’abantu bataramenyekana bamukebye ijosi.

    Uwo mugabo yishwe ahagana saa moya z’umugoroba. Yiciwe mu Mudugudu wa Munege, Akagari ka Rusura mu Murenge wa Busasamana, ubwo abagizi ba nabi bamukataga ijosi arinze imyaka ye hafi y’urugo.

    Nyakwigendera yari ashinzwe umutekano mu mudugudu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Nsabimana Mvano Étienne, yemeje aya makuru, avuga ko yatunguwe kuko ari ubwa mbere ahuye n’amahano nk’ayo mu murenge ayoboye.

    Abakoze aya mahano ntibaramenyekana, gusa inzego z’umutekano zirimo gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ababiri inyuma.

    Src: Igihe

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/rubavu-umugabo-bamukebye-ijosi-arinze-imyaka-ye-mu-gihe-ababikoze-bataramenyekana/

  • California: Inkongi y’umuriro yatwitse hegitari zirenga miliyoni 2 #rwanda #RwOT

    Nibura inkongi y’umuriro watwitse ahantu 22 muri Californiya, aho harimo ahari ibihe by’umwuma, ahari umuyaga hamwe n’ahari ubushyuhe bwo hejuru hamaze ibyumweru mu turere tumwe na tumwe hashya. Henshi umuriro w’amashanyarazi warabuze bitewe n’iki kibazo.

    Mu gihe abashinzwe kuzimya umuriro bakomeje kurwanya inkongi bakiza abantu ahantu hateje akaga, ibi bikorwa byatumye zimwe muri serivisi zitangwa kubakiriya ibihumbi mirongo biturutse ku mashanyarazi zihagarara.

    Gaz ya Pasifika n’amashanyarazi (PG&E) byagabanijwe mu ntara 22 z’amajyaruguru ya California kugirango bigabanye ibyago byuko ibikoresho byose by’amashanyarazi byakwangizwa n’umuyaga bigateza umuriro mwinshi. Abakiriya ba PG&E bagera kuri 172.000 bagize ingaruka ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, bikaba byari biteganijwe ko ibyangijwe bisanwa bitarenze ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri.

    Kugeza ubu muri Leta zunze ubumwe za Amerika hari inkongi 76 z’umuriro zikomeye, nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kuzimya umuriro, kandi Californiya ikaba ari yo leta yibasiwe cyane. NIFC ivuga ko hegitari zirenga miliyoni 4,6 zatwitswe mu gihugu hose uyu mwaka. Iki kigo kivuga ko miliyoni zirenga 2.09 z’izo hegitari zatwitse muri California.

    Ikirere kigaragaza ingaruka z’umuriro kuva Washington kugera Arizona harimo na California kuva Ku wa kabiri no ku wa gatatu. Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 08 Nzeri 2020, uduce dufite abantu barenga miliyoni 38 bo muri leta esheshatu z’iburengerazuba bamanitse ibendera ritukura, ryerekana ko ibintu aribwo bigitangira kandi bikomeza gukwirakwira. Ni mu gihe umuyaga mwinshi n’ibihe byumye byari byegereje hamwe byanatagiye kuba.

    Biteganijwe ko umuyaga ugenda mu gihe kingana na 22m/sec utegerejwe mu turere twinshi two mu majyaruguru ya Calfornia, ibyo bikaba byongera gusa igihe umuriro ushobora kumara muri iyi leta nkuko umuyobozi mukuru wa PG&E mu bumenyi bwikirere Scott Strenfe yabivuze.
    Source:CNN

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

    source http://www.intyoza.com/california-inkongi-yumuriro-yatwitse-hegitari-zirenga-miliyoni-2/

  • Rulindo: Ukekwaho kuranguza urumogi mu baturage yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Nzeri 2020, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe Tuyisenge Jean Baptise w’imyaka 25, wari umucuruzi uhambaye w’ urumogi.  We na bagenzi be bafatiwe mu karere ka Rulindo, Umurenge wa Ntarabana mu kagari ka Kiyanza, Umudugudu wa Kivubwe. 

    Abapolisi basanze iwe ahafite ububiko (Stock) y’urumogi aho yari afite udupfunyika ibihumbi 2,101 n’ibiro 20 by’urumogi rudatunganyije. Tuyisenge niwe wacuruzaga ku bandi urumogi, yari afite Moto ifite ibirango RD 336Y yifashishaga acuruza urwo rumogi.

