Category: Uncategorized

  • Urugendo Huye-Kigali rwashyizwe ku 2,560Frws, Kibeho-Huye rushyirwa kuri 630Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuva i Huye kugera i Kibeho ubu harishyurwa amafaranga 630. Iyi ni gare ya Kibeho
    Kuva i Huye kugera i Kibeho ubu harishyurwa amafaranga 630. Iyi ni gare ya Kibeho

    Ubundi abakora ingendo hagati ya Kigali na Huye bari bagaragaje ko batazi ibirometero bifatirwaho mu kugena amafaranga bagomba gutanga, kuko bavugaga ko hagati ya Nyabugogo na Gare ya Huye hari ibirometero 122. Urebye ikosora rya RURA ni ho ryashingiye.

    Abakora ingendo hagati ya Huye na Nyaruguru na bo bari bagaragaje ko ibiciro bitigeze bihuzwa n’igiciro cy’amafaranga 21 kuri kilometero, ko ahubwo bakomeje gucibwa amafaranga yari yaragenwe mbere ya Coronavirus, ibiciro bya peteroli bitaragabanuka.

    Huye-Kibeho rero baraza kujya bishyura amafaranga 630, Huye-Ndago bishyure 780 naho Huye-Munini unyuze i Kibeho bishyure 1,010Frws.

    Urebye ibi biciro bya Huye-Nyaruguru ntibihura n’ibirometero biri kuri izi ngendo ubariye ku mafaranga 21 ku kilometero, ariko umuyobozi w’ishami ry’ubwikorezi muri RURA, Anthony Kulamba, avuga ko igena ry’ibiciro ritagendera ku mubare w’ibirometero gusa, ahubwo ko hanarebwa imiterere y’imihanda ndetse n’uko ahantu hagendwa.

    I Nyaruguru rero, nubwo hari gushyirwa kaburimbo mu muhanda uturuka i Huye ukagera ku Munini, iyi mirimo ntirarangira ku buryo hakiri igice kitari gitoya kigikorwa.

    Ibi biciro hagati ya Huye na Kibeho ndetse no hagati ya Huye na Kigali, kimwe n’ibindi byakosowe na RURA, biratangira gukurikizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ugushyingo 2020.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/urugendo-huye-kigali-rwashyizwe-ku-2-560frws-kibeho-huye-rushyirwa-kuri-630frws

  • Amatora muri USA: Kubara amajwi birakomeje. Ni nde uri imbere? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nkuru ya BBC igaragaza amashusho asobanura, bigaragara ko bikomeza guhinduka uko amajwi muri za leta agenda atangazwa.

    GEORGIA: Ifite intumwa 16 zitora

    Uko bihagaze:

    Trump ari imbere ariko Biden ari kugabanya ikinyuranyo. Ubu kiri munsi y’amajwi 2,000.

    Ni amajwi angahe atarabarwa: Abayobozi baho bavuga ko hasigaye kubarwa amajwi agera ku 15,000.

    Ayo majwi ari he? Ayo ni amajwi yoherejwe n’iposita cyane cyane yo mu Mujyi wa Atlanta na Savannah, yiganjemo abatoye cyane Biden.

    Umunyamakuru wa BBC, muri Amerika y’Amajyaruguru Anthony Zurcher avuga ko abantu bakwitega kureba niba Biden ashobora gushyikira Trump mu majwi cyangwa se ntibishoboke.

    Ibindi muri iyi leta biramenyekana ryari?

    Abayobozi bavuga ko bari hafi kurangiza, ko ibya nyuma bishobora kuboneka kuri uyu wa Gatanu mu gitondo (ubwo ni nimugoroba mu Rwanda no mu Burundi).

    PENNSYLVANIA – Intumwa 20 zitora

    Uko bihagaze:

    Trump ari imbere ariko Biden ari kugabanya ikinyuranyo. Icyari ikinyuranyo cy’amajwi arenga 500,000 ubu kigeze ku 26,000.

    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Uhagarariye iyi leta avuga ko kugeza ejo ku wa Kane mu gitondo hari hakiri amajwi 550,000 ahatandukanye, ni ukuvuga ko hafi 1/2 cyayo ubu atarabarwa.

    Ayo majwi ari hehe?

    Ari mu duce twiganjemo Abademokarate aho Hillary Clinton yatsinze cyane mu matora yo muri 2016.

