Category: Uncategorized

  • Bugesera: Inzitiramibu zari zimaze umwaka zitaboneka ubu zirimo gutangwa mu rwego rwo guhangana na Malariya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gusa hari hashize igihe nta nzitiramibu ziboneka, kuko hari ababyeyi bavuga ko batwise bakarinda babyara nta nzitiramibu bahawe kandi bipimishiriza ku bigo nderabuzima uko bisanzwe, nyamara mbere ngo zarabonekaga.

    Ibyo kuba hari hashize igihe kinini nta nzitiramibu ziboneka binemezwa na Ndayisabye, uvuga ko gahunda yo gutanga inzitiramibu yaherukaga mu kwezi k’Ukuboza 2019, ubu zongeye gutangwa muri uku kwezi k’Ugushyingo 2020.

    Gusa ngo hanyuzemo gahunda yo gutera imiti yica imibu mu nzu muri Gashyantare na Werurwe 2020. Ibyo rero ngo byagize uruhare mu kongera umubare w’abarwara Malariya nubwo ngo haba hari n’izindi mpamvu zitandukanye, ariko n’ibura ry’inzitiramibu ni imwe muri zo nk’uko bivugwa na Ndayisabye.

    Mukamusana Venantia utuye mu Mudugudu wa Kiyogoma, Akagari ka Murama, Umurenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, wari waje kuvuza umwana ku Kigo nderabuzima cya Nyamata, avuga ko yahawe inzitiramibu muri uku kwezi k’Ugushyingo 2020, ngo akaba yaherukaga kuyihabwa mu myaka ibiri ishize.

    Yagize ati “Inzitiramibu naraye nyibonye, ariko nari maze iminsi ntayo mfite, gusa twebwe n’ubundi malariya ntijya ituvaho nubwo twaba dufite inzitiramibu, malariya yantangiye ngitwite inda y’amezi abiri, na nyuma yo kubyara nta kwezi gushira ntaje kwivuza hano cyangwa nje kuvuza umwana, kandi igihe cyose badusangamo malariya, hari n’ubwo njya ku bitaro bikuru ariko ntijya irangira pe sinzi impamvu”.

    Uwitwa Yabaragiye Maria wo mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Nyamata, na we wari wazanye n’umwe mu bana be kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Nyamata, avuga ko we n’umwana we barwaye, ariko we ngo nta nzitiramibu yabonye nubwo ari mu bemerewe kuzihabwa ku buntu, kuko ngo zashize bataragerwaho, bityo ngo bazongera bakore urutonde rw’abatarazibonye na bo bazazihabwe ubutaha.

    Mukamudenge Xaverine wo mu Mudugudu wa Rwakibirizi II, Akagari ka Nyamata-Ville, mu Murenge wa Nyamata, avuga ko yabonye inzitiramibu muri uku kwezi k’Ugushyingo, ariko ngo yabonye zikozwe nabi.

    Yagize ati “Inzitiramibu nayibonye kuko ndi mu cyiciro cyemerewe kuyibona, ariko iyo ngira amafaranga mba nayibasubije nkigurira inziza, uretse ko nta n’imibu najyaga numva, izo nzitiramibu baduhaye zikozwe nabi zifite udukondo dutandatu, ubwo kuyimanika byaranze, haje abagabo babiri kumfasha kuyimanika biranga kuko nabonye zikozwe nabi”.

    Dr Mbituyumuremyi Aimable, ushinzwe porogaramu yo kurwanya Malariya mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), yasobanuye impamvu hajya habaho gutinda gutanga inzitiramibu, mu turere tumwe na tumwe, avuga ko iyo akarere runaka katerewe imiti yica imibu mu nzu, kadashobora guhabwa inzitiramibu mbere y’Akarare kataterewe imiti.

    Ndayisabye Viateur ushinzwe ubuzima mu Karere ka Bugesera, avuga ko ibura ry’inzitiramibu ryatumye habaho ubwiyongere bw’abarwara malariya, nubwo iyo atari yo mpamvu yonyine, ku buryo ubu inzitiramibu zirimo zitangwa ariko na malariya ikaba ngo yari yiyongereye cyane muri ako Karere nk’uko uwo muyobozi abivuga.

