Category: Uncategorized

  • Ntiturwanya gusambanya abana, turwanya kubatera inda kandi sicyo kibazo-Ingabire Marie Immaculée #rwanda #RwOT

    Uyu mubyeyi usanzwe ari impirimbanyi mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore avuga ko abatanga aya masomo usanga bagamije kurwanya inda ziterwa abana aho kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ribakorerwa cyangwa kurwanya ababasambanya muri rusange kuko ariho hava izo nda.

    Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo hatangizwaga ku mugaragaro Ikipe y’Umupira w’amaguru yiswe 'Intare FC’ igamije gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa.

    Ingabire yavuze ko udashobora kurinda abana b’abakobwa ihohoterwa bo ubwabo batabizi ko bagomba kwirinda kuko n’ubwo umwana yaba muto gute iyo yabwiwe ko nakora mu muriro arashya adashobora gukoramo.

    Yagize ati 'Iki ni ikibazo kiduhagangiyikishije twese nk’Abanyarwanda kuba abana b’abangavu baterwa inda imburagihe. Guterwa inda tubibona nk’ikibazo nyir’izina, bifite icyo byangiza umwana mu mutwe bikica n’ahazaza he.'

    'Abakora ubukangurambaga twese tubikora nabi, kubera ko tugenda tureba umwana wabyaye. Ntabwo buriya guterwa inda ni ingaruka ntabwo aricyo kibazo, ikibazo ni ugusambanywa. Ntabwo rero dukora ubukangurambaga bugamije kurwanya gusambanya abana ahubwo turwanya guterwa inda.'

    Ibi ngo niko bikwiye kugenda n’abangavu bakabwirwa ko nta muntu ugomba kubasambanya ngo babyemere.

    Ati 'Icya kabiri tubwira abantu bose usibye ba nyirubwite. Ntabwo ushobora kurinda umuntu mu gihe we atashyizeho ake ko kwirinda. Abana b’abakobwa tubafata nk’abahohotewe gusa ariko ntitubafate nk’abagomba kwirinda.'

    'Kuko niba umwana w’umukobwa niyo yaba afite imyaka 10, kuko ayoberwa kumenya ko adashobora gukoreshwa imibonano mpuzabitsina kuko biramugiraho ingaruka ? Ni uko tutabibabwira.'

    Reba ikiganiro hano…

    Kuva mu 2016 kugeza mu 2019, mu Rwanda habarurwa abakobwa basaga ibihumbi 70 batewe inda imburagihe.

    Umunyamakuru Ntawuyirushamaboko Célestin afatanyije n’Ikigo kizwi nka Centre Marembo, batangije ikipe y’umupira w’amaguru ya Intwari FC igizwe n’abakobwa, igamije gukora ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu.

    Ntawuyirushamaboko yavuze ko 'Iki kibazo cy’inda ziterwa abangavu njye ngifata nk’icyorezo cyugarije umuryango nyarwanda kigira ingaruka haba kuri uwo mugabo wateye inda cyangwa wahohoteye umwana. Uriya mwana watewe inda nawe arahungabana cyangwa akagira ingaruka nyinshi.'

    Yakomeje agira ati 'Twasanze hari ikintu kirengagijwe, n’ubwo ubukangurambaga bukorwa ariko twasanze budakorwa muri siporo ariko ugasanga n’uburyo ubu bukangurambaga bukorwa ba nyir’ubwite ntabwo babushyirwamo ngo babugiremo uruhare.'

    Ntawuyirushamaboko avuga ko aba bakobwa batewe inda bakiri bato bazanagira umwanya wo gutanga ubuhamya no kwigisha bagenzi babo kugira ngo batazaterwa izi nda.

    Iyi kipe yamuritswe mu gihe guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Ugushyingo hatangira ibikorwa bizakorwa mu minsi 16 y’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, aho insanganyamatsiko izibandwaho igira iti 'Twubake umuryango uzira ihohoterwa rishingiye ku gitsinda.'

