Category: Uncategorized

  • Paul Pogba mu nzira zisohoka muri Manchester United #rwanda #RwOT

    Nkuko byatangajwe n'uhagarariye (agent) Paul Pogba, Mino Raiola yavuze ko uyu musore ari mu nzira zisohoka muri Manchester united. Yagize ati: ' navuga ko ibya Paul Pogba Muri Manchester united birangiye'.

    Ubwo Mino Raiola uhagarariye Pogba yaganiraga n'itangazamakuru yahishuye byinshi Ku kazoza k'uyu musore, avuga ko Paul Pogba akeneye guhindura ikipe akajya ahandi, kandi ko byaba byiza asohotse muri Man U mw'igura n'igurisha ry'ubutaha.
    Aganira n'itangazamakuru birambuye yagize ati 'ibyiza nuko twavugisha ukuri, tukareba imbere maze tukareka guta umwanya: Paul ntago yishimye muri Manchester united mu gihe atabasha kwibona mu buryo ashaka cg yari yiteze, navuga ko igisubizo cyiza Ku mpande zombi ari uko mw'igura n'igurisha ry'ubutaha yajya ahandi, Bitabaye ibyo yazagendera Ubuntu dore ko amasezerano ye asigaje amezi 18.'

    Bimwe mu byatangajwe na Mino Raiola uhagarariye Pogba 

    Paul Pogba w'imyaka 27 amaze gukinira Manchester united imikino igera 118 aho amaze kuyitsindira ibitego birenga 25. Uyu musore amasezerano ye muri Man U akaba azarangira muri 2022 mu gihe atongerewe andi. Pogba yagiye agaragaza kenshi ko afite inzozi zo gukinira Real Madrid ndetse ko ariyo kipe yifuza kujyamo, nubwo Juventus nayo yagaragaje ko yifuza uyu musore cyane.

     

    The post Paul Pogba mu nzira zisohoka muri Manchester United appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/12/07/paul-pogba-mu-nzira-zisohoka-muri-manchester-united/

  • Nyagatare: 46 bafatiwe mu nzu basenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko gufatwa kw’aba bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage baturanye n’uru rugo abo bantu basengeragamo. Ubwo Polisi n’izindi nzego z’umutekano bageragayo basanze bariya bantu 46 bicaye begeranye mu cyumba gifunganye kandi batambaye agapfukamunwa.

    CIP Twizeyimana yagize ati “Hari nka saa saba z’ijoro abaturage baturanye n’urugo rwa Musilikali na Kansiime bahaye amakuru abanyerondo bababwira ko muri urwo rugo hari abantu barimo kuhasengera. Abanyerondo bahise bajyayo bumva koko barahari, na bo bahita bahamagara Polisi ikorera muri sitasiyo ya Matimba, ijya kubafata.”

    CIP Twizeyimana avuga ko abafashwe ari abayoboke bo mu matorero atandukanye, batatu bari baturutse mu Murenge wa Musheri naho abandi 43 baturutse mu tugari twa Kanyonza na Rwentanga two mu Murenge wa Matimba. Abenshi muri bo ni abana kuko abujuje imyaka y’ubukure ni 13 gusa, igitsina gore bari 33, igitsina gabo bari 13.

    Ati “Nyiri urugo yahise yiruka aracika, ariko abapolisi basanze abo bantu bose bateraniye mu cyumba kimwe gifunganye nta n’umwe wari wambaye agapfukamunwa. Kansiime Julienne umugore wa Musilikali n’aba bantu bose bahise bashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze barigishwa banacibwa amande hakurikijwe amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yasabye uru rubyiruko n’abandi baturage muri rusange gukurikiza no kugendera ku mabwiriza ya Leta agamije kwirinda no kurwanya icyorezo cya COVID-19 kuko kiracyahari kandi kirimo kwica abantu. Yavuze ko ntawe Leta ibuza gusenga ariko bakajya gusengera mu nsengero Leta yasanze zujuje ibisabwa mu rwego rwo gukomeza kurwanya COVID-19. Yashimiye abaturage batanze amakuru, aboneraho gusaba n’abandi kujya bihutira gutanga amakuru y’ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano w’Igihugu n’umudendezo w’abaturage.

