Category: Uncategorized

  • Rugamba uherutse gutsinda muri Hanga Higa yashyize hanze indirimbo ya mbere #rwanda #RwOT

    Rugamba watsinze muri iri rushanwa mu Ukuboza 2019, iyi ni indirimbo ye ya mbere ashyize hanze nyuma y’uko atangiye gufashwa n’iyi Label ya The Boss Papa yashinzwe na Alain Mukuralinda uzwi ku izina rya Alain Muku.

    Iyi ndirimbo yise 'Byaroroshye’ hari aho aririmba ati 'Ukicara ukandika ibarwa ukohereza n’udutima (hari kera) ubu umwandikira ubutumwa ukohereza n’udutima (byaroroshye) mu byukuri.'

    Ni indirimbo yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Jay P mu gihe amashusho yayo yakozwe na Fayzzo usanzwe ari mu batunganya indirimbo z’abahanzi babarizwa muri The Boss Papa Label.

    Umva hano indirimbo 'Byaroroshye’

    Alain Muku uyobora The Boss Papa, yavuze ko uyu muhanzi yakagombye kuba yarakoze iyi ndirimbo mu bihe byashize ariko icyorezo cya COVID19 gihita kivangamo.

    Yakomeje agira ati 'Korona yadukmye mu nkokora itubuza gahunda twari dufite kandi burya gutinda biruta guhera ngo inkono ihira igihe.'

    Alain Muku avuga ko nyuma y’iyi ndirimbo hakomeje imishinga myinshi y’abahanzi babarizwa muri iyi Label kuko muri Kamena 2021, buri muhanzi azaba afite nibura indirimbo zirindwi zitunganyijwe mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

    Uretse uyu Rugamba kandi Label ya The Boss Papa irimo umuhanzi Nsengiyumva Francois uzwi nka Igisupusupu, na Elisha The Gift wanagiye muri East Africa’s Got Talent akaviramo muri ½.

    Umva hano indirimbo 'Byaroroshye’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Rugamba-uherutse-gutsinda-muri-Hanga-Higa-yashyize-hanze-indirimbo-ya-mbere

  • MINEDUC yamaganye amashuri ateganya gusaba abakobwa ibyangombwa by’uko badatwite #rwanda #RwOT

    Ni ibintu Minisiteri y’Uburezi igeraranya n’ivangura ndetse ridafite ishingiro n’ubwo byari bisanzwe bikorwa mu bigo bimwe na bimwe by’umwihariko ibyigenga.

    Mu bagaragaje ko bapima abakobwa bagiye kwinjira mu masomo, harimo ikigo Blue Lakes International School giherereye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, cyigisha hagendewe kuri porogaramu mpuzamahanga y’amasomo.

    Mu butumwa umuyobozi wungirije w’iri shuri Bhumika Saxena yahaye ababyeyi mbere y’uko abana basubira mu masomo bigira imbere ya mwalimu nyuma y’igihe bakoresha ikoranabuhanga, harimo kubashimira ubufatanye bagaragaje mu bihe bikomeye bya COVID-19.

    Gusa yakomeje ati “Ubuyobozi bw’ishuri burasaba abanyeshuri b’abakobwa kugaragaza icyemezo cy’uko badatwite cyatanzwe n’umuganga wemewe mu gihe bazaba bagaruka ku ishuri.”

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Twitter, iyi Minisiteri yagize iti 'Igikorwa cyo gusaba abanyeshuri b’abakobwa icyemezo kigaragaza ko badatwite kugira ngo bemererwe kwiga ni ivangura kandi nta shingiro bifite.'

    'MINEDUC iri gukora ubugenzuzi mu mashuri kugira ngo aho bikorwa bihagarare.'

    Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi yamaganya iki cyemezo, abakoresha imbuga nkoranyambaga nabo bagaragaje ko gupima abakobwa ko badatwite bishobora kubangamira abana b’abakobwa bashobora kuba batwite, mu gihe atari bo bitera izo nda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/MINEDUC-yamaganye-amashuri-ateganya-gusaba-abakobwa-ibyangombwa-by-uko-badatwite

  • Ntiducirane imanza! #rwanda #RwOT

    Uhereye none twe gucirana imanza mu mitima, ahubwo tugambirire iki: ko umuntu adashyira igisitaza cyangwa ikigusha imbere ya mwene Se Abaroma 14:13

    Buri gihe hari ubwo dukora amakosa yo gucirana imanza mu buzima bwacu. Ni muri ubwo buryo iyi ngingo abakristo bakwiye kuyitaho kandi bakirinda gucirana imanza.

    Rimwe mu makosa akomeye dushobora gukora ni ugucira imanza abadukikije , nyamara tutabanje kwigenzura mu mitima yacu. Tugomba kubanza kumenya ko mu mitama yacu tutari intungane.

    Aha mu gitabo cy’Abaroma, Pawulo araduhamagarira kubanza kwimenya. Twese twisanga muri ibyo bihe by’intege nke zo gucirana imanza mu buzima bwacu, ariko dusabwa kugira umutima w’imbabazi kandi wigenzura mbere yuko tugenzura abandi.