    Anthony Zurcher avuga ko amajwi menshi asigaye ari ay’iposita yo mu gace ka Philadelphia, ari yo mpamvu Biden ari kubona menshi agasatira Trump.

    Ibindi muri iyi leta biramenyekana ryari?

    Abayobozi muri iyi leta bavuga ko bizeye kubara igice kinini cy’aya majwi bitarenze ku wa Kane (kuwa gatanu mu gitondo mu Rwanda no mu Burundi). Birashoboka ko hakiri kare uyu munsi hashobora kurara hamenyekanye ibiva hano.

    ARIZONA: Intumwa 11 zitora

    Uko bihagaze:

    Biden aracyarusha Trump amajwi 46,000, ariko Trump amajwi ye yakomeje kwiyongera ejo ku wa Kane.

    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Abayobozi muri iyi leta ku wa Kane nimugoroba bavuze ko hakiri amajwi 470,000 atarabarwa, ubu ntibizwi neza asigaye uko angana.

    Ayo majwi ari hehe?

    Ni ay’ahatandukanye muri iyi leta, ariko cyane cyane mu duce twegereye umujyi mukuru wa Phoenix.

    Umunyamakuru Anthony Zurcher, avuga ko Biden yari yabanje kuba imbere cyane muri iyi leta, ariko Trump yaje kumurya isataburenge.

    Yongeraho ko mu gihe amajwi menshi asigaye ari ayo mu ntara ya Maricopa, igikomeye ubu ari ukumenya niba ari ay’abantu biyiziye gutora, batoye cyane cyane Trump, cyangwa ari ay’abatoye bagatuma iposita, benshi batoye Biden.

    Ibindi biramenyekana ryari?

    Haracyategerejwe kumenya andi makuru ku byavuye mu matora hano muri iki gitondo cy’uyu wa Gatanu, ariko ntabwo wamenya uwo aza guhira.

    NEVADA: Intumwa 6 zitora

    Uko bihagaze:

    Biden ari imbere hafi amajwi 12,000, ikinyuranyo yashyizemo ku wa Kane mu gitondo ubwo bari bamaze gutangaza amajwi mashya yabaruwe.
    Ni amajwi angahe atarabarwa?

    Abayobozi baravuga ko hari amajwi agera ku 190,000 asigaye.

    Ayo majwi ari hehe?

    Hafi 90% muri yo ni ayo mu ntara ya Clark County, ahaba umujyi wa Las Vegas, kandi menshi muri ayo majwi ni ayoherejwe ku iposita.

    Umunyamakuru Anthony Zurcher, aravuga ko ikinyuranyo gito Biden yashyizemo gishobora kwiyongera mu gihe amajwi y’iposita yifashishijwe cyane n’Abademokarate akomeje kubarwa, kereka mu gihe abantu batoye bwa mbere baba bashyigikiye Trump.

    Utundi duce tw’icyaro tw’abatsimbaraye ku bya kera b’Abarepubulikani na two turohereza amajwi yatwo ariko ntabwo dutuwe cyane.

    Ibindi biramenyekana ryari?

    Andi majwi y’inyongera 51,000 uyu munsi ni bwo agezwa ahabarirwa amajwi nk’uko bivugwa na Joe Gloria, umuyobozi muri Clark County.

    Ibyavuye mu matora bya nyuma bishobora kumenyakana mu mpera z’iki cyumweru.

    Amafoto agaragaza uko bihagaze: BBC

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/amatora-muri-usa-kubara-amajwi-birakomeje-ni-nde-uri-imbere

  • 'A company That Does Not Change Dies'- Ade Ayeyemi #rwanda #RwOT

    In September 2015 Ade Ayeyemi, a veteran Nigerian Banker arrived at Ecobank as a new boss. The institution had 11 million clients and U$ 200 million in pre-tax profits, but weakened by accusations of bad governance and incompetence.

    From American Citi, Ayeyemi had a hard time to redress the pan-African bank, present in 33 countries of the continent. With a reputation for intractable cost cutter, has just celebrated five years as head of Ecobank.

    Clientele and annual profits doubled under his tenure. Progress obtained at the cost of a heavy price: the group now has a third less bank branches — there were less than 850 at the end of 2019 — and has lost nearly a quarter of its workforce, to go down with less than 15,000 employees.

    At the beginning of October, during an hour-long videoconference interview from the bank's headquarters in Lomé, it was Ade Ayeyemi talkative and proud of his record. He hinted on the digital transformation that he says is a challenge facing the bank in Nigeria and the impact of the Covid-19 pandemic, which contributed to a 22% drop in net profit in the first half.