    Ubukangurambaga buzakorwa muri iyi minsi buzabera mu Karere ka Kamonyi (ku wa 27 Ugushyingo), muri Kigali Car Free Day (ku wa 29 Ugushyingo), Rulindo (ku wa 4 Ukuboza), Rwamagana (ku wa 8 Ukuboza) no mu Karere ka Gasabo ku wa 10 Ukuboza 2020.

    Reba ikiganiro hano…

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ntiturwanya-gusambanya-abana-turwanya-kubatera-inda-kandi-sicyo-kibazo-Ingabire-Marie-Immaculee

  • #COVID19: Abantu 76 bakize, haboneka abarwayi bashya 29 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 29 babonetse mu bipimo 2,583 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 9, Bugesera: 13 (Bapimwe muri gereza), Musanze: 4, Gatsibo: 2, Rubavu: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Gatatu mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,779 muri bo abamaze gukira ni 5317, naho abakivurwa ni 415.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 47.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-abantu-76-bakize-haboneka-abarwayi-bashya-29

  • Rwanda: Persons with deaf-blindness want the government to recognize them as a distinct disability type #rwanda #RwOT

    By Kanamugire Emmanuel

    Persons with deaf-blindness in Rwanda want to be recognized as a distinct disability category as one of the steps to address their social problems.

    These are some of the highlights of a joint meeting in Kigali on November, 25, 2020, that has brought together members of the Rwanda Organization of Persons with Deaf-blindness (ROPDB) and various institutions such as the Ministry of Health, the Ministry of Education, the National Council of Persons with Disabilities, LODA, Parliament, NUDOR among others and partners in order to discuss about possible solutions to problems of this category of Rwandan population.

    Statistics released by the 2012 census show that there were about 57,000 blind and 33,000 deaf people in Rwanda, while the number of people with combined disabilities has not been found because the category was not there, according to the National Institute of Statistics in Rwanda, NISR.

    The fact that the number of people with this disability is unknown is due to the fact that there is no category for them, which is a major obstacle to solving the problems they face in their daily lives, ROPDB chairperson, Furaha Jean Marie has explained.

    'We want the recognition of the category of Persons with Deaf-blindness in Rwanda, which will help us to advocate in a special way and wherever we'll go to address our concerns will be quickly heard,' he said.

    'The Rwanda Organization of Persons with Deaf-blindness was founded to remove the barriers of people in this category, who have never been to schools. That is the serious challenge to us. Another problem we face is that we are not able to communicate with our families as most of us do not know tactile sign language' he added.

    Mukarwego Umuhoza Immaculée, from LODA, said that this category of people was not considered as a special one and the unavailability of its statistics affects the social protection program; some could not be helped because they were unknown.

    Dr Donatille Kanimba, Executive Director of the Rwanda Union of the Blind, also stressed the need for this category to be taken into consideration to support everyone depending on his or her disability type and needs.

     'This is a disability that leads to extreme loneliness. When a child is sick the mother cannot know the problem the child has due to communication barriers.  We, as people with visual impairments, are saddened because some of our friends are not being helped and yet we want everyone to have the same rights as other Rwandans', Dr Kanimba said.

    MP Mussolini Eugene assured the ROPDB continuous advocacy so that deaf-blindness be recognized as a disability category itself.

    He said: 'The existence of this category of disability is very important, I noted that, together we'll continue to reach different institutions advocating for its recognition.'

    Deaf-blindness is varying degrees or progressive lost of sight and hearing, the combination of which causes such severe communication and other development and educational needs that they cannot be accommodated in special education programs solely for children with deafness or children with blindness.

    The main challenges of persons with deaf-blindness in Rwanda include communication barrier as most of them even the communities around them do not know tactile sign language; lack of special schools for them, stigmatization in some families; poor mindset of communities and decisionmakers on deaf-blindness; many deafblind having other disabilities.

