Category: Uncategorized

  • Cristiano Ronaldo yanduye Covid_19, Kylian Mbappe afite ubwo bwinshi kona we ashobora kuyandura #rwanda #RwOT

    Umukinnyi ukomeye ku isi Cristiano Ronaldo wari kumwe n'ikipe y'igihugu ya Portugal yamaze kuva mu mwiherero wayo nyuma yo gupimwa agasangwa yanduye icyorezo cya COVID-19.

    Cristiano yiyongera kuri bagenzi bakinana muri Juventus nabo banduye iki cyorezo mu minsi ishize.

    Uyu rutahizamu wa Juventus yasanganwe Covid-19 nyuma yo gukinira imikino 2 iheruka igihugu cya Portugal irimo uwa gicuti na Spain n'uw'Ubufaransa muri UEFA Nations League.

    Ikipe y'igihugu ya Portugal yahise itangaza ko uyu rutahizamu uri mu bakinnyi beza babayeho ku isi yavuye mu mwiherero nyuma yo gusanganwa iki cyorezo.

    Ronaldo w'imyaka 35 y'amavuko ntiyatsinze igitego muri iyi mikino 2 aheruka gukina kuko yarangiye ari 0-0 gusa ntabwo azabasha gukina na Sweden mu ijoro ryo ku munsi w'ejo.

    Nubwo Ronaldo yasanganwe Coronavirus, nta bimenyetso agaragaza gusa yasabwe kwishyira mu kato mu gihe runaka hanyuma akabona gusubira muri Juventus.

    Itangazo rigira riti:

    'Cristiano Ronaldo yakuwe ku kazi k'ikipe y'igihugu nyuma yo gusanganwa Covid-19, ntazahura na Sweden'.

    'Uyu munya Portugal ameze neza, nta bimenyetso agaragaza ndetse ari mu kato. Nyuma yo gusanganwa iki cyorezo, abandi bakinnyi bongeye gupimwa kuri uyu wa Kabiri mu gitondo ndetse nta numwe wasanganwe ubwandu, bakoreshejwe imyitozo na Fernando Santos ku kibuga Cidade do Futebol'.

    Ronaldo yaraye ashyize hanze ifoto ari kumwe na bagenzi be bari gusangira bishimye ndetse mu minsi ishize yagaragaye ahoberana n'abakinnyi benshi b'Ubufaransa barimo Varane na Kylian Mbappe.

    Ronaldo yiyongereye ku barimo Rugani na Dybala bakinana muri Juventus nabo banduye Covid-19 mu mezi ashize.

    Abandi bakinnyi bakomeye banduye Covid-19 barimo Zlatan, Laporte, Mahez, Gundogan, Issa Diop, Neymar, Di Maria, Matuidi, Hudson-Odoi, Fellaini, Mangala, David Silva, Thiago Alcantara, Sadio Mane, Naby Keita n'abandi bagiye batandukanye.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/14/cristiano-ronaldo-yanduye-covid_19-kylian-mbappe-afite-ubwo-bwinshi-kona-we-ashobora-kuyandura/

  • Umugabo yaguze igihumure nyuma yaho yarari mu myiteguro yo kurongora umugore we wa 4 , umwana we w' umuhungu atorokana inka zari zatoranijwe nk'igiciro cy'umugeni #rwanda #RwOT

    Umuhungu w'imyaka 17 ukomoka mu ntara ya Tana River County, muri Kenya, yadobeje gahunda ya se yo gushaka umugore wa kane nyuma yo guhungana inka zatoranijwe bari guha umugeni.

    Se w'uwo muhungu, Mzee Ramadhan Mohammed wo mu mudugudu wa Titila, yari agiye gushyingiranwa n'umwangavu bivugwa ko yahise arwara nyuma yo kumenya ko umuhungu we yazimiye akajyana n'amatungo yari yatoranijwe nk'igiciro cy'umugeni.