    He sees the crisis linked to Covid-19 as the best way to accelerate technological innovation.

    On the issue of having less time at the end of March to close the bank branches in much of Nigeria. Was this a symptomatic challenge of the acceleration of digitization caused by Covid-19?

    'The pandemic took us completely by surprise. Lagos, a neighbouring state [Ogun] and Abuja — which is a big part of the West African economy — have given us forty-eight hours to shut down our branches [under local containment], in order to avoid loss of human life. But people had to continue to live their lives, collecting money and transferring it to other parts of the country,' Ayeyemi says.

    Source : https://taarifa.rw/a-company-that-does-not-change-dies-ade-ayeyemi/

  • Nyagatare: Umugore bikekwa ko afite uburwayi bwo mu mutwe aravugwaho kwicisha ifuni umugabo we #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Nyagatare mu mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare Umugore witwa Musabyimana Veneranda w'imyaka 58 y'amavuko aravugwaho kuba , yishe umugabo we witwa Munyakaragwe Jean de Dieu w'imyaka 65 , amukubise isuka y'ifuni ahita yitaba Imana bigakekwa ko yabitewe n'uburwayi bwo mu mutwe.

    Umuyobozi mu kagari ka Nyagatare ushinzwe umutekano mu kagari ka Nyagatare Muhire Filippe avuga ko ubu bwicanyi bwabaye saa mbiri z'ijoro zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Ugushyingo 2020. Avuga ko uyu muryango utari usanzwe uzwiho amakimbirane uretse ubukene gusa. Yagize ati:

    'Nta makimbirane twari tuzi bafitanye uretse ubukene gusa. Ntitwamenye impamvu yamwishe kuko bari basanzwe babana neza.'

    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana avuga ko Musabyimana azabanza kujyanwa kwa muganga kugira ngo asuzumwe uburwayi bwo mu mutwe kuko bwigeze kumugaragaraho.

    Agira ati: 'Turabanza kumutwara kwa muganga kugira ngo harebwe niba adafite ikibazo cyo mu mutwe kuko kera yigeze kugaragarwaho ibimenyetso ndetse yoherezwa i Ndera ariko habura ubushobozi bumugezayo yigumira mu rugo ntiyivuza.'

    Kuri ubu umugore ukekwaho kwica umugabo we afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mu gihe agitegerejwe kuvuzwa ngo hamenyekane koko niba afite uburwayi bwo mu mutwe.

    Umurambo wa nyakwigendera wo wabanje kujyanwa ku Bitaro bya Nyagatare ngo usuzumwe mbere yo gushyingurwa.

    Munyakaragwe Jean de Dieu asize afite abagore 2 ndetse n'abana bakuru, umuto mu bo yabanaga na bo akaba afite imyaka 14 y'amavuko.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/06/nyagatare-umugore-bikekwa-ko-afite-uburwayi-bwo-mu-mutwe-aravugwaho-kwicisha-ifuni-umugabo-we/

  • Zari Hassan yashyiriye Diamond abana be #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutandukana muri 2018, umuherwekazi w’umuande Zari Hassan na Diamond bari batarabonana none uyu mugore yasubiye muri Tanzania ashyiriye uyu muhanzi abana be.

    Aba bombi batandukanye nyuma y’imyaka 3 babana ndetse baranabyaranye abana babiri umuhungu n’umukobwa.

    Zari yabwiye itangazamakuru ko yazaniye uyu muhanzi abana be kuko yari abakumbuye ndetse yari amaze igihe atababona.

    Yagize ati' Ndi hano ku bw’abana banjye. Mbazanye gusura se kuko yari abakumbuye.”

    Yakomeje aira ati'Abanyafurika hari ikintu bataramenya, iyo ufite umuntu mwabyaranye muba muhuje inshingano zo kurera abana banyu, ndaba ndi kumwe n’abana ariko nta kindi kibiri inyuma.”

    Diamond na Zari babanye mu mpera za 2014, tariki ya 14 Gahyantare 2018 ku munsi w’abakundanye nibwo aba bombi bemeje ko batandukanye kuva icyo gihe bari batarabonana.

