Category: Uncategorized

  • Musanze: Litiro 230 za Kanyanga n’udupfunyika turenga 5000 tw’urumogi byamenwe #rwanda #RwOT

    Ibiyobyabwenge byamenewe mu ruhame bigizwe na litiro 230 za Kanyanga, udupfunyika 5,338 tw’urumogi n’udusashe 459 dupfunyitsemo inzoga zitemewe mu Rwanda. Hanangijwe kandi bimwe mu bicuruzwa bya magendu n’ibindi bicuruzwa bitujuje ubuziranenge byose byiganjemo amavuta yo kwisiga n’ibinyobwa bidasembuye.

    Ubwo hamenwaga ibi biyobyabwege hari abahagarariye urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu turere twa Burera na Musanze bagera kuri 50. Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yagaragaje ingaruka z’ibiyobyabwenge asaba urubyiruko kubyirinda bagashaka imirimo ibateza imbere.

    Yagize ati: “Ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw’ubikoresha ndetse bikagira ingaruka ku gihugu muri rusange. Mujya mubibona ko abakoresha ibiyobyabwege aribo bakora ibyaha bitandukanye bigira ingaruka ku muryango nyarwanda. Ibiyobyabwenge kandi bigira ingaruka ku iterambere ry’igihugu kuko bishorwamo amafaranga menshi nyamara bigafatwa bikamenwa.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yakomeje agaragariza urubyiruko ko arirwo mbaraga z’igihugu abasaba kwirinda ibiyobyabwenge ahubwo bakaba aribo bafata iya mbere mu gufatanya n’inzego z’umutekano mu kubirwanya. Bakirinda kubikoresha no kubitunda ariko cyane cyane bakajya batanga amakuru afasha inzego z’umutekano mu kurwanya abijandika mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police(CIP) Alexis Rugigana avuga ko ibi biyobyabwenge byose byinjizwaga mu Rwanda biturutse mu gihugu cya Uganda binyujijwe mu nzira zitemewe. Avuga ko kwinjiza ibi biyobyabwenge mu Rwanda usanga hakoreshwa urubyiruko rw’abana bato bari hagati y’imyaka 13 na 17.

    CIP Rugigana yongeye kwibutsa abaturage ko amategeko ahana umuntu wese ukoresha abana mu bikorwa byo gutunda no gukoresha ibiyobyabwenge, yasabye ababyeyi kuba hafi y’abana babo.

    Yagize ati: “Mu bikorwa byo gufata ibi biyobyabwenge twaje gusanga hakoreshwa cyane abana nk’amwe mu mayeri yo kubyinjiza mu gihugu. Abakoresha abo bana ni abantu bakuru bakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwe. Turakangurira abantu ko amategeko ahari kandi yakajijwe ku bantu bashora abana mu bikorwa by’ibiyobyabwenge ariko cyane cyane kubyambutsa babivana mu bindi bihugu.”

    CIP Rugigana yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda kubufatanye n’abaturage itazahwema gufata no kurwanya abakoresha ibiyobyabwenge ariko cyane cyane ababyinjiza mu gihugu babikuye hanze y’u Rwanda.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye ari nabyo bibarirwamo urumogi, igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni maku (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW)

    Iyo ibikorwa bivugwa mu gika cya 2 n’icya 3 by’iyi ngingo bikorewe ku mwana cyangwa bikozwe ku rwego mpuzamahanga, igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amagaranga y’u Rwanda arenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itanu (50.000.000 FRW)

    Source : https://www.imirasire.rw/?Musanze-Litiro-230-za-Kanyanga-n-udupfunyika-turenga-5000-tw-urumogi-byamenwe

  • Myugariro w’Amavubi yanduye Coronavirus, kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu amahirwe ni hafi ya ntayo #rwanda #RwOT

    Nirisarike Salomon, myugariro w’Amavubi ukinira ikipe ya FC Pyunik muri Armenia avuga ko kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi bigoye kubera ko ari mu kato nyuma yo kwandura icyorezo cya Coronavirus.