    Iyi nkuru Kigali Today ikesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko muri iyi Ntara y’Iburasirazuba atari ubwa mbere Polisi ihafatiye abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 baturutse ahantu hatandukanye bakajya guteranira mu nzu y’umuturage bagakoreramo amasengesho. Ni mu gihe Polisi n’izindi nzego zitandukanye badahwema gukangurira abantu ko ibi bitemewe, ndetse ko ibi ari intandaro yo gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nyagatare-46-bafatiwe-mu-nzu-basenga-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19

  • Papa Francis yageneye imfashanyo abakozweho n'ibitero by'intagondwa #rwanda #RwOT

    Papa Francis yageneye imfashanyo y'amadolari y'Amerika 121,000 (arenga miliyoni 120Frw) abakozweho n'ibitero by'iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique.

    Iyo mfashanyo ikurikiye ubusabe bwa Musenyeri Luis Fernando Lisboa wa diyosezi ya Pemba, wari wasabye Papa ko yagoboka abaturage babarirwa mu bihumbi bataye ingo zabo kubera ibitero by'intagondwa ziyitirira idini ya Isilamu.

    Kuva mu mwaka wa 2017, izo ntagondwa zikomeje kugaba ibitero bya kinyamaswa muri iyo ntara ikungahaye mu bitoro.

    Abantu bagera hafi ku 430,000 ntibakigira aho kuba kubera ibyo bitero.

    Musenyeri Lisboa amaze igihe akora ubukangurambaga yise 'Dushyire hamwe tugoboke Cabo Delgado', ugenekereje mu Kinyarwanda.

    Yabwiye abanyamakuru ko iyo mfashanyo yatanzwe na Papa Francis igiye gukoreshwa mu kubaka amavuriro ahantu abantu bataye ingo zabo basigaye bacumbitse, by'umwihariko mu turere twa Montepuez na Chiure.

    Mu cyumweru gishize, intumwa z'inama nkuru y'abepiskopi bo mu karere k'amajyepfo y'Afurika zasuye iyo ntara ya Cabo Delgado, ku butumire bwa Musenyeri Lisboa.

    Izo ntumwa zasabye ko ikibazo cy'umutekano mucye muri ako karere kibonerwa umuti byihutirwa ndetse n'abataye ingo zabo bakagezwaho imfashanyo byihuse.
    Inkuru ya BBC

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/07/papa-francis-yageneye-imfashanyo-abakozweho-nibitero-byintagondwa/

  • La S.G de l’OIF, Mushikiwabo, parle de ses réformes à l’OIF et de la gestion politique du Rwanda #rwanda #RwOT

    “Je ne saurais dire que cette dernière responsabilité n’était pas facile. Mais je la remplissais avec plaisir. Mon pays m’a aidé à m’épanouir et à m’ouvrir vers l’extérieur. Dans tous les cas je suis fière d’avoir donné ce que j’estime être une grande contribution pour mon pays”, a-t-elle confié à ce journal ajoutant qu’elle a mené une campagne africaine pour que son pays, le Rwanda puisse être élu membre du Conseil de Sécurité des Nations Unies de 2013 à 2014.

    Comme vous est-il venu l’idée de diriger l’OIF ?

    Ce n’est pas compliqué, a-t-elle dit trouvant dans la pratique de la Secrétaire Générale de l’OIF qu’elle est, une continuité normale de ses anciennes responsabilités de ministre des Affaires étrangères.

    “L’OIF est une institution qui a une histoire positive. Elle rassemble plusieurs pays et gouvernements. Il faut remercier les grands intellectuels africains francophones qui l’ont fondée il y a plus de cinquante ans dont Léopold Sédar Sénghor (Sénégal), Diori Hamani (Niger), Habib Bourguiba (Tunisie), Norodom Sihanouk (Cambodge).
    “La langue française n’est pas uniquement propriété de la seule France. Elle s’étant à tous les pays anciennement colonies de la France. Ces derniers s’en sont appropriés et ils la rendent dynamique. Actuellement la Francophonie est une organisation internationale politique. Les relations d’échanges pourraient aider certaines instances par le biais des cinq continents”, a-t-elle confié avant de dévoiler sa feuille de route pour cette organisation.