    Diamond yishimiye kongera kubona abana be

    Diamond yari yaje kwakira abana be

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/zari-hassan-yashyiriye-diamond-abana-be

  • Abatunganya amabuye y’ubwubatsi n’abakora ibikomoka ku nkoko n’ingurube, bagiye guhabwa imashini zigezweho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aborozi b
    Aborozi b’inkoko bari mu bazahabwa imashini zigezweho

    NIRDA yahamagariye abakora n’abatunganya uwo musaruro kwandika basaba guhabwa ibikoresho bigezweho byifashisha ikoranabuhanga, byatuma batanga umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge mpuzamahanga.

    NIRDA izateza imbere iyo mishinga yifashishije inkunga y’Ababiligi ingana n’amafaranga y’u Rwanda miliyari enye, akaba
    yaratanzwe anyujijwe mu kigo cy’u Bubiligi gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga (Enabel).

    Aya mafaranga azatangwa ari inguzayo idasaba ingwate n’inyungu ku kigo cyangwa koperative bimaze byibura imyaka itatu bitunganya amabuye yo kubaka, ndetse n’ibimaze byibura umwaka umwe bikora ibikomoka ku nkoko cyangwa ku ngurube ndetse n’ibiribwa by’ayo matungo.

    Dr Kamana Olivier, Umuyobozi ushinzwe Ubushakashatsi n
    Dr Kamana Olivier, Umuyobozi ushinzwe Ubushakashatsi n’Iterambere muri NIRDA

    Umuyobozi w’Ishami ry’Ubushakashatsi n’Iterambere muri NIRDA, Dr Kamana Olivier, yagize ati “abanyenganda bari muri uru ruhererekane, basaba ubufasha ariko si amafaranga tubaha ahubwo ni amamashini azafasha gukemura ibibazo bijyanye n’ikoranabuhanga, binyuze muri Banki itsura amajyambere (BRD)”.

    NIRDA ivuga ko umuntu azajya yandika asaba imashini igezweho ikora umugati uvuye mu magi y’inkoko (ni urugero), Leta iyimutumirize, namara kuyibona azajye yishyura amafaranga yayiguze.

    Abazahabwa izo mashini kandi bazagenerwa n’amahugurwa y’uburyo zikoreshwa.

    Mu bindi uwifuza imashini asabwa kuba yujuje, hari ukuba ikigo cye cyanditswe muri RDB cyangwa ari Koperative yanditswe mu kigo RCA, afite ahantu hagari akorera kandi hemewe ndetse afite abantu batanu byibura yahaye imirimo muri icyo kigo.

    Umuntu ashobora gutumiza imashini ibaga inkoko neza, igapfunyika inyama zayo ndetse ikazibika neza ku buryo zitangirika, hari n’ushobora gushaka imashini zimufasha gutunganya amagi akavamo umutsima, mayonaise, ifu y’amagi, izituraga imishwi, n’ibindi.

    NIRDA hamwe n
    NIRDA hamwe n’ikigo cy’Ababibiligi batangije gahunda yo gufasha abanyenganda zimwe na zimwe gutanga umusaruro mwinshi ufite ubuziranenge

    Abahatana muri iyi gahunda bazanyuza imishinga yabo ku rubuga www.opencalls.nirda.gov.rw bitarenze tariki 30/11/2020, bakaba bagomba kugaragaza uburyo imashini bifuza zizabakura ku mikorere ya gakondo.

    Uwitwa Faida Jean Marie Vianney ufite ikigo gicukura kikanatunganya amabuye yo kubakisha, ‘Nyamasheke Quarry Company’, avuga ko mu mirimo yo gushaka amabuye bakoramo amakaro ngo bakoresha ibisongo, amapiki n’ibindi, bitewe n’uko imashini zihenze kuzigura.

    Faida avuga ko kutagira imashini zicukura amabuye zikayasya, ari byo bituma Leta ikenera gukoresha imihanda igaha isoko ibigo by’abanyamahanga.

    Amabuye yakorwamo amakaro hano mu Rwanda na yo ngo arahari, ariko igihugu kiracyatumiza amakaro hanze kubera kutagira imashini ziyakora.

    Ngendahayo Daniel worora inkoko, na we avuga ko kuba imishwi yaturagiwe mu Rwanda ihenda kurusha iyaturagiwe i Burayi cyangwa muri Uganda, biterwa no guhenda kw’ibiryo by’inkoko mu Rwanda (kuko zibisangira n’abantu).