    Ni umwe mu bakinnyi bakina mu mutima w’ubwugarizi umutoza Mashami Vincent yahamagaye ndetse yahabwaga amahirwe yo kubanza mu kibuga ku mukino wa Cape Verde tariki ya 11 na 17 Ugushyingo mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022.

    Uyu mukinnyi akaba atazitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu kubera ko ari ku rutonde rw’abakinnyi batandatu ba Pyunik FC banduye icyorezo cya Coronavirus ubu akaba ari mu kato k’ibyumweru bibiri nk’uko yabitangarije ISIMBI.

    Ati“nibyo bayidusanzemo turi abakinnyi ba 6, ubu turi mu kato k’ibyumweru bibiri. uyu munsi turasubira kwipimisha.”

    Gukina umukino wa Cape Verde avuga ko bigoye cyane kereka mu cyumweru gitaha batayimusanzemo.

    Ati“Biragoye, kereka mu cyumweru gitaha batayinsanzemo kuko twipimisha buri minsi itatu.”

    Abakinnyi ba 6 FC Pyunik banduye iki cyorezo Ni Alanyan sevak, Kartashyan Artur, Nirisarike Salomon, Malakyan Gor, Salou Dramane na Ozbiliz Aras

    Nirisarike akaba yiyongereye ku bakinnyi nka Sugira Ernest wari wahamagawe ariko akaba atazakina uyu mukino kubera imvune, hari Meddie Kagere wa Simba SC n’ubwo yageze mu Rwanda ari mu mwiherero na we afite imvune ndetse amahirwe menshi ni uko atazakina uyu mukino.

    Uyu mukino uzaba tariki ya 11 Ugushyingo muri Cape Verde mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Rwanda tariki ya 17 Ugushyingo.

    Amavubi ni aya nyuma mu itsinda F n’amanota 0, ni nyuma yo gutsindwa na Mozambique ibitego 2-0 ndetse na Cameroun igitego 1-0 mu mikino ibiri yabaye mu Ugushyingo 2019.

    Nirisarike Salomon yanduye Coronavirus

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/myugariro-w-amavubi-yanduye-coronavirus-kwitabira-ubutumire-bw-ikipe-y-igihugu-amahirwe-ni-hafi-ya-ntayo

  • Impanuka y’imodoka yahitanye umukobwa wari ugiye gukora ubukwe, umukunzi we arakomereka – Amafoto #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Twajamahoro Sylvestre yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Ukwezi, avuga ko imodoka yari itwaye abantu batanu yakoze impanuka ubwo yavaga mu Ngororero igana i Muhanga, umwe agapfa abandi batanu bagakomereka.

    Mukamunana Kevine, umukobwa witeguraga ubukwe mu kwezi gutaha, niwe waguye muri iyi mpanuka naho Peter Mulisa bari kuzakora ubukwe tariki 28 Ugushyingo 2020 ayikomerekeramo hamwe n’abandi bantu batatu.

    Bivugwa ko impanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’uwari utwaye imodoka kongeraho ubunyerere bwatewe n’imvura yari imaze kugwa, byatumye umushoferi agerageza kugarura imodoka biranga irenga umuhanda igwa mu manga muri metero zigera muri 200. Umurambo wa Mukamunana Kevine n’abo bari kumwe bakomeretse, bahise bajyanwa ku bitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Impanuka-y-imodoka-yahitanye-umukobwa-wari-ugiye-gukora-ubukwe-umukunzi-we-arakomereka-Amafoto

  • Akarere ka Nyaruguru kahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Francois Habitegeko

    Byatangarijwe mu muhango wo gusinya imihigo y’umwaka wa 2020-2021, wabereye mu Karere ka Nyagatare, ukitabirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

    Mbere y’uko hatangazwa uko inzego zitandukanye zarushanyijwe mu kwesa imihigo y’umwaka ushize, Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente yabanje kugaragaza inshamake y’uburyo izo nzego zesheje imihigo, agaragaza ibikorwa byagiye bigerwa n’ibipimo byagiye byeswaho.

