Category: Uncategorized

  • Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidali y’ishimwe #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wayobowe n’uhagarariye umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango bwo kurinda amahoro muri iki gihugu mu Ntara ya Upper Nile ariwe Enos Chuma.

    Hari kandi abayobozi muri Leta ya Sudani y’Epfo, abakozi b’umuryango w’abibumbye ,abahagarariye Polisi ya Sudani y’Epfo n’abahagarariye impunzi zakuwe mu byazo n’intambara ubu bakaba barinzwe n’intumwa z’umuryango w’abibumbye.

    Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidali(RWAFPU-1) ni ababa mu ntara ya Upper Nile kuva mu Ukuboza umwaka ushize wa 2019 aho bafite inshingano zo kurinda abasivili bari mu nkambi bakuwe mu byabo n’intambara, kurinda abakozi b’umuryango w’abibumbye no gutanga ubundi bufasha bugenerwa ikiremwamuntu.

    Mu ijambo rya Chuma yagaragaje ko yishimiye imirimo yakozwe n’abapolisi bambitswe imidali,aho barangwa n’umurava mu guharanira amahoro i Malakal by’umwihariko muri ibi bihe byaranzwe n’icyorezo cya COVID-19.Yavuze ko u Rwanda rwagiriye icyizere abo bapolisi nabo bakoresha neza icyo cyizere bahirimbanira amahoro banakemura ibibazo kandi mu buryo bwa kinyamwuga.

    Yagize ati “Uyu munsi ni umwe mu minsi yihariye yo gushimira uruhare rw’abapolisi b’u Rwanda ku bikorwa bakora mu butumwa bw ‘umuryango w’abibumbye mu kubungabunga amahoro muri iki gihugu. Turanishimira uruhare rwanyu mu nshingano zanyu i Malakal.”

    Chuma yashimye uruhare rw’abapolisi b’u Rwanda mu gushyira mu bikorwa inshingano zo kurinda abasivili i Malakal, aho bakoraga amarondo mu nkambi ku manywa na nijoro. Yavuze ko babaye inkingi ya mwamba n’isura nziza mu bapolisi b’umuryango w’abibumbye i Malakal.

    Chuma yakomeje ashimira abapolisi bambitswe imidali kubera ubunyangamugayo bwabo, umurava n’ubunyamwuga bibaranga mu kazi bakora cyane cyane mu guharanira umutekano n’ibindi bintu bikenerwa n’abantu bari mu nkambi z’impunzi.

    Yagize ati “Mwubahiriza indangagaciro n’amabwiriza by’umuryango w’abibumbye. Kuva mwagera ino ntimwigeze mugaragara mu byaha by’ubusambanyi n’irindi hohotera, mwakomeje indangagaciro zanyu. Ndabashimira imirimimo itangaje mukora kandi muyikora kinyamwuga kandi turishimira serivisi muha abaturage ba Sudani y’Epfo. Iyi midali muhawe n’umuryango w’abibumbye ni ishimwe ryo gukora cyane bibaranga no kwitanga mutizigama muharanira amahoro.”

    Yakomeje ashimira abapolisikazi b’u Rwanda uburyo bafatanya n’abagabo mu bikorwa byose bakora.

    Yagize ati “Bitera umurava buri gihe kubona abagore n’abagabo bafatanya amanywa n’amajoro bari ku marondo ndetse no kurinda abantu. Mu bikorwa mukora nta vangura mugira, murangwa n’uburinganire kandi abagore nabo bagaragaza ko bashoboye. Ibi kandi bigaragaza uko ubuyobozi bw’igihugu cyanyu buteza imbere ihame ry’uburinganire mu nzego zose.”

    Muri uyu muhango wo gutanga imidali habaye umwanya wo kwibuka nyakwigendera Police Constable(PC) Enid Mbabazi witabye Imana muri Kamena uyu mwaka ubwo yari mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo azize icyorezo cya COVID-19.

    Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi bambitswe imidali, Chief Superintendent of Police (CSP) Fabian Musinguzi yavuze ko nyakwigendera Mbabazi atazigera ava mu mitima yabo.