    Ati “Umushwi uvuye i Burayi ugurwa amafaranga y’u Rwanda 400, uvuye muri Uganda ukagurwa amafaranga 500, mu gihe uwaturagiwe mu Rwanda ugurwa amafaranga 800, biraterwa n’uko abandi bafite imashini zikora ibiryo by’inkoko zabanje kubikuramo ibyo abantu bakeneye”.

    Urugero atanga ni uko Abanyarwanda bagaburira amatungo ibigori, amasaka, soya, ibihwagari n’ibindi nk’uko byakabaye, ariko ahandi ngo bagaburira inkoko soya babanje kuyikamuramo amavuta.

    Dr Kamana avuga ko kugira ngo ibiribwa abantu bakeneye bibashe guhenduka, ari uko inkoko cyangwa andi matungo bizashakirwa ibindi byazitunga nk’udusimba tw’inigwahabiri.

    Inyigo NIRDA yabanje gukora mbere yo guhamagarira abanyenganda kwitabira uburyo buzweho, igaragaza ko inkoko zo mu Rwanda zirenga miliyoni eshanu n’ibihumbi magana ane zifite icyuho cyo kubura ibiribwa kingana na 51.8%.

    Ingurube na zo zirenga miliyoni imwe n’ibihumbi 300 zifite icyuho cyo kubura ibiribwa kingana na 43.4%. Mu bikorwa byo gutunganya amabuye y’ubwubatsi na ho, ababikoramo barenga 92% baracyakoresha uburyo bwa gakondo.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abatunganya-amabuye-y-ubwubatsi-n-abakora-ibikomoka-ku-nkoko-n-ingurube-bagiye-guhabwa-imashini-zigezweho

  • Pariki y’Akagera yatangiye gukoresha ikoranabuhanga mu kumenya aho inyamaswa ziherereye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inyamaswa bayishyiramo akuma k
    Inyamaswa bayishyiramo akuma k’ikoranabuhanga gatuma babasha kumenya aho iherereye

    Ku wa Kane tariki 5 Ugushyingo 2020, ni bwo iyo pariki yatangaje ko mu cyumweru gishize bashyize ibikomo bya GPS ku nzovu eshanu (5) nini, ku ntare eshanu (5) ndetse bashyira n’ubundi bwoko bw’ikoranabuhanga rikoresha iminara nk’iya radiyo (VHF) mu mahembe y’inkura icyenda (9).

    Muri izo nkura kandi, harimo ebyiri (2) zanashyizweho ikoranabuhanga rya GPS nk’uko ubuyobozi bwa pariki bwabivuze.

    Iyo minara ngo ifite ubushobozi bwo kohereza no kwakira amajwi aturutse ku wundi munara w’itumanaho w’inyamaswa runaka iri mu ishyamba. Ibikomo bya GPS byo bigaragaza aho inyamaswa iherereye, uko ihinduranya aho iba, bifasha kandi mu bushakashatsi ndetse no mu kuvura inyamaswa mu gihe bibaye ngombwa.

    Izo GPS zifashisha icyogajuru ndetse n’umuyoboro wa pariki mu kohereza amakuru mu cyumba cy’igenzura nk’uko ubuyobozi bwa pariki bwabigaragaje bubicishije kuri Twitter.

    Bwongeraho ko kwambika ibikomo izo nyamaswa bifasha kumenya aho amatsinda yazo aherereye cyangwa imwe imwe ukwayo, kumenya uko zibayeho, uko zigenda muri pariki no kumenya umutekano wazo.

    Igikorwa cyo kwambika ibyo bikomo inyamaswa kiyoborwa n’umuganga w’amatungo Richard Harvey, agafatanya n’itsinda ry’abasanzwe muri pariki, bagatera ikinya inyamaswa ikaryama hasi bityo bakabasha kuyambika igikomo cyangwa kuyishyiramo rya koranabuhanga rindi.

    Aganira na KT Press, Jes Gruner, Umuyobozi mukuru wa pariki y’Akagera, yavuze ko atari bwo bwa mbere bikozwe, ati “Ibi twari dusanzwe tubikora mu gihe cy’imyaka umunani”.

    Pariki y’Akagera iherereye i Burasirazuba bw’u Rwanda, ni imwe mu ziteye amabengeza muri Afurika, ikaba icunzwe ku bufatanye n’Ikigo nyafurika gishinzwe amapariki ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), ari na rwo rushinzwe guteza imbere ubukerarugendo.