    Mbere yo gutorokana ayo matungo (inka), uyu muhungu w'umwangavu yari yatonganye na se ku gitekerezo cye cyo gushaka umugore wa kane, dore ko se nawe yari yanze kumuha uburenganzira bwo gushaka. Murumuna w'uyu mwangavu waganiriye n'ikinyamakuru Saturday nation dukesha iyi nkuru, yagize ati: 'Murumuna wanjye yagiye amenyekanisha umugeni we ashaka kurongora, ariko bigaragara ko data akunda ubwoko bw'abagore ashaka ko dushyingiranwa, bityo akomeza kwanga amahitamo yacu.'

    Yakomeje agira ati: 'Ntabwo twagize ijoro ry'amahoro ku Cyumweru; bombi bafatanye mu muhogo, ku buryo data yahise amwihakana amubwira ko atakiri umwana we.'

    Uyu muvandimwe we muto yavuze ko uwo muhungu w'imyaka 17 utaravuzwe izina yavuye mu rugo nyuma yo gutongana na se, ariko agaruka mu ijoro ryo ku wa kabiri, afungirana se mu nzu mbere yo gutorokana n'inka zagenwe nk'igiciro cy'umugeni se yagombaga kurongora.

    Umusaza Mzee Titila yabyutse amenya ko yari afungiranye imbere mu nzu, atangira gutaka avuza induru. Nyuma yaje kwitura hasi ata ubwenge  ubwo bamubwiraga ibyabaye nuko ajyanwa mu bitaro.

    Kuva icyo gihe, kuri ubu yasezerewe ariko aracyatungurwa, kandi nta kindi ari kurya usibye kunywa amata nk'uko bene wabo babitangaza. Ubukwe bwe bwari buteganijwe nabwo bwahagaritswe mu gihe abasore bo mu baturage boherejwe gushakisha umuhungu we n'amatungo yatorokanye.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/14/umugabo-yaguze-igihumure-nyuma-yaho-yarari-mu-myiteguro-yo-kurongora-umugore-we-wa-4-umwana-we-w-umuhungu-atorokana-inka-zari-zatoranijwe-nkigiciro-cyumugeni/

  • Rwanda Approves 'Ganja Planting', Processing #rwanda #RwOT

    Rwanda has officially legalized the growing, processing and export of cannabis, cabinet resolved on October 12.

    Cannabis growing and distribution, including consumption, has been one of the gravest crimes in the country. The sudden u-turn is publicly considered an extreme shock to the nation.

    The crime of growing selling, and concumption of cannabis is highly punishable with almost five years in the gallows. After government approval for therapeutical purposes, it is now going to be a lucrative agriculture initiative that is likely to improve the country's revenues.

    Since the early 80s and 90s, Rwanda was known for producing the most high quality cannabis only by inner circles of former President Juvenal Habyarimana.

    In the sixth cabinet resolution presided over by President Paul Kagame, government on Monday officially okeyed the cultivation, processing and export of cannabis 'for therapeutic purposes' which it said was listed among high value therapeutic crops in the country.

    In Eastern African Community Member States, Rwanda is the second country to allow commercial cultivation of this formerly highly illegal crop. Uganda parliament in 2015 passed legislation for legal cannabis cultivation, processing and export for use in pharmaceutical industries in foreign countries.

    Meanwhile, Rwanda Development Board (RDB) has already made an official request for proposals on cannabis production in the country.

    The government, through RDB and the National
    Agriculture Exports Board (NAEB), is considering the development of a Medical Cannabis industry in  Rwanda, targeting medicinal and therapeutic products. With a focus on export markets and value addition, the government seeks to participate in the economic opportunities that this growing sector offers.

    Today, a significant number of interested parties have subsequently and formally expressed an
    interest, and the government of Rwanda now calls upon interested parties to submit detailed
    business concepts and operational plans.

    After evaluation, RDB and NAEB will work with a group of shortlisted companies to develop full business and investment proposals.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-approves-ganja-planting-processing/

  • Minisiteri y'uburezi mu Rwabda yasohoye ingengabihe y'itangira ry'amashuri 2020_2021 #rwanda #RwOT

    Mu itangazo yanyujije ku rukuta rwa Twitter rwayo, minisiteri y'uburezi mu Rwanda MINEDUC yashyize ahagaragara ingengabihe y'itangira ry'amashuri mu mwaka w'amashuri 2020-2021.