    CSP Musinguzi yakomeje avuga ko akazi bagakora neza ariko bahahuriye n’ibihe batari biteze birimo COVID-19. Yongeyeho ko mu byo bakoraga byose bakoranye bya hafi n’izindi nzego z’umutekano mu rwego rwo kugeza ituze mu baturage.

    Yagize ati “Nubwo twahuye n’imbogamizi tukigera hano zirimo icyorezo cya COVID-19, imiterere y’ibihe by’inaha ndetse n’ururimi ruhakoreshwa twakoze uko dushoboye turinda abaturage bakuwe mu byabo n’intambara, turinda abakozi b’umuryango w’abibumbye ndetse n’abandi bayobozi bo muri iki gihugu. “

    CSP Musinguzi yashimiye ubuyobozi bw’intumwa z’umuryango w’abibumbye, Leta ya Sudani y’Epfo ndetse n’abaturage b’iki gihugu uburyo bafatanyije bakaborohereza gusohoza ishingano.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Sudani-y-Epfo-Abapolisi-b-u-Rwanda-bari-mu-butumwa-bw-amahoro-bambitswe-imidali

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA #rwanda #RwOT

    Uwitwa UWIDUHAYE Genniffer mwene KARANGWA Tharicisse na BANDUGU Epiphanie, utuye mu mudugudu wa Runanira, akagari ka Hangabashi, umurenge wa Gitambi, Akarere ka Rusizi, intara y’Iburengerazuba wasabye uburenganzi bwo guhinduza amazina asanganywe ariyo UWIDUHAYE Genniffer akitwa UWIDUHAYE FISTA JENNIFER mu gitabo cy’irangamimerere. Impamvu atanga ni izina yabatijwe. Nk’uko bikurikira:

    Source : https://www.imirasire.rw/?INGINGO-Z-INGENZI-Z-IMPAMVU-YO-GUSABA-GUHINDUZA-AMAZINA-36965

  • Marcellin Cikwanine ou Les délires d’un ex Kadogo auto-promu maître ès tactiques rhétoriciennes #rwanda #RwOT

    Ce natif de Kabale sur les hauteurs de Kitumaini tout près de Bukavu, se définit comme un ancien résistant Mayi-Mayi. Ainsi,pour avoir soit côtoyer, soit guerroyer contre les Banyamulenge durant les guerres de l’AFDL (plus plausiblement sous les aisselles du téméraire Anselme MasasuNindaga) et du RCD, à chaque fois qu’un Munyamulenge et/ou un Tutsi congolais ou d’ailleurs fait une sortie médiatique, l’homme se fait passé pour avoir des ” pouvoirs spéciaux ” au point qu’il fait croire aux gens d’êtrecapablede sonder leurs profondeurs.

    Marcelin Cikwanine Photo de son profilsur son twitter

    Dans sa dernière loquacité que d’aucuns qualifieraient de maladroite, dans laquelle il s’est auto-homologué d’être” maître en tactiques rhétoriques ” puisées dit-il de la culture de la communauté rwandophone, il s’est permis de tirer des conclusions sur les cris de détresses que l’Honorable député Moïse a donné dans son interview susmentionnée. Engagé pour une cause que seule sa conscience connait, il est inutile qu’il soit convaincu, par ces quelques éléments que nous esquissons en guise des commentaires, afin que les gens comprennent ses insinuations, sur sa théorie rhétoricienne qu’il doit avoir mal appris.

    Projections des tendances !
    Dans un premier temps, sieur Cikwanine parle du ” sophisme de l’appel aux conséquences ” et l’explique de sa façon disant que le non-soutient et le refus de se plier à la volonté des Banyamulenge pour ” leur ” création de la commune de Minembwe produiront des conséquences fâcheuses pour les populations locales et l’élite qui s’y opposent. Concédons à Cikwanine son raisonnement et considérons que celal’engage lui-même et qu’il en prend la responsabilité. Actons !