    Yesu ntiyigeze atwemerera gucirana imanza

    'Mwigisha, uyu mugore bamufashe asambana, kandi Mose mu mategeko

    yadutegetse kwicisha amabuye abakoze batyo. None wowe uravuga ngo iki?'.

    Yohana 8: 1-11

    Bakomeje kumubaza arunamuka arababwira ati 'Muri mwe udafite icyaha, abe ari we ubanza kumutera ibuye.'

    Aha ni igihe Yesu yari muri nibature, maze Abanditsi n’Abafarisayo bakamuzanira umugore bafashe asambana kugira ngo amucire urubanza akurikije amategeko ya Mose (Gutegeka kwa kabiri 22.20-22), na bo babone aho bahera bamurega;

    Ariko Yesu akimara kubasubiza ririya jambo, bose bahise bisuzuma maze ibyaha byabo na bo birabarega, bituma babura ikindi bongeraho, baramureka barigendera;

    Burya umuntu ajya yihutira kurega mugenzi we ibyaha runaka, atabanje gusuzuma mu mutima we ngo arebe koko niba na we ubwe yaba yarabinesheje, ahubwo ugasanga arabikora mu buryo bwo gusebanya

    Ni yo mpamvu mbere yo kwatura amagambo ucira mwene so urubanza, ukwiye kujya ubanza ukisuzuma, ukamenya neza koko niba nawe Yesu akurebye yagushima, kuko we areba ibihishwe mu mutima;

    Ese ubundi ko wowe Yesu ataguciriye urwo gupfa, ahubwo akakubabarira kandi wari umunyabyaha, kuki wowe warucira mugenzi wawe?

    Iyo rero umunyabyaha yageze imbere ya Yesu Kristo ntibishoboka ko yapfa kandi Kristo ari we buhungiro bw’abanyabyaha (Yesaya 1.18)

    Kuko icyamukuye mu mahoro, no mu cyubahiro cyinshi yari afite mu ijuru akaza muri iyi si mbi, kwari ukugira ngo abone uko akiza abanyabyaha, nk’uko ijambo ry’Imana rivuga (1Timoteyo 1.15)

    Iri jambo ni iryo kwizerwa rikwiriye kwemerwa rwose, yuko Kristo Yesu yazanywe mu isi no gukiza abanyabyaha, muri bo ni jye w’imbere,no mu gihe kandi Yesu yari yararitswe na Simoni w’Umufarisayo ngo basangire maze umugore w’umunyabyaha akahamusanga, akahamusigira amavuta y’igiciro cyinshi (Luka 7.36).

    Nta kindi abantu bihutiye gutekereza, uretse gusa kwibaza ko Yesu yaba atari umuhanuzi, kuko atabashije kurondora umutima w’uwo mugore ngo amenye ko ari umunyabyaha !

    Ariko kuba Yesu yararetse uwo mugore akamwegera si uko yari ayobewe ko ari umunyabyaha, ahubwo ni uko bene nk’abo ari bo batumye aza mu isi *(Luka 19.10).

    Si byiza rero guciraho iteka umunyabyaha, ahubwo ujye umushyikiriza Yesu,

    Kuko nta kundi wazana umunyabyaha kuri Kristo, uretse kumwerera imbuto nziza no kumubwira ijambo ry’Imana.

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Uhereye-none-twe-gucirana-imanza-mu-mitima.html

  • Igihe cyo kugura no gusinyisha abakinnyi mu Rwanda cyongerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ngengabihe iheruka gutangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa yari yatangaje ko kwandikisha abakinnyi bizatangira tariki 16/08/2020, kugeza ejo tariki 24/10/2020.

    Kugeza ubu FERWAFA yatangaje amatariki mashya yashyizweho na FIFA yo kwandikisha abakinnyi mu cyiciro cya mbere, aho bigomba kuva tariki 16/08/2020, kugera tariki 07/11/2020, bivuga ko hakiri ibyumweru bibiri birenga byo kuba amakipe yagura abakinnyi akanabandikisha muri Ferwafa.

    Biteganyijwe kandi ko isoko ryo kugura no kwandikisha abakinnyi rizongera gufungurwa tariki 15/03/2021, kugera tariki 29/03/2021, mu gihe mu cyiciro cya kabiri ho kwandikisha abakinni bizatangira tariki 27/11/2020 kugera tariki 30/01/2021.

    Rwanda Footballing Season dates and their respective registration Periods as amended by FIFA. #TuriRuhago pic.twitter.com/2JEDMxF7Dn

    — Rwanda FA (@FERWAFA) October 23, 2020

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/igihe-cyo-kugura-no-gusinyisha-abakinnyi-mu-rwanda-cyongerewe

  • President Kagame urges new senators to double efforts in promoting national interests #rwanda #RwOT

    The six new Senators include two who were nominated by political parties, namely Mugisha Alex and Mukakarangwa Clotilde and four who were nominated by the President; Prof. Jean-Pierre Dusingizemungu, Epiphanie Kanziza, André Twahirwa, and former Minister of State in charge of Constitutional Affairs, Evode Uwizeyimana.