    Muri iki gikorwa cya Polisi cyo gufata Tuyisenge, uwo munsi habanje gufatwa uwitwa Mushumba Geremie w’imyaka 24 na Nduwayezu Jean Claude w’imyaka 25 bafatanwa udupfunyika 301 tw’urumogi.

    Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rulindo, Superintendent of Police (SP) Isack Ruzindana, avuga ko umuturage ariwe watanze amakuru ko Mushumba acuruza urumogi, amaze gufatwa nawe yagaragaje aho arukura basanga ni Tuyisenge Jean Baptiste warumuhaga.

    SP Ruzindana yagize ati“ Twari dufite amakuru ko Mushumba acuruza urumogi, abapolisi bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bakurikiranye Mushumba bamufata ku manywa i saa sita bamufatana udupfunyika 301 ari kumwe na Nduwayezu wasaga nk’umurinze”.

    Yakomeje avuga ko Mushumba na mugenzi we bamaze gufatwa bahise bavugisha ukuri bajya kwerekana aho bakuye urwo rumogi.

    Ati“ Bagiye imbere abapolisi babajyana kwa Tuyisenge Jean Baptiste basanga uyu afite ububiko bunini bw’urumogi kuko hari uwitwa Kuradusenge Valens w’imyaka 27 yari ashinzwe gupfunyika udupfunyika tw’urumogi, yari amaze gupfunyika udupfunyika ibihumbi 2,101. Hari kandi ibiro 20 by’urumogi rutaratunganywa ngo rupfunyikwe mu dupfunyika, yari anafite moto yifashishaga mu bikorwa by’ubucuruzi bw’urumogi”.

    Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rulindo yakomeje avuga ko Tuyisenge yahishuye ko urumogi hari abantu barukura mu gihugu cya Uganda nawe akajya kurugura  akarukwirakwiza mu gihugu cy’u Rwanda.

    SP Ruzindana yashimye ubufatanye buri hagati y’abaturage ndetse na Polisi mu kurwanya ibyaha, ariko cyane cyane mu kurwanya ibiyobyabwenge. Yibukije abantu ko ibihano ku byaha bijyanye n’ibiyobyabwenge byongerewe abasaba kubicikaho.

    Ati“ Turashimira abaturage uburyo barimo kudufasha kurwanya ibyaha n’icyabiteza cyose. Ariko turakangurira abantu gushaka ibindi bikorwa bakora byemewe n’amategeko, bareke kwishora mu biyobyabwenge, icyo tumenyesha abantu ni uko Polisi iri maso kandi ntizacogora mu kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi byaha kandi byose ni kubufatanye n’abaturage”.

    Aba bafatiwe mu karere ka Rulindo uko ari bane nkuko urubuga rwa Polisi rubitangaza, bashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Ingingo ya 263 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu gika cyayo cya 3 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/rulindo-ukekwaho-kuranguza-urumogi-mu-baturage-yatawe-muri-yombi/

  • Umuntu wa 20 mu Rwanda cya Cyorezo Coronavirus kiramuhitanye #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 08 Nzeri 2020, ku cyorezo cya Covid-19 uko kiriwe gihagaze mu masaha 24 ashize, igaragaza ko hari umuntu umwe cyahitanye, ari nawe wuzuza uwa 20 mu bamaze guhitanwa nacyo kuva cyagaragara ku muntu wa mbere. Iri tangazo rirerekana kandi ko mu bipimo 3,253 byafashwe none habonetsemo abantu 30 bacyanduye, abakize ni 36, naho abakirwaye ni 2,112.

    Dore uko imbonerahamwe y’imibare itangazwa na Minisante ibigaragaza;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/umuntu-wa-20-mu-rwanda-cya-cyorezo-coronavirus-kiramuhitanye/

  • Ibyari ibyishimo byahindutse amarira nyuma yo kumenya ko bavukana ubukwe bwapfuye bari gusezerana imbere y’Imana #rwanda #RwOT

    Ann Magwi n’uwari umukunzi we w’igihe kirekire Jonatham Munini Ibyari ibyishimo byahindutse amarira ubwo bombi bamenyaga ko bavukana ku munota wa nyuma bari mu rusengero bagiye gusezerana.