     

     

     

    2

    The post Rwanda: Persons with deaf-blindness want the government to recognize them as a distinct disability type appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/25/rwanda-persons-with-deaf-blindness-want-the-government-to-recognize-them-as-a-distinct-disability-type/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rwanda-persons-with-deaf-blindness-want-the-government-to-recognize-them-as-a-distinct-disability-type

  • Ifoto y’umunsi : Hon Tito Rutaremara ari gusoma Clarisse Karasira #rwanda #RwOT

    Iyi ndirimbo nshya ya Clarisse Karasira yiswe 'Rutarema’ yasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ugushyingo 2020, aho mu mashusho yayo hagaragaramo Hon Tito Rutaremara ari gucinya akadiho.

    Iyi ndirimbo kandi yumvikanamo amazina y’abantu bamwe na bamwe babaye hafi cyane umuhanzikazi Clarisse mu gihe cy’imyaka ibiri amaze mu muziki. Aho amaze gukora indirimbo zigize Album ye ya mbere.

    Muri iyi ndirimbo ye, ashima abarimo Louise Mushikiwabo Umunyamabanga Mukuru W’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, Nyirasafari Esperance Umusenateri mu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

    Alain Mukuralinda wabaye umujyanama we, umuhanzikazi wagwije ibigwi Cecile Kayirebwa, umukirigitananga Daniel Ngarukiye, Nyiranyamibwa Suzanne wakunzwe mu ndirimbo zirimo 'Telefoni’ n’abandi benshi,

    Uyu muhanzikazi asaba abantu gukomeza kwimika ubumana, ubumuntu n’urukundo rutagira umupaka.


    Reba hano indirimbo ‘Rutaremara’

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Ifoto-y-umunsi-Hon-Tito-Rutaremara-ari-gusoma-Clarisse-Karasira

  • Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n'Umugore #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi inkuru igiye hanze ko Kabera Robert akurukiranweho icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w'imyaka 15 agahita atoroka atarafatwa kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha. Andi makuru yagiye hanze avuga ko Robert yatorokeye mu gihugu cya Uganda gusa abenshi babanje kuyahakana bavuga ko ari ukubeshya!, Ikinyamakuru dailymonitor uyu munsi cyanditse inkuru ko cyagiranye ikiganiro na Robert Kabera uri muri icyo gihugu, Kabera akaba yatangaje ko yahunze kubera ko ngo u guverinoma y'u Rwanda itifuza ko yagirana umubano na famille ya Rwigema we avuga ko bafitanye isano!!

    Abasesenguzi ku mbuga nkoranyambaga barimo Peter Mahirwe baragira bati 'Ibi bintu ninde koko wabyemera? Rwigema n'intwari y'igihugu kandi Kabera si we wenyine ufitanye isano na famille ye mu gihugu, ndetse kuba bafitanye isano ntabwo ari bishya kuko bisanzwe bizwi, iki ni ikinyoma kigayitse!, Yanagarutse ku matariki yahungiyeho ibyo ni ukubeshya kuko sibwo yahunze kuko yahunze amaze gukora icyaha cyo gusambanya umwangavu bikamenyekana, Birababaje kuba uwakabaye umubyeyi ariwe uhindukira agasambanya uwo yakabaye arera cyangwa ngo amugire inama.

    Kabera nabe umugabo areke guhimba ibintu bidashoboka byuzuyemo ubuswa ahubwo aze aburane niba ari nta cyaha yakoze urukiko ruzabyerekana kandi niba nawe yamaze guhitamo inzira zindi nabyo bizagaragara.
    Nyuma y'amakuru yacicikanye avuga ukuntu Kabera yikoze mu nda hanyuma Igisirikare cy'u Rwanda cyahise gitangaza ko cyatangiye iperereza kuri uyu musirikare wamamaye nk'umuhanzi kuva mu myaka ya 2009, wakoze indirimbo zirimo nk'iyamamaye yise Impanda ndetse wari n'umwe mu bagize 'Army Jazz Band'.

