Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere(RGB) kuri uyu wa 08 Ukwakira 2020 rwatangaje Komite y'Inzibacyuho ya ADEPR, nyuma y'aho rukuyeho inzego z'ubuyobozi rukanakura mu nshingano abari abayobozi mu nzego nkuru kubera ko batabashije kubahiriza inshingano.
RGB yafashe icyemezo cyo guhagarika inzego z'ubuyobozi muri ADEPR nyuma yuko ibibazo biri muri iri torero byari bimaze gufata indi ntera ndetse abayobozi bakuru barebana ay'ingwe.
Umwotsi w'ibibazo byo muri ADEPR wagaragaye mu mpera za Kamena 2020 ubwo Rev. Karangwa John wari Umuvugizi wungirije mu itorero yafungurwaga nyuma y'amezi umunani ari mu gihome aho yari akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.
Umuyobozi mukuru wa RGB Usta Kayitesi yasabye abayoboke ba ADEPR muri rusange gufasha Komite y'Inzibacyuho kugira ngo bubake itorero rikomeye, ryubaka abanyarwanda kandi rihuriza hamwe mu gushaka ibisubizo by'ibibazo binyuze mu biganiro.
Pastor NDAYIZEYE Isae yagizwe umuyobozi mukuru uzanayihagararira mu mategeko. Pastor Rutagarama Eugene yagizwe umuyobozi wungirije, Pastor Budigiri Herman agirwa umuhuzabikorwa, Umuhoza Aurelie agirwa ushinzwe umutungo, imari n'imishinga, Gatesi Vestine agirwa ushinzwe abakozi n'ubutegetsi. Bahawe inshingano zo kuvugurura umuryango, gukora igenzura ry'umutungo n'ibikorwa bya ADEPR.
Umuhango w'Ihererekanyabubasha hagati y'Ubuyobozi bwa ADEPR bucyuye igihe n'Ubuyobozi bw'Inzibacyuho ikaba yabaye kuri uyu wa kane kuri Dove Hotel. Ni umuhango wayobowe n'abayobozi b'urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent avuga ko abakinnyi 2 bivugwa ko binjije umukobwa mu mwiherero w’ikipe y’ikipe y’igihugu bakanamurwanira kugeza ubu nta kimenyetso na kimwe gihari kibibashinja bityo ko ari ibihuha.
Mu minsi ishize mu itangazamakuru hakwirakwiye inkuru y’uko ubwo Amavubi yari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu umwaka ushize muri La Palisse i Nyamata, Rwatubyaye Abdul na Kimenyi Yves baje kurwana bapfa ko umwe yazanye umukunzi w’undi mu mwiherero, bisa nko kumuca inyuma.
Ubwo ku munsi w’ejo Mashami Vincent yahamagaraga ikipe y’igihugu yitegura umukino wa Cape Verde mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022, aya mazina yaje ku rutonde rw’abakinnyi 37 bagomba kwitegura uyumukino.
Byatumye itangazamakuru rimubaza niba koko aba bakinnyi baba barakoze icyo gikorwa bakaba bongeye guhamagarwa mu gihe bakabaye bahanwa.
Umutoza yavuze ko ibyo ari ibihuha kuko mu bushakashatsi bakoze nta kimenyetso na kimwe bigeze babona kigaragaza ko icyo gikorwa cyabayeho, kandi ngo umuntu ahamwa n’icyaha iyo yafatwanywe igihanga cyangwa urukiko rwabimwemeje.
Yagize ati'Buriya nyir’icyaha ni uwafatanywe igihanga. Kandi umuntu ahamwa n’icyaha iyo yagihamijwe, ngira ngo rero uyu munsi ntabwo nabashinja ayo makosa kuko nta muntu wayabahamije, twagerageje ibishoboka byose n’inzego za FERWAFA na MINISPORTS na hoteli n’abo ku mutekano wa hoteli kugira ngo dushake ibimenyetso simusiga ariko uyu munsi nta kintu na kimwe nakubwira gishobora kuba gishinja abakinnyi ko ibyo bavugwaho babikoze.'