    Nk'uko bigaragara muri iri tangazo, abanyeshuri biga mu mashuri abanza n'ayisumbuye bazatangira gusubira ku mashuri tariki ya 02 Ugushyingo 2020. Ikindi kandi ni uko igihembwe cya mbere abanyeshuri batazagisubiramo, ko ahubwo bazakomereza ku gihembwe cya kabiri.

    Abanyeshuri biga mu myaka ya 5 na 6 mu mashuri abanza n'abiga mu wa 3,5,6 mu yisumbuye bazatangira tariki 02 Ugushyingo 2020 basoze igihembwe cya kabiri tariki 02 Mata 2021.

    Abiga mu wa kane w'abanza, uwa 1,2 n'uwa 4 mu yisumbuye bazatangira kuri 23 Ugushyingo 2020 basoze igihembwe cya 2 tariki 02 Mata 2021.

    Abandi basigaye (Inshuke, P1,P2,P3) bakazatangarizwa mu gihe cya vuba igihe nabo bazatangira.

    Igihembwe cya gatatu kizatangira tariki 19 Mata 2021 gisoze tariki 09 Nyakanga 2021, mu gihe ibizamini bya Leta bizakorwa ku buryo bukurikira:

    P6: 12/07-14/07/2021

    S3, S6, TVET: 20/07-30/07/2021.

    Minisiteri y'uburezi yatangaje ko abari barishyuye amafaranga y'igihembwe cya mbere batazongera kucyishyura.

    Amashuri yari yafunzwe mu mpera za Werurwe 2020 hirindwa ko abana b'u Rwanda bakwandura Coronavirus mu buryo bwihuse. Ibi byatumye umwaka w'amashuri 2020 uburizwamo(Année blanche) kuko nta bizamini bya Leta byakozwe. Umunyeshuri akaba agomba gusubira mu mwaka yari asanzwemo

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/13/minisiteri-yuburezi-mu-rwabda-yasohoye-ingengabihe-yitangira-ryamashuri-2020_2021/

  • Urubanza ruregwamo Tom Byabagamba rwongeye gusubikwa #rwanda #RwOT

    Umumacanza yabajije Col Tom Byabagamba niba yiteguye kuburana, yahise amubwira ko atiteguye kuburana kuko atabonye dosiye.

    Ati 'Ntanubwo abanyunganira twabonanye, twaraye tubonanye nimugoroba.'
    Umucamanza yahaye umwanya Ubushinjacya ngo buvuge ku nzitizi, buvuga ko urubanza rwaburanishwa kuko rusubutswe inshuro ebyiri kandi bituruka ku muburanyi buri gihe.

    Bwavuze ko bwa mbere rwasubitswe ku wa 21 Nyakanga 2020 kandi byari biturutse kuri Col. Tom Byabagamba, icyo gihe rwongeye gusubikwa ku wa 14 Ukwakira 2020, abamwunganira mu Mategeko babuze.

    Ubushinjacyaha bukavuga ko Col Tom Byabagamba yahawe dosiye yose mbere, buti ahubwo umuburanyi ari gutinza urubanza nkana.

    Col Tom Byabagamba yahawe ijambo avuga ko Ubushinjacyaha bubeshye Urukiko kuko yabonye dosiye y’ibyo aregwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 12 Ukwakira 2020.

    Me Gakunzi Valery wunganira Col Tom Byabagamba na we yahise abwira Urukiko ko ibyo Ubushinjacyaha buvuze atari byo.

    Ati 'Ibyo buvuze byose burabeshye ntabwo byabaye.'
    Me Paul Ntare na we yabwiye Urukiko ko imiterere ya System itabemerera kubona dosiye z’abo bunganira uko baba babishaka.

    Nyuma y’impaka zimanze iminota 30 hagati y’Ubushinjacyaha na Col Tom Byabagamba, Umucamanza afashe icyemezo cyo gusubika urubanza, avuga ko ruzaburanishwa ku wa 22 Ukwakira 2020 saa mbiri za mugitondo.

