Category: Uncategorized

  • Rusesabagina yongerewe indi minsi 30 y'ifungwa ry'agateganyo #rwanda #RwOT

    Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukwakira 2020 rwemeje ubusabe bw'Ubushinjacyaha bwo kongera igihe cy'iminsi 30 y'ifungwa ry'agateganyo rya Paul Rusesabagina.

    Umwanzuro wo gukomeza gufunga Rusesabagina wafashwe gusa uregwa ntiyari mu cyumba cy'iburanisha kuko yari muri Gereza ya Nyarugenge mu gihe Ubushinjacyaha bwari ku ikoranabuhanga rya Skype.

    Ubwo aheruka kwitaba uruki ku wa 20 Ukwakira, Ubushinjacyaha bwasabye kongererwa iminsi y'ifungwa ry'agateganyo aho buvuga ko bugikusanya ibimenyetso bizifashishwa mu rubanza bitabonekeye igiye.

    Hagati mu kwezi gushize nibwo urukiko rwategetse ko afungwa by'agateganyo iminsi 30, mu ntangiriro z'uku kwezi ubujurire bwe busaba kurekurwa bwanzwe n'urukiko rwisumbuye.

    Bwana Paul Rusesabagina uregwa ibyaha 13 bifitanye isano no guhungabanya umutekano w'u Rwanda binyuze mu mutwe w'ingabo wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka MRCD yari abereye umuyobozi.

    Itegeko ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha riteganya ko iyo iminsi 30 yasabwe n'Ubushinjacyaha irangiye bukiri mu iperereza, busubiza imbere y'urukiko uregwa bugasaba ko yongererwa iminsi yo gufungwa by'agateganyo.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/23/rusesabagina-yongerewe-indi-minsi-30-yifungwa-ryagateganyo/

  • Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize #rwanda #RwOT

    RUD Urunana ni umutwe washinzwe muri Nzeli 2005 biturutse ku ivangura rishingiye ku irondakarere (Kiga na Nduga) ariko abayobozi ba politiki ku ikubitiro bari cyane mu mahanga akaba ariho yatandukaniraga na FDLR. Abayobozi ba Politiki bari Jean Marie Vianney wari Perezida naho Umunyamabanga Nshingabikorwa akaba Felicien Kanyamibwa. Mu bandi bari mu buyobozi bwa Politiki harimo na Major Emmanuel Munyaruguru uba mu gihugu cya Norvege.

    Ingabo za RUD Urunana ku ikubitiro zari ziyobowe na Brig Gen Jean Damascene Ndibabaje Alias Musare. Bivugwa ko Musare yatonganye na Mudacumura, akamwaka Brigade yari ayoboye undi akivumbura agahita ahindura abasirikari yari ayoboye abashyira mu mutwe mushya wa RUD Urunana. Mu kwezi kwa Kamena 2006, Mudacumura yamugabyeho ibitero undi yihagararaho.

    Brig Gen Musare wize amashuri yisumbuye I Bicumbi mbere yo kurangiriza muri APE Rugunga, yinjiye mu ishuri rya gisirikari ESM muri Ukwakira 1990. Yahunze afite ipeti rya St Liyetona akaba ari mubakubiswe ikibatsi n'ingabo za APR ubwo yari ku musozi wa Jali ndetse muri Jenoside akaba yarishe abatutsi cyane ahitwa i Remera y'Abaforongo.

    Brig Gen Musare yishwe tariki ya 8 Gashyantare 2016 mu bitero byagabwe n'abarwanyi ba Mai Mai. Umwe mu barwanyi ba RUD Urunana warokotse iki gitero cyahitanye Musare yagize ati 'Imirwano ikarishye yatangiriye mu birindiro bya Generali abivamo ajya ku gasozi ajya ahamagariraho agiye gusaba ubufasha abandi basirikare maze asanga yatezwe agico n'abarwanyi Maï-Maï ya Guidon bahita bamurasa n'umusirikare umurinda bitaba Imana.' Tubibutse ko Brig Gen Musare yapfuye atarashaka umugore kuko yari yaravuze ko azamushaka nagaruka mu Rwanda, FPR yaratsinzwe.