    Cependant, disons à ce monsieur que ses considérations sont pires que du sophisme car ce sont des élucubrations imaginaires, étant donné que les troubles, les tribulations et les guerres que les Banyamulenge ont enduré et subissent aujourd’hui n’ont pas commencé avec la commune de Minembwe. Cette haine tribalo-ethnique date depuis la rébellion muleliste de 1964, insidieusementà la création de la commune de Minembween 2013 jusqu’à ce jour où nous accouchons ces lignes on tue les Banyamulenge à Gahwera, pour uniquement ce qu’ils sont.

    De plus, la commune n’est pas une commune mono-tribale, elle est habitée pas plusieurs tribus dont : les babembe, les banyamulenge, les bapfulero, les banyindu, les pygmées et les bashi. Ces derniers qui s’y sont installés plus tard que tous les autres sont ses frères. Il semble qu’ils y sont majoritaires actuellement et y sont plus bénéficiaires car y font du commerce très lucratif qui nourrit entre autres ses propres frères et sœurs, le bushi étant ce qu’il est en terme d’agriculture. Applaudissons-les, car, ils savent chercher de l’argent et ne se perdent pas dans des futilités comme les enfournées dans les conflits qui ne font que ruinent leurs esprits, lesquels conflits qu’ils entretiennent les ont mis sur les chemins de l’errance, au lieu de les anoblir.

    A ce premier point donc, disons au surexcité qui se dit lui-même ” ex-Kadogo “que,les déclarations de l’honorable Moise ne sont pas un sophisme, moins encore un paralogisme. Il s’agit simplement d’une dénonciation des menaces existentielles d’extermination dont les Banyamulenges sont la cible depuis plusieurs décennies. Menaces auxquelles les esprits lilliputiens de cette dite ” élite ” qui s’opposeà l’érection de la commune de Minembwe, uniquementsuite à un biais collectif et capricieux des connaissances. Ils utilisent cette stratagème pour dévoyer l’attention des citoyens lambda, comme d’habitude,sur leurs rapacités.

    En second lieu, Cikwanine ce spéculateur de mauvais aloi parle de ” sophisme du faux dilemme ” pour ainsi signifier que l’honorable n’a pas d’autres solutions, rien que la commune de Minembwe. Avec scepticisme ce nihiliste touche-à-tout, peut bien faire comprendre avec candeur aux gens que le nord est devenu l’Est. D’une moralité douteuse, dans la région on le sait être au service des barbouzes étrangères. On l’a vu dernièrement faire circuler une pétition en faveur de l’autre tribaliste hors normes le nobélisé réparateur des femmes fistuleuses, Denis Mukwengehttps://www.change.org/p/comit%C3%A9-nobel-norv%C3%A9gien-soutien-au-dr-mukwege-n%C3%B4tre-h%C3%A9ros-et-prix-nobel-de-la-paix-%C3%A0-vie?redirect=false.

    Dans sa troisième conclusion se basant sur les deux premières, Cikwanine dans une identification projectile, prête des intentions à l’honorable Moïse Nyarugabo, qu’il nomme de façon diffamatoire Nyabarongo. Diffamatoire car, étant originaire de Kalehe donc proche du Rwanda il sait ce que ça veut dire Nyabarongo. Rien qu’une théorie fallacieuse encline d’un empoisonnement d’esprit aussi destructeur que calculateur. A la lecture de ces allégations on y lit que des délireshautement subjectifs d’être somatiquement et psychiquement déposséder d’une partie de son ” moi ” ou de son ” soi “. Comment Cikwanine peut-il nous expliquer que Me Moïse Nyarugabo (rhétoricien soit-il) seul dans un hémicycle de 500 députés va légitimer la commune de Minembwe ? De plus, comment Cikwanine peut-il nous démontrer que les Banyamulenges belliqueuxprétend-t-ilvont eux-mêmes imposer la paix dans une RDC empestée des vautours de tous acabits ? En effet, qui fait peur à qui ou qui ne peut pas avoir peur en RDC ? Quoi y gagne-t-il ce clandestin qui ne cherche que des éléments à brandir comme des soi-disant menaces, pour négocier un sauf-conduit lui permettant de s’envoler en occident comme refugié ? Pour aller manger les caviars croit-il. Hélas !