Yakomeje avuga ko n’abatangaje iyo nkuru batigeze bagaragaza ko ibyo bintu koko ko babikoze bityo kugeza uyu munsi bifatwa nk’ibihuha.
Ati'Nababivuze ntabwo bigeze bagaragaza ko koko babikoze ubwo rero ngira ngo nta kindi nabivugaho uretse kubifata nk’aho ari ibihuha cyangwa byari ugusebanya gusa, cyangwa imigambi y’abantu runaka utamenya impamvu yabyo. Ntabwo twabashyira mu makosa kuko nta kimenyetso na kimwe cyigeze kibahamya ayo makosa, niyo mpamvu mwongeye kubabona mu rutonde.'
Yavuze kandi ko mu ikipe y’igihugu batazemera ko hari umukinnyi witwara nabi, uzafatatwa azabihanirwa by’intangarugero kuko azaba yangiza isura y’igihugu, abakinnyi bagenzi be by’umwihariko ikipe y’igihugu.
Rwatubyaye na Kimenyi bavuzweho igikorwa kitari cyiza
Mashami avuga ko aba bakinnyi nta kintu na kimwe kibahama
Uwahoze ari umupolisi muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika uregwa urupfu rwa George Floyd, umwirabura w'Umunyamerika utari witwaje intwaro, yafunguwe nyuma yo gutanga amafaranga y'ingwate.
Derek Chauvin yarishye ingwate afungurwa ejo ku wa gatatu mu gitondo nkuko inyandiko z'urukiko zibigaragaza.
Uwo mupolisi w'umuzungu yafashwe videwo arimo gutsikamiza ivi ku ijosi rya Bwana Floyd mu gihe kigera hafi ku minota umunani, mbere yuko apfa ku itariki ya 25 y'ukwa gatanu.
Urupfu rwa Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, rwateje imyigaragambyo mu bice bitandukanye ku isi ndetse hasabwa ko hakorwa amavugurura mu rwego rwa polisi.
Bwana Chauvin yirukanwe ku kazi ke. Ubu ategereje urubanza rwe mu kwezi kwa gatatu mu mwaka utaha. Aregwa ibyaha by'ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri ndetse no kwica umuntu.
Abandi bapolisi batatu bari kumwe â” J Alexander Kueng, Thomas Lane na Tou Thao â” na bo birukanwe ku kazi ndetse baregwa gufasha no kureberera ubwicanyi.
Abo bahoze ari abapolisi baregwa mu rupfu rwa Bwana Floyd â” rwabereye mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota â” ubu bose barishye ingwate barafungurwa. Bategereje urubanza rwabo mu mwaka utaha.
Kuva mu mpera y'ukwezi kwa gatanu, Chauvin yari afungiwe muri gereza irinzwe bikomeye ya Oak Park Heights yo muri leta ya Minnesota.
Derek Chauvin yarishye ingwate ya miliyoni imwe y'amadolari y'Amerika (arenga miliyoni 970 mu mafaranga y'u Rwanda). Yarekuwe ejo ku wa gatatu mu gitondo nkuko inyandiko z'urukiko zibigaragaza.
Bwana Chauvin yarekuwe ku ngwate irimo ibyo agomba kubahiriza. Inyandiko z'urukiko zigaragaza ko iyo ngwate yizejwe n'ikigo gitanga ingwate, nkuko bitangazwa na televiziyo CBS Minnesota.
Muri Amerika, abakora mu byo gutanga ingwate bizeza abategetsi kuriha amafaranga yose asabwa nk'ingwate mu gihe abaregwa badashobora kuyabona bo ubwabo cyangwa bananiwe kwitaba urukiko.
Ben Crump, umunyamategeko uburanira umuryango wa Bwana Floyd, yavuze ko kurekurwa kwa Bwana Chauvin arishye ingwate ari 'urwibutso rubabaje' ko 'tukiri kure yo kubona ubutabera kuri George'.