    Uwasimbuye Brig Gen Musare ni Gen Musabyimana Juvenal Alias Afrika Jean Michel nawe akaba yarishwe n'ingabo za Kongo FARDC tariki ya 9 Ugushyingo 2019. Yiciwe ahitwa Makoka, Gurupoma ya Binza muri Teritwari ya Rutshuru ibirometero bitatu hafi n'umupaka wa Uganda. Bane mu bari bamurinze nabo bahise bahasiga ubuzima.

    Mu kwezi kwa munani uyu mwaka uwari wasimbuye Gen Afrika ariwe Col Cyprien Mpiranya nawe yarishwe ubwo hari tariki ya 29 Kanama 2020 nawe yicirwa ku mupaka na Uganda. Col Mpiranya, wari uzwi nka Kagoma yahunze u Rwanda afite ipeti rya Serija aho yahise yinjira mu mitwe yabanjirije FDLR nka ALiR nindi nyuma yinjira muri RUD Urunana yaje kuyobora kugezwa yishwe.
    Muri 2005, RUD Urunana yaje kwihuza nundi mutwe witwaga RPR-Inkeragutabara wari ugizwe na bamwe mu babaye mu gisirikari cya APR bagakora amakosa bagahungira muri Uganda. Umwe mubashinze RPR Inkeragutabara ariwe Major Gerard Ntashamaje yaje gutaha mu Rwanda. Uwari uyoboye agatsiko ka RPR Inkeragutabara kihuje na RUD Urunana ni Col Emmanuel Rugema wiyitaga Umupfu w'ishyamba ndetse nundi witwaga Capt Eric ushobora kuba yarihaye ipeti nawe.
    Nyuma yuko Col Mpiranya yishwe, yasimbuwe na Col Emmanuel Rugema. Amakuru yahamijwe (kuberako umurambo we wabonetse) uyu munsi ariko akaba yari amaze iminsi ibiri acicikana nuko Col Rugema yishwe na bagenzi be nyuma yo kugira amakimbirane mu buyobozi bwuwo mutwe w'iterabwoba uherutse kwica abaturage 14 mu Kinigi mu mpera za 2019.

    Col Rugema Emmanuel yishwe ku kagambane yakorewe na bagenzi be Col Fayida afatanyije na Cpt Gavana,barwaniraga intebe y'ubuyobozi.
    Mu mirimo yakoze, Col Rugema Emmanuel yabaye umugaba wungirije wa RUD mu gihe cya Gen.Musare, ndetse na Gen Afurika Jean Michel. Col Rugema asize umugore n'abana batatu bakaba batuye mu mujyi wa Kampala, umugore we yitwa Rosine Mapendo.
    Ibi bivuga ko kuva kuri Gen Musare kugera kuri Col Rugema, abayoboye bose RUD Urunana barishwe.

    The post Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/kuva-muri-2016-uwayoboye-wese-rud-urunana-yarishwe-guhera-kuri-gen-musare-gen-afrika-col-mpiranya-na-col-rugema-wishwe-mu-minsi-ibiri-ishize/

  • MINEDUC yamaganye amashuri abanza gupima abakobwa ko batwite #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi uburakari bw’abantu bamagana ubu busabe bw’ibigo by’amashuri bisaba abana b’abakobwa kuzana impapuro zihakana ko badatwite.

    Bimwe mu bigo by’amashuri biherutse kwandikira ababyeyi b’abanyeshuri b’abakobwa ko bagomba gupimisha abakobwa babo bakazasubira ku ishuri bafite ibyemezo by’uko bipimishije.

    Umwaka w’amashuri wa 2020/2021 uzatangira kuwa 02 Ugushyingo 2020.Abakoresha imbuga nkoranyambaga bavuze ko ubu busabe bw’amashuri butesha agaciro umwana w’umukobwa ndetse n’ivangura.

    Itangazo MINEDUC yashyize hanze rigira riti 'Gupimisha abanyeshuri b’abakobwa inda nk’icyemezo kibemerera kwiga n’ivangura kandi ntibikwiriye.MINEDUC izakora isuzuma kugira ngo irebe ko ibigo by’amashuri byahagaritse iki cyemezo.