    Et, pourtant tenez comment l’effet boomerang se produit !

    Marcelin Cikwanine est connu et connait mieux que quiconque l’histoire des ” femmes enterrées vivantes à Mwenga ” en 1999. Sous les ordres d’un certain commandant Franck Kasereka qui ” voulait lutter contre la résistance des combattants qui recourraient aux fétiches pour combattre. Pour désigner les victimes, ce commandant avait fait recours au service d’une femme qui détient une chambre de prière, affirmaient des témoins “
    https://www.podcastjournal.net/Femmes-enterrees-vivantes-a-Mwenga-en-1999_a6321.html.

    Ce Franck Kasereka a fait l’objet d’une interpellation et incarcération à l’auditorat militaire de Bukavu à l’époque des faits, mais se serait volatilisé dans la nature selon les révélations-causeries de son lieutenant Marcelin Cikwanine. L’enfarineur enfariné, le rapport mapping doit donc, lui rattraper et vite !
    Ce va-t-en-guerre entré en clandestinité clame-t-il benoîtement, depuis que ses accointances avec le général Benoît Faustin Munene ont tourné aux cauchemars, lorsque l’ex-chef d’état-major de la RDC, accusé de tentative de putsch et condamné par contumace à la prison à vie dans son pays par un tribunal militaire à Matadi pour ” complot contre la sécurité de l’État ” en 2010 https://www.jeuneafrique.com/527767/politique/rdc-congo-le-general-faustin-munene-transfere-a-brazzaville-pour-des-soins/.

    Ce général, qui est connu pour être intimement liée à un soi-disant grand nationaliste et révolutionnaire congolais Pierre Mulele (tristement célèbre en RDC) son propre oncle, frère de sa mère.

    Le général Faustin Munene expulsé du Gabon vers le Congo-Brazzaville mi-janvier/2018, l’ex-chef d’état-major de la RDC, recherché à Kinshasa, il été à Brazzaville ” pour y subir un examen médical “, selon le ministère de l’Intérieur congolais.

    Par ailleurs, cet ExKadogo de l’AFDL, militaire du RCD, qui a travaillé avec le commandant région Masunzu Pacifique, utilise actuellement un téléphone portable avec l’index de l’Ouganda, où selon certaines indiscrétions disent de lui, être en relation encore avec les services de renseignement ougandais. Pour on ne sait pas quelle autre sale besogne ?Cher Marcelin à toi, je dis : ” que tu nous haïsses pourvu que tu nous craignes ” !

    Pour clore notre brèveréplique aux hallucinations de sieur Cikwanine disons que l’affaire de la commune de Minembwe et par ricochet la communauté Banyamulenge et l’interpellation de l’Ex Vice-Président de la République, ministre d’état AzariasRuberwaManywadont les médiaux sociaux et certains membres des institutions de la République notamment le député MuhindoNzangi ont vilipendé, n’a fait que ragaillardir la commune au profit des fils et filles épris de la paix,de cette contrée de la région du Sud-Kivu. D’aucuns se demandent pourquoi ce Muhindo Nzangi” député nommé de Beni ” taxant les Banyamulenge d’étrangers, lui-même originaire de l’Uganda, ayant un pied de l’autre côté de la rivière Semliki et un autre en RDC ait eu l’audace de fourrer son nez au Sud-Kivu alors que Beni est aussi meurtri et plus meurtri d’ailleurs ?

    En outre, ses réactions épidermiques sur les cris d’alarme que l’Honorable député Me Moïse Nyarugaboa lancé aux autorités du pays sont àprendre avec mépris car ne sont que des faux-semblants, des machinations pour éblouir les gens. Toutefois, considérons avec perspicacité qu’elles nous ont appris davantage sur sa personne et nous en prenons bonne note. Qu’il apprenne que, les délires de la dépossession d’un soi-disant chez soi, sont traitables par l’immersion dans l’endroitcensé déposséder. Sieur Cikwaninelaisse tomber les chemins de l’errance, va faire de l’argent à Minembwe, il y a de l’or.