    Reba uko uturere twakurikiranye:

    1. Nyaruguru

    2. Huye

    3. Rwamagana

    4. Gisagara

    5. Nyanza

    6. Nyamasheke

    7. Ngoma

    8. Kicukiro

    9. Gasabo

    10. Kirehe

    11. Kayonza

    12. Kamonyi

    13. Nyagatare

    14. Gicumbi

    15. Bugesera

    16. Gatsibo

    17. Ruhango

    18. Rubavu

    19. Burera

    20. Nyamagabe

    21. Rutsiro

    22. Nyarugenge

    23. Rurlindo

    24. Ngororero

    25. Muhanga

    26. Gakenke

    27. Musanze

    28. Nyabihu

    29. Karongi

    30. Rusizi

    Ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, Minisitiri w’Intebe yavuze ko zihabwa amanota hakurikijwe uturere tuzigize, bityo , Intara y’Uburasiurazuba ikaba ari yo yaje ku isonga, ikurikirwa n’Intara y’Amajyepfo, hakurikiraho Umujyi wa Kigali, Intara y’Amajyaruguru, haheruka Intara y’Uburengerazuba.

    Mu buyobozi bwite bwa Leta (Central Governement), Minisitiri w’Intebe yavuze ko inkingi y’iterambere ry’ubukungu ari yo yaje ku isonga, n’amanota 71.9%, imiyoborere myiza n’ubutabera, igira 69.1%, naho iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage rigira 56.3%.

    Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yavuze ko hari ibyari biteganyijwe gukorwa ariko bikaza gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/akarere-ka-nyaruguru-kahize-utundi-mu-kwesa-imihigo-y-umwaka-wa-2019-2020

  • World's Greatest Footballer Diego Maradona Turns 60 #rwanda #RwOT

    Diego Maradona was born on October 30th , 1960- this means he has clocked 60 years today and is already celebrating his birthday.

    For those who don't know him, Maradona is player who is generally regarded as the top footballer of the 1980s and one of the greatest of all time.

    He is renowned for his ability to control the ball and create scoring opportunities for himself and others, he led club teams to championships in Argentina, Italy, and Spain, and he starred on the Argentine national team that won the 1986 World Cup.

    Maradona's career with the Argentine national team included World Cup appearances in 1982, 1986, 1990, and 1994. He dominated the 1986 competition in Mexico. In a 2—1 quarterfinal victory over England, he scored two of the most memorable goals in World Cup history.

    The first was scored with his hand (the referee mistakenly thought the ball had struck his head), a goal now remembered as the 'Hand of God' goal. The second occurred after Maradona gained possession of the ball at midfield and dribbled through a pack of English defenders and past the keeper before depositing the ball in the goal.

    He did not finish the 1994 World Cup, because he tested positive for the drug ephedrine and was again suspended. Maradona also played on South American championship-winning teams in 1987 and 1989.

    The post World's Greatest Footballer Diego Maradona Turns 60 appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/worlds-greatest-footballer-diego-maradona-turns-60/

  • Rwanda To Host Virtual Mining Forum In November #rwanda #RwOT

    With Covid-19 having pounded almost every sector across the globe, the Mining sector was not spared and thus there is an urgent need to readjust and operate under the new normal subject to effects of the unforgiving pandemic.

    The global mining industry is facing a significant change in the way their business model operates. After questioning the resiliency of the mining sector for the last 8 months, the need to operate under a 'new normal' will be vital as the pandemic brought extraordinary constraints and challenges.

    According to the industry captains, the current pandemic has with no doubt, exposed some weaknesses and vulnerabilities of the supply value chain and will force miners to anticipate and mitigate price volatility and downturns in the future to encourage investors decision-making.