    Speaking at the first physical swearing-in ceremony at Parliamentary Building since the covid-19 outbreak in March, President Kagame said that the new Senators come in office when the challenge the country has to deal with doubled due to the pandemic which has a major impact on the economy.

    'The kind of task at hand for us, in our context as a country, requires us to have the right mindset and sacrifice. It requires us to deliver to the highest expectations possible. Our past left us with challenges which we must address. These include the welfare of Rwandans which we must improve, economic challenges, justice and many more, which we need to work on for us to develop. We have come from far but we know we still have a long way to go. The expectations therefore are very clear,' President Kagame said.

    The President advised the senators that they should expect challenges along the way and they should be ready to confront them, citing the impact of the pandemic on Rwanda and the world as one the challenges they will start with, to ensure that the country comes out of it as soon as possible.

    He added that the pandemic put the country and the citizens in a difficult position where the decisions made to contain the virus, such as lockdowns, curfew and others disrupted the lives of Rwandans economically but they were unavoidable.

    'It disrupted us, it disrupted our lives, our economy, our development goals and ambitions, adding to the already existing challenges we were working to address.

    This means that our challenges doubled. It also means that we need to double our efforts to deal with these challenges. Whatever we were doing, we must multiply and increase the momentum. As leaders we are expected to do even more to overcome these challenges,' President Kagame considered.

    President Kagame urges new senators to double efforts in promoting national interests

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/president-kagame-urges-new-senators-to-double-efforts-in-promoting-national

  • Col Rugema, commandant en Chef des RUD-Urunana, abattu à bout portant par ses camarades #rwanda #RwOT

    Le Col Fayida qui aurait commandité le meurtre de son camarade Rugema sous prétexte que c’est un Tutsi qui a gravi les échelons dans la structure des RUD

    est rapporté que ce commandant à été assassiné par Fayida en complicité avec le capitaine Gavana. Le mobile du crime ? Prendre le commandement suprême de RUD, poste vacant depuis que les FARDC ont tué le Commandant-en-chef de ce mouvement armé illégal rwandais, le colonel Kagoma. Il avait remplacé le Gén. Jean Michel Afrika, lui aussi tué par les FARDC dans leur opérationn Solkola II en 2019.

    Un mauvais climat régnait entre les deux colonels qui, chacun de son côté, multipliaient beaucoup de coups bas contre son adversaire pour se hisser au haut commandement du mouvement. Il est dit que Fayida avait trouvé une attaque imparable. Lui et ses camarades avaient commencé à accuser Rugema d’être un tutsi qui s’était faufilé dans les rangs du RUD.

    Il est rapporté que ce colonel Rugema était entré dans les RUD-Urunana sur le Ticket de RNC/Rwanda National Congress du Général dissident rwandais Faustin Kayumba Nyamwasa qu’il représentait.

    Les informations qui parviennent à IGIHE disent que ce colonel venait à peine de passer un mois au sein de RUD après une mission à Kampala/Uganda où il venait de participer à une réunion de coordination des activités des RNC, RUD et la CMI/Chieftancy of Military Intelligency ugandaise.

    C’est donc dire que les déclarations ugandaises de bonnes intentions de reprise des bonnes relations rwando ugandaises dans l’esprit des Accords de Paix de Luanda sont bel et bien fausses.

    Le Col Rugema bivouaquant dans le lieudit GASHARU a vu venir de KIGARIGARI, à travers champs des fermiers, une colonne dans combattants RUD commandée par le lieutenant Théodore. Celui-ci a ordonné à ses combattants d’abattre à bout portant le Colonel Rugema. Trois balles mortelles ont perforé son corps.

    Le colonel Emmanuel Rugema alias Mikwege Mupfuwishyamba abattu sur ordre de son concurrent Col Faida

    La femme du décédé, Rosine Mapendo, de sa résidence de Kampala, a dit à la presse que cela faisait un bon bout de temps que le Col. Fayida traquait son mari en complicité avec le Capt Gavana Nshimiyimana.
    Cette femme s’est engagée à venger son mari “à moins que la justice ugandaise prenne la chose en main”, a-t-elle ajouté.

    Le colonel décédé Rugema Emmanuel alias Mikwege Mupfuwishyamba était le coordinateur très soutenu par la CMI ugandaise de quatre mouvements armés contre le Rwanda que sont les RNC, FDLR, RUD-Urunana et le FPP. Il était entré dans le RUD-Urunana en 2005 pour rapidenment devenir le symbole d’un RUD qui ne ségrègue pas ethniquement ses combattants. Très expérimenté, Rugema avait fait la guerre de libération du Rwanda au sein de l’APR/Armée Patriotique Rwandaise.
    Il avait des entrées faciles au sein des organes de sécurité ugandais et était rôdé dans la coordination et la diplomatie de cette coalition de mouvements armés rwandais activement soutenu par Kampala.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Col-Rugema-commandant-en-Chef-des-RUD-Urunana-abattu-a-bout-portant-par-ses.html

  • Amateka yaranze intawari yo kwizera Charles Simeon #rwanda #RwOT

    Intwari zo kwizera nyinshi zahinduye byinshi mugihe zazengurukaga isi, Charles Simeon we yahinduye byinshi atagombye kuzenguruka, ahubwo yagumye ahantu hamwe ahakorera ivugabutumwa mu gihe yamaze ku isi kingana n’imyaka 54.