    Iri tangazo MINEDUC yarishyize kuri Twitter nyuma y’aho ibigo nka Blu Lake International, Gashora Girls, Riviera High School byandikiye ababyeyi bibasaba ibi byemezo.

    Umwe mu babyeyi bafite abana biga ku kigo cya Blu Lake International School (BLIS) yabwiye KT Press ko iki cyemezo bagisabwe ndetse ko abanyeshuri badatwite bemerewe kujya ku ishuri.

    Iki cyemezo kigira kiti 'Ubuyobozi bwa BLIS burabashimira ubufatanye mwatugaragarije muri ibi bihe bikomeye.Mu kuva mu kwigisha hakoreshejwe ikoranabuhanga twigishiriza mu ishuri,ikigo kirifuza gusaba abanyeshuri b’abakobwa kuzana ibyemezo bigaragaza ko bipimishije inda byasinyweho n’abaganga babifitiye uburenganzira.Twizeye ko muzadufasha kubahiriza iki cyemezo.'

    Ababonye iri tangazo barakajwe cyane n’iki cyemezo niko gusaba MINEDUC gukora ibishoboka byose ikabihagarika kuko harimo ivangura ry’abahungu n’abakobwa.

    Ingengabihe y’itangira ry’amasomo iherutse gushyirwa ahagaragara na Minisiteri y’Uburezi, igaragaza ko ku wa 2 Ugushyingo 2020 aribwo amashuri yisumbuye ku biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu azasubukurwa.

    Ni kimwe n’abiga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, abo mu wa Gatatu, uwa Kane n’uwa Gatanu n’abo mu mashuri nderabarezi bazasubira ku mashuri bo mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa gatatu.

    Ibi byiciro bitatu ni byo bizajya ku mashuri guhera tariki ya 29 Ukwakira kugera ku wa 1 Ugushyingo 2020.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Uburezi, rivuga ko ku wa 29 Ukwakira 2020 abazajya ku mashuri ari abiga ku mashuri yo mu Turere twa Gisagara, Huye na Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo; abiga i Karongi na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba hamwe n’abiga mu Turere twa Nyarugenge, Kicukiro na Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

    Ku wa 30 Ukwakira, abanyeshuri bazajya ku mashuri yabo ni abiga mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo hamwe na Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba.

    Bukeye bwaho tariki ya 31 Ukwakira, hazagenda abiga mu turere twa Nyanza, Kamonyi na Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo hamwe na Ngororero, Rubavu na Nyabihu mu Burengerazuba.

    Ku Cyumweru tariki ya 1 Ugushyingo, hazagenda abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Iburasirazuba.

    Ku banyeshuri bazasubukura amasomo ku wa 23 Ugushyingo 2020 biga mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa kane mu mashuri yisumbuye, bo bazatangira kujya ku mashuri guhera tariki ya 20 Ugushyingo 2020.

    Kuri iyo tariki hazagenda abiga mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo; Karongi, Rutsiro, Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba na Nyarugenge, Kicukiro na Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

    Ku wa 21 Ugushyingo, hazagenda abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu Turere twa Kamonyi, Muhanga, Nyanza na Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo; Ngororero, Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

    Source : https://www.imirasire.rw/?MINEDUC-yamaganye-amashuri-abanza-gupima-abakobwa-ko-batwite

  • remdesivir yemejwe nk’umuti wa COVID-19 #rwanda #RwOT

    Itangazo ikigo FDA cyasohoye rigira riti: “Veklury ni wo muti wa mbere wa COVID-19 ubonye uruhushya rwa FDA”.

    Mu cyumweru gishize, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryavuze ko umuti wa remdesivir ufite akamaro kari hagati ya gacye na busa ku gukira k’umurwayi.

    OMS yavuze ko ibyo ibishingira ku bushakashatsi bwayo bwite – ariko uruganda Gilead rukora uwo muti rwamaganye ibyo byavuye mu bushakashatsi bwa OMS.
    Kuva mu kwezi kwa gatanu, remdesivir yari yemewe gukoreshwa muri Amerika nk’umuti w’amaburakindi gusa.