    It is under this concern that the Africa Mining Forum has organized an event that will bring together experts and key players of this industry to engage in deliberations that aim at adjusting to fit within the new normal — this digital event will take place from the 16th to the 20th of November 2020.

    Francis Gatare the Chief Executive of Rwanda Mines, Petroleum & Gas Board is lined up to present an Opening keynote address to this forum and will be joined by Emma Wade-Smith Her Majesty's Trade Commissioner for Africa at the United Kingdom Department for International Trade.

    Others include Hubert Danso the Chief Executive Officer and Vice Chairman of Africa Investor (Ai) Group and Sheila Khama and Jörgen Sandström. This panel will discuss the 'recovery plan to stimulate investment into mining exploration in Africa.'

    According to organizers, the digital event will deliver 5 days of interactive and content-led activities, from 12 strategic Spotlight sessions, international CEOs , One-on-One, Women in Mining, and Ministerial Forum.

    The post Rwanda To Host Virtual Mining Forum In November appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-to-host-virtual-mining-forum-in-november/

  • Ibintu 7 dukwiye kumenya bijyanye n’umurimo w’Umwuka Wera #rwanda #RwOT

    Waba warigeze wibaza uko byari bimeze ubwo abigishwa ba Yesu bari mu cyumba cyo hejuru bategereje Umwuka Wera nk’umufasha bari barasezeranijwe. N’ubwo bari bafite agahinda ko Umwami Yesu abasize ariko bakimara guhabwa umwuka wera ntibongeye guhangayikishwa n’icyo kibazo.Bivuze ko Umwuka wera ari umufasha ntageranywa mu rugendo rw’umukristo.

    Umwuka Wera ni iki?

    Umwuka Wera ni uwa gatatu mu bagize ubutatu butagatifu (Trinity). Imana ni Data, Yesu ni Umwana naho Umwuka Wera ni Umwuka w’Imana.

    Mu Isezerano rya Kera Umwuka wera yagize uruhare mu kurema no mu mibereho ya muntu, ariko Umwuka wera ntiyakoraga ku kigero kimwe n’uko yakoze Yesu amaze kuzuka no kuzamurwa mu ijuru (ascension). Mugihe Yesu n’abigishwa be basangiraga ifunguro rya nyuma, Yesu yabasobanuriye ku buryo burambuye Umwuka Wera n’umurimo we.

    Ku bizera, Umwuka Wera utuyobora mu kuri kandi ukaduhumuriza, Umwuka Wera atwemeza iby’ibyaha byacu ndetse n’umucamanza wacu (Yohana 14:-17)

    Dore ibintu 7 Ibyanditswe Byera bivuga ku murimo w’Umwuka Wera

    1. Umwuka Wera aduhamiriza umubano wacu n’Imana

    Umwuka w’Imana ubwe ahamanya n’umwuka wacu yuko turi abana b’Imana. Kandi ubwo turi abana bayo turi n’abaragwa, ndetse turi abaragwa b’Imana, turi abaraganwa na Kristo niba tubabarana na we ngo duhanwe ubwiza na we (Abaroma 8:16-17)

    2. Umwuka Wera aduhishurira ukuri

    Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva nibyo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho (Yohana 16:13).

    3.Umwuka Wera adufasha kunesha

    Ndavuga nti:”Muyoborwe n’Umwuka”, kuko aribwo mutazakora ibyo kamere irarikira (Abagalatiya 5:16).