    In fine, il est déplorable et éblouissant que, les intellectuels, les prélats etles animateurs des institutions tant provinciales que nationales aient pu embourber avec manichéisme la quasi-totalité des 80 millions d’habitants contre une petite commune de 10 km2. Et, si et seulement si, il y a eu ” coïncidence ” (le mot a été trop utilisé lors de l’interpellation du Ministre d’Etat) que sa création a été faite avec duperie sans que personne ne l’ait pas remarquéà tous les échelons,la république est donc fichue.
    Que vive la République Démocratique du Congo unie !
    N.B : L’auteur assume seul et pleinement la responsabilité des informations fournies et des opinions exprimées dans cet article

    Alain Rumenge

    Source : https://fr.igihe.com/Marcellin-Cikwanine-ou-Les-delires-d-un-ex-Kadogo-auto-promu-maitre-es.html

  • Ese mwiteguye guhinduka? #rwanda #RwOT

    Nyamara ibyari indamu yanjye nabitekereje ko ari igihombo ku bwa Kristo, ndetse n’ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo kubw’ubutunzi butagira akagero, ari bwo kumenya Kristo Yesu (Abafilipi 3:7-8).

    Iyo tuvuze “guhindura”, tuba tuvuze kuva mu cyerekezo kimwe tukajya mu kindi bityo hakabaho impinduka. Guhinduka ni ugukosora ibyo wabonaga bitagenda neza ukabiha umurongo muzima. Biragaragara ko tugiye kwinjira mu mwaka mushya, benshi muri twe tuzaba twarafashe ibyemezo byo guhindura ibintu bimwe na bimwe hagamijwe kubikosora kugira ngo uzabe umwaka muhire ku buzima bwacu.

    Yego, birashoboka ko twagize intsinzi muri gahunda zacu, ubucuruzi bwacu, imishinga yacu, ariko se ni iyihe nyungu twagezeho mu rwego rwo kuba inkoramutima ya Yesu? Nizera ko ikintu cy’igiciro cyane ari ukurushaho kumenya Kristo kuruta uko twari tumuzi mbere ndetse tukubaka ubucuti budasanzwe.

    Ese turimo kumarana umwanya mwiza?

    Ese twemerera Umwuka Wera kutuvugisha mugihe dusenga?

    Intego nyamukuru ya buri wese muri twe ni ukumenya Umwami

    Ese twiteguye kugaragaza impinduka mu bitekerezo byacu, mu myitwarire yacu no mu mico yacu?

    Ese twiteguye gukora ibikenewe kugira ngo twegere umutima we?

    Ese twiteguye gusiga ibintu byose kugira ngo duhe umwanya Yesu mu buzima bwacu?

    Ese twiteguye gushyira ingufu aho zikenewe byihutirwa?

    Hatabayeho kwirengagiza dukwiye gusobanukirwa ko kwemerwa n’abantu, incuti nta mwanya bizaguhesha mu ijuru.

    Isengesho ry’uyu munsi

    Mukiza nshoboza kuba uwo wifuza ibihe byose ndeke kurangazwa n’iby’isi bizashira, ahubwo umpe guhinduka mu buryo buguhesha icyubahiro, n’aho nahomba ibindi byose ariko mpore nezezwa no kunguka Kristo. Amen!

    Source:topchretien.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ese-mwiteguye-guhinduka.html

  • Ikipe y'Amagaju FC yagaragayemwo umubare w'Abakinnyi 11 banduye Coronavirus #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikipe y'umupira w'amaguru ya Amagaju FC bwatangaje ko Abakinnyi b'iyi kipe 11 bari mu banduye icyorezo cya Coronavirus mu mibare yaraye itangajwe na Minisiteri y'Ubuzima yiganjemwo abo mu karere ka Nyamagabe.

    Ku mugoroba wo ku Itariki ya 05 ugushyingo 2020 nibwo Minisiteri y'Ubuzima yatangaje imibare yabantu banduye icyorezo cya Coronavirus, iyi Minisiteri yavuze ko mu Rwanda habonetse ubwandu bushya 18 ndetse hakanakira abantu bagera 10, mugihe umwe yitabye imana. Mu banduye harimo 12 bo mu karere ka Nyamagabe aha hakaba harimo 11 bakinira Amagaju FC, hagaragaye kandi umwe w' i Kigali, babiri b'i Gatsibo na batatu b'i Nyagatare.