    “Mon but est de dynamiser l’OIF au point qu’elle pèse lourd dans les prises de décisions interessant la Communauté internationale. Nous faisons partie d’une Organisation batie sur des valeurs humanistes. Le leitmotiv de la Francophonie est la coopération”, a dit Mushikiwabo qui révèle que l’Organisation qu’elle dirige est fort de ses 88 pays membres parmi eux 54 étant membres à part entière et 34 pays-observateurs.

    L’actuelle Secrétaire Générale de l’OIF veut casser une image d’une OIF purement et simplement politique politicienne. Il faut qu’on lui donne une orientation autre. Celle de l’action de développement des pays-membres.

    “L’OIF ne peut pas rester une Organisation de rencontres des Chefs des Etats membres. Nous devons aller sur le terrain. Quand on est ministre, on fait le suivi. Je suis arrivée à la tête de l’OIF avec des connaissances en gestion. Aussi, ai-je vite répéré ce qui doit faire objet de réforme. Il doit être conçu une nouvelle façon de procéder qui doit être rehausser à un niveau élevé pour mieux participer dans la Coopération internationale. Je mets beaucoup d’efforts dans les tentatives de regagner la place du Français dans les Relations internationales”, a dit Mushikiwabo.

    Des questions sur la gestion actuelle du Rwanda post-génocide
    Le journaliste demande à la Dame OIF ce qu’il en est du programme tendant à ressouder le tissu national rwandais déchiré par le génocide des Tutsi de 1994.
    “Beaucoup d’efforts ont été investis en la matière. Cependant ce n’est pas une tâche aisée pour arriver au revivre ensemble normal comme dans le temps. Après autant d’années d’efforts assidus, de dialogues, le Rwanda est maintenant un pays réconcilié avec lui-même”, a dit Louise ajoutant que le dialogue social est élevé en une valeur culturelle déjà incrustée dans la conscience populaire. Pour cela, elle a parlé de l’institution annuelle UMUSHYIKIRANO qui rassemble des dirigeants nationaux depuis la base communautaire au sommet de l’Etat où toutes les questions sont débattues avec des conclusions-recommendations à réaliser tout au long de l’année suivante.

    Et les pourfendeurs du régime rwandais qui crient aux droits de l’homme violés ?
    La Secrétaire Générale de l’OIF combat systématiquement ces propagandistes mensongers. Ceux-là qui parlent de disparitions inexpliquées, d’arrestations arbitraires, de psychose générale et autres violations des droits humains…. ils induisent en erreur la Communauté internationale. Ils ont leurs agendas politiques cachés, a-t-elle dit avec énergie.

    “Il y a beaucoup d’individus qui opèrent essentiellement hors du Rwanda. Ils ont un problème d’apprécier la marche positive du Régime rwandais. Si on fait une comparaison avec d’autres pays que je connais très bien, il n’y a ruien de particulièrement néfaste commis au Rwanda en matière de droits humains, de liberté d’expression et de protection des droits humains. En vérité, je crois que c’est un cachet négatif qu’on a mis sur le Rwanda, peu importe comment vont les choses”, a dit la Secrétaire Générale de l’OIF sachant parfaitement qu’elle a à faire avec des informateurs négativement zélés qui renseignement en mensonges ou amplifient des événements qui se passent dans le pays et qui obéissent au souci de garder haut la barre la sécurité et la tranquillité sociale sans tâche pour un pays fraichement sorti de la sauvagerie du génocide des Tutsi de 1994.

    Radioscopie d’un régime au prorata de la démographie rwandaise jeune et féminine
    L’Ex Ministre et Secrétaire de l’OIF démontre au journaliste de la Libre.be que le Rwanda pense aux droits politiques des catégories jeunesse et femmes qui ne sont pas nécessairement respectés ailleurs ; une façon de montrer que les droits d’expression et d’opinion politique constructives sont non seulement tolérés mais aussi encouragés au Rwanda.