    Ati 'Ariko noneho nta yindi mpamvu izongera gutangwa y’uko urubanza rusubikwa.'
    Urubanza rwa Col Tom Byabagamba rwatinze gutangira kubera ikibazo k’ikoranabuhanga. Col Tom Byabagamba aburanira mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiko, icyaha cy’Ubujura akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha.

    Muri Mata 2020, Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko hari ibyaha by’inyongera Col Tom Byabagamba aregwa byiyongera ku bindi yari asanzwe akurukiranyweho ndetse yaranakatiwe ku rwego rw’ibanze.

    Lt.Col Innocent Munyengango Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Col Tom Byabagamba akurikiranyweho gushaka gutoroka Gereza n’icyaha cyo gutanga ruswa.

    Ubwo yatangiraga kuburana bwa mbere muri Nyakanga 2020 mu Rukiko rw’ibanze rwa Kicukiko Umucamanza yamubajije niba yemera icyaha cy’ubujura akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha, Col Tom Byabagamba icyo gihe avuga ko atakemera.

    Byabagamba yahise abwira Umucamanza ko nubwo atakemera atiteguye kuburana kuko nta bamuhagarariye mu Mategeko afite mu Rukiko.

    Icyo gihe Umucamanza yasubitse urubanza arwimurira muri Tariki 14 Nzeri 2020, nabwo Umucamanza yaje gusubika urubanza kubera ko n’ubundi abanyamategeko ba Col Tom Byabagamba batabonetse.

    Byavuzwe ko Col Tom Byabagamba yafatanywe telefone muri Gereza icyaha atemera kugeza uyu mwanya.

    Col Tom Byabagamba asanzwe akatiye imyaka 15 y’igifungo, amaze imyaka irenga 6 afunzwe. Bimwe mu byaha byamufunze icyo gihe harimo icyo Gusuzugura ibendera ry’Igihugu no Guteza imvururu muri rubanda.

    .

    Source : https://www.imirasire.rw/?Urubanza-ruregwamo-Tom-Byabagamba-rwongeye-gusubikwa

  • Ibyo utari uzi ku gisasu kirimbuzi Korea ya ruguru iherutse kwerekana #rwanda #RwOT

    Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 75 y’ishyaka ry’abakozi muri iki gihugu, igisirikare cyakoze akarasisi gakomeye cyane kandi kadasanzwe kabaye hagati mu ijoro.

    Ibi birori byari birimo abantu benshi bidasanzwe batambuka mu karasisi badasobanya, byaranzwe kandi n’ijambo ryuzuye imbamutima ry’ukuriye iryo shyaka Kim Jong-un, wageragaho agatsikimba arimo avuga ingorane igihugu cyaciyemo.

    Ku musozo, Koreya ya ruguru yamuritse missile rutura ishobora kuraswa ku yindi migabane ari nayo nini cyane kugeza ubu berekanye ko bafite.
    Ibi ni ibintu bitatu tuzi kuri iki gisasu.

    Intwaro y’ingenzi Kim yasezeranyije
    Tariki 01 z’ukwezi kwa mbere mu 2020, Bwana Kim avuga ijambo ry’umwaka mushya, yavuze ko igihugu kiri “gukora intwaro zikomeye zifitwe n’ibihugu biteye imbere gusa”.

    By’umwihariko yasobanuye “intwaro y’ingenzi” – bivuze iza kirimbuzi – iri gukorwa.
    Bwana Kim yagereranyije iyo ntwaro n’iza Amerika, avuga ko “mu gihe kiri imbere, uko Amerika itinda ikanashidikanya ku mubano wa Koreya ya ruguru na Amerika, ni ko izisanga ntacyo igishoboye imbere y’imbaraga za Rupubulika ya Demokarasi ya Rubanda rwa Koreya, ziri kwiyongera birenze ibyitezwe”.

    Iyi missile ya rutura ni yo ntwaro y’ingenzi Bwana Kim yasezeranyije. Igambiriye ahanini Amerika kandi imuritswe nk’ingaruka zo kunaniranwa mu biganiro n’ubutegetsi bwa Perezida Trump.