    Uwo muyobozi avuga ko gahunda yo gutanga inzitiramibu yaherukaga mu kwezi k’Ukuboza 2019. Muri Mutarama 2020 imibare y’abarwaye malariya mu Karere ka Bugesera kose yari 6,312, mu gihe muri Nzeri abarwaye malaria bari 10,913, ibyo bigaragaza ko umubare w’abarwara iyo ndwara wiyongereye muri icyo gihe hatabonekaga inzitiramibu.

    Gusa ngo mu kwezi kwa Gashyantare na Werurwe 2020 kubera gahunda yo gutera imiti yica imibu mu nzu, umubare w’abarwaye malariya ntiwazamutse cyane nk’uko byari bimeze muri aya mezi aheruka.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/bugesera-inzitiramibu-zari-zimaze-umwaka-zitaboneka-ubu-zirimo-gutangwa-mu-rwego-rwo-guhangana-na-malariya

  • Producer Sano, imwe mu mpano zidasanzwe ziba mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sano yize umuziki uri Afurika y
    Sano yize umuziki uri Afurika y’Epfo no muri Uganda

    Sano avuga ko yize ibijyanye na muzika aba mu gihugu cya Uganda akaza gufashwa n’ibindi bijyanye na muzika abifashijwemo n’umuntu wo mu gihugu cya Philipines akaza gukomereza amasomo mu gihugu cya Afurika y’Epfo aho yamenyeye gukora indirimbo.

    Yagize ati “Nakoreye indirimbo abahanzi bakomeye hano mu Rwanda barimo ba Bruce Melodie, Riderman, Alyn Sano, Hope Irakoze, Mani Martin n’abandi benshi nishimira ko banyurwaga n’uburyo nkora indirimbo kandi nkora ibyo nzi nigiye”.

    Sano Patrick ni umwe mu ba producer b’abahanga mu gucuranga piano, gucuranga gitari, accordeon n’ibindi bicurangisho byisnhi, akaba azwiho kugira ijwi ridasanzwe, akaba afasha benshi mu bahanzi rimwe na rimwe mu kubigisha kuririmba.

    Umwe mu bahanzi uzwi ku izina rya Padiri avuga ko bishoboka ko nta muhanga uri mu Rwanda uri ku rwego rwa Sano.

    Yagize ati “Tujya twumva ngo batanga ibihembo by’abaproducers gusa hari impano idasanzwe iri mu Rwanda abantu benshi batazi iyo mpano ni Sano Patrick”.

    Uyu muproducer Sano azwi cyane ku kazina ka ‘Panda Music’ ndetse akenshi indirimbo ze haba harimo akantu kamuvuga ngo Sano Panda, akaba ari musaza w’umuhanzi Alyn Sano.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/producer-sano-imwe-mu-mpano-zidasanzwe-ziba-mu-rwanda

  • Menya ingano y’umushahara wa Perezida wa Amerika urimo guhanganisha Trump na Joe Biden #rwanda #RwOT

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni umuntu uba ukomeye cyane mu ruhando mpuzamahanga, icyubahiro no kuvuga rikijyana, gucungirwa umutekano mu buryo buhambaye n’ibindi bikaba biri mu byemeza ko akomeye ariko urebeye ku mushahara ukaba wasanga atagenerwa amafaranga menshi.

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agenerwa umushahara ungana n’amadolari ya Amerika 400.000 ku mwaka akongerwa n’andi madolari 50.000 amufasha muri gahunda z’akazi, muri rusange akaba ahabwa angana n’amafaranga y’u Rwanda asaga 36.000.000 buri kwezi. Gusa uyu mushahara si munini ugereranyije n’imitungo ya Perezida Donald Trump, ni ingano nto y’amafaranga ugereranyije n’ubukire bw’uyu mugabo. By’akarusho we umushahara we guhera muri 2017 kugeza muri 2020, yarawutanze awufashisha ibigo bitandukanye muri Amerika.