    “La gestion de la participation politique dans les affaires de la société est particulière au Rwanda qui vient à peine de sortir du génocide. Le principe consensuellement adopté est celui du partage du pouvoir entre les partis politiques agréés dans le pays. Le Parti vainqueur des élections ne peut pas totaliser plus de 50% de sièges à l’Assemblée nationale. La jeunesse a son quota. 50% du Conseil des Ministre sont des femmes. En vérité, il y a un pas de franchi incontestable au Rwanda. A ces détracteurs qui ne sont pas satisfaits, ils y ajoutent un …”mais….”, a ajouté Mme Louise Mushikiwabo qui montrent que comme Angela Merkel l’Allemande qui est tout le temps plebiscitée pour diriger son pays, “les Rwandais vouent une grande estime au Président Paul Kagame à qui ils invitent mandat après mandat à garder la direction du pays tout le temps qu’il voudra. Ils ont confiance en lui. Il leur a montré sa capacité de les diriger. Il a reconçu le Rwanda et positivement autrement”.
    Ici la Secrétaire Générale de l’OIF qui fait la fierté du Rwanda ne tarit pas d’éloge du système de gestion politique, social et administratif que ce pays a adopté.
    “Chez nous, une élection où ailleurs dans d’autres pays est approuvée quand seulement 20% de la population a participé, chez nous c’est impossible. Chez nous tout projet politique national est objet de concertation populaire. C’est ça la démocratie”.

    Mme Louise Mushikiwabo défend parfaitement le régime pour lequel elle doit le poste qu’elle occupe. Elle n’oublie pas que ces pourfendeurs du régime passent sous silence le fait qu’ici on ne tolère pas voir une personne tuée ne fut ce que par des brigands. Le dirigeant du coin doit en répondre dans les meilleurs delais. Tout autant que des maladies ne doivent plus emporter les citoyens. La petite unité infrastructurelle médicale appelée ‘Poste de Santé’ est à moins de 300 mètres de chaque citoyen. Elle comme le Centre de Santé immédiatement supérieur sont gérés dans le cadre de PPP/Partenariat Secteur Public-Privé.

    Une façon de dire que le Rwanda construit ses infrastructures économiques, sociales et médicales, culturelles et éducationnelles. Tout cela tend à faire surgir un Rwandais sain de corps et d’esprit capable de se lancer dans la production et de se sentir bien à l’aise face au discours politique.

    Jovin Ndayishimiye

    Source : https://fr.igihe.com/La-S-G-de-l-OIF-Mushikiwabo-parle-de-ses-reformes-a-l-OIF-et-de-la-gestion.html

  • Papa Francis yageneye imfashanyo abakozweho n’ibitero by’intagondwa #rwanda #RwOT

    Iyo mfashanyo ikurikiye ubusabe bwa Musenyeri Luis Fernando Lisboa wa diyosezi ya Pemba, wari wasabye Papa ko yagoboka abaturage babarirwa mu bihumbi bataye ingo zabo kubera ibitero by’intagondwa ziyitirira idini ya Isilamu.

    Kuva mu mwaka wa 2017, izo ntagondwa zikomeje kugaba ibitero bya kinyamaswa muri iyo ntara ikungahaye mu bitoro.

    BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko abantu bagera hafi ku 430,000 ntibakigira aho kuba kubera ibyo bitero.

    Musenyeri Lisboa amaze igihe akora ubukangurambaga yise “Dushyire hamwe tugoboke Cabo Delgado”, ugenekereje mu Kinyarwanda.

    Yabwiye abanyamakuru ko iyo mfashanyo yatanzwe na Papa Francis igiye gukoreshwa mu kubaka amavuriro ahantu abantu bataye ingo zabo basigaye bacumbitse, by’umwihariko mu turere twa Montepuez na Chiure.