    Koreya ya ruguru ifite missile ebyiri zambukiranya imigabane yagerageje. Izo mu bwoko bwa Hwasong-14 yagerageje mu 2017 zishobora kuraswa mu ntera ya 10,000km zikaba zagera mu Burayi bw’uburengarazuba cyangwa ku butaka bwa Amerika zitwaye umutwe w’igisasu cy’ubumara kirimbuzi.

    Hwasong-15 zageragejwe mu 2017, zishobora kuraswa muri 13,000km, zo zishobora kuraswa aho ariho hose muri Amerika zijyanye umutwe w’igisasu cy’ubumara kirimbuzi.

    Iyi missile nshya, itarageragezwa, nayo iri mu bwoko bumwe n’izi ariko y’uburebure n’ubunini budasanzwe kurusha Hwasong-15.

    Mu gihe moteri z’iyo missile zitaratangazwa cyangwa ngo igeragezwe, biragoye cyane kumenya intera ishobora kuraswamo.

    Icyakora, ishusho n’ingano yayo irerekana neza gahunda ya Koreya ya ruguru: Ntibagicyeneye kongera uburebure bw’aho missile zabo zishobora kugera.

    Ahubwo, bari kugerageza uko missile imwe yajyaho imitwe myinshi y’ubumara kirimbuzi. Ibi byaba indi ngorane ku bwirinzi bwa Amerika kuri za missile, kuko uko hiyongereyeho undi mutwe Amerika iba icyeneye ibindi bikoresho byinshi byo kuwufata.

    Ibihugu bifite intwaro kirimbuzi ziteye imbere zifite ibikoresho byitwa ‘multiple independent re-entry vehicles’ – cyangwa MIRVs – ibi byifashishwa mu gushyirwaho imitwe myinshi y’ibisasu kirimbuzi bishobora kuraswa ahantu hatandanye, Koreya ya ruguru irashaka gukora nk’ibi.

    Impamvu ikomeye iteye impungenge

    Haracyari ibyibazwa ku ishusho y’igisasu cyerekanywe ubwacyo, bituma bigoye kumenye igihe n’uko kizageragezwa. Gusa, imodoka yari icyikoreye nayo iteye kwibaza.

    Imwe mu mbogamizi ya Koreya ya ruguru mu kuba yajya mu ntambara y’intwaro nk’izi ni umubare w’ibikoresho birasa za missile (launchers). Ubusanzwe, ushobora kurasa missile nyinshi bitewe n’ubwinshi bwa ‘launchers’ ufite.

    Amerika igereranya ko Koreya ya ruguru ishobora kurasa missile zambukiranya imigabane zitarenze 12.

    Iyo mibare ishingiye ku kuba bazi ko Koreya ifite ‘launchers’ esheshatu buri imwe ifite ubushobozi bwo kurasa missile imwe, kandi bakaba bagorwa no kuba bakohereza indi vuba vuba Amerika itarasubiza.

    Mu 2010, Koreya ya ruguru yatumije mu Bushinwa imodoka nini cyane esheshatu za WS51200 izihinduramo ibikoresho byitwa transporter erector launchers (TELs).

    Izo TELs ni zo Koreya ya ruguru yakoresheje mu gutwara, kumurika no gushinga izi missile, ni nazo zakoreshwa mu kuzirasa.

    Izi modoka ni iz’agaciro gakomeye kuko zibasha no kwigirayo ubwazo mbere gato yo kurasa missile, kuko byagorana cyane kuzisimbuza mu gihe byaba bigenze nabi.

    Aka karasisi ni ko ka mbere kamuritswemo bene ziriya modoka zirenze esheshatu. Izi modoka nshya zaravuguruwe cyane.

    Ibyo rero bisobanuye neza ko Koreya ya ruguru igifite ibyangombwa byatuma ibona ‘launchers’ nubwo hariho ibihano bibuza ibihugu kugira icyo biha Koreya ya ruguru muri uru rwego.

    Birasobanutse kandi ko bubatse ubushobozi bwo gukora ibikoresho iwabo ku buryo bashobora guhindura – cyangwa kuba banakora ubwabo – ‘launchers’ zirasa izi missile.