    Hahise hatangira gukwirakwira amakuru anyuranye, ko yaba yatorokeye muri Uganda gusa nta gihamya cyayo cyari cyakabonetse. Kuri uyu wa Gatatu, Sergeant Robert yagiranye ikiganiro n'ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda, ahamya ko ariho yatorokeye ndetse ko rwose asaba iki gihugu kumuha ubuhungiro. yemeye ko yatorotse kuwa 18 Ugushyingo ari kumwe n'umugore we, yinjira ku butaka bwa Uganda anyuze mu nzira zitemewe ku mupaka wa Kagitumba. Ngo yasize mu Rwanda abana be batatu bakuru n'uruhinja rw'amezi arindwi. Robert ngo ubwo yavaga mu Rwanda yajyanye n'urwo ruhinja, gusa ageze ku mupaka wa Kagitumba mu nzira yagombaga kunyuramo asanga irimo amazi, afata umwanzuro wo kuruha abagiraneza kugira ngo rutarohama arusiga mu Rwanda atyo akomezanya n'umugore we.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara n'Ingabo z'u Rwanda ku manywa yo ku wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo 2020, ryavugaga ko 'Ishami ry'Ubushinjacyaha mu Gisirikare cy'u Rwanda, ryatangiye iperereza ku byaha bishinjwa 'Sergeant Robert' bijyanye no gusambanya umwana wo mu muryango we.', Rikomeza rigira riti 'Ibi byaha bivugwa ko byakozwe tariki ya 21 Ugushyingo 2020 mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.'
    Wibaza mpamvu ki ituma Uganda yifuza kuba indiri ya buri munyabyaha uturutse mu Rwanda aho kumushyikiriza igihugu yaturutsemo ngo kimuhe ubutabera. N'abandi bashakishwaga n'inzego z'umutekano bagiye batoroka banyuze muri Uganda, bagerayo bagahabwa ubuhungiro n'ubuzima bwiza mu gihe mu masezerano hagati ya Polisi z'ibihugu harimo guhererekanya abanyabyaha ndetse u Rwanda rwakunze kuyubahiriza mu bihe binyuranye.

    Usibye kandi Sergeant Robert undi musirikare waherukaga gutorokera muri Uganda ni Lt. Gerald Tindifa watorotse ku wa 18 Gashyantare afashijwe n'Umutwe udasanzwe mu Ngabo za Uganda. Uyu musirikare yavuye mu Rwanda anyuze mu nzira zitemewe, ageze muri Uganda yakirwa n'inzego z'umutekano, bwa mbere na Maj. Fred Mushambo ukora mu ishami rishinzwe Ubutasi mu Gisirikare mu gace ka Mbarara.

    Ku butaka bwa Uganda ni ho abarimo Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya batorokeye ubwo bari batangiye gukorwaho iperereza ku byaha byo guhungabanya umutekano w'igihugu. Nubwo bimeze gutya ariko, inshuro nyinshi u Rwanda rwagiye rushyikiriza Uganda abaturage bayo baruhungiyemo bakekwaho ibyaha. Nko mu 2013, rwataye muri yombi Namuyimbwa Shanita uzwi nka 'Bad Black' wari winjiye ku butaka bwarwo arenze ku mategeko kuko atari yemerewe gusohoka mu gihugu nyuma yo guhamywa ibyaha byo kunyereza umutungo.

    Usibye uwo, hari abandi Uganda yasabye kohererezwa kugira ngo baburanishwe ku byaha binyuranye ishyikirizwa 26, hari mbere y'uko umubano uba mubi hagati y'ibihugu. Muri Gashyantare 2020, U Rwanda na Uganda byasinyanye amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha. Yasinyiwe mu nama yahuje abakuru b'ibihugu bane igamije kugarura umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi yabereye i Gatuna ku mupaka.

    Aya masezerano arakomeye kuko u Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abakekwaho ibyaha binyuranye bahunze ubutabera no gukingira ikibaba ibikorwa by'imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, birimo iby'imitwe ya RNC, FDLR, RUD Urunana n'indi. Ikiri kwibazwaho muri iki gihe ni ukumenya niba Uganda izayubahiriza ikohereza mu Rwanda, Sergeant Robert ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana yibyariye nkuko ikinyamakuru Igihe cyabigarutseho.