    Mu cyumweru gishize, intumwa z’inama nkuru y’abepiskopi bo mu karere k’amajyepfo y’Afurika zasuye iyo ntara ya Cabo Delgado, ku butumire bwa Musenyeri Lisboa.

    Izo ntumwa zasabye ko ikibazo cy’umutekano mucye muri ako karere kibonerwa umuti byihutirwa ndetse n’abataye ingo zabo bakagezwaho imfashanyo byihuse.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Iyobokamana/article/Papa-Francis-yageneye-imfashanyo-abakozweho-n-ibitero-by-intagondwa

  • #COVID19: Abarwayi bashya 62 barimo 50 babonetse i Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 62 babonetse mu bipimo 2,182 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 50, Musanze: 7, Rubavu: 3, Ngororero: 1, Rusizi: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Mbere, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 6,191 muri bo abamaze gukira ni 5,696, naho abakivurwa ni 444.

    Mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali ku wa Gatanu tariki 04 Ukuboza 2020 yuzuza umubare w’abantu 51 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-abarwayi-bashya-62-barimo-50-babonetse-i-kigali

  • Abarwayi ba Coronavirus bapfuye kubera ibura rya oxygen mu bitaro by’i Peshawar #rwanda #RwOT

    Benewabo bavuze ukuntu batakambye basaba ubufasha ubwo habagaho guta umutwe muri ibyo bitaro bya leta byo mu mujyi wa Peshawar mu majyaruguru y’igihugu.

    Gucyerererwa kuhageza undi mwuka abarwayi bahumeka, byatumye abarwayi barenga 200 bamara amasaha bari kuri oxygen nkeya.

    Abakuru b’ibyo bitaro bashinje ibura ry’iyo oxygen kompanyi ishinzwe kuyihageza, ariko abakozi benshi b’ibyo bitaro bahagaritswe.

    BBC dukesha iyi nkuru yavuze ko muri iki gihe Pakistan ihanganye n’ubwiyongere bw’abarwayi bashya. Muri Pakistan abantu barenga 400,000 banduye Covid-19, muri bo abarenga 8,000 batangajwe ko yabishe.

    Nkuko ibitangazamakuru byo muri Pakistan bibivuga, ingorane ku bitaro bya kaminuza bya Khyber Teaching Hospital zatangiye ubwo umwuka mushya wa oxygen ugemurwa buri munsi wo mu myiburungushure (cylindres), utazanwaga ku wa gatandatu nimugoroba.

    Undi mwuka w’ingoboka wo mu myiburungushure 300 ntabwo wari ugishoboye kwinjiza imbaraga zicyenewe ngo ibyuma byo kwifashisha mu guhumeka ku barwayi ba Covid-19 – bizwi nka ventilators (ventilateurs) – bishobore gukora.

    Mureed Ali, ufite nyina urwaye Covid-19, yabwiye ishami rya BBC ritangaza ibiganiro mu rurimi rwa Urdu ko “mu bitaro hose, twarimo twiruka dutabariza abarwayi bacu, dutakambira abaganga”.

    Yasobanuye ko bamwe mu barwayi nyuma bagiye mu cyumba cy’indembe, ahari hasigaye oxygen.

    Ariko ubwo naho oxygen yabaga nkeya, abarwayi benshi bapfuye, mu gihe abandi bo bahise bahuhuka bakajya mu cyiciro cy’indembe.
    Abakozi bo muri ibyo bitaro bageze aho basaba benewabo b’abo barwayi kugerageza bakigurira oxygen bo ubwabo, nkuko Bwana Ali abivuga, ariko bamwe muri bo gusa ngo ni bo babishoboye.

    Umuvugizi w’ibyo bitaro bya leta yabwiye BBC ko batanu mu barwayi bapfuye bari bari mu cyumba cy’abavurirwamo coronavirus, naho undi umwe ari mu cyumba cy’indembe. Abategetsi bavuga ko abapfuye bose bari abantu bakuru.

    Ku cyumweru, mu gihe cyo ku isaha ya saa kumi za mu gitondo ku isaha yaho, ya oxygen yari yatinze kugera ku bitaro yashyize irahagera.