    Itangazo rya Minisiteri y'ubuzima Tariki 05 ugushyingo 2020 Ku mibare y' abanduye Coronavirus

    Aba bakinnyi banduye mu gihe habura igihe gito ndetse kitanageze Ku cyumweru ngo habe imikino ya playoff y' icyiciro cya kabiri ikaba ariyo izemeza amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere. Amagaju nayo akaba ari mu makipe umunani ahatanira kujya mu cyiciro cya mbere. Iyi mikino ya playoff izatangira tariki 13 kugeza 21 ugushingo 2020.

    Abakinnyi b' Amagaju FC banduye mu gihe hari hashize igihe gito bipimishije coronavirus ndetse bagahita bajya mu mwiherero batangiye Tariki 30 ukwakira 2020. Umuyobozi w' iyi kipe , Mukiza Emile yatangarije Radio Rwanda mu rubuga rw'imikino ko ayo makuru ariyo, kandi abo bakinnyi Bose bashyizwe mu kato

    Abakinnyi b'Amagaju FC bataramanuka mu cyiciro cya kabiri

    Bakaba bari kwitabwaho, ndetse yakomeje avuga ko ntawe urembye, kandi ntanurwaye izindi ndwara.

    The post Ikipe y'Amagaju FC yagaragayemwo umubare w'Abakinnyi 11 banduye Coronavirus appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/11/06/ikipe-yamagaju-fc-yagaragayemwo-umubare-wabakinnyi-11-banduye-coronavirus/

  • Musanze: Babangamiwe n’uducurama tumaze imyaka 9 mu Buvumo bwa Susa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uducurama tuva muri uwo mwobo tubangamiye abaturage bahaturiye
    Uducurama tuva muri uwo mwobo tubangamiye abaturage bahaturiye

    Abo baturage ni abimuwe mu manegeka, aho bemeza ko bimuriwe mu manegeka aruta ayo barimo, kuko ngo utwo ducurama uretse kuba tubasanga mu buriri tukanduza n’ibyo dusanze mu nzu, ngo duteza n’umunuko ukabije aho bahumeka umwuka wanduye.

    Ni ubuvumo buri muri metero imwe ujya mu ngo z’abo baturage, ku buryo bafite impungenge z’uko abana babo bagwa muri icyo cyobo gifite uburebure bureshya na metero zisaga icumi z’ubujyakuzimu.

    Ngurinzira Laurent umwe mu baturiye ubwo buvumo, ubwo yari mu nama Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine aherutse kugirana n’abatuye uwo mudugudu, yabajije icyo kibazo amaranye imyaka icyenda cy’uducurama tuva muri ubwo buvumo dusanga abaturage mu ngo tukababuza amahoro.

    Yagize ati “Nakuwe mu manegeka, ariko noneho nshyirwa mu manegeka akabije aho hano mpamaze imyaka icyenda mbaza icyo kibazo cy’ubuvumo bakoze kubw’ubukerarugendo nyuma y’uko dutujwe hano. Uducurama two muri ubu buvumo twose twibera iwanjye, tunsanga mu nzu buri munsi, sinkigoheka n’umuryango wanjye ndetse n’abaturanyi”.

    Arongera ati “RDB narayandikiye hashize imyaka umunani, hari ubwo nari ngiye kubibwira Perezida Paul Kagame yagiye muri Mukingo barampumuriza bambwira ko ibaruwa yanjye bayibonye ko bazansubiza, ndategereza kugeza na n’ubu ntibaransubiza kandi uducurama dukomeje kuduhombya byinshi, mfite inka ndayikama tukaza tukirohamo amata nkabogora, none muyobozi ndakwinginze nkemurira iki kibazo ndebe ko natora agatotsi”.

    Meya Nuwumuremyi Jennine asubiza uwo muturage, yagize ati “Icyo kibazo ntabwo twari tukizi, nubwo cyamenyekanye ariko turakomeza tugikurikirane turebe ko gikemuka vuba, kuko ufite uburenganzira bwo gutura mu mutuzo kandi utekanye nk’Umunyarwanda wese”.