    4. Umwuka wera aduha gushira amanga tugasangiza abandi ubutumwa bwiza bwa Kristo

    Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira , kandi muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n’i Yudaya yose n’i Samariya, no kugeza ku mpera y’isi (Ibyakozwe n’Intumwa:1:8)

    5. Umwuka wera aratwigisha kandi aratwibutsa

    Ariko umufasha ari we Mwuka Wera, uwo Data azatuma mu izina rya njye ni we uzabigisha byose, abibutse ibyo nababwiye byose (Yohana 14:26)

    6. Umwuka Wera aratweza

    Kandi bamwe muri mwe mwari nka bo ariko mwaruhagiwe mwarejejwe, mwatsindishirijwe n’Umwuka w’Imana yacu mu izina ry’Umwami Yesu Kristo (1Abakorinto 6:11)

    7. Umwuka Wera aradusabira

    Uko niko n’Umwuka adufasha mu ntege nke zacu kuko tutazi uko dukwiriye gusenga, ariko Umwuka ubwe ni we udusabira aniha iminiho itavugwa (Abaroma 8:26).

    Uburyo Umwuka Wera ahumuriza

    Rimwe na rimwe, ibyiringiro biradushirana. Yesu yatubwiye ko muri iyi si tuzagira ibibazo, ariko duhumure kuko yatsinze isi. Kubw’ibyo, tuzi ko intambara zacu zatsinzwe. Ariko bigenda bite hagati aho? Tugomba kubaho mu ntambara zacu ariko twizeye ko dufite umufasha.

    Kuba Yesu yaratsinze urupfu n’isi ntibisobanuye ko ubuzima butazabamo ibibazo cyangwa akarengane. Muri iyi minsi dukeneye ibyiringiro. Umwuka Wera ni isoko y’ibyiringiro byacu , Umwuka Wera araduhumuriza akaduha amahoro atemba nk’uruzi kugira ngo tubashe guhangana n’ibibazo dufite ukwizera.

    Muri macye ni byiza gutunga umwuka wera kuko ni umufasha utigera ayobya atuyobora inzira nyakuri itugeza ku Mana. Wowe utaramuhabwa, gira umwete wo kumusaba Imana kuko yavuze ko uzasaba yizeye azahabwa.

    Source: crosswalk.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ibintu-7-dukwiye-kumenya-bijyanye-n-umurimo-w-Umwuka-Wera.html

  • MINEDUC yasabye abayobozi kuva mu biro bagakurikirana igikorwa cy’itangira ry’amashuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzego z
    Inzego z’ibanze zasabwe imikoranire mu kwirinda COVID-19 mu gihe abana basubukuye amasomo

    Ni mu nama yateguwe ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi, yateraniye mu Karere ka Musanze ku wa Kane tariki 29 Ukwakira 2020, yari igamije kurebera hamwe uko imyiteguro y’itangira ry’amashuri ku itariki 02 Ugushyingo 2020 rihagaze mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru.

    Muri iyo nama yayobowe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, hatanzwe ibitekerezo binyuranye birimo no kugaragaza impungenge ku migendekere myiza y’itangira ry’amashuri.

    Mu bibazo byibanzweho, byigiwe hamwe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19 mu gihe abana batangiye kugaruka ku mashuri, harimo kumenya uburyo abana bazabona udupfukamunwa n’imikoreshereze myiza yatwo, uburyo bwo kongera isuku ku bigo by’amashuri, ibikoresho bifasha abarimu kuba bakwirinda kwanduza abana.

    Izindi mpungenge zagaragajwe ni iz’ubwirinzi bw’ahantu hahurira abantu, bagaruka ku nkambi ya Gihembe aho ishobora kuba inzira yo gukwirakwiza COVID-19 mu gihe abana bazajya bava muri iyo nkambi bajya kwiga hanze yayo.

    Hagaragajwe n’ikibazo kijyanye n’imyiteguro y’aho abana bazarira n’aho bazarara mu gihe bazaba bageze mu kigo, no ku mpungenge z’ibikoresho by’amashuri byifashishijwe mu bihe byo kwirinda COVID-19, bavuga no ku kibazo cy’abarimu bigisha mu Rwanda baturutse hanze y’u Rwanda, aho na bo bashobora kuba baba nyirabayazana w’ikwirakwizwa rya COVID-19, mu gihe hadakozwe ubugenzuzi bwimbitse.