    Iyi missile rutura nshya ya Koreya ya ruguru, yakozwe mu mwaka umwe, ni ubutumwa ku isi bwo kudasuzugura imbaraga zayo, umutegetsi wayo cyangwa ikoranabuhaga bagezeho.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Ibyo-utari-uzi-ku-gisasu-kirimbuzi-Korea-ya-ruguru-iherutse-kwerekana

  • Amabwiriza mashya agenga ingendo azatangira kubahirizwa kuwa kane-RURA #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryakeye, nibwo Inama y’abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida Kagame, yemeza ingamba zo gukomeza kwirinda COVID-19,zirimo ko: Ingendo zibujijwe guhera saa yine z’ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo.

    Hafatiwemo umwanzuro uvuga ko imodoka zitwara abagenzi bicaye zemerewe gutwara abuzuye neza 100% mu gihe abatwara imodoka zirimo abagenda bicaye n’abahagaze zigomba gutwara 100% bicaye na 50% bahagaze.

    RURA yavuze ko kuwa 15 Ukwakira aribwo uyu mwanzuro uzatangira gushyirwa mu bikorwa kuko aribwo izaba yashyizeho amabwiriza abigenga.

    Avuga kuri iyi myanzuro yafashwe, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabwiye RBA ko ibi byakozwe ari ugusubiza ubukungu mu buryo ariko bikajyana no gukomeza kwirinda iki cyorezo, abantu bubahiriza amabwiriza arimo nko kwambara agapfukamunwa no gukaraba.

    Ati 'Mu modoka hari umuntu uzaba urimo ushinzwe kureba uko abantu bubahiriza aya mabwiriza. Gufungura ibirahure ku buryo umuyaga utambuka abantu ntibicare ahantu hafunganye nta muyaga utambuka.'

    Yakomeje avuga ko 'iyo abantu bicaye bambaye udupfukamunwa, ikigaragara ni uko ibyago byo kwandura biba atari byinshi cyane' iyo abantu bose bubahirije amabwiriza.

    Minisitiri Ngamije yavuze ko kongera amasaha abantu bagatangira akazi kare byari mu byifuzo bya benshi kuko ngo hari abacuruzi n’abandi bakunda kuzinduka byagaragaye ko bakeneye gufashwa.

    Ati 'Byagaragaye ko nta ngorane yindi biteye mu kurwanya COVID-19 dukurikije ibyo ibipimo bitwereka, abantu bamwe bashaka kuzinduka nta cyababuza kuba babikora, nicyo gituma inama ya Guverinoma yafashe uwo mwanzuro wo gutangira akazi saa kumi kakarangira saa yine z’ijoro abantu bakaba bageze mu rugo.'

    RURA yagaragaje ko kuwa Kane aribwo hazashyirwaho ibiciro bishya by’ingendo byazamutse ndetse hari aho byikubye kabiri kubera gutwara abagenzi bake mu rwego rwo kwirinda Covid-19.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Amabwiriza-mashya-agenga-ingendo-azatangira-kubahirizwa-kuwa-kane-RURA

  • Kamonyi/Nyamiyaga: Mu mwiherero bati' Umuyobozi mwiza, umusingi w' impinduka n' iterambere ry' abo ayobora' #rwanda #RwOT

    Abakozi n'abayohozi b'Umurenge wa Nyamiyaga, kuri uyu wa 13 Ukwakira 2020 mu cyumba cy'inama cya 'Cooproriz Mukunguri', bagize Umwiherero w'umunsi umwe baganira ku cyatuma mubyo bakora harushaho kuboneka impinduka nziza ziganisha ku guha Serivise nziza umuturage no kunoza ibyo bakora. Ni ku nsanganyamatsiko igira iti ' Umuyobozi mwiza, umusingi w'impinduka n'iterambere ry'abo ayobora'.

    Ni Umwiherero watangijwe ndetse uyoborwa na Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'uyu Murenge. Yabwiye intyoza.com ko intego Nyamukuru y'uyu mwiherero ari ' Gufatira hamwe ingamba zo kwihutisha ikemurwa ry'ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage no kwihutisha iterambere'.