    Uherutse guhabwa Perezida Donald Trump nyuma yuko bamusanzemo Covid-19. Kuva icyo gihe ntayo barongera kumusangamo.

    Kugeza ubu muri Amerika hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 8,4 banduye Covid-19, muri bo abarenga 220,000 yarabishe nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza.

    Iyo ni yo mibare ya mbere iri hejuru cyane ku isi.

    FDA yavuze iki nyirizina?

    Mu itangazo rya FDA ivuga ko uwo muti wemejwe ejo ku wa kane ngo “ukoreshwe ku barwayi bakuru n’abana b’imyaka 12 no hejuru yayo kandi bapima ibiro bitari munsi ya 40 mu kubavura Covid-19 bicyeneye ko bashyirwa mu bitaro”.

    Stephen Hahn ukuriye ikigo FDA yagize ati:
    “Uku kuwemeza uyu munsi [ejo ku wa kane] byisunze amakuru yavuye mu magerageza menshi iki kigo cyagenzuye bikomeye kandi iyi ni intambwe y’ingenzi muri siyansi muri iki cyorezo cya Covid-19”.

    FDA yavuze ko uyu mwanzuro wo kwemeza uyu muti wafashwe hagendewe ku isesengura ry’amakuru yavuye mu magerageza atatu yakozwe mu buryo bwo gutomboza ku barwayi ba Covid-19 bashyizwe mu bitaro barimo abarembye n’abarwaye byoroheje.

    OMS ivuga iki?
    Mu bushakashatsi yakoze, OMS yasuzumye ingaruka z’ine mu yishobora kuba imiti ya Covid-19.

    Remdesivir yari umwe muri iyo miti, ariko OMS yanasuzumye umuti hydroxychloroquine wa malaria, wifitemo ubushobozi bwo gutera ubwirinzi.

    Hari kandi n’imiti ibiri mu yoroshya ubukana bwa VIH/HIV (SIDA) ari yo lopinavir na ritonavir.

    Umuti wa dexamethasone ubu ukoreshwa cyane ku barwayi ba Covid-19 bari mu cyumba cy’indembe mu Bwongereza, ntabwo wo wasuzumwe mu bushakashatsi bwa OMS.

    Iyo miti ine yageragejwe ku barwayi bakuze 11,266 bo mu bitaro 500 byo mu bihugu birenga 30 ku isi.

    Ibyavuye muri ubwo bushakashatsi bwa OMS ntibirasuzumwa n’abandi bashakashatsi.

    Bigaragaza ko nta n’umwe muri iyo miti ine ufite akamaro gakomeye mu kurinda kwicwa na Covid-19 cyangwa kugabanya igihe umurwayi wayo amara mu bitaro, nkuko OMS ibivuga.

    Source : https://www.imirasire.rw/?remdesivir-yemejwe-nk-umuti-wa-COVID-19

  • Perezida Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    To each & every one of you who sent the heart-warming messages for my BirthDay…I can’t thank you enough for making my day! In fact many of you have always made my life to be worthwhile. Nothing short of what to be expected from real friends & Family!!! Bless .

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2020

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/perezida-kagame-yashimiye-abamwifurije-isabukuru-nziza-y-amavuko

  • Yafashwe ari gucukura imirindankuba iba mu nkingi z’amashanyarazi #rwanda #RwOT

    Yari anafite ibindi byuma by’amashanyarazi yakase kuri izo nkingi. Hakizimana yafashwe mu rukerera rwa tariki ya 19 Ukwakira 2020.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko Hakizimana yafashwe n’abapolisi ubwo bari mu kazi mu Mudugudu wa Cyunuzi mu Kagari ka Cyunuzi mu Murenge wa Gatore.

    Yagize ati 'Abaturage bari bamaze iminsi bavuga ko Hakizimana yangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi. Abapolisi bahise bategura igikorwa cyo kumufata, mu rukerera rwa tariki ya 19 Ukwakira nibwo yafatiwe mu cyuho arimo gucukura iyo mirindankuba iba ku nkingi z’amashanyarazi yari anafite bimwe mu byuma yakase kuri izo nkingi.'