    Simeon yavutse mu 1759 avukira mu muryango ukize, kandi wo mu rwego rwo hejuru mu majyepfo y’iburasirazuba bw’Ubwongereza. Umuryango we wari ufite imyizerere ya gikristo. Charles yize muri Eton and King’s College, akomereza muri kaminuza ya Cambridge, akiri umusore muto Simeon yari umukire, umunyabwenge, mbese yari umusore ufite icyerekezo cyiza.

    Yiga muri kaminuza ya Cambridge, Charles yavumbuye ko atagomba kurya igaburo ryera kuri Pasika n’ubwo kaminuza yari yabasabye kurirya.

    Gutekeereza kuri ibi, byatumye Charles yumva adakwiriye cyangwa se ataboneye kugirango yegere ameza y’Umwami Yesu. Kuva uwo mwanya, nta muntu n’umwe umuyoboye, yahise ajya gushaka Bibiliya n’ibitabo bya gikristo kugira ngo amenye uko yakwitwara neza akagirana umubano unoze n’Imana. Nyuma y’ibyo yaje kwishimira ko ku musaraba Yesu yamukoreye ibyo atari kwishoboza we ubwe.

    Muri icyo gihe cy’umwijima wo mu mwuka, Simeon yakuze mu kwizera kwe yumva ahamagariwe kuba umubwirizabutumwa bwiza, ndetse ibitekerezo bye bimwerekeza mu itorero ryitwa Holy Trinity Church muri Cambrige rwagati, ari naho yahuriye n’umugore we Killy, umukobwa wa Reveland Canon Michael Rees wayoboraga Holy Trinity kuva mu 1972-1984. Kuwa 32 Nyakanga mu 1983, Killy na Simeon bashyingiriwe mu itorero Holy trinity.

    Mubyukuri, mu bihe bidasanzwe birimo inzitizi nyinshi, Simeon yisanze yahawe inshingano mu itorero Holy Trinity afite imyaka makumyabiri n’ibiri. Kuba yarashyizweho ku buryo budasanzwe, ubusore bwe ndetse no kubwiriza ashishikaye byatumye adakundwa n’itorero, kuburyo mu mizo ya mbere, ryamurwanyaga mu buryo bwose bushoboka.

    Bitewe n’uko Simeon yari afite icyizere cy’uko Imana imushaka ku murimo wayo, yihanganiye abamurwanyaga, birangira abaye umuyobozi mu itorero Holy Trinity yahamaze ubuzima bwose kugeza apfuye afite imyaka 54.
    Charles Simeon arimo kubwiriza abantu ubutumwa bwiza

    Simeon yakoranye umwete umurimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza kandi umurimo we warashimwaga cyane. Itorero rye ryakomeje gutera imbere no kwiyongera kugeza aho yabwirizaga incuro ebyiri ku Cyumweru abantu barenga igihumbi.Yashyizeho itsinda ryunganira rigizwe n’abapasiteri 24, harimo abagabo n’abagore. Kuva icyo gihe, Simeon yatangiye kugira uruhare mu kwamamaza ubutumwa bwiza.Yashishikarije abasore gukora umurimo w’Imana, abigisha tewolojiya n’ubuhanga bwo kubwiriza kandi muri icyo gihe yaramenyekanye cyane.

    Simeon yahoraga ashishikajwe no gutera inkunga ibikorwa bya gikirisito ndetse yashinze umuryango w’Abamisiyoneri afatanyije na William Wilberforce, ubu yitwa Minisiteri y’Itorero mu Bayahudi. Charles yashyigikiye cyane abamisiyoneri benshi harimo na Henry Martyn.

    Urupfu rwa Charles Simeon

    Simeon yapfuye Kuwa 13Ugushyingo mu 1836, mbere y’amezi make kugirango y’umwamikazi Victoria yime ingoma. Byinshi cyane byarahindutse muri minisiteri ye, mugihe yari muri Cambridge, yari umuntu wubaha kandi wubashywe. Mu rupfu rwe, bivugwa ko abantu benshi cyane, abo Simeon yigishije gukora umurimo w’ivugabutumwa, abantu bahindutse abakristo biturutse ku nyigisho za Charles bose bari bateraniye aho baje gusezera ku umukozi w’Imana.