    Uhereye Ibumoso ni Gitifu Kubwimana, hagati Uzziel Niyongira/MRPIC, Niyotumuragije Jean Damascene/Perezida wa Njyanama y'Umurenge wa Nyamiyaga.

    Gitifu Kubwimana, avuga kandi ko mubyo baganiriye mu buryo bwimbitse harimo; Gusesengura neza ibibazo bibangamiye imibereho myiza y' abaturage, ingamba zo kubikemura n' uruhare rw' abafatanyabikorwa, hakaba Kunoza imikorere n' imikoranire y'abayobozi ku nzego zitandukanye, Kwigenzura no kwigiranaho hagati mu bakozi hagamijwe kunoza serivise.

    Uretse intego y'umwiherero no kwinjira mu buryo bwimbitse ingingo ku yindi, muri uyu mwiherero banagarutse ku kurebera hamwe ibyo bakwiye kwitaho ngo bubake ' Urunana rw' imiyoborere'. Bahawe ibiganiro bitandukanye bigamije ku kunoza inshingano no kugera ku ntego y'inshingano za buri wese.

    Gitifu Kubwimana, ahamya ko umwanya nk'uyu abakozi n'abayobozi baba bafashe bari kumwe na bamwe mu nzego bakorana umunsi ku wundi, ari igihe cyiza cyo kwisuzuma, kwiyemeza no kurebera hamwe icyerekezo buri wese aganamo, hitawe ku gushyira ' Umuturage ku isonga', buri wese agaharanira kurushaho kunoza ibyo ashinzwe.

    Abitabiriye uyu mwiherero muri rusange barimo; Abakozi bakorera ku rwego rw'Umurenge, Abakorera ku rwego rw'Akagari, Umuyobozi- DG w'uruganda rwa MRPIC, akaba umujyanama w' Umurenge wa Nyamiyaga mu nama Njyanama y' Akarere, bwana NIYONGIRA Uzziel, hari Perezida w' Inama Njyanama y' Umurenge wa Nyamiyaga, bwana NIYOTUMURAGIJE Jean Damascene. Hanitabiriye kandi abagize inzego z'umutekano zirimo Ingabo na Polisi by'Igihugu .

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-nyamiyaga-mu-mwiherero-bati-umuyobozi-mwiza-umusingi-w-impinduka-n-iterambere-ry-abo-ayobora/

  • Cristiano Ronaldo yanduye COVID-19, ahita akurwa mu mwiherero #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Juventus yo mu Butaliyani akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo yanduye icyorezo cya COVID-19 akaba yahise ajya mu kato.

    Ibi byatangajwe na federasiyo y’umupira w’amaguru muri Portugal kuri uyu wa Kabiri aho bavuze ko yanduye ariko nta bimenyetso agaragaza.

    Mu itangazo basohoye bagize bati“Cristiano ameze neza, nta bimenyetso afite kandi ari mu kato.”

    Uyu mukinnyi akaba yahise akurwa mu bakinnyi bari mu mwiherero bitegura umukino wa UEFA Nations League uzaba ku munsi w’ejo aho bazahura na Sweden.

    Ibi kandi bivuze ko hari imikino ya Juventus azasiba kubera icyorezo cya COVID-19 cyane ko hataramenyekana igihe azamara avurwa kuko azagaruka mu bandi yakize.

    Uyu rutahizamu w’imyaka 35, yanduye iki cyorezo nyuma y’uko ku Cyumweru yagaragaye mu mukino wa UEFA Nations League ikipe ye ya Portugal yanganyijemo na France 0-0. Abandi bakinnyi bose bakinana nta n’umwe wanduye.

    Yari yakinnye umukino n’u Bufaransa ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/cristiano-ronaldo-yanduye-covid-19-ahita-akurwa-mu-mwiherero

  • Ababyeyi bafite abana bashimutiwe mu Burindi babuze ayo bamira n’ayo bacira #rwanda #RwOT

    bana bashimuswe ni abahungu batanu bo mu kigero cy’imyaka hagati ya 15 na 22. Bari bagiye kwahira ubwatsi bw’amatungo mu gishanga cy’Akanyaru. Hari ku itariki ya 15 Kanama 2020.