    Ann Magwi na Jonatham Munini bari bamaze igihe mu rukundo rugurumana ndetse nyuma y’igihe barebana akana ko mu jisho bahisemo kwereka ibirori imiryango yabo niko gupanga ubukwe bwapfuye bari gusezerana imbere y’Imana.

    Ubwo bari mu rusengero ahitwa Tana River iwabo muri Kenya,umugabo batazi yinjiye avuga ko ari abana be yibyariye abari aho bose bifata ku munwa.

    Uyu musaza wari utarwambaye,yinjiye mu rusengero ari kumwe na bashiki be niko kuvuga ko aba bana bombi ariwe wababyaye bityo bashyingiranwe byaba ari umuziro.

    Nkuko ikinyamakuru Daily Nation cyabitangaje,umushumba wa Holy Redemption Ministries,pasiteri Festus Muli yavuze ko uyu mugabo yavuze ko uyu mukwe n’umugeni bari bagiye gusezerana kubana akaramata ari abana be yabyaye ku bagore batandukanye.

    Pasiteri yavuze ko uyu mugabo witwa James Sidai,yamubwiye ko ubwo umugore we yabyaranye nawe umwe muri aba bageni yamenyaga ko yamuciye inyuma,umubano wabo wajemo rushorera bituma amutera umugongo batandukana bafitanye umwana w’umwaka umwe.

    James Sidai akimara kubura intama n’ibyuma,yahise ahindukira akundana bya nyabyo na rya habara ryamusenyeye ariko ubukungu waje kuba bubi barakena nibwo uyu mugore wa kabiri nawe yahisemo kwigendera amutwitiye inda y’amezi 4.Uyu mugore baratandukanye ahita yisangira umwarimu.

    James Sidai ntiyarekeye aho yahise ashaka umugore wa 3 bari kumwe ubu ndetse bafitanye abana 3 gusa ngo ntiyigeze yongera kwegera aba bagore yateye inda ngo ababaze amakuru y’abana bamubyariye kugeza ubwo abonye ubutumire bw’aba bana bagiye gushakana kuri WhatsApp.

    James Sidai yerekanye amafoto y’aba bana bakiri bato n’igihe bari ku ishuri yakuye ku nshuti ze n’abavandimwe be baganiraga nabo.

    Nyirarume wa Sidai yavuze ko nubwo uyu mugabo yamaze imyaka isaga 10 ategera abagore babyaranye ngo ababaze amakuru y’abana be ariko yakurikiranaga ubuzima bwabo mu ibanga.

    Ubwo Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize yinjiraga muri uru rusengero akagaragaza uku kuri,ubukwe bwarahagaze hakurikiraho amarira n’impaka ndende hagati y’ababyeyi.

    Pasiteri Muli yavuze ko umusore wari ugiye gusezerana nyina yamubeshye ko se yaguye mu mpanuka ubwo yari akiri uruhinja mu gihe umugeni we yakuze azi ko umwarimu washyingiranwe na nyina nyuma yo gutandukana na Sidai ariwe se.

    Abagore babyaye aba bana ntibigeze bahakana ibyo se wabataye yavugaga ahubwo baguye mu kantu bifata ku munwa.

    Mu gukura uyu muryango mu gisebo,Pasiteri yatangarije abaje mu bukwe ko abuhagaritse kubera ko aba bageni bishe amabwiriza yo kwiyeza nk’abagomba gusezerana.

    Pasiteri Muli yagiriye inama ababyeyi ati “Niba warakuye umwana hanze y’urugo,mubwize ukuri se wa nyawe.Ntukamubwire ko yaguye mu mpanuka,yishwe n’indwara igihe ari kwandavurira ku muhanda,ibyo si byiza.”

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/ibyari-ibyishimo-byahindutse-amarira-nyuma-yo-kumenya-ko-bavukana-ubukwe-bwapfuye-bari-gusezerana-imbere-yimana/

  • EAC Driver Tracking System official Roll out at Kagitumba border #rwanda #RwOT

    The EAC Regional Electronic Cargo and Drivers Tracking System was to be officially launched on August 12, 2020 but it came to a standstill with Tanzania’s request that the process first be enlightened by various EAC bodies, including the Council of Ministers, to get it approved.