    Intwari yo kwizera Charles Simeon yakoze byinshi kandi byiza mu minsi yo kubaho kwe yaranzwe n’ishyaka ku murimo w’Imana ndetse yahinduye benshi bakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwabo. Dore ibintu by’ingenzi twakwigira kuri Charles:

    1. Charles yafashe gusenga nk’inshingano ze. Gahunda ye yari ukubyuka saa kumi zuzuye mu gitondo maze akamara amasaha 4 asenga kandi asoma Bibiliya.
    Igihe kinini Simeon yamaze ku isi yabayeho yubatse ku rufatiro rukomeye kandi yagiranye n’Imana umubano wimbitse.

    2. Simeon yafashe kubwiriza ubutumwa nk’inshingano ye y’ingenzi: Charles yabonaga ko kwigisha no gusobanurira abantu Bibiliya, ari uburyo bw’ingenzi mu guteza imbere ubwami bw’Imana.Yakoranaga umwete mu ivugabutumwa.Yamaraga amasaha menshi abwiriza kandi agacungana no kureba neza ko ibyo avuga bishingiye kuri Bibiliya kandi byibanda kuri Kristo.

    Charles yabwirije neza kandi yigisha abandi kubikora. Kugira ngo afashe abandi babwirizabutumwa, yasohoye urutonde rw’inyigisho rugizwe n’imizingo makumyabiri n’ibiri.

    Muri macye Charles Simeon ubuzima bwe bwose yabumaze abwiriza. Binyuze mu kubwiriza kwe, Imana yamukoresheje mu buryo butangaje kugira ngo ahindure igihugu cyayo ndetse nisi yose ibe nziza. Muri iki gihe cyacu dukeneye abantu bameze nka we.

    Source: www.canonjjohn.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Amateka-yaranze-intawari-yo-kwizera-Charles-Simeon.html

  • Safi Madiba yongeye kuririmba nyuma y’ibibazo byavuzwe mu rugo rwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Safi Madiba yagiye muri Canada mu ntangiro z’umwaka wa 2020, agiye kubana na Niyonizera Judith bari barashyingiranwe mu mategeko.

    Agezeyo yakoze amashusho y’indirimbo ‘I Love you’ na bwo kandi yari yabanje gutandukana n’inzu ya The Mane yari asanzwe abarizwamo, na byo bitera induru ndende hagati ye na Baadrama uyobora iyo nzu.

    Mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 2020, Safi Madiba yahamirije Kigali Today ko yagiye uri Canada agiye kubana n’umugore we, ariko iki gihe yavugaga ko azahita agaruka agakomereza umuziki we mu Rwanda.

    Ubwo yabazwaga niba azagaruka mu Rwanda, yaragize ati “Nzagaruka vuba n’ubu ni uko hano indege bazifunze nakagombye kuba naragarutse”.

    Mu minsi mike yakurikiyeho, ubwo mu Rwanda hari hatangiye gahunda ya Guma mu rugo, hamenyekanye amakuru ko Safi n’umugore we Judith bafitanye ibibazo, ndetse ko Safi yafashe iya mbere akajya kurega umugore we mu nzego z’ibanze z’agace bari batuyemo muri Canada, amushinja kumuhoza ku nkeke.

    Umuziki wa Safi wabaye nk’ugenda biguruntege, ku buryo yari amaze igihe cy’amezi arindwi nta gikorwa na kimwe cya muzika agaragayemo.

    Mu kwezi kwa Nzeri kwa 2020, uwari umugore wa Safi yagarutse i Kigali asiga umugabo we muri Canada, ndetse biza kuvugwa ko ari mu rukundo n’umusore wamusabye ko bazashakana.

    Mu kwezi kwa Kanama na bwo, Safi yari yemereye bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda ko yamaze gutandukana n’umugore we imbere y’amategeko, ko umwe ashobora gufata ikindi cyemezo cy’ubuzima bwe.

    Nyuma y’amezi arindwi rero Safi ari muri ibi bibazo, yongeye gushyira hanze indirimbo yise ‘Sound’ yakozwe na Element, bigashoboka ko indirimbo yakozwe n’ubundi Safi ari muri Canada.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/safi-madiba-yongeye-kuririmba-nyuma-y-ibibazo-byavuzwe-mu-rugo-rwe

  • Gisagara-Gikonko: Abaturage bafitiye icyizere ibyiciro bishya by'ubudehe #rwanda #RwOT

    Guhera muntangiriro z'umwaka utaha wa 2021, Abanyarwanda bazaba bari mu byiciro bishya by'ubudehe bisimbura ibyagenderwagaho kuva mu 2016/2017. Guhindura ibyiciro by'ubudehe byasubiwemo mu rwego rwo kwirinda ruswa n'akarengane n'andi makosa yagiye agaragara mu byari bihari, aribyo icya mbere, icya kabiri, icya gatatu ndetse n'icya kane abaturage batahwemye kugaragaza ko byakorwaga mu buryo butanoze, aho hari abahabwa ibyiciro bitajyanye n'imibereho yabo.