    Ni ibibazo byagiye biganirwaho hahabwa ijambo buri wese ubifite mu nshingano, aho byagiye bifatirwa inyigo zijyanye no kubishakira umuti hirindwa ibibazo byakururirwa abana bagarutse ku ishuri.

    Ku kibazo cy’abarimu baturuka mu bihugu byo hanze, Dr Irenée Ndayambaje Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), yavuze ko kizakurikiranwa ku buryo kitazabangamira imigendekere myiza y’itangira ry’amashuri.

    Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Irenée Ndayambaje
    Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Irenée Ndayambaje

    Yagize ati “Niba hari abarimu bataraza navuga ko bakererewe, bagombye kuba barageze mu Rwanda bagapimwa, abayobozi b’ibigo bibakoresha bihutire kubamenyesha. Nko mu cyumweru gishize twakoranye n’inzego zo mu Ntara y’Iburasirazuba, hari abashoboye kwinjira baturutse ku mupaka wa Nemba, nta n’impamvu hano bitakunda, icyangombwa ni uko mbere yo kuza aba yarapimwe yagera no mu Rwanda akongera agapimwa tukamenya ibisubizo bye, hanyuma akinjira muri sosiyete Nyarwanda nk’uko n’ahandi hose bigenda”.

    Ku kibazo k’inkambi ya Gihembe iherereye mu Karere ka Gicumbi ifite abana biga hanze yayo, Felix Ndayambaje Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi yamaze impungenge abitabiriye iyo nama, aho yemeza ko ku bufatanye n’abahagarariye impunzi n’inzego z’umutekano, bashyizemo imbaraga ku buryo nta kibazo barabona kidasanzwe gitewe n’iyo nkambi.

    Ati “Ni inkambi yari iduhangayikishije ariko ubona imbaraga dushyiramo nta kibazo kiraboneka kidasanzwe, ku bijyanye n’itangira ry’abana, kubera ko hari abana bo muri iyo nkambi biga hanze, twasabye ibitaro bya Byumba gupima abana baba mu nkambi bazaza kwiga kugira ngo tumenye uko bahagaze mbere yo kwinjira mu mashuri”.

    Ku bindi bibazo byakomeje kugaragazwa, Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Twagirayezu Gaspard, yasabye abayobozi bose b’inzego z’ibanzi gutanga umusanzu wabo mu gukurikirana igikorwa cy’itangira ry’amashuri bidahariwe gusa abafite uburezi mu nshingano, hakaba hashyizweho n’itsinda rigiye gukurikirana imigendekere y’itangira ry’amashuri.

    Asaba abayobozi kurangwa no gutanga amakuru, hagamijwe kwirinda COVID-19 mu bigo by’amashuri hagendewe ku bunararibonye bamaze gukura mu mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y
    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Twagirayezu Gaspard

    Ati “Ubu tugeze ahantu heza mu rwego rwo kurwanya COVID-19, amasomo twigiye muri iki cyorezo ni yo azadufasha kugira ngo itangira ry’amashuri rigende neza. Ikindi ni uko kurwanya icyorezo nk’iki, amakuru ni ingenzi kugira ngo ikibazo nikivuka abantu bakimenye vuba bakorane n’inzego zitandukanye hanyuma gifatirwe imyanzuro”.

    Minisitiri Twagirayezu kandi yasabye inzego zitandukanye gukurikirana ko abana bose basubiye ku ishuri, asaba n’ababyeyi bafite abana bahuye n’ibibazo binyuranye birimo kubyara imburagihe gufashwa gusubira ku ishuri, ndetse n’ubuyobizi bukabibafashamo bubaha ibikenewe, avuga ko abazafatwa babujije abana ujya kwiga bazafatirwa ibyemezo.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/mineduc-yasabye-abayobozi-kuva-mu-biro-bagakurikirana-igikorwa-cy-itangira-ry-amashuri

  • Tanzania Polls: Magufuli Leading By 80% Of Votes Cast #rwanda #RwOT

    The Tanzania Electoral Commission (NEC) on Friday announced that incumbent President John Pombe Magufuli was leading with an average score of over 80% of the votes in most constituencies.