Kugeza ubu, biteganyijwe ko abaregwa bose bazaburanishirizwa mu rubanza rumwe mu kwezi kwa gatatu mu mwaka utaha, ariko umucamanza arimo gutekereza ku kuba buri umwe yaburanishwa ukwe nk'uko inkuru ya BBC ibitangaza.
Derek Chauvin yarishye ingwate afungurwa ejo ku wa gatatu mu gitondo nkuko inyandiko z'urukiko zibigaragaza
Umwunganizi muri studio ya muzika Yahaya Sharif-Aminu, yakatiwe igihano cyo kwicwa amanitswe ku ya 10 Kanama 2020 nyuma yo guhamwa n'icyaha cyo gutuka urukiko rwa kisilamu mu majyaruguru ya Nijeriya.
Inyandiko y'urubanza ivuga ko Sharif-Aminu, ufite imyaka 22, yahamijwe icyaha cyo kuvuga 'amagambo yo gutuka Intumwa Muhamadi mu itsinda rya WhatsApp,' bikaba binyuranyije n'amategeko agenga ibihano bya Leta ya Shariya ya Kano kandi ko ari icyaha gitanga igihano cy'urupfu.
Raporo zitandukanye zivuga ko aya majwi yasangijwe henshi, bitera uburakari bukabije muri leta zunze ubumwe z'abayisilamu, benshi.
Sharif-Aminu, inshuti ye Kabiru Ibrahim yavuze ko ari 'umugwaneza, umunyedini kandi wubaha,' yemeye ibyaha byo gutuka Imana mu rubanza rwe, yemera ko yakoze amakosa. Source:CNN
Visi Perezida Mike Pence yabajijwe mu kiganiro mpaka hagati ye na Senateri Kamala Harris icyo yakora haramutse Perezida Trump yanze ko hajyaho ubutegetsi mu mahoro mu gihe yaba atsinzwe amatora yo mu 2020. Ibi kandi Perezida Trump yanze kugira icyo abivugaho ubwo yari mu kiganiro n'abanyamakuru muri White House mu kwezi gushize. Pence, avuga ko adatekereza ko azatsindwa.
Pence yashubije atyo mu kiganiro mpaka cyo kuwa gatatu. ati: 'Mbere na mbere, ndatekereza ko tuzatsinda aya matora.' Yongeyeho ko Abanyamerika batoye Perezida Trump ku nshuro ya mbere bishoboka ko bazongera kumutora.
Yongeyeho ati: 'Nzi neza ko Abanyamerika bamwe batanze iyo ntsinzi y'amateka mu 2016, babona amateka ya perezida kandi ndatekereza ko urugendo rw'Abanyamerika rwakomeje kwiyongera mu myaka ine ishize.' Nyuma yashinje ishyaka ryaba democrate 'gushaka guhirika ibyavuye mu matora aheruka'.
Ku ya 23 Nzeri 2020, Trump yavuze ko 'azareba uko bigenda' igihe azaba akandamijwe ku bijyanye no guhererakanya ubutegetsi mu mahoro. Perezida Trump yahise agira ati: 'Ntabwo ihererekanya rizabaho, mvugishije ukuri, ubuyobozi buzakomeza'.
Bamwe mu badepite ba GOP bahisemo kwamagana amagambo ya Perezida Trump. Umuyobozi wa Sena, McConnell, yabivuzeho mu buryo butaziguye kuri tweet ati:'Uzatsinda amatora yo ku ya 3 Ugushyingo azatangazwa ku ya 20 Mutarama 2021.' 'Hazabaho inzibacyuho kuri gahunda nk'uko byagenze buri myaka ine kuva 1792'.
Senateri wa GOP, Ben Sasse, yatangarije abanyamakuru ko 'perezida avuga ibintu by'abasazi,' ariko 'bagiye guhindura ubutegetsi mu mahoro'.