    Si Ngurinzira gusa ufite icyo kibazo, abatuye Umudugudu wa Susa bose baremeza ko babangamiwe n’utwo ducurama tubatera mu ngo zabo tukababuza amahoro.

    Bavuga ko ibibazo by’ingutu dukomeje kubatera ari umunuko ukabije, kwanduza ibiribwa n’ibiri munzu byose, kubabuza umutekano cyane cyane mu masaha y’ijoro tuguruka mu nzu, urusaku, kwangiza uturima tw’igikoni n’ibindi.

    Akimanizanye Christine ati “Utu ducurama ni ikigeragezo dufite, nta mahoro turagira kuva batwimurira hano, abana bacu barinzwe n’Imana yonyine kuba ntawe uragirira impanuka muri uyu mukoke, reba nawe ntitukigira uturima tw’igikoni turahinga imboga tukaza tukanduza, nta bashyitsi tukigira kuko umunuko uba hano urenze uwa toilette, mudufashe mutwimure hano tutarahaburira ubuzima”.

    Mugenzi we ati “Uducurama dusaga miliyoni eshatu ni two turi muri ubu buvumo, ibaze iyo dusohokeye rimwe tuza mu ngo zacu tubura aho duhungira, ntabwo tukirya, uraba uhishije tukagutanga ku isahani. Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri baherutse kudusura bari mu bushakashatsi, batubwira ko uducurama ari tubi cyane kuko dushobora kwanduza indwara z’ibyorezo zirimo ebola n’izindi, ubu aha turi ntidutekanye”.

    Mu kumenya ibyo Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rufite mu nshingano utwo ducurama n’izindi nyamaswa, buvuga kuri icyo kibazo, Kigali Today yagerageje kuvugana na bo ku murongo wa telefoni ariko ntibyakunda, icyo ubwo buyobozi buzatangaza kuri icyo kibazo kizatangazwa.

    Ingaruka z’uducurama ku buzima bw’abantu

    Mu kumenya ingaruka zaterwa n’uducurama ku buzima bw’abaturage, Kigali Today yegereye impuguke mu by’ubuvuzi Dr Muhire Philbert Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri, agira icyo avuga ku ngaruka z’uducurama ku buzima bw’abaturage.

    Yagize ati “Hari indwara nyinshi uducurama dutera zirimo nk’izo z’ubuhumekero, cyane nk’indwara z’ibyorezo zikomeye cyane zirimo n’izo za COVID-19 iza Ebola n’ibindi, hari igihe uducurama tuba tuzifite cyane n’izindi nyamaswa zo mu ishyamba, cyane cyane n’indwara z’ubuhumekero n’ama virus, ariko inyinshi zikaba ari izi ndwara zifata imyanya y’ubuhumekero”.

    Dr Muhire yagarutse ku mpungenge z’abo baturage, agira ati “Umuturage biragoye ahubwo ni ukureba aho hantu batuye, niba hataba uburyo bwo kwirukana utwo ducurama niba batuye ahantu batwegereye wenda bakitabaza ubuyobozi bakareba ko batwirukana, ariko umuturage we biragoranye ko yatwirinda niba baduturiye cyane byaba ari ikibazo gikomeye”.

    Dr Muhire Philbert yagize ubutumwa agenera abaturage muri rusange, aho yabasabye kwirinda inyamaswa zose zo mu ishyamba kuko inyinshi ziba zifite indwara zinyuranye zirimo iz’ibyorezo.

    Ati “Icyo nabwira Abanyarwanda ni ukwirinda inyamaswa nk’izo kuko uducurama turi mu nyamaswa zitwara indwara cyane, ariko uretse natwo, abantu ntibagomba kuduhugiraho twonyine, inyamaswa zo mu ishyamba baba abarigendamo, abazihiga baba abazibona zipfushije kuzikoraho, kuzirya batabisobanukiwe bakarya n’izitaribwa cyangwa se izo batazi uburyo zapfuye, abantu bagomba kuzirinda cyane cyane uducurama two ni umwihariko kuko dutwara indwara nyinshi cyane”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-babangamiwe-n-uducurama-tumaze-imyaka-9-mu-buvumo-bwa-susa

  • President Ndayishimiye Flown To President Mbasogo's Birth Village #rwanda #RwOT

    President Evariste Ndayishimiye of Burundi currently on a 5-day state visit to Equatorial Guinea has flown to Mongomo the birth place of his host.