    The post Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n'Umugore appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/sergeant-robert-yasanze-tindifa-muri-uganda-daily-monitor-yabyutse-imukuramo-amangambure-abana-yarabataye-yijyanira-numugore/

  • Diego Maradona: icyamamare mu mupira w’amaguru apfuye ku myaka 60 #rwanda #RwOT

    Rurangiranwa mu mupira w’amaguru Diego Maradona yaryamiye ukuboko kw’abagabo ku myaka 60.

    Uyu yahoze ari rutahizamu wo hagati wa Argentine akanaba umutoza, uherutse kubagwa ubwonko ndetse biza kugenda neza, ubwo yari yagize ikibazo cy’amaraso yari yibumbiye mu bwonko mu ntangiriro z’ukwezi kwa 11

    Byagiye bitangazwa ko azavurwa ku kibazo yari afite cyo kubasirwa n’ibiyobya bwenge

    Maradona yari umwe mu bakinyi bakomeye isi yagize, akaba yarabaye kapitene wa Argentine igihe batwaraga igikombe cy’Isi cyo mu 1986, akina ku buryo buteye ubwuzu ndetse n’amayeri menshi mu kibuga kugeza n’ubu akaba ari mu bakinnyi batindaho aho agereranwa na Leo Messi utaragira icyo amarira Arigentine ngo ayihe igikombe cy’isi nk’uko Maradona yabikoze.

    Yakinye Barcelona na Napoli mu gukinira amakipe kwiwe, atwara ibikombe bya Serie A mu Butariyani.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Diego-Maradona-icyamamare-mu-mupira-w-amaguru-apfuye-ku-myaka-60

  • Rurangiranwa mu mupira w'amaguru Diego Maradona yitabye Imana ku myaka 60 azize umutima.

    Uyu mugabo akaba yitabye Imana nyuma y'ibyumweru 2 asezerewe mu bitaro aho yari yabazwe ku bwongo nyuma yo kugira ikibazo cy'imitsi itwara amaraso mu bwonko.

    Mu ntagiriro z'uku kwezi yabagiwe mu bitaro bya Olivos Clinic biri i La Plata muri Argentine, aho umuganga we wamubaze Dr Leopoldo Luque yavuze ko byagenze neza.

    Diego Armando Maradona akaba yarajyanywe mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cy'imitsi ijyana amaraso mu bwonko aho yagendaga gake, kandi akaba yari yaranagize ikibazo cyo gukabanuka kw'amazi mu mubiri.

    Nyuma yo kuva mu bitaro, ibinyamakuru bitandukanye muri Argentine ndetse no mu Bwongereza byanditse ko uyu mugabo yahitanywe n'indwara y'umutima.

    Uyu mugabo ufatwa nk'umwe mu bakinnyi beza Isi yagize, yafashije igihugu cye Argentine kwegukana igikombe cy'Isi cyo mu 1986. Yitabye Imana ku myaka 60, yari umutoza wa Gimnasia y Esgrima yo mu cyiciro cya mbere muri Argentine

    Maradona yari umwe mu bakinyi b'umupira w'amaguru bakomeye isi yari imaze kugira

  • Source : https://impanuro.rw/2020/11/25/rurangiranwa-mu-mupira-wamaguru-ku-isi-apfuye-ku-myaka-60-ni-iki-kimwishe/

  • Rayon Sports yanganyirije i Nyamata na Bugesera FC(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Bugesera FC inganyije na Rayon Sports 2-2 mu mukino wa gicuti mu kwitegura shampiyona umwaka w’imikino 2020-2021, ni umukino wabereye ku kibuga cya Nyamata.

    Nyuma y’uko Rayon Sports ikinnye umukino wa gicuti ugahagarikwa ugeze ku munota wa 70 kuko batari bubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19, wari umukino wayo wa mbere iyi kipe yari igiye gukina.