    Ibi Trump yari yaranabivuze igihe yiyamamazaga mu mwaka wa 2016, imvugo ye ikaba yarabaye ingiro areka gufata uyu mushahara. Trump yari yagize ati : “Ikintu cya mbere nzakora nintorerwa kuba Perezida, sinzigera nemera kwakira umushahara, kuri njye ntacyo umushahara uvuze. Uwo mushahara ntacyo nzaba nywushakaho, nta n’idolari rimwe nzafata, nzareka umushahara wanjye wose nta na macye nzajya mfata rwose.”

    Donald John Trump wavutse tariki 14 Kamena 1946, asanzwe ari umucuruzi ukomeye muri Amerika, akaba afite amahoteli, amazu y’imyidagaduro n’ibindi bikorwa byinshi by’ubucuruzi. Mu 1971, Se umubyara, Fred Trump, yamweguriye imitungo ye yiganjemo amazu y’imyidagaduro, amahoteli n’ibindi bitandukanye.

    Ikindi wamenya ni uko umutungo wa Donald Trump wagabanutse cyane kuva yaba Perezida. Mu mwaka wa 2016, ikinyamakuru Forbes Magazine cyagaragaje ko Donald Trump yari ku mwanya wa 324 ku isi yose mu baherwe bafite agatubutse, akaba uw’156 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Icyo gihe yabarirwaga akayabo k’amadolari ya Amerika agera kuri 3.070.000.000, nyamara kugeza tariki 15 z’ukwezi gushize, umutungo wa Trump wari ugeze ku madolari y’amerika 2.500.000.000.

    Donald Trump si we Perezida wa Amerika wa mbere wafashishije abatishoboye umushahara we kuko Herbert Hoover wabaye Perezida w’iki gihugu kuva mu 1929 kugeza mu 1933, kimwe na mugenzi we John F. Kennedy wabaye Perezida kuva mu 1961 kugeza mu 1963 ubwo yicwaga, bombi bafashe umushahara bahabwaga bawukoresha mu bikorwa byo gufasha abatishoboye n’abari mu kaga. George Washington nawe yigeze gutanga amadolari 25,000 ku mushahara we.

    Tugarutse kuri Joe Biden, amafaranga afite ni macye cyane ugereranyije n’aya Trump, gusa we muri rusange ayakomora ku mirimo yagiye akora irimo uwo kuba Visi Perezida mu gihe cya Barack Obama ndetse no kuba Umusenateri. Kugeza ubu abarirwa umutungo ungana n’amadolari ya Amerika miliyoni icyenda ($9.000.000).

    Gusa byumvikane neza ko umushahara wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wiyongeraho ibindi byose umukuru w’igihugu akenera mu kazi kuko uburyo bw’ingendo mu modoka n’indege by’agahebuzo, aho kuba n’ibitunga umuryango we muri White House n’ibindi byose aba abyishyurirwa na Leta.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Menya-ingano-y-umushahara-wa-Perezida-wa-Amerika-urimo-guhanganisha-Trump-na-Joe-Biden

  • Four-Year USAID Isuku Iwacu Project Celebrates Bringing Sanitation Access to 500,000 Rwandans #rwanda #RwOT

    'By working hand-in-hand with the Government of Rwanda, USAID Isuku Iwacu has been integral in increasing access to life saving hygiene and sanitation solutions for the population in the eight districts where the project has worked. The United States is committed to doing more and to work with the government and the people of Rwanda to build public-private partnerships for sustainable sanitation,' said USAID Deputy Mission Director, Bill Hansen.

    In a ceremony held at the Kigali Convention Centre, USAID, the Ministry of Infrastructure (MININFRA), as well as implementing partners headed (SNV) USA dba DevWorks International with SNV Netherlands, Water for People and World Vision International, marked the culmination and remarkable achievements of the four-year effort that has enabled over 500,000 people to acquire basic sanitation in eight districts of the project’s work.

    Isuku Iwacu Activity (2016-2020) represents the continued commitment of USAID to support Rwanda on its journey to achieve universal coverage of sanitation facilities for its 12 million people and Sustainable Development Goal 6 which focuses on water and sanitation for all.

    The overall goal of USAID Isuku Iwacu was to increase local ownership and capacity to deliver sustainable, high quality sanitation and hygiene services in order to decrease childhood stunting.