    CIP Twizeyimana akomeza avuga ko atari ubwa mbere Hakizimana yangiza ibyo bikorwaremezo kuko ngo no mu minsi ishize yari yacitse abakozi b’ikigo gishinzwe ingufu(REG). Nabo bari bamusanze arimo gucukura iyo mirindankuba ariruka.

    Umuvugizi wa Polisi yashimiye abaturage batanze amakuru, abasaba gukomeza gutanga amakuru kandi banarinda ibikorwaremezo Leta ibagezaho.

    Ati 'Ubufatanye bwanyu mugucunga umutekano ni ingenzi, ariko cyane cyane murusheho kurinda ibikorwaremezo Leta ibagezaho. Igihe cyose hari umuntu mukekaho guhungabanya umutekano mujye mwihutira gutanga amakuru.'

    Hakizimana yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gatore.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Source : https://www.imirasire.rw/?Yafashwe-ari-gucukura-imirindankuba-iba-mu-nkingi-z-amashanyarazi

  • La société civile rwandaise intervient contre la révision à la hausse des prix des services de base : le transport #rwanda #RwOT

    “Je sais qu’on va me traiter de tous les maux mais j’ose le dire. Au sein de la RURA, il doit y avoir des cadres soucieux de voir les citoyens faire de la désobéissance civile à cause des prix surélevés des services de transport. On se demande sur quel critères ils fixent ces prix. Et pourquoi tous les utilisateurs des services de transport en commun se plaignent et se lamentent de l’inaccessibilité de ces services”, a dit Immaculée Ingabire, présidente de Transparency International Rwanda Chapter accusant ces officiels de RURA d’être à l’écoute des gros investisseurs en transport en commun, ceux-là même qui ont fait de ce secteur uun monopole.

    Bien avant elle, de grands noms de la société civile dont le Député Frank Habineza, la chanteuse Clarisse Karassira, la modéliste Shadia Mbabazi alias Shadboo avaient protesté contre cette hausse des prix de transport sur leurs comptes twitter.

    Un gouvernement à l’écoute de la société civile

    “J’ai cherché la cause de cette hausse mais je ne l’ai pas trouvée. De un le prix de l’essence à la pompe n’est pas monté. Au contraire il a baissé. Et cela partout au monde. Mais voilà ! RURA, dans sa plénipotence de par le pouvoir que lui confère la loi, a décidé de hausser les prix de services de transport”, s’est révoltée la dame trouvant qu’il est grand temps de hausser la voix pour que le Capital rwandais ne continue pas d’empuantir l’atmosphère sociale.

    “Je demande aux élus du peuple rwandais dont le Président de la République et les députés de bien étudier cette situation intenable”,a-t-elle ajouté jouant pleinement son rôle d’alerte.
    Du côté de RURA, la chanson est la même. “Le principe est que chaque année la grille des prix des services de transport sont actualisés”, a dit le Dr Benjamin Rutimirwa qui va dans la logique que du fait du déséquilible de la balance commerciale enregistré chaque année en terme d’import-export et donc de dépréciation du franc rwandais face au dollar, les prix sont condamnés à la hausse.

    Donc les investisseurs rwandais tiennent haut le pavé. Face à cette pression de la société civile, RURA sur ordre de la Primature rwandaise, a décidé que les prix reviennement momentanément à ce qu’ils étaient avant l’apparition de la pandémie du Codid 19.
    Mais jusque à quand ?
    Quelles sont les stratégies arrêtées pour résorber le déséquilibre de la balance commerciale du pays ? C’est là la clé de ce gros défi.

    NDJ

    Source : https://fr.igihe.com/La-societe-civile-rwandaise-intervient-contre-la-revision-a-la-hausse-des-prix.html

  • Rwanda: Indi minsi 30 yahawe Bwana Rusesabagina gukomeza gufungwa byagateganyo #rwanda #RwOT

    Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko Paul Rusesabagina uregwa kurema no gutera inkunga umutwe wa MRCD-FLN akomeza gufungwa by'agateganyo indi minsi 30.

    Urukiko rwafashe icyo cyemezo uregwa adahari, aho yakurikiranaga imirimo y'urukiko ari muri gereza i Mageragere.