    Iminota ya mbere y’umukino Bugesera FC yasatiriye cyane Rayon Sports binyuze mu basore nka Kwitonda Alain na Djihad babonye amahirwe ku munota wa 10 na 15 ariko umunyezamu Bashunga Abouba yitwara neza.

    Rayon Sports itari yageze ku izamu rya Bugesera FC inshuro nyinshi, yabonye igitego ku munota wa 23 gitsinzwe na Sugira Ernest ku mupira yari ahawe na Ndizeye Samuel.

    Ku munota wa 30 Bashunga Abouba yakoze akazi gakomeye akuramo umupira wa Mujyanama Fidele yagiye gukura imbere y’izamu akawuboneza mu izamu rye ariko asanga Bashunga ari maso.

    Ku munota wa 34, Gisa wa Bugesera FC yacitse Mujyanama na Sadjate ahundura umupira ukomeye imbere y’izamu maze umunyezamu Bashunga arirambura awutanga ba rutahizamu.

    Ku munota wa 36 Manace yateye ishoti rikomeye mu izamu rya Bugesera FC ariko umunyezamu awukuramo.

    Bugesera FC yakomeje gushaka igitego maze ku munota wa 45, Rucogoza Djihad yacunze uko umunyezamu Bashunga ahagaze maze amutera umupira arawumurenza arirambura biranga umupira uboneza mu rushundura biba 1-1. Igice cya mbere cyarangiye nta zindi mpinduka zibaye.

    Umutoza Guy Bukasa yatangiye igice cya kabiri akora impinduka Rambo aha umwanya Omar Sidibe na Mujyanama Fidele asimburwa na Niyibizi.

    Ku munota wa 57 Rugwiro Herve nawe yinjiye asimbura Habimana Hussein. Sunday yasimbuye Sugira na Sadjate aha umwanya Ciza ku munota wa 65.

    Mu gice cya kabiri nta mahirwe menshi yabonetsemo umupira wakinirwaga hagati mu kibuga.

    Ku munota wa 67 Manace yahushije igitego ku mupira wari uhinduwe na Niyibizi.

    Amran yaje kwinjira mu kibuga ku munota wa b75 asimbura Jean Vital Aurega.

    Ku munota wa 79, Ntwari Jacques yatsindiye Bugesera FC igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira wari uhinduwe n’umurundi Desire winjiye mu kibuga asimbura Kwitonda Alain.

    Ku munota wa 85, Dagnogo yasimbuye rutahizamu Sunday nawe wari wagiyemo asimbura Sugira Ernest.

    Bashunga Abouba yakuyemo ishoti rikomeye rya Desire yatereye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, umupira ahita awohereza muri koruneri.

    Ku munota wa 90 Drissa Dagnogo yishyuriye Rayon Sports ku mupira wari uhinduwe na Manace Mutatu. Umukino warangiye ari 2-2.

    Abakinnyi 11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

    Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

    Manacr Mutatu ni umwe mu bagoye Bugesera FC

    Nishimwe Blaise umusore wagaragaje ubuhanga bwo ku rwego rwo hejuru

    Sugira Ernest yafunguye amazamu ati ibyo mubona ni bike

    Djihad Rucogoza yatsinze igitego cyo kwishyura, aha barimo bakishimira

    Bishimira igitego cya Ntwari Jacques

    Dagnogo yishyuriye Rayon Sports ku munota wa nyuma

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yanganyirije-i-nyamata-na-bugesera-fc-amafoto

  • Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana. #rwanda #RwOT

    Diego Armando Maradona yavutse tariki 30 Ukwakira 1960 yitabye Imana none kuwa 25 Ugushyingo 2020yari umukinnyi w'umupira w'amaguru wabigize umwuga akaba n'umuyobozi w'umupira w'amaguru. Azwi cyane nkumwe mubakinnyi bakomeye mu mupira w'amaguru w'ibihe byose, Yari umwe muri babiri bahataniraga igihembo cya FIFA nk'Umukinnyi w'ikinyejana cya 20.