    Over the life of the Activity, the project has worked in the eight districts of Kayonza, Kicukiro, Ngoma, Nyabihu, Nyanza, Nyarugenge, Ruhango, and Rwamagana where it fostered local ownership and strengthened capacity building, leading to remarkable results. USAID Isuku Iwacu did this by working with leaders and local civil society organizations at national and decentralized levels.

    USAID Isuku Iwacu focused on three strategic areas: Increasing demand for sanitation products and services at the household level, strengthening the supply of sanitation products and services, and developing an improved enabling environment to support new markets for improved sanitation.

    The project realized several critical achievements in its four years of implementation, including 561,035 Rwandans supported to gain access to basic sanitation; 254,504 households with clean covered latrines; 219 villages pre-declared as Open Defecation Free (ODF) environments; and eight District Sanitation Centers (DSC) built across the areas of implementation.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/four-year-usaid-isuku-iwacu-project-celebrates-bringing-sanitation-access-to

  • Musanze Cycling Club Begins Intense Training #rwanda #RwOT

    Cyclists of the Musanze district based cycling club have started intensive training in preparation for the forthcoming competitions.

    In June, the Sports Ministry announced resumption of Several non-contact outdoor sporting activities but under strict observation of guidelines aimed at preventing the spread of Covid-19.

    The sporting activities allowed to resume include cycling, athletics, golf, tennis, hiking, and motorsports.

    Source : https://taarifa.rw/musanze-cycling-club-begins-intense-training/

  • Musanze: Abadepite bakemanze uburyo amashuri yo mu cyaro yirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abadepite basabye abanyeshuri n
    Abadepite basabye abanyeshuri n’abarezi kwirinda COVID-19

    Ni mu ruzinduko rw’iminsi itanu Abadepite bari ku girira mu turere tunyuranye tw’igihugu, kuva tariki 02 Ugushyingo 2020, aho mu bigamijwe harimo no kureba ubwitabire bw’abana mu itangira ry’amashuri, n’uburyo hirindwa icyorezo cya COVID-19 mu banyeshuri.

    Ubwo itsinda riri mu Karere ka Musanze rigizwe na Hon Murekatete Marie Thérèse, Hon Nirere Marie Thérèse na Hon Mpembyemungu Winifrida, ryasuraga Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, basanze hakiri icyuho gikomeye mu kurinda abana kwandura COVID-19.

    Imbogamizi basanzwe mu bigo binyuranye by’amashuri yo muri uwo murenge, harimo kutagira ibikoresho bya ngombwa byifashishwa mu kwirinda COVID-19, ari byo icyumba gitunganyije cy’umurwayi, ubukarabiro no kuba amashuri atagira amazi, n’ibyumba bidahagije bizakira abana ku itariki 23 Ugushyingo, ubwo bazaba bamaze kwiyongera.

    Ubwo abo Badepite basuraga ikigo cy’ishuri ribanza rya Rungu, basanze mu kigo higa abanyeshuri 185 ku banyeshuri 288 biga muri icyo kigo, banenga ubuyobozi bw’icyo kigo bwagaragaje ko butita ku kibazo cy’imyigire y’abana, dore ko ubwo buyobozi bwayobewe umubare w’abana baje kwiga uwo munsi, biba ngomba ko Abadepite bajya mu mashuri kubibarira mu rwego rwo kumenya abitabiriye amasomo.

    Muri GS Shashi na ho hagaragaye ikibazo cy
    Muri GS Shashi na ho hagaragaye ikibazo cy’amazi n’ubukarabiro

    Ubwo buyobozi kandi bwakomeje gutungwa agatoki ku burangare mu ngamba zo kwirinda COVID-19, aho butigeze bugaragariza inzego zo hejuru ko hakenewe ibyumba by’amashuri, Abadepite bagira impungenge ko abanyeshuri bazaba benshi mu ishuri ntihirirwe COVID-19 uko bikwiye mu gihe bose bazaba batangiye ku itariki 23 Ugushyingo bakaba bakomeza kwicara ari bane ku ntebe nk’uko byahoze, mu gihe ubu bicaye ari babiri ku ntebe.