    Abakuriye ibitaro bavuze ko iryo bura rya oxygen ari “icyaha cy’uburangare”.

    Iperereza ryasanze ko abakozi bagombaga kuba bari ahatunganyirizwa iyo oxygen ijyanwa ku bitaro batari bahari ubwo byabaga, kandi ko ingunguru (tank) ya oxygen buri gihe yabaga gusa icagase (igera mu cya kabiri).

    Umuyobozi w’ibyo bitaro n’abandi bakozi benshi bamaze guhagarikwa ku kazi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Abarwayi-ba-Coronavirus-bapfuye-kubera-ibura-rya-oxygen-mu-bitaro-by-i-Peshawar

  • Prosecution seeks life sentence for Rtd Major Mudathiru and co-accused terror suspects #rwanda #RwOT

    The suspects are segmented into two groups mainly the group comprising of 25 led by Rtd Major Mudathiru Habib (a former RDF soldier) facing charges including formation and being part of an irregular armed group or joining it, conspiracy against the established Government or the President of the Republic, maintaining relations with a foreign government with the intent to wage a war and formation of or joining a criminal group.

    They were captured last year in terrorism activities in the Democratic Republic of Congo (DR Congo), as part of an intensified campaign by the Congolese military against militia groups operating in the country. The 25 suspects were extradited to on 18th June 2019. Another suspect connected to the case is Pte a Jean Bosco Ruhinda who escaped to DRC forests. He is tried in absentia because he has not yet been captured.

    Another group connected to the case includes Corporal Viateurv, Corporal Jean Bosco Dusabimana and Private Champagnat Igitego led by Pte Dieudonné Muhire.
    They are accused along with two civilians Pacifique Muhire and Richard Nzafashwanimana.

    The group is accused of escaping the military, conspiracy against the Government or intending to overthrowing it by means of war or other powers, formation of a criminal group and subsequently seducing new recruits, and taking part of terror group’s activities.

    The 31 co-accused were present in court except Private Ruhinda tried in absentia.
    Prosecutor Capt Jacques Rugamba has requested the Military High Court to accept the request of the prosecution based on provided evidences.

    He also requested the court to consider 10-year sentence separately for the crime of joining irregular armed group.

    'We seek ten-year sentence for 30 of 32 suspects excluding Major Rtd Habib Mudathiru and Pte Muhire Dieudonne. They particularly conspired with founders of the armed group because Mudathiru was involved in recruitment for P5 and training recruits how they would plot a war against the Government of Rwanda. We request 15-year sentence for him and Pte Muhire Dieudonne,' he said.

    On the accusation of maintaining relations with a foreign government with the intent to wage a war and formation of or joining a criminal group, the prosecution sought 25-year sentence for suspects in the group led by Mudathiru.

    On the accusation of forming a criminal group, the prosecution requested 10-year sentence for all the 32 suspects.

    The prosecution also sought 20-year sentence for all the 32 suspects over terror activities.

    On the charge of conspiracy against the established Government, the prosecution requested life sentence for each of the 32 suspects.

    Pte Champagnat Igitego also faces genocide ideology charge for which the prosecution demanded 7-year sentence and Rwf 1 million fines.

    On the accusation of escaping the military, the prosecution requested 2-year sentence for Pte Muhire Dieudonne and Pte Ruhinda.

    'Finally, we request the Military High court to consider the article 61 and 62 of the penal code determining crimes and punishments, and approve the presence of a coordinated terror activities. Thus, the court should hand the heaviest punishment to all the 32 suspects, life sentence to everyone,' stated the prosecutor.

    The prosecutor, however, told the court to consider that Muhire Pacifique facilitated processes by admitting and apologizing for all crimes which should be taken into account while making the judgment.

    The prosecutor explained that heavier punishments determined by laws would leave a lesson to those seeking to join terror groups intending to destabilize Rwanda’s security.

    Following the request for life sentence, suspects requested the court to alleviate their punishments and apologized to the Government and Rwandans.