    Kuri ubu ababyeyi babo barahangayitse kuko bibaza uko abana babo babayeho, cyane ko babwiwe ko ubu bafungiye i Ngozi mu Burundi.

    Schoolastique Uwamariya, bamutwariye umuhungu w’umuhererezi witwa Innocent Ntahwidakiriza. Ni we mwana we wenyine wabashije gukomeza amashuri.

    Coronavirus yamusanze mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, kandi ngo bari barumvikanye ko we aziga akagera kure hashoboka.

    Agira ati 'Ibaze kubura umwana w’umusore, nta gitoki yibye nta kijumba yacukuye! Sinzi aho aherereye, nkajya kumva kuri radiyo ngo amashuri agiye gutangira, nakwibaza ukuntu yari azi ubwenge, agahinda kakanyica'.

    Yungamo ati 'Amakayi ye n’imyenda y’ishuri iyo mbikubise ijisho ndababara cyane nkavuga nti Mana wantabariye umwana akaza agasubira ku ishuri'!

    Hyacinthe Uwimbabazi, umubyeyi wa Jean Claude Noheli w’imyaka 16 na we washimuswe, n’ikiniga agira ati 'Njyewe rwose urebye narapfuye kubera agahinda. Nahuye na Jenoside, ngize ngo ndishumbushije dore. Ni imbyaro yanjye ya kabiri'.

    Samuel Ndayisaba watwariwe umwana w’imyaka 15 na we ati 'Abayobozi bacu bari kuvuga ko bari kuvugana n’inzego z’i Burundi, ikizavamo ngo bazatubwira.

    Ndahangayitse, ariko kuko ntacyo nabikoraho narabyakiriye'.
    Aba bana batanu bivugwa ko barimo bahira mu migano yo mu gishanga cy’Akanyaru, hanyuma bakagwa ku bapolisi b’Abarundi ngo bari bihishe muri iyo migano nk’uko ngo bivugwa n’abahingaga muri icyo gishanga babonye uko byagenze.

    Samuel Ndayisaba agira ati 'Nubwo babatwaye ariko ntabwo bari mu Burundi. Bari mu Rwanda kuko imigano babasanzemo yatewe n’Abanyarwanda'.

    Ubwo babatwaraga bari batandatu, harimo n’uw’imyaka 12 na we wa Ndayisaba, ariko we baje kumurekura, aza azanye urwandiko rusaba ababyeyi babo kuzana amafaranga bakababasubiza.

    Ababyeyi ngo begeranyije amafaranga ibihumbi 13 buri wese, bagiye kubitanga Abarundi bisubiraho kuko mu bari bahuruye harimo n’abadaso. Icyo gihe ngo baravuze ngo bisubiyeho kuko hajemo ubuyobozi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Jérôme Rutaburingoga, avuga ko kuri ubu bariya bana bafungiye i Ngozi mu Burundi, kandi bakomeje gushakisha uko barekurwa bagataha iwabo.

    Agira ati 'Turakurikirana kugira ngo amategeko azubahirizwe. Nta kindi twakora, gusa amakuru dufite ni uko bafungiye i Burundi.

    Uyu muyobozi anavuga ko bari kureba ukuntu byanyura mu butabera bakaburana, uretse ko bari no gushaka uburyo ababafite babarekura binyuze mu mishyikirano, cyane ko abatuye ku ruhande rw’u Burundi ndetse n’abo ku rw’u Rwanda bagiye bashyingirana.

    Ikindi uyu muyobozi avuga bari kugaragariza u Burundi, ni uko muri iki gihe imipaka ifunze kubera Coronavirus, Abarundi bibeshye bakaza ku butaka bw’u Rwanda bo batagirirwa nabi ngo babe bafungwa nk’uko byabaye ku Banyarwanda, ahubwo ko Abanyarwanda babagaragariza ko barenze imipaka, bakabayobora bagataha

    Source : https://www.imirasire.rw/?Ababyeyi-bafite-abana-bashimutiwe-mu-Burindi-babuze-ayo-bamira-n-ayo-bacira