    Hagaragaye n’ikibazo cyo kuba hatarateguwe icyumba cy’umuntu waba agaragayeho ibimenyetso bya COVID-19, mu gihe hari ibyumba by’amashuri bifunze kuko abanyeshuri bose bataratangira, ndetse haboneka n’ikibazo cyo kutagira ubukarabiro bwiza ndetse no kuba ikigo kitagira amazi aho bakoresha ay’imvura, ibyo bikaba byateza ikibazo cyo kwandura COVID-19 mu buryo bwihuse.

    Ibyo bibazo byateye Abadepite impungenge, batekereza no kuba icyo kigo cyaba gifunze, mu gihe mu munsi umwe gusa baba badakosoye ayo makosa.

    Ibyo bibazo kandi babisanze no mu yandi mashuri anyuranye aho ku ishuri ribanza n’iryisumbuye rya Shashi, na none bahasanze ibibazo binyuranye bikomeje kuba inzitizi mu kwirinda icyo cyorezo, aho batagira icyumba cyagenewe ugaragaje ibimenyetso bya COVID-19, ntibagire ubukarabiro buhagije ndetse bigaragara ko ikigo kitagira amazi, aho bifashisha ayo bakura mu bishanga.

    Amasomo yaratangiye
    Amasomo yaratangiye

    Kuba ibyo bigo by’amashuri bitagira amazi, ndetse n’ibyumba bishya by’amashuri biri kubakwa hakaba hari impungenge ko bishobora kuzura mu mwaka utaha abanyeshuri bagakomeza kwiga bacucitse, byateye impungenge Abadepite aho bemeza ko ubwirinzi bwa COVID-19 mu mashuri y’ibyaro bugiteye impungenge nk’uko Hon Murekatete Marie Claire uyoboye itsinda ry’Abadepite basuye Akarere ka Musanze yabitangarije Kigali Today.

    Yagize ati “Mu mashuri haracyari akazi, kuko bigaragara ko kuri 23 Ugushyingo mu gihe abanyeshuri bose bazaba batangiye hazaba ikibazo mu kwirinda COVID-19 kubera ubucucike buzaba mu mashuri, ikindi twabonye aho twasuye usibye ishuri rimwe rya Karwasa, ahandi ubukarabiro ni buke kandi ntabwo bwujuje ibisabwa, ikindi aho twageze hose nta byumba bateguye byo kwakiriramo umwana ugize n’ikibazo cyangwa ugaragayeho ibimenyetso bya COVID-19”.

    Hon Murekatete na bagenzi be babwiye ubuyobozi bw’Umurenge wa Gacaca ko icyo bugomba kwitaho mbere na mbere ari ubuzima bw’umwana, bavuga ko aho kugira ngo abana bandure COVID-19 birutwa n’uko baba baretse gutangira.

    Umuyobozi wa GS Shashi ageza ibibazo by
    Umuyobozi wa GS Shashi ageza ibibazo by’ikigo kuri Hon Murekatete Therese

    Uretse ibyo bibazo byagaragaye mu bigo binyuranye by’amashuri, Abadepite bashimye ibyumba 19 by’amashuri biri kubakwa mu rwunge rw’amashuri rwa Karama n’ubwiherero 24, bemeza ko bizakemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri, nubwo bagaragarijwe ibibazo by’umuhanda mubi n’amazi adahagije muri ako gace.

    Hari n’ibyumba by’amashuri 16 biri kubakwa mu buryo bugeretse (étage) mu rwunge rw’amashuri rwa Mata, aho na byo bizafasha kugabanya ubucucike mu mashuri nubwo byagaragaye ko bishobora kuzura muri Mata 2021.

    Bimwe mu byumba bishya ntibirasakarwa
    Bimwe mu byumba bishya ntibirasakarwa

    Ibindi bibazo byagaragaye mu bigo by’amashuri ni ibijyanye n’umubare muto w’abarimu, ubwiherero buke kandi bushaje, ikibazo cy’umuriro mu bigo by’amashuri aho abana batiga ikoranabuhanga uko bikwiye, abana bakomeje gutinda kugera ku ishuri aho byagaragajwe ko bakomeje guhugira mu mirimo yinjiza amafaranga, abandi ngo bagatinya kuza ku ishuri bitewe no kutagira imyambaro y’ishuri aho iyo bari bafite batayitayeho igasaza mu mezi arindwi bamaze mu ngo zabo, n’ibindi.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/musanze-abadepite-bakemanze-uburyo-amashuri-yo-mu-cyaro-yirinda-covid-19

  • Abakinnyi 11 b’ikipe yo mu Rwanda banduye Coronavirus #rwanda #RwOT

    Abakinnyi 11 b’ikipe y’Amagaju FC yiteguraga imikino ya Kamarampaka ishaka kuzamuka mu cyiciro cya mbere, banduye icyorezo cya Coronavirus.