    Iyo pariki iri ku buso bwa kilometero kare 1,122 ikaba yaravumbuwe mu 1934, igizwe n’ibimera by’amoko atandukanye ndetse ikaba n’icumbi ry’amoko menshi y’inyamaswa, harimo n’inini kuruta izindi ari zo intare, ingwe, inkura, inzovu n’imbogo.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/pariki/article/pariki-y-akagera-yatangiye-gukoresha-ikoranabuhanga-mu-kumenya-aho-inyamaswa-ziherereye

  • FERWAFA yashyize igorora amakipe agera ku 8 #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda 'FERWAFA’, ryamenyesheje amakipe yo mu cyiciro cya 2 azakina imikino ya kamarampaka yishakamo amakipe 2 azamuka mu cya mbere ko izabishyurira ikiguzi cyo gupimisha abakinnyi icyorezo cya Coronavirus.

    FERWAFA itangaje ibi mu gihe byari byitezwe ko aya makipe agera ku 8 kimwe n’andi yose azakina icyiciro cya mbere agomba kwirwariza agapimisha abakinnyi n’abakozi bayo.

    Nk’uko bigaragara mu ibaruwa FERWAFA yandikiye aya makipe ari yo; Gorilla FC, Etoile del’Est, Rwamagana City, Rutsiro FC, Interforce FC, Vision FC, Amagaju FC na Alpha FC, yayamenyesheje ko bashingiye ku myanzuro y’inama ya komite nyobozi ya FERWAFA yabaye ku wa 2 Ugushyingo 2020, yemeje ko FERWAFA izapimisha abakinnyi na staff technique z’amakipe azakina imikino ya kamara mpaka mu bagabo, ibi bikazajya bikorwa mbere y’amasaha 72 kugira ngo umukino ube.

    Yamenyesheje aya makipe ko izapimisha abakinnyi bafite license kongeraho abakozi b’ikipe ariko bo batarenze 10.

    Aya makipe yasabwe kumenyesha amacumbi bazaba bacumbitsemo i Kigali kugira ngo icyo gikorwa gitegurwe neza.

    Biteganyijwe ko imikino ya kamarampaka izaba kuva tariki ya 13 kugeza 21 Ugushyingo 2020.

    FERWAFA yemeye gupimisha amakipe yo mu cyiciro cya 2 azakina imikino ya kamarampaka

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ferwafa-yashyize-igorora-amakipe-agera-ku-8

  • RDB yatanze uburenganzira bwo gufungura ahantu hose hakorerwa massage #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB),kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ugushyingo 2020, rwatanze uburenganzira bwo gufungura ahantu hose hakorerwa 'massage' , rusaba ko abatanga izi serivisi basabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Mu mbwiriza abatanga izi serivisi bahawe kubahiriza harimo gushyiraho uburyo buboneye bwo gusukura intoki, bakaraba cyangwa bifashishije umuti umenyerewe nka 'hand sanitizer'. Harimo kandi gushyiraho uburyo buboneye bwo gusukura ibyumba n'ibikoresho byo mu byumba bikorerwamo 'massage' n'ahandi hantu hose abantu bahurira.

    Abakora massage n'abakiliya kandi bagomba kwambara udupfukamunwa igihe cyose.

    Muri ayo mabwiriza RDB yakomeje iti:

    'Gushyiraho uburyo bwo guha gahunda mbere abashaka gukoresha massage, hagamijwe kwirinda ko abakiliya bahahurira ari benshi no gutanga umwanya wo gukora isuku; gushyira byibura iminota 15 hagati y'umukiliya n'undi kugira ngo isuku ikorwe neza, kandi hirindwe ko abantu benshi bahurira aho bakirirwa.'

    Muri ayo mabwiriza kandi harimo gushyira ahantu hose abantu bategerereza cyangwa mu bwiherero, ibyapa n'amatangazo byibutsa abantu kwirinda Coronavirus, cyane cyane ibirebana no guhana intera, gukaraba intoki n'izindi ngamba.

    Mu byo basabwe kandi harimo gushishikariza abakiliya kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga.

    Serivisi za massage ni zimwe mu zari zifunzwe kuva muri Werurwe, ubwo mu gihugu hashyirwagaho gahunda ya guma mu rugo, hagamijwe guhangana n'ikwirakwira rya Coronavirus.

    Ntabwo serivisi ya 'sauna' ikunze kujyana na 'massage' yo yakomorewe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/06/rdb-yatanze-uburenganzira-bwo-gufungura-ahantu-hose-hakorerwa-massage/