    Mu karere ka Gisagara igikorwa cyo gutangiza igerageza ku byiciro bishya by'ubudehe cyabereye mu mudugudu wa Karubondo Akagali ka Gikonko Umurenge wa Gikonko, aho abaturage basobanuriwe ibijyanye n'ibyiciro bishya, aho umuturage azajya agira uruhare mu gutanga amakuru ajyanye n'imibreho ye bizatuma ahabwa icyiciro kijyanye nuko ubuzima bwe buhagaze.

    Abaturage batuye Umurenge wa Gikonko bavuga bishimiye uburyo ibi byiciro byateguwe kuko mbere wasanganga umuturage nta ruhare agira mu kumushyira mu kiciro, aho wasanganga amakuru yatanzwe ahabanye n'imibereho ye ibi bikaba byanagira ingaruka zirimo no kuba bamwe batabona ubufasha bwa leta aho hari bamwe mu banyeshuri byanagizeho ingaruka ubwo byatangiraga kuko byatumye Babura inguzanyo yo kwiga muri kaminuza kuko babaga bashyizwe mu byiciro bibasaba kwirihira 100%.

    Abaturage basobanuza, bagasobanurirwa ku byiciro bishya.

    Karimunda Sirilo utuye mu Mudugugu wa Karubondo Akagali ka Gikonko Umurenge wa Gikonko, avuga ko mbere yari mu cyiro cya gatatu, ko nubwo ntacyo cyari kimutwaye ariko ko kukibamo atigeze agira uruhare mu gutanga amakuru amwerekeyeho ariyo mpamvu yagishyizwemo batarebye niba agikwiye.

    Agaruka kubyiciro bishya, Sirilo yavuze ko aribyiza cyane kuko Umuturage azajya agira uruhare mu gutanga amakuru amwerekeyeho bityo bikazafasha buri wese kwibona mu cyiciro yishimira kandi kijyanye n'imibereho ye.

    Yagize ati:''urabona ubushize bashyiraga Umuntu mu byiciro bakoresheje imibare ariko uyu munsi bari gukoresha inyuguti iyi nayo ni impinduka kandi ikiza kirimo nuko ubu umuntu ajya mu cyiciro abigizeno uruhare bitandukanye nibyo ubushize aho wabwirwaga ko wagiye mu cyiciro iki niki bitewe n'imashini. Ibi byiciro rero urumva ko ari byiza ntabwo uzongera kumvana amarira abaturage kuko wenda babashyize mu byiciro bitabakwiriye'.

    Mugenzi Musanganyimpundu Solange we waruri mu cyiciro cya kabiri avuga ko izi mpinduka zije zikenewe kuko nibura buri muntu wese uri murugo azajya yemererwa kujya kucyiro cy'uwo muryango, aha hakaba hari abana babaga bataba murugo ariko ugasanga umwana abuze icyiciro aho kuri ubu buri mwana wese aho yaba ari azajya abona icyiciro. Kimwe na bagenzi be bandi, bagaragaza ko bafitiye icyizere ibi byiciro bishya bagiye guhabwa.

    Aganira na RBA, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yatangaje ku mugaragaro ibyiciro bishya by'ubudehe, bizatangira gukurikizwa umwaka utaha. Yavuze ko ibyiciro bitongeye gushyirwa mu mibare nk'uko byari bisanzwe, ahubwo byashyizwe mu buryo bw'inyuguti ni ukuvuga, A, B, C, D na E.

    Icyiciro cya 'A' kirimo abantu bafite ubushobozi kandi bifite, ni ukuvuga abitwa abakire.
    Icyiciro cya 'B' kirimo Abanyarwanda bishoboye, badafite imodoka cyangwa inzu ifite etage, ariko bakaba bafite uko babayeho kandi batunze imiryango yabo. Uyu ngo ni umuntu udakeneye ko hagira umutera inkunga ngo aramuke, muri make ni Umunyarwanda wishoboye.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu-Minaloc, ivuga ko abantu bari muri ibi byiciro byombi ari abantu bakomeye muri iyi gahunda y'ubudehe nshya kuko nk'umuntu uri muri A ashobora gufasha abantu ndetse agahanga n'umurimo, naho uwo muri B nawe yahanga umurimo ariko afite n'amasomo abandi bamwigiraho mu buryo yazamutse.

    Abari mu Cyiciro cya 'C' ni abantu b'abakene ariko ngo ubahaye inkunga bahita bazamuka. Abakibarizwamo ni abantu bakennye bakaba wenda bafite aho baba ariko umuryango wabo ukaba utabayeho neza, ku buryo badafashijwe babaho nabi.

    Bari mu matsinda, Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza arasobanura ku byiciro bishya.

    Icyiciro cya 'D' kirimo abantu b'abakene cyane, gusa nubwo uwo muntu akennye ariko umuhaye inkunga yakora. Ni icyiciro cy'abakeneye guterwa inkunga mu buryo butandukanye kugira ngo bajye muri C babe banagera muri B.