    Aba bakinnyi bari mu mubare w’abantu 18 baraye banduye mu gihugu hose.

    Muri aba bantu baraye banduye 12 ni aho mu karere ka Nyamagabe harimo abakinnyi 11 b’Amagaju FC.

    Aba bakinnyi bakaba banduye mu gihe tariki ya 13 Ugusnyingo 2020 bagomba gutangira imikino ya kamarampaka y’icyiciro cya 2 irimo ihatanira kuzamuka mu cyiciro cya mbere umwaka w’imikino 2020-2021.

    Aba bakinnyi bakaba bahise bashyirwa mu kato, ubuyobozi bw’iyi kipe bukaba bwatangaje ko abakinnyi bose uko ari 11 nta n’umwe urembye.

    Muri aba bakinnyi banduye uko ari 11, bane nibo bakina mu ikipe nkuru abandi ni abo mu bari baraje gufasha abandi imyitozo.

    Iyi kipe ikaba igiye gushaka uburyo aba bakinnyi barwaye babasimbuza bagakomeza kwitegura imikino ya kamarampaka nk’uko bisanzwe.

    Ikipe y’Amagaju iheruka gukina icyiciro cya mbere 2018-2019

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-11-b-ikipe-yo-mu-rwanda-banduye-coronavirus

  • Trump Attacks Election Integrity As Biden Nears 270 Electoral College Votes #rwanda #RwOT

    President Donald Trump is testing how far he can go in using the trappings of presidential power to undermine confidence in this week's election against Joe Biden, as the Democrat contender gained ground in tight contests in some key battleground states.

    With his pathway to re-election appearing to shrink, Trump has advanced unsupported accusations of voter fraud to falsely argue that his rival was trying to seize power. Thursday's moves amounted to an extraordinary effort by a sitting American president to sow doubt about the democratic process.

    'This is a case when they are trying to steal an election, they are trying to rig an election,' Trump said from the podium of the White House briefing room.

    The president's remarks deepened a sense of anxiety in the U.S. as Americans enter their third full day after the election without knowing who would serve as president for the next four years.

    His statements also prompted a rebuke from some Republicans, particularly those looking to steer the party in a different direction in a post-Trump era.

    Electoral college magic number

    Neither candidate has reached the 270 Electoral College votes needed to win the White House. But Biden eclipsed Trump in Wisconsin and Michigan, two crucial Midwestern battleground states, and has been inching closer to overtaking the president in Pennsylvania and Georgia, where votes are still being counted. It remains unclear when a national winner will be declared after a long, bitter campaign dominated by the coronavirus and its effects on Americans and the national economy.

    On Wednesday, The U.S.set another record for daily confirmed cases as several states posted all-time highs. The pandemic has killed more than 233,000 people in the United States.

    Rising tensions

    Biden spent Thursday trying to ease tensions and project a more traditional image of presidential leadership. After participating in a coronavirus briefing, he declared that 'each ballot must be counted.'

    'I ask everyone to stay calm. The process is working,' Biden said. 'It is the will of the voters. No one, not anyone else who chooses the president of the United States of America.'

     

    Biden's victories in the upper Midwest put him in a strong position, but Trump showed no sign of giving up. It could take several more days for the vote count to conclude and a clear winner to emerge. With millions of ballots yet to be tabulated, Biden already had received more than 73 million votes, the most in history.

    Trump's erroneous claims about the integrity of the election challenged Republicans now faced with the choice of whether to break with a president who, though his grip on his office grew tenuous, commanded sky-high approval ratings from rank-and-file members of the GOP.

    Lawsuits and late mail-in ballots

    Trump's campaign engaged in a flurry of legal activity to try to improve the Republican president's chances, requesting a recount in Wisconsin and filing lawsuits in Pennsylvania, Michigan and Georgia. Judges in Georgia and Michigan quickly dismissed Trump campaign lawsuits there on Thursday.