    The hearing is expected to be concluded on tomorrow when the court will announce dates for reading the ruling.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/prosecution-seeks-life-sentence-for-rtd-major-mudathiru-and-co-accused-terror

  • Nyamasheke : Umwana w’Umukecuru uherutse gutwikirwa mu nzu ashinjwa kugira za Nyabingi yakubiswe inyundo #rwanda #RwOT

    Uyu muryango ukomeje kwibasirwa n’abagizi ba nabi utuye mu Mudugudu wa Musagara, Akagari ka Gako mu Murenge wa Kagano Akarere ka Nyamasheke.

    Ku wa kane tariki ya 3 Ukuboza, inzu y’umubyeyi w’uyu mukobwa yatwitswe bimwe mu bikoresho bigashya. Abaturanyi bavuze ko uyu mukecukuru w’imyaka 68 akekwaho kuroga.

    Uyu muryango wongeye kwibasirwa n’abagizi ba nabi bacunze umwana w’uyu mukecuru uri mu kigero cy’imyaka 30, bamukubita inyundo arakomereka bikomeye.

    Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru cyatangaje ko ahagana saa mbili z’ijoro kuri iki cyumweru tariki ya 6 Ukuboza 2020 ubwo uyu mukobwa yari asohotse agiye mu bwiherero ngo yahuye n’abantu bataramenyekana bamukubita inyundo mu mutwe.

    Inzego z’umutekano zo muri ako gace zahise zita muri yombi abantu batandatu mu iperereza ry’abakekwaho gukubita inyundo uyu mukobwa.

    Mu nama y’umutekano yahise iba mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Ukuboza, Polisi ikorera mu Murenge wa Kagano yahise ita muri yombi abantu batandatu barimo basaza b’uyu mukobwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie, mu nama y’umutekano yabereye mu mudugudu wa Musagara, yavuze ko ubuyobozi bw’umudugudu bugiye gusana iyi nzu y’uyu muryango, asaba n’abaturage kureka gucyeka amarozi mu gihe batagiye kwa muganga ngo babyemeze.

    Ati 'Niba umuntu yarwaye utagiye kwa muganga ngo umupimishe umunye uburwayi afite, ntabwo iyo apfuye uhita wanzura ngo warogewe n’umuturanyi kandi utagiye kwa muganga ngo abaganga aribo bavuga uburwayi umuntu arwaye.'

    Uyu mukobwa wakubiswe inyundo agakomereka bikomeye yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kibogora kugira ngo akurikiranwe n’abaganga dore ko yari arembye cyane.
    Iyi ni inyundo bakubitishije uriya mukobwa/Ifoto:IGIHE

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Nyamasheke-Umwana-w-Umukecuru-uherutse-gutwikirwa-mu-nzu-ashinjwa-kugira-za-Nyabingi-yakubiswe-inyundo

  • Gakenke: Kumenya amakuru y'urubanza rwa Neretse byabafashije kumva ko ntawe uhunga ubutabera #rwanda #RwOT

    Abaturage mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, bahamya ko kumenya amakuru y'uko urubanza rwa Neretse Fabien rwagenze byabafashije kumva neza akamaro k'ubutabera, bamenya ko aho waba uri hose warakoze icyaha ufatwa, by'umwihariko ku byaha nk'ibya Jenoside bidasaza.

    Ibi byavuzwe n'abaturage nyuma yuko umuryango Haguruka uharanira uburenganzira bw'umugore n'ubw'umwana ariko unaharanira uburenganzira bwa muntu muri rusange, ufatanyije n'umuryango w'Abanyamakuru baharanira amahoro-PaxPress baganiriye n'abayobozi bahagarariye abandi mu murenge wa Mataba, bagasangira amakuru ku rubanza rwa Neretse Fabien, kuva afatiwe mu Bufaransa kugera aburanishirijwe mu Bubiligi, aho yakatiwe igihano cy'igifungo cy'imyaka 25.