Harris, umukandida wungirije wa perezida waba Democrate yabajijwe ikibazo nk'iki kijyanye no guhindura ubutegetsi mu mahoro mu gihe cy'ibiganiro mpaka. Harris avuga ku nkunga z'amashyaka abiri nka Colin Powell na Cindy McCain, Harris yagize ati: '[Jye na Joe Biden] twemera Abanyamerika'.
Uwahoze ari umupolisi muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika uregwa kwica George Floyd, umwirabura w'Umunyamerika utari witwaje intwaro, yafunguwe arishye amafaranga angana na Miliyoni imwe y'amadolari y'ingwate (arenga miliyoni 970 mu mafaranga y'u Rwanda).
Derek Chauvin, yarekuwe mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 07 Ukwakira 2020 mu gitondo nkuko inyandiko z'urukiko zibigaragaza.
Uwo mupolisi w'umuzungu yafashwe videwo arimo gutsikamiza ivi ku ijosi rya Bwana Floyd mu gihe kigera hafi ku minota umunani, mbere yuko apfa ku itariki ya 25 y'ukwa gatanu uyu mwaka wa 2020.
Urupfu rwa Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, rwateje imyigaragambyo mu bice bitandukanye ku isi ndetse hasabwa ko hakorwa amavugurura mu rwego rwa polisi. Byatijwe umurindi n'ubukangurambaga bwa 'Black Lives Matter', bivuze ngo ubuzima bw'abirabura bufite agaciro.
George Floyd, ubwo yari ashinzwe ivi ku ijosi yakomeje gutakamba abwira abapolisi ko atabasha guhumeka.
Bwana Chauvin yirukanwe ku kazi ke. Ubu ategereje urubanza rwe mu kwezi kwa gatatu mu mwaka utaha wa 2021. Aregwa ibyaha by'ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri ndetse no kwica umuntu.
Abandi bapolisi batatu bari kumwe â” J Alexander Kueng, Thomas Lane na Tou Thao â” na bo birukanwe ku kazi ndetse baregwa gufasha no kureberera ubwicanyi.
Abo bahoze ari abapolisi baregwa mu rupfu rwa Bwana Floyd â” rwabereye mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota â” ubu bose barishye ingwate barafungurwa. Bategereje urubanza rwabo mu mwaka utaha.
Ubwo Derek yari ashinze ivi kuri Floyd.
Kuva mu mpera y'ukwezi kwa gatanu, Chauvin yari afungiwe muri gereza irinzwe bikomeye ya Oak Park Heights yo muri leta ya Minnesota.
Kurekura Derek Chauvin byakiriwe gute?
Bwana Chauvin yarekuwe ku ngwate irimo ibyo agomba kubahiriza. Inyandiko z'urukiko zigaragaza ko iyo ngwate yizejwe n'ikigo gitanga ingwate, nkuko bitangazwa na televiziyo CBS Minnesota.
Muri Amerika, abakora mu byo gutanga ingwate bizeza abategetsi kuriha amafaranga yose asabwa nk'ingwate mu gihe abaregwa badashobora kuyabona bo ubwabo cyangwa bananiwe kwitaba urukiko.
Mu kwezi kwa gatandatu, umucamanza yari yashyize ingwate ku gaciro ka miliyoni $1,25 hatarimo ibyo Chauvin agomba kubahiriza, cyangwa miliyoni $1 harimo n'ibyo agomba kubahiriza.
Ibyo birimo ko Chauvin atagomba kugira aho ahurira cyangwa ngo avugane n'abo mu muryango wa Bwana Floyd, gutanga imbunda ze no kudakora mu rwego rw'umutekano mu gihe ategereje kuburanishwa.
Bimwe mu bikorwa by'imyigaragambyo byabaye nyuma y'urupfu rwa Floyd.
Ben Crump, umunyamategeko uburanira umuryango wa Bwana Floyd, yavuze ko kurekurwa kwa Bwana Chauvin arishye ingwate ari 'urwibutso rubabaje' ko 'tukiri kure yo kubona ubutabera kuri George'.