    Naho Icyiciro cya 'E' cyo kirihariye, kubera ko umuryango urimo ari uw'abantu bashaje cyane kandi badafite imbaraga zo gukora kandi bafite ubukene cyangwa se bafite ubumuga. Abo ngo ni abasaza cyangwa abakecuru babana n'ubumuga bukabije, nta mbaraga zo gukora bafite kandi nta bintu byo kubatunga bihari.

    Minisitiri Shyaka yagize ati 'Uyu ni umuntu wavuga ko ari mu maboko ya leta n'abaturanyi. Uyu leta izamurinda ku buryo nta mihigo tuzamusinyisha ngo tuvuge ko dushaka ko mu myaka ibiri aba yavuyemo, uyu ni umuntu ukeneye kurindwa nk'Umunyarwanda ufite intege nke'.

    Mu gihe ubundi byari bimenyerewe ko abanyeshuri bahabwa buruse na leta zo kwiga Kaminuza, akenshi babaga ari abatishoboye, muri ibi byiciro bishya ho byakuwemo.

    Minisitiri Shyaka avuga ko ''Abanyarwanda bagiye babyamagana bakavuga bati ibi nibyo bikurura amarangamutima ku buryo wumva hari abarya ruswa, aha niho bavugaga bati niba mugiye gutanga buruse kandi ko ari umutwe w'umwana, icyiciro cy'ubudehe ndetse n'ubukene biza gute, umwana niba yatsinze yagiye muri kaminuza akiga ibyo ashoboye, niba atagize amanota yo gutsinda agakomeza mu bindi ariko ntituvange, ibyo twabyumvikanyeho'.

    ''Ibyiciro by'ubudehe ntabwo bibereyeho gufasha abakene, bibereyeho ahubwo gufasha igenamigambi, umuco wo kwigira kandi ugomba gushinga imizi ku buryo n'udafite ubushobozi yumva ko na duke abonye aducunga neza kugira ngo azamuke'.

    Mu mavugurura mashya yakozwe mu byiciro by'ubudehe hari serivisi zizakomeza gushingirwaho zirimo nka gahunda ya VUP no gufasha abana bafite imirire mibi.

    Nyuma yo gutanga ibi byiciro by'Ubudehe byavuguruwe bikaba bitanu, A, B, C, D, E; Guverinoma yihaye amezi atandatu yo kubanza kubisobanurira abaturage, mbere y'uko bitangira gushyirwa mu bikorwa.

    Venuste Habineza/Intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/gisagara-gikonko-abaturage-bafitiye-icyizere-ibyiciro-bishya-byubudehe/

  • Bimwe mu bimera byafasha umuntu ufite ikibazo cy’uruhu ruzaho amabara ‘Vitiligo’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko bisobanurwa n’impuguke mu by’ubuzima bw’uruhu ku rubuga https://sante.journaldesfemmes.fr, vitiligo ni indwara y’uruhu ituma uruhu rugenda rutakaza ibara ryarwo, igatuma ruzaho amabara y’umweru. Muri rusange ngo iyo ndwara itangira kugaragara ku myaka makumyabiri.

    Uko gutakaza ibara ry’uruhu risanzwe (depigmentation) ngo biterwa no kubura ‘mélanocytes’, utwo tukaba ari utunyangingo ubundi dushinzwe gutuma uruhu rw’umuntu rugira ibara.

    Habaho ubwoko bwa Vitiligo butandukanye, harimo ‘Vitiligo localisé’ iyo ngo usanga ifata agace k’uruhu, hakaba ‘Vitiligo segmentaire’ iyo ifata uruhande rumwe rw’umubiri nko mu maso, cyangwa se ku maboko, iyo kandi ngo ikunda kugaragara ku bana bato n’abageze mu gihe cy’ubwangavu n’ubugimbi, ikindi amabara ntiyiyongera ku buryo idakunze gukwira uruhu rwose.

    Hari kandi ‘Vitiligo muqueux’ iyo ngo ikunda gufata iminwa ndetse n’imyanya ndangagitsina. Hakaba ‘Vitiligo généralisé’ iyo irangwa no kugira amabara afata uruhande runini rw’uruhu, hakaba nubwo ubona ayo mabara agiye kurangiza uruhu rwose. Indi ni ‘Vitiligo universalis’, iyo ngo irangwa no gutuma ayo mabara y’umweru afata uruhu rwose.

    Nyuma yo kubona ubwoko butandukanye bwa Vitiligo, hariho ubwoko butandukanye bwo kuyivura harimo ubwa kizungu ndetse n’ubwo gukoresha ibimera bitandukanye. Ubwo buryo bwo kuvura vitiligo hifashishijwe ibimera ni bwo busobanurwa muri iyi nkuru.

    Basilic

    Ku rubuga www.jardiner-malin.fr, bavuga ko ibibabi by’ikimera cyitwa ‘basilic’ bifasha mu ikorwa rya ‘mélanine’ ari yo ituma uruhu rugira ibara ryarwo risanzwe. Gusa ngo kugira ngo umuntu abone umuti ukomeye w’ibyo bibabi, akamura ibitonyanga byabyo, akabivanga n’umutobe w’indimu y’icyatsi, nyuma akajya yisiga iyo mvange ku ruhu ahari amabara yatewe na Vitiligo,ibyo ngo akabikora mu gihe cy’amezi hagati y’atanu n’atandatu aba yamaze kubona impinduka.