    After a long wait, the EAC via Twitter said that the technology will be officially launched on September 8, 2020.

    The East Africa Community Secretariat and its Partner States will hold a virtual event to officially mark the roll out of RECDTS that will issue jointly recognized EAC COVID-19 digital certificates. Event starts at 12.00PM.

    The EAC developed the app with funding from European Union, Global Affairs Canada, Danida, Finland, Netherlands and United Kingdom through TradeMark East Africa and in accordance with the mandate given by the 1st joint ministerial meeting of EAC ministers responsible for Health and EAC Affairs.

    The App provides a surveillance system to monitor long distance truckers crew health and enable contact tracing. It allows partner states to electronically share truck drivers’ COVID-19 test results; therefore, minimizing need for multiple COVID-19 tests in a single trip.

    The reliance on manual certificates and delayed test results at the borders has been reported as one of the main reasons for costly long delays at border points.

    It is expected that RECDTS will contribute to protecting lives, support health related protocols and facilitate safe trade. RECDTS will be in use in all partner states and will eventually be extended to EAC neighboring countries, particularly Democratic Republic of Congo (DRC).

    RECDTS will be overseen by the EAC Secretariat, which is supported by four other countries, namely Kenya, Uganda, the Democratic Republic of Congo and Rwanda, and the Nimule border in South Sudan. The East Africa Community Regional Electronic Cargo and Driver Tracking System (RECDTS) will be used to monitor truck drivers in the fight against Coronavirus

    Nicole Kamanzi M.
    http://dlvr.it/RgDZzB

  • India, China accuse each other of firing first shot on tense border #Rwanda #Rwot

     

    India VS China Military Power Comparison 2017 - 2018 - YouTube



    NEW DELHI/BEIJING (Reuters) – India and China have accused each other of firing in the air during a new confrontation on their border in the western Himalayas, in a further escalation of military tension between the nuclear-armed nations.

    FILE PHOTO: A view of Pangong Tso lake in Ladakh region July 27, 2019. Picture taken July 27, 2019. REUTERS/Mukesh Gupta

    Hundreds of troops are in eyeball-to-eyeball proximity along the remote border, which erupted in a clash in June that killed 20 Indian soldiers in hand-to-hand fighting.

    Both sides have observed a long-held protocol to avoid using firearms on the sensitive, undemarcated frontier, though this agreement has not prevented casualties.

    On Monday night, troops of the People’s Liberation Army (PLA) attempted to close in on a forward Indian position at the Line of Actual Control (LAC), or the de factor border, in the Ladakh sector, the Indian army said in a statement.

    “And when dissuaded by own (Indian troops), PLA troops fired a few rounds in the air in an attempt to intimidate own troops,” the army said in a statement on Tuesday, adding that the Indian side acted with restraint.

    “At no stage has the Indian Army transgressed across the LAC or resorted to use of any aggressive means, including firing,” it said.

    But China said the Indians had breached the informal border through the southern bank of the Pangong Tso lake, where tension has been rising for more than a week.

    “The Indian troops brazenly made gunshot threat to the patrolling Chinese border guards who came forwards for negotiations, and the Chinese border guards were forced to take countermeasures to stabilise the situation,” said Zhang Shuili, a representative of the PLA’s western theater command.

    Military commanders and diplomats have held several rounds of talks since July to reduce tension, but have made little progress to thin out forces in the arid high-altitude that both nations claim and consider as vital to their security.

    The latest uptick in tension around the alpine Pangong lake began late last month when Indian forces mobilised to deter Chinese troops, whose movements suggested they aimed to occupy a hilltop India regards as its territory, Indian officials said.

    Each nation has urged the other to restrain forward troops who have been locked in a faceoff since April, after India said China intruded deep into its side of the LAC.

    Beijing denies the charge.

    ADVERTISEMENT

    “We request the Indian side to immediately stop dangerous actions…and strictly investigate and punish personnel who fired shots to ensure that similar incidents do not occur,” the PLA’s Zhang said in the statement about Monday’s incident.

    India and China fought a border war in 1962 and continue to lay claim to thousands of square kilometres of territory stretching from the snow deserts of Ladakh in the west to mountain forests in the east.

    Source : reuteurs