Kugeza ubu, nkuko BBC ibitangaza, biteganyijwe ko abaregwa bose bazaburanishirizwa mu rubanza rumwe mu kwezi kwa gatatu mu mwaka utaha wa 2021, ariko umucamanza arimo gutekereza ku kuba buri umwe yaburanishwa ukwe.
Urutonde rw'ikipe y'igihugu kumunsi w'ejo abakinnyi barahamagawe bazifashishwa mu imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Africa.
Nyuma y'amakipe amariye amezi arenga 7 imikino ihagaritswe kubera icyorezo cya covid-19 cya hungabanyije imikino ku isi ndetse no mu Rwanda .
Igikomeje kwibazwaho kugeza kuri ubu abakinnyi bahamagawe ari 48 bajyanwa muri kampu, ako ikibazo gikomeje kuba ari amagambo Mashami yatangaje agira ati ' mubyukuri ndashimira amakipe nka APR na AS kigali bashobora kuzakomezanya n'amakipe yabo kuko ngo bati hejeru mubijyanye n'imyitozo.'
Hakibazwa ku ikipe itarabonye imikino ya gishuti nka Amavubi bakaba batazanakorera umwiherero hamwe ukuntu bazigendera ku umurongo umwe nabagenzi babo n'umusaruro bazawitegaho.
Ikipe ya APR FC mubigaragara nuko ku kigero cya 80 ku ijana nibo bagize ikipe y'igihugu bakaba arinabo byatangajwe ko aribo batazagaragara mu mwiherero ako hakibazwa nimba icyumweru kimwe gishize batangiye umwitozo nimba haricyo barusha cyane bagenzi babo bahamagawe.
Ibi bitavuzweho kimwe na abakunzi b'amavuzi bavugako ikipe y'amavubi idahabwa agaciro mubyukuri iyi kipe ikomeje guhabwa bashingiye kubyo umutoza yatangaje.
Mugihe imikino nyafurika izitabirwamo ikipe ya APR na AS kigali amatariki ataramenyekana igihe azakinirwaho.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi, ntabwo bahita bitabira umwiherero wayo uzatangira kuri uyu wa Gatanu, bagomba gukomeza gukorana n’umutoza Adil Mohammed bakazawujyamo nyuma.
Ku munsi w’ejo Mashami vincent yahamagaye abakinnyi 37 bagomba kwitabira umwiherero w’ikipe y’igihugu Amavubi bitegura umukino wa Cape Verde uzaba mu kwezi gutaha.
Muri aba bakinnyi 37, APR FC ikaba ifitemo abakinnyi 11, bo bakaba batazahita bajya mu mwiherero uzatangira ejo kuko n’ubundi batangiye umwiherero n’ikipe yabo bitegura imikino nyafurika ya CAF Champions League.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Mashami Vincent ku munsi w’ejo yatangaje ko yavuganye n’umutoza wa APR FC, Adil Mohammed bumvikana ko abakinnyi ba APR FC yaba abihoreye kuko ari bwo bagitangira umwiherero w’ikipe yabo na bo bitegura imikino nyafurika, bityo bakazasanga abandi mu mwiherero umukino wa Cape Verde wegereje.
Mashami akaba yarabyemeye kuko yumva ntacyo bitwaye kandi aho bari barimo gukora. AS Kigali na yo yatangiye umwiherero ku munsi w’ejo yitegura imikino nyafurika ya CAF Confederations Cup, umutoza Mashami Vincent yavuze ko abakinnyi ba AS Kigali bahamagawe umutoza Eric Nshimiyimana yemeye kubamuha bakaba bazatangirana n’abandi umwiherero ku munsi w’ejo.
Amavubi azakina na Cape Verde umukino wo mu itsinda F mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022 tariki ya 13 Ugushyingo muri Cape Verde, ni mu gihe umukino wo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 17 Ugushyingo 2020.