    Icyerekezo cya Maradona, kugenzura imipira hamwe n'ubuhanga bwo gukinisha byahujwe n'uburebure bwe buto (m 1,65 m cyangwa 5 ft 5 in), bimuha ingufu zatumaga akora neza kurusha abandi bakinnyi b'umupira w'amaguru, Usibye ubushobozi bwe bwo guhangana no kunyeganyeza inshundura, yari afite ijisho ry'intego kandi yari azwiho kuba inzobere mu buryo bwo gukoresha umupira icyo ashaka.Yari afite Impano idasanzwe, Maradona yahawe izina rya 'El Pibe de Oro' ('Umuhungu wa Zahabu'), izina yagumanye mu buzima bwe bwose.

    Yari Umukinnyi mwiza mu ishati ifite Umubare 10 mu mugongo, Maradona ni umukinnyi mu mateka y'umupira w'amaguru wagiye agerekwa amafaranga menshi hafi inshuro ebyiri, ibanza ubwo yimukiraga muri Barcelona kuri miliyoni 5 z'ama pound, naho iya kabiri, ubwo yerekezaga i Napoli ku yandi mafaranga agera kuri miliyoni 6.9. Yakiniye abanya Argentine Juniors, Boca Juniors, Barcelona, Napoli, Sevilla na Newell's Old Boys, akaba azwi cyane mu gihe yamaze muri Napoli na Barcelona aho yatsindiye ibihembo byinshi bigiye bitandukanye.

    Mu mwuga we mpuzamahanga na Arijantine, Maradona yakinnye ibikombe bine by'isi bya FIFA, harimo n'igikombe cy'isi cyo muri 1986 cyabereye muri Mexico aho yayoboye Arijantine maze abayobora ku ntsinzi y'Ubudage bw'Iburengerazuba ku mukino wa nyuma, maze atwara Umupira wa Zahabu nk'umukinnyi witwaye neza mu irushanwa. Ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'isi 1986, yatsinze ibitego byose 2—1 yatsinze Ubwongereza byinjira mu mateka y'umupira w'amaguru kubera impamvu ebyiri zitandukanye. Igitego cya mbere cyari ikosa ridakuka rizwi ku izina ry 'Ukuboko kw'Imana', mu gihe igitego cya kabiri umupira widunze kenshi muri metero 60 (66 yd) anyuze mu bakinnyi batanu b'Abongereza, bagitora nk'Igitego cy'Ikinyejana' cya FIFA.com mu 2002.

    Maradona yabaye umutoza w'ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru ya Arijantine mu Ugushyingo 2008. Yayoboraga iyi kipe mu gikombe cy'isi cya 2010 cyabereye muri Afurika y'Epfo mbere yo kugenda amarushanwa arangiye. Nyuma yaje gutoza ikipe ya Al Wasl ikorera mu mujyi wa Dubai muri Pro-League ya UAE muri shampiyona ya 2011—12. Hnayuma Muri 2017, Maradona yabaye umutoza wa Fujairah mbere yo kugenda shampiyona irangiye. Muri Gicurasi 2018, Maradona yatangajwe nk'umuyobozi mushya w'ikipe ya Biyelorusiya Dynamo Brest. Yageze i Brest maze ashyikirizwa n'iyi kipe kugira ngo atangire imirimo ye muri Nyakanga. Kuva muri Nzeri 2018 kugeza muri Kamena 2019, Maradona yari umutoza w'ikipe ya Dorados yo muri Mexico.

    Yabaye umutoza w'ikipe ya Gimnasia de La Plata yo muri Arijantine Primera División kuva mu 2019 kugeza uyu munsi yitabye Imana, Twavuga ngo abakunzi be n'Umuryango bakomeze kwihangana kandi Imana imwakire mu bayo.

    The post Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana. appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/igihangange-muri-ruhago-maradona-yitabye-imana/