    Pilipili manga /black pepper

    Ku rubuga www.viata.fr/creme-poivre-noir-vitiligo, bavuga ko gusiga amavuta yakozwe muri pilipli manga bifasha mu kuvura Vitiligo.

    Kuri urwo rubuga bavuga ko gukoresha ayo mavuta ya pilipili manga bitabuza uwatangiye ubuvuzi bwa kizungu bwitwa ‘luminothérapie’ kubukomeza kuko ntibizirana.

    Ayo mavuta cyangwa se ‘crème’ ya pilipili manga aba yifitemo ibyitwa ‘antioxydant’ biri ku rugero rwo hejuru igasana za ‘mélanocytes’ zituma uruhu rugira ibara. Ayo mavuta akorwa muri pilipili manga nyinshi iba ari umuti no ku bantu bafite uruhu rukunda gufuruta.

    Ayo mavuta kandi ashobora gukoreshwa ku bafite ibibazo uburwayi bwa vitiligo baba abana cyangwa abakuru, bakayisiga rimwe ku munsi nijoro, uwayisize akayararana akayakaraba mu gitondo abyutse.

    Ku rubuga https://amelioretasante.com, bavuga ko nubwo kugeza ubu abashakashatsi bataramenya neza igitera Vitiligo, ariko ngo hari abavuga ko iterwa no kugabanuka k’ubudahangarwa bw’umubiri, noneho abasirikare b’umubiri bakarwanya utunyanyingo tw’umubiri n’ubundi.

    Gusa no kuri urwo rubuga bavuga ko ibimera cyangwa ibikomoka ku bimera byafasha abantu bafite ikibazo cya Vitiligo harimo Ipapayi, tangawizi n’indi.

    Ipapayi

    Ipapayi ni ikiribwa kifitemo intungamubiri zifasha mu gutuma za ‘mélanocytes’ zikora akazi kazo ko gukora ‘mélanine’, ari yo ituma uruhu rugira ibara ryarwo risanzwe. Bavuga ko uwo ari umuti udahenze ariko usaba gukoreshwa kenshi kugira ngo utange icyo utegerejweho.

    Uko ipapayi rikoreshwa mu gufasha umuntu ufite ikibazo cy’uruhu rwajeho amabara kubera Vitiligo, ngo ararifata rihiye akarisya, agafata ibyo bisa n’igikoma abonye akabisiga ahamaze kuza amabara ya vitiligo akareka bikuma, ibyo akabikora inshuro ebyiri ku munsi. Ikindi ibyo ni ukubisigaho akimara kubisya, ni ukuvuga atabanje kubibika.

    Curcuma

    Curcuma ni ikimera gikunze gukoreshwa cyane nk’ikirungo mu byo kurya, ariko kikaba kigira akamaro gakomeye ku buzima bw’uruhu, ku buryo ngo cyanarufasha kongera kugarura ibara mu gihe ryari ryatangiye kubura kubera vitiligo.

    Uko bitegurwa, umuntu afata inusu ya curcuma mbisi, akavanga n’irobo ya tangawizi akavanga n’umutobe w’indimu eshanu akabvfangira mu kintu yashobora gutereka muri firigo, akajya anywaho ibiyiko bibiri mbere yo kurya. Ashobora kandi no gusiga iyo Curcuma ku ruhu rwamaze kuzaho amabara kubera vitiligo.

    Lantiye zo mu mazi /lentilles d’eau

    Izo ziboneka mu biyaga cyangwa mu byuzi, zikaba zigira ubushobozi bukomeye bwo kurwanya vitiligo, gusa ikibazo ngo ni uko hari ubwo bigorana kuzibona. Ariko zibonetse, umuntu arazifata akazisya bikageza aho abona ibintu bisa n’igikoma, akavangamo ikiyiko cy’ubuki, hanyuma akajya anywaho ikiyiko kimwe uko arangije kurya ibyo kurya bisanzwe akabikora inshuro ebyri ku munsi.

    Tangawizi

    Icyo kimera ngo kirazwi cyane mu kuvura indwara zitandukanye, harimo n’indwara ya vitiligo. uko bitegurwa, ni ugufata umuzi wa tangawizi imwe, bakavanga n’amavuta ya ‘moutarde’ na Curcuma, ukabisiga aho uruhu rwamaze kuzaho amabara ya Vitiligo.

    Ibindi kuri urwo rubuga bavuga byafasha umuntu urwaye vitiligo ni ukwirinda kujya ku zuba cyane kuko ritwaka uruhu rwe mu buryo bworoshye.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/bimwe-mu-bimera-byafasha-umuntu-ufite-ikibazo-cy-uruhu-ruzaho-amabara-vitiligo