    Retired Judge Semistocles Kaijage the chairman of NEC on the second day announced presidential results for Njombe Urban, Wanging'ombe, Makete and Lupembe constituencies.

    In Njombe Urban, Magufuli harvested 30134 (representing 84.47%) of the valid votes cast. His opponent Lissu scored only 5138 (14.4%) of the total votes.

    According to NEC, Magufuli also swept the 80% of the valid votes cast in Makete constituency while his rival Lissu only secured 11.9% of the vote in the area.

    Meanwhile, at Wanging'ombe, the ruling party CCM candidate secured 92% of the votes and 27517 votes in Lupembe: 94% of the votes.

    Switching to Mwanza, NEC said the results from two constituencies ; Misungwi constituency, Magufuli scored 98.72% while in Sengerema, the ruling party CCM candidate harvested 87.56% of the votes.

    For the semi-autonomous island of Zanzibar, the NEC announced the that Magufuli scored 67.25% in Mahonda constituency, Bumbwini constituency Magufuli secured 85.67%, Chumbuni  Magufuli scored 72%, Mwanakwerekwe 71.05%, Tumbe 47.06%, Micheweni 51.06%, Kiembesamaki 82.85% and Makunduchi 86%.

    The National Electoral Commission also released results for the Coast region whereby in Mafia, Magufuli secure a whooping 79.56% of the votes while in Bagamoyo, Magufuli got 80.95% of the votes. His rival Lissu got 15.48%.

    Considering the busy town of Kibaha, Magufuli trounced his rival by securing 83.43% of the vote compared to Lissu's 15.15% of the vote.

    Focusing on Singida

    In Manyoni constituency, Magufuli won with 85% of the votes while in Singida West, Magufuli also won with 83.25% . For Iramba East, the CCM candidate Magufuli bagged 87.82% while his rival Lissu got 10.08% of the votes cast.

    Magufuli is also leading in Singida west, Katati, Tanga.

    source Citizen

    The post Tanzania Polls: Magufuli Leading By 80% Of Votes Cast appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/tanzania-polls-magufuli-leading-by-80-of-votes-cast/

  • Tanzania: Opposition Party Chadema Wins Parliamentary Seat #rwanda #RwOT

    Tanzania's main opposition party Chadema has won majority of the votes in a major constituency of Nkasi North Seat in Rukwa beating the ruling party CCM.

    On Friday State leaning media reported that Aida Khenan became the first Chadema candidate to win in the 2020 Polls. She won with 21,226 votes compared to her challenger who scored 1,254 votes.

    Her win made her the second opposition candidate to win a parliamentary seat in polls conducted on Wednesday after CUFs candidate won earlier on in the day.

    Meanwhile, the ruling party CCM continued with a winning streak after Bishop Josephat Gwajima was declared winner of Kawe Consitutency beating another Chadema candidate Halima Mdee in a tight race.

    On election day, Mdee had been arrested and detained by Tanzanian Police but was later released. She was accused of causing chaos at a polling station (Tarafani). Mdee on the other hand fielded allegations of ballot stuffing.

    CCM's Bonnah Kamoli defended her Segerea parliamentary seat after she secured a win by a slight margin in 2015, Jerry Slaa on the other hand won the Ukonga Seat on CCM ticket after he was defeated in 2015 by Mwita Waitara.

     

    Tanzania Citizen

    The post Tanzania: Opposition Party Chadema Wins Parliamentary Seat appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/tanzania-opposition-party-chadema-wins-parliamentary-seat/