    Major Equatorial Guinea media outlets are silent on Ndayishimiye's visit

    Mongomo is a town in the province of Wele-Nzas on mainland Equatorial Guinea, on the eastern border, roughly 1 km west of Gabon's Woleu-Ntem Province. This town of 7,000 in the middle of Africa's densest jungle, Mongomo boasts an impressive list of attractions.

    Mongomo futuristic town is carved out of Equatorial Guinea's virgin rainforest is a private airport, a football stadium that hosted games for the 2015 Africa Cup of Nations. This place has a new international-standard golf course named in honor of Teodoro Obiang Nguema the head of state also considered in his country as 'Guarantor of Peace and Propeller of Development.'

    Equatorial Guinea is not a signatory to the statutes of the International Criminal Court and this is the reason it hosts the ousted x-Gambian dictator Yahya Jammeh.

    French publication Jeune Afrique previously reported that Jammeh had requested land to farm in Equatorial Guinea, something he had planned to do in retirement in Gambia, where he owned a large farm in his hometown of Kanilai.

    According to Alicante, land has been set aside for him in the Moka Valley, a picturesque tract of mountains and waterfalls which, like Mongomo, is away from Equatorial Guinea's oppressive coastal humidity.

    Mongomo has been an attractive destination for Uganda's President Yoweri Museveni. He visited this area in August 2017 accompanied by First Lady Janet Museveni.

    In 2016, Museveni had sent in UPDF troops handpicked from different army units — Logistics, Special Forces, Intelligence, Medical and Motorised Infantry. This was a covert mission of reinforcing security for that country's president Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, and officially to strengthen capacity of the Guinean armed forces, according to highly placed military sources.

    Equatorial Guinea has a small army of about 1,500 troops. It has 400 policemen, 200 navy service members, and about 120 in the air force.

    President Mbasogo assumed power in August 1979 after mounting a coup that toppled his uncle, Francisco Macías Nguema, who was also the country's first president.

     

    Source : https://taarifa.rw/president-ndayishimiye-flown-to-president-mbasogos-birth-village/

  • Imirwano muri Ethiopia ingabo nyinshi ziri kujya muri Tigray #rwanda #RwOT

    Leta ya Ethiopia iri kwegeranya ingabo nyinshi mu gihugu hose mugihe ikomeje ibitero ku karere kayo ka Tigray mu majyaruguru.

    Umugaba w'ingabo wungirije, Jenerali Berhanu Jula, yavuze ko ingabo ziri kujya mu majyaruguru gufasha ikicaro cy'ingabo cyaho kigaruriwe n'abasirikare ba leta y'akarere ka Tigray.

    Ethiopia ni igihugu kigizwe na leta zitandukanye z'uturere, zihuzwa kandi zigategekwa na leta y'igihugu yo mu murwa mukuru Addis Ababa.

    Debretsion Gebremicheal utegeka leta ya Tigray — n'ishyaka rihategeka TPLF — yavuze ko ingabo z'aka karere zafashe 'intwaro hafi ya zose' z'ibirindiro by'ingabo za leta y'igihugu muri Tigray.

    Yavuze kandi ko ingabo zabo ziri 'mu ntambara' ku mupaka wa Tigray n'indi leta bituranye ya Amhara.

    Abategetsi muri Amhara bemeje ko hari imirwano iri kubera mu karere k'umupaka ihana na Tigray nk'uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga.

    Biragoye kumenya ubukana bw'imirwano iri kuhabera kuko internet na telephone byakuweho mu karere ka Tigray.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/06/imirwano-muri-ethiopia-ingabo-nyinshi-ziri-kujya-muri-tigray/