    Trump has held a small edge in Georgia, though Biden has been gaining on him as votes continue to be counted. The same is true in Pennsylvania, where Trump's lead had slipped to about 22,000 votes — and the race is destined to get tighter.

    One reason is because elections officials were not allowed to process mail-in ballots until Election Day under state law. It's a form of voting that has skewed heavily in Biden's favour after Trump spent months claiming without proof that voting by mail would lead to widespread voter fraud.

    Mail ballots from across the state were overwhelmingly breaking in Biden's direction. A final vote total may not be clear for days because the use of mail-in ballots, which take more time to process, has surged as a result of the coronavirus pandemic.

    The Trump campaign said it was confident the president would ultimately pull out a victory in Arizona, where votes were also still being counted, including in Maricopa County, the state's most populous area.

    The AP has declared Biden the winner in Arizona and said Thursday that it was monitoring the vote count as it proceeded.

    rfi

    Source : https://taarifa.rw/trump-attacks-election-integrity-as-biden-nears-270-electoral-college-votes/

  • Dore mu mibare uko Biden na Trump bari kurushanwa mu majwi muri leta zikomeye #rwanda #RwOT

    Kubarura amajwi mu matora yo guhatanira umwanya wa perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika biragana ku musozo, aho hasigaye kubarura muri leta enye hakamenyekana utsinda.

    Mu nkuru ya BBC igaragaza amashusho asobanura, bigaragara ko bikomeza guhinduka uko amajwi muri za leta agenda atangazwa.

    GEORGIA: Ifite intumwa 16 zitora

    Uko bihagaze:

    Trump ari imbere ariko Biden ari kugabanya ikinyuranyo. Ubu kiri munsi y'amajwi 2,000.

    Ni amajwi angahe atarabarwa: Abayobozi baho bavuga ko hasigaye kubarwa amajwi agera ku 15,000.

    Ayo majwi ari he? Ayo ni amajwi yoherejwe n'iposita cyane cyane yo mu Mujyi wa Atlanta na Savannah, yiganjemo abatoye cyane Biden.

    Umunyamakuru wa BBC, muri Amerika y'Amajyaruguru Anthony Zurcher avuga ko abantu bakwitega kureba niba Biden ashobora gushyikira Trump mu majwi cyangwa se ntibishoboke.

    Ibindi muri iyi leta biramenyekana ryari?

    Abayobozi bavuga ko bari hafi kurangiza, ko ibya nyuma bishobora kuboneka kuri uyu wa Gatanu mu gitondo (ubwo ni nimugoroba mu Rwanda no mu Burundi).

    PENNSYLVANIA — Intumwa 20 zitora

    Uko bihagaze:

    Trump ari imbere ariko Biden ari kugabanya ikinyuranyo. Icyari ikinyuranyo cy'amajwi arenga 500,000 ubu kigeze ku 26,000.

    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Uhagarariye iyi leta avuga ko kugeza ejo ku wa Kane mu gitondo hari hakiri amajwi 550,000 ahatandukanye, ni ukuvuga ko hafi 1/2 cyayo ubu atarabarwa.

    Ayo majwi ari hehe?

    Ari mu duce twiganjemo Abademokarate aho Hillary Clinton yatsinze cyane mu matora yo muri 2016.

    Anthony Zurcher avuga ko amajwi menshi asigaye ari ay'iposita yo mu gace ka Philadelphia, ari yo mpamvu Biden ari kubona menshi agasatira Trump.

    Ibindi muri iyi leta biramenyekana ryari?

    Abayobozi muri iyi leta bavuga ko bizeye kubara igice kinini cy'aya majwi bitarenze ku wa Kane (kuwa gatanu mu gitondo mu Rwanda no mu Burundi). Birashoboka ko hakiri kare uyu munsi hashobora kurara hamenyekanye ibiva hano.

    ARIZONA: Intumwa 11 zitora

    Uko bihagaze:

    Biden aracyarusha Trump amajwi 46,000, ariko Trump amajwi ye yakomeje kwiyongera ejo ku wa Kane.