    Urukiko rwatesheje agaciro impamvu Rusesabagina yari yatanze z'uko atari Umunyarwanda kuko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko yari yarabyemeye.

    Rusesabagina kandi yari yamaganye ibyo ubushinjacyaha buvuga ko burimo kumusabira gukomeza igifungo cy'agateganyo kubera gushaka ibimenyetso bishya by'ibyaha asangiye n'abo baregwa hamwe, ariko urukiko rwamumenyesheje ko ubushinjacyaha bwemerewe n'amategeko gushaka ibimenyetso by'inyongera mu gihe ibihari bidahagije.

    Ubushinjacyaha buvuga ko impuzamashyaka MRCD yayoborwaga na Paul Rusesabagina mu myaka ya 2018 na 2019, ubwo umutwe wa FLN wigambaga ko urimo kugaba ibitero mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe.

    Uyu mutwe wabanje kugira umuvugizi witwa Nsabimana Callixte waje gusimburwa na Nsengimana Herman, bombi ubu barafashwe bakaba bari muri gereza mu Rwanda ndetse n'abandi 16 bafatiwe mu mashyamba ya Kongo.

    Mu ntango z'uku kwezi k'Ukwakira, Ubushinjacyaha bw'u Rwanda bwatangaje ko buhuje urubanza rwa Rusesabagina n'urwa Nsabimana na Nsengimana ndetse n'abo 16 barimo n'abari abakuru b'umutwe wa FLN.

    Rusesabagina avuga ko umutwe wa FLN wigengaga mu kugaba ibitero i Nyaruguru na Nyamagabe, ariko akemera ko yawuteye inkunga y'amafaranga.

    source: kigaliToday

    The post Rwanda: Indi minsi 30 yahawe Bwana Rusesabagina gukomeza gufungwa byagateganyo appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/10/23/rwanda-indi-minsi-30-yahawe-bwana-rusesabagina-gukomeza-gufungwa-byagateganyo/

  • Rusizi: Abagabo 10 batawe muri yombi bashinjwa gutera inda abangavu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RIB ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muganza mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe amadosiye ashyikirizwa Ubushinjacyaha.

    RIB yaboneyeho kongera kwihanangiriza umuntu wese ushora abana n’abangavu mu busambanyi kuko bibagiraho ingaruka mbi ku buzima no kubabuza ejo hazaza heza kandi inibutsa ko ari icyaha gihanisha ibihano bikomeye uwagikoze.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rusizi-abagabo-10-batawe-muri-yombi-bashinjwa-gutera-inda-abangavu

  • Abagabo 10 bo mu karere kamwe bakekwaho gusambanya abana batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Inzego zitandukanye zikomeje gushyira imbaraga mu gukumira no guhiga bukware abasore n’abagabo basambanya abakobwa batarageza imyaka nyuma y’uko byagaragaye ko mu bihe bya Guma mu rugo bakomeje kwiyongera.

    Binyuze kuri twitter ya RIB, kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020, uru rwego rwatangaje ko ku bufatanye n’izindi nzego rwataye muri yombi abagabo 10 bo muri Rusizi bakekwaho gukora aya mahano.

    Itangazo rya RIB rigira riti 'Uyu munsi RIB ifatanyije n’izindi nzego mu Karere ka #Rusizi yafashe abagabo 10 bakekwaho gusambanya abangavu bakabatera inda.'

    Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muganza mu gihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe amadosiye ashyikirizwa Ubushinjacyaha.

    RIB iboneyeho kongera kwihanangiriza umuntu wese ushora abana n’abangavu mu busambanyi kuko bibagiraho ingaruka mbi ku buzima no kubabuza ejo hazaza heza kandi inibutsa ko ari icyaha gihanisha ibihano bikomeye uwagikoze.

    Uyu munsi RIB ifatanyije n’izindi nzego mu Karere ka #Rusizi yafashe abagabo 10 bakekwaho gusambanya abangavu bakabatera inda.

    Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muganza mu gihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe amadosiye ashyikirizwa Ubushinjacyaha.

    — Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) October 23, 2020

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Abagabo-10-bo-mu-karere-kamwe-bakekwaho-gusambanya-abana-batawe-muri-yombi