    Dusabemariya Chantal, umwe mubitabiriye ikiganiro avuga ko amakuru ku rubanza rwa Neretse Fabien nk'umuntu wari uzwi cyane muri aka gace, yatumye nk'abaturage babona ko uwakoze icyaha wese yaba akomeye cyangwa se yoroheje ntaho yahungira Ubutabera, ko ahoy aba yaragiye hose akurikiranwa.

    Avuga ko uyu Neretse yafashwe hashize igihe kinini, ndetse bamwe mu baturage batagitekereza cyane kubye kuko bumvaga ko byarangiye. Nyuma yo gutabwa muri yombi, akaburanishwa ndetse agakatirwa imyaka 25 y'igifungo, ngo byatumye noneho babona ko ntawe uhunga icyaha n'ubutabera.

    Twizeyimana Theoneste, ashinzwe umutekano mu Mudugudu wa Ryarugema, Akagari ka Buyange ho mu Murenge wa Mataba, akaba umwe mu bakurikiranye ibiganiro byagarukaga ku makuru y'urubanza rwa Neretse. Ahamya ko kumva umuntu wakoze Jenoside afashwe nyuma y'imyaka 20 agashyikirizwa ubutabera bishimisha, bigaha umuturage kumva ko uwakoze icyaha wese, aho yaba yarahungiye hose nta kwidegembya afite, ko amaherezo azafatwa akabazwa ibyo yakoze.

    Ku cyifuzo cya Twizeyimana anahuriyeho na benshi mu baturage bari kumwe, bavuga ko nubwo ubutabera bw'iyo mu mahanga aho abafashwe baburanishirizwa buba bwakoze akazi kabwo, ngo hagakwiye no gushaka uburyo umuntu nk'uwo anazanwa aho yakoreye icyaha, abaturage bakanabona bashaka bakamusubiza aho bashaka.

    Murekatete Jeanne d'Arc, umukozi wa Haguruka ari nawe wari uyoboye itsinda ryagiye kuganira n'abaturage, ahamya ko kumenya amakuru kw'abaturage bituma bumva ko uwakoze icyaha n'aho yaba yarahunze ariko atagiye 'Buheriheri', atidegembya.

    Ati' Abaturage bamenya yuko bariya bantu bagiye batagiye buheriheri, batidegembya.  Bazi yuko aho bari barimo gukurikiranwa'. Akomeza avuga ko isomo ku muturage ari ukumenya no kumva ko ukoze icyaha wese akurikiranwa.

    Habumuremyi Thaddee, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umusigire w'Umurenge wa Mataba avuga ko amakuru yasangijwe abaturage ku rubanza rwa Neretse Fabien atabafashije gusa mu kumva ko uwakoze ibyaha bya Jenoside aho ari hose akurikiranwa, ko ahubwo byanafashije abaturage mu mibanire yabo yaba abo mu miryango ya Neretse n'abahemukiwe kuko uwakoze icyaha ariwe ku giti cye wakiryojwe, aho kuba hari undi wabibazwa ngo kuko bafitanye isano.

    Neretse Fabien, yafatiwe mu Bufaransa mu mwaka wa 2011, urubanza rwe rwatangiye tariki ya 4 ugushyingo 2019 mu Bubiligi, hatorwa inyangamugayo 24 zirimo 12 zaruburanishaga hamwe n'abasimbura bazo 12. Gutangira iburanisha mu mizi byatangiye tariki ya 7 ugushyingo 2019 aho ryayobowe n'abacamanza batatu babigize umwuga. Urukiko rwamuhamije kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 i Nyamirambo ho mu mujyi wa Kigali ndetse n'i Mataba mu yahoze ari Komine Ndusu ( ubu ni mu karere ka Gakenke). Mu byaha yahamijwe n'urukiko, birimo; Kuba ubwe yarishe, kuba yarashishikarije abantu kwica, kurema umutwe w'abicanyi n'ibindi. Ibi byose urukiko rwagaragaje ko yabikoreye muri Kigali n'i Mataba.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/gakenke-kumenya-amakuru-yurubanza-rwa-neretse-byabafashije-kumva-ko-ntawe-uhunga-ubutabera/