    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Abayobozi muri iyi leta ku wa Kane nimugoroba bavuze ko hakiri amajwi 470,000 atarabarwa, ubu ntibizwi neza asigaye uko angana.

    Ayo majwi ari hehe?

    Ni ay'ahatandukanye muri iyi leta, ariko cyane cyane mu duce twegereye umujyi mukuru wa Phoenix.

    Umunyamakuru Anthony Zurcher, avuga ko Biden yari yabanje kuba imbere cyane muri iyi leta, ariko Trump yaje kumurya isataburenge.

    Yongeraho ko mu gihe amajwi menshi asigaye ari ayo mu ntara ya Maricopa, igikomeye ubu ari ukumenya niba ari ay'abantu biyiziye gutora, batoye cyane cyane Trump, cyangwa ari ay'abatoye bagatuma iposita, benshi batoye Biden.

    Ibindi biramenyekana ryari?

    Haracyategerejwe kumenya andi makuru ku byavuye mu matora hano muri iki gitondo cy'uyu wa Gatanu, ariko ntabwo wamenya uwo aza guhira.

    NEVADA: Intumwa 6 zitora

    Uko bihagaze:

     

    Biden ari imbere hafi amajwi 12,000, ikinyuranyo yashyizemo ku wa Kane mu gitondo ubwo bari bamaze gutangaza amajwi mashya yabaruwe.
    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Abayobozi baravuga ko hari amajwi agera ku 190,000 asigaye.

    Ayo majwi ari hehe?

    Hafi 90% muri yo ni ayo mu ntara ya Clark County, ahaba umujyi wa Las Vegas, kandi menshi muri ayo majwi ni ayoherejwe ku iposita.

    Umunyamakuru Anthony Zurcher, aravuga ko ikinyuranyo gito Biden yashyizemo gishobora kwiyongera mu gihe amajwi y'iposita yifashishijwe cyane n'Abademokarate akomeje kubarwa, kereka mu gihe abantu batoye bwa mbere baba bashyigikiye Trump.

    Utundi duce tw'icyaro tw'abatsimbaraye ku bya kera b'Abarepubulikani na two turohereza amajwi yatwo ariko ntabwo dutuwe cyane.

    Ibindi biramenyekana ryari?

    Andi majwi y'inyongera 51,000 uyu munsi ni bwo agezwa ahabarirwa amajwi nk'uko bivugwa na Joe Gloria, umuyobozi muri Clark County.

    Ibyavuye mu matora bya nyuma bishobora kumenyakana mu mpera z'iki cyumweru.

    SOURCE:BBC

    The post Dore mu mibare uko Biden na Trump bari kurushanwa mu majwi muri leta zikomeye appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/06/dore-mu-mibare-uko-biden-na-trump-bari-kurushanwa-mu-majwi-muri-leta-zikomeye/

  • Abakinnyi 11 b’Amagaju basanzwemo #COVID-19, imyitozo ihita ihagarikwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe amakipe umunani yo mu cyiciro cya kabiri akomeje umwiherero n’imyitozo yo kuishakamo amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya kabiri, imyitozo y’Amagaju y’uyu munsi yahagaritswe kubera #COVID-19.

    05.11.20 Amakuru Mashya | Update

    *Kigali:1, Gatsibo:2, Nyagatare:3, Nyamagabe:12 (bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi/testing in high risk groups) pic.twitter.com/BnBXd149vW

    — Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) November 5, 2020

    Mu itangazo rya Minisiteri y’ubuzima ryaraye risohotse kuri uyu wa Kane tariki 05/11/2020, rigaragaramo abanduye Coronavirus 12 bo mu karere ka Nyamagabe, aho muri abo 11 amakuru atugeraho ari uko ari abakinnyi b’ikipe y’Amagaju.

    Abakinnyi 11 b
    Abakinnyi 11 b’Amagaju basanzwemo Coronavirus

    Kugeza ubu imyitozo y’AMagaju yari iteganyijwe uyu munsi yahise isubikwa, mu gihe abakinnyi, abatoza n’abandi bose bari mu mwiherero w’iyi kipe bagomba kongera bagapimwa

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abakinnyi-11-b-amagaju-basanzwemo-covid-19-imyitozo-ihita-ihagarikwa